Tag: uburezi

  • Rwamagana: Urubyiruko rwigishijwe imyuga ku buntu rwasabwe kwiteza imbere – #rwanda #RwOT

    Aya masomo yatangiwe mu kigo cya ‘Ukwigira Center’ giherereye mu Murenge wa Kigabiro. Mu myuga bigishijwe harimo ijyanye no gukora amashanyarazi, amazi, guteka no kudoda mu gihe cy’amezi 12.

    Sheikh Habimana Saleh uri mu bashinze iki Kigo yavuze ko kwigisha iyi myuga uru rubyiruko bikorwa ku buntu mu kunganira Leta mu kwigisha abakiri bato.

    Ati “Mu myaka irindwi tumaze dukora nibura 80% by’abana bacu bari ku isoko ry’umurimo; ubu hari n’abana bane bari gukora muri Zambia bagiyeyo gukora iby’amashanyarazi, uru ni urugendo twatangiye akenshi twifuza ko abana babona cyangwa batunga amafaranga bakiri bato.”

    Sheikh Habimana yavuze ko abize kudoda bahawe imashini zizabafasha mu kwiteza imbere, bakaba bagiye kubafasha mu gushinga Koperative bazakoreramo.

    Irimaso Ally wize ibijyanye no kudoda yavuze ko bashimira ubuyobozi bwabafashije kwiga avuga ko intego bajyanye ku isoko ry’umurimo ari ugukora neza no kwiteza imbere.

    Ati “ Ndashimira abayobozi bacu badahwema kudutekerereza kuba twagira icyo twigezaho, nize ibijyanye no kudoda, rero ni umurimo mwiza, ibyo twize tugiye kubishyira mu bikorwa twiteze imbere kandi dufashe n’abandi nk’uko natwe twafashijwe.”

    Mutuyimana Amina we yavuze ko intego afite ari ukwiteza imbere no gufasha umuryango we mu buryo bugaragara.

    Ati “ Ndishimye cyane kuba mbashije kwiga nkanahabwa imashini yo kudoda igiye kumfasha mu gukorera amafaranga niteze imbere nteze imbere n’umuryango wanjye.”

    Ikigo Ukwigira Center cyashinzwe n’Umuryango Umbrella for Vurnerable umaze imyaka irindwi ukaba waratewe inkunga n’Abayisilamu bo mu Budage.

    Bamwe mu banyeshuri basoje amasomo y’imyuga basabwe kuzayifashisha biteza imbere ubwabo n’imiryango bakomokamo

    Sheikh Habimana Saleh uri mu bashinze iki Kigo yavuze ko kwigisha iyi myuga uru rubyiruko bikorwa ku buntu mu kunganira Leta mu kwigisha abakiri bato

    Abasoje amasomo mu budozi bahawe n’imashini bazifashisha mu mwuga wabo

    source : https://ift.tt/3D51QaD

  • Kigali: Umubyeyi yabyaye abana batanu, bane barapfa – #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Kaama 2021, ni bwo uyu mubyeyi yabyariye abana batanu mu Bitaro bya Gisirikare by’i Kanombe.

    Uyu mubyeyi wibarutse abana batanu yakoraga akazi ko gutunganya inzara muri Saloon de Coifure Kimimironko mu gihe umugabo we yakoraga ako kogosha.

    Umwe barwaje uyu mubyeyi yabwiye IGIHE ko abana uyu mubyeyi yabyaye bavukiye ku mezi atanu.

    Yagize ati “Yabyaye abana batanu bavutse igihe kitageze bavukiye ku mezi atanu ariko hashize akanya umwe arapfa n’ubu undi w’umuhungu yamaze gupfa.”

    Ubwo IGIHE yateguraga iyi nkuru mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, umurwaza w’uyu mubyeyi yatangaje ko n’abandi bana babiri bamaze gupfa hasigaye umwe.

    Yakomeje avuga ko umuryango wabyaye aba bana ukeneye ubufasha kugira ngo ubashe gushyingura izi mpinja bitewe n’uko utishoboye.

    Ati “ Ubu hamaze gupfa abana bane undi mwana we ari muri couveuse ariko umubyeyi we ameze neza ariko nyine urabyumva umuryango wabo ukeneye ubufasha kuko ntiwishoboye byibuze kugira ngo unabone uko ushyingura abo bana cyane ko n’uyu mubyeyi yari amaze hafi ibyumweru bibiri ari mu Bitaro I Kanombe akoresha amafaranga.”

    Kugeza ubu uyu mubyeyi wabyaye aba bana batanu aracyari mu Bitaro bya Kanombe aho we n’umwana we usigaye barimo kwitabwaho n’abaganga.


    source : https://ift.tt/3AXuDMs

  • Kugabana inyungu z’Umwalimu SACCO byatuma Koperative ifunga imiryango – DG Uwambaje #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Yabitangaje ku wa Gatatu tariki ya 18 Kanama 2021, mu kiganiro Ubumva Ute cyatambutse kuri KT Radio kibanze ku buzima bwa Mwarimu.

    Uwambaje yavuze ko koperative Umwalimu Sacco yashinzwe hagamijwe kuzamura imibereho ya mwarimu ahanini binyuze mu guhabwa inguzanyo zibateza imbere.

    Yatangiye abarimu bishyira hamwe bahuza imbaraga umwarimu akatwa 5% ku mushahara we, uko amafaranga yagiye yiyongera ni ko ingano n’ubwoko bw’inguzanyo bugenda buhinduka bitewe n’amafaranga yabonetse.

    Ati “Tugitangira ntabwo twarenzaga inguzanyo y’imyaka ibiri cyangwa ugasanga ntidushobora kurenza 500,000 bitewe n’ingano y’amafaranga yari ahari abarimu bamaze kwizigamira 5%. Uko banki yagiye ikura, twavuye ku myaka ibiri tugenda tugira itatu, itanu. Tuva ku nguzanyo ku mushahara, tujya ku isanzwe, ubu dutanga ijyanye no gukora imishinga, ubu tugeze aho dushobora gutanga inguzanyo y’imyaka 10.”

    Avuga ko Umwalimu Sacco igitangira, umyamuryango yatangaga amafaranga 10,000 na yo yatangwaga mu byiciro bitanu, hakiyongerago 5% ava ku mushahara nk’ubwizigame (Depot), bigera kuri miliyari eshatu z’Amafaranga y’u Rwanda.

    Uyu munsi Umwalimu Sacco umaze kugera ku bwizigame bwa Miliyari 45,900 frs, inguzanyo ziri mu banyamuryango zikaba zimaze kugera kuri miliyari 76 n’inyungu ya miliyari 53.

    Umuyobozi mukuru wa Koperative Umwalimu Sacco avuga ko abanyamuryango badashobora kugabana inyungu kuko byatuma banki ihomba bityo icyo yashyiriweho kikaba kirangiye.
    Yagize ati “Icya mbere mbanza kubakuramo impungenge, ntibagomba kumva ko amafaranga bungukiye mu Mwalimu Sacco hari indi mifuka y’abantu ajyamo, aguma muri koperative yabo kandi ni nayo akomeza kwifashishwa mu kubakemurira ibibazo.”

    Akomeza agira ati “Iyo mvuze ngo uyu munsi dufite inguzanyo za Miliyari 76 mu gihe ubwizigame ari Miliyari 45, rwa rwunguko rujya mu mutungo bwite rumaze kuba Miliyari 53, ni rwo ruvamo ya mafaranga aza kunganira ubwizigame (Depot) yabaye makeya kugira ngo duhaze uburyo basaba za nguzanyo.”

    Avuga ko amabwiriza ya BNR ndetse na Koperative avuga ko kugira ngo koperative ikomeze gukora ari uko abanyamuryango batagabana inyungu zabonetse ngo bayarye kuko byatuma ifunga imiryango.

    Yongeraho ko ahubwo 40% y’inyungu aguma muri koperative na ho 60% haganirwa icyo yakora kugira ngo koperative ikomeze gutera imbere.

    Ikindi ngo abanyamuryango ba koperative Umwarimu Sacco bahisemo ko yakomeza kuguma muri koperative kugira ngo ikomeze gutera imbere kuko inguzanyo zakwa zikiri hejuru ugereranyije n’ubushobozi bwayo.

    Uwambaje avuga ko baramutse banagabanye urwunguko rumaze kuboneka ayo buri wese yabona ntacyo yamumarira kuko nibura ku banyamuryango basaga 98,000 buri wese yabona 23,000 ku mwaka mu gihe baba bungutse Miliyari esheshatu mu mwaka.

    source : https://ift.tt/3gdQnf9

  • UTB igiye guha impamyabumenyi abanyeshuri 140… – #rwanda #RwOT

    Umuhango wo gutanga impamyabumenyi n'impamyabushobozi ku banyeshuri basoje amasomo mu 2020 n'abasoje amasomo yabo mu 2021 uzabera muri Kigali Serena Hotel, kuri uyu wa 19 Kanama 2021.

    Ni ku nshuro ya munani, iyi Kaminuza igiye gushyira ku isoko abanyeshuri bayirangijemo. Kuri iyi nshuro, yakoresheje miliyoni 6 Frw igurira internet abanyeshuri kugira ngo bazakurikirane uyu muhango.

    Buri munyeshuri yafashwe amafoto n'amashusho azerekanwa mu muhango. Uzitabirwa na 200 bahagarariye abandi barimo, abazahembwa bahize abandi n'abanyamabahanga bayirangijemo.

    Abazahabwa impamyabumenyi barimo abasoje icyiciro Kabiri cya Kaminuza (A0), abazahabwa impamyabumenyi mu gihe cy'umwaka n'igice na Diploma y'imyaka ibiri (A1).

    Mu kiganiro n'itangazamakuru, kuri uyu wa Gatatu, Prof.Dr. Kabera Callixte, Ph. D Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya UTB, yavuze ko icyorezo cya Covid-19 cyadutse mu Rwanda muri Werurwe 2020 muri Gicurasi 2020 bitegura gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri bari basoje amasomo, bituma basubika uwo muhango.

    Avuga ko byasabye ko bategereza kugira ngo bazakore uyu muhango bashingiye ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Umuyobozi w'iyi Kaminuza yavuze ko ubushakashatsi baherukaga gukora mbere ya Covid-19 bugaragara ko 85% by'abarangiza amasomo yabo babona akazi.

    Akomeza ati 'Amakuru dufite ni amakuru ya mbere ya Covid-19 nabyo bigiye bitandukana. Iyo ufashe abiga 'Degree Program' muri aya mashami yose usanga abarenga 85% baba bafite akazi. Iyo ni imibare ya mbere ya Covid-19.'

    'Naho abiga muri gahunda y'Imyuga n'Ubumenyingiro barengaho gato 95% baba bafite akazi bakora.'

    Yavuze ko uretse ababona akazi, mu 2018 UTB yari ifite abanyeshuri 46 bashinze kompanyi bikorera ku giti cyabo. Avuga ko muri kompanyi 10 zikomeye mu Rwanda harimo ebyiri z'abanyeshuri bize muri UTB.

    Avuga ko imyigishiririze yo muri iyi Kaminuza, ariyo ituma umunyeshuri asoza amasomo ye azi neza kwiyandikira umushinga ubyara inyungu kandi akanawubonera abaterankunga.

    Uyu muyobozi yavuze ko ubukerarugendo ari kimwe mu byakomwe mu nkokora na Covid-19, ariko ko ashingiye ku ngamba ziri gufatwa bafite icyizere cy'uko abanyeshuri babo bazaba mu ba mbere bazahabwa akazi ku isoko ry'umurimo.

    Ati 'Uko ubukungu bugenda bwisubiranya butezwa imbere, izi ngamba zo guhashya icyorezo zishyirwa mu bikorwa turizera y'uko nanone abanyeshuri bacu bazaba mu ba mbere bazabona akazi ugereranyije n'izindi 'sector' cyane cyane ko ari imwe muri 'sector' Leta y'u Rwanda yagiye itera inkunga no muri iki gihe cya Covid-19.'

    Mu Ishami ry'Amahoteli n'Ubukerarugendo no muri 'Vocation Traing Program' abakobwa basoje amasomo barangana na 62% n'aho abahungu ni 38%.

    Mu ishami rya Ikoranabuhanga n'Ubucuruzi harangije abakobwa 28% n'aho 72% ni abahangu.

    Kaminuza ya UTB yatangiye mu 2006 itangira itanga amasomo y'igihe gito yamaraga igihe cy'umwaka, ikanatanga amahugurwa nk'ay'icyumweru kimwe.

    Mu 2007, yakoze ubushakashatsi ireba niba ishobora gufungura Kaminuza, bugaragaza ko hakenewe Kaminuza yigisha abantu uburyo bakira abantu, abashinzwe kureberera ibigo n'ibindi.

    Mu 2008, ni bwo UTB yemewe nka Kaminuza itangira itanga amasomo ajyanye n'Ubukerarugendo, ndetse mu 2009 hiyongeremo amasomo ajyanye n'ubucuruzi n'ikoranabuhanga n'andi masomo afasha Igihugu kubona abakozi bakora mu kibuga cy'indege n'ibindi bifitanye isano.

    Mu 2008, iyi Kaminuza yatangiranye abanyeshuri 450, uko imyaka ishira bagenda biyongera. Bituma muri Mutarama 2010, bafungura irindi shami muri Rubavu.

    Mu kwiyubakwa kwa Kaminuza mu ireme ry'uburezi, abarimu, abanyeshuri n'ibindi, UTB yubatse inyubako yayo muri Rubavu ndetse mu minsi iri imbere iyi Kaminuza izataha ku mugaragaro inyubako yayo muri Kigali izajya yigishirizamo.

    Inyubako ya Rubavu yuzuye itwaye arenga miliyari 1,800 Frw n'aho iya Kigali yuzuye itwaye miliyari 3 Frw.

    UTB ifitanye imikoranire na Kaminuza zo mu Rwanda, izo mu mahanga, ibigo bikomeye ku Isi n'abandi. Iyi Kaminuza imaze gushyira ku isoko abanyeshuri barenga 5000, kandi ngo bose ku isoko bitwara neza.

    Prof.Dr. Kabera Callixte, Ph. D Umuyobozi wa Kaminuza y'Amahoteli, Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga n'Ubucuruzi (UTB) yavuze ko bafite icyizere cy'uko abanyeshuri 1406 bagiye guha impamyabumenyi bazaba aba mbere bazabona akazi ku isoko ry'umurimo  Uhereye iburyo: Dr Liliane Umutesi Umuyobozi wungirije Ushinzwe Amasomo n'Ubushakashatsi muri UTB, Prof.Dr. Kabera Callixte, Ph. D Umuyobozi wa Kaminuza y'Amahoteli, Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga n'Ubucuruzi (UTB), Jean Bosco Rurangirwa Ushinzwe Imari n'Ubutegetsi muri UTB

    Rugamba Egide Umuyobozi Mukuru w'Ishami rya Kaminuza ya UTB i Rubavu yigisha iby'Amahoteli, Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga n'Ubucuruzi

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108723/utb-igiye-guha-impamyabumenyi-abanyeshuri-1406-mu-birori-bizaha-hifashishije-murandasi-bag-108723.html

  • UTB iraha impamyabumenyi abarangije kwiga ibijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aba barangije mu bihe bishize
    Aba barangije mu bihe bishize

    Mu muhango wo gutanga impamyabumenyi kuri abo banyeshuri kuri uyu wa kane tariki 19 Kanama 2021, UTB irahuriza hamwe abanyeshuri 200 muri abo 1,406, abandi bakurikirane ku mbuga nkoranyambaga nka youtube na facebook, ibirori biza kuba bibera muri Serena Hoteli.

    UTB irizeza abiga ibijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo, ko n’ubwo ari urwego rwahuye n’igihombo gikabije kubera Covid-19, mu gihe gito bazaba babonye imirimo bose bitewe n’uko Leta irimo kubashakira inkingo.

    Umuyobozi wa UTB, Prof Dr Kabera Callixte ashingira icyo cyizere ku kuba ubukerarugendo bushyigikiwe kandi bukaba bumaze gusubukurwa, ari na ko gahunda yo kwikingiza Covid-19 irushaho kugera kuri benshi.

    Prof Kabera ati “Tubabwira ko bagomba kwigirira icyizere, ahari umwanya hose bakawupiganira kandi barabishoboye, n’ubu muri Covid-19 amahoteli menshi ari kunsaba abakozi kandi batari bake, uhereye kuri Marriot, hoteli yo mu Kinigi, iyo muri Nyungwe na Mantis, turaharangira abanyeshuri bacu”.

    Uyu muyobozi wa UTB uri mu bahagarariye abikorera mu bijyanye n’ubukerarugendo n’amahoteli, avuga ko mbere y’umwaduko w’icyorezo Covid-19 abarangizaga kuhiga bagahita babona akazi ngo batajyaga munsi ya 85%, kandi ko n’ubu bose batazamara umwaka bakiri abashomeri.

    Inyigo iheruka gukorwa n’Ikigo gikora ubushakashatsi kuri gahunda za Leta IPAR, igaragaza ko mu bihe bya Covid-19 ubushomeri mu Rwanda bwiyongereye kuva kuri 13% kugera kuri 22%.

    Prof Kabera avuga ko amabwiriza ahari ari uko abakozi bose bo mu bukerarugendo, amahoteli n’abacuruzi, bagomba kuba barakingiwe Covid-19, ndetse ko aba UTB bo iyo gahunda bayirangije.


    source : https://ift.tt/3z6mLrC

  • Abitabiriye Itorero Indahangarwa biyemeje kubyaza umusaruro ibyo bigiyemo #rwanda #RwOT

    Urubyiruko rushoje itorero ry'igihugu mu kiciro cy'Indahangarwa ruvuga ko rugiye gukoresha ibyo rwize rurushaho kunoza umurimo ndetse no guharanira inyungu z'igihugu.

    Ubwo hasozwaga itorero ry'igihugu ikiciro cy'indahangarwa, rumwe mu rubyiruko rwitabiriye iri torero rwavuze ko rwishimiye kumenya amateka n'umuco by'igihugu.

    Izi ntore zivuga ko zigiye gukoresha ibyo zatojwe mu mirimo yabo ya buri munsi ruhangana n'abashaka guhungabanya umutekano n'ubusugire by'u Rwanda.

    Holy Irasubiza usanzwe ari umukozi muri Banki Nkuru y'u Rwanda yagize ati 'Nkaba nzagerageza gushyira ibyo nize mu itorero muri porogaramu dusanganywe nka Banki nkuru y'u Rwanda, kugira ngo abinjira muri Banki bashyashya n'abari basanzwe bibutswe indangagaciro ziranga umunyarwanda naho igihugu cyacu cyerekeza.'

    Ange Sonia Umubyeyi asanzwe ari urubyiruko rukorera ubushake ati 'Tubinyujije mu bikorwa byacu bya buri munsi nko ku muhanda aho tuba turi tubwiriza abanyarwanda gukaraba intoki, ni ukubashishikariza isuku nk'uko twahize kugira ngo igihugu cyacu gkomeze gitere imbere, hakabamo n'imiganda tugenda dukora mu baturage. Kuba twari dusanzwe tubikora bigiye kuduha umwimerere  n'imbaraga  kugira ngo noneho  turusheho kubinoza.'

    Visi perezida wa komisiyo y'itorero ry'igihugu Lt. Col Migambi Desire yabwiye itangazamakuru rya Flash ko biteze umusaruro muri uru rubyiruko rusoje ikiciro cy'indahangarwa, kuko nta mbogamizi nyinshi bahuye nazo kandi ngo iki kiciro ni intangiriro y'ikoreshwa ry'ikoranabuhanga no mu bindi byiciro.

     
    Yagize ati 'Hari ababyeyi benshi, Abanyarwanda bari hanze ndetse n'abana batazi ikinyarwanda badusaba gutozwa. Ubwo rero tuzajya dukomatanya rimwe na rimwe dutoze hifashishijwe ikoranabuhanga ariko dukomeze n'uburyo busanzwe bwo gutoza imbonankubone twubahiriza imitoreze y'uko dutoza.'

    Minisitiri w'Urubyiruko Rosemary Mbabazi yabwiye urubyiruko rushoje ikiciro cy'Indahangarwa kurinda igihango no gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n'abashaka gusiga igihugu icyasha, barushaho kurengera inyungu rusange z'abanyarwanda.

    Aganira n'uru Rubyiruko mu buryo bw'ikoranabuhanga Minisitiri Mbabazi yagize ati 'Iyo ukunda igihugu cyawe uharanira ishema ryacyo, agaciro kacyo, iterambere ryacyo, umutekano n'ubusugire bwacyo. Uhora ugaragaza isura yacyo nyayo y'ukuri mu ruhando mpuzamahanga, ndetse niyo bibaye ngombwa uhora witeguye kukirwanirira no guhangana n'abagoreka amateka yacyo bakagisiga isura mbi. Ni ngombwa ko mwe nk'indahangarwa mukomera kuri izi ndangagaciro mugatumwa ku rugerero kujya kuzishyira mu bikorwa bikaba ubuzima bwanyu bwa buri munsi.'

    Ikiciro cy'indahangarwa cyiswe e-itorero Indahangarwa kuko ryakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga, byari byitezwe ko rizitabirwa n'abagera ku 3,000 ariko kubera impamvu zitandukanye hitabiriye abagera ku 2,500.

    Muri abo, abitabiriye bari mu gihugu bari 2,000 mu gihe abagera kuri 500 bari hanze y'igihugu.

     Uyu muhango wo gusoza iki kiciro nawo wabaye mu buryo bw'ikoranabuhanga.

    • Izi Ntore ziyemeje kubyaza umusaruro ibyo zigiye mu Itorero zaharanira inyungu z'igihugu
    • Visi perezida wa komisiyo y'itorero ry'igihugu Lt. Col Migambi Desire avuga ko biteze umusaruro muri uru Rubyiruko

    • Minisitiri w'Urubyiruko Rosemary Mbabazi yasabye urubyiruko rwitabiriye itorero guhangana n'abaharabik au Rwanda bifashishije ikoranabuhanga

    CYUBAHIRO GASABIRA Gad

    The post Abitabiriye Itorero Indahangarwa biyemeje kubyaza umusaruro ibyo bigiyemo appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/08/18/abitabiriye-itorero-indahangarwa-biyemeje-kubyaza-umusaruro-ibyo-bigiyemo/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=abitabiriye-itorero-indahangarwa-biyemeje-kubyaza-umusaruro-ibyo-bigiyemo

  • Kaminuza y’u Rwanda i Huye yasubitse amasomo kubera ubwiyongere bwa Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi Nshingwabikorwa muri Kaminuza y’u Rwanda, Nzitatira Wilson, avuga ko Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye yakira abanyeshuri babarirwa mu 2000 bataha mu Murenge wa Tumba, kandi uwo murenge washyizwe muri Guma mu Rugo, hakaba hari impungenge z’uko bakwirakwiza ubwandu bwa Covid-19.

    Nzitatira avuga ko nyuma y’amabwiriza y’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri iheruka yashyize Umurenge wa Tumba muri Guma mu Rugo, hari habayeho kuganira n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bemeranya ko abanyeshuri ba kaminuza bo bashobora kuza kwiga berekanye ikarita y’ishuri, bemererwa kugenda ariko nyuma byaje kugaragara ko biteje imbogamizi.

    Agira ati “Inzego z’ubuyobozi ntabwo zari ziri kubasha gukurikirana neza ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza ya Guma mu Rugo kubera abo banyeshuri basohoka buri munsi baje kwiga, icyakozwe rero ni ukubahiriza amabwiriza asanzwe ya Guma mu Rugo kugira ngo ubwo bwandu bugabanuke”.

    Amasomo araba asubitswe kugira ngo hatabaho gusigana

    Nzitatira avuga ko kuba hari umubare munini w’abanyeshuri bari mu rugo bagenzi babo bacumbikiwe muri Cumpus batahabwa amasomo kuko habaho gusigana, abanyeshuri bose bakaba basabwa gukoresha neza uwo mwanya bagasubiramo amasomo kugeza igihe inzego zibishinzwe zizafata umwanzuro kuri gahunda zatanzwe mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri.

    Agira ati “Hari ubwiyongere bw’ubwandu, hari n’ikibazo cyo gukurikinarana abari muri Guma mu Rugo abandi bemerewe kugenda, urumva abantu bagera hafi 2500 bagendagenda ni ikibazo, ni yo mpamvu abasigaye muri Cumpus bataribukomeze kwiga ahubwo bazategereza bagenzi babo”.

    Ku kijyanye no kuba hari abanyeshuri bemerewe kuza gufatira amafunguro muri Campus berekanye amakarita yabo, Nzitatira avuga ko nta kibazo biteye ku rujya n’uruza kuko ababarirwa muri 30 ari bo bonyine bagana Resitora ya Kaminuza.

    Agira ati “Abanyeshuri 34 ni bo batuye Tumba baza gufatira amafunguro muri Campus, urumva ko kureka bakaza kurya atari kimwe no kureka abarenga 2000 binjira muri Capus, ku kijyanye n’abandi nta kibazo baratugezaho dutekereza ko bo bitekera kuko n’ubundi amaresitora yo hanze ntarimo gukora”.

    Avuga ko muri rusange ubwandu ku banyeshuri biga muri UR-Huye ari nk’uko bimeze n’ahandi mu baturage, ariko ikigambiriwe ari ugukumira ko ubwandu bw’abatuye Tumba bwaza no muri Kaminuza kubera urwo rujya n’uruza.

    Mu yandi mabwiriza akubiye mu itangazo rya UR-Huye ni uko abarimu basabwe kuba bakosora ibizamini byari bimaze gukorwa, mu gihe abandi bakozi bakorera mu ngo, hategerejwe ko abanyeshuri bagaruka gukomeza ibizamini.

    source : https://ift.tt/3xV9LDJ

  • UR-Huye yafashe ingamba zihariye ku banyeshuri batuye mu Murenge uri muri guma mu Rugo – #rwanda #RwOT

    Umurenge wa Tumba wo mu Karere ka Huye umaze igihe warashyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo kandi utahamo abanyeshuri benshi biga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.

    N’ubwo uwo murenge uri muri Guma mu Rugo, byari bisanzwe byemewe ko abanyeshuri n’abakozi ba kaminuza y’u Rwanda bawutuyemo bajya kwiga no ku kazi berekanye ibyangombwa.

    Itangazo ryatanzwe n’ Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, Nzitatira Wilson, rivuga ko bafashe uwo mwanzuro bashingiye ku cyemezo cya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu cyo ku wa 11 Kanama 2021 cyashyize imirenge 10 irimo n’uwa Tumba muri gahunda ya Guma mu Rugo.

    Uwo mwanzuro uratangira gushyirwa mu bikorwa kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Kanama 2021.

    Uwo mwanzuro uvuga ko abanyeshuri bacumbika mu Murenge wa Tumba bagomba kuguma mu rugo kugeza igihe uwo murenge uzakurwa muri gahunda ya Guma mu Rugo n’inzego zibishinwe.

    Abakozi ba Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye batuye mu Murenge wa Tumba nabo bazakorera mu rugo kugeza igihe uwo murenge uzakurwa muri Guma mu Rugo.

    Kwigisha mu buryo bw’abanyeshuri bari kumwe na mwarimu mu ishuri (Physical classes) nabyo byahagaritswe kugeza igihe Umurenge wa Tumba uzavira muri Guma mu rugo.

    Gusa abanyeshuri bafatira amafunguro muri resitora iri muri Kaminuza y’u Rwanda bemerewe kujya kurya bamaze kwerekana ikarita y’ishuri n’ikarita y’iyo resitora.

    Basabye abarimu ba Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye gukoresha iki gihe bakosora ibizamini byamaze gukorwa.

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yabwiye IGIHE ko icyemezo cyafashwe na UR-Huye gikwiye kuko umurenge wa Tumba ufite abantu benshi banduye Covid-19.

    Ati “Tumba ni wo murenge ukigaragaramo ubwandu bwa Covid-9 buri hejuru ndetse ufite n’abarwayi benshi barwariye mu rugo. Kugabanya urujya n’uruza bizatuma ikwirakwira ry’ubwandu rigabanuka no gufasha gukurikirana abantu mu ngo abafite ibimenyetso bagapimwa.”

    Gusa kugeza ubu abanyeshuri biga cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza n’abiga mu y’incuke bo bemerewe gukomeza amasomo mu Murenge wa Tumba n’ahandi hose biga.

    Akarere ka Huye kamaze iminsi ibiri ikurikiranye kaza imbere y’utundi mu kugira umubare munini w’abandura Covid-19. Kuri uyu wa Gatanu hagaragaye abantu bashya banduye 62, naho ku munsi wawubanjirije bari 48.

    Abanyeshuri ba UR Huye batuye mu murenge wa Tumba basabwe kuguma mu rugo mu rwego rwo kwirinda Covid-19

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3xSLcqM

  • Ntibumva impamvu bishyuzwa amafaranga menshi ku gihembwe cya gatatu kigufi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo bana bari muri icyo cyiciro, ubu bari mu gihembwe cya gatatu gisoza umwaka w’amashuri kuko bawutangiye batinze bitewe n’uko amashuri yabo yamaze igihe kirekire afunze mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    Ariko n’ubu ababyeyi bavuga ko bafite ikibazo cyo kubona amashuri abasaba kwishyura amafaranga yose y’igihembwe, kandi abana baziga igihe kigufi.

    Umubyeyi witwa Muhire Agnes wo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali afite abana babiri biga mu mashuri abanza mu myaka yo hasi.

    Yagize ati “Ni ikibazo gikomeye kuri twe ababyeyi, turasabwa kwishyura amafaranga y’igihembwe cyose, kandi abana baziga kimwe cya kabiri cy’igihembwe, kandi noneho dusabwa kuzahita twishyura n’igihembwe cya mbere cy’umwaka utaha w’amashuri. Ni akarengane.”

    Si uwo mubyeyi wenyine uvuga ko hari ikibazo cy’uko abana bazarangiza igihembwe, mu gihe batararuhuka, bagahita batangira undi mwaka w’amashuri mu minsi itatu gusa.

    Munyankindi Alphonse ni umubyeyi wo mu Karere ka Rulindo. Yagize ati “Ubu turasabwa gushaka amafaranga y’ ibihembwe bibiri icyarimwe, kandi ni ikibazo gikomeye cyane muri iki gihe cya Covid-19.”

    Ikindi Munyankindi avuga, ni uko ngo abana bari muri icyo cyiciro baba bakiri bato ku buryo bagombye kubona umwanya bakaruhuka, bakabona gutangira umwaka w’amashuri utaha.

    Asubiza kuri ibi bibazo, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard, yabwiye The New Times dukesha iyi nkuru, ati “Ku mashuri ya Leta, kwiga ni ubuntu uretse amafaranga makeya ababyeyi basabwa gutanga nk’ayo kurya ku ishuri”.

    Yongeyeho ko ku mashuri yigenga, ibijyanye n’amafaranga y’ ishuri biganirwaho n’ Ubuyobozi bw’ ishuri n’ababyeyi, ariko ahamagarira amashuri kugerageza kumvikana kuri iki gihembwe.

    Ku bijyanye n’uko abana bazahita batangira amashuri bataruhutse, kuko ngo hari amakuru aturuka muri Minisiteri y’Uburezi avuga ko umwaka w’amashuri utaha uzatangira tariki 20 Nzeri 2021, Twagirayezu yavuze ko bazareba uko abo bana babanza kuruhuka mbere yo gutangira umwaka utaha w’ amashuri.

    Yagize ati “Ntiturashyiraho amatariki yo gutangira, ariko na byo tuzabitekerezaho”.

    source : https://ift.tt/3iNtsZA

  • Kuki amafaranga y’ishuri atazagabanywa kandi igihembwe kizamara ukwezi kumwe? – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 2 Kanama 2021 ni bwo abanyeshuri biga muri iki cyiciro batangiye amasomo y’igihembwe cya gatatu azamara ukwezi kumwe bakazahita bakomerezaho undi mwaka w’amashuri wa 2021-2022 muri Nzeri.

    Kugeza ubu ariko Minisiteri y’Uburezi isa n’iyatereye agati mu ryinyo ku ngingo yo kongera cyangwa kugabanya amafaranga y’ishuri kuko yihunza kugira icyo ivuga ku bijyanye n’amafaranga ababyeyi bafite abana biga mu bigo byigenga bishyura.

    Hari bamwe mu babyeyi baganiriye na IGIHE, bavuze ko amashuri bari basanzwe barereramo ubwo yongeraga gufungura imiryango yazamuye amafaranga y’ishuri kandi kugeza n’ubu ni ko bikimeze,bakibaza impamvu y’iryo zamuka rihanitse bikabashobera.

    Ntibaziyaremye Ezechiel urerera mu ishuri rya “Mère du verbe” riherereye mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko amafaranga basabwa ari menshi kandi abana bagiye kwiga igihembwe kimwe bityo bakifuza ko yagabanywa.

    Yagize ati “Ni ukuri twararenganye nk’ababyeyi barerera mu bigo byigenga. Mu gihe cya guma mu rugo ya mbere bongeye gufungura amashuri ibigo byagendeye ku nyungu zabyo. Nk’aho nderera hongereweho ibihumbi hafi 30. Ayo mafaranga yagumyeho turatakamba biranga, aho umubyeyi yakuraga kenshi ibikorwa byarafunzwe twese nta wutarabigendeyemo ariko ibigo bikazana amaganya y’inyungu zabyo.”

    Ibyo bibazongo byakomeje kuba rwiziringa mu bigo byigenga dore ko kugeza ubu biteganyijwe ko abana biga mu mashuri y’incuke n’icyiciro kibanza bagiye kwiga igihe gito cyane.

    Ati “Nabwo twasabye ko batugabanyiriza ariko barabyanga. Ni akarengane mutuvuganire. Ubuyobozi bw’ikigo buvuga ko nta handi bwakura amafaranga yo guhemba abarimu. Ni byo koko nta handi ariko bumve ko n’aho umubyeyi yakuraga ubukungu bwe bwahungabanyijwe n’icyorezo.”

    Ibi ariko abihuriraho n’abandi babyeyi bakomeje kwibaza uburyo bazishyura amafaranga angana n’ayo bishyuraga mu gihe gisanzwe kandi bagiye kwiga ukwezi kumwe.

    Ibikenerwa biziyongera cyangwa bizagabanuka?

    Birumvikana ko mu gihe abantu ijana bari kuzamara amezi atatu biga bakaba bagiye kumara ukwezi kumwe ntabwo ibikoresho byabura kugabanuka.

    Nirere Deborah yabwiye IGIHE ko biteye impungenge kubona ibyari kuzakenerwa bizagabanuka ariko bo bagakomeza kwishyura amafaranga asanzwe.

    Ati “Niba abana bazamara ukwezi kumwe, birumvikana ko ibyo bakenera cyangwa bakoresha bizagabanuka. Ibi bivuze rero ko twebwe turi kubigenderamo kubera ko ntacyo batuganyirizaho kandi mwibuke ko bazahita bagaruka ku ishuri muri Nzeri. Byumvikane ko na bwo bazadusaba amafaranga y’ishuri.”

    Ibi ni byo ababyeyi baheraho basaba ko amafaranga yagabanuka ndetse bagasaba ko inzego zitandukanye zishobora kubafasha ngo kuko bari kurengana.

    Abayobozi b’amashuri ntibabikozwa

    Ubuyobozi bw’amashuri ntibukozwa ibyo kugabanya amafaranga y’ishuri ngo kuko nubwo abanyeshuri bazamara iminsi mike biga ariko abarimu bo bazakomeza guhembwa.

    Umuyobozi w’Ishuri Ryigenga rya Kigali Adventist School, Murenzi Viateur, aheruka kubwira IGIHE ko amafaranga y’ishuri umubyeyi yishyura agabanyijwe na bo byabagiraho ingaruka bigahungabanya ireme ry’uburezi umwana aba akwiye guhabwa.

    Ati “Birumvikana amafaranga yakabaye agabanuka ariko nkatwe ku mashuri yigenga iyo dufite abarezi tugirana amasezerano y’akazi kandi aba ari ay’umwaka wose. Benshi bavuga ibyo ni uko baba batabizi. Ntabwo bazi inshingano z’ishuri kuko zitarangirira ku kwigisha umwana gusa.”

    Yakomeje agira ati “Hari ibyo tuba tugomba abarezi kugira ngo na bo bakore umurimo wabo neza. Kuvuga ngo amafaranga y’ishuri yagabanuka ntekereza ko natwe bitatworohera.”

    Abanyeshuri bo mu mashuri abanza bazajya biga umunsi wose kugira ngo babashe kurangiza amasomo yabo ku gihe

    Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Saint Nicolas, Mushinzimana Adrien, yavuze ko kugabanya amafaranga bitakorwa bitewe n’uko ibindi ishuri rikenera bizakomeza gutangwa.

    Ati “Birumvikana ku mubyeyi kubivuga ariko iyo urebye ibintu ishuri rikora bigaragara ko hari ibidashobora gusubiza inyuma ayo mafaranga. Urugero niba ikigo cyishyura ubukode bw’inzu n’ubundi zizishyurwa nk’uko zari zisanzwe zishyurwa. Ku kijyanye n’amasezerano y’abakozi na bo bazahora bahembwa, ibyo bintu bibiri mvuze ni byo binakomeye biva kuri ya mafaranga umubyeyi yishyura.”

    Uretse aba bayobozi ariko hari n’abo mu bigo bya leta ndetse n’ibifashwa na yo batangarije IGIHE ko bitaba byumvikana ko ababyeyi bagabanya amafaranga batangaga bitewe n’uko igihembwe cya kabiri cyari cyabaye kirekire ariko amafaranga ntiyigeze yongerwa.

    Mineduc yarumye ihuhaho

    Mu kiganiro na IGIHE ku murongo wa telefoni, Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard, yavuze ko nka Minisiteri badatanga itegeko ry’amafaranga ababyeyi bagomba kwishyura ku ishuri kuko ari ibyemezo bifatwa n’ubuyobozi bw’ishuri n’ababyeyi barereramo.

    Yagize ati “Ubusanzwe ntabwo Minisiteri ari yo igena igiciro ku bigo by’amashuri. Ntitwavuga ngo mwishyure aya ngaya. Ni ibintu byigwa n’ubuyobozi bw’ishuri hamwe n’ababyeyi baharerera.”

    Yavuze ko kugabanya amafaranga cyangwa kuyongera byaterwa n’umwanzuro wavuye hagati y’ubuyozi bw’ishuri n’ababyeyi barirereramo.

    Ati “Mu by’ukuri ni icyemezo cyafatwa nyuma y’uko ababyeyi n’ubuyobozi bw’ishuri babiganiriyeho. Twebwe twabagira inama yo kwicara bakaganira hakarebwa icyakorwa kandi hatagize ubihomberamo.”

    Uyu muyobozi yavuze ko ababyeyi bagirwa inama yo kwegera ubuyobozi bw’amashuri bakaganira bigafatwaho icyemezo kugira ngo harebwe ku nyungu rusange.

    Abanyeshuri bo mu Cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza batangiye igihembwe cya gatatu kizamara ukwezi kumwe

    source : https://ift.tt/37Cla0f