Abayobozi b'Intara za Kayanza na Ngozi bakiriwe mu biganiro mu Karere ka Huye – #rwanda #RwOT

Written by

in

Ibiganiro nk'ibi byaherukaga kuba mu mpera z'umwaka ushize ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera, aho byemejwe ko bizajya biba buri gihembwe mu rwego rwo kunoza imibanire y'abaturage b'ibihugu byombi.

Itsinda ry'u Burundi ryari riyobowe na Guverineri w'Intara ya Kayanza, Col Remy Cishahayo wari kumwe n'umujyanama ushinzwe iby'amategeko mu Ntara ya Ngozi.

Hari kandi abayobozi ba polisi muri izi ntara, Abashinjacyaha bakuru, abakuru b'ingabo, abakuru b'iperereza, abayobozi b'amakomini ahana imbibi n'u Rwanda n'abandi.

Ku ruhande rw'u Rwanda harimo abayobozi b'uturere twa Gisagara, Nyanza, Huye na Nyaruguru n'abayobozi mu nzego zishinzwe umutekano.

Guverineri w'Intara y'Amajyepfo, Kayitesi Alice, yashimye abakuru b'ibihugu byombi ko bakomeje gutanga umurongo mwiza ugamije kuzana umwuka mwiza hagati y'ibihugu byombi.

Ati 'Uyu ni umwanya wo gushimira abakuru b'ibihugu ku murongo mwiza baduha, mu rwego rwo kuzamura imibanire yacu nk'abayobozi ndetse n'abaturage tuyobora hagamijwe kuzana umwuka mwiza.'

Hashize icyumweru kimwe, Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame agiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Burundi ubwo yitabiraga inama y'abakuru b'ibihugu bya EAC, yabereye muri iki gihugu.

Urugendo rwe i Burundi rwabaye nyuma y'imyaka irenga icyenda atahakandagira kuko yaherukagayo muri Nyakanga 2013 ubwo yitabiraga isabukuru y'imyaka 51 u Burundi bubonye ubwigenge.

Kuva mu 2015 u Burundi n'u Rwanda ntibibanye neza, gusa mu myaka ibiri ishize, hatangiye urugendo rwo gusubiza ibintu mu buryo, imipaka irafungurwa ndetse n'abayobozi mu nzego zinyuranye batangiye kugenderanirana.

Mu mpera z'umwaka ushize wa 2022, abayobozi b'u Burundi mu nzego zitandukanye bakoreye uruzinduko mu Rwanda, rugamije gushishikariza impunzi z'iki gihugu gutahuka.

Abayobozi ku ruhande rw’u Rwansa bakiriye bagenzi babo ku mupaka w’Akanyaru

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice yakiriye mugenzi we w’Intara ya Kayanza, Col Remy Cishahayo

Ibiganiro byahuje impande zombi byabereye mu Karere ka Huye


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abayobozi-b-intara-za-kayanza-na-ngozi-bakiriwe-mu-biganiro-mu-karere-ka-huye

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *