Kwizera Olivier yagarutse mu Mavubi, Rayon Sports hahamagawe umwe #rwanda #RwOT

Written by

in

Nyuma y’imyaka irenga itatu, Kwizera Olivier yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu Amavubi igiye gukora umwiherero hashakwamo abakinnyi bashoboye.

Ni ku rutonde rw’abakinnyi 25 umutoza Adel Amrouche yahamagaye bagomba gukora umwihorero w’iminsi 4.

Ni nyuma y’uko muri uku kwezi kwa 11 nta mukino wa gicuti Amavubi azakina kuko utateguwe ahubwo hategurwa umwihero wo gukoresha abakinnyi bakina imbere muri shampiyona y’u Rwanda umwiherero aho bazakoreshwa igeragezwa kugira ngo barebe uko bahagaze mu buryo bwa tekinike ndetse no mu buryo bw’imbaraga (Technical&Fitness tests).

Mu bakinnnyi bahamagawe gutungurana kwabayemo ni umunyezamu Kwizera Olivier udafite ikipe kuri ubu waherukaga mu Mavubi 2022.

Rayon Sports ikaba ifitemo umukinnyi umwe rukumbi ari we Sindi Paul Jesus. Abandi bahamagawe bwa mbere barimo Niyo David, Uwineza Rene, Ntwari Assuman ba Kiyovu Sports, Mutijima Gilbert wa Rutsiro FC.

Uyu mwiherero uteganyijwe guhera tariki ya 13 Ugushyingo kugeza tariki ya 16 Ugushyingo 2025.

Abakinnyi bahamagawe mu Mavubi

Kwizera Olivier yagarutse mu Mavubi

Sindi Paul Jesus ni we mukinnyi wa Rayon Sports wahamagawe mu Mavubi

Source : http://isimbi.rw/Kwizera-Olivier-yagarutse-mu-Mavubi-Rayon-Sports-hahamagawe-umwe.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *