Bamwe buriye ibiti! The Ben yageze i Bujumbu… – #rwanda #RwOT

Written by

in

The Ben wanditse amateka yo kwakirwa mu buryo budasanzwe akigera ku kibuga mpuzamahanga kitiriwe Melechior Ndadaye hari ababuze uko batahana amashusho mu bitangazamakuru byari byabohereje.

 Bahisemo kwiyambaza igiti cyari inyuma y’aho The Ben yabarizwaga n’itangazamakuru. Yakiriwe n’umuyobozi w’Umujyi wa Bujumbura. The Ben ageze mu muhanda werekeza kuri Hotel yitwa Olivia yegereye ahatuye Perezida Evariste Ndayishimiye yasohoye  umutwe  mu modoka agenda asuhuza abari buzuye umuhanda. 

Yatangiye kugenda atanga amafaranga  ku bantu bari baje kumushagara kugeza ubwo imidoka zabaye myinshi kubera ubwinshi bw’abashakaga kumureba. 

Olivia Hotel ifite inyenyeri 5, The Ben ari kuraramo we n’umugore we  Miss Uwicyeza Pamella , icyumba cy’abafite amafaranga”Presidential Suites” gihagaze $2500 ku ijoro. Mu marundi ni Miliyoni zisaga 7. Icyumba cya make ni $120.

REBA AMAFOTO Y’UKUNTU YAKIRIWE KUVA KU KIBUGA MPUZAMAHANGA KITIRIWE MELECHIOR NDADAYE KUGEZA KURI OLIVIA HOTEL IRI MU ZIHENZE I BURUNDI

Itangazamakuru ryari ryuzuye rishaka ifoto

The Ben ari kumwe na Jean De Dieu Nishishikare nyiri sosiyete Now Now 

The Ben, Babo ku muryango w’aho abagenzi basohokera bavuye imbere mu kibuga  cy’indege

AMAFOTO:Murenzi  Dieudonne-Inyarwanda.com

Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134838/bamwe-buriye-ibiti-the-ben-yageze-i-bujumbura-yakirwa-nka-perezida-134838.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *