Perezida Kagame yayoboye Inama y'Abakuru b'Ibihugu bya EAC – #rwanda #RwOT

Written by

in

Iyi nama yabaye mu buryo bw'ikoranabuhanga mu kwirinda ikwirakwira ry'icyorezo cya Coronavirus gikomeje koreka Isi. Perezida Kagame nk'umuyobozi w'uyu muryango niwe wayiyoboye.

Mu biri ku murongo w'ibyigwa usibye kwemeza Umunyamabanga Mukuru mushya byitezwe ko aza kuba Umunyakenya, abakuru b'ibihugu bari bwige kandi ku busabe bwa Somalia bwo kwinjira muri uyu muryango.

Iraniga kandi ku ngingo y'uko Igifaransa cyaba mu ndimi zemewe muri uyu muryango inemeze abacamanza b'urukiko rwa Afurika y'Iburasirazuba.

Imwe mu ngingo ziri ku murongo w’ibyigwa muri iyi nama ijyanye no kwemeza Umunyamabanga Mukuru Mushya w’uyu muryango usimbura Umurundi Mfumukeko

Perezida Kagame yayoboye iyi nama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amafoto: Village Urugwiro


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yayoboye-inama-y-abakuru-b-ibihugu-bya-eac

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *