Tag: Ubukungu

  • Canal+ na Airtel byatangiye ubufatanye buzashyira igorora abafatabuguzi babo #rwanda #RwOT

    Canal+ Rwanda isanzwe iha abafatabuguzi bayo amashusho meza ya HD mu mashene arenga 200 arimo ay’Icyongereza, Igifaransa n’Ikinyarwanda, kandi umufatabuguzi akabasha kubona aya mashene ahereye ku mafaranga y’u Rwanda 5000.

    Airtel Rwanda nayo imaze iminsi irimo gushyigikira gahunda yo kwimakaza ubukungu bushingiye mu kudahererekanya inote n’ibiceri (cashless) ahubwo hagakoreshwa ikoranabuhanga mu kwishyurana no kohererezanya amafaranga ku buntu hakoreshejwe Airtel Money.

    Kuba bahuje intego yo korohereza abafatabuguzi babo, biri mu byatumye batangira ubu bufatanye aho umufatabuguzi wa Canal+, ashobora kwigurira ifatabuguzi ako kanya akoresheje Airtel Money aho akanda *500*4*3*2*4*1# agahita asabwa gushyiramo imibare 14 iranga dekoderi ye hanyuma agahitamo icyiciro cy’ifatabuguzi (bouquet) akeneye. Hashobora no gukoreshwa uburyo bushya bwa My Airtel App.

    Gusinya aya masezerano y’ubufatanye byabereye imbere y’itangazamakuru bamaze gusobanura uko bizorohereza abafatabuguzi bahuriyeho, ku ruhande rwa Airtel Rwanda ikaba yari ihagarariwe n’umuyobozi mukuru wayo Emmanuel Hamez, naho Canal+ Rwanda ihagarariwe n’umuyobozi mukuru Sophie Tchatchoua.

    Kuba Airtel Rwanda isanzwe ifite uburyo bushya yise P2P bwo kohereza no kwakira amafaranga ku buntu hakoreshejwe Airtel Money, ni kimwe mu bitanga icyizere ko aya masezerano y’ubufatanye azafasha Abaturarwanda benshi.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Inkuru-zamamaza/Canal-na-Airtel-byatangiye-ubufatanye-buzashyira-igorora-abafatabuguzi-babo

  • Ntibisanzwe, Umukozi wa Banki yahagaritswe ku kazi nyuma y' uko akekwaho kuryamana n' abagabo barenga 200 abizeza kuzabaha akazi #rwanda #RwOT

    Mutale Winfridah w' imyaka 39 usanzwe ari umuyobozi mukuru mu ishami rya Banki, yahagaritswe na banki akorera muri Zambiya izwi ku izina rya ZANACO nyuma yo gushinjwa n'abagabo barenga 10 yaryamanye nabo abizeza ko azabashakira akazi. .

    Umugore ukiri ingaragu kubera gushaka kugira impamyabumenyi zihanitse mbere yo gushaka uwo bakundana bakaba banashyingiranwa, byamuteye guhitamo kujya aryamana n'abagabo bashaka akazi abizeza kuzakabashakira.

    Nk'uko amakuru abitangaza, Mutale Winfridah akoresha umwanya we nk'umuyobozi mukuru w'ishami rya ZANACO Bank kugira ngo abeshye abagabo kubabonera akazi mu bigo by'amabanki bityo bakemera kuryamana nawe.

    Bivugwa kandi ko yakoresheje umwanya we kugira ngo yemere inguzanyo ku bagabo bose bazi amabanga ye mu rwego rwo kubabuza kuyashyira hanze.

    Abayobozi bakuru ba banki amaherezo baje kumenya ibyo bikorwa bye bigayitse nyuma yuko abagabo icumi mubo yaryamanye nabo bose baje kumurega ku mugaragaro.

    Source : https://impanuro.rw/2021/09/21/ntibisanzwe-umukozi-wa-banki-yahagaritswe-ku-kazi-nyuma-y-uko-akekwaho-kuryamana-n-abagabo-barenga-200-abizeza-kuzabaha-akazi/

  • MTN yorohereje abafite ubumuga bwo kutumva no… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Mbere tariki 20 Nzeri 2021, Miss Ingabire Grace afatanyije na Patriotism Rwanda, RNUD na MTN Rwanda batangije icyumweru cy'abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, bakoresheje imbuga nkoranyambaga mu muhango watambutse kuri shene ya Youtube ya Patriotism Rwanda.

    Iki cyumweru gifite insanganyamatsiko igira iti 'Kwishimira intambwe yatewe n'ababana n'ubumuga bwo kutavuga no kutumva. Abatumiwe batanze ikiganiro gishishikariza abanyarwanda guha agaciro abafite ubumuga muri rusange.

    Muri iki kiganiro, Miss Ingabire Grace yashishikarije urubyiruko rugenzi rwe kwiga ururimi rw'amarenga, nk'intambwe ya mbere yo guha agaciro ababana n'ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

    Avuga ko bizabafasha mu kumvikana nabo, kuko nabo baba bafite ibitekerezo byubaka igihugu n'abanyarwanda.

    Miss Ingabire kandi yemeye gukorera ubuvugizi abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, dore ko ariwe Miss Rwanda wa mbere witabiriye iki gikorwa.

    Ibi biganiro yitabiriye byafatiwemo imyanzuro ifasha abafite ubumuga mu Rwanda muri rusange harimo Umuyobozi ushinzwe ubuterankunga no kwamamaza ibikorwa muri MTN Rwanda, Alain Numa, yavuze ko MTN yashyizeho uburyo bwo kwita ku bafite ubumuga no kutavuga, aho bashyizeho ikoranabuhanga riborohereza kubagana no gukoresha serivisi zabo.

    Ati “Muri iki cy’umweru cy'abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva, twatangije amahugurwa yo kwigisha ururimi rw’amarenga abakora muri ‘service center’. Turatangiye, ntabwo bari bubimenye uyu munsi ariko ni urugendo rutangiye.”

    “Kugira ngo ejo cyangwa ejo bundi niba umuntu afite ubumuga bwo kutumva cyangwa kutavuga, akaba aziko ninjya muri MTN ‘service center’ iyo ari yo yose, ndahura n’abantu bafite ubumenyi bwo gukoresha ururimi rw’amarenga kuko bizaba bigaragara…”

    Akomeza ati “Hanyuma abahamagara kuri ‘call centre’ ubu ngubu babashyiriyeho ‘WhatsApp video call’ ubu bashobora kuzajya bahamagara… Ubitaba muri ‘call center’ afite ubumenyi mu rurimi rw’amarenga, nawe akabafashishiriza aho ngabo.”

    Sam Munana, Umuyobozi mukuru wa RNUD yashimiye Miss Ingabire ndetse na Patriotism Rwanda bakoze iki gikorwa, anasaba uyu mukobwa kubaba hafi muri uru rugamba barimo, cyane cyane yigisha urubyiruko ko abafite ubumuga muri rusange nabo bakwiye uburenganzira nk'ubw'abandi.

    Umuyobozi muri Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu, Bwana Mulindwa Prosper, yashimiye Miss Rwanda 2021 ndetse na Patriotism Rwanda bakoze iki gikorwa, ndetse anasaba Miss Ingabire gukoresha ijwi afite akabwira urubyiruko ubutumwa bwo guha agaciro ndetse n'uburenganzira busesuye, abafite ubumuga muri rusange.

    Miss Ingabire Grace ukomeje gukora ibikorwa bitandukanye, avuga ko iki gikorwa yagitekereje nk’urubyiruko, Ariko nanone nka Nyampinga w'u Rwanda agomba guharanira uburenganzira bw'abanyarwanda bose ntawe uhejwe. Miss Ingabire Grace yashishikarije urubyiruko kwiga ururimi rw'amarenga, kugira ngo bajye babasha kuvugana n'abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga  Umuyobozi ushinzwe ubuterankunga no kwamamaza ibikorwa muri MTN Rwanda, Alain Numa, yavuze ko MTN yashyizeho ‘packs’ zihariye ku bafite ubumuga

    Sam Munana [Uri ibumoso] Umuyobozi Mukuru w'Umuryango RNUD yashimiye Miss Ingabire Grace  Muvunyi Kayumba, Umuyobozi Mukuru w'Umuryango Patriotism Rwanda  Umuyobozi muri Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu, Mulindwa Prosper yashimiye Miss Ingabire GraceMiss Ingabire Grace na Alain Numa bahuriye mu kiganiro gitangiza icyumweru cyahariwe abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga

    KANDA HANO UREBE IKIGANIRO GITANGIZA ICYUMWERU CYAHARIWE ABAFITE UBUMUGA BWO KUTUMVA NO KUTAVUGA

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109702/mtn-yorohereje-abafite-ubumuga-bwo-kutumva-no-kutavuga-miss-ingabire-asaba-urubyiruko-kwig-109702.html

  • Muhanga: Abatujwe mu Mudugudu wa Horezo barataka kubura ibicanwa kuko biogaz bahawe zapfuye – #rwanda #RwOT

    Hashize imyaka irenga itatu hatashywe uyu mudugudu w’icyitegererezo watujwemo imiryango ijana.

    Nyuma y’umwaka n’igice aba baturage bawutujwemo bavuga ko biogaz yabafashaga gucana yahise yangirika.

    Bamwe mu baganiriye na Radio1 bayibwiye ko bagorwa no kubona ibyo gucana kuko babuze n’aho bakoreshereza iyi biogaz.

    Umwe yagize ati “Ubu biogaz ntikora igishashi cyayo cyarapfumutse, ntabwo yaka kandi nta bufasha dufite bwo kuyikoresha n’iyo katse kaba ari gake ntabwo ucana ngo iteke.”

    Undi yagize ati “Iyi biogaz ntabwo yaka neza, ntabwo wateka ibiryo ngo bishye cyereka gushyushya amazi. Turifuza ko bazidukorera cyangwa bakohereza abakanishi ku giciro cyiza tukazikoresha tutabaruhije.”

    Umuyobozi ushinzwe Igenamigambi no gukurikirana ibikorwa muri Minisiteri y’Ubutetegetsi bw’Igihugu, Mulindwa Prosper, yatangaje ko igitera kwangirika kwa biogaz muri iyi midugudu ari ubumenyi buke bw’abayikoresha, yemeza ko iki kibazo kigiye gukurikiranwa bagafashwa.

    Yagize ati “Za biogaz nazo hari aho zitagiye zikoreshwa ariko ugasanga bishingiye ku bumenyi buke. Ni ikibazo cy’ubumenyi tugomba gukomeza gukurikirana ikijyanye n’inka zidahagije hashobora gukora biogaz nke ariko zigakora neza.”

    Umushinga wo gukoresha biogaz watangijwe mu 2006 nk’uburyo bwo gushaka ingufu zakoreshwa mu guteka mu bice by’icyaro, hifashishijwe amase y’inka.

    Abadepite bagize Komisiyo Ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, PAC baherutse kugaragaza impungenge z’uko umushinga wo gukoresha ingufu za biogaz ushobora kudatanga umusaruro nyuma y’ibibazo byawubonetsemo bitarabonerwa ibisubizo, mu gihe washowemo amafaranga menshi witezweho kugirira akamaro abaturage.

    Visi Perezida wa PAC, yavuze ko nta karere na kamwe katarimo ibibazo bya biogaz ku buryo bisa n’aho amafaranga yashowemo yabaye impfabusa nyamara Mininfra na Monaloc byari byiyemeje gukemura iki kibazo mu buryo burambye.

    Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (Statistical Year Book 2020) igaragaza ko ingo zikoresha gaz cyangwa biogaz nk’uburyo bw’ibanze bwo guteka ari 4,2%. Iri janisha ryavuye kuri 0,1% mu 2010/2011.

    Umudugudu wa Horezo ni umwe mu igezweho mu Rwanda ariko abawutujwemo barataka ko bagorwa no kubona ibicanwa kuko Biogaz bahawe yapfuye

    source : https://ift.tt/3ClC0xQ

  • Nyanza: Urubyiruko rwigishijwe gusana imihanda rwasabye kujya ruhabwa akazi – #rwanda #RwOT

    Ni abasore n’inkumi 50 baturutse mu mirenge 10 y’Akarere ka Nyanza bigishijwe gusana imihanda no kuyifata neza bakoresheje tekinike yitwa ‘Do-nou’ aho bafata imifuka bagashyiramo itaka mu buryo bungana bagatsindagira, ku buryo umuhanda usigara ukomeye utapfa kwangirika.

    Nyuma yo kumara iminsi 10 bigishwa, babwiye IGIHE ko ubumenyi bungutse bagiye kubwifashije mu kwiteza imbere.

    Girimpuhwe Esperence ati “Mbere nari nsanzwe nkora muri VUP, dutunganya imihanda ariko nta bumenyi buhagije mbifiteho. Iyi tekinike ya Do-nou yo gutsindagira imihanda twize narayimenye kandi niteguye kuyikoresha aho ubuyobozi bwaduha ikiraka hose tukabona amafaranga.”

    Bamporiki Fidele na we yavuze ko ubumenyi afite yiteguye kubukoresha mu gusana imihanda yo mu Karere ka Nyanza yangiritse, ariko asaba ko ubuyobozi bwajya bubaha ibiraka.

    Ati “Ndi umutekinisiye muri VUP kandi maze imyaka itandatu nkora muri aka karere. Iyi tekinike yari ikenewe kuko hari aho twakoraga harangiritse tugashyiramo itaka, ariko hakongera guhita hangirika, ubwo rero twize ubu buryo twiteguye kubukoresha ariko ubuyobozi bukwiye kutuba hafi bukajya buduha ibyo biraka tukabikora.”

    Urwo rubyiruko rwigishijwe n’umushinga wo mu Buyapani witwa Community Road Empowerment (CORE).

    Umukozi ushinzwe amahugurwa muri CORE, Ntakirutimana Obed, yavuze ko umuhanda ukozwe hakoreshejwe tekinike ya Do-nou uramba kuva kugeza ku myaka 10 kandi ari uburyo buhuza ubundi bubiri bwari busanzwe mu Rwanda.

    Ati “Mu Rwanda hari hasanzwe uburyo bwo gukoresha imashini mu gusana imihanda cyangwa abaturage bagakoresha amaboko, iyi tekinike ya Do-nou ihuza ubwo buryo bubiri kandi itanga akazi ku baturage benshi ndetse n’umuhanda ukaba ukomeye, ukaramba kuva ku myaka itanu kugeza ku myaka 10.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana, Bizimana Egide, yabwiye urubyiruko ko ibyo bize bakwiye kubigaragaza mu mirenge yabo kandi ubuyobozi bwiteguye gukorana nabo.

    Ati “Dufite ikibazo cy’imihanda ikorwa ariko ntirambe ugasanga amafaranga n’ibikoresho byahagendeye bisa n’aho bipfuye ubusa, kugira ngo rero ijye iramba bisaba ko iyi tekinike bigiye hano bayishyira mu bikorwa mu miringe batuyemo kandi twiteguye gukorana nabo.”

    Muri iyo minsi 10 urwo rubyiruko rwasannye umuhanda wa metero 220 mu Murenge wa Busasamana, bitwara amafaranga agera kuri miliyoni 12 Frw.

    Urubyiruko rwigishijwe gusana imihanda rwasabye kujya ruhabwa akazi

    source : https://ift.tt/3zhkkS8

  • Haha na kglstylishstore uhabwe ibyiza kuri make. #rwanda #RwOT

    Nkuko bimenyerewe ko abanyarwanda basanzwe bagurira hirya nohino hamwe bagahendwa kuri ubu iduka rya kglstylishstore nkuko ryitwa kuri instagram yabo biyemeje kwambika abaturage neza kandi muburyo buhendutse kunkweto ndetse nimyenda bihendutse. Jordan 1 mumabarayose Original ndetse niziciye jordan 1 low zirahari kumafaranga make cyane 26000frw mumabara yose Jordan Off white nazo zirahari kugiciro gito utasanga […]

    The post Haha na kglstylishstore uhabwe ibyiza kuri make. appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2021/09/15/haha-na-kglstylishstore-uhabwe-ibyiza-kuri-make/

  • Umugenzuzi w’Imari azakore icyo ashaka- Imvugo y’Umuyobozi wa RAB yababaje PAC #rwanda #RwOT

    Yabitangaje kuri uyu wa mbere tariki 13 Nzeri ubwo ubuyobozi bwa RAB bwatangaga ibisobanuro ku makosa yagaragaye muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ku mikoreshereze mibi y’imari ya Leta.

    Umuyobozi Mukuru wa RAB, Dr Karangwa Patrick, abazwa ku impamvu hatanzwe isoko, rwiyemezamirimo akaba ari we wigenzura akanisinyira, yahise akoresha imvugo itashimishije abagize PAC.

    Dr Karangwa yagize ati 'Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta azakore ibyo ashaka…'

    Ubwo Dr Karangwa yakoreshaga iyi mvugo Abadepite bahise berura ko bababajwe byimbitse n’imvugo akoresheje bamusaba kutongera kuyikoresha.

    Depite Bakundufite Christine yahise asaba abo mu kigo cya RAB kubwira PAC ibyo bemera n’ibyo batemera kugira ngo bahagarike ibazwa.

    Depite Mukabalisa Germaine yahise agaragaza ko batewe impungenge kandi ababajwe no kumva imvugo yo kumva Umuyobozi Mukuru avuga ko icyo 'Babwiye Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta byari ukumwikiza.'

    Ubwo hafatwaga ikiruko kigufi, Umuyobozi Mukuru wa RAB yasaga nk’utumva impamvu Abadepite bari kumwikoma ku mvugo yakoresheje gusa nyuma yaje kubisabira imbabazi.

    Dr Karangwa ahawe ijambo, yagize ati 'Mumbabarire ku mvugo nakoresheje kuko ni ijambo ritari rikwiye.'

    Perezida wa PAC Muhakwa Valens, yavuze ko imvugo yakoreshejwe na Dr Karangwa Umuyobozi Mukuru wa RAB ibangamiye intego ya RAB, iy’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ndetse n’umuryango nyarwanda.

    Komisiyo ya PAC ikomeje igikorwa cyo kubariza mu ruhame inzego n’ibigo bya Leta byagaragayeho amakosa mu micungire y’imari n’umutungo by’Igihugu, nk’uko bigaragazwa na raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2019-2020.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Umugenzuzi-w-Imari-azakore-icyo-ashaka-Imvugo-y-Umuyobozi-wa-RAB-yababaje-PAC

  • Miss Shanitah yinjiye mu bucuruzi bwo kuri in… – #rwanda #RwOT

    Muri iki gihe cy'icyorezo cya Covid-19, abaguzi n'abacuruzi barangamiye ubucuruzi bwo kuri internet nk'imwe mu nzira yoroshye yo kugura no kugurisha, Miss Umunyana Shanitah na bagenzi be bane batangiye ubucuruzi bwo kuri interineti bagamije ahanini guteza imbere 'Made in Rwanda'.

    Urubuga rwa Amazona ruzwi cyane mu bucuruzi bwo kuri internet rwigeze gutangaza ko nta kindi gihe rwakoreye amafaranga menshi nko muri iki gihe cya Covid-19 aho abantu bakangurirwa kudahura mu rwego rwo kwirinda gukwirakwiza iyi virus ifata mu myanya y'ubuhumekero.

    Hari ubushakashatsi bwasohotse byavugaga ko umwaka wa 2020, uzarangira abantu barenga miiyari ibihumbi bine barayobotse ubucuruzi bwo kuri internet. Iyi mibare ishobora kuba yariyongereye, kuko Covid-19 yajegeje Isi cyane mu 2020.

    Bimwe mu bifasha kongera abaguzi ku rubuga rw'ubucuruzi rwa Internet harimo koroshya uburyo inzira yo kwinjira ku rubuga, uburyo bwo kwishyura, inzira ifasha umuguzi gusubira inyuma igihe asha icyo akeneye n'ibindi.

    Muri iki gihe cya Covid-19, Miss Umunyana Shanitah yahuje imbaraga na bagenzi be bane binjira mu bucuruzi bukorerwa kuri murandasi by'umwihariko bagamije guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda.

    Kompanyi bafunguye bayise 'Sanga Pashe' , yamuritswe ku mugaragaro mu byumweru bibiri bishize, ariko bari bamaze hafi amezi umunani banoza uyu mushinga.

    Bafunguye 'Website' iriho ibicuruzwa nk'imyambaro yahanzwe n'iduka 'Zoi' ry'itsinda Mackenzies ribarizwamo Miss Nishimwe Naomie, Sandari, ibikinisho by'abana, imboga n'imbuto, ikawa, imitako itandukanye yo mu nzu n'ibindi.

    Iri tsinda ry'aba bantu ribarizwamo Miss Shanitah bafite aho bakorera mu Mujyi wa Kigali, ndetse bafite n'imbuga nkoranyambaga zitandukanye bise 'Sanga Pashe'.

    'Sanga' bisobanuye 'kuza' ni mu gihe 'Pashe' ari impine y'amazina y'abashinze uru rubuga rw'ubucuruzi bwo kuri internet.

    Mu kiganiro na INYARWANDA, Miss Shanitah yavuze ko uru rubuga barushinze mu ntego yo gufasha ibikorerwa mu Rwanda kugurwa hirya no hino ku Isi.

    Ati “Uru rubuga ruje gufasha mu kugeza ku bantu batandukanye bo ku Isi ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda) harimo imyenda, ibihingwa byo mu nganda, ubugeni, imbuto n'ibindi muri macye ibintu byose bikorerwa mu Rwanda tukajya tubigeze hirya no hino ku Isi.”

    Akomeza ati '…Iki gitekerezo twakigize nyuma yo kubona ko ari imbogamizi ku Banyarwanda baba mu mahanga, yaba nk'abanyeshuri n'abandi bagiye kuba hanze ukabona barakumbura iby'iwabo ariko batabasha kubibona.'

    Uyu mukobwa yanavuze ko mu isesengura bakoze basanze hari ba mukerarugendo baza mu Rwanda bakishimira imitako n'ibindi ariko yagera iwabo ntabone uburyo byamugeraho.

    Ndetse ko hari n'abatuma (gutuma) ibintu bitandukanye inshuti zabo ziba zaje mu Rwanda, ariko bitewe n'ibiro baba batagomba kurenza mu ndege ugasanga ntibibashije kubageraho.

    Miss Shanitah avuga ko bafite kompanyi zitandukanye z'indege bakorana, ku buryo ibiro byose umuntu yakenera byamugeraho. Bari gukorana n'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB), Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda, RwandAir n'abandi bazajya babafasha kugeza ibicuruzwa ku baguzi.

    Kuva uru rubuga rwatangira, hari abatangiye kuguriraho ibicuruzwa. Ubu rurakorera mu bihugu 220 ku Isi, ndetse byitezwe ko mu myaka itanu iri imbere ruzaba rukorera ku Isi yose nk'uko izindi mbuga zubatse izina ku Isi zimeze muri iki gihe.

    Kamugisha Habib uri mu bashinze uru rubuga, yabwiye INYARWANDA ko binjiye ku isoko ry'ubucuruzi bwo kuri internet bazi neza ko hari izindi mbuga, ari nayo mpamvu bafite umwihariko w'uko igicuruzwa kigera ku mukiriya nk'uko yagitumije kandi mu gihe cyumvikanyweho.

    Ati 'Si ukumva ngo haje ubucuruzi bwo kuri internet gusa ahani ni ukureba ukuntu twafatanya n'Igihugu mu buryo guteza imbere abaturage n'Igihugu muri rusange. Tuje gukemura zimwe mu mbogamizi zari zisanzwe zibaho.'

    'Ushobora kuba wohereza urusenda mu Bubiligi ugasanga ukuntu uvugana n'umukiriya wawe ni kuri telefoni, ku buryo usanga icyizere cyo kujya ku kwishyura ari nka miliyoni 20 Frw ugasanga kugira ngo ayaguhe abanje kuguha kimwe cya kabiri.'

    Kamugisha avuga ko bafite abantu bakurikirana ibyaguzwe ku buryo imbogamizi y'abantu bavugaga ko ibyo batumijeho atari byo babonye batazigera bahura nayo.

    Uyu musore avuga ko kuri uru rubuga hariho uburyo bw'aho umukiriya ashobora gusubizwa amafaranga yawe igihe cyose yasanga ibyo yatumije atari byo ubonye. Kugeza uyu munsi iyi kompanyi ikoresha abakozi 10.

    Miss Umunyana yinjiye mu bucuruzi bwo kuri internet, avuga ko biri mu murongo w'umushinga yatanze muri Miss Rwanda 2018 w'ubukungu budashingiye guhererekanya amafaranga mu ntoki (Cashless economy) Umunyana yavuze ko yafatanyije na bagenzi be gushinga 'Sanga Pashe' mu rwego rwo kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu

    Imyambaro yo mu iduka 'Zöi' ry'itsinda ry’abakobwa ryamamaye ku izina rya Mackenzies ribarizwamo Miss Nishimwe Naomie iboneka kuri uru rubuga

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109516/miss-shanitah-yinjiye-mu-bucuruzi-bwo-kuri-internet-agamije-guteza-imbere-made-in-rwanda-109516.html

  • Perezida Kagame arageza ijambo ku bitabiriye inama ku ruhare rw’amabanki mu kuzahura ubukungu – #rwanda #RwOT

    Iyi nama izwi nka Annual Banking and Finance Conference kuri iyi nshuro ya 14, iribanda ku ruhare rw’amabanki mu kuzahura ubukungu budaheza n’iterambere muri iki gihe ubukungu bw’Isi bwasubiye inyuma cyane kubera icyorezo cya Covid-19.

    Ni inama abayitabiriye bungurana ibitekerezo bagasangizanya ubunararibonye ku bibazo byugarije urwego rw’amabanki, uruhare rw’abakora igenamigambi, abatanga serivisi, abakiliya, impuguke mu bukungu n’abandi.

    Mu bandi banyacyubahiro bitabiriye iyi nama y’iminsi ibiri harimo Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari; Visi Perezida wa Nigeria, Yemi Osinbajo; Umunyamabanga Mukuru wungirije wa Loni, Amina Mohammed n’Umunyamabanga Mukuru w’Isoko rusange rya Afurika, Wamkele Mene.

    Perezida Kagame arageza ijambo ku bitabiriye iyi nama ngarukamwaka itegurwa n’Ihuriro ry’amabanki muri Nigeria

    source : https://ift.tt/3za0Z5s

  • Perezida Kagame arageza ijambo ku bitabiriye inama yiga ku mabanki n’imari #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyi nama ibaye ku nshuro ya 14 iribanda ku ruhare rw’amabanki mu kuzahura ubukungu budaheza n’iterambere muri iki gihe ubukungu bw’isi bwasubiye inyuma kubera icyorezo cya COVID-19.

    Abitabiriye iyi nama kandi barungurana ibitekerezo, basangire ubunararibonye ku bibazo byugarije urwego rw’amabanki, uruhare rw’abakora igenamigambi, abatanga serivisi, abakiriya, impuguke mu bukungu, n’ibindi.

    Mu bandi banyacyubahiro bitabiriye iyi nama barimo Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari, Visi Perezida wa Nigeria Yemi Osinbajo, ndetse n’umunyamabanga mukuru wungirije w’Umuryango w’Abibumbye (ONU) Amina Mohammed, ndetse n’umunyamabanga mukuru w’isoko rusange rya Afurika Wamkele Mene.

    source : https://ift.tt/3tGAG5F