APR FC imeze nk’iyasoje isoko ry’abakinnyi yitegura umwaka w’imikino wa 2026-27 aho tugiye kugaruka kuri 11 ishobora kuzajya ibanzamo.
Muri rusange APR FC yasinyishije abakinnyi bane b’abanyamahanga barimo umunyezamu Ernani Alberto Siluane ukomoka muri Mozambique, Amani Michel ukomoka muri Côte d’Ivoire, Mamadou Traore ukomoka muri Mali na Madou Zon ukomoka muri Burkina Faso.
Yasinyishije abanyarwanda Ishimwe Christian, Rubuguza Jean Pierre na Byishimo Valua. Iyi kipe kandi yazamuye abakinnyi bane bavuye mu bato bayo.
Gusa yatakaje abarimo Niyomugabo Claude wari kapiteni, Niyigena Clement, Ruboneka Bosco babanzaga mu kibuga. Hari kandi Mamadou Sy, Lamine Bah, Aliou Suane, Mugisha Gilbert, Niyibizi Ramadhan n’abandi.
Ubu yatangiye imyitozo yitegura umwaka w’imikino 2026-27 aho igomba guhera kuri CECAFA Kagame Cup izabera mu Rwanda kuva tariki ya 24 Nyakanga.
Nyuma izakurikizaho Shampiyona izatangira muri Nzeri ndetse inakine imikino Nyafurika ya CAF Champions League.
Muri iyi nkuru ISIMBI tugiye kureberera hamwe abakinnyi 11 iyi kipe ishobora kuzajya ibanzamo.
Kugeza ubu APR FC ifite abanyamahanga 11 bivuze ko muri Shampiyona hari abakinnyi batatu bagomba kuzajya baba bari mu bafana kuko itegeko rivuga ko abanyamahanga batagomba kurenga 8 ku rupapuro rw’umukino.
Abanyamahanga bashobora kuzajya bisanga mu bafana inshuro nyinshi ni Hakim Kiwanuka, Denis Omedi na Memel Dao.
11 APR FC ishobora kuzajya ibanzamo
Umunyezamu: Ernan Alberto Siluane
Ba Myugariro: Byiringiro Gilbert, Ishimwe Christian, Nshimiyimana Yunusu na Madou Zon
Abakina Hagati: Ssekiganda Ronald, Seidu Yussif Dauda na Mamadou Traore
Ba Rutahizamu: Amani Michel, Cheikh Djibril Ouattara na William Togui Mel
Source : http://isimbi.rw/ni-inde-munyamahanga-uzajya-ku-bafana-11-apr-fc-ishobora-kuzajya-ibanza-mu.html
Leave a Reply