Mukecuru yerekeje kuri sitade – Amafoto agara… – #rwanda #RwOT

Written by

in

Abanyamakuru ba InyaRwanda bamaze gusesekara mu mujyi wa Huye, umujyi ugiye kwakira umukino wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro, aho Mukura yakiriye Rayon Sports.

Ni umukino karundura ugomba gutanga ikipe izahura n’izarokoka hagati ya Kiyovu Sports na APR FC nazo ziza guhurira i Bugesera. Abaturage bo mu mujyi wa Huye bari mu mirimo ariko bitegura amasaha y’umukino ugomba gutangira saa cyenda zuzuye (15:00 PM).

Ikirere cyo mu Karere ka Huye kimeze neza cyane 

Umujyi wa Huye, ni umwe mu mijyi yunganira Kigali 

Sitade ya Huye niyo iri bwakire uyu mukino w’amateka hagati y’amakipe yombi 

Bamwe mu bafana ba Mukura bazindukanye imyenda ndetse n’ibirango by’ikipe, basa n’aho basubira mu rugo umukino urangiye 

Umujyi wose ni umuhondo 

Ibirango by’ikipe ya Mukura bimanitse mu bice bitandukanye by’umujyi wa Huye

Inzu y’isoko rya Huye itangirwamo serivise hafi ya zose z’ubucuruzi 

Mukanemeye Madeleine uzwi nka Mama Mukura yabukereye ngo yiteguye kubabaza Rayon Sports. Aha twahuriye mu mujyi ari mu nzira zigana kuri sitade 

Fan Club y’abamotari bo mu mujyi wa Huye 

AMAFOTO: Ngabo Serge

Source : https://inyarwanda.com/inkuru/129172/mukecuru-yerekeje-kuri-sitade-amafoto-agaragaza-imyiteguro-yumukino-wa-mukura-na-rayon-spo-129172.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *