Bamporiki Edouard yakoze mu nganzo asingiza umugore we #rwanda #RwOT

Written by

in

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko, Bamporiki Edouard yakoze mu nganzo maze asingiza umugore we bamaranye imyaka hafi icumi.

Abakurikirana uyu mugabo ku mbuga nkoranyambaga ze, bazi ko ari umugabo ukunda gukoresha amagambo y’ikinyarwanda kizimije(ubuvangazo) cyane ko ari n’umuhanzi mu buzima busanzwe akaba n’umukinnyi wa mafilime(akina mu ikinamico Urunana yitwa Kideyo).

Abinyujije kuri WhatsApp Status, uyu mugabo yifashishije amagambo ye nk’umusizi yasingije umugore we cyane.

Ati'Umugabekazi Nyirumutuzo, umwiza umusinga asingiza. Uwingabire zihagije. Rama Undamire rwunguko. Arabatashya.'

Muri 2012 nibwo Bamporiki Edouard yashakanye n’umugore we Uwingabire Marie Claudine bahuye muri 2010.

Muri 2017 Bamporiki n’umugore we bari mu banyeshuri 147 bahawe impamyabumenyi z’ikiciro cya gatatu cya kaminuza(muri ULK). Bamporiki yasoje icyiciro cya gatatu mu mategeko mpuzamahanga (International Public Law).

Ubutumwa yageneye umugore we

Bamporiki Edouard n’umugore we

Bamporiki Edouard n’umugore we muri 2017 bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya 3 cya Kaminuza

Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/bamporiki-edouard-yakoze-mu-nganzo-asingiza-umugore-we

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *