Iyo sabukuru yizihijwe kuri uyu wa 4 Nyakanga 2022 yitabirwa na Minisitiri w'intebe Dr Ngirente Edouard hamwe n'abandi bayobozi mu nzego nkuru z'igihugu n'inzego z'ibanze, abafatanyabikorwa ndetse n'abaturage.
Hatashywe n'umuhanda wa kaburimbo Huye-Kibeho-Munini-Ngoma ureshya n'ibilometero 66 watwaye asaga Miliyari 72 n'ibindi bikorwaremezo biwushamikiyeho birimo Ibitaro bya Munini byuzuye bitwaye amafaranga agera kuri Miliyari 9 Frw.
Hari kandi Umudugudu w'Icyitegererezo wa Munini ( Munini IDP Model Village) ugizwe n'inzu zatujwemo imiryango 48; ishuri rya G.S Munini rifite ibyumba 18 byo kwigiramo, laboratwari ebyiri, icyumba cy'ikoranabuhanga, icyumba cyo kuriramo cyakira abantu 1000, igikoni, ibyumba bitatu byigiramo abana b'incuke.
Ikigo Mbonezamikurire y'Abana bato cya Munini; Agakiriro; aho gucururiza n'ibindi birimo ubusitani, uturima tw'igikoni, amazi meza, amashanyarazi, imihanda n'ingurane ku baturage. Ibyo bukorwa remezo byose byatwaye asaga miliyari 15 Frw.
Mu butumwa Minisitiri w'Intebe yatanze, yasabye abaturage gufata neza ibyo bikorwa remezo no kubibyaza umusaruro.
Ati 'Mu by'ukuri ni impano idakwiye kudupfira ubusa ahubwo ni impano izinganira wa musingo twavuze w'iterambere tumaze kugeraho mu myaka 28 ariko urugamba rw'iterambere nk'uko mubizi ntirurangira ahubwo rurakomeje.'
Mu mafoto, ihere ijisho ibikorwa byatashywe i Nyaruguru
![]()
Uyu mudugudu w’icyitegererezo wa Munini wubakiwe imiryango itishoboye
![]()
Uyu mudugudu wagenewe imiryango 48 igizwe n'abantu 164 barimo abari bamaze igihe basembera abatagira aho kuba, abafite amacumbi ashaje n'abari batuye mu manegeka
![]()
Urugo mbonezamikurire y’abana rwa Munini rufite ibice bitandukanye
![]()
Urugo mbonezamikurire y’abana rwa Munini rwakira abagera 90
![]()
Urugo mbonezamikurire y’abana bato rwa Munini rwitezweho kurandura imirire mibi mu bana bato
![]()
Urugo mbonezamikurire rwubakiwe abana b’imiryango yatujwe mu mudugudu n’abaturanyi bayo
![]()
Urugo Mbonezamikurire rwa Munini rwitezweho umusaruro mwiza
![]()
Umwe mu bana bo mu rugo mbonezamikurire rwa Munini
![]()
Mu rugo mbonezamikurire y’abana rwa Munini hari imitako itandukanye ikangura ubwonko bw’abana
![]()
Umwana urererwa muri uru rugo mbonezamikurire yitezweho gukurana uburere n’ikinyabupfura
![]()
Umudugudu wa Munini watujwemo imiryango 48 itishoboye
![]()
Umudugudu w'icyitegererezo wa Munini wubakiwe abaturage kugira ngo babe ahantu heza hatekanye kandi bayoboke ibikorwa bibateza imbere
![]()
Mu mudugudu wa Kivugiza hubakiwe imiryango 104 igizwe n'abantu 491
![]()
Bahawe ingurube nziza zitezweo kuzamura iterambere ryabo
![]()
Ibiraro by’ingurube z’abatujwe mu mudugudu
![]()
Abatujwe muri uyu mudugudu basabwe kuwufata neza
![]()
Umwarimu wo GS Munini akurikirana uko umwana akoresha mudasobwa
![]()
Umwarimu ufasha abanyeshuri kubona ibitabo mu isomero rya GS Munini
![]()
Ubukarabiro buri aho abanyeshuri barira
![]()
Ni ishuri rifite inyubako igezweho
![]()
Ni ishuri rifite Laboratwari ifasha abana kwiga neza
![]()
Mu cyumba aho abana bazajya barara
![]()
Mu gikoni aho bazajya batekera bakabika n’ibikoresho byaho
![]()
Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi bareba muri mudasobwa z’abanyeshuri muri GS Munini
![]()
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Mukeshimana Gerardine kuri mudasobwa abanyeshuri bigiraho muri GS Munini
![]()
Laboratwari y’iryo shuri irimo ibikoresho byabugenewe
![]()
Kimwe mu byumba byagenewe gufatiramo amafunguro ku ishuri
![]()
Isomero ryahawe abiga ku Rwunge rw’Amashuri rwa Munini
![]()
Ishuri rya GS Munini ryashyizwemo ibikoresho bihagije birimo na mudasobwa
![]()
Ishuri bubakiwe rifite n’ibigega bifata amazi
![]()
Ishuri bubakiwe rifite ibikoresho byiza birimo intebe zo kwicaraho n’ibibaho byo kwandikaho
![]()
Iri shuri ryubatswe mu buryo bugezweho
![]()
Iri shuri rizajya ryigwamo n’abana mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye
![]()
Inzira zihuza ibyumba by’amashuri zimeze neza kandi ziratwikiriye
![]()
Intebe zagenewe abashaka gusomera ibitabo mu isomero rya GS Munini
![]()
Ikigega cya gaz yo gutekesha ku ishuri ryubatswe ku Munini
![]()
Iki kigo cy'ishuri cyubatswe ku Munini kizigamo abana bagera ku 1630 mu mashuri y'incuke, abanza n'ayisumbuye.
![]()
Ibyumba byagenewe ubuyobozi bw’ishuri
![]()
Ibikoresho bitandukanye biboneka muri Laboratwari y’ishuri
![]()
Dr Ngirente yitegereza uko umunyeshuri wo muri GS Munini akoresha mudasobwa
![]()
Dr Ngirente areba mudasobwa zagenewe abanyeshuri muri GS Munini
![]()
Aho abanyeshuri barira naho harateguye kandi hameze neza
![]()
Aho abanyeshuri bicara mu isomero bahawe
![]()
Abiga kuri GS Munini basigaye bakoresha mudasobwa
![]()
Abanyeshuri bubakiwe ikibuga cy’imikino y’intoki imbere mu kigo cy’ishuri
![]()
Abanyeshuri bo kuri GS Munini bagaragaje bimwe mu byo biga
![]()
Abanyeshuri bazajya batekerwa hakoreshejwe gaz
![]()
Abanyeshuri basabwe kwiga bashyizeho umwe
![]()
Ubukarabiro bwo mu Bitaro bya Munini
![]()
Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel asobanura uko Ibitaro bya Munini bikora
![]()
Kimwe mu bikorwa remezo bikomeye batashywe ni Ibitaro bya Munini
![]()
Inyubako z’Ibitaro bya Munini zubatse mu buryo bwihariye
![]()
Ibitaro bya Munini ni kimwe mu bigize impano Perezida Kagame yageneye abaturage bo mu Karere ka Nyaruguru
![]()
Ibitaro bya Munini byitezweho kunoza serivise z’ubuzima muri Nyaruguru
![]()
Ibitanda biri mu bitaro bya Munini
![]()
Dr Ngirente yasobanuriwe imitangire ya serivise mu Bitaro bya Munini
![]()
Dr Ngirente mu Bitaro bya Munini ateze amatwi ubusobanuro bw’uko bikora
![]()
Uyu muhanda watwaye asaga Miliyari 72 Frw wahise uba umusingi w'ibindi bikorwa remezo byinshi byubatswe n'ibiri kubakwa
![]()
Umuhanda wa kaburimo mu Karere ka Nyaruguru wahinduye isura yako
![]()
Umuntu avuze ko ku Munini habaye impinduka zikomeye ntiyaba akabije kuko ni ibintu byigaragaza
![]()
Umuhanda wa kaburimbo mu Karere ka Nyaruguru wazanye impinduka
![]()
Umuhanda wa kaburimbo Huye-Kibeho-Munini-Ngoma ureshya n'ibilometero 66.
![]()
Mu marembo ya Nyaruguru ni uko hameze
![]()
Hubatswe n’ibiraro bikomeye ku buryo imodoka zitambuka nta nkomyi
![]()
Hubatswe n’agakiriro gakorerwa imyuga itandukanye n’ubukorikori
![]()
Bakoresheje amakaro mu kurimbisha inzu z’ubucuruzi mu isantere ya Munini
![]()
Inyubako zo mu isantere ya Munini zaravuguruwe zisa neza
![]()
Hubatswe n’agakiriro gakorerwa imyuga itandukanye n’ubukorikori
![]()
Dr Ngirente aganira na Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel mu Bitaro bya Munini
![]()
Haganiriwe ku cyakomeza gukorwa ngo abaturage batere imbere kurushaho
![]()
Biyemeje kurushaho kwegera abaturage no kubafasha kubyaza umusaruro ibyo bahabwa
![]()
Bashimye uburyo abana bigishwa neza
![]()
Abayobozi basuye ibiraro by’ingurube zahawe abatujwe mu Mugududu wa Munini
![]()
Abayobozi basabwe gukomeza kuba hafi y’abaturage kugira ngo impano bahawe ibagirire akamaro
![]()
Abaturage bo mu Karere ka Nyaruguru bizihije umunsi wo kwibohora mu byishimo
![]()
Abaturage bo mu Karere ka Nyaruguru bishimiye ibikorwa remezo bahawe n’Umukuru w’Igihugu
![]()
Abaturage bo mu Karere ka Nyaruguru bisimiye ibyo bagezeho
![]()
Abajyanama b’Ubuzima bishimiye ibyiza bikomeje kugezwa iwabo
![]()
Ababyeyi b’i Nyaruguru bari babukereye
![]()
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Murwanashyaka Emmanuel, yavuze ko hari byinshi bamaze kugeraho mu rwego rwo kwiteza imbere kandi urugendo rwo kwiyubaka barukomeje bafatanyije.
![]()
Perezida w’Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Amajyepfo Dr Kubumwe Célestin mu bitabiriye uwo munsi
![]()
Ni umunsi witabiriwe n’abarimo inzego z’umutekano
![]()
Ni umunsi witabiriwe n’abarimo Abihayimana
![]()
Musenyeri wa Diyoseze ya Gikongoro, Hakizimana Célestin mu bitabiriye kwizihiza Isabukuru yo Kwibohora kw’Abanyarwanda
![]()
Musenyeri wa Diyoseze ya Butare, Philippe Rukamba yitabiriye kwizihiza isabukuru yo kwibohora mu Karere ka Nyaruguru
![]()
Mu Karere ka Nyaruguru niho hizihirijwe ku nshuro ya 28 umunsi wo kwibohora kw’Abanyarwanda ku rwego rw’igihugu
![]()
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney aganira na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Nsabimana Erneste hamwe n’abayobozi mu nzego za Gisirikare
![]()
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Nsabimana Erneste mu bitabiriye uwo munsi
![]()
Martha Ntakirutimana wo mu Murenge wa Ruheru yatanze ubuhamya avuga ko bari mu rugendo rw’iterambere bubakiye ku bikorwa remezo bahawe.
![]()
Minisitiri w’Uburezi Dr Uwamariya Valentine na we yitabiriye kwizihiza isaburu yo kwibohora kw’Abanyarwanda mu Karere ka Nyaruguru
![]()
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard, yashyikirije abaturage bo mu Karere ka Nyaruguru impano y'ibikorwa remezo bitandukanye bahawe na Perezida Kagame abasaba kuyifata neza
Amafoto: Munyakuri Prince na Igirubuntu Darcy
Video: Kazungu Armand
[email protected]
Leave a Reply