Amafoto 100 yaranze ikiganiro Perezida Kagame yagiranye n'abo mu nzego z'umutekano – #rwanda #RwOT

Written by

in

Iki kiganiro cyibanze cyane ku mutekano w'igihugu cyitabiriwe n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga na Minisitiri w'Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Cyitabiriwe kandi n'abahoze ari abasirikare bakuru mu Ngabo z'u Rwanda barimo Gen (Rtd) James Kabarebe, Gen (Rtd) Fred Ibingira, Maj Gen (Rtd) Albert Murasira, Col (Rtd) Twahirwa Ludovic uzwi nka Dodo n'abandi.

Mu ijambo Perezida Kagame yabagejejeho, yagaragaje ko nta muntu ugomba kugena uko u Rwanda rubaho, asaba Ingabo z'u Rwanda kugaragariza ukuri abaruharabika.

Umukuru w'Igihugu yavuze ko Abanyarwanda bakwiriye kwigenera uko babaho, ati 'Icyo bivuze ni uko twebwe nk'abantu twigenera twibeshaho, n'iyo ibikubeshaho bitaba byuzuye bikaba byaturuka ahandi bigomba kwiyongera ku byawe, ntabwo biza bisimbura ibyawe. Ntabwo biza bikwambura uburenganzira wifiteho, bw'icyo uri cyo…. byiyongera ku byawe ndetse ukaba wanashimira uwabiguhaye.'

Kimwe mu bindi Perezida Kagame yakomojeho ni urugamba umutwe wa AFC/M23 umazemo igihe mu Burasirazuba bwa RDC.

Ati 'Njya mbaza abantu bambuka bakajya mu Burasirazuba bwa RDC, abantu bavayo batubwira ko ibintu bimeze neza ubu muri za Goma, Rutshuru ukamanuka za Bukavu no mu nkengero z'aho hose. Ubuzima bumeze neza ubu kurusha uko bwari bumeze mbere y'ibi bijya kuba.'

Yakomeje ashimangira ko hari abatemera uku kuri kubera inyungu runaka.

Yanenze abakomeza gusiga icyasha Ingabo z'u Rwanda, bavuga ko zikora ubwicanyi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko iyo ziza kuba ari abicanyi, zari guhera ku bacanshuro bahawe inzira, nyuma yo gutsindwa urugamba mu Mujyi wa Goma.

Ati 'RDF n'iyo iza kuba iriyo ibyo bavuga ntabwo ari byo yakora […] Muribuka ariko abantu banyuze hano barimo n'abacanshuro bagaherekezwa, bakabasezera ngo batahe iwabo mu mahoro, ni RDF yabikoze, RDF y'inyicanyi iba yarabishe, niko byagenze se? Hanyuma se ubwo ujya gushinja RDF akavuga ngo niyo ikora ibintu byose bibi mu Burasirazuba bwa RDC yabihera he?'

Dore amwe mu mafoto y'ingenzi yaranze icyo gikorwa.

Ikigo cy’Imyitozo ya Gisitrikare cya Gabiro giherereye mu ntara y’Iburasirazuba

Bari babukereye biteguye kwakira Umukuru w’Igihugu

Umukuru w’Igihugu yasuye abofisiye mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare cya Gabiro

Perezida Kagame yari kumwe n’abarimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga

Perezida Kagame yageze i Gabiro yambaye impuzankano za gisirikare

Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yinjiye asuhuza abarenga ibihumbi bitandatu bari bagiye kuganira

Perezida Kagame yagaragaje ko hari abavuga ibinyoma bakirengagiza ubwicanyi bukorwa n'Interahamwe na Wazalendo

Ingabo z’u Rwanda zakirije Umukuru w’Igihugu morale nyinshi n’amashyi

Umukuru w'Igihugu yavuze ko umusirikare w'u Rwanda agomba kurangwa n’Ibikoresho, ibikorwaremezo, ubumenyi, ubushake n’ikinyabupfura

Perezida Kagame yavuze ko icyo ari cyo cyose waha Abanyarwanda, bitaguhesha uburenganzira bwo kwitwara nk'uwabaremye

Perezida Kagame yasobanuye ko u Rwanda rushobora gufasha ibihugu kubona umutekano

Perezida Kagame yageze mu Kigo cy’Imyitozo ya Gisirikare cya Gabiro, ari kumwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga

Umukuru w’Igihugu yashimye umuhate n’umurava by’Ingabo z’u Rwanda

Abofisiye barangije imyitozo beretse Perezida Kagame amasomo bize

Ingabo z’u Rwanda zeretse Perezida Kagame ubumenyi zakuye mu mahugurwa zahawe burimo no kuyobora urugamba

Abasirikare bamugaragarije ibyo bamaze igihe bigira muri iki kigo

Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yinjiye asuhuza abarenga ibihumbi bitandatu bari bagiye kuganira

Morale yari yose ku basirikare ubwo Perezida Kagame yabasangaga mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare cya Gabiro

Ibyishimo byari byinshi kuri aba basirikare basuwe na Perezida Kagame

Perezida Kagame yakirijwe morale yo hejuru n’Ingabo z’u Rwanda

Abo mu nzego z’umutekano barenga 6000 basabwe na Perezida Kagame kwimakaza ikinyabupfura nk’ishingiro rya byose

Perezida Kagame yaganirije abasirikare, abapolisi n'abacungagereza barenga 6000 batorezwaga i Gabiro

Hari abo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda batandukanye

Perezida Kagame yasabye Ingabo z’u Rwanda kubeshyuza abaharabika u Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko Ingabo z’u Rwanda zitajya zishoza intambara ku bindi bihugu

Gen (Rtd) James Kabarebe na Gen (Rtd) Fred Ibingira bari mu bahoze mu ngabo z’u Rwanda bitabiriye iki kiganiro

Umukuru w’Igihugu yavuze ko amateka y'u Rwanda yigishije Abanyarwanda byinshi bagomba kubakiraho,

Hafashwe ifoto y’urwibutso muri iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa 25 Kanama 2025

Perezida Paul Kagame aganira n’Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga

Ingabo z’u Rwanda zirimo n’ab’igitsina gore biyemeje gufatanya na basaza babo kurinda inkiko z’igihugu

Perezida Paul Kagame aganira n’Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga

Hafashwe ifoto y’urwibutso muri iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa 25 Kanama 2025

Abo mu nzego zitandukanye z’umutekano mu Rwanda bafashwe ifoto y’urwibutso bari kumwe n’Umukuru w’Igihugu


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amafoto-100-yaranze-ikiganiro-perezida-kagame-yagiranye-n-abo-mu-nzego-z

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *