Tag: Ubukungu

  • Imihanda igera kuri 300 ya kaburimbo yoroheje igiye kubakwa hirya no hino mu gihugu – #rwanda #RwOT

    Iyi mihanda izubakwa mu rwego rwo gushaka igisubizo cy’ikibazo cy’imihanda y’itaka igenda yubakwa ariko nyuma y’igihe gito igahita isenyuka nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa RTDA, ubwo yasubizaga ibibazo by’abadepite ku mikorere y’iki kigo kuri uyu wa 11 Nzeli 2021.

    Ibi bibazo byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, birimo kuba hari imihanda igera kuri 28 yubatswe nta nyigo ikorewe.

    Ibi bigira ingaruka zitandukanye nk’uko byagaragajwe na Depite Niyorurema Jean René.

    Yagize ati “Mu ikorwa ry’imihanda bigaragara ko imyinshi nta miyoboro iba ifite amazi akaba yakwangiza ibidukikije, ahadasigara imbago zihagije zitandukanya ahakoze n’ahasanzwe kugira ngo imvura idahita isenya umuhanda, nta buziranenge bw’ibikoresho ngo imihanda ibe ifite uburambe nk’uko byifuzwa.”

    Umuyobozi wa LODA, Nyinawagaga Claudine, yavuze ko ikibazo kijyanye n’imihanda ikorwa nta miyoboro y’amazi n’ahadasigara ubwinyagamburiro bwayo ari “kimwe mu byo dushaka gukemura binyuze mu gukora inyigo.

    Ati ” Inyigo ihita iteganya imiyoboro y’amazi, igaragaza ibigomba gukorwa mu kubungabunga ibidukikije, uruhare runini ni urwo inyigo izagira mu gukemura ikibazo cy’amazi.”

    Depite Bakundufite Christine, yagize ati “Sinzi impamvu mwatubwira kugira ngo tunyurwe kuko kubaka imihanda nta nyigo ni nko gufata urugendo utazi aho ugiye nta nubwo numva ukuntu wanahagera ari na yo mpamvu ibikorwa byagiye bikorwa nta nyigo bitagiye bigera ku ntego, byagiye bisenyuka.”

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere ry’ubwikorezi (RTDA), Imena Munyampenda, yavuze ko impamvu hari imihanda ikorwa nta nyigo ari uko imyinshi ari iy’igitaka kandi iba yihutirwa ku kubanza gukora inyigo bitinda.

    Munyampenda yavuze ko kuri ubu inyigo yatangiye gutegurwa aho biteganyijwe ko muri Kamena 2022 izaba irangiye ikagaragaza imihanda y’imigenderano yihutirwa igomba gukorwa.

    Yakomeje agira ati “Nanjye ndabyemera ko mu mihanda 50 yubatswe igera kuri 28 nta nyigo yayo yakozwe. Impamvu nyamukuru ni uko imihanda dukora iba ari iy’igitaka kandi yihutirwa kuko inyigo imara amezi agera kuri atandatu.”

    “Mu nyigo turi gukora ku mihanda 430 tuzafatanya na Banki y’Isi dufitemo imihanda 300 tuzakora ya kaburimbo yororoheje. Inyigo nimara kuboneka tuzaba dufite imihanda yose igomba gukorwa mbere y’uko dutangira akazi.”

    Kuri ubu umuhanda wa kaburimbo yoroheje ushobora kumara imyaka iri hagati y’irindwi na 12 ndetse kuwubungabunga bigasaba ikiguzi gito ugereranyije n’iy’itaka isenyuka imaze imyaka ibiri kubera amazi y’imvura.

    Ikilometero kimwe gitwara miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda mu gihe kuri kaburimbo yoroheje gitwara izigera kuri 400 Frw bivuze ko ikiguzi cyiyongera ariko igitanga inyungu kikaba ari ugukora ibikorwa biramba nk’uko Munyampenda akomeza abivuga.

    Ikindi kibazo cyagaragajwe ni uko uturere tugenerwa amafaranga agenewe gusana imihanda angana ku giciro kibarirwa ku kilometero kimwe kandi duherereye ahantu hafite imiterere itandukanye.

    Depite Ntezimana Jean Claude, yavuze ko imihanda itaramba kimwe bitewe n’imiterere y’ubutaka, bityo ngo ntabwo bikwiriye gukora igenamigambi riteye kimwe mu gihugu hose.

    Urugero atangwa ku kilometero mu Ntara y’Iburengerazuba ahari imisozi ikunda kubamo inkangu akaba angana n’atangwa mu Burasirazuba ahari imirambi.

    Munyampenda yakomeje agira ati “Ndabyemera ko ikiguzi kitagomba kuba kimwe ahantu hose bitewe n’imiterere y’ahantu, byakorwaga ku bikorwa byo gusaba byoroheje kuko ibikorwa byabaga biteye kimwe ahantu hose.”

    Itsinda ryo muri LODA ryatanze ibisobanuro ku bibazo by’iki kigo hakoreshejwe ikoranabuhanga

    Umuyobozi wa RTDA, Imena Munyampenda yatanze ibisobanuro kuri PAC yifashishije ikoranabuhanga

    Uhereye iburyo, Visi Perezida wa PAC, Uwineza Beline; Perezida wa PAC, Muhakwa Valens; Depite Murara Jean Damascène n’abandi bagize PAC

    Depite Mukabalisa Germaine (ibumoso) na Depite Uwimanimpaye Jeanne d’Arc bari mu bagize Komisiyo ya PAC

    Inzego zitandukanye ziba zifatanyije na PAC mu gikorwa cy’isesengura rya raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta aho ibigo bitandukanye bisabwa gutanga ibisobanuro ku makosa aba yabigaragayemo

    source : https://ift.tt/3nriTy4

  • Abatuye Biryogo bahize kwegukana imodoka babikesha guhashya Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Kuwa Gatatu tariki ya 8 Nzeri 2021, nibwo muri aka Kagari ka Biryogo kirirwamo abarenga ibihumbi bine hatangijwe amarushanwa y’Umujyi wa Kigali yo kwirinda Covid-19, aho umurenge uzaba uwa mbere uzahabwa imodoka.

    Abatuye muri aka gace n’abakirirwamo, babwiye IGIHE ko guhangana Covid-19, bigiye kuba inshingano za buri wese.

    Umukanishi Hitimana Karim yagize ati “Ubu ingamba n’uko twese hano mu Biryogo tugomba kumva ko ikibazo cya Covid kitureba noneho tugahangana n’abatubahiriza amabwiriza yo kuyirinda yaba ababa batambaye udupfukamunwa, abadahana intera biha kwirundira ahantu no gukaraba kenshi yewe no mu ngo zacu tukagenzura ko ibyo byose bikurikizwa.”

    Gatete Ahmed Emery na we yagize ati “Turizera ko nidufatanya n’uru rubyiruko rw’abakorerabushake, natwe abaturage tukumva ko kurwanya Covid bitureba atari iby’ubuyobozi, tuzayihashya burundu kandi nizeye ko iriya modoka umujyi washyizeho nk’igihembo ku murenge uzahangana na Covid , izaza aha muri Nyarugenge.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge, Mukandahiro Hidayat, yavuze ko ubu bukangurambaga bwo kwirinda Covid-19 babwitezeho impinduka zikomeye.

    Ati “Ni ibintu bizatanga umusaruro kuko turashaka na bamutwarasibo basinyana imihigo na ba mudugudu, noneho nabo bayigirane n’imiryango iri mu duce bayobora bityo ikibazo cyo kurwanya Covid kibe icya twese aho kuba icy’ubuyobozi gusa.”

    Biteganyijwe ko aya marushanwa yo kurwanya Covid-19 yateguwe n’umujyi wa Kigali azamara Ukwezi, azitabirwa n’imirenge yose iwugize aho biteganyijwe ko uzaba uwa mbere uzegukana imodoka.

    Inzego zose ziyemeje kurwaya no guhangana na Covid-19 zivuye inyuma

    Gusinya imihigo yo kurwanya Covid-19 byitabiriwe n’abaturage b’ingeri zose

    Umurenge wa Nyarugenge wasinyanye amasezerano y’imihigo n’ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri kugira ngo bihangane na Covid-19

    Utugari twose twasinye imihigo y’uko tugiye guhangana na Covid-19 no gushishikariza abaturage batuye Umurenge wa Nyarugenge kuyirinda

    Abanya-Biryogo bahize kurwanya Covid bivuye inyuma

    source : https://ift.tt/2XaTXk0

  • Baribaza irengero ry’umushinga w’Agasozi Indatwa kagombaga guhindura isura y’Umujyi wa Ruhango – #rwanda #RwOT

    Aka gasozi Indatwa gaherereye mu Mujyi wa Ruhango rwagati, ibibanza kashyizweho byahoze ari iby’abaturage biza kwegurirwa akarere ngo uyu mushinga ukunde ujye mu bikowa.

    Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ruhango baganiriye na Radio1, bayibwiye ko badasobanukiwe byinshi kuri uyu mushinga, wagombaga gusiga hashyizwe imidugudu myiza yo guturamo.

    Umwe yagize ati “Ntabwo njye mbisobanukiwe niba ari abayobozi bazahatura cyangwa se abaturage basanzwe bahafata ibibanza. Twumva bavuga ngo ibibanza byaho birahenze.”

    Umwe mu baturiye hafi y’aka gasozi, yavuze ko bari barabwiye ko hazubakwa umudugudu w’icyitegererezo ndetse ko abahaturiye bazagurirwa bakimurwa, none amaso yaheze mu kirere.

    Yagize ati “Bari bavuze ko bazahubaka umudugudu ntangarugero none ntawubatswe. Barahafashe ntibubaka , baduhaye amafaranga dushaka twakigendera.”

    Aba baturage bakomeje basaba akarere ko kabaha amakuru ahagije kuri aka gasozi, kuri bo ari ibishoboka abaturage bahagura bakahatura, umujyi wabo ukagira inyubako zisa neza.

    Umwe yagize ati “Akarere kabwira abaturage batuye hano niba barakatuye cyangwa se hari umuturage runaka wundi ushobora kuhatura.”

    Undi ati “Urabona aka gasozi ni icyitegererezo, kagiyeho imiturirwa n’ubuyobozi bwaba buri kubona amajyambere, Ruhango icyeye ikaba icyeye koko.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yemeye ko uyu mushinga wadindiye biturutse ku kuba hatari harashyizweho igiciro fatizo cyo kuhagura ubutaka.

    Yagize ati “Twanashoyemo amafaranga agera hafi miliyoni 10 Frw, metero kare yaho ni ibihumbi bitandatu ariko ushaka guhita yubaka tuyimuhera bitatu.”

    “Icyari cyabiteye cyakemutse ni uko akarere twari tutarashyiraho ibiciro bifatika, hanyuma inama jyanama irabyitegereza kuko habagaho kuganira ibiciro habaho kumvikana bikaba byaratumaga hari n’abahatinya ariko habayeho gutanga umurongo w’igiciro gito.”

    Umushinga wo kubaka aka gasozi umaze imyaka 13. Hamaze kubakwa amazu 25 harimo atatu y’akarere mu mazu 101 yari ateganyijwe kuhubakwa.

    Inyubako zo mu gasozi Indatwa zagombaga guhindura isura y’umujyi wa Ruhango

    source : https://ift.tt/3ljYqIW

  • Gicumbi: Hagiye guterwa ingemwe zirenga ibihumbi 600 z’icyayi – #rwanda #RwOT

    Ibi bikorwa bya Fonerwa bikorwa binyuze mu mushinga wiswe Green Gicumbi project, ugamije guhangana n’imihindagurikire y’ibihe yakunze kujya igira ingaruka zitandujanye muri aka Karere kari mu cyogogo cy’Umuvumba.

    Kuri ubu imirimo yo kwitegura guhinga iki cyayi igeze ku kigero cya 70% kandi biteganyijwe ko mu mpera z’uku kwezi kwa Nzeri 2021 aribwo izi ngemwe zizaterwa ku misozi yo mu Kagari ka Mulindi mu Murenge wa Kaniga yajyaga yibasirwa n’isuri bikagira ingaruka ku buhinzi bw’icyayi bwakorerwaga mu Gishanga cya Mulindi.

    Umuyobozi w’Umushinga, Green Gicumbi, Kagenza Jean Marie Vianney, yavuze ko igikorwa cyo guhinga iki cyayi gifitiye abaturage akamaro kanini mu bukungu kandi ko biri no muri gahunda y’uyu mushinga yo kurengera ibidukikije.

    Yagize ati ” Umusaruro tugitezeho uri mu byiciro byinshi, hari amafaranga azava ku musaruro azateza imbere abaturage bahinga icyayi, bizanadufasha kurengera ibidukikije kuko icyayi cyo ku misozi gifata amazi yatezaga ingaruka ku bubutaka bwamanukaga kuri iriya misozi ya Kaniga igatera isuri mu gishanga cya Mulindi , kizagira kandi uruhare mu kugabanya imyuka ihumanya ikirere, kikanagira uruhare rwo kuba ubwihisho bw’urusobe rw’ibinyabuzima binyuranye.”

    Uyu muyobozi wa Green Gicumbi Project akomeza asaba abaturage kwitabira iyi gahunda no kumva ko ari iyabo.

    Ati “Icyo abaturage basabwaga ni ugutanga ubutaka buzahingwaho icyayi kandi barabutanze turabashimira. Uyu mushinga uzabafasha gutegura ubutaka, kugitera, kibagarwe, umushinga uzabafasha kugeza igihe cyo gutanga umusaruro, abahinzi bazahugurwa guhinga icyayi no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Ndayambaje Félix, yavuze ko bazakomeza gufatanya n’abafatanyabikorwa no kwigisha abaturage uko bashobora guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

    Yagize ati “Turashimira aba bafatanyabikorwa bacu, ubundi iyo urebye imiterere y’Akarere kacu kagizwe n’imisozi miremire kandi ihanamye, ntibyakwiye kutubera imbogamizi ahubwo tubikoze neza byatubera ibisubizo ari nabyo Fonerwa idufashamo mu Mushinga wa Green Gicumbi.

    “Turasa abaturage kumva neza ko ubu buhinzi ari ubwabo bakarushaho kubwitaho, bakiga neza uko bazabubyaza umusaruro na nyuma y’ubu bufasha baba bahawe.”

    Icyayi ni kimwe mu bihingwa byinjiriza u Rwanda akayabo, imibare igaragaza ko mu mwaka wa 2020/21 u Rwanda rwohereje miliyoni 34,3 z’ibilo by’icyayi gitunganyijwe mu mahanga, byinjiza miliyoni 90$.

    Icyayi kizaterwa muri Nzeri cyamaze gutegurwa

    source : https://ift.tt/2Vy6GMA

  • Ishoramari rishya rya Israel mu Rwanda, umuti ku bahakana Jenoside: Ikiganiro na Amb Ron Adam – #rwanda #RwOT

    Dr. Ron Adams ni we wahawe inshingano zo kuyobora iyi Ambasade, atangira gukorera ku Mugabane wa Afurika avuga ko ‘byahoze ari inzozi ze’ dore ko kuva yatangira gukorana na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel mu 1991, ari ubwa mbere yari abonye inshingano zo gukora ku Mugabane wa Afurika.

    Mu kiganiro na IGIHE, uyu mugabo yavuze ko gukorera muri Afurika byahoze ari inzozi ze. Ati “Nakoreye Umuryango w’Abibumbye igihe kinini, ariko umutima wanjye wari muri Afurika, rero ni ibintu byiza kuri njye [kuba ndi gukorera] muri Afurika, nkaba ndi no mu [gihugu cyiza nifuzaga] muri Afurika.”

    Umubano w’ibihugu byombi umaze gushinga imizi

    Mbere y’uko Ambasaderi Ron Adam atangira inshingano ze, umubano w’ibihugu byombi wari ushingiye cyane ku mutekano, nubwo imikoranire mu rwego rw’ubuhinzi yari yaratangiye mu 2012, ubwo u Rwanda rwatangiraga kohereza abanyeshuri muri Israel kugira ngo bihugure mu bijyanye n’ubuhinzi.

    Ambasaderi Adam yavuze ko amaze gutangira izi nshingano, yashyize imbaraga mu kwagurira umubano mu zindi nzego. Ati “[Mbere] Imibanire yari ishingiye cyane ku bikorwa by’umutekano, icyo nakoze ni ukwagura imikoranire ikagera mu zindi nzego. Icyo navuga ni uko ibintu byahindutse ugereranyije n’uko byari bimeze mbere.”

    Kuri ubu ibihugu byombi bifitanye umubano mu nzego zirimo uburezi, ubuhinzi, ikoranabuhanga, umutekano, ubuzima n’ibindi bitandukanye.

    Kuva Israel yafungura ambasade mu Rwanda, ibikorwa birimo ubukerarugendo hagati y’impande zombi byateye imbere, ndetse abakerarugendo baturutse muri icyo gihugu kiri mu biteye imbere, batangira kuza mu Rwanda ku bwinshi.

    Ambasaderi Adam yasobanuye ko hari abakerarugendo baherutse kuza mu Rwanda mu mpera z’umwaka ushize, aho basize mu Rwanda agera kuri miliyoni 1,2$ mu gihe bamaze mu Rwanda.

    Yagize ati “Abakerarugendo bamwe baraje mu Ugushyingo n’Ukuboza k’umwaka ushize, aho abakerarugendo 500 baje bagasiga mu Rwanda miliyoni 1.2$. Binteye ishema kuko nagize uruhare muri icyo gikorwa.”

    Icyakora ibi ntibihagije, kuko Adam yemeza ko abaturage benshi ba Israel bataramenya amakuru menshi ku Rwanda, uretse ajyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Yavuze ko “Kugira ngo abaturage ba Israel basure u Rwanda, ni ngombwa ko u Rwanda rukomeza kwiyerekana mu yindi sura kuko benshi mu baturage ba Israel nta kintu bazi ku Rwanda uretse Jenoside yakorewe Abatutsi, ibi bigomba guhinduka.”

    Hari amakuru avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, runafite mu nshingano guteza imbere ubukerarugendo, ruri mu myiteguro yo gufungura ibiro muri Israel, bizagira uruhare mu gukurura abakerarugendo benshi baturutse muri iki gihugu, nacyo gisanzwe ari igicumbi cy’ubukerarugendo kuko mbere y’icyorezo cya Covid-19, cyakiraga abagera kuri miliyoni enye buri mwaka.

    Uretse ubukerarugendo, byitezwe ko uru Rwego ruzanagira uruhare mu guteza imbere ibikorwa by’abikorera hagati y’ibihugu byombi, ibi bikazoroshywa na RwandAir ikorera ingendo i Tel Aviv kuva mu 2019.

    Ku rundi ruhande, ibikorwa by’ishoramari biri gutera imbere hagati y’ibihugu byombi, aho mu minsi iri imbere, hari abashoramari baturutse muri iki gihugu bateganya kubaka ibitaro bifite ibitanda birenga 100.

    Israel kandi irateganya gutera u Rwanda inkunga y’ibitanda 55 biri ku rwego rwo hejuru, bishobora kwifashishwa mu kuvura abarwayi barimo n’abarembejwe n’icyorezo cya Covid-19.

    Israel kandi iri kwitegura kwakira abaganga batandatu bayobora ibitaro, bazajya gukarishya ubumenyi muri icyo gihugu mu bijyanye no kuyobora ibitaro.

    Urwego rw’ubuhinzi; inkingi ya mwamba mu mibanire y’ibihugu byombi

    Kuva mu 2012, u Rwanda rwohereza abanyeshuri 200 kujya kwihugura mu bijyanye n’ubuhinzi, na cyane ko iki gihugu kigizwe na kimwe cya gatatu cy’ubutayu, kiri mu bifite ubutaka buto, ariko kikaza mu bifite ubuhinzi buteye imbere ku Isi.

    Israel izwi cyane mu bijyanye no kuhira ndetse n’ubuhinzi bukorerwa mu nzu, gutunganya imyanda y’amatungo ikavanwamo ibindi bintu, ndetse n’ubuhinzi bubyara umusaruro kandi bwakorewe ahantu hato.

    Nk’ubu inka zo muri icyo gihugu nizo zitanga umusaruro mwinshi ku rwego rw’Isi, mu gihe Israel ifatwa nk’igihugu cya kabiri giteye imbere mu buhinzi, inyuma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko ikaba igihugu cya mbere ku Isi gishobora mu bijyanye n’ubushakashatsi mu nzego zirimo ubuhinzi, kuko ishoramo 4.3% by’umusaruro mbumbe wayo.

    Benshi mu rubyiruko rw’Abanyarwanda rwagiye rwoherezwa kwihugura mu buhinzi muri Israel, rwatangiye kubibyaza umusaruro

    Ambasaderi Adam yavuze ko ubu bunararibonye bw’iki gihugu ari bwo gisangiza u Rwanda. Ati “Mufite ubutaka buto ariko mushobora kububyaza umusaruro kurushaho, burenze. Ibyo nibyo tugerageza gukora hano, tukagerageza kubasangiza ubunararibonye bwacu ku buryo hakoreshwa ubutaka buto bukabyazwa umusaruro wisumbuye.”

    Ni gute u Rwanda rwarushaho guhangana n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi?

    U Rwanda na Israel bihuriye ku mateka ya Jenoside, ni ukuvuga iyakorewe Abatutsi mu 1994 mu gihe iyo muri Israel yakorewe Abayahudi, igahitana abarenga miliyoni eshashatu.

    Kimwe mu biranga Jenoside ku rwego rw’Isi, ni uko mu gihe yarangiye, abayigizemo uruhare bagerageza kwihunza uruhare rwabo muri icyo gikorwa kigayitse, bakabikora bahindura ukuri kw’ibyabaye, kugira ngo bareke kugibwaho n’ikimwaro.

    U Rwanda ruri kunyura muri iki cyiciro, aho abagize uruhare muri Jenoside ndetse n’ababakomokaho, bakomeje kumvikana bahakana, cyangwa bahindura amateka y’ibyabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ambasaderi Adam avuga ko ibi bidatangaje, ariko akavuga ko uburyo bwiza bwo gukomeza guhangana n’iki kibazo, ari ugukomeza kuvuga amateka y’ibyabaye mu Rwanda binyuze mu gutanga ubuhamya mu nyandiko, mu mashusho ndetse n’amajwi.

    Yagize ati “Icyo navuga ni uko hakenewe gukomeza gutanga ubuhamya [bw’ibyabaye]. Muri Israel dusohora ibitabo 200 buri mwaka bigaruka ku mateka ya Jenoside ya Holocaust. [Abarokotse] bakwiye gutanga ubuhamya bwabo, bakavuga uko byabagendekeye, bakabishyira muri video ndetse bigaca no kuri radio…Ibi birwanya ihakana rya Jenoside, bikomora ibikomere by’abagizweho ingaruka na Jenoside ndetse bikanigisha abato [ku mateka yayo].”

    Yongeyeho ati “Ntabwo warwanya ihakana rya Jenoside utagaragaza ubuhamya bw’ibyabaye. Abagize uruhare muri Jenoside bakiriho, bakomeza kuvuga ko nta kintu cyabaye, iyo nta muntu wo ku rundi ruhande ubahakanyije, ibintu bishobora kuguma gutyo.”

    Ibibazo bya Palestine…

    Ambasaderi Ron Adam yakoze igihe kirekire muri Minisitiri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel, ndetse zimwe mu nshingano yakoze zirimo gushakira umuti ikibazo cya Palestine.

    Uyu mugabo yavuze ko iki kibazo kizarushaho kugorana mu gihe umutwe wa Hamas wagenzura ibice byose bya Palestine.

    Yagize ati “Igisubizo kigomba kuboneka, ariko impande zombi zikwiye kwicara zikabiganiraho. Ariko ubu biragoye kuko Hamas iri kuyobora Gaza, mu gihe yaramuka itsinze amatora muri Western Bank, nta muntu wo kuvugisha uzaba ugihari kuko intego ya Hamas ari ukwangiza Israel, ibyo rero byadusubiza inyuma, aho kujya imbere.”

    Ambasaderi Ron Adam ni umuhanga mu bijyanye na Philosophy aho yabyize muri Kaminuza ya Haifa, ahakura impamyabumenyi yo ku rwego rw’Ikirenga. Uyu mugabo kandi afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu mu bijyanye na politiki, ndetse n’impamyabumenyi mu bijyanye mu bijyanye n’amateka.

    Yakoreye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel mu Muryango w’Abibumbye, aho yakoze imyaka 15.

    Ambasaderi wa mbere wa Israel mu Rwanda, Dr. Ron Adam, yatangiye inshingano ze mu 2019

    source : https://ift.tt/3A89Gyh

  • Imvano y’idindira ry’inyubako y’ibiro bishya bya RURA – #rwanda #RwOT

    Mu Mujyi wa Kigali inyubako ifite imiterere yifuzwa ku nyubako zikorerwamo n’ibigo bya leta ni iya I &M Bank iherereye mu Karere ka Nyarugenge kuko yubatse mu buryo bubungabunga ibidukikije.

    Mu 2016 ni bwo RURA yasinye amasezerano n’ikigo cyitwa JV CRJJE-HYGEBAT yo kubaka Icyicaro Gikuru cyayo, amasezerano afite agaciro ka miliyari zirenga 27,7 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Amasezerano yagenaga ko imirimo yagombaga kurangira mu myaka itatu uhereye igihe amasezerano yasinyiwe ni ukuvuga mu Ugushyingo 2019.

    Aya masezerano yongereweho umwaka umwe ariko kugeza mu Ukuboza 2020, imirimo y’ubwubatsi yari igeze kuri 83% mu gihe amasezerano yari yararangiye.

    Byanatumye ikiguzi cy’ibikorwa by’ubugenzuzi bw’iyi nyubako cyiyongereyeho amadolari angana na 553 783 ni ukuvuga miliyoni zisaga 431 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Bitewe no kongera igihe cy’amasezerano byatumye ikiguzi cyayo cyiyongeraho miliyoni zisaga 71 z’amafaranga y’u Rwanda mu gihe rwiyemezamirimo yari yaramaze kwishyurwa ikiguzi cyose cy’amasezerano.

    Ubwo RURA yatangaga ibisobanuro ku makosa yagaragaye mu micungire y’umutungo imbere ya PAC nk’uko byagaragaye muri raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya leta mu 2019/2020, Umuyobozi wayo , Dr Nsabimana Ernest, yavuze ko impamvu z’idindira ry’imirimo y’ubwubatsi yatewe n’uko byabaye ngombwa ko hagira ibihindurwa ku byari biteganyijwe kugenderwaho.

    Ati “Byatewe na gahunda yo gukosora uko iyi nyubako yari iteye bigakorwa ku buryo bubungabunga ibidukikije nk’uko Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imyubakire (RHA) cyabitanzemo amabwiriza ku nyubako z’ibigo bya leta aho bishoboka.”

    Ikiba kigamijwe ni ukugabanya ubushyuhe mu nzu, ahakoreshwa ibyuma bitanga amahumbezi bikagabanuka, ibijyanye no gusukura amazi bikaba byoroshye n’ibindi.

    Inyubako y’Ibiro Bikuru bya RURA yari yatangiye igice kibungabunga ibidukikije kitarimo imaze kugera hejuru biza kugaragaramo ko bishoboka ko cyajyamo.

    Hakozwe igishushanyo gishya bituma imirimo ihagarara umwaka wose ariko ngo byanatumye ikiguzi cyari giteganyijwe kigabanukaho agera kuri miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda kubera ko ibikoresho bikenerwa muri ubu buryo bihita bigabanuka.

    Biteganyijwe ko muri Werurwe 2022, Ibiro Bikuru bya RURA bizaba byamaze kuzura kuko ubu imirimo ikomeje nk’uko Umuyobozi wayo yabibwiye Abadepite.

    Inyubako ya RURa yagombaga kuzura mu 2019

    Inyubako y’Icyicaro Gikuru cya I&M Bank mu Mujyi wa Kigali ni imwe mu zubahirije amabwiriza agenga ibijyanye no kubungabunga ibidukikije (Green Building)

    source : https://ift.tt/2XbnDgS

  • Imihanda igera kuri 300 ya kaburimbo yoroheje igiye kubakwa hirya no hino mu gihugu – #rwanda #RwOT

    Iyi mihanda izubakwa mu rwego rwo gushaka igisubizo cy’ikibazo cy’imihanda y’itaka igenda yubakwa ariko nyuma y’igihe gito igahita isenyuka nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa RTDA, ubwo yasubizaga ibibazo by’abadepite ku mikorere y’iki kigo kuri uyu wa 11 Nzeli 2021.

    Ibi bibazo byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, birimo kuba hari imihanda igera kuri 28 yubatswe nta nyigo ikorewe.

    Ibi bigira ingaruka zitandukanye nk’uko byagaragajwe na Depite Niyorurema Jean René.

    Yagize ati “Mu ikorwa ry’imihanda bigaragara ko imyinshi nta miyoboro iba ifite amazi akaba yakwangiza ibidukikije, ahadasigara imbago zihagije zitandukanya ahakoze n’ahasanzwe kugira ngo imvura idahita isenya umuhanda, nta buziranenge bw’ibikoresho ngo imihanda ibe ifite uburambe nk’uko byifuzwa.”

    Umuyobozi wa LODA, Nyinawagaga Claudine, yavuze ko ikibazo kijyanye n’imihanda ikorwa nta miyoboro y’amazi n’ahadasigara ubwinyagamburiro bwayo ari “kimwe mu byo dushaka gukemura binyuze mu gukora inyigo.

    Ati ” Inyigo ihita iteganya imiyoboro y’amazi, igaragaza ibigomba gukorwa mu kubungabunga ibidukikije, uruhare runini ni urwo inyigo izagira mu gukemura ikibazo cy’amazi.”

    Depite Bakundufite Christine, yagize ati “Sinzi impamvu mwatubwira kugira ngo tunyurwe kuko kubaka imihanda nta nyigo ni nko gufata urugendo utazi aho ugiye nta nubwo numva ukuntu wanahagera ari na yo mpamvu ibikorwa byagiye bikorwa nta nyigo bitagiye bigera ku ntego, byagiye bisenyuka.”

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere ry’ubwikorezi (RTDA), Imena Munyampenda, yavuze ko impamvu hari imihanda ikorwa nta nyigo ari uko imyinshi ari iy’igitaka kandi iba yihutirwa ku kubanza gukora inyigo bitinda.

    Munyampenda yavuze ko kuri ubu inyigo yatangiye gutegurwa aho biteganyijwe ko muri Kamena 2022 izaba irangiye ikagaragaza imihanda y’imigenderano yihutirwa igomba gukorwa.

    Yakomeje agira ati “Nanjye ndabyemera ko mu mihanda 50 yubatswe igera kuri 28 nta nyigo yayo yakozwe. Impamvu nyamukuru ni uko imihanda dukora iba ari iy’igitaka kandi yihutirwa kuko inyigo imara amezi agera kuri atandatu.”

    “Mu nyigo turi gukora ku mihanda 430 tuzafatanya na Banki y’Isi dufitemo imihanda 300 tuzakora ya kaburimbo yororoheje. Inyigo nimara kuboneka tuzaba dufite imihanda yose igomba gukorwa mbere y’uko dutangira akazi.”

    Kuri ubu umuhanda wa kaburimbo yoroheje ushobora kumara imyaka iri hagati y’irindwi na 12 ndetse kuwubungabunga bigasaba ikiguzi gito ugereranyije n’iy’itaka isenyuka imaze imyaka ibiri kubera amazi y’imvura.

    Ikilometero kimwe gitwara miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda mu gihe kuri kaburimbo yoroheje gitwara izigera kuri 400 Frw bivuze ko ikiguzi cyiyongera ariko igitanga inyungu kikaba ari ugukora ibikorwa biramba nk’uko Munyampenda akomeza abivuga.

    Ikindi kibazo cyagaragajwe ni uko uturere tugenerwa amafaranga agenewe gusana imihanda angana ku giciro kibarirwa ku kilometero kimwe kandi duherereye ahantu hafite imiterere itandukanye.

    Depite Ntezimana Jean Claude, yavuze ko imihanda itaramba kimwe bitewe n’imiterere y’ubutaka, bityo ngo ntabwo bikwiriye gukora igenamigambi riteye kimwe mu gihugu hose.

    Urugero atangwa ku kilometero mu Ntara y’Iburengerazuba ahari imisozi ikunda kubamo inkangu akaba angana n’atangwa mu Burasirazuba ahari imirambi.

    Munyampenda yakomeje agira ati “Ndabyemera ko ikiguzi kitagomba kuba kimwe ahantu hose bitewe n’imiterere y’ahantu, byakorwaga ku bikorwa byo gusaba byoroheje kuko ibikorwa byabaga biteye kimwe ahantu hose.”

    Itsinda ryo muri LODA ryatanze ibisobanuro ku bibazo by’iki kigo hakoreshejwe ikoranabuhanga

    Umuyobozi wa RTDA, Imena Munyampenda yatanze ibisobanuro kuri PAC yifashishije ikoranabuhanga

    Uhereye iburyo, Visi Perezida wa PAC, Uwineza Beline; Perezida wa PAC, Muhakwa Valens; Depite Murara Jean Damascène n’abandi bagize PAC

    Depite Mukabalisa Germaine (ibumoso) na Depite Uwimanimpaye Jeanne d’Arc bari mu bagize Komisiyo ya PAC

    Inzego zitandukanye ziba zifatanyije na PAC mu gikorwa cy’isesengura rya raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta aho ibigo bitandukanye bisabwa gutanga ibisobanuro ku makosa aba yabigaragayemo

    source : https://ift.tt/3txvscl

  • BK yahaye abahinzi b’ikawa telefoni zizabafasha gukoresha ikoranabuhanga mu guhererekanya amafaranga – #rwanda #RwOT

    IKOFI ni gahunda yashyizweho na Banki ya Kigali mu 2019, yagenewe by’umwihariko abahinzi mu kubafasha kubitsa, kubikuza, kohereza amafaranga ku buntu, kwishyura imbuto n’inyongeramusaruro no mu gihe gito kiri imbere abahinzi bazafashwa kubona serivisi z’imari ku buryo bashobora no gusaba inguzanyo mu buryo buboroheye.

    Ubwo hongerwaga gutangiza iyi gahunda mu bahinzi, abitabiriye uyu muhango bavuze ko abahinzi bafitiye igihugu akamaro, badakwiye gusigazwa inyuma mu ikoranabuhanga.

    Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr. Karusisi Diane, yavuze ko iki gikorwa bagitekereje kugira ngo bateze imbere abahinzi ba kawa kuko iterambere ryihutishwa n’ikoranabuhanga.

    Yagize ati “Muri iki gihe twese turabizi nta terambere ritagendana n’ikoranabuhanga, telefoni twabahaye si telefoni gusa ahubwo turashaka ko bajya muri gahunda ya IKOFI. Bizabafasha kubona amafaranga yabo kuri telefoni bakanayahererekanya nta kiguzi kandi banki izaba yabonye umukiliya ibe yamuha n’inguzanyo.”

    Aba bahinzi bagemura ikawa ku ruganda rwa RWACOF, bari basanzwe bishyurwa mu ntoki babona iyi gahunda izabafasha kurushaho kwiteza imbere.

    Umuyobozi wa RWACOF, Maximillian Veglio, yavuze ko bishyuraga abahinzi amafaranga mu ntoki mu kwanga ko bayakatwa ariko ubu bazajya bayahabwa kuri banki.

    Yagize ati “Twabahaga amafaranga mu ntoki kuko ubundi buryo bwashoboraga kubakuraho amafaranga. Ubu mu IKOFI bazajya bahabwa serivisi za banki ku buntu kandi bizabafasha kwiteza imbere.”

    Ku ruhande rw’abahinzi bavuze ko bashimishijwe no kuba baratekerejweho bagahabwa telefoni zizabafasha mu buhinzi bwabo ndetse bakazabasha no kwaka inguzanyo muri banki.

    Mpakaniye Alexandre yagize ati “Kubitsa byatugoraga kuko hari ubwo usanga kuri banki hari umurongo ariko ubu baduhaye IKOFI, tuzajya tubasha kubitsa no kubikuza ndetse umuntu akaba yabona n’inguzanyo kuko bazaba batuzi. Ibyo biradushimishije rwose.”

    Iri shimwe arihuje na Mukamusana Alphonsine wavuze ko yagorwaga no kuba yabona ingwate ubu kuko banki imuzi azoroherezwa kuyibona.

    Yagize ati “Harimo inyungu nyinshi cyane mu gukoresha ikoranabuhanga amafaranga akaza tutayahererekanyije, ubu turi kubona ari agashya. Hari ubwo twagorwaga no kubona inguzanyo kuko nta ngwate bizajya bidusaba, ubu tuzajya tuyibona kuko baratuzi.”

    Kugeza ubu, serivisi ya IKOFI imaze kwitabirwa n’abagera ku 263.691 bari hirya no hino mu gihugu, hamwe n’abacuruzi b’imyaka n’inyongeramusaruro bagera ku 1.767.

    Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr. Karusisi Diane, yavuze ko abahinzi bakwiye kwitabwaho mu ikoranabuhanga

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel, ashyikiriza umuhinzi telefoni

    Abahinzi banejejwe no kuba baratekerejweho bakagenerwa telefoni

    Abayobozi batandukanye bitabiriye iki gikorwa kigamije gushyigikira ubuhinzi

    Byari ibyishimo ku bahinzi b’ikawa bo mu Murenge wa Karenge bishimiye ko bashyizwe mu IKOFI

    Mukamusana Alphonsine yavuze ko yagorwaga no kubona ingwate ubu bitazongera kuko ari mu IKOFI

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel, yifatanyije na Banki ya Kigali muri uyu muhango

    Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr. Karusisi Diane, yavuze ko iki gikorwa bagitekereje kugira ngo bateze imbere abahinzi ba kawa kuko iterambere ryihutishwa n’ikoranabuhanga

    source : https://ift.tt/3nqsQfs

  • RURA yasabye imbabazi z’intege nke mu kunoza imitangirwe y’amasoko asaga miliyari 1 Frw – #rwanda #RwOT

    Abadepite bavuze ko RURA nk’ikigo gishinzwe kugenzura imikorere y’ibindi bigo gikwiye kuba intangarugero mu kubahiriza amategeko ariko atari ko bimeze kuko imyaka itatu ikurikirana cyagawe.

    Mu bijyanye n’imitangirwe y’amasoko, RURA yanenzwe gutinda gusinya amasezerano y’amasoko aho nko mu 2017, amasoko 12 yari afite agaciro ka miliyoni 538 z’amafaranga y’u Rwanda yatinze gusinywa kugeza ku minsi 99 mu gihe itegeko riteganya iminsi 22.

    Ikibazo nk’iki cyanagaragaye mu 2019 mu masoko umunani afite agaciro ka miliyoni 629 z’amafaranga y’u Rwanda ndetse no mu 2020 mu masoko afite agaciro ka miliyoni 70 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Depite Bakundufite Christine yavuze ko bitumvikana ukuntu amezi atanu yashira hagikorwa ibijyanye no kumvikana ku biciro by’isoko ahubwo haba hari ikindi kibyihishe inyuma.

    Mukabalisa Germaine yavuze ko bisa nk’aho amategeko agomba gukurikizwa abashinzwe gushyira mu bikorwa amasoko basa n’aho batayazi, ibintu afata nk’agahomanunwa.

    Depite Murara Jean Damascène yavuze ko RURA ari ikigo kigomba guca akarengane, kugenzura imikorere y’ibindi bigo, guteza imbere serivisi nziza nyamara kuva mu 2017 kugeza mu 2020 kikaba cyarabonye inota rya ‘biragayitse’.

    Yibajije imiterere y’isuzuma ryakorewe abakozi bakoze amakosa yo kunaniza ba rwiyemezamirimo batinza amasoko bakarenza iminsi 22 iteganyijwe bakageza kuri 99.

    Itegeko rigenga imitangirwe y’amasoko ya leta riteganya ko umukozi wagaragaweho amakosa nk’aya ashobora guhagarikwa mu gihe cy’amezi atatu adahembwa.

    Umuyobozi Mukuru wa RURA, Dr Nsabimana Ernest, yavuze ko icyateye ubukererwe nta kindi ahubwo ari ibiganiro bigamije kwemeranya ku biciro by’isoko byatwaye igihe kinini.

    Ati “Ikibazo kirahari ntabwo twagihunga kuko kiragaragara, izo nzira zagiye zifata igihe kinini aho zishobora kuba zarateje ikibazo mu izina ry’ubuyobozi ndabisabira imbabazi, ariko mvuga ko ari ibintu birimo gukosorwa kugira ngo ibyo bitazongera. Usibye gusiga isura mbi ikigo binateza ikibazo uwatsindiye isoko kandi na we yari afite ibyo yashakaga gukora.”

    Dr Nsabimana yiyemeje ko intege nke zagaragaye zitazongera kubaho mu mitangire y’amasoko kandi ko iki kibazo cyatangiye gukemuka binyuze muri gahunda nshya yo gutanga amasoko binyuze mu ikoranabuhanga.
    RURA kandi yashinjwe gutanga amasoko ku giciro kiri hejuru y’igiteganyijwe mu ngengo y’imari ihari. Hari kandi no kwishyura fagitire nta masezerano yanditse ahari ahishyuwe miliyoni zirenga 67 z’amafaranga y’u Rwanda arimo ayishyuwe ibinyamakuru bibiri byo mu Rwanda.

    RURA yisobanuye ivuga ko yayishyuye ishingiye ku kuba kimwe cyandika mu Cyongereza mu gihe ikindi ari icya leta. Aya mafaranga kandi arimo ayishyuwe imwe muri hotel zo mu Mujyi wa Kigali kubera ko ngo yari isanzwe ikorana na RURA.

    Ubuyobozi bwa RURA bwavuze ko bwasanze ari ikibazo none ubu kirimo kirakosorwa hategurwa amasezerano n’imikoranire n’ibitangazamakuru muri uyu mwaka.

    RURA yatanze ibisobanuro byayo hifashishijwe ikoranabuhanga

    Uhereye iburyo, Visi Perezida wa PAC, Uwineza Beline; Perezida wa PAC, Muhakwa Valens; Depite Murara Jean Damascène n’abandi bagize PAC

    Depite Mukabalisa Germaine (ibumoso) na Depite Uwimanimpaye Jeanne d’Arc bari mu bagize Komisiyo ya PAC

    Inzego zitandukanye ziba zifatanyije na PAC mu gikorwa cy’isesengura rya raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta aho ibigo bitandukanye bisabwa gutanga ibisobanuro ku makosa aba yabigaragayemo

    source : https://ift.tt/3A5Ng0K

  • Banki ya Kigali yatanze telefone zifasha abahinzi ba kawa gukoresha IKOFI #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa BK Plc ashyikiriza telefone umwe mu bahinzi ba kawa mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana
    Umuyobozi wa BK Plc ashyikiriza telefone umwe mu bahinzi ba kawa mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana

    IKOFI ni gahunda yashyizweho na Banki ya Kigali mu 2019, yagenewe by’umwihariko abahinzi mu kubafasha kubitsa, kubikuza, kohereza amafaranga ku buntu, kwishyura imbuto n’inyongeramusaruro ndetse no mu gihe gito kiri imbere abahinzi bazafashwa kubona serivisi z’imari ku buryo bashobora no gusaba inguzanyo mu buryo buboroheye.

    BK ivuga ko izageza IKOFI ku bahinzi ba kawa barenga ibihumbi 400 mu gihugu hose, abadashoboye kwigurira telefone ikaba yatangiye kubagezaho izo ifite mu bubiko bwayo zigera ku bihumbi 11.

    Abahinzi ba kawa bavuga ko bishimiye gahunda ya IKOFI
    Abahinzi ba kawa bavuga ko bishimiye gahunda ya IKOFI

    BK ku bufatanye na RWACOF batangirije iyi gahunda i Karenge mu Karere ka Rwamagana ku wa 10 Nzeri 2021.

    Kuri ubu, serivisi y’IKOFI imaze kwitabirwa n’abagera ku 263,691 bari hirya no hino mu gihugu, hamwe n’abacuruzi b’imyaka n’inyongeramusaruro bagera ku 1,767.

    Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi avuga ko telefone bahaye abahinzi ba kawa zizabafasha mu bijyanye n’itumanaho ndetse bakazajya bishyurwa banahererekanya n’abandi amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga.

    Dr Karusisi yagize ati “By’umwihariko Banki (BK) izaba yungutse umukiriya ari we muhinzi wa kawa. Muri iki gihe twese turabizi ko nta terambere ritagendana n’ikoranabuhanga, telefoni twabahaye si telefoni gusa ahubwo turashaka ko bajya muri gahunda ya IKOFI. Bizabafasha kubona amafaranga yabo kuri telefoni bakanayahererekanya nta kiguzi kandi banki izaba yabonye umukiliya ibe yamuha n’inguzanyo”.

    Umuyobozi wa BK TecHouse aha telefone umuhinzi wa kawa, izamufasha kwizigamira muri gahunda ya IKOFI
    Umuyobozi wa BK TecHouse aha telefone umuhinzi wa kawa, izamufasha kwizigamira muri gahunda ya IKOFI

    Ntabwo bisaba umuntu kuba afite konti muri BK kugira ngo abe umunyamuryango w’IKOFI. Umuhinzi wifuza gukoresha iyi serivisi, akanda *334*2# ubundi agakurikiza amabwiriza.

    Uruhererekane rw’imirimo yo guhinga, gutunganya no gucuruza ikawa kugera mu mahanga ya kure, rwatumye Ikigo cya BK TecHouse gifatanya na NAEB kubaka ikoranabuhanga ryitwa “Smart Kungahara System (SKS), sisitemu ikubiyemo amakuru y’abahinzi b’ikawa mu Rwanda.

    Uruganda rwa RWACOF rwonyine rwifitiye abahinzi ba kawa 86,000 bagomba gushyirwa muri gahunda y’ IKOFI kugira ngo bajye bishyurwa amafaranga y’ibyo bagemuye ku ruganda rutonora kawa batarinze kuyafata mu ntoki.

    Umuyobozi Mukuru w’urwo ruganda, Maximillian Veglio avuga ko hari umubare munini w’abahinzi bakeneye kubona amafaranga yabateza imbere, agashimira BK yayabemereye.

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’Uruganda rwa RWACOF, Maximillian aha telefone umuhinzi wa kawa w’i Karenge

    Veglio yakomeje agira ati “Ubu dufite ibihumbi 11 bya telefone, umugambi ni uwo gukangurira abahinzi kugira ngo mu mezi abiri ari imbere abari kuri sitasiyo 10 ziri ahantu hatandukanye mu gihugu bazagezweho IKOFI hamwe na serivisi z’imari”.

    Umukozi wa Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Munezero Angello ashimira BK kuba yatanze umusanzu wa telefone ibihumbi 11 ku bahinzi ba kawa inabereka icyo bazazikoresha.

    Munezero avuga ko umwaka wa 2024 ugomba kurangira Abanyarwanda bose (kugeza no ku batuye kure cyane y’ibigo by’imari), bafite uburyo bwo kubona amafaranga hifashishijwe Ikoranabuhanga.

    Umuhinzi witwa Mukamusana Alfonsine avuga ko yagemuraga ikawa ku ruganda bakamwishyura mu ntoki make make, byakongeraho n’uko nta ngwate yabaga afite ntibimworohere kubona inguzanyo.

    Mugenzi we witwa Mpakaniye Alexandre akomeza agira ati “Kujya kubitsa no kubikuza amafaranga muri iyi minsi usanga hari umurongo, ariko ubu buryo buratworohereza kandi bizadufasha kubona inguzanyo bitagoranye”.

    Gutangiza gahunda ya IKOFI mu bahinzi ba kawa byitabiriwe n
    Gutangiza gahunda ya IKOFI mu bahinzi ba kawa byitabiriwe n’Abayobozi muri BK, NAEB na Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba, Emmanuel Gasana

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel Gasana avuga ko ikawa iri mu bihingwa 10 byatoranyijwe mu bigomba guhingwa muri iyo Ntara, yizeza ko hazabaho guhuza inzego zirimo na Banki ya Kigali, kugira ngo icyo gihingwa hamwe n’ibindi bitere imbere.


    source : https://ift.tt/2X93po0