Tag: Ubukungu

  • Resitora zemerewe kongera kwakira abantu, isa… – #rwanda #RwOT

    Ku bijyanye n’isaha yo kugera mu ngo yagizwe saa Mbiri z’ijoro mu gihe yari isanzwe ari saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba, itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri riragira riti “Ingendo zirabujijwe guhera saa mbiri z’ijoro kugeza saa kumi za mu gitondo. Ibikorwa byose byemerewe gukomeza gukora bizajya bifunga saa Moya z’ijoro”. Iyi nama yemeje kandi ko imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zemerewe gutwara abantu batarenze 75% by’umubare w’abantu zagenewe gutwara. 

    Insengero nazo zakomorewe ariko zisabwa kwakira abantu batarenze 30% by’ubushobozi bwazo mu kwakira abantu. Icyakora insengero zemerewe gufungura ni izisanzwe zifite ubureganzira bwo gukora kuko zujuje ibisabwa mu kwirinda icyorezo cya Covid-19. Iri tangazo rivuga kandi ko ibigo bikorerwamo imyitozo ngororamubiri (Gyms and Fitness centers) bizafungura mu byiciro. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na Minisiteri ya Siporo.

    Ibikorwa bya Siporo y’umuntu ku giti cye n’izikorerwa hanze abantu bategeranye bizakomeza. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na Minisiteri ya Siporo. Resitora zemerewe kongera kwakira abantu ariko ntizirenze 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu. Resitora zakira abakiriya bicaye hanze zemerewe kwakira abantu ku kigero cya 50% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu. 

    Imihango y’ubukwe harimo gusaba, ishyingirwa rikorewe imbere y’Ubuyobozi bwa Leta n’irikorewe mu nsengero rirasubukuwe, ariko bikitabirwa n’abantu batarenze 50. Iyo byabereye ahantu hasanzwe hemerewe gukorerwa ibirori (Licensed event venues), ntibigomba kurenza 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye. Abitabiriye iyo mihango bagomba kwerekana ko bipimishije Covid-19 mu masaha 72 mbere y’ibyo bikorwa, kandi bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 (gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, gukaraba intoki, kwambara agapfukamunwa neza).

    Umubare w’abitabira ikiriyo ntugomba kurenza abantu 10 icyarimwe. Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 20. Ibikorwa by’inzego z’abikorera bizakomeza, ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi batarenze 50% by’abakozi bose, abandi bakozi bagakorera mu rugo, ariko bakagenda basimburana. Iyi nama yemeje kandi ko ibikorwa by’ubukerarugendo bizakomeza hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19. Muri ibyo bikorwa harimo amahoteli, abashinzwe kuyobora ba mukerarugendo, na serivisi zo gutwara ba mukerarugendo. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na RDB.

    Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108509/resitora-zemerewe-kongera-kwakira-abantu-isaha-yo-kugera-mu-rugo-igirwa-saa-mbiri-108509.html

  • Rubavu: Abaturiye Sebeya bahawe rondereza zituma batangiza amashyamba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Itemwa ritemewe ry’amashyamba ndetse n’ikoreshwa ry’ubutaka hagamijwe ubuhinzi biri mu bibazo by’ingutu mu cyogogo cya Sebeya.

    Abaturiye icyo cyogogo barafashwa kukibungabunga n’ibikorwa bitandukanye mu gufata amazi amanuka ku misozi agatera isuri akuzura umugezi wa Sebeya ukangiriza abaturage.

    Umuyobozi ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu Karere ka Rubavu, Bayingana Rigobert, avuga ko mu gufasha abaturage kwirinda gutema amashyamba bashaka ibicanwa hazatangwa amashyiga ya Rondereza 1811.

    Agira ati “Umushinga watanze Rondereza mu gufasha abaturage kubungabunga ibiti n’ibicanwa bibikomokaho kugira ngo umubare w’ibiti bakoresha ugabanuke”.

    Uretse kuba abaturage bahabwa Rondereza, ibigo by’amashuri nka Groupe scolaire Mukondo, na Groupe scolaire Rusongati byubakiwe Muvelo zijyanye no kurondereza ibicanwa.

    Bayingana avuga ko mu Karere ka Rubavu hamaze gukorwa amaterasi 505ha.

    Icyogogo cya Sebeya cyagaragaje ibibazo birimo guhumana kw’imigezi iri muri icyo cyogogo, ahanini rituruka ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa mu buryo bwa gakondo, hakiyongeraho ibikorwa by’ubuhinzi butera isuri yohereza isayo mu migezi.

    Kwangirika k’umugezi wa Sebeya byagize ingaruka ku ruganda rwa Guhira rutunganya amazi yo kunywa ndetse n’inganda 2 z’amashanyarazi ku mugezi wa Sebeya, hakiyongeraho imyuzure yibasira abantu n’ibyabo muri Nyundo, Kanama ndetse n’agace k’ubucuruzi ka Mahoko.

    Impugucye zateguye isanwa ry’icyogogo cya Sebeya zateganyaga ko kibungabunzwe neza, abagituye bafata neza ibidukikije, imibereho n’ubukungu bw’abo bigashingira ku amazi n’indi mitungo kamere.

    Kubungabunga icyogogo cya Sebeya bizajyana no kubungabunga amabanga y’imisozi n’inkengero z’imigezi mu rwego rwo kurwanya isuri, kongera umusaruro, kugabanya imyuzure n’inkangu mu buryo burambye hakorwa amaterasi, haterwa amashyamba n’ibiti bivangwa n’imyaka, gutunganya imikoki no gusubiranya ahangiritse.

    Ibikorwa byo kubungabunga icyogogo cya Sebeya bizajyana no kurwanywa isuri ku butaka bungana na hegitari 1,600 bwangiriste cyane. Bazasubiranywa imikoki n’inkengero z’imigezi ku buso bwa hegitari 2000.

    source : https://ift.tt/3yFGDBo

  • Kigali: Abakora akazi ko mu rugo bagaragaje ko bagihohoterwa n’abakoresha babo – #rwanda #RwOT

    Imirimo yo mu rugo ni imwe mu itanditswe ikoramo abigajemo urubyiruko ndetse bakanagaragaza ko bakunze guhura n’ibibazo bitandukanye mu kazi kabo ka buri munsi birimo kutishyurwa no guhohoterwa na bamwe mu bakoresha babo.

    Bamwe mu baganiriye na Radiyo Rwanda bavuga ko babangamirwe n’uburyo hari abakoresha batabaha agaciro gakwiye guhabwa ikiremwamuntu.

    Uwitwa Ndayishimiye Anitha yagize ati “…guhera iyo tariki ntangira gukorera ibihumbi 10, nahakoze amezi atatu ntibanyishyura asanga cya kirarane biba ibihumbi 45 noneho mbonye batari kunyishyura mfata umwanzuro wo gusezera akazi.”

    Usibye kwamburwa amafaranga baba bakoreye, hari aho abakozi bo mu rugo bemeza ko bajya bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

    Umwe muri bo yagize ati “Nashatse ahandi nkora, mpageze umugabo waho arambwira ngo nutemera ko turyamana ntabwo nzakwishyura. Numvise abikomeje nagishije inama umukobwa twari nshuti kubera ko we yari amenyereye i Kigali ambwira ko icyiza ari uko nakwigendera kubera ko umugore we abimenye yanyica; ubwo nari maze kuhakora amezi atatu mpita ngenda batanyishyuye.”

    Hari n’ababwirwa amagambo atari meza abatesha agaciro ku buryo bwisubiramo kenshi, ibintu bemeza ko bibashengura.

    Umwe ati “..akambwira ngo sinshaka kuzabona unywa igikoma, ni icy’abana; sinshaka kuzakubona ukora ku mugati kandi ari njye ugaburira abana be, mbatekera nkanaboza, byarambabazaga cyane.”

    Nubwo abakozi bo mu rugo bagihohoterwa, uko iminsi ishira hari abagerageza gushakira ibisubizo by’ibibazo abakozi bo mu rugo bahura na byo ku buryo hari n’abashinga ibigo bibahuza n’abakoresha babakeneye bagakorana amasezerano n’ibyo bigo.

    Uwamahoro Belynda washinze ikigo gihuza abakozi bo mu rugo n’ababakeneye yagize ati “ Habaho amasezerano hagati y’umukozi n’ikigo hakongera kubaho amasezerano hagati y’ikigo n’umukoresha ndetse n’umukozi. Ibyo biba ari ukwirinda ingeso mbi zimwe na zimwe ziba mu bakozi n’abakoresha.

    Ku ruhande rw’abakoresha abakozi barabiba ariko iyo habayeho ayo masezerano ntabwo bibaho. No ku ruhande rw’abakozi iyo habayeho ayo masezerano nta hohoterwa mu buryo bwose ribaho.”

    Umunyamabanga Mukuru w’Urugaga rw’Amasendeki y’Abakozi mu Rwanda , Africain Biraboneye, we asanga hari ibyakozwe birengera abakora imirimo itanditse byasohotse mu itegeko ry’umurimo ryasohotse mu itegeko ry’umurimo ryo mu 2018.

    Ati “ Ni uko abo bakozi bakwiye kwibumbira mu mashyirahamwe n’iyo baba bari muri ayo mashyirahamwe yandi abashakira akazi ariko bakajya mu masendika nk’ishyirahamwe ryemewe kuba ryabakorera ubuvugizi mu nzego zose n’imbere y’inzego za Leta kugira ngo ibibazo byabo bimenyekane, bibe byashakirwa ibisubizo binyuze mu mikoranire isanzwe iri hagati y’abahagarariye abakozi n’abahagarariye abakoresha na Leta ishyiraho amategeko.”

    Yaboneyeho kugira inama abaturage bose yo gufata abakozi neza no kubaha agaciro bakabafata nk’ibiremwamuntu nk’abantu babafitiye akamaro cyane ko ari bo basigira ibintu byose byo mu rugo ndetse n’abana.

    Abakozi bo mu ngo ni bamwe mu bakora mu nzego z’imirimo itanditse bavuga ko bahura n’ihohoterwa bakorerwa n’abakoresha babo

    source : https://ift.tt/3AuchT5

  • Hoteli zikomeye mu mujyi wa Kigali ziri gutezwa muri Cyamunara #rwanda #RwOT

    Mu mujyi wa Kigali , haravugwa inkuru ya Hoteli 2 zikomeye ari zo Hoteli Villa Portofino Kigali y'inyeneri enye na The Mirror Hotel y'inyenyeri eshatu, ziri gutezwa Cyamunara kugira ngo hishyurwe umwenda ba nyirazo babereyemo banki.

    Ni itangazo ryatangiye gutambuka mu bitangazamakuru binyuranye rimenyesha abifuza gupiganirwa izi hoteli kuba bakwinjira ku isoko ry'icyamunara uburi riri gukorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

    The Mirror Hotel iherereye i Remera ndetse na Portofino Hotel iri i Nyarutarama mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

    Itangazo rihamagarira abantu gupiganira izi hoteli rivuga The Mirror Hotel izagurishwa ku wa 16 Kanama 2021, ikaba ifite agaciro ka miliyari 3.9 Frw.

    Uwifuza kugura iyi hoteli muri cyamunara asabwa kuzatanga ingwate ingana na 5%. Ni ukuvuga miliyoni 198 Frw.

    Naho Villa Portofino Hotel iherereye i Nyarutarama, babereyemo umwenda Banque de l'Afrique de l'Est et de l'Afrique Australe pour le Commerce et le Développement (Banque de la ZEP) ndetse na Banki Nyarwanda Itsura Amajyambere , BRD.

    Hotel Villa Portofino yo ifite umwihariko wo kuba ari hoteli itangiza ibidukikije, ikagira ahantu heza kandi hagutse ho gukorera inama, ibirori bitandukanye bihuza inshuti n'abavandimwe.

    Ibyumba by'inama bya Portofino ni binini cyane kuko hari nk'icyakira abantu 250, icyakira 70 n'icyakira 25. Umukiriya ahitamo aho ashaka gukorera inama kandi bakamuha n'ibyangombwa birimo internet, amakayi n'amakaramu.

    Portofino Hotel kandi ifite ibyumba 51 byo kuraramo kandi byose bikagira ahantu ho gufatira amafunguro ku muntu ubishaka ariko utabishaka akaba yajya kurira ahabugenewe.

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/11/hoteli-zikomeye-mu-mujyi-wa-kigali-ziri-gutezwa-muri-cyamunara/

  • Hoteli 2 zikomeye mu mujyi wa Kigali zashyizwe mu cyamunara #rwanda #RwOT

    The Mirror Hotel ni imwe muri hoteli zikomeye muri Kigali iri ku rwego rw'inyenyeri enye, iherereye i Remera muri metero 20 uvuye kuri rond-point yo ku Gisimenti, ku muhanda ujya i Remera mu Giporoso.

    Itangazo rihamagarira abantu kugura mu cyamunara The Mirror Hotel rivuga ko izagurishwa ku wa 16 Kanama 2021, ikaba ifite agaciro kari ku isoko k'asaga miliyari 3.9 Frw.

    Uwifuza kugura iyi hoteli muri cyamunara asabwa kuzatanga ingwate ingana na 5%. Ni ukuvuga miliyoni 198 Frw.

    Ni mu gihe ba nyiri Portofino Hotel iherereye i Nyarutarama, babereyemo umwenda Banque de l'Afrique de l'Est et de l'Afrique Australe pour le Commerce et le Développement (Banque de la ZEP) ndetse na Banki Nyarwanda Itsura Amajyambere , BRD.

    Ushinzwe kugurisha ingwate, Muregwa Anne avuga ko cyamunara iteganyijwe ku wa 16 Kanama 2021. Bikaba bizakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

    The Mirror Hotel iri mu zijyanye n'igihe aho ifite ibyumba 60 byiza, byisanzuye kandi bigezweho.

    Itanga serivisi nziza ku bagize umuryango kuko hari ahantu ho kwidagadurira ku bana ndetse n'aho kuruhukira no kuganirira ku bantu bakuru hatuje, ikagira ahantu hagari ho gukorera imyidagaduro.

    The Mirror hotel ifite piscine yisanzuye, ahantu ho gukorera siporo [gym], ikagira ahantu ho gufatira ibyo kunywa no kurya ndetse ikaba ifite abahanga mu gutegura amafunguro harimo n'aya gakondo.

    Ni hoteli kandi ifite internet yihuta [Wi-Fi] kandi y'ubuntu ku bantu bahasohokera cyangwa bajya kuhaganirira no kuhakorera inama zitandukanye kuko ifite ibyumba by'inama.

    Kuva ku Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali uri mu modoka ni iminota itanu ndetse n'iminota itanu kuva kuri Kigali Convention Center mu gihe umuntu uvuye mu Mujyi rwagati akoresha iminota 10 kugira ngo abe ageze kuri The Mirror Hotel.

    Hotel Villa Portofino yo ifite umwihariko wo kuba ari hoteli itangiza ibidukikije, ikagira ahantu heza kandi hagutse ho gukorera inama, ibirori bitandukanye bihuza inshuti n'abavandimwe.

    Ibyumba by'inama bya Portofino ni binini cyane kuko hari nk'icyakira abantu 250, icyakira 70 n'icyakira 25. Umukiriya ahitamo aho ashaka gukorera inama kandi bakamuha n'ibyangombwa birimo internet, amakayi n'amakaramu.

    Portofino Hotel kandi ifite ibyumba 51 byo kuraramo kandi byose bikagira ahantu ho gufatira amafunguro ku muntu ubishaka ariko utabishaka akaba yajya kurira ahabugenewe.

    Inkuru ya IGIHE

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubukungu/article/hoteli-2-zikomeye-mu-mujyi-wa-kigali-zashyizwe-mu-cyamunara

  • Abakomisiyoneri mu nyungu! Mu Rwanda ari abakinnyi n’ikipe ni inde ushaka undi? Benshi bibuza amahirwe #rwanda #RwOT

    Igura n’igurishwa ry’abakinnyi riba rihishe byinshi mu mpande zitandukanye zose z’Isi, byagera mu Rwanda bikaba akarusho aho usanga umukinnyi umwe agurishwa n’abantu barenga 5, hari n’abakinnyi bihamagarira mu makipe ngo abasinyishe, mu gihe bimenyerewe ko ikipe iyo yashimye umukinnyi ari yo ijya kumurambagiza, ba komisiyoneri bo basarura agatubutse.

    Ntushobora kumva umukinnyi ku mugabane w’u Burayi nka Messi yahamagaye muri Arsenal ayibwira ko yifuza kuba yayerecyezamo, cyangwa ngo kuko umugore wa Cristiano ari inshuti n’umutoza Ole amuhamagare amubwire ngo agarure uyu munyabigwi i Manchester, ahubwo iyo umukinnyi yifuza kwerekeza mu ikipe runaka cyangwa se yo imwifuza bavugana n’umuhagarariye 'Agent’ abo mu Rwanda tutagira.

    Muri iyi nkuru turagaruka ku buryo isoko ry’abakinnyi mu Rwanda rikorwamo binatuma ikipe igura abo idakeneye, aho abakinnyi mu Rwanda badafite ababahagarariye, n’ababafasha bakaba baba bakurikiye inyungu zabo bwite, amakipe kutagira abantu bizewe babafasha kugura abakinnyi ni bimwe bituma amakipe menshi mu Rwanda agwa mu mutego wo kwisanga yaguze abakinnyi idakeneye, ikagura byo kugura gusa.

    Mu rwa Gasabo bikorwa bite?

    Mu Rwanda abakinnyi benshi nta babahagarariye bafite (agents), n’amakipe menshi ntabwo afite abashinzwe kugura abakinnyi n’aho bari usanga bakora nka 'Komisiyoneri’ batwara umukinnyi mu ikipe bitewe n’inyungu bashobora gumukuramo batarebye umusaruro azaha ikipe cyangwa se niba ikipe imukeneye.

    Gukorana na buri wese amakipe abonye kuko umukinnyi aba adafite umuhagarariye, ikipe kuba idafite abashinzwe kugura abakinnyi bituma amakipe menshi abeshywa akagura abo adakeneye bitewe n’inyungu za bamwe.

    Ntabwo bisaba ubwenge bwinshi ngo ubone ko abakinnyi Rayon Sports irimo igura ko ataribo yakabaye igura nk’ikipe y’amateka ihanganiye ibikombe, kuko abo imaze kugura ni bamwe batifuzwa n’abo bahanganye, ariko aha ku rundi ruhande wayumva kuko muri iki gihe iri mu bibazo by’amikoro.

    Nta mwanya munini bizagutwara kubona ko mu bakinnyi 6 APR FC yaguze igiye kwifashisha ku ruhando mpuzamahanga mu mikino Nyafurika ya CAF Champions League, abashobora kuzabona umwanya ubanzamo ari 2 gusa(Aimable na Karera), hari n’abaguzwe basanzwe ari abasimbura mu makipe yabo, abakunzi b’iyi kipe bibaza niba ari bo bakinnyi yarikeneye dore ko yanabatanzeho akayabo yanageze ku isoko mbere y’abandi, wasanga abakunzi bayo bareba nabi kuko iyi kipe ifite ushinzwe kuyirambagiriza abeza.

    Mu bakinnyi baguzwe muri APR FC, Aimable Nsabimana ni umwe mu bahabwa amahirwe yo kuzajya abanza mu kibuga

    Karera Hassan ni undi mukinnyi muri 6 bashobora kuzabanza mu kibuga

    Kugura abakinnyi ikipe nta mutoza ifite

    Iyi ni indi ngingo ikunze kugarukwaho cyane uburyo ikipe igura abakinnyi nta mutoza ifite akazashakwa nyuma, mu gihe bimenyerewe ko umutoza ubusanzwe ari we ugira uruhare mu kugura abakinnyi, urugero nk’ikipe ya Police FC isa n’iyamaze kuva ku isoko kandi nta mutoza ifite.

    Gusa ntabwo umuntu yakwirengagiza ko n’ubuyobozi bushobora kugura neza kurusha ibitekerezo by’umutoza cyane ko n’abatoza ari bamwe mu bashyirwa mu majwi kuba barya amafaranga y’abakinnyi kugira ngo babazane mu makipe batoza, ibyiswe 'Injyawuro’.

    Nko muri 2019 ikipe ya APR FC yari ibizi neza ko itazakomezanya n’abatoza barimo Jimmy Mulisa ariko yagiye ku isoko igura abakinnyi barimo Manzi Thierry, Manishimwe Djabel, Mutsinzi Ange Jimmy, Niyonzima Olivier, ni bamwe mu babahaye umusaruro mu myaka 2 ishize nubwo umutoza Adil yaje nyuma y’uko bagurwa.

    Bamwe mu bakinnyi biyambura amahirwe yo kwerekeza mu makipe abashaka kubera kutiyezera

    Umwe mu bayobozi b’ikipe baganiriye n’ikinyamakuru ISIMBI, avuga ko hari igihe ikipe iba itekereza k’umukinnyi ariko igacibwa intege n’abantu uwo mukinnyi akoresha mu rwego rwo kugaragaza ko akaze.

    Ngo hari igihe abantu barenga 4 cyangwa 5 bashobora guhamagara abayobozi b’ikipe runaka bose bavuga umukinnyi umwe, babaza impamvu batamugura kandi ari umukinnyi mwiza, ngo iyo ikipe ifite komite itekereza neza itangira kwibaza kuri uwo mukinnyi ikintu yaba ahisha gituma akoresha umuhisi n’umugenzi.

    Ati 'hari uwo twaretse muri ubwo buryo, twari tumufite muri gahunda ariko ukuntu buri munsi twahamagarwaga n’abantu batandukanye, twamushyizeho akabazo, turamureka dushaka undi.'

    Ngo umukinnyi akwiye gushaka umuntu umuhagararira k’uburyo igihe agiye guhindura ikipe ari we ikipe ivugana na we bakareka kwitwaza buri ubonetse wese ngo ni uko avugana n’ubuyobozi.

    Ese birakwiye ko umukinnyi yakwihamagararira mu ikipe ashaka kuyerekezamo

    Ni igikorwa kitamenyerewe muri ruhago, ariko na none umukinnyi ashobora kubikora ku nyungu ze bitewe n’icyo ashaka cyangwa se bitewe n’uko ahari atishimye.

    Umwe mu bantu baba mu ikipe na we utifuje ko amazina ye ajya hanze, avuga ko hari uherutse guhamagara mu ikipe abamo ashaka kuzamo, gusa ngo ni ibintu biba bitumvikana kuko usanga uwo mukinnyi hari ikibazo aba afite.

    Ati 'byarabaye hari uwahamagaye perezida avuga ko ashaka kuza kudukinira akava aho ari, ngo no kuza yazira ubuntu, urumva ni umukinnyi uba utiyizeye, ntabwo umuntu yakubwira atyo ngo uhite umuzana n’iyo waba umuzi, haba hari ikibazo. Gusa guhamagara byo ku rundi ruhande usanga nta kibazo kuko ushobora gusanga nk’ikipe ye atabona umwanya wo gukina kandi ari umuhanga bibaho.'

    Abakomisiyoneri nibo boreka amakipe mu Rwanda

    Iyo urebye mu Rwanda usanga nta 'Direct Agent’ uhari, ni ukuvuga umwe ushobora gukura umukinnyi mu Rwanda akaba yamutwara i Burayi mu ikipe atifashishije aba 'agents’ babifitiye ibyangombwa, gusa Sub-agents bo barahari, niyo mpamvu bose bashyizwe mu gatebo k’abakomisiyoneri.

    Aba rero amakipe menshi abashinja kuyahemukira kuko abagirira icyizere akabazanira abakinnyi batari ku rwego bifuza ahubwo bo bakareba abo bazakuramo inyungu mbere y’ibindi(si bose), kuko iyo azanye umukinnyi udashoboye no kumurya amafaranga biroroha cyane, si kimwe n’umukinnyi wiyizeye uzi ko azi umupira.

    Benshi bazi inkuru ya Gakumba Patrick 'Super Manager’ uburyo yashwanye n’ikipe ya Musanze FC bitewe n’abakinnyi yayiguriye batari ku rwego bifuzaga, aha haje kwiyongeraho kuba uyu mugabo yarariye amafaranga y’umukinnyi w’umunya-Nigeria, Stephen Okwecuku yari yabaguriye muri 2019.

    Si we gusa kuko hari n’abandi usanga bashinzwe kugura abakinnyi mu makipe ariko wajya kureba ugasanga barimo kwigurira abakinnyi b’abasimbura gusa, utakwizera ko bazabona umwanya mu ikipe abajyanyemo.

    Super Manager ni umwe mu bamenyerewe mu Rwanda uzanira amakipe abakinnyi

    APR FC niyo kipe ifite ushinzwe isoko ry’abakinnyi uzwi ari we Mupenzi Eto

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/abakomisiyoneri-mu-nyungu-mu-rwanda-ari-abakinnyi-n-ikipe-ni-inde-ushaka-undi-benshi-bibuza-amahirwe

  • Kigali: Hoteli ebyiri ziragurishwa mu cyamunara #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hotel Villa Portofino Kigali
    Hotel Villa Portofino Kigali

    Izo Hoteli ni Hotel Villa Portofino Kigali iherereye i Nyarutarama mu Karere ka Gasabo, na The Mirror Hotel iherereye i Remera muri Gasabo.

    Itangazo riteza cyamunara izo Hoteli rivuga ko cyamunara izakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga guhera tariki 09 Kanama 2021 kugeza tariki 16 Kanama 2021.

    The Mirror Hotel
    The Mirror Hotel


    source : https://ift.tt/3jO00Cl

  • Hoteli 2 zikomeye i Kigali ziri gutezwa Cyamunara #rwanda #RwOT

    Ni itangazo ryatangiye gutambuka mu bitangazamakuru binyuranye rimenyesha abifuza gupiganirwa izi hoteli kuba bakwinjira ku isoko ry’icyamunara uburi riri gukorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

    The Mirror Hotel iherereye i Remera ndetse na Portofino Hotel iri i Nyarutarama mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

    Itangazo rihamagarira abantu gupiganira izi hoteli rivuga The Mirror Hotel izagurishwa ku wa 16 Kanama 2021, ikaba ifite agaciro ka miliyari 3.9 Frw.

    Uwifuza kugura iyi hoteli muri cyamunara asabwa kuzatanga ingwate ingana na 5%. Ni ukuvuga miliyoni 198 Frw.

    Naho Villa Portofino Hotel iherereye i Nyarutarama, babereyemo umwenda Banque de l’Afrique de l’Est et de l’Afrique Australe pour le Commerce et le Développement (Banque de la ZEP) ndetse na Banki Nyarwanda Itsura Amajyambere , BRD.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Hoteli-2-zikomeye-i-Kigali-ziri-gutezwa-Cyamunara

  • Gasabo-Kinyinya: Abimuwe mu bishanga bategereje ingurane amaso ahera mu kirere #rwanda #RwOT

    Bamwe mu baturage basenyewe kuko bari batuye mu bishanga baravuga ko bategereje ingurane bizejwe n'ubuyobozi bw'Umurenge amaso ahera mu kirere. Ni mu Mudugudu wa Kadobogo, Akagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

    Itangazamakuru rya Flash ryasanze aba baturage mu matongo basenyewe muri 2019, muri gahunda yo kuvana abantu mu gishanga ku mpamvu yo gukiza ubuzima bwabo.

    Aba baturage bavuga ko muri uwo mwaka ubuyobozi bw'Umurenge bwaje bugasenya amazu yabo bubabwira ko batuye mu gishanga.

    Icyo gihe uwasenyewe wese yahawe amafaranga yo gukodesha amezi abiri, bizezwa ko bazabaha ingurane, ariko ngo barategereje amaso yaheze mu kirere.

    Baganira n'umunyamakuru wa Flash, bamubwiye ko nyuma yo gusenyerwa ubuzima bwahindutse.

    Martha Akimanaati 'Nari mfite inzu y'imiryango 27 yakodeshwaga n'indi y'ibyumba birindwi nabanagamo n'abana banjye, ariko ubu ndi muy'icyumba kimwe n'uruganiriro kandi nayo tudakwirwamo.'

    Ndayisaba Martinyagize ati 'Namaze imyaka myinshi ntunda imicanga nza kugura ikibanza ndubaka. Nyuma y'igihe gito baraza baradusenyera baduha ibihumbi mirongo ine byo gukodesha amezi abiri, batwizeza ko bazaduha ingurane, none dore imyaka ibaye ibiri.'

    Iki kibazo abaturage bavuga ko gifitwe n'imiryango 7 nk'uko umunyamakuru yayisuye.

    Iyi miryango yavanwe mu gishanga bakodesha n'ubundi muri uyu mudugudu wa Kadobogo, ariko bagira ubwo baza gusura aho bahoze.

    Buri muryango utuye mu nzu y'icyumba kimwe n'uruganiriro.

     Hari abagaragaza ko badakwirwamo, ariko abandi barimutse bajya gushaka aho baba nko mu Ntara.

    Barasaba Leta ko yabafasha ikabaha ingurane bijejwe cyangwa se bagasubizwa ibyabo byangijwe.

    Martha Akimana ati 'Ndasaba ngo mutuvuganire kuko mbayeho ubuzima bubi ku buryo n'abana bamwe bavuye mu ishuri.'

    Martin Ndayisaba aragira ati 'Ndumva bansubiza ikibanza cyanjye bakanyemerera ko nubaka, kuko mbayeho nabi simfite aho mba n'abana banjye uko ari bane.'

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kinyinya, Nduwayezu Alfred, yagaragaje ko iki kibazo cyarenze ubushobozi bw'Umurenge ubu kikaba kiri mu maboko y'Akarere ndetse n'umujyi wa Kigali.

    Ariko ngo uwaba afite ikibazo cy'amashuri y'abana yabegera bakumufasha kumushakira ishuri.

    Nduwayezu yagize ati 'Iki kibazo inzego zituyoboye zirakizi kandi bazaduha umurongo wacyo. Nta mwana wari ukwiye kuba atiga, hari abo twafashije babona amashuri n'abandi rero bafite ikibazo baza ku murenge tukabafasha.'

    Aba baturage bavuga ko nubwo basenyewe kuko bari batuye mu gishanga ibyangombwa bafite byanditseho ko ari mu miturire.

    Ikindi kibatera urujijo ariko ni uko bavuga ko hari abandi bantu bari kubaka aho bo basenyewe babwirwa ko ari mu gishanga.

    CYUBAHIRO GASABIRA Gad

    The post Gasabo-Kinyinya: Abimuwe mu bishanga bategereje ingurane amaso ahera mu kirere appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/08/10/gasabo-kinyinya-abimuwe-mu-bishanga-betegereje-ingurane-amaso-ahera-mu-kirere/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=gasabo-kinyinya-abimuwe-mu-bishanga-betegereje-ingurane-amaso-ahera-mu-kirere

  • Muhanga: Hari abagitegereje ko bagobokwa kubera Guma mu Rugo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hari abagitekereje guhabwa ibiribwa
    Hari abagitekereje guhabwa ibiribwa

    Nsekanabanga Damascène avuga ko amaze imyaka itatu mu mujyi wa Muhanga aho yaje avuye mu Murenge wa Rugendabari, akaba avuga ko afite inzara kuko ubusanzwe arya ari uko yatoraguye ibintu ahajugunywa imyanda.

    Habimana Augustin na we amaze imyaka 20 atuye muri Rutenga akaba atunzwe no gukora ibiraka ubu kurya bikaba bimugoye, kuko ubuyobozi bwababwiye ko bakomeza gutegereza ariko barahebye.

    Umuyobozi w’umudugudu wa Rutenga avuga ko abantu 100 ari bo bahawe ibyo kurya hagendewe ku baturage bazwi batuye mu mudugudu wa Rutenga kandi bababaye cyane kurusha abandi, bikaba bishoboka ko hari abashonje batabonye ibyo kurya.

    Agira ati “Abaturage bahawe ibyo kurya ariko ntabwo bihagije abayifuzaga bose, buriya nta muntu wakwanga ibyo kurya ni yo mpamvu harebwe gusa ababaye cyane kurusha abandi ariko hari n’abasigaye ubuyobozi bw’akarere bwari bwavuze ko na bo bahabwa ibyo kurya. Gusa ntabwo byahise biboneka abantu basa nk’aho bigaragambije”.

    Ku kijyanye no kuba hari abavuga ko ibyo kurya byahawe abifite abashonje bakaviramo aho, uwo muyobozi avuga ko hari ibintu bikwiye kuba bititiranwa n’ibindi kuko hari igihe nk’umuhinzi wa hano mu mujyi yifuza ibyo kurya kandi akazi ke katarahagaze, umugore w’umushoferi yabihabwa bikitwa ko bihawe umuntu wishoboye.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye, Nshimiyimana Jean Claude, avuga ko buri wese ukeneye ibyo kurya bitamugeraho ariko ababaye cyane kurusha abandi byabagezeho.

    Avuga ko muri rusange imiryango yahawe ibyo kurya kubera ingaruka za Guma mu Rugo isaga 1000 kuko ari bo bari bababaye cyane kurusha abandi, icyakora ngo imiryango isaga 2000 ni yo yari ikeneye ibyo kurya kandi gahunda yo kubitanga iracyakomeje.

    Agira ati “Abantu bose ntabwo wabona ibyo kurya ubahaye ariko abababaye cyane kurusha abandi kubera ingaruka za Guma mu Rugo twabahaye ibyo kurya kandi gahunda irakomeje. Ntabwo ari byinshi ngo bigere kuri buri wese ariko ku bufatanya n’ubuyobozi bw’akarere n’abafatanyabikorwa ibyabonetse twabibagejejeho”.

    Nsekanabanga na Habimana bategereje ko bagobokwa
    Nsekanabanga na Habimana bategereje ko bagobokwa

    Ntivuguruzwa Landouard avuga ko ibyo kurya byahawe abishoboye abakene bagasigara akifuza ko hakwirindwa amarangamutima mu kugoboka abashoje, kuko na we ubwe yiboneye ko hari ababihabwa bitanyuze mu mucyo.

    Agira ati “Biragaragara ko ibyo kurya bitangwa twese ni Guma mu Rugo, ariko hari ababiha abo bafite ibyo bahuriyeho, iyaba byatangwagwa hakoreshejwe uko umuntu ameze n’uko ateye kuko harimo ibitameze neza”.

    Harabura umunsi umwe ngo ingamba zo gushyira muri Guma mu Rugo imirenge irindwi y’Akarere ka Muhanga irangire, hakaba hategerejwe kureba niba iminsi yiyongera cyangwa Guma mu Rugo ikurwaho ubuzima bukongera gusubira nka mbere.

    source : https://ift.tt/37vSI09