MU MAFOTO 100: Injira mu mukino wa Senegal n’… – #rwanda #RwOT

Written by

in

Ku munsi w’ejo kuwa Gatandatu Saa Tatu z’ijoro kuri Sitade mpuzamahanga ya Huye haberaga umukino Senegal yari yakiriyemo Amavubi.

Impamvu Senegal yari yakiririye mu Rwanda ni ukubera ko umukino ubanza u Rwanda narwo rwawakiririye muri Senegal nyuma y’ubwumvikane bw’ibihugu byombi.

Uyu mukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1, igitego cya Senegal n’icyo cyabonetse mbere ku munota wa 66  gitsindwe  na Lamane Camara naho icyo kwishyura ku ruhande rw’u Rwanda kiboneka ku munota wa 90+4 gitsinzwe na Niyonzima Olivier Seif akoresheje umutwe ku mupira wari uvuye muri koroneri.

Muri iri tsinda L, ikipe y’igihugu ya Senegal niyo yazamutse ari iya 1 naho Mozambique aro iya 2 .

Abatoza b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda , Amavubi bagateganyo barimo Gérard Buscher na Seninga Innocent 

Rwarutabura usanzwe ufana Rayon Sports yari yitabiriye umukino 

Umuzamu wa Rayon Sports, Hakizimana Adolphe na myugariro wa APR FC Nshimiyimana Yunnusu bicaye mu bafana

Abafana ba Senegal bari baje kuri uyu mukino 

Umutoza wa Mukura VS areba umukino 

Perezida wa Gorilla FC, Mudaheranwa Hadji areba umukino 

Umutoza wa Bugesera FC, Eric Nshimiyimana nawe yari yaje kuri uyu mukino 

Uyu mukino ntabwo wari witabiriwe n’abafana benshi muri sitade 

Gerard Buscher aganira na kapiteni w’Amavubi, Djihad 

Abakinnyi b’Amavubi bari ku ntebe y’abasimbura mu minota ya nyuma y’umukino bari bahagurutse bareba ahava igitego 

Abafana b’Amavubi baramwenyuye nyuma yo kubona igitego cyo kwishyura 

Byiringiro Lague yagerageje uburyo bwinshi muri uyu mukino gusa ntiyahirwa ngo abone igitego 

Ntwari Fiacre nyuma yo gutsindwa igitego 

Mutsinzi Ange aganira na Niyonzima Olivier Sefu nyuma y’umukino 

Abakinnyi b’Amavubi bakomera amashyi abafana nyuma y’umukino 

Abakinnyi ba Senegal baririmba indirimbo yubahiriza igihugu 

Abakinnyi b’Amavubi baririmba indirimbo yubahiriza igihugu 

Abakinnyi 11 b’Amavubi bari babanje mu kibuga 

Abakinnyi 11 ba Senegal bari babanje mu kibuga 

Umwe mu bakobwa baje kureba uyu mukino yambaye mu buryo butangaje

Mugenzi Faustin usanzwe ari umunyamakuru niwe wari umushyushya rugamba kuri uyu mukino 

Niyonzima Olivier Sefu yishimira igitego 

Nicolas Sebwato usanzwe afatira Mukura VS areba umukino 

AMAFOTO: Ngabo Serge-Inyarwanda.com 

Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134226/mu-mafoto-100-injira-mu-mukino-wa-senegal-namavubi-wagaragayemo-abakobwa-bikimero-134226.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *