Tag: Umutekano

  • Nyanza: Bikingiraniye mu kabari mu masaha y’ijoro bahunga Polisi ibafata mu gitondo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo bose uko ari 21 bafatiwe mu Kagari ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana wo mu Karere ka Nyanza, barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire’ yavuze ko abo bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, ndetse ko ubwo abapolisi bajyaga kubafata banze gukingura akabari biba ngombwa ko hakorerwa uburinzi kugeza mu gitondo.

    Yagize ati “Ubwo abaturage baduhaga amakuru saa tatu z’umugoroba abapolisi bamaze kugerayo bahita bikingiranira muri ako kabari uko ari 21 bakomeza kunywa inzoga. Hafashwe icyemezo cyo kubihorera bagumamo kugeza bucyeye babura uko babigenza barakingura. Si ubwa mbere muri ako kabari ka Ngiruwonsanga hafatirwa abantu barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19, kuko mu minsi ishinze kari kafunzwe ariko yari yongeye kugafungura”.

    SP Kanamugire yavuze ko abo bantu bari banarenze ku masaha yo kuba buri muntu wese yageze aho ataha (Curfew), kuko bafashwe saa tatu za nijoro. Yongeye kwibutsa abaturarwanda ko amabwiriza ya Leta yo kurwanya COVID-19 avuga ko utubari dukomeza gufunga.

    Ati “Kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 amabwiriza avuga ko utubari dukomeza gufunga, ariko biratangaje kuba hakiri abantu nka Ngiruwonsenga babirengaho bakadufungura rwihishwa. Abo kimwe n’abandi bose bazajya bafatwa n’inzego zibishinzwe zibace amande”.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yakanguriye abaturage kurushaho gutinya icyorezo kuruta gutinya ibihano cyangwa gutinya inzego zishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza, anibutsa abantu ko Covid-19 ikiriho kandi yica buri muntu”.

    Yakanguriye abaturage gukomeza kugira uruhare mu kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 bubahiriza amabwiriza yose uko agenda atangwa n’inzego z’igihugu. Yabasabye gukomeza gutanga amakuru igihe hari abo babonye barenga ku mabwiriza.

    Abafashwe bahise bipimisha icyorezo cya Covid-19 ku kiguzi cyabo, ndetse inzego zibishinzwe zikaba zabaciye amande hakurikijwe amabwiriza.

    source : https://ift.tt/3yHjui0

  • Gicumbi : Umugabo ukekwaho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 9 yafatiwe icyemezo cyo gufungwa #rwanda #RwOT

    Ni icyemezo cyasomwe n’urukiko rw’ibanze rwa Byumba kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Kanama 2021 rwemeje icyifuzo cy’Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uriya mugabo gufungwa by’agateganyo kubera impamvu zikomeye zituma hakekwa ko yakoze kiriya cyaha.

    Ubushinjacyaha dukesha iyi nkuru, buvuga uburyo uyu mugabo yisobanura ndetse n’uko yakanze umwana ngo atazabivuga bigaragaza ko icyo gikorwa yakoze abizi neza ko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

    Icyo cyaha gikekwa kuri uyu mugabo, cyakozwe muri Gicurasi 2021, ubwo yasangaga umwana ari mu nzu aho nyirakuru yari yamukingiranye.

    Ngo icyo gihe uriya mugabo yuriye idirishya asangamo uriya mwana w’umuhungu ubundi amujyana iwe aramusambanya mu kibuno amutera ubwoba ko atagomba kuzabihingutsa.

    Umwana na we yumviye uwo mugabo akomeza kubigira ibanga ariko aza kugira uburwayi mu kibuno bituma umwana abivuga uko byagenze.

    Uyu mugabo aburana ahakana icyaha aho yemera ko yajyanye iwe uriya mwana ariko ko atigeze amusambanya ndetse akiyemerera ko ntakibazo afitanye n’uwo mwana cyangwa ababyeyi be.

    ICYO ITEGEKO RITEGANYA

    Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

    Ingingo ya 133 : Gusambanya umwana

    Umuntu wese ukorera ku mwana kimwe mu bikorwa bishingiye ku gitsina bikurikira, aba akoze icyaha :

    1º gushyira igitsina mu gitsina, mu kibuno cyangwa mu kanwa k’umwana ;

    2º gushyira urugingo urwo arirwo rwose rw’umubiri w’umuntu mu gitsina, cyangwa mu kibuno cy’umwana ;

    3º gukora ikindi gikorwa cyose ku mubiri w’umwana hagamijwe ishimishamubiri. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri (20) ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’itanu (25).

    Iyo gusambanya umwana byakorewe ku mwana uri munsi y’imyaka cumi n’ine (14), igihano kiba igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.

    Iyo gusambanya umwana ufite cyangwa urengeje imyaka cumi n’ine (14) byamuteye indwara idakira cyangwa ubumuga, igihano kiba igifungo cya burundu.

    Iyo gusambanya umwana byakurikiwe no kubana nk’umugabo n’umugore, igihano kiba igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.

    Iyo icyaha cyo gusambanya umwana cyakozwe hagati y’abana bafite niburaimyaka cumi n’ine (14) nta kiboko cyangwa ibikangisho byakoreshejwe, nta gihano gitangwa. Icyakora, iyo umwana ufite imyaka cumi n’ine (14) ariko utarageza ku myaka cumi n’umunani (18) asambanyije umwana uri munsi y’imyaka cumi n’ine (14), ahanwa hakurikijwe ibiteganywa mu ngingo ya 54 y’iri tegeko.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Gicumbi-Umugabo-ukekwaho-gusambanya-umwana-w-umuhungu-w-imyaka-9-yafatiwe-icyemezo-cyo-gufungwa

  • Kicukiro: Rutunga Venant yemereye Urukiko ko yazanye abajandarume muri ISAR Rubona #rwanda #RwOT

    Ubwo yatangiraga kuburana bwa mbere kuri uyu wa kabiri ku ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo, Rutunga yasabye ko yaburanishirizwa ku rukiko kuko kuburanira kuri Skype bigorana kandi n'ibyuma bikaba bikunda gupfa.

    Rutunga yanavuze ko yifuza kuburanira mu rukiko kubera ko uburemere bw'ibyaha aregwa bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Umucamanza yahise asubika iburanisha ategeka ko Rutunga agomba kuzanwa ku rukiko akaba ariho aburanira.

    Saa tatu zuzuye zo kuri uyu wa Kane nibwo inteko y'umucamanza umwe n'umwanditsi w'urukiko binjiye mu cyumba cy'iburanisha mu gihe Rutunga yari kumwe n'umunyamategeko we Me Sebaziga.

    Ubushinjacyaha bwari buhagarariwe n'abashinjacyaha babiri ku rukiko hari abanyamakuru benshi harimo n'abanyamakuru mpuzamahanga.

    Umucamanza yatangiye asoma umwirondoro wa Venant Rutunga,hanyuma yemera ko ari uwe hanyuma amwibutsa ko acyekwaho gukora icyaha cya Jenoside.

    Umucamnza yatangiye aha umwanya abaregwa ngo bagire icyo bavuga ku bijyanye n'icyaha cya Jenoside Rutunga acyekwaho, Me Sebaziga Sophonie yatangiye atanga inzitizi ku rubanza ari kuburana.

    Yagize ati “Nk'uko mubibona, uwo nunganira afungiye muri Gereza ya Nyarugenge kandi nta mpuzankano ziranga infungwa zo mu Rwanda yambaye.”

    Me Sebaziga yavuze ko Rutunga Venant afungiye aho adakwiye gufungirwa,ati”Umukiriya wange afunzwe mu buryo bunyuranije n'amatege.”

    Me Sebaziga yavuze ko muri Dosiye bafite irimo ko Rutunga yari yarakatiwe n'inkiko Gacaca agahabwa igihano cya burundu.

    Uyu munyamategeko ati “Umukiriya wange niba ari uko bimeze,yakagombye gufungirwa muri Gereza nko kurangiza igihano ariko adasubizwa mu inkiko kuburana.

    Umucamanza yabajije Rutunga niba azi ko yari yarakatiwe n'inkiko Gacaca mu Rwanda, amusubiza ati “ibyo bintu bya Gacaca ntabyo nzi, n'ibintu bafindafinze ntazi aho byavuye.”

    Urukiko rwahaye umwanya Ubushinjacyaha ngo busobanure impamvu Rutunga afungiye muri Gereza ya Nyarugenge, Ubushinjacyaha bwavuze ko nubwo afungiye muri Gereza ya Nyarugenge adafunganwe n'abandi.

    Rutunga yabwiye Urukiko ko abazwa bwa mbere yahawe imyenda y'imfungwa n'abagororwa akaza kuyakwa nyuma batazi impamvu bayimwatse.

    Ubushinjacyaha bwemeje ko Rutunga ari ahantu heza hatandukanye n'ahafungirwa abandi bafungwa hateganijwe kuva na mbere y'uko Rutunga aza.

    Ubushinjacyaha bwahise bubwira urukiko ko bataje kuburana aho Rutunga afungiye ko ahubwo baje gusaba urukiko ko Rutunga afungwa iminsi 30 y'agateganyo muri Gereza mu gihe Ipereza rigikomeje.

    Me Sebaziga yahise abwira urukiko ko nta heza ho muri Gereza ko nubwo wafungirwa muri Hotel ariko ufunzwe nta kiza kiba kirimo.

    Rutunga yahise yaka ijambo avuga ko ibyavuzwe n'ubushinjacyaha bwabeshye kuko azanwa mu Rwanda yahawe impuzankano y'abafungwa bo mu Rwanda ikabanza no kwanga kumukwira hanyuma ubuyobozi bwa Gereza bukamubwira ko buzamudodeshereza indi nyuma yo ku mupima.

    Rutunga ati “Nyuma nibwo bambwiye ko imyenda y'abafungwa idakenewe.”

    Umucamanza yahise avuga ko ibyagaragajwe n'uruhande ruregwa ndetse n'ibyavuzwe n'ubushinjacyaha byose bizasuzumwa mu cyemezo cy'urukiko ahita ategeka ko iburanisha rikomeza,

    Ubushinjacyaha bwavuze ko Venant Rutunga yicishije abakozi b'Abatutsi bakoranaga mu gihe cya Jenoside muri ISAR Rubona,barimo Epaphrodite Kalisa na George Ndamage.Aba bishwe ku mabwiriza ya Rutunga Venant bo n'abatutsi bagera ku bihumbi 2000 bari bahungiye muri ISAR.

    Ubushinjacyaha bwasobanuye ko bishwe biturutse ku bajandarume bahurujwe na Rutunga Venant ubwe.

    Ubushinjacyaha buti “turasabira Dr Rutunga gufungirwa muri gereza by'agateganyo iminsi 30 kugira ngo dukomeze iperereza tunashake n'abandi batangabuhamya bagaragaza uruhare Dr Rutunga yagize muri Jenoside.”

    Dr Rutunga Venant yahise yemerera Urukiko ko koko yagiye I Butare guhuruza abajandarume kuko ikigo yari ayoboye cyari cyatewe n'abantu bari bavuye mu ma komine atandukanye.

    Umucamanza yahise abaza Dr Rutunga niba azi Uwitwa Epaphrodite Kalisa na Ndamage George,Ubushinjacyaha bwavuze ko bishwe ku mabwiriza ye.

    Rutunga yahise asubiza ko abo bagabo abazi ko kandi koko bari abakozi ba ISAR Rubona ko ariko ibyo ubushinjacyaha bwavuze ko bishwe ku mabwiriza ye bwabeshye kuko ababishe bahari kandi banabifungiwe.

    Dr Rutunga ati “Keretse niba barabafunguye ngo bazaze kunshinja wenda.”

    Ubushinjacyaha mu kwerekana imikorere y'icyaha cya Jenoside Dr Rutunga acyekwaho, bwavuze ko nyuma yo kuvumbura abo bakozi b'abatutsi bishwe bavumbuwe n'abajandarume ku mabwirizwa ye,ngo uyu Dr Rutunga yahise ahemba abishe Epaphrodite Kalisa na Ndamage George abaha inka ipima ibiri 400 nk'igihembo cy'igikorwa bari bamaze gukora.

    Dr Rutunga Venant yahise abwira urukiko ko ibyo gutanga inka y'abamaze kwicwa nabyo bitabayeho kuko n'ikimenyimenyi Ubushinjacyaha bunavuze ibiro inka yari ifite yahembwe abicanyi.

    Rutunga ati “Nyakubahwa iyo nka yagiye gutangwa ibanza gupimwa ibiro?.”

    Umucamanza yahaye umwanya abaregwa ngo bagire icyo bavuga ku busabe bw'ubushinjacyaha bwo gufungwa muri Gereza iminsi 30 y'agateganyo.

    Dr Rutunga Venant yahise abwira umucamanza ko ibyo ubushinjacyaha bwavuze ntacyo yabivugaho kuko byose biri mu mwanzuro Urukiko rufite.

    Me Sebaziga Sophonie yahise abwira urukiko ko ibyasabwe n'ubushinjacyaha bidakwiye guhabwa ishingiro kuko uwo yunganira atatoroka ubutabera .

    Me Sebaziga yanavuze ko uwo yunganira nta binyenyetso yasibanganya mu gihe yaba arekuwe.Ati “Venant ntabwo yasibanganya ibimenyetso adafite.”

    Me Sebaziga yasabye Urukiko ko uwo yunganira yarekurwa by'agateganyo ahubwo urukiko rugategeka ibyo Rutunga yazajya yubahiriza nk'uko biteganywa n'amategeko.

    Umucamanza yahaye umwanya Ubushinjacyaha ngo bugire icyo bwongeraho ku byasabwe n'abaregwa, buvuga ko Dr Rutunga Venant nta kuntu yarekurwa by'agateganyo n'abantu yasize yoretse mu Rwanda n'Ubuholandi yahungiyemo aribwo bwamufashe bukamushyikiriza inzego z'ubutabera z'u Rwanda.

    Ubushinjacyaha buti “Turagira ngo twibutse ko ibyakorewe byose Rutunga Venant byubahirije amategeko kuko yabarijwe ku gihe n'ubugenzacyaha, n'ubushinjacyaha bumubariza ku gihe kugeza hatangiye inzira zo kumuburanisha ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo.Nta tegeko nari rimwe ryigeze ryicwa ibyakozwe byose bikurikije amategeko.”

    Umucamanza yumvishe impande zombi apfundikira iburanisha ategeka ko uru rubanza ku ifunga n'ifungurwa icyemezo cy'urukiko kizasomwa kuwa 17 Kanama 2021 Saa munani z'igicamunsi.

    Kuwa 26 Nyakanga 2021 nibwo Ubushinjacyaha bwatangaje ko Ubuholande bwohereje Venant Rutunga, Ucyekwaho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

    Umwirondoro wa Venant Rutunga umwerekana nk'umuntu ukomoka mu cyahoze ari Peregitura ya,Ruhengeri Komine Gakenke ubu ni mu Karere ka Gakenke.

    Venant Rutunga mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, yari umuyobozi w'ikigo cy'ubushakashatsi mu by'ubuhinzi cya ISAR Rubona,uyu munsi ni mu Karere ka Huye.Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 hari muri Komine Ruhashya.

    Aha muri ISAR Rubona ni naho bicyekwa ko ariho yakoreye Jenoside.

    Venant Rutunga yatawe muri yombi muri 2019 afungirwa mu Buholandi aho yafashwe yari ahamaze imyaka isaga 10.Yafashwe kuko hari hashize igihe ashyiriweho impapuro zimuta muri yombi n'ubushinjacyaha bw'u Rwanda.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubutabera/article/kicukiro-inkiko-gacaca-kuba-zarankatiye-ntabyo-nzi-rutunga

  • France: Sewabo wa Emmanuel Abayisenga ati: 'Ishyano yararikoze, ahasigaye ni ah'ubutabera' #rwanda #RwOT

    Ku wa mbere, Abayisenga yishyikirije polisi mu burengerazuba bw'Ubufaransa avuga ko yishe umupadiri witwa Olivier Maire wa paruwasi ya Nantes, impamvu zabimuteye ntiziramenyekana.

    Nyuma, mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga havuzwe amakuru menshi kuri Abayisenga no ku muryango we.

    Joseph Murasampongo utuye mu Bubiligi avuga ko ari murumuna wa se, yabwiye BBC ko ibi ari byo byatumye asohora itangazo kuko “nabonaga ko hari byinshi bari kwibeshyaho”.

    Kuri bimwe mu byavuzwe ahakana, agira ati: “We ku bimureba, ntabwo yigeze aba 'enfant soldat' [abazwi nka 'kadogo'] muri [ingabo za] FPR.”

    Ikinyamakuru La Croix cya kiriziya gatolika mu Bufaransa cyatangaje ko se wa Emmanuel Abayisenga yishwe mu buryo butazwi neza nyuma yo gukatirwa n'inkiko Gacaca ahamijwe uruhare muri jenoside.

    Murasampongo avuga ko uwo mukuru we Aloys Ndabakenga (se wa Abayisenga) atigeze aburanishwa cyangwa ngo akatirwe n'inkiko Gacaca.

    Ati: “Ntabwo ari ukuri, nta kintu cya Gacaca yigeze ajyamo, nta 'dossier' yigeze agira kugeza igihe yitabiye Imana, abavuga ibyo sinzi aho babivana.”

    Ahakana kandi ko nta bandi ba sewabo wa Abayisenge bakatiwe cyangwa bafunzwe mu Rwanda.

    Murasampongo avuga ko kuva Abayisenga yagera mu Bufaransa batigeze bavugana, ati: “…mbese nta byo gusabana byari bihari.”

    Avuga ko yumvise ko ubu yajyanywe mu bitaro bivura indwara zo mu mutwe kuko bari bazi ko asanzwe agira ibyo bibazo.

    Abajijwe niba hari icyo bagiye gukora, ati: “Nta cyo twakora, ishyano yararikoze, ahasigaye ubu ikibazo kiri mu maboko y'ubutabera, ni ugutegereza uko bizagenda.”

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/ubuzima/article/france-sewabo-wa-emmanuel-abayisenga-ati-ishyano-yararikoze-ahasigaye-ni-ah

  • Abapolisi b’u Rwanda 12 basoje amahugurwa abagira intyoza mu gucunga umutekano wo mu mazi – #rwanda #RwOT

    Mu byo bahaguwe harimo kwibira mu mazi byihuse bagiye gutabara umuntu uguye mu mazi, kwibira mu bujyakuzimu muri metero hagati ya 25 na 30 bagiye gushaka cyangwa gutabara ikintu cyacubiye mu kiyaga, banahuguwe ibijyanye no koga bisanzwe.

    Aya mahugurwa yatangwaga n’abarimu batatu bafite inararibonye ku mutekano wo mu mazi, bakomoka muri Isiraheli.

    Umuhango wo gusoza aya mahugurwa wayobowe n’Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere, DIGP/AP Jeanne Chantal Ujeneza; yari ari kumwe n’Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi, ACP Elias Mwesigye, hari kandi n’Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CSP Edmond Kalisa.

    DIGP/AP Jeanne Chantal Ujeneza yavuze ko inshingano nyamukuru za Polisi y’u Rwanda ari ukurinda umutekano w’abantu n’ibyabo, yemeza ko uwo mutekano ugomba gucungirwa ahantu hose harimo no mu mazi.

    Yavuze ko aya mahugurwa yahawe abapolisi yaziye igihe kandi ari ingenzi. Ati “Ibikorwa by’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi ni ingenzi kuko biri mu bifasha Polisi y’u Rwanda kuzuza inshingano zayo.”

    “Aya mahugurwa kimwe n’andi yose azakurikiraho ari mu murongo wo kongerera ubumenyi n’ubushobozi abapolisi bashinzwe umutekano wo mu mazi harimo nk ’ibi mumaze kutwereka bijyanye no gushakisha mu mazi no kurohora abantu cyangwa ibintu byarohamye.”

    Yakomeje agaragaza ko impanuka zikunze kubera mu mazi zigahitana ubuzima bw’abantu zikanangiza imitungo yabo zigomba gukumirwa ku rwego rwo hejuru.

    Ati “Hari impanuka n’ibindi byaha bikunze kubera mu mazi, tugomba gukoresha imbaraga zose zishoboka mu kubyirinda no kubirwanya kuko hari ibihitana ubuzima bw ’abantu cyangwa bikangiza imitungo yabo. Tugomba kubikumira bitaraba ndetse byanaba tukabirwanya, byose biri mu murongo wo kugeza ituze n’umutekano ku baturarwanda.”

    Umuyobozi wa Polisi wungirije yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda izakomeza kongerera ubumenyi n’ubushobozi abapolisi mu mashami yayo atandukanye kugira ngo barusheho gusohoza neza inshingano bafite kandi bakabikora kinyamwuga.

    Yasabye abapolisi barangije amahugurwa kuzakoresha neza ubumenyi bahawe kandi bakazakomeza kurushaho kwiyungura ubumenyi.

    ACP Elias Mwesigye yavuze ko mu gutoranya abapolisi 12 basoje amahugurwa hari ubushobozi n’ubumenyi bw ’ibanze byashingiweho. Ibi bikaba byabafashije kwitwara neza mu mahugurwa bari bamazemo ibyumweru bitandatu.

    Yagize ati” Aba bapolisi batoranyijwe hakurijwe ikinyabupfura no kuba bameze neza mu mutwe no ku mubiri. Bigishijwe ibintu bitandukanye birimo kwibira mu mazi nta bikoresho bifashishije bagiye gutabara umuntu byihuse, amayeri atandukanye ajyanye no koga, kwibira mu mazi ahantu harehare hagati ya metero 25 na metero 30 bagiye kurohora no gushaka ikintu cyangwa umuntu warohamye mu mazi, bigishijwe uburyo bwo gutwara ubwato n’ibindi bitandukanye.”

    ACP Mwesigye yashimiye abatoza n’abanyeshuri kubera ishyaka bagaragaje mu gihe cy ’ibyumweru bitandatu bari bamaze mu mahugurwa.

    Abanyeshuri yabasabye gukomeza kwiyungura ubumenyi bityo ibyo bigishijwe ntibazabyibagirwe ahubwo bajye bahora bashakashaka ibindi biyungura.

    Abarimu batanze aya mahugurwa bafite ikigo cyigenga gisanzwe gitanga amahugurwa nk ’aya mu bihugu bitandukanye ku Isi kitwa Galint Limited.

    Reuben Rosenblat, uwari uhagarariye bagenzi be yashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda kuba bwarabatumiye bakaza gutanga amahugurwa ku bapolisi, amahugurwa ajyanye n’umutekano wo mu mazi.

    Yavuze ko abahuguwe baranzwe n’ubushake n’umurava avuga ko yizera ko ibyo bigishijwe bizabagirira akamaro ndetse bikagirire n’abaturarwanda bakoresha ibiyaga n’inzuzi.

    PC Tuyizere Bosco umwe mu bapolisi 12 bahugurwaga, yashimangiye ko amasomo bigishijwe atazabapfira ubusa ko ahubwo azabafasha mu gutanga ubutabazi igihe hari impanuka ibereye mu mazi.

    We na bagenzi be bavuze ko ubumenyi bahawe bwaje bwiyongera ku bundi bari basanganwe kuko n’ubusanzwe bose basanzwe bakorera mu ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi.

    Abarangije amahugurwa bahamya ko ubumenyi bahawe ari ingirakamaro kuko bizabafasha gutabara byihuse

    Abapolisi bahuguwe basanzwe bafite ubumenyi bwo gucunga umutekano wo mu mazi

    Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere, DIGP/AP Jeanne Chantal Ujeneza ni we wasoje aya mahugurwa

    source : https://ift.tt/3iGNvJu

  • Venant Rutunga woherejwe n’u Buholandi yatangiye kuburanishwa ku byaha bya Jenoside – #rwanda #RwOT

    Rutunga yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, nyuma y’uko kuri uyu wa Kabiri urubanza rwe rwari rwasubitswe kuko uregwa yashakaga kuburana imbonakubone aho kwifashisha ikoranabuhanga.

    Venant Rutunga yahoze ari umuyobozi mu kigo cy’ubushakashatsi mu by’ubuhinzi, ISAR Rubona, mbere ya Jenoside, uyu munsi ni mu Karere ka Huye.

    Muri icyo kigo bivugwa ko mu 1994 abatutsi barenga 1000 bari barahahungiye ari we wahamagaye Interahamwe bakahabicira.

    Ahagana saa tatu zuzuye kuri uyu wa Kane nibwo inteko y’umucamanza umwe n’umwanditsi w’urukiko yinjiye mu cyumba cy’iburanisha. Rutunga yunganiwe mu mategeko na Me Sebaziga Sophonie mu gihe Ubushinjacyaha bwari buhagarariwe n’abashinjacyaha babiri.

    Umucamanza yatangiye asoma umwirondoro wa Venant Rutunga, uregwa yemera ko umwirondoro ari uwe. Umucamanza yamwibukije ko akekwaho gukora icyaha cya Jenoside.

    Umucamanza yatangiye aha umwanya abaregwa ngo bagire icyo bavuga ku bijyanye n’icyaha cya Jenoside Rutunga acyekwaho maze Sebaziga Sophonie ahita ahera ku nzitizi mu rubanza ari kuburana.

    Yavuze ko uwo yunganira afunzwe binyuranyije n’amategeko kuko afungiye muri Gereza ya Nyarugenge, yakabaye afungiye mu bugenzacyaha kuko atarakatirwa by’agateganyo.

    Me Sebaziga kandi yavuze ko muri dosiye y’uwo yunganira, harimo amakuru y’uko yakatiwe n’Inkiko Gacaca igifungo cya burundu, bityo ko yakabaye ajya kurangiza igihano yakatiwe aho gusubizwa mu nkiko.

    Umucamanza yahaye umwanya Rutunga ngo agire icyo avuga ku gihano yahawe n’Inkiko Gacaca niba akizi, undi asubiza ko ntabyo azi.

    Ubushinjacyaha bwasobanuye impamvu Rutunga adafungiye muri Gereza ya Nyarugenge ahubwo ahacumbikiwe kandi biri mu masezerano Leta y’u Rwanda yagiranye n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR).

    Bwavuze ko hari n’abandi bagiye boherezwa n’ibihugu by’amahanga bagacumbikirwa muri ubwo buryo. Ikindi ngo aho afungiye afashwe neza.

    Ku wa 26 Nyakanga 2021 nibwo ubutabera bw’u Buholandi bwohereje Venant Rutunga mu Rwanda. Venant Rutunga yatawe muri yombi mu 2019 afungirwa mu Buholandi aho yafashwe yari ahamaze imyaka isaga 10.

    Ubwo Rutunga yari ageze ku rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro

    Akigera mu cyumba cy’iburanisha, Rutunga yakuweho amapingu

    Aha Rutunga yaganiraga n’umunyamategeko we mbere yo gutangira iburanisha

    Amafoto: Nkundineza Jean Paul


    source : https://ift.tt/2U9AwX0

  • Didier Bizimana watoje APR FC yanyomoje uwamubitse – #rwanda #RwOT

    Ku wa 11 Kanama 2021 ni bwo umuntu witwa Muhoza Aline abinyujije kuri Facebook yashyize hanze ubutumwa buvuga ko se yitabye Imana. Ubu butumwa bwari buherekejwe n’ifoto ya Didier Bizimana.

    Yagize ati “ Papa ugiye nkigukeneye, gusa Imana ikwakire mu bayo.”

    Ibi byatumye IGIHE ihamagara Bizimana Didier kuri telefone ye ngendanwa, aritaba na we yemeza ko iyo nkuru yayimenye ndetse anashimangira ko byamubabaje.

    Yagize ati “Nanjye ni umuntu w’inshuti yanjye wanyandikiye kuri WhatsApp ndamusubiza ahita ambaza ngo ni Didier turi kuvugana ndemera, yahise ampamagara arambwira ngo hari umuntu yabonye yiyita ko ndi papa we avuga ko napfuye ngo kandi nduhuke neza ngo ngiye bakinkeneye.”

    Yavuze ko acyumva iyo nkuru byamutunguye cyane ndetse biranamubabaza.

    Ati “Nanjye byambabaje cyane kuko nahise nibaza ngo iyo mba mfite umurwayi mu bitaro akabyumva yari guhita apfa. Ariko nabibajije umuntu wo kuri RIB ambwira ko ari ba batekamutwe bagenda biyitirira abantu bashaka kwiba abantu”

    Yaboneyeho gusaba abantu batandukanye kutajya bifuriza abantu ibibi kuko ibintu byose bikorwa n’Uwiteka.

    Bizimana Didier, ni umugabo w’abana batandatu wakiniye APR FC imyaka 12 ayivamo ajya muri Kiyovu Sports nyuma yerekeza muri Mukura, aha akaba ariho yarangirije ibijyanye no gukina umupira w’amaguru atangira urugendo rwo gutoza.

    Didier Bizimana watoje APR FC yanyomoje aya makuru yavugaga ko yitabye Imana

    source : https://ift.tt/3CGBGuu

  • Abapolisi 12 bo mu ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi basoje amahugurwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu byo bahaguwe harimo gucubira mu mazi byihuse bagiye gutabara umuntu uguye mu mazi, gucubira mu bujyakuzimu muri metero hagati ya 25 na 30 bagiye gushaka cyangwa gutabara ikintu cyarohamye mu kiyaga, banahuguwe ibijyanye no koga bisanzwe.

    Aya mahugurwa yatangwaga n’abarimu batatu bafite ubunararibonye ku mutekano wo mu mazi, bakomoka mu gihugu cya Israel.

    Umuhango wo gusoza ayo mahugurwa wayobowe n’Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere, DIGP/AP Jeanne Chantal Ujeneza, yari kumwe n’Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi, ACP Elias Mwesigye, hari kandi n’Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Superintendent of Police (CSP) Edmond Kalisa.

    Mu ijambo rye DIGP/AP Jeanne Chantal Ujeneza, yavuze ko inshingano nyamukuru za Polisi y’u Rwanda ari ukurinda umutekano w’abantu n’ibyabo. Uwo mutekano ukaba ugomba gucungirwa ahantu hose harimo no mu mazi, yavuze ko aya mahugurwa yahawe abapolisi yaziye igihe kandi ari ingenzi.

    Yagize ati “Ibikorwa by’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi ni ingenzi kuko biri mu bifasha Polisi y’u Rwanda kuzuza inshingano zayo. Aya mahugurwa kimwe n’andi yose azakurikiraho ari mu murongo wo kongerera ubumenyi n’ubushobozi abapolisi bashinzwe umutekano wo mu mazi, harimo nk ‘ibi mumaze kutwereka bijyanye no gushakisha mu mazi no kurohora abantu cyangwa ibintu byarohamye”.

    Yakomeje agaragaza ko impanuka zikunze kugaragara mu mazi zigahitana ubuzima bw’abantu zikanangiza imitungo yabo zigomba gukumirwa ku rwego rwo hejuru.

    Ati “Hari impanuka n’ibindi byaha bikunze kubera mu mazi, tugomba gukoresha imbaraga zose zishoboka mu kubyirinda no kubirwanya kuko hari ibihitana ubuzima bw’abantu cyangwa bikangiza imitungo yabo. Tugomba kubikumira bitaraba ndetse byanaba tukabirwanya, byose biri mu murongo wo kugeza ituze n’umutekano ku baturarwanda”.

    Umuyobozi wa Polisi wungirije yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda izakomeza kongerera ubumenyi n’ubushobozi abapolisi mu mashami yayo atandukanye, kugira ngo barusheho gusohoza neza inshingano bafite kandi bakabikora kinyamwuga.

    DIGP/AP yasabye abapolisi barangije amahugurwa kuzakoresha neza ubumenyi bahawe kandi bakazakomeza kurushaho kwiyungura ubumenyi.

    ACP Elias Mwesigye, umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi yavuze ko mu gutoranya abapolisi 12 basoje amahugurwa hari ubushobozi n’ubumenyi bw’ibanze byashingiweho. Ibi bikaba byabafashije kwitwara neza mu mahugurwa bari bamazemo ibyumweru bitandatu.

    Yagize ati” Abo bapolisi batoranyijwe hakurijwe ikinyabupfura no kuba bameze neza mu mutwe no ku mubiri. Bigishijwe ibintu bitandukanye birimo kwibira mu mazi nta bikoresho bifashishije bagiye gutabara umuntu byihuse, amayeri atandukanye ajyanye no koga. Hari kwibira mu mazi ahantu harehare hagati ya metero 25 na metero 30 bagiye kurohora no gushaka ikintu cyangwa umuntu warohamye mu mazi, bigishijwe uburyo bwo gutwara ubwato n’ibindi bitandukanye.

    ACP Mwesigye yashimiye abatoza n’abanyeshuri ishyaka bagaragaje mu gihe cy’ibyumweru bitandatu bari bamaze mu mahugurwa. Abanyeshuri yabasabye gukomeza kwiyungura ubumenyi bityo ibyo bigishijwe ntibazabyibagirwe ahubwo bajye bahora bashakashaka ibindi biyungura.

    Ayo mahugurwa yatangwaga n’abarimu batatu bakomoka mu gihugu cya Israel, bafite ikigo kigenga gisanzwe gitanga amahugurwa nk ‘aya mu bihugu bitandukanye ku isi kitwa Galint Limited.

    Reuben Rosenblat, uwari uhagarariye bagenzi be yashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda kuba bwarabatumiye bakaza gutanga amahugurwa ku bapolisi, amahugurwa ajyanye n’umutekano wo mu mazi. Yavuze ko abahuguwe baranzwe n’ubushake n’umurava avuga ko yizera ko ibyo bigishijwe bizabagirira akamaro ndetse bikagirire n’abaturarwanda bakoresha ibiyaga n’inzuzi.

    DIGP/AP Jeanne Chantal Ujeneza
    DIGP/AP Jeanne Chantal Ujeneza

    PC Tuyizere Bosco umwe mu bapolisi 12 bahugurwaga, bashimangiye ko amasomo bigishijwe atazabapfira ubusa ko ahubwo azabafasha mu gutanga ubutabazi igihe hari impanuka ibereye mu mazi. Bavuze ko ubumenyi bahawe bwaje bwiyongera ku bundi bari basanganywe kuko bose basanzwe bakorera mu ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi (Marine).


    source : https://ift.tt/3xGbxZl

  • Musanze: Umuyobozi mu Kagali yakebwe na mutwarasibo – #rwanda #RwOT

    Inkuru y’ikebwa rya Twagirayezu yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Kanama 2021, ubwo yari agiye kubuza uwo mugabo wari mutwarasibo kubaka inzu nta byangombwa afite, undi agasohokana inyundo n’urukero akarumukebesha ku kiganza cy’iburyo.

    Ibi bikimara kuba Polisi yatabaye ihurujwe n’abaturage barimo n’abanyerondo imuta muri yombi ashyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha RIB rukorera kuri Sitasiyo ya Muhoza mu Karere ka Musanze, mu gihe uwakomerekejwe yahise ajyanwa ku Bitaro Bikuru bya Ruhengeri ngo yitabweho.

    Mu gitabo cy’amategeko agenga ibyaha n’ibihano mu Rwanda mu ngingo ya 121, ivuga ko umuntu wese, abishaka, ukomeretsa undi, umukubita cyangwa umusagarira ku buryo bwa kiboko bubabaje aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu ariko atarenze miliyoni imwe.

    Iyo gukubita cyangwa gukomeretsa byateye indwara cyangwa kudashobora kugira icyo umuntu yikorera ku buryo budahoraho, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka icumi ariko kitarenze imyaka cumi n’itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu.

    Iyo byateye indwara idakira, ubumuga buhoraho butuma ntacyo yikorera, kubuza burundu urugingo rw’umubiri gukora no gutakaza igice cy’umubiri, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka icumi ariko kitarenze imyaka cumi n’itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu.

    Mutwarasibo yasohokanye inyundo n’urukero arukebesha umuyobozi mu kagali wari uje kumubuza kubaka

    source : https://ift.tt/3jKMn6R

  • Nyarugenge: Umuturage yafashwe agiye kugurisha mu nyuma inkingi z’amashanyarazi – #rwanda #RwOT

    Yabigurishaga mu byo bakunze kwita inyuma (ibyuma bishaje), yafatiwe mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Kigali, Akagari ka Nyabugogo.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyarugenge, Senior Superintendent of Police (SSP) Eric Kabera yavuze ko uwo mugabo yatanzwe na bamwe mu baturage bamubonye.

    Yagize ati” Umuturage yabonye afite ibyuma bigize inkingi z’amashanyarazi arimo kubigurisha agira amakenga abimenyesha Polisi. Hahise haba igikorwa cyo gushakisha ahita afatirwa mu cyuho afite ibyuma umunani abijyanye kubigurisha nk’inyuma.”

    Amaze gufatwa yavuze ko hari mugenzi we basanzwe bafatanya kwiba bene biriya byuma. Yavuze ko bakunze kubyiba ahitwa Kanogo, mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro. Yavuze ko iyo bamaraga kwiba ibyo byuma bajyaga kubigurisha umukiriya bari bafite ahitwa Kiruhura.

    SSP Kabera yaburiye umuntu wese wangiza ibikorwaremezo kuko bigira ingaruka ku baturage bakanagusha Igihugu mu gihombo hongera gusanwa ibyangijwe. Yasabye abaturage kugira uruhare mu kurinda ibikorwaremezo bakajya bihutira gutanga amakuru.

    Uwafashwe yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gikondo kugira ngo hatangire iperereza hakomeza gushakishwa uwo bafatanyaga kwiba ibyo byuma.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 182 ivuga ko Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

    Ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 167 yo ivuga ko igihano kikuba kabiri iyo icyaha cyakozwe nijoro cyangwa cyakozwe n’abantu barenze umwe.

    Uyu mugabo yafashwe agiye kugurisha bimwe mu byuma bigize inkingi z’amashanyarazi

    source : https://ift.tt/3lVTJHb