Tag: Ubukungu

  • UEFA, Premier League na Canal+ barishimira icyemezo gikumira VictoryTV yo mu Rwanda kwerekana imikino #rwanda #RwOT

    Ihuriro ry’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru y’iburayi (UEFA), abaritegura ndetse n’abahagariye inyungu zayo, hagati yabo barimo UEFA Champion League, Premier League, abashinzwe kuritegura n’abayobora aya marushanwa mu gihugu cy’ubwongereza bafatanyije na Premier League na Canal + International, nk’ umufatanyabikorwa wemerewe kwerekana amashusho mu rurimi rw’igifaransa kuri aya marushanwa muri Repubulika y’u Rwanda ryakiriye icyemezo No RCOMAA 00093/2020 / CA cyatanzwe ku ya 16 Nyakanga 2021 n’urukiko rw’ubujurire rwa Kigali mu rwego rwo kurwanya ubujura bw’amashusho (Piratage) bukorwa na televiziyo yo mu Rwanda 'Victory TV Ltd'. Aho iyi televiziyo yari yajuririye icyemezo cy’urukiko ariko urukiko rukaba rwatesheje agaciro ubwo bujurire.

    Kubera iyo mpamvu, urukiko rwasabye ko hubahirizwa icyemezo cya mbere cyari cyategetse ubuyobozi by’iyo shene guhagarika kwerekana mu buryo butemewe imikino y’icyiciro cya mbere yo mu Bwongereza ndetse n’imikino ya UEFA Champion League ku butaka bw’u Rwanda. UEFA, Premier League na Canal + International bizeye ko uburenganzira bwabo buzubahirizwa byimazeyo na Victory TV nyuma y’iki cyemezo.

    Aba bafatanyibikorwa bizeye ubutabera bw’u Rwanda bafatanyije na RURA (Ikigo ngenzuramikorere) kugira ngo bakomeze bakurikirane ishyirwamubikorwa ry’icyi cyemezo kugirango Victory TV idakomeza kubangamira inyungu zabo.

    UEFA na Premier League bavuga ko kwerekana amashusho y’amarushanwa yabo batabiherewe uburenganzira ari ukubangamira uburenganzira bwabo ku mutungo wabo bwite kandi bishimiye iki cyemezo cyatanzwe n’urukiko mu kurengera inyungu zabo.

    *******

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/UEFA-Premier-League-na-Canal-barishimira-icyemezo-gikumira-VictoryTV-yo-mu-Rwanda-kwerekana-imikino

  • Imbuto y’ibirayi igera ku muhinzi iboneka ite? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubutubuzi bw
    Ubutubuzi bw’imbuto y’ibirayi muri Laboratwari

    Ubwo icyo kigo cyasuraga imirima y’abaturage batubura imbuto z’ibirayi mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze ku wa Gatatu tariki 22 Nzeri 2021, abo bahinzi bashimiwe uburyo bashyira mu ngiro ibyo bahuguriwe, ubutubuzi bw’imbuto y’ibirayi bukaba bukomeje kugenda neza.

    Ni nyuma yuko icyo kigo kimuritse ubwoko bushya bw’imbuto z’ibirayi buje kunganira ubwari busanzwe mu kongera umusaruro w’ubuhinzi bw’ibirayi, aho mu mwaka wa 2020 hamuritswe ubwoko butandatu (6) bushya bw’ibirayi aribwo Jyambere, Cyerekezo, Ndamira, Twigire, Gisubizo na Seka, na ho mu mwaka wa 2019, hamuritswe ubwoko butanu (5) aribwo Nkunganire, Ndeze, Twihaze, Kazeneza na Izihirwe.

    Muri Laboratwari
    Muri Laboratwari

    Mu gihe byakunze kugaragara ko hari abahinzi bagifite imyumvire yo kudaha agaciro imbuto bahinga, bamwe bagatoranya imbuto mbi mu birayi byabo bejeje birinda gutanga amafaranga ku mbuto nziza yatubuwe mu buryo bwizewe, byamaze kugaragara ko umusaruro wagiye ugabanuka dore ko akenshi mu gutoranya imbuto mu birayi bejeje, usanga batoranya ibizima bakabigurisha ibindi bakabirya, bakumva ko imbuto ari uturayi dutoya dusaguka ku byo barobanuye.

    Ibyo birayi basigaje akenshi ngo usanga bifite uburwayi, bidatanga umusaruro ku muhinzi, nk’uko byasobanuwe na Ndacyayisenga Théophile, Umushakashatsi ku mbuto zinyuranye muri RAB.

    Icyiciro cya kabiri cya pre-base zituburirwa mu nzu
    Icyiciro cya kabiri cya pre-base zituburirwa mu nzu

    Yagize ati “Abahinzi benshi usanga barahunitse uturayi basarura, aho bafata bya bindi binini bakabigurisha ibindi bakabirya, biriya basigaza ntabwo ari imbuto, ikiba cyaratumye tuba dutoya ni uburwayi, ugasanga arabitse ngo afite imbuto, ntaba azi ko abitse imbuto zarwaye. Ubu twahuguye abafashamyumvire bafasha abahinzi gutoranya imbuto nzima ibunganira iyo badashoboye kugura imbuto yatubuwe”.

    Ibyiciro bine imbuto ibonekamo kuva muri Laboratwari kugera ku muhinzi

    Ndacyayisenga Théophile yagaragaje uburyo imbuto iboneka, aho inyura mu byiciro binyuranye kugira ngo izagere ku muhinzi, avugako habanza ubushakashatsi bw’imbuto nshya aho iyo imaze kuboneka imenyeshwa abaturage bakayiha izina mbere yuko ubushakashatsi bwo kuyitubura butangira.

    Imbuto ivuye muri Laboratwari
    Imbuto ivuye muri Laboratwari

    Icyiciro cya mbere cyitwa ‘Minitubers’, aho kigizwe n’imbuto ziva muri Laboratwari zigahingwa mu mazu yabugenewe yitwa Green house, zihingwa mu butaka bubanje gutekwa mu kwica ibyuririzi byo mu butaka byakwangiza izo mbuto.

    Icyo cyiciro cya kabiri cy’imbuto gihingwa muri Green house ni cyo bita Pre-base, na zo zihingwa mu mirima ikavaho imbuto yo mu cyiciro cya gatatu bita Base, izo mbuto ni zo zihabwa abatubizi babihuguriwe, iyo bayihinze itanga imbuto yo mu cyiciro cya kane yitwa Certifiée, ari yo mbuto ijya ku isoko ikagurisha abahinzi bose nk’imbuto yizewe.

    Ndacyayisenga avuga ko uwahinze imbuto yo ku rwego rwa kane yitwa Certifiée, ari we uba ufite icyizere cyo kubona umusaruro uhagije, n’ubwo kugeza ubu itaraba nyinshi ku buryo yahaza abahinzi bose aho ikiri kuri 15%, ariko akemeza ko hatewe intambwe aho mu myaka icumi ishize iyo mbuto yari kuri 3% bakaba bakomeje kongera umubare w’abatubura imbuto aho mu myaka mike biteze kugera kuri 50% by’imbuto itubuwe.

    Imbuto y
    Imbuto y’ibirayi yo mu cyiciro cya kane ihabwa abahinzi

    Arasaba abaturage kumenya neza gutoranya imbuto mu byo bejeje, ariko bakabikora neza birinda kurobanura ibirayi byiza bikagurishwa, udusigarizwa akaba aritwo bafata nk’imbuto.

    Ati “Uburyo bwo guhitamo imbuto nziza bita Selection Posotive, ni bwo bufasha abahinzi nyuma yuko twahuguye abafashamyumvire, bashinzwe gufasha abahinzi kujya mu mirima yabo bagatoranya ibirayi bizima bakabibika neza bakazabimeza bikazaba imbuto, iyo mbuto ni yo yunganira ba bahinzi bafite ubushobozi buke bwo kugura imbuto ya Certifiée.

    Bamwe mu baturage bafasha RAB mu butubuzi bw’imbuto y’ibirayi, bavuga ko ubumenyi bahawe bwabafashije mu kongera imbuto nziza y’ibirayi bigateza imbere ubuhinzi nabo ubwabo.

    Ndacyayisenga Théophile asobanura uburyo imbuto zituburwa
    Ndacyayisenga Théophile asobanura uburyo imbuto zituburwa

    Bariyanga Sylvestre, Umuhinzi wo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, umwe mu bakora ubutubuzi bw’imbuto yo ku rwego rwa kane (Certifiée,) avuga ko ubuhinzi bw’ibirayi bwamuhinduriye ubuzima, aho yatangiye afite ubutaka bungana na Are 20, ariko ubu akaba ahinga kuri Hegitari eshanu ze bwite asaruramo toni 75 z’imbuto y’ibirayi buri gihembwe cy’ihinga.

    Yemeza ko ubuhinzi ari umurimo wakiza uwukora mu gihe awitayeho uko bikwiriye ati “Ubu buhinzi nabutangiye muri 2010, bimbeshejeho kandi bitunze n’umuryango wanjye. Ubu ntuburira ku buso bwa hegitari eshanu aho niteze umusaruro ungana na toni 75, ubariye ku mafaranga 300 ku kiro ni amafaranga menshi”.

    Uwo muhinzi avuga ko ubuhinzi akora ari umusanzu aha Leta, mu kugeza imbuto nziza y’ibirayi ku Banyarwanda banyuranye, aho yiteguye kuzamura ubuso bw’ubutaka ahinga akava kuri Hegitari eshanu akagera ku 10.

    Ubutaka butuburirwamo imbuto bubanza gutwikwa
    Ubutaka butuburirwamo imbuto bubanza gutwikwa

    Ufitinema Jean Félix, Umukozi wa RAB ushinzwe ubutubuzi bw’imbuto no kuzikwirakwiza mu Karere ka Musanze, yavuze ko ako karere kamaze kugira abatubuzi b’imbuto y’ibirayi babigize umwuga 32, bakaba bakomeje kunganira RAB kongera imbuto nziza y’ibirayi.

    Avuga ko mu Karere ka Musanze ikibazo cy’imbuto y’ibirayi cyakemutse, aho ubutaka bw’ibirayi bungana na Hegitari 4,009 buhingwa buri gihembwe cy’ihinga, bose bagahinga imbuto yizewe ndetse n’umusaruro ugenda wiyongera, ubu kuri Hegitari umuturage akaba asarura toni 20.

    Avuga ko imbogamizi bahura na zo, ari abamamyi bakomeje gukoresha nabi imbuto yatubuwe, aho hari ubwo bazijyana mu masoko zikagurishwa nk’ibirayi biribwa kandi imbuto muri rusange ihenda.

    Mu Karere ka Musanze ikiro cy
    Mu Karere ka Musanze ikiro cy’ibirayi kiri hatati y’amafaranga 200 na 250

    Mu gukemura icyo kibazo, RAB ikaba yarashyizeho abafashamyumvire muri buri murenge bigisha abaturage akamaro ko guhinga imbuto nziza, bubahiriza n’uburyo bw’insimburanyagihingwa mu mirima.

    Kugeza ubu ku biciro bya RAB, imbuto y’ibirayi yatubuwe iragura amafaranga 420 na 510.


    source : https://ift.tt/3ENGP5i

  • TI Rwanda yagaragaje ibibazo by’urusobe mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe ubwo hamurikwa ubushakashatsi Transparency International Rwanda, yakoze ku mikorere y’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro no kugaragaza icyuho kikiri mu myigishirize yayo cyane ko ari ryo pfundo n’izingiro ubukungu bw’u Rwanda buzaba bwubakiyeho muri 2035.

    Kuri uyu wa Kane, tariki ya 23 Nzeri 2021 Transparency International Rwanda, yagaragaje ko mu mikorere y’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro hakigaragaramo ruswa nubwo yagabanutse ugereranyije n’imyaka yashize kuko iri munsi 10%.
    Hagaragajwe ko abanyeshuri basabwe ruswa bangana na 9.41% naho abarimu bo bakangana na 7.98%.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Transparency International Rwanda Mupiganyi Apolinaire, yagaragaje ko hari intambwe yatewe ariko yemeza ko hakigaragaramo ruswa.

    Yagize ati “Twakwishimira cyane ibyo igihugu cyagezeho ariko ibibazo bigaragara cyane cyane bijyanye na ruswa yaba igaragara ishingiye ku bantu ku giti cyabo. Ruswa igaragara iraturuka ku cyuho cyaba kigihari cyo gukorera mu mucyo binyuze mu kugaragaza icyo umuntu akora cyangwa ikurikiranabikorwa.”

    Yagaragaje ko guteza imbere gahunda yo kwigisha ubumenyingiro bisaba guhaguruka kw’impande zose kugira ngo n’ibyuho bikigaragara muri ubu burezi bishakirwe umuti.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe ikoranabuhanga namashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, Irere Claudette, yagaragaje ko ibibazo byakunze kugaragara cyane mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro ahanini byaterwaga no kuba nta muntu wari uhari wo kubazwa inshingano cyane ko byose byahurizwaga mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe imyuga n’ubumenyingiro (WDA), ariko ubu zimwe mu nshingano zacyo zashyizwe mu bigo binyuranye byitezweho gutanga umusaruro.

    Yagaragaje ko hari gahunda yo gukorana n’inganda ku buryo umunyeshuri ashobora kuzajya yiga amasomo angana na 60% mu ishuri na ho 40% akaba ari ubumenyi buvanwa mu nganda binyuze mu mikoranire y’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro n’inzego z’abikorera.

    Yakomeje agira ati “Kugira ngo ibyo bikunde ni uko uruganda ndetse n’ishuri biba bifitanye imikoranire iri ku rundi rwego. Tuzakomeza tubahuze nk’uko n’ubundi ibyo tubikora.”

    Yagaragaje ko iyi gahunda yanatangiye ku bigo bimwe na bimwe byo mu Burengerazuba bw’u Rwanda kandi ko nitanga umusaruro izakomereza n’ahandi.
    Ati “Ibyo byose twarabitangiye ndetse niBnabyo dushaka kugira ngo dushyire imbere.”

    Imenyerezamwuga mu mashuri ya TVET rirakemangwa

    Amasomo yo mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ubusanzwe yakabaye ashingiye ku mikoro yo mu mashuri ndetse n’imenyerezamwuga mu byo biga.

    Gusa ubushakashatsi bwa TI Rwanda bugaragaza ko abanyeshuri benshi batabona imenyerezamwuga nk’uko bikwiye n’abaribonye bagakora igihe gito abandi bagahabwa inshingano zitandukanye n’ibyo biga.

    Ubushakashatsi bugaragaza ko abanyeshuri 77.29% ari bo babashije gukora imenyerezamwuga bakarirangiza naho 22.71% ntibarirangize. Muri abo ariko abagera kuri 59.90% bahawe imenyerezamwuga riri hagati y’ukwezi kumwe n’abiri gusa. 16.38% bahabwa iri hagati y’amezi abiri n’atatu ari nayo akenewe mu gihe abagera kuri 15.84% bahawe igihe kitagera no ku kwezi.

    Hari n’abagagaraje ko rimwe na rimwe n’ibigo byabahaye imenyerezamwuga usanga bibaha imirimo itandukanye n’imyuga bigira bityo hagasabwa abarezi babo bakora ubugenzuzi kujya bibanda ku kumenya niba ibyo umwana yiga ari byo ari no kwimenyereza.

    Ibyo bituma habamo kudindira ku bumenyi bw’abanyeshuri mu bijyanye no gushyira mu bikorwa ibyo bize.

    Umwe mu babajijwe muri ubu bushakashatsi yagaragagaje ko intandaro yo gutanga imikoro mike mu mashuri ari ibikoresho bike, kandi bigira ingaruka ku bumenyi umwana ahabwa.

    Yagize ati “Mu yandi mashuri y’imyuga, mu rwego rwo gusohora abanyeshuri beza, bisaba ibikoresho n’imikoro ihagije. Ariko ingengo y’imari yacu ntitwemerera kubona ibikoresho bihagije kubera ko tubona hagati ya miliyari imwe n’igice na miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda kandi ni nka 10% gusa by’ayo tuba twifuza.”

    Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amashuri y’imyuga n’Ubumenyingiro, (RTB) Umukunzi Paul, yagaragaje ko kugira ngo amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro atere imbere bisaba kubanza gukemura bimwe mu bibazo bikigaragaramo.

    Yakomeje agira ati “Imbogamizi twavuga ni uko ibikoresho byifashishwa mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro bihenze cyane kandi birasaba gushyiramo imbaraga nyinshi cyane. Izo mbaraga nyinshi ntabwo wahita uzibonera rimwe. Uburyo twigisha bisaba ibikoresho bigezweho; uko dutera imbere mu ikoranabuhanga dukenera ibindi bikoresho twigishirizaho kugira ngo wa mwana uri kwiga nasohoka hanze akajya mu kazi azasange yarabyigiyeho. Guhugura abarimu na byo bisaba imbaraga nyinshi.”

    Yagaragaje ko kugira ngo intego igihugu gifite yo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi igerweho bisaba imbaraga nyinshi z’inzego zinyuranye zirimo iz’abikorera ndetse na guverinoma n’abandi bafatanyabikorwa mu iterambere.

    Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro 366 avuye ku mashuri 35 muri 2010. Yigamo abanyeshuri bagera ku bihumbi 102 kandi intego igihugu cyihaye ni uko nibura muri 2024, 60% by’abanyeshuri barangije kwiga mu cyiciro rusange bazajya bakomereza mu myuga n’ubumenyi ngiro kuko ari byo bitanga amahirwe menshi mu kwihangira imirimo.

    Abitabiriye igikorwa cya TI Rwanda cyo kumurika ubushakashatsi mu mikorere y’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe ikoranabuhanga namashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, Irere Claudette

    source : https://ift.tt/3CGnYXH

  • Miliyari 200 Frw ziva mu bushakashatsi: UR mu nzira yo kwigobotora ubukene bwari bwarabaye karande – #rwanda #RwOT

    Mu Ukwakira 2017, Dr Charles Muligande wahoze ari Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe Iterambere, yeruriye abadepite bari bagize Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta (PAC), ko nta bushobozi Kaminuza isigaranye kandi ko bidakemutse byaba ikibazo kuri ejo hazaza h’uburezi.

    Ikibazo cyahagurukije inzego zose zirimo na Minisitiri w’Intebe, birangira Leta ifashe umwanzuro wo kongerera Kaminuza y’u Rwanda miliyari 36 Frw mu 2019/2019, yiyongera kuri miliyari 25.2 Frw iyi Kaminuza yakoreshaga. Guverinoma kandi yemeye gukomeza kongera iyo nkunga buri mwaka.

    Nubwo Guverinoma yemeye ubufasha, Kaminuza y’u Rwanda ikomeje gushakisha amikoro ku ruhande ngo ibashe kugeza ubwo izihaza mu bushobozi, idategereje inkunga.

    Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, Prof Lyambabaje Alexandre aherutse kubwira IGIHE ko kuri ubu buri mwaka binjiza agera kuri miliyari 200 z’amafaranga y’u Rwanda aturutse mu bushakashatsi n’ibindi bikorwa by’ubufatanye n’ibigo mpuzamahanga.

    Ni amafaranga anyuzwa mu kigo gishinzwe gucunga amafaranga y’ubushakashatsi cya Kaminuza y’u Rwanda.

    Ati “Muby’ukuri biranakorwa ni uko abantu batabibona, buriya tubona hafi miliyoni 200$ ku mwaka mu bufatanye mu by’ubushakashatsi na za kaminuza n’ibindi bigo mpuzamahanga.”

    Yakomeje agira ati “Tugira n’ubundi buryo amafaranga abonekamo iyo twafashije abantu gukora inyigo z’imishinga n’ibikorwa bitandukanye. Ibyo nabyo birakorwa.”

    Uretse ubushakashatsi, Prof Lyambabaje yavuze ko hari ibindi bikorwa by’iterambere birimo ubuhinzi, ubworozi n’ibindi.

    Prof Lyambabaje avuga ko ibi byose babihuza hagamijwe guteza imbere Kaminuza no kwishakamo ibisubizo.

    Nubwo ibikorwa byinjiriza Kaminuza y’u Rwanda bikiri bito, yavuze ko hari icyifuzo na gahunda yo gutangira kureba uko babyaza umusaruro ibikorwa bishingiye ku bumenyi n’umutungo mu by’ubwenge.

    Ati “Icya nyuma abantu bakunda kubona cyane ni ukuvuga ngo abantu bahinze ibishyimbo, ibigori cyangwa tworoye inka n’andi matungo, icyo na cyo kirakorwa, ariko ntabwo ari cyo cyane cyane kaminuza yakagombye kuba ireberaho kubyaza umusaruro cyangwa ibikorwa byayo amafaranga, turifuza ko amafaranga yaturuka mu bikorwa bishingiye ku bumenyi no ku bwenge.”

    Kaminuza y’u Rwanda kandi ifite intego yo kureshya abanyeshuri mpuzamahanga kugira ngo baze kuyigamo ari na ko irushaho kugirana ubufatanye n’izindi mpuzamahanga.

    Muri ubu bufatanye harimo ubwo Kaminuza y’u Rwanda n’iya Kent muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kugirana bugamije guteza imbere ireme ry’uburezi mu Rwanda, harimo gutangiza amasomo mashya, kongera imbaraga mu masomo yari isanzwe ahari no gufatanya mu bushakashatsi.

    Izi kaminuza kandi zemeranyijwe kuzajya zihererekanya abanyeshuri aho Abanyarwanda bazajya boherezwa kwiga muri Kaminuza ya Kent, Abanyamerika na bo bakaza mu Rwanda kuhavoma ubumenyi.

    Kuri ubu iyi Kaminuza ibarizwamo amashami atandukanye hirya no hino mu gihugu, ikaba ibarirwa abanyeshuri bagera ku bihumbi 30, ari na yo ya mbere ifite benshi mu Rwanda.

    Prof Lyambabaje yavuze ko Kaminuza y’u Rwanda ifite intego zo gukomeza kwishakamo ibisubizo biyifasha gukemura ibibazo ihura nabyo

    source : https://ift.tt/3AF1c20

  • Hoteli y'umuryango wa Rwigara iratezwa cyamunara kuri uyu wa Gatanu #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatanu, i Kigali mu Rwanda, hateganyijwe cyamunara yo kugurisha hoteli y'umuryango wa Assinapol Rwigara. Urukiko rukuru rw'Ubucuruzi rwemeje iyo nzu igurishwa kubera umwenda uvugwa ko uwo muryango ufitiye banki yitwa COGEBANK.

    Umuryango wa Rwigara uvuga ko nta mwenda ufitiye iyo banki kandi ko ubifitiye gihamya. Urubanza rw'ubujurire busaba ihagarikwa ry'iyo cyamunara rwari ruteganijwe kuri uyu wa kane rwimuriwe kuwa mbere, ariko cyamunara iraba kuri uyu wa gatanu. Adeline Mukangemanyi Rwigara yabibwiye umunyamakuru w'Ijwi ry'Amerika Venuste Nshimiyimana ko batungujwe n'icyo cyemezo.

    Uwashinzwe kugurisha inzu y'umuryango wa Rwigara, Me Michel Hitiyarenye, yabwiye IJWI RY'AMERIKA ko igihe nta cyemezo arabona cy'umucamanza kimubuza kugurisha iyo inzu arakomeza akazi.

    Ati “Cyamunara ntabwo ihagarikwa n'uyikoresha ahubwo ihagarikwa n'urukiko cyangwa ubuyobozi bwatanze uburenganzira bwo kuyikoresha.Iyo nta cyemezo cyaturutse muri izo nzego zibifitiye ububasha.

    Abajijwe niba yamenye ko urubanza rw'Ubujurire rw'abo kwa Rwigara rwimuriwe kuwa Mbere w'icyumweru gitaha,Michel yavuze ko we nta makuru yizewe arahabwa n'inzego zose ndetse nyiri umutungo ariwe wamubwiye ko hari urubanza.

    Uyu yavuze ko abamuhaye akazi ndetse n'urukiko batigeze bamusaba gusubika iyi cyamunara bityo iraba nta kabuza.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/hoteli-y-umuryango-wa-rwigara-iratezwa-cyamunara-kuri-uyu-wa-gatanu

  • Minisitiri Gatabazi JMV yavuze ibizagenderwaho kugira ngo utubari twemererwe gufungura #rwanda #RwOT

    Minisitiri Gatabazi yatangaje ko hizwe uburyo bwinshi buzatuma abagiye mu tubari birinda,mu kiganirano yagiranye na RBA, kuri uyu mugoroba taliki ya 22 Nzeri 2021 .

    Minisitiri Gatabazi yavuze ko kugira ngo utubari dufungurwe, byatewe n'intambwe imaze guterwa mu kwirinda ndetse no kuzirikana ba nyiratwo ndetse n'ubuzima bw'abo twahaga akazi.

    Ati: 'Mu byo twasuzumye mu nama y'Abaminisitiri byagaragaraga ko hari intambwe imaze guterwa mu bwirinzi ndetse no mu kubona inkingo ku banyarwanda ndetse noneho tunasuzuma igihe utubari tumaze tudakora n'ibibazo dutekereza kuri ba nyiratwo, inzu zakodeshwaga, abakoragamo cyane cyane urubyiruko ndetse n'uruhererekane rw'ibicuruzwa biva mu nganda ari izikomeye n'iziciriritse z'Abanyarwanda, byose bimaze igihe kirenga umwaka bihagaze.'

    Yongeyeho ati: 'Dutekereza kuri ubwo buzima bw'abo bantu twumva ko hakwiye kugira igikorwa, ariko bikanajyana n'intambwe imaze guterwa yuko tumaze kumenya uburyo bwo kwirinda.'

    Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu yavuze ko utubari tutazwi umubare twose, ahubwo hari inzego zifite inshingano yo kwicara zigatekereza ibikwiye kuba byakubahirizwa.

    Yagize ati: 'Hari ugira akabari muri butike, munsi y'igitanda ntituvuze ngo ubu utubari twose twafunguwe kandi ubu ntirurafungurwa kuri iyi saha turimo kuvuga.

    Dufite inshingano nk'abayobozi, ari Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda, Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, Minisiteri y'Ubuzima, Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu, na Polisi, yo kwicara tugatekereza ibikwiriye kuba byakubahirizwa.'

    Minisitiri Gatabazi yavuze kandi ko gufungura akabari hazashingirwa ku buryo bwo kwirinda bitazashingira ku bucuruzi.

    Ati: 'Icya mbere ni ukwiga uburyo akabari gakwiye kuba gateye, ntitureba mu buryo bw'ubucuruzi turabireba mu buryo bwo kwirinda. Ese mu kabari kaba kameze gute mu buryo bwo kwirinda? hari uburyo bwo kwirinda, gukaraba intoki bwateganyijwe, uburyo bwo guhana intera ku buryo abakicayemo babona umwuka uhagije.'

    Yanashishikarije ba nyirutubari igihe tuzaba dufunguwe gukorera hanze mu busitani ahantu hari umwuka uhagije no kuzirikana amabwiriza ajyanye no kubahirizwa kugira ngo abantu birinde COVID-19.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/minisitiri-gatabazi-jmv-yavuze-ibizagenderwaho-kugira-ngo-utubari-twemererwe

  • Ibyishimo byarenze abakunzi b'agasembuye kubera umwanzuro wo gufungura utubari #rwanda #RwOT

    Inama y'abaminisitiri mu Rwanda yemeje ifungurwa ry'utubari mu byiciro nyuma y'umwaka umwe n'igice dufunze, inkuru biboneka ko yashimishije benshi.

    Abantu benshi bagiye ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza ibyishimo by'uko bagiye kongera gufata kuri ka mucyurabuhoro nta mpungenge y'amande.

    Nyuma y'uko abamaze gukingirwa byuzuye Covid-19 mu Rwanda ari hafi miliyoni 1.5 naho abatewe doze imwe basatira miliyoni ebyiri, umubare munini w'abakingiwe uri i Kigali.

    Ku gufungura utubari, umwe yanditse kuri Twitter ati: “Ahwe mbega ngo inkuru nziza yataha mu Rwanda! ati 'utubari tuzafungura' yewewe”

    Uwitwa Buki yanditse ati: “Ahuii noneho tugiye kuzajya tunywa nta kwikanga ngo police iratugwa hejuru! Murakoze Bayobozi”

    Undi ati: “Nonese abasa (urungano) ntakuntu iyi myanzuro twayinywera?

    Undi ati “Bralirwa niyibwirize imanure ibiciro dore utubari turafunguye! Muttziig we uragahoraho iteka nzoga y'abagabo!”

    Aimée Jeanne Mukakamanzi ufite akabari i Gikondo mu mujyi wa Kigali avuga ko yari yaragahinduye restaurant ariko “ntibyagendaga nka mbere ya Corona”.

    Yabwiye BBC ati: “Uyu mwanzuro niyo nkuru nziza numvise muri uyu mwaka. Nizeye ko tugiye kongera kubona imibereho.”

    Abantu babarirwa mu bihumbi bahanwe na polisi barafungwa cyangwa bacibwa amande, bashinjwa kunywa inzoga mu tubari dukora rwihishwa.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/ibyishimo-byarenze-abakunzi-b-agasembuye-kubera-umwanzuro-wo-gufungura-utubari

  • ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UTIMUKANWA IGIZWE N'IKIBANZA GIHEREREYE MUKARERE KA GASABO #rwanda #RwOT

    UMUHESHA W'INKIKO W'UMWUGA ARAMENYESHA ABANTU BOSE KO AZATEZA MURI CYAMUNARA UMUTUNGO UTIMUKANWA UGIZWE N'IKIBANZA KIRI GASABO-NDERA-RUDASHYA, GUHERA TARIKI YA 22/9/2021 SAA 17H00 ZA NIMUGOROBA KUGEZA TARIKI 29/9/2021 SAA TATU ZA MUGITONDO.

    UWIFUZA IBINDI BISOBANURO YASOMA ITANGAZO RIRI HANO HASI CYANGWA SE AGAHAMAGARA KURI TELEFONI :0788547577/ 0788307244

    Source : https://umuryango.rw/amatangazo/article/itangazo-rya-cyamunara-y-umutungo-utimukanwa-igizwe-n-ikibanza-giherereye

  • Abahinzi n’aborozi bibukijwe ibyo bakwiye kwitwararika, abo muri Bugesera basabwa guhinga ibyera vuba – #rwanda #RwOT

    Mu itangazo Minagri yashyize hanze yashimye abahinzi n’aborozi bo mu Rwanda kubera ko bakomeje kwitwara neza no muri ibi bihe igihugu gihanganyemo n’icyorezo cya COVID-19.

    Yatangaje ko kubera uyu murava waranze abahinzi watumye igihugu gikomeza kwihaza mu musaruro mwiza kandi uhagije.

    Iti “Turashimira abahinzi n’aborozi imbaraga bakomeje gushyira mu buhinzi n’ubworozi, zatumye igihugu kigira umusaruro mwiza. Turashimira by’umwihariko abafatanyabikorwa mu butubuzi bw’imbuto imbere mu gihugu uruhare rwabo mu gutuma igihugu ubu kibasha kugera ku 100% by’imbuto zikenewe muri iki gihembwe cy’ihinga ziri muri gahunda ya Nkunganire zaratuburiwe imbere mu gihugu.”

    Mu rwego rwo kurushaho kubyaza umusaruro iki gihembwe cy’ihinga cy’umuhindo 2022A, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yasabye ubufatanye abahinzi n’aborozi, inzego z’ibanze, n’abandi bafatanyabikorwa bose mu iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi mu gushyira mu bikorwa ingamba zirimo, gukomeza imirimo y’ubuhinzi n’ubworozi hubahirizwa amabwiriza y’inzego z’ubuzima yo kwirinda icyorezo cya COVID-1 9.

    Iyi Minisiteri kandi yasabye abahinzi kongera ubuso buhingwa mu buryo buhuje (Land Use Consolidation), hahingwa ibihingwa byatoranyijwe bihakwiriye, hagendewe ku bujyanama butangwa n’inzego zishinzwe ubuhinzi zibegereye; guhinga ubuso bwose buhingwa ntihagire ubutaka busigara budahinzwe haba i musozi, mu bishanga no mu nkuka zabyo, mu duhaga, no mu mibande.

    Abahinzi kandi basabwe gutegura imirima hakiri kare no gutera imbuto ku gihe hakurikijwe uko imvura izaboneka hirya no hino mu gihugu, nk’uko bigaragazwa n’amakuru y’iteganyagihe, kugira ngo ibihingwa bizabashe kubona amazi ahagije.

    Bibukijwe gufata amazi y’imvura akazifashishwa igihe imvura yacika kare. By’umwihariko.

    Minagri yavuze ko hagendewe ku makuru y’iteganyagihe ry’amezi atatu (Nzeri-Ukuboza 2021), mu gice cy’Amayaga mu Turere twa Bugesera, Kirehe na Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba hateganyijwe ko imvura izagabanuka ugereranyije n’isanzwe igwa mu bihe by’Umuhindo.

    Abahinzi bo muri ibi bice by’Igihugu barashishikarizwa guhinga ibihingwa byera vuba kandi bakongera imbaraga mu gufata amazi y’imvura ibonetse akazifashishwa igihe imvura ibaye nke.

    Muri iki gihembwe kandi abahinzi barasabwa kwitabira kurushaho ikoreshwa ry’imbuto z’indobanure n’ifumbire mvaruganda, binyuze mu kwiyandikisha muri Smart Nkunganire system nk’uburyo muri gahunda yo kubona inyongeramusaruro zunganiwe na Leta.

    Basabwe kandi kwitabira kurushaho gukora no gukoresha ifumbire y’imborera nka bumwe mu buryo bwo kongera umusaruro bwunganira ifumbire y’imvaruganda ndetse no kwitabira gukoresha ishwagara ku butaka bufite ikibazo cy’ubusharire, gukomeza kwitabira gahunda yo gukoresha imashini zihinga hagamijwe kwihutisha imirimo y’ihinga.

    Mu bindi abahinzi basabwe harimo kurwanya isuri, indwara n’ibyonnyi no kwitabira gahunda y’ubwishingizi bw’ibihingwa.

    Aborozi bo basabwe kwitabira gahunda yo gukingiza amatungo, gutera ubwatsi bwo kugaburira amatungo no gutegura uburyo bwo kubuhunika.

    Abahinzi n’aborozi bibukijwe ibyo bakwiye kwitwararika mu gihembwe cy’ihinga cya 2022A

    source : https://ift.tt/3u3FdiB

  • Nyarugenge: Umusaza w’imyaka 66 amaze imyaka 11 yishyuza inzu yemerewe kubakirwa – #rwanda #RwOT

    Uyu musaza w’imyaka 66 ubu aribana kuko abana be bamaze kubaka izabo ngo ndetse n’umugore we ntibakibana. Afite icyemezo cy’uko atishoboye yahawe n’Ubuyobozi w’Akagari ka Gacyamo mu Murenge wa Gitega uri muri Nyarugenge; ubwo yahabarizwaga mu 2014.

    Uretse kuba atagira inzu ye abamo, avuga ko afite n’uburwayi bukomeye ahora yivuza burimo umuvuduko w’amaraso, Asthme, prostate, umutima n’izindi nk’uko byemejwe n’abaganga.

    Ibyo bituma kubona amafaranga yo kwishyura ubukode bw’inzu no kugura imiti bimugora, agasaba ko yahabwa icumbi nibura agakomeza kwivuza ariko afite aho kuba.

    Hakizimana yavuze ko ubwo Umukuru w’Igihugu yasuraga amashyirahamwe ya Nyabugogo ku wa 8 Gicurasi 2010 akakirwa n’uwari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali hari n’uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu; “yabwiye Umuyobozi w’Umujyi” kumushakira inzu.

    Ati “Noneho ntegereza ko nabona inzu ndaheba”.

    Yafashe umwanzuro wo kwandikira Akarere ka Nyarugenge ku wa 6 Ukuboza 2010 ntibwamusubiza. Nyuma y’iyo baruwa IGIHE ifitiye kopi igaragaza ko yakiriwe, yabaye atuje.
    Yabonye mu 2020 hageze nta cyizere ahabwa ku nzu yemerewe, yongera kwandikira akarere ku wa 16 Werurwe, ibaruwa irakirwa ariko ntiyasubizwa.

    Yavuze ko nyuma y’aho yandikiye Umujyi wa Kigali asaba ko wamufasha ikibazo cye kigakemuka, ahuzwa n’inzego z’akarere ngo zimufashe ariko ntacyo byatanze.

    Hakizimana yagaragaje ko adasobanukirwa impamvu inzego z’ibanze zitamwubakira iryo cumbi.

    Ati “Barambajije bati ‘ese uwaguha inzu iyo ari yo yose hari ikibazo?’ Nanjye nti ‘icyo nshaka ni inzu gusa nta kindi.’ Kugeza magingo aya banze gukemura ikibazo.”

    Umuyobozi Wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imibereho myiza y’Abaturage mu Mujyi wa Kigali, Umutoni Gatsinzi Nadine, yabwiye IGIHE ko ikibazo cya Hakizimana atakizi.

    Ku murongo wa telefoni yagize ati “Icyo kibazo ndumva ntarakibona, ubwo yazatugeraho tukareba icyo twamukorera. Ntabwo nkizi kereka niba kiri muri Nyarugenge.”

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy, yavuze ko ikibazo cya Hakizimana akizi ariko ko ubusanzwe atabarizwa muri ako karere.

    Ati “Ariko aho yaba atuye hose binagaragaye ko ari umuturage utishoboye ukwiriye guhabwa ubufasha n’ubuyobozi, hari gahunda za Leta zo gufasha abatishoboye zitandukanye. Ibyo byarebwa muri uwo murongo. Ibyo nabyo kugira ngo bikorwe hari aho bihera.”

    Ngo ni muri urwo rwego ubuyobozi bw’akarere bwasabye Hakizimana kugaragaza aho atuye ndetse agasaba ubuyobozi bwaho icyemezo cy’uko atishoboye maze “agashyirwa ku rutonde rw’abazubakirwa”.

    Ibyo Hakizimana ntabikozwa! Avuga ko atazubakirwa kuko atishoboye ahubwo “agomba” kubakirwa bitewe n’uko yemerewe icumbi.

    Ubuyobozi bw’akarere bwatangaje ko bwiteguye kumwubakira nagaragaza ibyo bumusaba.

    Hakizimana Gérard yavuze ko adasobanukirwa impamvu inzego z’ibanze zitamwubakira icumbi yemerewe

    Afite uburwayi ahora yivuza

    Ibaruwa yandikiye Akarere ka Nyarugenge mu 2020

    Ibaruwa yandikiye Umujyi wa Kigali mu 2020

    Ibaruwa yandikiye Akarere ka Nyarugenge mu 2010

    Ibisubizo yahawe na muganga wamusuzumye impyiko na prostate

    Icyemezo cy’uko atishoboye yahawe mu 2014

    Mu 2018 muganga yemeje ko afite umuvuduko w’amaraso

    source : https://ift.tt/3odqnWb