Tag: Ubukungu

  • Kaminuza y'u Rwanda yemeye ko yahombeje Leta Miliyoni 40 #rwanda #RwOT

    Kaminuza y'u Rwanda yemereye Komisiyo ishinzwe gukurikirana iby'imari n'umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), ko yanze kwishyura ba Rwiyemezamirimo kugeza ubwo bayireze igacibwa arenga miliyoni 40 z'amafaranga y'u Rwanda.

    Ubuyobozi bwa Kaminuza bwabwiye PAC ko bwahakuye isomo ndetse ko batazongera gutinda kwishyura abo babereyemo imyenda.

    Inkuru irambuye ni mu kanya……

    The post Kaminuza y'u Rwanda yemeye ko yahombeje Leta Miliyoni 40 appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/09/14/kaminuza-yu-rwanda-yemeye-ko-yahombeje-leta-miliyoni-40/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=kaminuza-yu-rwanda-yemeye-ko-yahombeje-leta-miliyoni-40

  • Abanyonzi b’i Nyamata barinubira gutegekwa gutaha kare – #rwanda #RwOT

    Inama y’Abaminisitiri yateranye ku ya 1 Nzeri 2021, yafatiwemo imyanzuro itandukanye irimo no kuba ingendo zibujijwe guhera saa Tatu z’ijoro mu turere turimo na Bugesera.

    Ibi bisobanuye ko ingendo zigomba kurangira aya masaha, abanyonzi bo muri Nyamata bo bavuga ko batunguwe no kuba barasabwe gutaha saa Kumi n’Ebyiri ndetse ntibasobanurirwe impamvu zabyo.

    Bamwe mu banyonzi baganiriye na Radio1 bayibwiye ko batumva impamvu babwirwa gutaha kare kandi aya masaha aribwo abakiliya baba bari kuboneka ibyo babona nk’ibizabashyira mu gihombo.

    Umwe yagize ati “Tubangamiwe no kudushyira mu rugo saa Kumi n’Ebyiri kandi kurangiza Imirimo ari saa Tatu, ku mugoroba baradufata bakadukura mu kazi tukajya mu rugo.”

    Undi yagize ati “Imbogamizi dufite abanyonzi dutaha saa Kumi n’Ebyiri, abamotari bagataha saa Tatu kandi twese dutanga umusoro, ubwo niba abantu bavuye i Kigali ku mugoroba bataha n’amaguru kuko baba baducyuye kandi ntituzi impamvu byatwituyeho natwe.”

    Ku ruhande rw’Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yavuze ko kubabuza gutaha bwije biri mu nyungu zabo kuko hari ibyo batujuje byateza impanuka, bakwiye kubanza gutunganya.

    Yagize ati “Icya mbere ni uko gutwara ninjoro hari icyo bisabwa kandi byarabaniye kubyubahiriza, gutwara nta kagarura rumuri bafite, nta tara bafite ni ukubashyira mu kaga ubwabo no guteza impanuka n’abandi.”

    “Icyo tubasaba rero ni ugataha kare kuko ibyo batabyubahiriza cyangwa bakabyubahiriza bakatubwira ngo turabyubahirije mu duhe igihe cyo gukora gihagije.”

    Meya Mutabazi yavuze ko nubwo bavuga ko batabimenyeshejwe ariko babibwiwe ndetse bakabikorera n’inama bategereje ko buzuza ibisabwa bagahabwa impushya zo kugenda amasaha asanzwe.

    Abanyonzi bo muri Nyamata babangamiwe no gutaha saa Kumi n’Ebyiri abandi bataha saa Tatu

    source : https://ift.tt/3nvtKHn

  • Uburangare mu mushinga wo kuhira wa miliyari 120 Frw bushobora kuzacyuza Leta umunyu – #rwanda #RwOT

    Mu bindi byari biteganyijwe harimo kubaka Ikigo cy’icyitegererezo mu Rubilizi mu Karere ka Kicukiro, Umujyi wa Kigali. Umushinga watangiye gushyirwa mu bikorwa ku ya 15 Mutarama 2015 hamaze kwishyurwa avanse ku bikorwa by’inyigo y’imicungire yawo.

    Ubwo Umugenzuzi w’Imari ya Leta yagenzuraga ibikorwa byawo mu 2020, yasanze ufite ubukererwe bwari bumaze kugera ku myaka itatu n’amezi atatu kuko wagombaga kuba waramaze gushyirwa mu bikorwa muri Nyakanga 2017.

    Icyo gihe ibikorwa byari bimaze kurangira byari ku buso bwa 12%, ni ukuvuga hegitari 877 mu 7000 ziteganyijwe. Miliyoni zirenga 17 z’amadolari angana na 14, 3% niyo yari amaze kwishyurwa.

    Impamvu z’ubukererwe buva ku minsi 164 kugeza kuri 590, zirimo kuba amasezerano adodeye kuri Exim Bank bitewe n’uko 75% by’ibikoresho na serivisi z’ubugishwanama byagombaga kuva mu Buhinde.

    Bivuze ko EXIM Bank yatanze inguzanyo ni na yo yagombaga gutanga isoko. Ibyo guhitamo kompanyi zigomba gukora akazi, mu masezerano byari biteganyijwe ko izo kompanyi zigomba kuba ari izo mu Buhinde.

    Mu bindi byatumye umushinga udindira harimo ubukererwe bukabije bwo gutanga isoko ryo gutunganya ibikorwa byo kuhira kuri site ya Mahama na Mpanga mu Karere ka Kirehe no kubaka Ikigo cy’icyitegererezo (Center of Excellence) mu Rubilizi.

    Muri aya masezerano, byari biteganyijwe ko hagomba kubakwa uruganda ruto rutanga umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba rwa megawati 12 ariko igenzura ryasanze rutarashyirwaho.

    Umugenzuzi w’Imari ya Leta yavuze ko ingaruka z’ubu bukererwe mu gushyira mu bikorwa uyu mushinga zishyira leta mu gihombo kuko nk’ubu imaze kwishyura ibihumbi 270 by’amadolari, miliyoni 270 Frw (commitment fees) yishyurwa EXIM Bank kubera ko yemeye gutanga iyi nguzanyo, biturutse ku kuba amasezerano yaragiye agira ubukererwe mu kuyashyira mu bikorwa.

    Ikindi ni uko Leta yatangiye kwishyura umwenda n’inyungu umushinga utararangira. Ubwo igenzura ryakorwaga hari hamaze kwishyurwa miliyoni 8, 6 z’amadolari ndetse ngo igihombo kizakomeza mu gihe nta gikozwe.

    Ibi ni byo byatumye inzego zirimo Minagri, RAB na Minecofin zisabwa gufatanya kureba uburyo habaho guhindura bimwe mu bigize aya masezerano kugira ngo hirindwe ko igihombo leta yaguyemo cyakomeza kwiyongera.

    Icyagaragaye ni uko ari amasezerano ashyira ku ibere EXIM Bank yatanze inguzanyo ku buryo u Rwanda ruramutse rurangaye ntacyo rwazakuramo.

    Perezida wa Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo bya leta, PAC, Muhakwa Valens, ubwo RAB yitabaga iyi komisiyo, yavuze ko bitumvikana ukuntu nyuma y’imyaka irindwi hasinywe amasezerano yo kugira ngo ibijyanye n’uburyo bwo kuhira bugezweho bushyirwemo imbaraga kandi bwihutishwe, hamaze gukoreshwa 12% by’ubuso bwari buteganyijwe.

    Ati “Ni ikibazo kiremereye cyatumye tunatumira RAB ngo badusobanurire niba badafite ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa umushinga nk’uyu. Bigenda bigaragara ko mu mishinga ya RAB hari amafaranga aboneka ntabashe gukoreshwa.”

    Umuyobozi Mukuru wa RAB, Dr Patrick Karangwa yagize ati “Nta bisobanuro bihari.”

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Jean Claude Musabyimana yavuze ko kudakurikirana uyu mushinga byatewe n’uburangare.

    Depite Uwineza yamubajije ugomba kuryozwa ubwo burangare, ati “Uburangare ni ubwa nde byatumye tugera ubwo dutangira kwishyura inguzanyo twishyurira ubusa? Twishyire mu mwanya wa leta; ubu warasabye inguzanyo yo kubaka inzu, ugatangira kwishyura inzu ntayo ufite, ufite fondasiyo [mbivuge gutyo], wajya kwishyura wishimye? Kandi ukaza kubisobanuza uburangare? Erega turimo kwishyura amafaranga atagize icyo yamariye Abanyarwanda. Sinzi niba mwumva icyo kintu ukuntu kiryana, ntabwo ari byo rwose murimo murahemukira Abanyarwanda.”

    Musabyimana yasubije agira ati “Nta we byashimisha, ni uburangare butemewe butashyigikirwa…, ibyabaye rwose ni uburangare nta bindi bisobanuro bihari.”

    Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ubuhinzi muri RAB, Dr Bucagu Charles yashimangiye iby’ubu burangare, ati “Nanjye ndunga mu rya bagenzi banjye. Iryo kererwa ntabwo risobanutse ariko iyo urebye amasezerano uko yari yasinywe ntabwo twagize uruhare runini mu biganiro ngo habeho gusonerwa imisoro.”

    Depite Muhakwa yabwiye abayobozi ba RAB ko nk’urwego rwagombaga gushyira mu bikorwa umushinga, ko bidakwiye ko yagombaga guharira byose Minecofin.

    Ati “Mwari mwiteguye ku ruhe rwego kugira ngo umushinga utangirire igihe? Biragaragara n’imyiteguro yanyu ni ukuyikemanga, niba nyuma y’imyaka [tuvuge ko ari itanu] muhawe ubwo burenganzira, mukaba mumaze gukora 12%, ubwo burangare na bwo muraza kubushyira kuri Minecofin?”

    Dr Bucagu ati “Hari impamvu zisobanura uku gukererwa zirimo iziduturukaho, intege nkeya zo kugira ngo uwo mushinga ukomeze gukorwa mu buryo bwihuse, izituruka ku miterere y’umushinga ariko inama nyinshi tumaze igihe dukora harimo ubufatanye ngo turebe uko uyu mushinga wakwihutishwa. Ntabwo bisobanutse natwe ntabwo tubyishimiye.”

    Dr Bucagu yijeje ko uyu mwaka uzashira nka Mpanga huhiwe hegitari zirenga 659.

    No mu yindi mishinga ikorerwa muri RAB , hagaragayemo ibibazo aho n’uwa PASP wanenzwe kutagira konti yihariye ishyirwaho impano byatumye miliyoni zisaga 900 z’amafaranga y’u Rwanda abikwa n’Ikigega Gitera Inkunga Imishinga y’Abagore n’Urubyiruko (BDF).

    Abakurikiranira hafi uyu mushinga banenzwe no kunanirwa kugaruza amafaranga y’inkunga ku bagenerwabikorwa batandatu batujuje ibisabwa bahawe miliyoni 181, 6 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Abadepite bagize Komisiyo ya PAC ubwo bumvaga ibisobanuro by’abayobozi ba RAB ku isesengura rya raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya leta ya 2019/2020

    Depite Murara Jean Damascène uri mu bagize PAC

    Perezida wa Komisiyo ya PAC, Muhakwa Valens

    Depite Mutesi Anitha, umwe mu bagize PAC

    Visi Perezida wa PAC, Uwineza Beline

    Depite Niyorurema Jean René, umwe mu bagize Komisiyo ya PAC

    Depite Bakundufite Christine

    Depite Mukabalis Germaine (ibumoso) na mugenzi we Uwimanimpaye Jeanne d’Arc

    Abayobozi muri RAB na Minagri batanze ibisobanuro basabwaga na PAC, bifashishije ikoranabuhanga

    Bimwe mu bikorwa by’umushinga wo kuhira i Mpanga uko byari bimeze mu mpera za 2020

    source : https://ift.tt/3nsBav6

  • Ishoramari rishya rya Israel mu Rwanda, umuti ku bahakana Jenoside: Ikiganiro na Amb Ron Adam (video) – #rwanda #RwOT

    Dr. Ron Adams ni we wahawe inshingano zo kuyobora iyi Ambasade, atangira gukorera ku Mugabane wa Afurika avuga ko ‘byahoze ari inzozi ze’ dore ko kuva yatangira gukorana na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel mu 1991, ari ubwa mbere yari abonye inshingano zo gukora ku Mugabane wa Afurika.

    Mu kiganiro na IGIHE, uyu mugabo yavuze ko gukorera muri Afurika byahoze ari inzozi ze. Ati “Nakoreye Umuryango w’Abibumbye igihe kinini, ariko umutima wanjye wari muri Afurika, rero ni ibintu byiza kuri njye [kuba ndi gukorera] muri Afurika, nkaba ndi no mu [gihugu cyiza nifuzaga] muri Afurika.”

    Umubano w’ibihugu byombi umaze gushinga imizi

    Mbere y’uko Ambasaderi Ron Adam atangira inshingano ze, umubano w’ibihugu byombi wari ushingiye cyane ku mutekano, nubwo imikoranire mu rwego rw’ubuhinzi yari yaratangiye mu 2012, ubwo u Rwanda rwatangiraga kohereza abanyeshuri muri Israel kugira ngo bihugure mu bijyanye n’ubuhinzi.

    Ambasaderi Adam yavuze ko amaze gutangira izi nshingano, yashyize imbaraga mu kwagurira umubano mu zindi nzego. Ati “[Mbere] Imibanire yari ishingiye cyane ku bikorwa by’umutekano, icyo nakoze ni ukwagura imikoranire ikagera mu zindi nzego. Icyo navuga ni uko ibintu byahindutse ugereranyije n’uko byari bimeze mbere.”

    Kuri ubu ibihugu byombi bifitanye umubano mu nzego zirimo uburezi, ubuhinzi, ikoranabuhanga, umutekano, ubuzima n’ibindi bitandukanye.

    Kuva Israel yafungura ambasade mu Rwanda, ibikorwa birimo ubukerarugendo hagati y’impande zombi byateye imbere, ndetse abakerarugendo baturutse muri icyo gihugu kiri mu biteye imbere, batangira kuza mu Rwanda ku bwinshi.

    Ambasaderi Adam yasobanuye ko hari abakerarugendo baherutse kuza mu Rwanda mu mpera z’umwaka ushize, aho basize mu Rwanda agera kuri miliyoni 1,2$ mu gihe bamaze mu Rwanda.

    Yagize ati “Abakerarugendo bamwe baraje mu Ugushyingo n’Ukuboza k’umwaka ushize, aho abakerarugendo 500 baje bagasiga mu Rwanda miliyoni 1.2$. Binteye ishema kuko nagize uruhare muri icyo gikorwa.”

    Icyakora ibi ntibihagije, kuko Adam yemeza ko abaturage benshi ba Israel bataramenya amakuru menshi ku Rwanda, uretse ajyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Yavuze ko “Kugira ngo abaturage ba Israel basure u Rwanda, ni ngombwa ko u Rwanda rukomeza kwiyerekana mu yindi sura kuko benshi mu baturage ba Israel nta kintu bazi ku Rwanda uretse Jenoside yakorewe Abatutsi, ibi bigomba guhinduka.”

    Hari amakuru avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, runafite mu nshingano guteza imbere ubukerarugendo, ruri mu myiteguro yo gufungura ibiro muri Israel, bizagira uruhare mu gukurura abakerarugendo benshi baturutse muri iki gihugu, nacyo gisanzwe ari igicumbi cy’ubukerarugendo kuko mbere y’icyorezo cya Covid-19, cyakiraga abagera kuri miliyoni enye buri mwaka.

    Uretse ubukerarugendo, byitezwe ko uru Rwego ruzanagira uruhare mu guteza imbere ibikorwa by’abikorera hagati y’ibihugu byombi, ibi bikazoroshywa na RwandAir ikorera ingendo i Tel Aviv kuva mu 2019.

    Ku rundi ruhande, ibikorwa by’ishoramari biri gutera imbere hagati y’ibihugu byombi, aho mu minsi iri imbere, hari abashoramari baturutse muri iki gihugu bateganya kubaka ibitaro bifite ibitanda birenga 100.

    Israel kandi irateganya gutera u Rwanda inkunga y’ibitanda 55 biri ku rwego rwo hejuru, bishobora kwifashishwa mu kuvura abarwayi barimo n’abarembejwe n’icyorezo cya Covid-19.

    Israel kandi iri kwitegura kwakira abaganga batandatu bayobora ibitaro, bazajya gukarishya ubumenyi muri icyo gihugu mu bijyanye no kuyobora ibitaro.

    Urwego rw’ubuhinzi; inkingi ya mwamba mu mibanire y’ibihugu byombi

    Kuva mu 2012, u Rwanda rwohereza abanyeshuri 200 kujya kwihugura mu bijyanye n’ubuhinzi, na cyane ko iki gihugu kigizwe na kimwe cya gatatu cy’ubutayu, kiri mu bifite ubutaka buto, ariko kikaza mu bifite ubuhinzi buteye imbere ku Isi.

    Israel izwi cyane mu bijyanye no kuhira ndetse n’ubuhinzi bukorerwa mu nzu, gutunganya imyanda y’amatungo ikavanwamo ibindi bintu, ndetse n’ubuhinzi bubyara umusaruro kandi bwakorewe ahantu hato.

    Nk’ubu inka zo muri icyo gihugu nizo zitanga umusaruro mwinshi ku rwego rw’Isi, mu gihe Israel ifatwa nk’igihugu cya kabiri giteye imbere mu buhinzi, inyuma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko ikaba igihugu cya mbere ku Isi gishobora mu bijyanye n’ubushakashatsi mu nzego zirimo ubuhinzi, kuko ishoramo 4.3% by’umusaruro mbumbe wayo.

    Benshi mu rubyiruko rw’Abanyarwanda rwagiye rwoherezwa kwihugura mu buhinzi muri Israel, rwatangiye kubibyaza umusaruro

    Ambasaderi Adam yavuze ko ubu bunararibonye bw’iki gihugu ari bwo gisangiza u Rwanda. Ati “Mufite ubutaka buto ariko mushobora kububyaza umusaruro kurushaho, burenze. Ibyo nibyo tugerageza gukora hano, tukagerageza kubasangiza ubunararibonye bwacu ku buryo hakoreshwa ubutaka buto bukabyazwa umusaruro wisumbuye.”

    Ni gute u Rwanda rwarushaho guhangana n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi?

    U Rwanda na Israel bihuriye ku mateka ya Jenoside, ni ukuvuga iyakorewe Abatutsi mu 1994 mu gihe iyo muri Israel yakorewe Abayahudi, igahitana abarenga miliyoni eshashatu.

    Kimwe mu biranga Jenoside ku rwego rw’Isi, ni uko mu gihe yarangiye, abayigizemo uruhare bagerageza kwihunza uruhare rwabo muri icyo gikorwa kigayitse, bakabikora bahindura ukuri kw’ibyabaye, kugira ngo bareke kugibwaho n’ikimwaro.

    U Rwanda ruri kunyura muri iki cyiciro, aho abagize uruhare muri Jenoside ndetse n’ababakomokaho, bakomeje kumvikana bahakana, cyangwa bahindura amateka y’ibyabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ambasaderi Adam avuga ko ibi bidatangaje, ariko akavuga ko uburyo bwiza bwo gukomeza guhangana n’iki kibazo, ari ugukomeza kuvuga amateka y’ibyabaye mu Rwanda binyuze mu gutanga ubuhamya mu nyandiko, mu mashusho ndetse n’amajwi.

    Yagize ati “Icyo navuga ni uko hakenewe gukomeza gutanga ubuhamya [bw’ibyabaye]. Muri Israel dusohora ibitabo 200 buri mwaka bigaruka ku mateka ya Jenoside ya Holocaust. [Abarokotse] bakwiye gutanga ubuhamya bwabo, bakavuga uko byabagendekeye, bakabishyira muri video ndetse bigaca no kuri radio…Ibi birwanya ihakana rya Jenoside, bikomora ibikomere by’abagizweho ingaruka na Jenoside ndetse bikanigisha abato [ku mateka yayo].”

    Yongeyeho ati “Ntabwo warwanya ihakana rya Jenoside utagaragaza ubuhamya bw’ibyabaye. Abagize uruhare muri Jenoside bakiriho, bakomeza kuvuga ko nta kintu cyabaye, iyo nta muntu wo ku rundi ruhande ubahakanyije, ibintu bishobora kuguma gutyo.”

    Ibibazo bya Palestine…

    Ambasaderi Ron Adam yakoze igihe kirekire muri Minisitiri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel, ndetse zimwe mu nshingano yakoze zirimo gushakira umuti ikibazo cya Palestine.

    Uyu mugabo yavuze ko iki kibazo kizarushaho kugorana mu gihe umutwe wa Hamas wagenzura ibice byose bya Palestine.

    Yagize ati “Igisubizo kigomba kuboneka, ariko impande zombi zikwiye kwicara zikabiganiraho. Ariko ubu biragoye kuko Hamas iri kuyobora Gaza, mu gihe yaramuka itsinze amatora muri Western Bank, nta muntu wo kuvugisha uzaba ugihari kuko intego ya Hamas ari ukwangiza Israel, ibyo rero byadusubiza inyuma, aho kujya imbere.”

    Ambasaderi Ron Adam ni umuhanga mu bijyanye na Philosophy aho yabyize muri Kaminuza ya Haifa, ahakura impamyabumenyi yo ku rwego rw’Ikirenga. Uyu mugabo kandi afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu mu bijyanye na politiki, ndetse n’impamyabumenyi mu bijyanye mu bijyanye n’amateka.

    Yakoreye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel mu Muryango w’Abibumbye, aho yakoze imyaka 15.

    Ambasaderi wa mbere wa Israel mu Rwanda, Dr. Ron Adam, yatangiye inshingano ze mu 2019

    source : https://ift.tt/3Abcsmz

  • RwandAir igiye gutangiza ingendo zigana i Lubumbashi n’i Goma – #rwanda #RwOT

    Ingendo za RwandAir zigana i Lubumbashi zizatangira ku itariki ya 29 Nzeli uyu mwaka, ikazajya ikorerayo ingendo ebyiri mu cyumweru, kuwa Mbere no kuwa Gatatu, aho indege zo mu bwoko bwa Bombardier CRJ zizajya zihaguruka i Kigali saa yine n’iminota 10, zikagera i Lubumbashi Saa Sita n’iminota 10.

    Ingendo zituruka i Lubumbashi zigaruka i Kigali, zizajya zitangira Saa Kumi n’imwe, zihagere Saa Moya z’umugoroba.

    Ku itariki ya 15 Ukwakira, RwandAir izatangira ingendo ebyiri mu Mujyi wa Goma, Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, ukaba utuwe n’abaturage basaga miliyoni.

    Indege ya De Havilland Dash 8 nizo zizajya zikora ingendo hagati ya Goma na Kigali, zizajya zibaho kuwa Mbere no kuwa Gatatu, kuva Saa Sita n’iminota 40, zigere i Goma Saa Saba n’iminota 20.

    Umuyobozi wa RwandAir, Yvonne Makolo, yavuze ko ibi byerekezo bishya bigamije gufasha abagenzi hagati y’impande zombi, ndetse no kongera ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Yagize ati “Twizera ko ibi byerekezo bishya bizakundwa cyane n’abakiliya ba RwandAir, ndetse bikongera imikoranire mu bya dipolomasi n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

    Yongeyeho ko RwandAir ihora ishaka ibyerekezo bishya mu rwego rwo kugera ku ntego yayo yo guhuza ibihugu bya Afurika.

    Ati “RwandAir ihora ishaka ibyerekezo bishya kugira ngo twongere umubare w’aho dushobora kugera muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara ndetse no mu bindi byerekezo bya kure. Turizera kuzabatangariza ibindi byerekezo mu gihe cya vuba mu rwego rwo guhaza ibyifuzo by’abakiliya bacu.”

    RwandAir yatangiye ingendo zigana muri Congo muri Mata 2019, ubwo yatangiraga izigana i Kinshasa. Kuri ubu iki kigo kigiye gutangira gukorera ingendo i Lubumbashi, Umujyi ufatwa nk’igicumbi cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse na Goma isanzwe ituyemo abakiliya benshi bakoresha RwandAir mu ngendo zabo zigana mu i Dubai no mu bindi bice yerekezamo.

    De Havilland Dash 8 izajya ikora ingendo zerekeza i Goma kabiri mu cyumweru

    Bombardier CRJ izajya yerekeza i Lubumbashi kabiri mu cyumweru

    source : https://ift.tt/3ntYM2r

  • RAB yanenzwe guhuzagurika mu igenamigambi rya gahunda yo gutanga inyongeramusaruro yashowemo miliyari 39,9 Frw – #rwanda #RwOT

    Uretse igenamigambi ritanoze mu kugena ingano y’imbuto n’ifumbire bikoreshwa mu buhinzi, RAB yanenzwe no kudasesengura umusaruro wabonetse n’uwari witezwe, kuba hagaragara ikinyuranyo hagati y’ubuso bwahinzwe inzego z’ubuhinzi zitanga n’ubutangwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR.

    Mu mwaka w’ingengo y’imari warangiye ku wa 30 Kamena 2020, guverinoma yashoye miliyari 12 z’amafaranga y’u Rwanda muri gahunda yo gutanga inyongeramusaruro (imbuto n’ifumbire).

    Kuva muri Nyakanga 2017 kugeza muri Kamena 2020, amafaranga yose yari amaze gushorwa muri iyi gahunda yageraga kuri miliyari zisaga 39,9 z’amafaranga y’u Rwanda hagamijwe gukemura ikibazo cyo kutihaza mu biribwa.

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yavuze ko iyi gahunda yazitiwe n’ibibazo mu mitegurire, imicungire yayo kubera ko nta ngamba zifatika zo kurwanya ko imbuto n’ifumbire byishyurwa mbere yo kumenya neza niba zarageze ku bo zigenewe.

    Hagaragajwe ko imikoranire ya RAB n’abacuruzi b’inyongeramusaruro itarimo umucyo ku bwo kudahuza inyongeramusaruro abacuruzi bahawe n’izageze ku bahinzi.

    Abagenzuzi basanze RAB n’Ikigo APTC (Agro Processing Trust Corporation Ltd) bitarashoboye gukurikirana no kugenzura imbuto n’ifumbire byatanzwe mu turere 30 tw’igihugu mu gihembwe cy’ihinga 2020 A na B.

    Abacuruzi b’imbuto n’ifumbire ni bo bonyine baba bafite intonde z’abahinzi n’imikono igaragaza ko babyakiriye bikaba bituma amakuru y’itangwa ryabyo ku baturage abamo ubwiru kuko abacuruzi ari abantu bigenga badafite urwego rwa leta bamenyesha ibyo bakora.

    Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje ko hari ikinyuranyo hagati y’ubutaka bwahinzwe n’ingano y’imbuto Leta yatanze mu 2020.

    Mu gihe ubutaka bwahinzwe bwagabanutseho 32%, ifumbire yakoreshejwe yarenzeho ibilo bingana na 5.096.668, ni ukuvuga inyongera ya 11%.

    Muri uyu mwaka kandi hagaragaye ikinyuranyo cy’ibilo 1.199.283 hagati y’ingano y’imbuto zatanzwe n’izageze ku bahinzi. Ingano y’imbuto zitageze ku bahinzi yageraga ku kigero cya 25% ugereranyije n’izari ziteganyijwe.

    Umuyobozi Wungirije wa RAB ushinzwe Ubuhinzi, Dr. Bucagu Charles, abajijwe kuri ibi bibazo, yavuze ko iki kigo kigendera ku ngengo y’imari kiba cyahawe, kikanakorana imihigo n’uturere mu rwego rwo kumenya ingano y’ifumbire izakoreshwa.

    Ati “Bitangwa hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Smart Nkunganire aho umuturage yifashisha telefone agasaba ifumbire akeneye abacuruzi bayo bakayimugezaho.”

    Visi Perezida wa PAC, Uwineza Beline, yavuze ko kugendera ku busabe bw’abahinzi bishobora kudakemura ikibazo gihari.

    Ati “Muzakomeza kugendera ku busabe bw’abahinzi, umuhinzi nakubitaho ubutaka bwose afite bijyanye n’icyangombwa, ko bwose buba butari buhingweho, ejo tukamuha ifumbire ingana n’aho hose, tuzaba dushyize mu gaciro? Ibi bibazo bimaze igihe kinini, nimuduhe umurongo mufite n’igihe mwihaye cyo kuzabikemura.”

    Dr Bucagu yakomeje agira ati “Haracyari imbogamizi z’aho usanga umuturage adafite UPI cyangwa icyangombwa kitakozwe, twasabye ko inzego z’ibanze zifata umuturage uhuye n’icyo kibazo kugira ngo duhuze neza ubuso n’ifumbire ikenewe”

    Ku bijyanye n’ikinyuranyo cy’umusaruro uboneka n’uwateganyijwe, Dr Bucagu yavuze ko umusaruro uba witezwe akenshi utagerwaho ku mpamvu zirimo ihindagurika ry’ibihe.

    Yasobanuye ko iki kigo kizakomeza gukora ubukangurambaga bugamije kongera umusaruro ngo abahinzi bitabire gahunda zo kuhira imyaka no gukorera mu makoperative.

    Agaruka ku kibazo cy’imbuto y’ibigori bya Hybrid byaheze mu bubiko bwa Kenya Seeds Company kandi ari RAB yari yazitumye, yavuze ko ikibazo ari uko hari izo abaturage banenze.

    Ati “Imbuto iyo zageraga mu gihugu zishyurwaga 40%, zagezwa ku bacuruzi hakishyurwa 40%, zahabwa abahinzi hakishyurwa 20%. Igice kimwe abaturage ntibagifashe kuko batazikunze, bituma kitishyurwa. Umushoramari yashakaga kwishyurwa igice cyasigaye ariko na Leta ntiyashoboraga kwishyura imbuto zitageze ku bahinzi. Ni ikibazo kimaze igihe cyanageze mu nzego zo hejuru.”

    RAB yavuze ko muri iki gihembwe cy’Ihinga cya 2021 A izicarana na Kenya Seeds Company bakarangiza iki kibazo.

    Abayobozi muri RAB na Minagri batanze ibisobanuro basabwaga na PAC, bifashishije ikoranabuhanga rya Webex

    Depite Bakundufite Christine (ibumoso) na Depite Mutesi Anitha bari mu bagize Komisiyo ya PAC

    source : https://ift.tt/3nuj7EI

  • Imodoka 10 za miliyari 1,6 Frw zinjiye mu Rwanda mu 2020: Sobanukirwa ibigenderwaho ngo izihenze zisonerwe imisoro – #rwanda #RwOT

    Ni umwanzuro wafashwe ugamije gushyigikira gahunda u Rwanda rwihaye yo kuba igicumbi mu bukerarugendo ku buryo n’imodoka zibigiramo uruhare.

    Uko gusonera ntibivuze ko imodoka niyinjira mu gihugu irengeje ibihumbi 60$ itazasora. Oya, izasora ariko umusoro ubarwe ku bihumbi 60$. Niba iyo modoka ihagaze ibihumbi 100$, nyirayo azatanga umusoro mu buryo busanzwe ku bihumbi 60$, cya kinyuranyo gisonerwe amahoro ya gasutamo.

    Itangazo rya Minecofin ryasobanuraga ko gusonera izi modoka imisoro bigamije korohereza abavana mu mahanga imodoka zihenze hagamijwe guteza imbere ubukerarugendo bwo mu rwego rwo hejuru, inama zishimangira inama n’imurikagurisha (MICE), n’ishoramari ry’amahanga.

    Rikomeza rigira riti “Ni ngombwa kumenya ko umusoro ku bicuruzwa byatumijwe mu mahanga watanzwe binyuze mu cyifuzo cyatanzwe mu nama ya EAC ibanziriza ingengo y’imari yo muri Gicurasi 2020.”

    Mu yandi magambo, uko u Rwanda ruba igicumbi mu bukerarugendo hari n’ibindi bijyana nabyo. Ni ubushobozi mu nyubako, ibikorwaremezo bijyanye n’igihe ariko na none biri ku rwego rw’abantu runaka.

    Iyo usesenguye neza, usanga ba mukerarugendo u Rwanda ruhanze amaso cyane atari abantu baciriritse, ni abantu nabo bihagazeho, bo ku rwego rwo hejuru umwe uzaza muri hoteli y’i Musanze akishyura 3000$ ku ijoro rimwe nta ngingimira, akahava akishyura 1500$ yo kujya kureba ingagi yishimye, agatega Kajugujugu imujyana mu Akagera no muri Nyungwe.

    Uwo muntu kumutwara muri V8 ya miliyoni 60$ biba bimeze nko kumwambura agaciro, aba yumva atazi aho yicaye. Bene izo aba azifata nk’izigendamo rubanda rusanzwe ahubwo akeneye kugenda mu modoka nziza, ituma urugendo rwe rukomeza kuba rwiza kurushaho.

    Ibaze nka Jay Z ufite imodoka ya mbere ya Rolls-Royce ihenze ku Isi ya miliyoni 28$ (miliyari 28 Frw), naramuka asuye u Rwanda, kumutwara mu iciriritse ashobora kubibona nko kutamuha agaciro ariyo mpamvu leta yashatse uburyo bwatuma bene abo bantu baryoherwa no gusura u Rwanda.

    Bisaba ko umutwara mu modoka yo ku rwego rwe, asanzwe agendamo akabona umutuzo usesuye.

    Imibare IGIHE ifite igaragaza ko nibura imodoka zinjiye mu Rwanda mu 2020 zifite agaciro kari hejuru ya miliyoni 100 Frw, zari 10 gusa. Zose hamwe uziteranyirije hamwe, zifite agaciro krenga miliyari 1,6 Frw.

    Ihenze kurusha izindi yinjiye mu gihugu ni Bentley Bentayga ifite agaciro ka miliyoni 256 Frw. Muri izo modoka zose, inyinshi ni izo mu bwoko bwa Mercedes ariko harimo na Land Rover na Lincoln imwe.

    Ubusanzwe ku isoko ry’u Rwanda, imodoka zikunze kuhaboneka ni iza Toyota na Mercedes-Benz. Bene ubu bwoko bundi buhenze ntabwo buhari cyane, kandi nazo usanga nibura ziba zifite agaciro ka miliyoni nka 60 Frw.

    Bisaba iki kugira ngo umuntu asonerwe umusoro ku modoka

    Gusonerwa umusoro ku modoka irengeje ibihumbi 60$ ntibikorwa ku wo ariwe wese no ku modoka iyo ariyo yose. Abasonerwa bazajya batangwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubukerarugendo, RDB.

    Ibizajya bigenderwaho ni uko umuntu azajya aba ari rwiyemezamirimo mu bukerarugendo cyangwa se undi ukora ibijyanye no gutegura inama mpuzamahanga.

    Ubusanzwe imodoka zihenze zinjiraga mu Rwanda, ni izo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser aho wasangaga agaciro kazo kari hagati y’ibihumbi 50 na 60 $.

    Ugereranyije imisoro yazo wasangaga iri nko kuri 76% by’agaciro kayo, nibwo usanga nka nyirayo yishyura umusoro uri hafi miliyoni 50 Frw.

    Bentley Bentayga ni yo modoka iheruka kwinjira mu Rwanda ihenze kuko yari ifite agaciro ka miliyoni 256 Frw

    Lincoln ni imwe mu modoka 10 zifite agaciro karenze miliyoni 100 Frw zinjiye mu Rwanda mu minsi ya vuba

    Mu Rwanda hasigaye hari imodoka za Mercedes-Maybach S zigura guhera kuri miliyoni 170 Frw

    Land Rover zihenze zisigaye ziri ku isoko ry’u Rwanda ari nyinshi

    source : https://ift.tt/3E9DflH

  • PAC yahaye abayobozi ba RAB 5Min yo kwitekerezaho kuko ibosobanura batangaga bitabanyuraga #rwanda #RwOT

    Mu gikorwa cyo kumva ibigo bya Leta byagaragaweho amakosa y’imicungire mibi y’imari ya Leta yagaragaye muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, RAB ni yo yisobanuye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Nzeri 2021.

    Abadepite bagize PAC bagarutse ku makosa agaragara muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta kuri RAB nk’aho byagaragaye ko hari miliyoni 989Frw yasubijwe abaterankunga kuko bananiwe kuyakoresha ibyo yaragenewe.

    Nanone kandi RAB ivugwaho kuba yatanze isoko rya miliyari 2Frw, iriha Kompanyi ikora inyigo yaryo, ndetse aba ari na yo itsindira iryo soko ryo gukora igenzura ry’imirimo.

    Intumwa za rubanda zigize PAC zavuze ko ibi binyuranyije n’amategeko agenga itangwa ry’amasoko mu Rwanda kuko bitumvikana ukuntu Kompanyi yahabwa isoko ryo kwiga inyigo y’isoko runaka ikanahabwa iryo kurishyira mu bikorwa.

    Abayobozi muri RAB bisobanuraga bavuga ko muri kiriya Kigo hari ikibazo cy’abakozi bacye ku buryo hatabagaho ubushishozi bukwiye haba mu biciro byatangwaga cyangwa ibindi bikorwa byagombaga gukurikiranwa mu masoko.

    Bavuze kandi ko hari ikibazo cy’abakozi bafite ubushobozi buri hasi ku buryo hari amakosa yagiye akorwa kubera ubushobozi bucye bw’abakozi.

    Ni ibisobanuro bitanyuraga abadepite bagize PAC aho umwe muri bo yagize ati 'Nubwo ashatse kuvuga ko bahaye akazi umuntu udafite ubushobozi ariko ntabwo nibaza ko bakamuhaye babizi nez ko adafite ubwo bushobozi, ubwo nta nubwo ikibazo twakibara ku mukozi ushinzwe amasoko, twakibaza abayobozi bamuhaye uwo mwanya. Yinjiye yakoze ibizamini by’akazi ? Ese yari yabitsinze ?…'

    Abakozi bo muri RAB bakomeje gutaga ibisobanuro ariko Abagize PAC bakomeza kuvuga ko bitabanyuze.

    Ibi byatumye Abadepite baha akanya gato bariya bakozi ba RAB aho bahawe iminota 5 yo kwitekerezaho ubundi barasohora babasiga mu cyumba kiri gutangirwamo ibyo bisobanuro.

    Umunyamakuru wa Radio&TV 10 wari mu cyumba cyatangiwemo ibi bisobanuro, avuga ko bariya bakozi ba RAB nubwo bahaye iminota yo kwitekerezaho, na bo ubwabo bananiwe kumvikana hagati yabo uburyo bari buze gukomeza gutanga ibyo bisobanuro.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/PAC-yahaye-abayobozi-ba-RAB-5Min-yo-kwitekerezaho-kuko-ibosobanura-batangaga-bitabanyuraga

  • Abafite moto zikoresha amashanyarazi barifuza sitasiyo hanze ya Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni mu gihe u Rwanda rwihaye gahunda yo guteza imbere ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi, hirindwa imyuka yangiza ikirere ikunze gusohorwa n’ibinyabiziga bikoresha ibikomoka kuri peteroli.

    Bamwe mu bamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali bakoresha moto z’amashanyarazi, babwiye IGIHE ko babangamirwa n’uko batabasha kugera mu Ntara bitewe n’imiterere ya bateri za moto zabo.

    Umumotari Nzabamwita Faustin yagize ati “ Sitasiyo ziduha amashanyarazi akoreshai zi moto ziracyari nke ku buryo imbogamizi ya mbere ari uko nta mumotari wajya mu Ntara kubera ko umuriro ushize yabura uko ugenda . Ikindi bateri zazo ntabwo zigenda ibirometero 100 ku buryo twifuzaga ko iki kibazo bagikemura bakazongerera ubushobozi, bakanashyiraho sitasiyo nyinshi mu bice bitandukanye by’Igihugu.”

    Umukozi wa sosiyete ikora moto z’amashanyarazi, Ampersand Company Rwanda, Irambona Clive, yavuze ko ikibazo bakizi kandi biteguye kugikemura mu minsi ya vuba.

    Ati “Impungenge z’uko izi moto z’amashanyarazi zitagera mu Ntara rwose n’ibintu byumvikana, gusa ntakereza y’uko bizakemurwa n’uko tuzagenda dushyira za sitasiyo muri buri Ntara n’ubwo ntavuga ngo ni igihe iki n’iki ariko nkeka ko aribwo bizagenda byoroha.
    Yakomeje agira ati “ N’ubu hari ibyakozwe mu guha ubushobozi bateri z’izo moto kuko tugitangira zagendaga ibirometero bigera kuri 60, mu gihe ubu ziri kugenda ibirometero 75.”

    Kugeza ubu Ampersand ifite moto 43 zikoresha amashanyarazi mu Mujyi wa Kigali, bakaba bateganya ko uyu mwaka uzashira zigera kuri 500 , mu gihe 2022 izashira zimaze kugera ku gihumbi.

    Abafite moto zikoreshwa n’amashanyarazi basabye ko hashyirwaho sitasiyo nyinshi

    source : https://ift.tt/2YREPIF

  • Ibibazo mu mushinga wa biogaz byongeye guteza impaka muri PAC: Izirenga 8000 mu gihugu ntizikora – #rwanda #RwOT

    Uyu mushinga watangijwe mu 2006 nk’uburyo bwo gushaka ingufu zakoreshwa mu guteka mu bice by’icyaro, hifashishijwe amase y’inka. Hubatswe Biogaz mu ngo zisaga ibihumbi 10 mu gihugu.

    Mu 2014/2015 Leta yatanze asaga miliyari imwe mu mushinga wo kubaka ibigega bya Biogaz bisaga 3000, nyamara wari ukirimo ibibazo byinshi byatumaga udatanga umusaruro wifuzwa.

    Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2017/2018 yagaragaje ko uwo mushinga warimo amakosa atandukanye no kuba biogaz nyinshi mu zubatswe zitarakoraga ndetse n’abaturage bakaba batarabonaga aho basaba ubufasha.

    Umwe mu myanzuro yafashwe na PAC ubwo yahamagazaga Minisiteri y’Ibikorwaremezo (Mininfra) na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (Minaloc) ngo zibobanure ku mpamvu zidindiza uwo mushinga, ni uko gahunda ya biogaz yavugururwa kuko itizwe neza ndetse ntikurikiranwe uko bikwiye.

    Mininfra na Minaloc zagombaga gufatanya kuvugurura iyi gahunda mu turere hafi ya twose aho yageze ariko izikora zikaba zari mbarwa bitewe n’uburangare bw’inzego zari zibishinzwe nk’uko byavuzwe n’uwari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, Ingabire Assumpta.

    Yasobanuye ko mu 2016 Mininfra yahaye uturere gukurikirana uwo mushinga ariko inshingano zijyanye n’ubufasha bwa tekiniki zisigarana Mininfra gusa ngo bigaragaza ko utacunzwe neza ntiwagera ku ntego.

    Ati “Natwe turabibona, uyu mushinga ntabwo wagenze neza rwose, twavuga ko utageze ku ntege. Ikintu kinini cyatumye uyu mushinga utagenda neza ni ukutawukurikirana. Ntabwo uyu mushinga wigeze ukurikiranwa.”

    Yavuze ko abubakiwe biogaz batigeze bigishwa uburyo bwo kuzikoresha ku buryo na nyuma yo kuzubakirwa bajya bamenya ikibazo cyazo ntizangirike.

    Ubwo Komisiyo ya PAC yagarukaga ku kibazo cya biogaz mu isuzuma iri gukora kuri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, ya 2019/2020, ku wa Kane tariki ya 9 Nzeri 2021, iki kibazo cyongeye kugaruka.

    Visi Perezida wa PAC, yavuze ko nta karere na kamwe katarimo ibibazo bya biogaz ku buryo bisa n’aho amafaranga yashowemo yabaye impfabusa nyamara Mininfra na Monaloc byari byiyemeje gukemura iki kibazo mu buryo burambye.

    Depite Uwimanimpaye Jeanne d’Arc, yagize ati “Uyu mushinga watwaye amafaranga menshi, umwaka ushize bavuye hano biyemeje igihe bazaba bakoze inyigo ngo babashe gusana izidakora, gushyiraho abatekinisiye bo kubafasha, twari tuzi ko ibi byose byarangiye.”

    Umushinga wa biogaz igihugu cyari cyitezemo inyungu ariko ibyo mwatubwiye ubushize mwabisize hano. Ni ukuri turababaye cyane.”

    Depite Mutesi, yabajije niba hari icyizere cy’uko uyu mushinga hari icyo uzamarira igihugu. Ati “Uhereye igihe watangiriye wagiye unanirana, ibi ni ibintu bimaze igihe kinini cyane, nta kintu cyigeze gihinduka, hari icyizere mwaduha ku kintu kizavamo?”

    Umunyamabanga Uhoramo muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwase Patricie, yabwiye abadepite ko igenzura ryari riteganyijwe ryakozwe, aho byagaragaye ko biogaz 8600 zidakora.

    Uwase yavuze ko Mininfra iri mu biganiro na Minecofin ngo harebwe uko hakemurwa ikibazo cya tekinoloji yakoreshwaga icyo gihe n’ibindi bikenewe ngo biogaz ibashe gukora neza.

    Ati “Hari icyizere cy’uko biogaz zacu zakora kuko iyo nyigo navuze twari turimo gukora twarayirangije igaragaza ko inyinshi zikeneye gusanwa.”

    Mu byo ingufu za biogaz zari zitezweho harimo kugabanya umubare w’abakoresha inkwi n’amakara nk’ibicanwa by’ibanze ukiri mununi mu gihugu.

    Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (Statistical Year Book 2020) igaragaza ko ingo zikoresha gaz cyangwa biogaz nk’uburyo bw’ibanze bwo guteka ari 4,2%. Iri janisha ryavuye kuri 0,1% mu 2010/2011. Abakoresha inkwi mu guteka ni 77,7%, abakoresha amakara ni 17,5% mu gihe abandi ari abatekesha ibishogoshogo bagera kuri 0,5%.

    Uretse mu ngo, ingufu za biogaz zatekerejwe gukoreshwa mu bigo nk’amashuri n’amagereza aho kuri ubu zikoreshwa hafi mu magereza yose yo mu Rwanda mu guteka.


    source : https://ift.tt/3tCO9eK