Amafoto ya bamwe mu bakinnyi, abahanzi nyarwanda bari kumwe n’amashami yabashibutseho #rwanda #RwOT

Written by

in

Umusizi Nyakayonga ka Musare abinyujije mu gisigo cye yagize ati 'Ukwibyara gutera ababyeyi neza, batambira b’ineza', ibi bigaragaza ibyishimo umubyeyi agira iyo yibarutse, abonye urubuto rumukomokaho, ruzamusindagiza mu busaza.

Ibyamamare ni bamwe mu bantu bakurikirwa cyane ndetse abakunzi babo bakunda kumenya ubuzima bwabo bwa buri munsi, bamwe bakaba babusangiza ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga.

Hari bamwe mu byamamare bibyara abana bitarashaka abagore ugasanga badatewe ishema nabo ku buryo banabihisha, gusa hari n’abandi babyara abana ugasanga barabyishimiye.

Abashakanye iyo urubyaro rubuze usanga umunabi ari wose mu rugo bitana ba mwana umwe ashinja undi ko atari we ubyara, byose biba bitewe n’umunezero umwana azana mu muryango.

Muri iyi nkuru ISIMBI yakusanyije amwe mu mafoto agaragaza bimwe mu byamamare nyarwanda yaba mu mikino ndetse no muri muzika, mu bihe bitandukanye bagiye bagirana n’abana babo bibarutse.

Mukunzi Christophe, kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Volleyball n’imfura ye Kian

Sibomana Placide ukinira UTB VC, aheruka kwibaruka umwana wa 3, aha ari kumwe n’imfura n’ubuheta

Meddie Kagere ari kumwe n’abana be(si bose bari muri iyi foto)

Umunyezamu wa Rayon Sports, Bashunga Abouba ari kumwe na Umwari Ghania akaba imfura ye

Sibonama Patrick Papy wa Police FC n’imfura ye y’umukobwa Mia

Umukinnyi mpuzamahanga w’umunyarwanda ukina muri Sweden, Yannick Mukunzi n’imfura ye y’umuhungu, Mukunzi Ethan

Myugariro wa Police FC, Rutanga Eric n’imfura ye Isimbi Taaliah

Umuryango wa Clement na Knowless n’imfura yabo

Clement umugabo wa Knowless ari kumwe n’imfura yabo, Ishimwe Or

Umuraperi Riderman n’imfura ye Rusangiza

Tom Close ari kumwe n’ubuheta bwe, Elan Close

Umuhanzi Bruce Melodie n’abana be

Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/amafoto-ya-bamwe-mu-bakinnyi-abahanzi-nyarwanda-bari-kumwe-n-amashami-yabashibutseho

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *