Ngororero: Polisi yafashe abantu bari mu modoka bajya i Kigali batabyemerewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Written by

in

Abafatiwe muri iyo modoka berekeza i Kigali batabifitiye uruhushya
Abafatiwe muri iyo modoka berekeza i Kigali batabifitiye uruhushya

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, avuga ko umushoferi w’imodoka yari yahawe uruhushya “mouvement clearence”, iva i Kigali ajya i Rusizi ku bitaro bya Gihundwe kureba umubyeyi we uharwariye. Asubira i Kigali, yapakiye abantu mu modoka ye batari babisabiye uburenganzira abaca amafaranga abavana Rusizi abajyana i Kigali Imodoka ayigira taxi, kuko yabaciye buri muntu amafaranga 25000Frw.

Polisi ivuga ko Hamis yafashwe ku mugoroba tariki 9 Nyakanga 2021 ku isaha ya saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba.

Imodoka bari barimo
Imodoka bari barimo

Abafatiwe mu modoka barimo Asmani Jean de Dieu, Karemera James, Mwanankesa Mwanza na
Rugabirwa Rugama.

Polisi ivuga ko abo bari mu modoka baciwe amande y’ibihumbi icumi na Ngali 10,000 buri Muntu yo kutubahiriza amabwiriza ya Covid-19.

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *