Mu mafoto 23 ibyishimo bisesuye by’abakinnyi ba APR FC nyuma yo gusezerera Yanga (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

APR FC yaraye igeze muri ½ cy’Irushanwa rya Mapinduzi Cup itsinze ikipe ya Yanga yo muri Tanzania ibitego 3-1.

Ni umukino waraye ubereye kuri New Amani Complex muri Zanzibar saa 19h15′ ku masaha y’i Kigali mu Rwanda aho benshi bahaga amahirwe ikipe ya Yanga.

APR FC yaherukaga kunganya na Simba SC ikazamuka ari iya 3 mu itsinda B, ntabwo yorohewe n’igice cya mbere aho ku munota 23 Jesus Moloko yari yafunguye amazu.

Ku munota wa 3 w’inyongera w’igice cya mbere, Mbaoma yateye ishoti rikomeye umunyezamu awukuramo maze Sanda uri mu igeragezwa wari wakurikiye ahita awushyira mu izamu.

Igice cya kabiri kigitangira ku munota wa 48, Mbaoma yatsinze icya kabiri kuri penaliti mbere y’uko Shiboub atsinda agashinguracumu ku munota wa 79.

Ni intsinzi yashimishije bikomeye abakinnyi ba APR FC, gutsinda Yanga mu gihe benshi bari bayiciriye akarurutega ko itari buhikure.

Tugiye kugaruka ku bihe bimwe na bimwe byaranze ibyishimo by’abakinnyi ba APR FC nyuma yo gusezerera ikipe ya Yanga igera muri ½ aho igomba kuzahura na Mlandege.

Pitchou yagize umukino mwiza

Sanda watsinze igitego cya mbere cya APR FC, yari mu mukino yatanze akazi gakomeye kuri Yanga

Mbaoma yagiriye imvune muri uyu mukino, yanatsinze igiteg cya kabiri

Penaliti yatewe Mshery

Bishimira igitego cya kabiri Mbaoma yatsindiye APR FC

Ni uku bishimiye igitego cya gatatu cya Sharaf Eldin Ali Shiboub

Kit Manager wa APR FC, 2Pac yapfukamye azamura Bibiliya ashima Imana

Byari ibyishimo bikomeye kuri APR FC n’abatoza ba yo

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/mu-mafoto-23-ibyishimo-bisesuye-by-abakinnyi-ba-apr-fc-nyuma-yo-gusezerera-yanga-amafoto

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *