Tag: Ubukungu

  • Abadepite bahamagaje Minisitiri kubera igihombo cya miliyoni 270 Frw leta yatejwe n’uruganda Burera Diary – #rwanda #RwOT

    Uru ruganda rwagurishijwe nyuma y’aho bigaragaye ko rudatanga umusaruro rwari rwitezweho maze mu 2018, Minecofin yemeza ko imigabane ya leta yose igurishwa.

    Inganda eshatu zitunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi ziri mu zagize ibibazo mu mikorere zirimo Burera Diary Ltd, Nyabihu Potato Company na Rutsiro Honey Ltd.

    Mu gushyira mu bikorwa icyo cyemezo, NIRDA na BDF byagurishije imigabane yabyo ingana na 548 970 ku mafaranga angana na 548. 970. 000 Frw, byegukanwa na African Solutions Private Ltd (Afrisol), sosiyete ikomoka muri Zimbabwe yari imaze hafi imyaka ibiri yarashoye imari mu Rwanda kuri miliyoni 270 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Abadepite bagize PAC basobanuye ko kuba uru ruganda rwaragurishijwe ku giciro gito ari byo byatumye leta igwa mu gihombo kingana na miliyoni zisaga 278 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Depite Murara Jean Damascene, umwe mu bagize Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko Ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu, PAC, yagize ati “Mubyumve neza, amafaranga n’ubundi yavuye muri leta, twari twiteze inyungu, twari twiteze iterambere, twari twiteze ko ruriya ruganda ruzajya rubafasha ariko twabonye ikinyuranyo.”

    Umuyobozi wa NIRDA, Sekomo Christian yavuze ko nubwo bivugwa ko BDF yari yashoyemo miliyoni 487, nta kigaragaza ko yishyuye aya mafaranga.

    Sekomo yavuze ko imashini zatanzwe muri uru ruganda nta nyemezabuguzi zagaragaje, bityo ko mu igenagaciro bimwe mu biciro byagiye bishakishwa kuri internete bareba imashini ziteye kimwe n’izari muri urwo ruganda, bikaba ari byo byatumye igiciro kizamuka.

    Yakomeje avuga ko umugabane wa NIRDA wari miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda na ho umugabane w’Akarere ka Burera ukangana na miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Sekomo yemera ko igihombo cyabayeho cyatewe n’uko uruganda rwamaze imyaka ibiri rudakora kandi rwari rufite n’amadeni rufitiye abantu, ibyo byose byashyirwa hamwe hamwe bikaba miliyoni 307 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Ati “Igihombo cyo kirahari ariko bafashe agaciro gasanzwe k’uruganda bakuramo amadeni n’igihombo hagasigara miliyoni rusigara rufite agaciro ka miliyoni 216 ariko rugurishwa 270 Frw.”

    Depite Bakundufite Christine, yavuze ko igihombo cya miliyoni 270 Frw ari amafaranga menshi kuri leta, ko hakwiye gusobanurwa impamvu yacyo kandi abakigizemo uruhare bagahanwa.

    Perezida wa PAC, Muhakwa Valens, yavuze ko iki kibazo bagifatiye umwanzuro aho bategereje ko Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda azaboneka akajya gutanga ibisobanuro.

    Mu gihe uruganda rwa Burera Diary rwari rukiri mu maboko ya leta rwari rufite ubushobozi bwo gutunganya litiro 500 ku munsi; kuri ubu umusaruro wabonekaga wikubye inshuro enye, ni ukuvuga ko rutunganya litiro 2000 ku munsi muri iki gihe rufitwe n’umushoramari ku giti cye.


    source : https://ift.tt/3EbQ0MC

  • Imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo irarimbanyije – #rwanda #RwOT

    Uru rugomero ruzatanga amashanyarazi mu bihugu bitatu bituriye uyu mugezi aribyo u Rwanda, Tanzania n’u Burundi.

    Imirimo yo kubaka uru rugomero yatangiye mu 2017, yagombaga gusozwa wa 2020 ariko igenda idindira bitewe na ba rwiyemezamirimo bagiye bagira imbogamizi nk’uko bitangazwa na Darren George Protulipac; Umunya-Canada ukuriye umushinga wo kurwubaka.

    Darren yagize ati “Imirimo yacu yagiye idindira bitewe n’imwe muri kompanyi twakoresheje mu bwubatsi bw’uru rugomero aho yatinze gutangira akazi ndetse byagera hagati hakazamo n’izindi mbogamizi za Coronavirus, ariko ubu twakwishimira ko imirimo iri kugana ku musozo, hasigaye imirimo mike y’ubwubatsi turizera ko mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2022 uru rugomero ruzaba rutanga amashanyarazi mu Rwanda, Tanzania n’u Burundi.”

    Darren akomeza avuga ko usibye uru rugomero ruri kubakwa, hari no kubakwa sitasiyo y’amashanyarazi ya Rusumo izavana amashanyarazi kuri uru rugomero kugira ngo asaranganywe muri ibyo bihugu bitatu.

    Uyu muyobozi akomeza avuga ko uru rugomero ruzaha buri gihugu amashanyarazi angana na megawati 26,6 ariko ashobora kwiyongera bitewe n’uburyo igihugu gishobora gukenera amashanyarazi menshi ugereranyije n’ibindi bikoresha uru rugomero.

    Kubaka uru rugomero byatewe inkunga 100% na Banki y’Isi, aho imirimo y’ubwubatsi ubwayo izasozwa itwaye miliyoni 120 z’amadolari, hafi miliyari 120 z’amanyarwanda, naho ibikorwa by’amashanyarazi birimo no kubaka iyi sitasiyo y’amashanyarazi ya Rusumo byo bikazatwara miliyoni 60 z’amadolari, hafi miliyari 60 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Umuyobozi ushinzwe gukurikirana iyubakwa ry’inganda z’amashanyarazi n’imiyoboro minini muri Sosiyete Ishinzwe Ingufu (REG), Théoneste Higaniro, yavuze ko iki gikorwa ari kimwe mu byitezweho gutanga amashanyarazi menshi mu Rwanda mu rwego rwo gukomeza gushyira ingufu mu kugeza amashanyarazi ku ngo zose mu Rwanda bitarenze umwaka wa 2024.

    Higaniro avuga ko uru rugomero nirumara kuzura, amashanyarazi ruzatanga azanyuzwa muri sitasiyo y’amashanyarazi ya Bugesera na Shango maze agakwirakwizwa mu gihugu mu bayakeneye.

    Abaturage baturiye uru rugomero rwa Rusumo muri Kirehe barishimira ko rwahinduye ubuzima bwa benshi

    Nsekanabo Evalde ni umuturage utuye mu Murenge wa Gatore ukorera kompanyi y’abashinwa imwe mu ziri kubaka uru rugomero.

    Uyu mugabo avuga ko mbere yari umufundi ukorera 3.000 Frw ku munsi ndetse atabona akazi buri gihe, ariko aho kubaka uru rugomero byatangiriye yasabyemo akazi aragahabwa aho ahembwa 6.000 Frw ku munsi.

    Yiteje imbere muri icyo gihe amaze ari umwe mu bubaka uru rugomero kuko yaguze ikibanza akubakamo inzu y’umuryango we.

    Kayitare Ephrem nawe ni muturage wavuye i Ryabega muri Nyagatare akajya i Kirehe gukorera kuri uru rugomero.

    Ati “Abafundi bagenzi banjye twari tuziranye bambwiye ko hari akazi ku rugomero, ni uko ndagasaba barakampa, nahise nimura umuryango wanjye none ubu umugore namuguriye imashini idoda arikorera ndetse naguze n’isambu hano hafi ndahingisha nkeza ngasagurira n’amasoko, mbese uru rugomero rwatugiriye akamaro cyane.”

    Imibare igaragaza ko mu Rwanda kugeza ubu ingo zifite amashanyarazi muri rusange zisaga 65,9 % harimo izikoresha afatiye ku muyoboro mugari n’izikoresha adafatiye ku muyoboro mugari yiganjemo akomoka ku mirasire y’izuba.

    Uru rugomero ruzafasha abaturage bo mu Burasirazuba bw’u Rwanda kugerwaho n’amashanyarazi byoroshye

    Ruzatanga megawati 80 z’amashanyarazi

    Uru rugomero ruzatanga amashanyarazi mu bihugu bitatu bituriye uyu mugezi aribyo u Rwanda, Tanzania n’u Burundi

    Imirimo yo kubaka uru rugomero yatangiye mu 2017, yagombaga gusozwa wa 2020 ariko igenda idindira bitewe na ba rwiyemezamirimo bagiye bagira imbogamizi

    Hari no kubakwa sitasiyo y’amashanyarazi ya Rusumo izavana amashanyarazi kuri uru rugomero kugira ngo asaranganywe muri Tanzania, u Rwanda n’u Burundi

    source : https://ift.tt/2XjHiLn

  • Ntihabayeho gushishoza- Umuyobozi wa RMF avuga kuri miliyari 2,5 Frw bishyuye mu mushinga utabareba – #rwanda #RwOT

    Ni amakosa yagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta muri raporo y’umwaka wa 2019/2020. RMF yitabye PAC ku wa Gatatu, tariki ya 8 Nzeri 2021 ngo iyatangeho ibisobanuro.

    Byasobanuwe ko aya mafaranga yishyuwe mu bikorwa by’umushinga wo gukwirakwiza ibikorwaremezo mu Kiyovu cy’Abakene, mu Murenge wa Rugenge, Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, mu 2018.

    Bivugwa ko wari umushinga Leta ifatanyije n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB ariko uruhare rwayo [leta] rukaba rwaragombaga gutangwa na Minisiteri y’Ibikorwaremezo.

    Mininfra yahaye inshingano Ikigega gishinzwe gusana Imihanda (RMF) zo kuba ari cyo gitanga urwo ruhare rwagombaga kurenga miliyari esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda.

    Mu masezerano ntiharimo ko RMF ari yo izishyura ayo mafaranga ndetse ntiyatanzwe mu buryo bwo kuguriza Mininfra.

    Mu Ugushyingo 2019, RMF yari imaze kwishyura asaga miliyari 2,556 kuri RSSB. Nyuma y’igihe gito aya mafaranga amaze kwishyurwa, ku wa 25 Ugushyingo 2019, RMF yumvikanye na Mininfra guhagarika iyo gahunda yo gutanga amafaranga muri uyu mushinga.

    Depite Bahufite Christine yavuze ko kugeza ubwo hakorwaga igenzura muri Werurwe 2021 aya mafaranga yari ataragaruzwa, akavuga ko yishyuwe mu buryo buhabaye n’inshingano iki kigo gisanganwe kandi ko yagombaga gukora ibindi bikorwa.

    Umuyobozi wa RMF, Sibomana Mathias, yavuze Mininfra ari yo yabasabye kwishyura aya mafaranga mu ibaruwa yabandikiye.

    Ati “Batwandikiye badusaba kugaragaza uko ayo mafaranga yazagaruzwa ariko ntabwo habayeho gushishoza neza, turayishyura nyuma Umugenzuzi w’Imari amaze kubigaragaza dusanga bitari mu nshingano zacu.”

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo (Mininfra), Uwase Patricie, yavuze ko uko byagenze abizi kandi ko iyi minisiteri iri mu biganiro na Minecofin ngo aya mafaranga asubizwe muri RMF.

    Ati “Ni byo ndabizi, ni ibibazo navuga twaganiriye na RMF, ni natwe twabasabye ngo gukomeza kuyishyura bibe bihagaze kuko twari twumvikanye na Minecofin ko izo nshingano izifata akishyurwa biturutse mu isanduku ya Leta aho kuba RMF. Ni umushinga wari wakozwe na RSSB ariko ni umushinga wa leta.Turimo turaganira na Minecofin ngo yishyurwe ave mu bitabo bya RMF.”

    Iki kigega cyanenzwe gutinda kwishyura amafaranga y’ingurane z’imitungo y’abagizweho ingaruka n’ibikorwa byacyo, ubuyobozi bwacyo bukavuga ko byatewe biterwa no kuba imyirondoro yabo ituzuye.

    Umuyobozi w’Ikigega Gishinzwe isanwa ry’Imihanda (RMF), Sibomana Mathias, asobanura iby’amafaranga bishyuye mu mushinga utari mu nshingano z’iki kigega

    source : https://ift.tt/2VAcPrO

  • REG yisobanuye ku bibazo by’imicungire y’umutungo mu bigo biyishamikiyeho – #rwanda #RwOT

    Ibi bibazo ni ibyagaragajwe muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’imyaka itatu, 2017/2018; 2018/2019 na 2019/2020 biri muri REG n’ibigo biyishamikiyeho birimo igishinzwe gutunganya ibikorwaremezo by’amashanyarazi (EDCL) n’igishinzwe ubucuruzi bw’amashanyarazi (EUCL).

    Muri rusange byagaragaye ko REG ifite ibirarane by’imisoro bigera kuri miliyoni 500 z’amafaranga y’u Rwanda ikaba inatinda kwishyura abayiha ibikoresho.

    REG iberewemo amadeni agera kuri miliyari ebyiri bitizewe ko azagaruzwa n’indi myenda igera kuri miliyari 12 Frw yakomotse ku Kigo cyahoze cyitwa EWSA.

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Obadiah Biraro, yavuze ko gucunga amasezerano muri EDCL bitarafata umurongo neza ndetse EUCL ikorera mu gihombo mu gihe ari ikigo gikora ubucuruzi.

    Yatanze urugero rw’uruganda rutunganya amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri rwa Gishoma, rutaratanga umusaruro kuva mu 2017 nyamara rwarashowemo agera kuri miliyari 40.

    Biraro yasabye ko Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ndetse na Minisiteri y’Ibikorwaremezo ko byakurikiranira hafi REG n’ibigo biyishamikiyeho.

    Iyi raporo igaragaza ko mu bibanza bya REG bigera kuri 429 biri hirya no hino mu gihugu, 386 bitanditse bivuze ko nta byangombwa by’ubutaka bwabyo iki kigo kigira. REG kandi ibarwaho inzu zangiritse zirimo iziherereye mu turere twa Karongi, Kirehe, Nyamasheke, Rusizi, Nyanza, Rubavu na Burera zikaba zidasanwa nyamara zifite agaciro kanini.

    Umuyobozi wa REG, Ron Weiss, yavuze ko mu bibazo byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta hari ibyo babashije gukemura nubwo inzira ikiri ndende.

    Ati “Turi gukorana bya hafi n’Abagize Inama y’Ubutegetsi mu gukemura ibibazo byagaragajwe. Turimo gukora cyane ngo dukemure ibibazo byose byagaragajwe. Turi guhindura imikorere haba mu bijyanye n’icungamutungo ndetse no guhesha agaciro amafaranga aba yashowe.”

    Yakomeje agira ati “Turabizi ko ari ngombwa kugira ibyangombwa by’umutungo, turi gushyira imbaraga mu gushaka ibyangombwa by’ubutaka.”

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwase Patricie, yijeje ko ibibazo by’inzu zangiritse zibarwa mu mutungo wa REG, bigiye gukurikiranwa zigasurwa hakarebwa uko zabyazwa umusaruro.

    REG yagiriwe inama yo gukomeza guhuza inganda zitanga amashanyarazi hirya no hino mu gihugu, ku ikoranabuhanga rya SCADA kugira ngo hamenyekane umuriro ucuruzwa n’abo ucuruzwaho kugira ngo hirindwe ibihombo bigenda bigaragara.

    Abayobozi ba REG n’ibigo biyishamikiyeho batanze ibisobanuro hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Webex

    Depite Murara Jean Damascène uri mu bagize PAC; Perezida wa PAC, Muhakwa Valens; Visi Perezida wa PAC, Depite Uwineza Beline na Depite Ntezimana Jean Claude bakurikiye ibisobanuro by’abayobozi ba REG

    Visi Perezida wa PAC, Depite Uwineza Beline

    Perezida wa PAC, Muhakwa Valens

    Depite Bakundufite Christine, umwe mu bagize PAC

    source : https://ift.tt/3jY5cVl

  • Guraride, amagare yari amaze igihe ategerejwe muri Kigali yatangiye gukoreshwa – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 9 Nzeri 2021 nibwo Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb Claver Gatete, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence ndetse n’ubuyobozi bwa Guraride Rwanda bafunguye ku mugaragaro ikoreshwa ry’aya magare.

    Ku ikubitiro hatangiye gukoreshwa amagare 80 ari kuri sitasiyo 12 hirya no hino harimo sitasiyo iri ku mujyi wa Kigali (uruhande rurebana na MINECOFIN), iri ku cyicaro cya I&M Bank, kuri Marriott Hotel, ku ishami rya RBC rirebana na Serena Hotel, ku bitaro bya CHUK n’ahandi.

    Minisitiri Gatete yavuze ko gukoresha aya magare bifite inyungu nyinshi zirimo koroshya ingendo, kugira ubuzima bwiza, guhumeka umwuka usukuye no kubungabunga ibidukikije hirindwa imihindagurikire y’ibihe.

    Yongeyeho ati “Dutangiriye hano mu masangano y’umujyi wa Kigali na Remera hahora umubyigano w’imodoka. [Ikoreshwa ry’aya magare] rizagira ingaruka nziza cyane […] turasha ko abantu benshi bitabira gukoresha amagare mu ngendo zabo kuko nta mwuka mubi na muke asohora kandi afasha umuntu kugira ubuzima bwiza.”

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence yavuze ko ikoreshwa ry’aya magare ari bumwe mu buryo bwo kurushaho kugira umujyi wa Kigali mwiza, no kuwurinda kohereza imyuka ihumanye mu kirere.

    Ati “Uko tugenda twagura imihanda cyangwa tuyivugurura, duteganya aho abanyamaguru baca ariko tugateganya n’aho amagare aca. Uyu mushinga waziye igihe kuko ubu tuvuga abantu bageze kuri 200 bamaze gutangira kuyakoresha, abamaze kwiyandikisha muri application ya Guraride bararenga 1000.”

    Rubingisa yavuze ko hazakorwa ibiganiro na Guraride Rwanda kugira ngo aya magare yongerwe ndetse azanagezwe mu yindi mijyi yunganira umujyi wa Kigali kuko bigaragara ko abantu benshi bayakeneye.

    Umutekano wayo uzakazwa

    Benshi mu bagiye babona cyangwa bumva amakuru y’aya magare bibajije ikibazo cyijyanye n’umutekano w’ayo, batekereza ko ashobora kwibwa cyangwa kwangizwa kuko azajya akoreshwa n’abantu bose.

    Umuyobozi wa Polisi wungirije mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ACP Ruyenzi Teddy, yakuyeho izo mpungenge avuga ko ku bijyanye n’umutekano w’aya magare polisi ihari ndetse ko yiteguye gukorana n’inzego zitandukanye mu kuyarindira umutekano kimwe n’uw’abazayakoresha.

    Yagize ati “Tuzashyira imbaraga mu kubahiriza uburenganzira bw’ahasigiwe abatwara amagare ngo hakoreshwe nta nkomyi, ahatarateganyijwe umuhanda w’amagare, tuzakomeza kureba ko abayakoresha bakoresha umuhanda umwe n’abandi, uburenganzira bwabo bwubahirizwa.”

    Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Guraride Rwanda, Muhoza Ella Pamela, yavuze ko aya magare afite ikoranabuhanga ryerekana ibyerekezo, GPS, ku buryo aho ari hose haba hagaragara ndetse ko hazajya habanza kwandikwa umwirondoro w’ugiye kurikoresha.

    Yasobanuye ko kurikoresha bisaba kuba umuntu afite ‘application’ ya Guraride muri telefone, ndetse ko kuri buri sitasiyo hazajya haba hari umukozi wabo uzajya wandika imyirondoro y’utwaye igare, amusobanurire uko rikoreshwa ndetse anamuyobore.

    Ati “Umuntu azajya aza afite ibyangombwa cyane cyane indangamuntu tumwandike izina rye, nimero y’indangamuntu cyangwa passport, hanyuma tukaguhereza igare tukagukarabya intoki, tukakubwira aho uhera n’uko urikoresha.”

    Buri Muturarwanda wese yemerewe gukoresha aya magare mu gikorwa icyo ari cyo cyose yaba atembera, akora sport cyangwa ashaka kujya ahantu runaka, ndetse mu mezi abiri ya mbere uhereye kuri uyu wa Kane tariki 9 Nzeri kuyatwara ni ubuntu, aho nyuma hazashyirwaho igiciro cyoroheye buri wese ku bufatanye n’inzego zitandukanye zirimo Urwego Ngenzuramikorere, RURA.

    Umuhango wo gutangiza ikoreshwa ry’amagare ya Guraride ku mugaragaro wabaye hubahirizwa amabwiriza yose yo kwirinda Covid -19

    Abanya-Kigali bagiye gutangira gukoresha amagare ya Guraride

    Abanyakigali bazakoresha aya magare amezi abiri ku buntu

    Abayobozi basobanurirwa iby’uko utwaye igare azajya abanza kwandikwa

    Minisitiri Claver Gatete yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda ifite gahunda yo koroshya uburyo bw’ingendo mu gihugu hose kandi habungabungwa ibidukikije

    Aya magare afite ikoranabuhanga rya GPS ryerekana icyerekezo umuntu arimo, bikazayarinda kuba yaburirwa irengero

    Aya magare azajya akoreshwa mu mihanda yagenewe kunyuramo amagare

    Guraride Rwanda izanatangiza vuba ubundi bwoko butandukanye bw’amagare abereye abatuye umujyi

    Guraride Rwanda yatangije amagare asanzwe ariko mu gihe cya vuba bazazana akoreshwa n’amashanyarazi ava ku mirasire y’izuba

    Minisitiri Gatete Claver Umuyobozi w Umujyi wa Kigali Rubingisa Pudence ACP Ruyenzi Teddy na Visi Perezida wa Guraride Rwanda bafungura ku mugaragaro ikoreshwa ry aya magare

    Amb Gatete Claver yahamagariye Abaturarwanda kwitabira gukoresha amagare mu ngendo zabo zose

    Meya Rubingisa Pudence yavuze ko hazakorwa ibiganiro aya magare akongerwa kuko benshi bagaragaje ko bayakeneye

    Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Guraride Rwanda Muhoza Pamella yavuze ko aya magare azagenda yongerwa uko imihanda izagenda iboneka

    Minisitiri Gatete niwe wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango

    Sitasiyo iri hafi y’ibiro by’Umujyi wa Kigali niho hafunguriweho ku mugaragaro ikoreshwa ry’aya magare

    Abayobozi batandukanye muri MININFRA, Umujyi wa Kigali, Polisi no muri Guraride Rwanda bafata ifoto y’urwibutso

    Amafoto: Igirubuntu Darcy


    source : https://ift.tt/3A2vRG5

  • EDCL yaburiye irengero rwiyemezamirimo wayihangitse ‘transformateurs’ zidakoreshwa mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Muri iri soko EDCL yari yishyuye miliyoni 21.927.000 Frw ya avansi ahwanye na 10% ry’isoko ryo kugura ’transformateurs’ 99. Nyuma rwiyemezamirimo yatanze izigera kuri 28 biza gutahurwa ko zitujuje ibisabwa kuko zitashoboraga gukoreshwa mu Rwanda.

    EDCL yasanze izi zikorera kuri Volte 33 mu gihe mu miyoboro y’amashanyarazi mu Rwanda hakoreshwa izikorera kuri Volte 30 nk’uko byasobanuwe n’abahagarariye iki kigo imbere ya Komisiyo ishinzwe gukurikirana Umutungo wa Leta, PAC, kuri uyu wa 9 Nzeri 2021.

    Rwiyemezamirimo bivugwa ko akomoka muri Afurika y’Epfo yahise aburirwa irengero nyuma y’aho bitahuwe ko yagize uburiganya bwo guhindura ahanditse Volte 33 ahasimbuza indi mibare. Kugeza ubu ntiyabashije kuboneka ngo aryozwe icyo cyaha yakoze nubwo REG yakoze ibishoboka ngo imushakishe.

    Mu gushaka kuziba icyuho cy’igihombo, EDCL yiyemeje guhindura izi transformateurs zigashyirwa kuri volte 30, zivanywe kuri 33. Imwe ni yo yakoreweho igerageza bigaragara ko ikora neza ndetse ubu yashyizwe ku muyoboro.

    Abadepite bagize impungenge ko guhindura izi transformateurs zigashyirwa ku miyoboro y’amashanyarazi yo mu Rwanda bishobora guteza ingaruka nk’uko byagarutsweho na Perezida wa PAC, Muhakwa Valens.

    Ati “Ubwo si nko gufata imodoka ukayihindurira moteri, garanti uba wizeye ni iyihe? Ufashe moteri y’ikamyo ukayishyira mu ivatiri ukabona iragiye wavuga ko iyo modoka ifite garanti ingana iki? Ndumva muri gukora ibisa n’ibyo yari yanditse.”

    Depite Bakundufite Christine yavuze ko ku isoko nk’iri rwiyemezamirimo yagombaga kubanza gutanga ibikoresho akabona kwishyurwa, avuga ko ayo mafaranga atagombye kuba yaratanzwe.

    Depite Ntezimana Jean Claude yavuze ko EDCL yihuse mu guha rwiyemezamirimo amafaranga, ko ibyabaye ari nko kuyajugunya kuko nta bushishozi bagize.

    Ati “Mwahesheje amahirwe umuntu ubiba.”

    Itegeko riteganya ko avanse nk’iyi itangwa ku masoko y’imirimo gusa na ho ku bijyanye n’isoko ryo kugemura ibikoresho, bityo ngo ni ikosa ryabayeho nk’uko byatangajwe n’uwari uhagarariye Ikigo Gishinzwe Amasoko ya Leta.

    Depite Germaine Musabeyezu yavuze ko guhindura ikintu cyakozwe n’uruganda utabiherewe uburenganzira bishobora kugira ingaruka.

    Depite Muhakwa Valens yibajije uko byagenda mu gihe rwiyemezamirimo yagaruka gusaba transformateurs ze akeneye kuzijyana ahandi bazakira nyamara agasanga zarahinduwe. Yavuze ko bitumvikana ukuntu ibintu bitujuje ubuziranenge byinjira mu bubiko bwa EDCL.

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwase Patricie, yasabye imbabazi kuri aya makosa avuga ko hagiye gushakwa igisubizo cy’uko izo transformateurs zisigaye zakosorwa zikabyazwa umusaruro ndetse yizeza ko bazakomeza gusaba REG gukosora amakosa nk’aya no mu yindi mishinga.

    PAC yagarutse no ku gihombo cya miliyoni 97 z’amafaranga y’u Rwanda, EDCL yagize bitewe no gutinda kwishyura ba rwiyemezamirimo b’abanyamahanga bigakorwa agaciro k’ivunjisha karamaze kuzamuka cyane ari na byo byateye ikinyuranyo mu mafaranga yagombaga kwishyurwa.

    EDCL yavuze ko iki kibazo cyagiye giterwa no gutinda kubona ingengo y’imari yo gushyira mu bikorwa imishinga.

    Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2019/2020, PAC iri guheraho isaba ibisobanuro ibigo bya leta byagaragayemo amakosa mu micungire y’umutungo yagaragaje ko hari ububiko by’ibikoresho buherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali, bwangijwe n’inkongi.

    Kuri ubu hari miliyoni zisaga 421 z’amafaranga y’u Rwanda atarishyurwa na sosiyete y’ubwishingizi kuko hishyuwe asaga miliyoni 585 Frw gusa kandi hakaba hashize igihe kinini.

    Uwase Patricie yavuze ko Mininfra nk’urwego rureberera REG n’ibigo biyishamikiyeho izakomeza kubiba hafi kugira ngo ibibazo byose bihari bafatanye kubishakira ibisubizo hirindwa ko hagira igikoma mu nkokora gahunda y’igihugu yo kugeza amashanyarazi ku baturarwanda bose mu 2024.

    EDCL yahawe ‘transformateurs’ zidakoreshwa mu Rwanda

    source : https://ift.tt/3yYyt6w

  • U Rwanda na Zimbabwe byinjiye mu bufatanye bwo kubaka ubushobozi mu bya Gari ya Moshi – #rwanda #RwOT

    Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kane, tariki 9 Nzeli 2021, hagati y’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ibikorwa by’Ubwikorezi (RTDA), Imena Munyampenda n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe za Gari ya Moshi muri Zimbabwe, Martin T. Dinha.

    Umuhango wo gusinya aya masezerano wayobowe na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb Gatete Claver na mugenzi we wa Zimbabwe, Felix Tapiwa Mhona ndetse na Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Prof. Charity Manyeruke.

    Zambia ni igihugu gifite urwego rwa za gari ya moshi rukomeye ndetse uretse kugira ikigo cy’igihugu gifite mu nshingano urwo rwego hari n’amashuri yigisha ibijyanye no kubaka imihanda ya za gari ya moshi ndetse no kuzikora mu gihe zagize ibibazo.

    Minisitiri Amb Gatete yavuze ko ubwo bunararibonye buzafasha u Rwanda cyane ko ari ubwa mbere rugiye kugira umuhanda wa gari ya moshi mu mateka yarwo.

    Ati “Kuri twe ni bwo tugiye gutangira, mu gihe Zimbabwe bo ari ibintu bamazemo imyaka myinshi cyane, niba ntibeshya Zimbabwe bafite kilometero zirenga ibihumbi bibiri z’inzira ya gari ya moshi, mu gihe twebwe umuhanda dushaka kubaka uzaba uri mu bilometero 400, urumva ko hari byinshi tuzabigiraho.”

    Biteganyijwe ko nyuma y’aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kane, hakurikiraho ibiganiro bigamije kurebera hamwe uko u Rwanda rwazohereza abanyeshuri kujya kwiga ibijyanye no kubaka umuhanda wa gari ya moshi muri Zimbabwe.

    Minisitiri Tapirwa Mhona agaruka kuri aya masezerano y’impande zombi, yavuze ko ajyanye no kubaka ubushobozi mu bijyanye no gusangizanya ubumenyi kandi u Rwanda ruzabyungukiramo.

    Ati “Amasezerano dusinye hano ni ajyanye no kubaka ubushobozi, kandi Zimbabwe twakoze ibi bintu kuva mu myaka ishize ndetse dufite n’inzira za gari ya moshi zimaze igihe kirekire zikora. Ubufatanye twagiranye n’u Rwanda rero ni ukugira ngo tubasangize ubwo bunararibonye.”

    Minisitiri Felix Tapirwa Mhona n’itsinda bari kumwe mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda, kuri uyu wa Kane banasuye Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi uri mu Karere ka Musanze ndetse bakaba bateganya gusura ibikorwa remezo bitandukanye.

    Ibihugu by’u Rwanda na Zimbabwe bisanzwe bifitanye umubano n’imikoranire mu ngeri zirimo politiki na dipolomasi aho mu Ukwakira 2018, aribwo u Rwanda rwafunguye Ambasade muri Zimbabwe ndetse Musoni James ahita agirwa Ambasaderi wa mbere warwo muri icyo gihugu.

    U Rwanda na Zimbabwe byinjiye mu bufatanye bwo kubaka ubushobozi mu bya Gari ya Moshi

    Nyuma yo gushyira umukono ku masezerano bafashe ifoto y’urwibutso

    Abayobozi ku mpande zombi bafashe ifoto y’urwibutso nyuma yo gusinya amasezerano y’ubufatanye

    Minisitiri Felix Tapirwa Mhona na Amb Gatete ni bo bayoboye umuhango wo gushyira umukono ku masezerano y’ubufatanye bw’u Rwanda na Zimbabwe mu bijyanye na Gari ya Moshi

    source : https://ift.tt/3l3vGE4

  • MTN Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’ Ikor… – #rwanda #RwOT

    Gahunda ya Huza u Rwanda #ConnectRwanda Initiative, yatangijwe muri 2019 ku bufatanye na MINICT, n’ibindi bigo byigenga n’ibya Leta hamwe n’abandi bantu ku giti cyabo, batanze telefoni zigezweho ku batabasha kuzigura.

    N'ubwo ikwirakwiza ry’izi telefoni ryagabanyutse bitewe no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid 19 na Guma mu Rugo, iki gikorwa cyongeye gusubukurwa.

    Iyi ntego iri mu murongo w’igihugu wo guteza imbere itumanaho mu gihugu hose, hakurwaho ubusumbane mu ikoranabuhanga.

    Mitwa Ng’ambi, umuyobozi wa MTN Rwanda, yagize ati “Turashimira Rwanda Mountain Tea ku bwo kubaha isezerano ryabo rya telefoni 566″ yakomeje agira ati ” Tunejejwe kandi no kubona Connect Rwanda ibigiramo uruhare, ku isezerano rya telefoni 44,570 bemeye harimo 20,257 bamaze gutanga n’izimaze gukwirakwizwa 7670, bikaba bisobanura neza uburyo intego zo guhuza u Rwanda mu itumanaho iri gutanga umusaruro, ndetse bigakuraho ubusumbane mu ikoranabuhanga'.

    Akomeza ati: 'Twizera ko hamwe n’izi telefoni; abagenerwabikorwa bazajya babona amakuru menshi, serivise z’ikoranabuhanga ndetse n’ibindi bisubizo bijyanye n’ikoranabuhanga, kugira uruhare mu iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’ubukungu muri rusange”.

    Abagenerwabikorwa b’iyi ntego bazahabwa amahugurwa na MTN y’uburyo zikoreshwa, ndetse no kubandikisha ku murongo ndetse no kubashyira muri serivise ya Mobile Money ( MoMo), bizajya bibafasha gukoresha serivise za MoMo. Ikiyongereyeho kandi, abahinzi b’icyayi bazajya bakira interineti y’ubuntu ya 1GB mu mezi atatu akurikiranye, bizabafasha kwihuza n’isi n’ikorabuhanga.

    Nyakubahwa Paula Ingabire, Minisitiri w'Ikorabuhanga no Guhanga Udushya yashimye iyi gahunda n'abayigizemo uruhare ati: 'Gahunda yo 'Guhuza u Rwanda' “The ConnectRwanda Initiative” itwegereza ku ntego yacu umunsi ku munsi, yo kumenya neza ko buri rugo mu Rwanda rufite telefoni zigezweho ( smartphones), kugira ngo babashe kugera kuri serivise zitandukanye n’amakuru'.

    Yongeraho ati: 'By’umwihariko ku bahinzi, telefoni zigezweho zabaye igikoresho cyo guhuza isoko, bikagabanya igihombo ku musaruro binyuze mu guhuza abahinzi b’abanyamwuga, ndetse no kwagura uburyo bwo gusakaza ndetse no gutanga inama ku bahinzi'.

    Yashimye Rwanda Mountain Tea kubw'iki gikorwa ati: 'Turashima Rwanda Mountain Tea kubwo gufatanya natwe muri uru rugendo. Abahinzi b’icyayi 566 bakiriye telefoni, bazajya babona amakuru byoroshye kandi byihuse, harimo nk’amakuru agezweho ku biciro by’icyayi, amasoko ahari, ndetse n’izindi serivise n’ikorabuhanga mu bijyanye n’amafaranga banagura ubumenyi bwabo ku bijyanye n’ikorabuhanga “

    Alain Kabeja, umuyobozi muri Rwanda Mountain Tea, mu gihe cyo gutanga izi telefoni muri Gatare Tea Plantation yagize ati ” Twishimiye kuba turi gutanga izi telefoni ku bahinzi bacu b’icyayi. Rwanda Mountain Tea iha agaciro imbaraga bashyiramo kugira ngo tugire icyayi cyiza kandi cyinshi”.

    Yakomeje agira ati: 'Twaguze telefoni 700 za Mara phone kandi twifuza gushyigikira gahunda ya Huza u Rwanda hamwe n’Umukuru w’igihugu cyacu n’ibindi bigo. Muri 700 zaguzwe, 74 zatanzwe mbere y’icyorezo mu ntangiriro za 2020 ndetse 566 zasigaye ubu ziri gutangwa, izindi 60 zizatangwa mu gihe kiri imbere.

    Hamwe n’izi telefoni zakwirakwijwe mu nganda 7 zose zitunganya icyayi, abahinzi b’icyayi bazungukira mu gukoresha MoMo pay bakira inyishyu, babasha gukoresha interineti ndetse na serivise z’irembo. Twishimiye kubona abahinzi bacu b’icyayi bahindura bakibona mu ikoranabuhanga rigezweho, bizabafasha mu mirimo yabo ya buri munsi'.

    Rwanda Mountain Tea izajya isakaza telefoni ku bahinzi b’icyayi aho gihingwa hatandukanye harimo Gatare, Gisakura, Kitabi, Mata, Rubaya, Nyabihu na Rutsiro hose mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyepfo.

    Ibyerekeye Rwanda Mountain Tea

    Rwanda Mountain Tea ( RMT) ni ikigo kigenga cyashoye mu mirongo itatu y’ubucuruzi harimo guhinga icyayi no kugitunganya ( tea growing and processing), kuvana amashanyarazi mu mazi atemba ( hydropower generation) no kurema ibindi bikoresho ( fabrication of concrete material).

    RMT iboneka mu gice cya Congo Nile. Ubwiza bw’ikibabi cy’icyatsi, busobanurwa n’imisozi myiza ndetse n’ahantu hahinze neza, bigatuma kiba ikibabi cy’umwimerere n’impumuro nziza. RMT ifite inganda 5 zitunganya icyayi harimo Rubaya, kitabi, Nyabihu, Rutsiro na Gatare, byose biri mu nkengero z’u Rwanda

    Ibyerekeye MTN Rwandacell PLC

    MTN Rwandacell PLC ( MTN Rwanda) niyo iyoboye isoko mu bijyanye n’itumanaho rya telefone. Kuva mu 1998, twakomeje gushora mu kwagura ndetse no guteza imbere ikimenyetso cyacu kandi niwo murongo wa 1 w’itumanaho mu Rwanda. MTN Rwanda itanga udushya dutandukanye muri serivise zayo ku bakiriya ndetse n’ibigo harimo uburyo bwo guhamagara, interineti, 'home and fixed connectivity solutions'. Iki kigo kandi nicyo kiri imbere mu ikoranabuhanga ry’amafaranga kuri telefoni, binyuze mu kigo cyayo cya kabiri kitwa Mobile Money Rwanda Ltd.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109357/mtn-rwanda-ku-bufatanye-na-minisiteri-y-ikoranabuhanga-no-guhanga-udushya-na-rwanda-mounta-109357.html

  • Izagurwa hafi Miliyari 2 Frw! Imodoka ya 2Pac… – #rwanda #RwOT

    “1996 BMW 750IP” ni imwe mu modoka umuraperi w’ibihe byose Tupac Amaru Shakur yakundaga kugendamo ari nayo yarasiwemo tariki 7 Nzeri 1996 bikamuviramo urupfu. Iyi modoka kuri ubu iri ahamurikirwa imodoka z’ibyamamare muri Las Vegas. Aha ntabwo ari kure y’aho 2Pac yarasiwe. Yashyizwe ku isoko kuri Miliyoni imwe n’ibihumbi magana arindwi by’amadorari. Uyashyize mu manyarwanda ni hafi miliyari ebyiri.

    Iyi modoka yashyiwe ku isoko 

    2Pac ubwo yaraswaga yari ari kumwe na Suger Knigth ari nawe wari utwaye iyi modoka. Bari bavuye kureba umukino w’iteramakofe wa Mike Tyson, icyo gihe mu kuva kureba uyu mukino bageze muri ‘Feux rouge’ imodoka yari abantu bari bari mu modoka yari ibakurikiye barashe amasasu y’urufaya kuri 2Pac ajyanwa kwa muganga aba ari na ho agwa.

    2Pac ni umuraperi w’ibihe byose utazibagirana mu mateka y’injyana ya Hip Hop ku Isi. Mu gihe cye yamamaye mu ndirimmbo zitandukanye zirimo “California Love”,”Dear Mama” ,”Me Against the World”,”All Eyez on Me” n’izindi zitazibagirana mu bakunda injyana ya Hip Hop.

    REBA HANO INDIRIMBO YE YISE DEAR MAMA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109336/izagurwa-hafi-miliyari-2-frw-imodoka-ya-2pac-bamurasiyemo-yashyizwe-ku-isoko-izagurwa-nuwi-109336.html

  • WASAC ishobora guhindurwamo ibigo bibiri – #rwanda #RwOT

    Yabivugiye imbere ya Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC) ku wa 8 Nzeli 2021, ubwo yari kumwe n’abayobozi ba WASAC babazwa ku micungire mibi y’imari imaze igihe igaragazwa na Raporo y’Umugenzuzi Mukuru muri icyo kigo.

    Raporo babazwagaho ni iya 2018/19 kuko mu ya 2019/20 WASAC ntiyigeze igaragaza imikoreshereze y’imari.

    Hagarajwemo ko hari miliyoni 103 Frw WASAC yishyuye kabiri kuri Sosiyete ya Africa General Trading yayigurishije imiti isukura amazi. Amwe yishyuriwe kuri konti iri muri Banki ya Kigali andi yishyurirwa ku yo muri GT Bank.

    Abadepite bagize PAC bavuze ko ubwo ari “uburiganya” kuko bitumvikana uko amafaranga yakwishyurwa inshuro ebyiri kandi binagaragara ko itsinda ryakoze ibyo bikorwa ari rimwe.

    Umuyobozi Mukururu w’Agateganyo wa WASAC, Umuhumuza Gisele, yasobanuye ko bari gushaka uko yagaruzwa ariko ko hari miliyoni zirenga 20 Frw zizagenderamo ngo bitewe n’inyungu zimwe na zimwe zizishyurwa.

    Raporo yerekana kandi ko WASAC iberewemo imyenda ya miliyoni 838 Frw nayo ikabamo igera kuri miliyoni 803 Frw.

    Uwase yatangaje ko hamaze ibyumweru bibiri hakorwa isuzuma ku bishobora gushingirwaho hakorwa amavugurura, ibizarivamo bikazaragazwa hagati mu Ukwakira 2021.

    Niba iyo micungire mibi iterwa n’imiyoborere mibi hazakorwa impinduka mu buyobozi, nibirimba hashyirweho ibigo bibiri aho kimwe kizaba gishinzwe gutunganya amazi ikindi gishinzwe kuyageza ku bayakeneya cyangwa kuyagurisha.

    Uwase ati “Ni isuzuma ritagamije kugaragaza neza iby’imari n’ibibazo by’imishinga gusa, ahubwo na buri cyose haba n’imiyoborere,ibikorwa nyamukuru by’ikigo n’intego dufite.”

    Yavuze ko binyuze muri iryo suzuma bashaka gucukumbura imiterere ya WASAC harebwa niba ijyanye n’intego yayo cyangwa niba impinduka zikenewe kugira ngo bijyane.

    WASAC ishobora guhindurwamo ibigo bibiri

    source : https://ift.tt/3l5HrKw