Eden Hazard ashobora gutera benshi agahinda naramuka akoze iki gikorwa. – YEGOB #rwanda #RwOT

Written by

in

Umukinnyi wa Real Madrid Eden Hazard ukomeje guca mu mvune za hato na hato,ashobora kubabaza abakunzi ba ruhago, dore ko bivugwa ko ashobora gusezera ku mupira w'amaguru nibikomeza kumebera bibi.

Givemesport.com itangaza ko Hazard yongeye kugira ikibazo cy'imvune mu kagombambare byatumye iba imvune ya 3 kuva yagera muri iyi kipe ifite ibikombe byinshi bya Champions League.

Dr Jose Gonzalez usanzwe uvura ikipe ya Atletico Madrid yatangaje ko nibaramuka babaze Hazard ku nshuro ya 3, bishobora gutuma uyu rutahizamu asezera ku mupira w'amaguru. Yagize ati 'Mu burambe bwanjye ntabwo mbona Hazard yagira icyo afasha Real Madrid muri uyu mwaka w'imikino.Iyo umukinnyi agarutse mu kibuga nta myitozo ihagije afite n'ubundi arongera akavunika. Afite impungenge, arashaka guha Real Madrid ibyo afite byose ndetse akabereka ko amafaranga yaguzwe ayakwiye ariko ntabwo abifitiye imbaraga. Kubaga Eden Hazard ku nshuro ya gatatu yikurikiranya bifite ingaruka nyinshi zatuma asezera kuri ruhago.'

Leave your vote

Comments

0 comments

Source : https://yegob.rw/eden-hazard-ashobora-gutera-benshi-agahinda-naramuka-akoze-iki-gikorwa/

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *