Tag: uburezi

  • Bamporiki avuga iki ku bagaragaye baca amakayi n’imyenda bishimira gusoza ibizamini? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamporiki yatangaje ibyo nyuma y’uko hagaragaye ibikorwa by’imyitwarire yanenzwe na bamwe aho abanyeshuri barangije ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye bangiza ibikoresho birimo amakayi n’imyenda y’ishuri.

    Bamwe mu banyeshuri basoza amashuri yisumbuye baherutse kugaragaza imyitwarire idasanzwe yafashwe nko kwishimira ko barangije ibizamini nyuma y’imyaka ibiri kubera ingaruka za Covid-19.

    Hari n’aho ibikorwa by’abo banyeshuri byafashwe nk’ibyahungabanyije umutekano ndetse bamwe banatabwa muri yombi bazira kwangiza ibikoresho by’ikigo.

    Mu biganiro byatanzwe mu buryo bw’ikoranabuhanga mu rwego rwo kwizihiza umuganura muri uyu mwaka wa 2021, hari abagaragaje ko ibyakozwe n’abo banyeshuri babifata nk’ibishingiye ku byishimo by’umusaruro bagezeho nyuma y’igihe bategereje.

    Uwitwa Sengor uba mu Gihugu cya Finland avuga ko ari umwarimu kandi hari aho yabonye n’ubundi iyo abanyeshuri barangije ibizamini bagira uko bishimira iyo ntsinzi, akabigereranya n’umuganura Abanyarwanda bizihiza bishimira ibyo bagezeho, akifuza ko hakwiye kubaho uburyo abo banyeshuri na bo bakwishimira ko barangije amashuri yisumbuye ariko mu buryo bwiza.

    Agira ati “Byaragaragaye ku mbuga nkoranyambaga ko abanyeshuri bitwaye mu buryo budasanzwe mbona bujyanye no kwishimira ko bashoje ibizamini nyuma y’urugendo bakoze na hano birakorwa abanyeshuri bakishimira ko bashoje ibizamini, nkurikije ikiganiro twahawe ku muganura, ese nta kuntu hashyirwaho uburyo bufite umurongo unoze abo bana bajya bishimira kurangiza ibizamini aho kubikora mu buryo buri wese abyumva”?

    Minisitiri Bamporiki asubiza Sengor, yagaragaje ko ntabyacitse yabaye ubwo hagaragaraga amafoto y’abanyeshuri bitwaye mu buryo runaka bishimira kurangiza amasomo, ahubwo ngo ikoranabuhanga ni ryo ryatumye bimenyekana kandi nyamara bisanzweho.

    Avuga ko ku gihe na we yigaga ibyo rwose byabayeho ndetse hari n’ibirenze byakozwe na bariya byakozwe kera ahubwo bitamenyekanye.

    Agira ati “Tuvugishije ukuri hari igihe tubona ibintu ntitubijyane mu gihe cyacu abana bashwanyaguje amashati ibintu biravugwa, ariko mu by’ukuri njyewe turangiza amashuri twakoze ibijya gusa nka biriya, hari n’ibyo ntekereza abantu bakoze ku buryo ejo ubabwiye gusubiramo batabisubiramo, ubu Isi yabaye umudugudu niba hari ibyo ugiye gukora kuri interineti uba uri mu ruhame bisaba kugabanya”.

    Yongeraho ati “Nta nka yacitse amabere ntabwo ndi kubashyigikira kuko hari uburyo bari kubikora neza, ariko buriya buri muntu agira ukuntu yishima hari n’uwishima arira nkanjye ni ko bigenda iyo Amavubi atsinze ndarira. Icyo twabwira abantu ni uko ibyishimo bidakwiye kugutesha ishema kugeza ubwo bisakara hirya no hino, ariko nta kuntu wabwira umuntu uburyo yishimamo”.

    Minisitiri Bamporiki yibutsa ababyeyi kugira uruhare mu burere bw’abana babo kuko ubumenyi bahabwa ku ishuri iyo budafite uburere umwana ahakura ubuhanga ariko butagira ubwenge ibyo bikaba ntacyo byamufasha ngo bifashe n’Igihugu muri rusange mu gihe kiri imbere.

    Ku rundi ruhande ariko, Minisitiri w’Uburezi Dr. Valentine Uwamariya yatangaje ko bagiye gukurikirana bakamenya abanyeshuri bagaragaje imyitwarire mibi bitwaje ko bashoje amashuri yisumbuye ndetse bakazahabwa n’ibihano.

    Mu kiganiro yahaye RBA, tariki ya 30 Nyakanga 2021, Minisitiri w’Uburezi Dr. Valentine Uwamariya yavuze ko umunyeshuri wese ugaragaye akora amakosa ahanwa hakurikijwe amategeko ngengamyitwarire ya buri shuri.

    Yavuze ko aba banyeshuri ibyo bakoze bitwazaga ko bashoje amasomo ku buryo bakora ibyo bishakiye kuko batakiri abanyeshuri atari byo.

    Ati “Igiteganywa mu burezi ni uko tuzakurikirana abo bana tukamenya abo ari bo, hanyuma hagateganywa n’ibihano bazahabwa.”

    Ati “Umwaka ushize nabwo byabayeho ku banyeshuri ba TVET iherereye muri IPRC Kigali ndetse no mu Gatenga, ku buryo habayeho guhamagara ababyeyi baragawa ndetse hagenwa n’ibihano bagomba guhabwa harimo n’amande utabitanze akaba atagomba guhabwa Certificat ye n’ubwo baba bumva bararangije kwiga.”

    Yongeyeho ati “Turegeranya amakuru, turaza gukorana n’ubuyobozi bw’ibigo ku buryo abo bana bazagenerwa ibihano kubera ko ntabwo barava mu maboko y’uburezi nk’uko babyivugira, baracyari bato barangije amashuri yisumbuye ariko ntabwo kwiga birangirira hariya.”

    Minisitiri w’Uburezi yavuze ko hakwiye gushyirwa imbaraga mu gutanga ubumenyi bujyanye n’imyifatire myiza kugira ngo abana bajye basoza amashuri bafite ubumenyi buherekejwe n’ikinyabupfura.

    Iyi nkumi yatwitse amakayi ngo kuko isoje kimwe mu byiciro by’amashuri urayivugaho iki?

    Amasomo menshi umuntu ayigira mu makayi ya bakuru be. Birashoboka ko uyu nta barumuna agira.

    Tube ducuma amasaha! pic.twitter.com/VKxsCEV2Uw

    — Oswald Oswakim (@oswaki) July 29, 2021

    Ndabona babigize umushinga pic.twitter.com/LuXLXafB7S

    — Joesibo@ (@Joesibo2) July 29, 2021

    Inkuru bijyanye:

    Ese birakwiye ko abanyeshuri barangije ibizamini bya Leta bangiza amakaye n’imyenda y’ishuri?

    source : https://ift.tt/3CN1m8P

  • Kwigira ku bahanga ariko ubigisha nikinyar… – #rwanda #RwOT

    Platini ukomeje kuryoherwa n'urugendo rwe muri Nigeria yashyize amashusho ku rubuga rwe rwa instagram yahuje urugwiro n'icyamamare mu muziki D'Banj bahoberana ndetse bose bamwenyura berekana ko bishimiranye.

    Muri ayo mashusho yumvikanaga ari kwigisha uyu muhanzi w'icyamamare, ururimi rw'ikinyarwanda, amubwira amwe mu magabo yoroshye gufata yo gusuhuzanya. Yandika ku rubuga rwe rwa instagram ubutumwa, yakoresheje ururimi rw'icyongereza twagenekereje mu Kinyarwanda.


    DBanj ni umuhanzi ukomeye muri Afurika

    Muri ubwo butumwa yagize ati: 'Kwigira kubahanga ariko nanone ubigisha ku Kinyarwanda, nahuye n'umuvandimwe w'umunyabigwi D Banj kuva muri Nigeria, mumumbwirire ijambo rimwe.''

    Amashusho Platini ahoberana na DBanj

    Kuwa Kabiri tariki 3 Kanama 2021, nibwo byamenyekanye ko uyu muhanzi yasinyanye amasezerano na sosiyete yo muri iki gihugu ireberera inyungu ze yitwa 'One Percent Managers'.

    Igihe amasezerano azamara n'ibiyakubiyemo byagizwe ibanga, gusa hari amakuru yizewe avuga ko iyi sosiyete igiye gufasha Platini mu buryo bwo gukora indirimbo no kuzimenyekanisha mu ruhando mpuzamahanga.

    Platini ari gufatira amashusho mu gihugu cya Nigeria

    Byitezwe kandi ko Platini azava muri Nigeria akoreyeyo amashusho y'indirimbo kuko yahagurukanye i Kigali n'itsinda ry'abasanzwe bamufasha muri aka kazi, iyi ndirimbo ishobora gusohoka akiri i Lagos bityo akaboneraho no kuyamamaza mu bitangazamakuru bikomeye byo muri Nigeria.

    One Percent Managers igiye gukorana na Platini, yubatse izina muri Nigeria ndetse imaze kumenyerwa mu ruhando rw'imyidagaduro hano mu Rwanda kuko ariyo iherutse gusinyisha umukinnyi wa filime Isimbi Alliance, ikamuha miliyoni 24Frw.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108544/kwigira-ku-bahanga-ariko-ubigisha-nikinyarwandaplatini-yahuye-na-dbanj-muri-nigeria-108544.html

  • Abanyamerika bagiye gutangira kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibi byagarutsweho ubwo itsinda ry’abayobozi muri Kaminuza ya Kent basozaga urugendo rwabo rw’ibyumweru bibiri mu Rwanda, bagaragarizaga Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda Peter Vrooman ibikubiye mu masezerano bagiye kugirana na Kaminuza y’u Rwanda (UR).

    Bimwe mu bikubiye muri ayo masezerano harimo guhererekanya abanyeshuri hagati ya Kaminuza zombi, aho Abanyarwanda bazajya boherezwayo ndetse n’Abanyamerika bakajya mu Rwanda kuhavoma ubumenyi.

    Umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya Kent ushinzwe Uburezi Mpuzamahanga, Dr Marcello Fantoni yavuze ko biteguye gutangira kohereza abanyeshuri mu Rwanda kandi ko biteze uburezi bufite ireme bazahakura.

    Yagize ati “Turifuza kugira ikigo aha ngaha twizeye ko Kaminuza izabyemeza kandi tuzagira gahunda y’uko abanyeshuri bacu bazajya boherezwa mu Rwanda, baje kuvoma ubumenyi no kwiga amateka y’iki gihugu. Kuri ubu imibare iragoye guhita umuntu ayivuga ariko twifuza gutangira mu mpeshyi ya 2022. Dusigaje kwicara tukaganira na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

    “ Twifuza kohereza nibura abanyeshuri hagati ya 20-50 ku mwaka. Twamaze kuvugana n’ubuyobozi gushyiraho gahunda yo kwiga mu mpeshyi by’umwihariko ku banyeshuri bacu kandi barabyemeye.”

    Yavuze ko nta mpungenge bafite ku bumenyi abanyeshuri bavuye muri Amerika bazakura muri Kaminuza y’u Rwanda.

    Ati “ Twizeye ko bazigishwa neza n’abarimu bo muri Kaminuza y’u Rwanda kandi tuzahitamo amasomo bashobora kutwigisha ariko tuzibanda cyane ku mateka y’imbere mu gihugu. Twifuza ko babona igihugu kandi bakakigiraho bakumva uko ubuzima bumeze. Nizera ko kuba mukuru muri Amerika ari inshingano zo kumenya n’ubuzima bw’ab’ahandi.”

    Umuyobozi wungirije ushinzwe ubushakashatsi n’imyigire muri Kaminuza y’u Rwanda, Prof. Nosa Egiebor, yabwiye IGIHE ko Kaminuza y’u Rwanda yiteguye kwakira abanyeshuri baturutse muri Amerika no kubaha ubumenyi buhagije.

    Ati “Turiteguye neza. Ndabizi ibyo abantu batekereza kumva ngo umunyeshuri wo muri Amerika yaje kwiga mu Rwanda kandi Kaminuza y’u Rwanda iri kwitegura kubakira ndetse tuzakora ibishoboka byose. Icya mbere dufite ikirere kiberere kwiga n’ubushakashatsi kandi na Leta y’u Rwanda iri kudufasha cyane. Aya ni andi mahirwe akomeye tubonye y’imikoranire.”

    Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman, yavuze ko nka Ambasade bazatanga umusanzu wo kuba umuhuza hagati ya Kaminuza zombi binyuze mu gufasha abanyeshuri boherezwa na zo.

    Yagize ati “Ubufatanye hagati ya Kaminuza zombi ni kimwe muri byinshi dukorana. Ni urugero rwiza, njyewe nka Ambasaderi natera inkunga. Icyo rero tuzakora nka ambasade ni ukuba ikiraro cyo gufasha ibigo byombi guhuza umurongo. Dusanzwe dufite n’izindi gahunda zitandukanye bityo dushobora no gutanga buruse ku banyeshuri b’impande zombi. Tuzafasha abanyeshuri bavuye mu Rwanda bagiye muri Amerika kandi kimwe n’abo Kent State izohereza bifuza kwigira mu bihugu by’amahanga nk’u Rwanda.”

    Kaminuza ya Kent n’iy’u Rwanda bigiye kugirana amasezerano anyuranye agamije guteza imbere ireme ry’uburezi mu Rwanda, harimo gutangiza amasomo mashya, kongera imbaraga mu masomo yari isanzwe ahari no gufatanya mu bushakashatsi.

    Pr Lyambabaje Alezandre yasabye ko ayo masezerano yashyirwamo imbaraga akava mu mpapuro

    Umuyobozi wungirije ushinzwe ubushakashatsi n’imyigire muri Kaminuza y’u Rwanda, Prof. Nosa Egiebor yavuze ko Kaminuza y’u Rwanda yiteguye kwakira abanyeshuri b’Abanyamerika

    Ambasaderi Peter Vrooman yavuze ko biteguye kuba ikiraro gihuza Kaminuza Zombi

    Bagaragaje ko mu gihe bamaze mu Rwanda bamaze kubona ko UR yafasha abanyeshuri babo kumenya amateka y’u Rwanda

    Kaminuza y’u Rwanda yageneye impano Amabasaderi Peter Vrooman

    Kaminuza zombi zigiye kugirana amasezerano agamije guteza imbere uburezi mu Rwanda

    Amafoto: Ntabareshya Jean de Dieu


    source : https://ift.tt/3m13bZU

  • Inzitizi n’ibihombo mu ishyirwa mu bikorwa ry’integanyanyigisho ishingiye ku bushobozi mu mashuri – #rwanda #RwOT

    Mu 2015 Minisiteri y’Uburezi binyuze mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB), yahinduye integanyanyigisho ishingiye ku bumenyi bw’umunyeshuri yagenderwagaho (Knowledge Based Curriculum: KBC) isimbuzwa igamije guha abanyeshuri ubushobozi (Competence Based Curriculum: CBC) uhereye mu cyiciro cy’incuke ukageza mu cy’ayisumbuye.

    Hashingiwe ku mwanzuro wa 13 w’Inama y’Umushyikirano yabaye mu 2015, wasabaga guteza imbere ururimi rw’Ikinyarwanda n’indangagaciro z’umuco nyarwanda mu mashuri yose, REB yashyizeho amabwiriza avuguruye agenga uko imfashanyagisho yagombaga gushyirwa mu bikorwa.

    Ayo mabwiriza yashyizweho umukono na Gasana Janvier wari Umuyobozi Mukuru wa REB icyo gihe, ku wa 8 Werurwe 2016, yagenaga ko Ururimi rwigishwamo ari Ikinyarwanda mu cyiciro cy’amashuri y’incuke; Ikinyarwanda kikigishwa nk’ururimi binyuze mu nkuru zisomwa na mwarimu, imivugo n’indirimbo hatezwa imbere ubushobozi bwo kumva, kuvuga no kwandika bibategura gukurikira integanyanyigisho y’Ikinyarwanda mu masomo yo mu mwaka wa mbere.

    Inyigisho zose uretse Icyongereza zagombaga gutangwa mu Kinyarwanda mu myaka yose y’icyiciro cya mbere cy’abanza.Ikinyarwanda cyari kigenewe amasomo umunani mu cyiciro cya mbere n’ane mu cyiciro cya kabiri mu cyumweru, n’ibindi.

    Aya mabwiriza kandi yavugaga ko integanyanyigisho ishingiye ku bushobozi izagenda isimbura isanzwe ku buryo byagombaga kugeza mu 2018 imaze kugera mu myaka yose, kuva mu cyiciro cy’incuke, icy’abanza n’ayisumbuye.

    Nyamara muri Kanama 2020 guverinoma y’u Rwanda yafashe umwanzuro ko amasomo yose azajya yigishwa mu Cyongereza kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu wa gatandatu w’amashuri abanza.

    Ni mu gihe REB yari yaramaze guha isoko sosiyete Printex ryo gucapa ibitabo bingana na 1.036.000 by’imibare byo mu mwaka wa kabiri n’uwa gatatu w’amashuri abanza byari byanditse mu Kinyarwanda.

    Ibi bitabo [by’imfashanyigisho] byagombaga kwifashishwa mu ishyirwa mu bikora rya CBC, byari byaramaze kwishyurwa 1.871.888. 752 Frw bivuze cyabaye igihombo kuko byahise bita agaciro.

    Ikindi ikigo REB cyihaye gahunda yo gukwiza mu mashuri ibitabo byandikiwe imbere mu gihugu, yatangijwe mu 2017. Ibitabo byandikiwe mu gihugu byagombaga gutangira gukoreshwa mu ntangiriro z’umwaka w’amashuri wa 2018.

    Nyamara Umugenzuzi w’Imari ya Leta mu 2020 yagaragaje ko kugeza mu Ukwakira 2020 byari bitaracapwa ngo bigezwe mu mashuri mu gihe iyi nteganyanyigisho nshya yari yaratangijwe mu 2015.

    Mu Ukwakira 2020, mu mashuri 38 yasuwe hirya no hino mu gihugu, 14 byagaragaye ko yari ataragezwamo igitabo na kimwe mu by’amasomo yigishwa.

    Umugenzuzi w’Imari ya Leta yavuze ko ibi bigira ingaruka ku ireme ry’uburezi n’uburyo abanyeshuri bitwara mu bizamini bikaba biteye impungenge ko bizatuma intego za CBC zitagerwaho.

    Amasomo ateganyijwe mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza ni Ikinyarwanda, Icyongereza, Imibare, amasomo mbonezamubano n’ubumenyi mu by’iyobokamana, ubumenyi n’ikoranabuhanga riciriritse, ubuhanzi n’ubugeni, igororangingo na siporo.

    Ikoranabuhanga rya ‘e-solution system’ ryaraguzwe ribura umumaro

    Ni ikoranabuhanga ryari rigenewe gahunda ya mudasobwa imwe ku mwana (One Laptop per Child) ngo izi mudasobwa zibashe kwakira amasomo y’Imibare, Icyongereza na Siyansi ku banyeshuri biga kuva mu mwaka wa kane kugeza mu wa gatandatu w’amashuri abanza.

    Muri Nzeri 2015, REB yasinyanye amasezerano na sosiyete Hicommands PVT Ltd, afite agaciro ka 1.084.963.955 Frw yagombaga gutanga serivisi za e-solution system. Amasezerano yagombaga kumara iminsi 120 y’akazi, ni ukuvuga amezi ane.

    Impungenge zishingiye ku kuba yarashyizweho umukono mu cyiciro cya nyuma cy’integanyanyigisho ishingiye ku bumenyi (KBC) yendaga kubererekera inshya (CBC).

    Ni ukuvuga ko iri koranabuhanga ryahise rita agaciro kuko ritari rigikenewe nyamara REB yaramaze kwishyura 99% by’agaciro k’amasezerano yarigengaga.

    Integanyanyigisho ishingiye ku bushobozi bw’umunyeshuri (CBC), igena ko abanyeshuri bigira mu matsinda

    source : https://ift.tt/3gg07Wn

  • Rulindo: Abarimu 3 batawe muri yombi bazira guhembwa amafaranga y’umurengera – #rwanda #RwOT

    Aba barimu batawe muri yombi kugeza ubu bari gukurikirwanwa na RIB, bashyizwe ahantu hihariye mbere yo koherezwa muri kasho kubera ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Kayiranga Emmanuel, yabwiye IGIHE ko amakuru avuga ko abarimu 11 bafungiye mu Kigo cy’ingororamuco cya Tare atari yo ahubwo abafashwe bari mu maboko ya RIB.

    Yagize ati “Ayo makuru si nzi aho abantu bari kuyakura kandi nta mwarimu uri mu Kigo cy’Ingororamuco cya Rulindo. Abarimu bafitwe na RIB bari mu kato aho bajya mbere yo gushyirwa muri kasho. Ni batatu ntabwo ari 11.”

    Aba barimu bakurikiranyweho ibijyanye n’amafaranga babonaga kuri konti zabo ntibayagaragaze.

    Yavuze ko kugeza ubu Umukozi w’Akarere ka Rulindo wari ushinzwe guhemba abarimu yahise atoroka cyane ko akurikiranyweho ubufatanyacyaha. Nyuma yo gutoroka yahise afatirwa ibihano birimo no kwirukanwa mu kazi.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko ayo makosa yagaragajwe na raporo yakozwe ku micungire y’umutungo w’akarere, kandi ku wa 30 Nyakanga 2021 Umunyamabanga Nshingwabikorwa yabitanzeho ibisobanuro ariko ntibyanyura ubuyobozi.

    Byagaragaye ko bamwe mu barimu bagiye bahembwa imishahara y’umurengera, abandi bagahemberwa urwego rw’amashuri badafite n’ibindi.


    source : https://ift.tt/3ABKYpO

  • Rulindo : Hari abarimu bafungiye mu kigo cy’inzererezi bazira guhembwa umurengera #rwanda #RwOT

    Haravugwa abarimu bigisha ku bigo bitandukanye byo mu Karere ka Rulindo bafungiye mu nzererezi muri 'Transit Center’ ya Tare, ibi bibaye nyuma y’igenzura ryakozwe rikagaragaza ko hari abarimu guhembwe imishahara y’umurengera.

    Umwe mu baduhaye amakuru yavuze ko mu mpera z’icyumweru gishize abarimu bagera kuri 11 barimo abo kuri GS Murambi, GS Gasaka, GS Kimiryi, GS Kayenzi, GS Tare, GS Gitumba, Gitare, Mugenda, EP Buhande, GS Kadendegeri bafashwe bakajyanwa gufungirwa muri 'Transit center’ ya Tare.

    Aba barimu ngo gufuzwe nyuma y’igenzura ryagaragaje ko bahembwe amafaranga y’umurengera atajyanye n’urwego rwabo. Umukozi ushinzwe guhemba abarimu n’abaganga mu Karere ka Rulindo, ucyekwaho kugira uruhare muri iki kibazo bikaba bitazwi aho aherereye.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Kayiranga Emmanuel, yabwiye IRIBA NEWS dukesha aya makuru ko nta barimu bafungiye mu nzererezi.

    Yagize ati 'Ibyo bintu koko urumva bishoboka ? Nta barimu bafungiye mu nzererezi. Cyakora hari abarimo gukorwaho iperereza n’inzego zibishinzwe.'

    Umuvugizi wa Minisiteri y’Uburezi, Serafina Flavia, yabwiye IRIBA NEWS ko bakibikurikirana.

    Ku wa Gatandatu tariki 30 Nyakanga 2021, Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo yateranye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, igamije gusuzuma ingingo zitandukanye harimo n’irebana no kumva ibisobanuro ku makosa yagaragajwe muri Raporo y’ubugenzuzi bwakozwe, bukagaragaza amakosa mu micungire n’imitangire y’amasoko, muri imwe mu mishinga.

    Mu yandi makosa yagaragajwe mu bugenzuzi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere yatanzeho ibisobanuro, ni arebana na bamwe mu barimu, byagaragaye ko bagiye bahembwa imishahara y’umurengera, abagiye bahemberwa urwego rw’amashuri badafite n’ibindi.

    Ibisobanuro bya Gitifu w’Akarere ka Rulindo, Bizumuremyi Ali Bashir ntibyanyuze Inama Njyanama y’Akarere, bituma ifata umwanzuro wo kumuhagarika ku mirimo by’agateganyo mu gihe cy’amezi atatu.

    Ivomo : Iribanews

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Rulindo-Hari-abarimu-bafungiye-mu-kigo-cy-inzererezi-bazira-guhembwa-umurengera

  • Guverinoma mu rugamba rwo kongera umubare w’abiga amashuri y’incuke – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi Mukuru ushinzwe Politiki n’Igenamigambi muri Minisiteri y’Uburezi, Rose Baguma, yavuze ko ari bimwe mu biteganywa na politiki nshya y’uburezi iri gusuzumwa na guverinoma.

    Mu kiganiro yagiranye na New Times yagize ati “Dufite icyerekezo 2030, 2050 na gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere rirambye, NST1 n’izindi mbaraga zirimo gushyirwamo mu kuzamura uburezi haba mu karere ndetse no ku rwego rw’umugabane.”

    Politiki nshya y’uburezi yitezweho gushyira mu bikorwa uburezi budaheza, guteza imbere umwarimu no kongera ubumenyi bwe n’ibindi.

    Baguma yavuze kandi ko iyi politiki iteganya n’uburyo bwo kuvugurura imyigire n’imyigishirize y’abana bo mu mashuri y’incuke ku buryo bazaba benshi bitabira.

    Ati “Ubu Minisiteri y’Uburezi iri gukorana za ECD ndetse n’amashuri y’incuke kugira ngo abanyeshuri bose babashe kwitabira. Ariko imbaraga zose ziri gushyirwa mu kongera ubwitabire n’ireme.”

    Yakomeje agira ati “Kutabasha kujya mu ishuri ry’incuke bihungabanya urwego rw’uburezi ariko mu gihe babasha kwitabira bose bakajya mu mashuri abanza ku myaka yagenwe bashobora kurangiza amashuri yose ku myaka iteganywa.”

    Ku rundi ruhande ariko umubare w’abarimu bigisha mu mashuri y’incuke uracyari muke cyane nubwo abahembwa na leta bagenda biyongera aho bavuye kuri 33 bakagera kuri 613 mu mwaka ushize w’ingengo y’imari.

    Imibare ya Minisiteri y’Uburezi igaragaza ko mu 2019, amashuri y’incuke mu gihugu yari 3401 harimo aya leta 508, afashwa na leta 1 555 naho 1338 akaba ari amashuri yigenga. Yose hamwe yari arimo abanyeshuri 282.400.

    Ibarura ryakozwe mu 2018, ryagaragaje ko kugeza ubu abana 20% mu gihugu hose ari bo bitabira amashuri y’incuke.

    Politiki nshya y’uburezi iteganya ko umubare w’abiga mu mashuri y’incuke uziyongera

  • Umunyeshuri yatunguranye ubwo yajyaga kwiga atwaye indege, benshi bacitse ururondogoro #rwanda #RwOT

    Umunyeshuri yatunguye benshi mu gihugu cya Kenya ubwo hakwirakwiye amafoto yiwe agiye ku ishuri mu buryo budasanzwe aho yatwawe na kajugujugu,ibintu bidakunze kubaho mu buzima bw'ishuri.

    Uyu munyeshuri witwa Maisha Nyororo yakoze agashya ubwo yari agiye ku ishuri,asaba se ko bajyana amutwaye mu ndege aho gutega bisi cyangwa kugenda mu modoka nkuko bisanzwe ku bandi.

    Uyu munyeshuri Maisha yari agiye kwiga ku kigo cyitwa lycée Maranda cy'ahitwa Siaya muri Kenya,agenda mu ndege ya se.

    Mu mashusho yakwirakwijwe cyane ku mbuga nkoranyambaga,yagaragaje abanyeshuri bo kuri iki kigo bategereje kwakira abanyeshuri bashya hanyuma babona kajugujugu iturutse hejuru iraza iparika imbere y'iri shuri hanyuma uyu musore avamo barumirwa.

    Abantu benshi bagiye impaka kuri iyi video bibaza kuri uyu munyeshuri wahisemo kugenda n'indege bidasanzwe aho bamwe bamushinjaga ubwirasi mu gihe abandi bavugaga ko ntacyo bitwaye kugenda mu ndege igihe ababyeyi bawe bayifite.

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/07/umunyeshuri-yatunguranye-ubwo-yajyaga-kwiga-atwaye-indege-benshi-bacitse-ururondogoro/

  • Yihinduye umukobwa kugirango akorere ibizamini bya Leta inkumi yihebeye.. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umusore witwa Khadim Mboup yabaye igitaramo ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gufatwa yigize umukobwa mu kizamini, agamije kugikorera umukunzi we. Amakuru y'ibitangazamakuru bitandukanye birimo The Star, avuga ko Khadim Mboup yabikoze kugira ngo akorere ikizamini umukobwa bakundana byahebuje ukunda gutsindwa n'ururimi rw'icyongereza.

    Khadim Mboup, umunyeshuri w'imyaka 22 yaje gufatwa atabwa muri yombi. We avuga ko yabikoze kubera urukundo rwinshi akunda umukunzi we kuko yagorwaga kenshi n'Icyongereza nk'uko bitangazwa n'ibitangazamakuru by'iwabo muri Senegal.

    Source : https://yegob.rw/yihinduye-umukobwa-kugirango-akorere-ibizamini-bya-leta-inkumi-yihebeye/

  • Abarimu 1800 bigisha siyansi bagiye guhabwa mudasobwa – #rwanda #RwOT

    Abarimu bazahabwa mudasobwa ni abagisha amasomo ya siyansi, ikoranabuhanga, ‘engineering’ ndetse n’imibare. Bagiye kuzihabwa muri gahunda ya ‘One Laptop per Teacher’ yatangiye uyu mwaka igamije kuzamura ireme ry’uburezi mu gihugu.

    Ukuriye ishami ry’ikoranabuhanga muri REB, Nyiranzamwiyitira Christine, yabwiye The New Times ko ubu abarimu bigisha siyansi ari bo batahiwe ariko ko n’abandi bo mu yandi mashami bazagerwaho.

    Yagize ati “Biteganyijwe ko mudasobwa zizagezwa no ku bandi barimu bigisha mu masomo atandukanye.”

    Yakomeje avuga ko iyi gahunda izarangira mu 2024 abarimu basaga ibibumbi 89 barahawe mudasobwa kandi ko igihe cyateganyijwe gishobora guhinduka bitewe n’ingengo y’imari yaba nke abafatanyabikorwa batabonekeye igihe.

    Izi mudasobwa ziri guhabwa abarezi imwe iba ifite agacirico kari hagati y’ibihumbi 300Frw na 450Frw bitewe n’ubwoko bwayo, bigaragaza ko hazakenerwa ingengo y’imari iri hagati ya miliyari 26.7Frw na 40Frw.

    Ku ruhande rw’abarimu bamaze guhabwa mudasobwa bemeje ko kuzigira byaborehereje akazi karushaho kugenda neza, kurenza mbere kuko zibafasha kurushaho kwiyungura ubumenyi.

    Umwarimu wigisha Icyongereza muri GS Nyamirama, Munyamahoro Aimable, yagize ati “Mbere hari abarimu batari bafite ubumenyi kuri mudasobwa ariko ubu tubasha kwigisha tuzikoreresheje, ubu tuzikoresha twereka abanyeshuri ‘note’, zidufasha no gukora ubushakashatsi.”

    Umwarimu wo kuri GS Nyarubuye muri Gatsibo, Nezineza Sylvie, we ati “Mbere twandikaga ibintu byose ku mpapuro n’amasomo ni ho twayateguriraga. Ubu tubikorera kuri mudasobwa n’ibizamini na raporo ni ho tuzitegurira.”

    Yongeyeho ko mbere hari ibitabo bakenerega ntibabashe kubibona ariko ubu byose babibona bakoresheje mudasobwa.

    Aba barimu bombi bahuriza ku kuba bakibangamiwe n’ikibazo cya murandasi itagenda neza mu duce bakoreramo, bakaba bizeye ko Leta izagishakira igisubizo.

    Kuva iyi gahunda yatangira muri Gashyantare nibura umwarimu umwe mu munani amaze kubona mudasobwa, bivuze ko hamaze gutangwa izigera ku 11 125 hirya no hino mu gihugu.

    Abarimu bahawe mudasobwa bavuga ko zibafasha mu kazi kabo ka buri munsi bitandukanye n’uko byari bimeze mbere yo kuzihabwa