Tag: Ubukungu

  • Abatuye i Kigali bishimiye ko amasaha yo gutaha yongerewe (Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Guhera ku munsi w'ejo hashize tariki ya 12 Kanama 2021, amasaha yo gutaha yagizwe saa mbiri z'ijoro (8pm) avuye kuri saa kumi n'ebyiri (6pm).

    Abatuye umujyi wa Kigali bishimiye ko amasaha yo gutaha yongereweho abiri bakaba babona ari umwanya mwiza babonye wo kwagura ibikorwa byabo ndetse no kwiteza imbere biruseho. Hirya no hino mu mihanda no mu tuyira tw'abanyamaguru, abantu bari bafite akanyamuneza kagaragarira ku maso ndetse n'abandi bari bakomeje imirimo yabo bishimye mbere yuko isaha yagenwe yo gufunga amaduka yabo berekeza mu ngo zabo igera.

    Source : https://yegob.rw/abatuye-i-kigali-bishimiye-ko-amasaha-yo-gutaha-yongerewe-amafoto/

  • Musanze: Abo mu bice by’icyaro barizezwa ko ikibazo cy’amazi kigiye kuba amateka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Barakoreshwa imbaraga zishoboka ngo mu mwaka wa 2024 abaturage bose bazabe bagerwaho n
    Barakoreshwa imbaraga zishoboka ngo mu mwaka wa 2024 abaturage bose bazabe bagerwaho n’amazi meza

    Ibi biratangazwa mu gihe hari abaturage bo mu Mirenge imwe n’imwe yo mu Karere ka Musanze, bavuga ko ibyo bibagaruriye ikizere cyo kubona amazi meza, kuko hari uduce twari tumaze hafi umwaka twaracukuwemo imiyoboro, abahatuye babwirwa ko hazanyuzwa amatiyo y’amazi, none ubu iyo miyoboro ikaba irimo kongera gusubiranywa batabonye ayo mazi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere n’ubukungu Andrew Rucyahana Mpuhwe, avuga ko Akarere kamaze iminsi gashyira mu bikorwa umushinga wo gukwirakwiza amazi meza mu bice by’icyaro, ku bufatanye n’Ikigo WASAC.

    Yagize ati “Iyo Mirenge y’icyaro yibanzweho muri uwo mushinga wo gukwirakwiza amazi meza urimo kugana ku musozo, harimo uwa Gashaki, Remera, Cyuve, Busogo, Musanze na Muhoza; ariko hakaba ibice bimwe na bimwe by’imwe muri iyo mirenge byagiye bigaragara ko kuyahageza bisaba ingufu nyinshi. Byatumywe dufata umwanzuro wo kuzayahageza, binyuze mu wundi mushinga mushya tuzafatanyamo na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, duteganya gutangira mu mpera z’uyu mwaka”.

    Yongera ati “Icyo nabwira abaturage, ni uko aho ibyo bikorwa remezo by’amazi bagejejweho babibungabunga. Ariko kandi n’aho amazi ataragera, nababwira ko natwe ari ikibazo kiduhaangayikishije, ari na yo mpamvu twabishyize mu bibazo byihutirwa tugomba gukoraho. Nababwira ko bashonje bahishiwe, cyane ko tunamaze iminsi tunoza uko umushinga uzashyirwa mu bikorwa”.

    Imiyoboro yagombaga kunyuzwamo amatiyo y’amazi, ikaba irimo kongera gusubiranywa bidakozwe, uyu muyobozi yirinze kugira byinshi abivugaho, gusa ahamya ko ibirimo gukorwa biri mu nyungu z’umuturage no kurinda impanuka byateza mu gihe byaba bikomeje kuhaba ntacyo bikoreshwa.

    Mu Karere ka Musanze, by’umwihariko mu Mirenge ibarwa nk’igice cy’icyaro, habarurwa amavomo 48 akeneye gusanwa, aho uyu muyobozi yemeza ko bizaba byakozwe mu gihe kitarenga amezi abiri, abaturage bakongera kuyakoresha.

    Amavomo atagikora hari gahunda yo kuyasana akongera gukoreshwa
    Amavomo atagikora hari gahunda yo kuyasana akongera gukoreshwa

    Ikibazo cy’amazi mu tugari tumwe na tumwe mu Murenge wa Remera, ngo cyari ihurizo rikomeye, dore ko n’amwe mu mavomo harimo n’ayo abaturage bishyize hamwe bakiyubakira, amwe n’amwe atagikora.

    Umwe mu baturage ati “Ubu kuvoma bidusaba gukora urugendo nibura rw’amasaha abiri, tujya gushoka ibishanga cyangwa ikiyaga cya Ruhondo. N’ugerageje kwiyandayanda ashaka amazi nibura yo kunywa, yishyura amafaranga ari hagati ya 200 na 300 ku ijerekani imwe, nabwo bikamusaba gukora urugendo rutari munsi y’amasaha abiri ajya kuyavoma, gusa akarere katwijeje ko byose bigiye gukemuka tukabona amazi meza hafi, biradushimishije”.

    Mu ntego Leta y’u Rwanda yihaye, harimo ko bitarenze umwana wa 2024, abaturage bazaba bihagije ku mazi meza, ku buryo n’abazaba batayafite mu ngo zabo, bazaba bakora urugendo ruri hagati ya metero 200 na 500.

    source : https://ift.tt/3jPpvmF

  • U Rwanda rwemeye kugurizwa miliyoni 83 z'Amayero na Banki ya Aziya #rwanda #RwOT

    Inteko ishinga amategeko y'u Rwanda, yemeje umushinga w'Itegeko ryemeza amasezerano ya Burundu y'inguzanyo ya miliyoni mirongo inani n'eshatu n'ibihumbi magana atatu z'Amayero (83.300.000).

    Ni amasezerano hagati ya leta y'u Rwanda na Banki ya Aziya ishinzwe gutera inkunga ishoramari rigamije ibikorwaremezo, agamije gufasha urwego rw'abikorera kubona imari yo kwiyubaka no guhangana n'ingaruka za COVID 19.

    Mu buryo bunyuze mu ikoranabuhanga abadepite bari gukoramo muri iki gihe, bemeza uyu mushinga w'iri tegeko ry'inguzanyo bagaragaje impungenge kuri aya madeni igihugu gifata kigamije gufasha abikorera, berekana ko hari abayakoresha ibyo batayasabiye ntiyunguke uko bikwiye.

    Depite Nyirahirwa Veneranda yagize ati 'Iyi nguzanyo izazahura ibijyanye n'inganda, ubucuruzi n'ibindi, byatumye nibaza ko muri ino minsi hari kugaragara amahoteli atezwa cyamunara kuko yagizweho ingaruka n'icyorezo cya covid-19. Iki kigega kirimo kirasubiza ibibazo by'abantu bagizweho ingaruka cyangwa haracyakenewe ibindi? Ni iki gishingirwaho ngo abashoramari batoranwe babashe guhabwa inguzanyo? Mugendera kuki munareba imikoreshereze y'ayo mafaranga?'

    Depite Bakundufite Christine Yagize ati 'Njye ikibazo mfite kijyanye n'ingamba zihari zo gukurikirana ababa barahawe ayo mafaranga, izo ngamba zo gukurikirana ayo mafaranga zihagaze gute kugira ngo turebe abagiye kuyahabwa uburyo bazayakoresha n'uburyo bazayabyaza inyungu bikura mu ngaruka batewe n'icyorezo cya covid 19.'

    Izi mpungenge z'aba Badepite ariko umunyamabanga wa leta muri ministeri y'Imari n'Igenamigambi wari uhagarariye Leta, bwana Richard Tusabe, yagaragaje ko byatekerejweho, kuko banki zizahabwa iyi nguzanyo, zasabwe gukurikirikirana uko abayahawe bayakoresha.

    Tusabe 'Kuyakurikira kwa mbere ni uburyo uyanyuzamo ya Banki yabagurije niyo igomba gukurikirana abo bayahaye, ndetse bagakurikirana ko imishinga babahereye amafaranga izunguka, BRD yashyizeho uburyo bwo kugira inama abashoramari kuko mbere wasangaga abo bashoramari basabwa inyandiko z'uburyo ayo mafaranga azakoreshwa ugasanga byabananiye.'

    Nubwo bwose aba Badepite bagaragazaga impungenge byarangiye bemeje uyu mushinga w'itegeko ry'inguzanyo.

    Amasezerano y'iyi nguzanyo avuga ko izishyurwa mu myaka 28 iri imbere akazatangira kubarwa hashize imyaka 6 akoreshwa.

    U Rwanda rwari rusanzwe rwarashyizeho uburyo bwo korohereza abikorera kubona amafaranga agamije kuzahura ubukungu bwashegeshwe na Covid-19, kuko asanze harashyizweho ikigega kibafasha kubona inguzanyo binyuze mu nguzanyo.

    Muri iki gihe hari impungenge ko hatabayeho uburyo bworoshye bwo kugera ku mari, ku bikorera bamwe kubera ibihombo bahura nabyo na za cyamunara kubera kubura imikorere ihamye.

    AGAHOZO Amiella

    The post U Rwanda rwemeye kugurizwa miliyoni 83 z'Amayero na Banki ya Aziya appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/08/13/u-rwanda-rwemeye-kugurizwa-miliyoni-83-zamayero-na-banki-ya-aziya/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=u-rwanda-rwemeye-kugurizwa-miliyoni-83-zamayero-na-banki-ya-aziya

  • Nyarugenge: Ruhurura ya Mpazi yatangiye gusanwa, izuzura itwaye hafi miliyari 8 Frw – #rwanda #RwOT

    Iyi ruhurura ya Mpazi yubatswe hagamijwe guha inzira amazi yaturukaga ku misozi itandukanye yo mu Mujyi wa Kigali uretswe ko muri iki gihe bimwe mu bice byayo byatangiye gusenyuka binasenya ziwe mu nzu ziyegereye n’ibiraro abantu bifashishaga bayambuka.

    Bamwe mu baturage bayituriye babwiye IGIHE ko bafite impungenge z’uko imvura nitangira kugwa itararangiza gusanwa kuko izasenya inzu zabo.

    Kabahiza Elie wo mu Murenge wa Gitega yagize ati “Byaradushimishije cyane kumva ko bagiye gutangira kuyisana ikibazo dufite ni uko babivuga bigaherera mu magambo.”

    Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe ibikorwaremezo n’imiturire Dr. Merald Mpabwanamaguru, yabwiye Radio Rwanda ko imirimo yo gusana iyi ruhurura yatangiye aboneraho gusaba abayituriye kuzayifata neza.

    Ati “Gahunda yo gusana iriya ruhurura ya Mpazi irahari ku buryo n’igice cyayo cyo hepfo imirimo yo kugisana yatangiye, twabanje kubaka ikiraro cy’umugezi wa Nyabugogo aho ariya mazi ava muri Mpazi azisuka. Iyo wubaka ruhurura uturuka hepfo uzamuka kuko iyo wubatse umanuka amazi aza ari menshi agasenya ibyo wubatse.”

    Bieteganyijwe ibi bikorwa byo gusana ruhurura ya Mpazi bizarangira bitwaye milliyari 7.9 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Uretse ruhurura ya Mpazi, Umujyi wa Kigali unemeza ko ufite gahunda yo gukora indi miyoboro umunani y’amazi y’imvura hagamijwe kurinda abaturage ibiza.

    Ruhurura ya Mpazi yatangiye gusanwa mu rwego rwo kuyobora neza amazi y’imvura atuma habaho ibiza bisenyera abaturage

    Abaturiye Ruhurura ya Mpazi bafite ubwoba bw’uko imvura nigwa ari nyinshi iyi ruhurura itarubakwa izabasenyera

    source : https://ift.tt/3xPjGe4

  • Nyamasheke-Rusizi: Abagore bakora ubucuruzi buciriritse bahawe amafaranga yo kuzahura ubucuruzi bwahungabanyijwe na Covid-19 #rwanda #RwOT

    Abagore 240 bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke mu Ntara y'Iburengerazuba bakora ubucuruzi buciriritse mu masoko kandi bakaba bafite abana barererwa mu marero, bahawe amafaranga agomba kubafasha kuzahura ubucuruzi bwabo kuko ngo bwahungabanyijwe n'icyorezo cya Covid-19.

    Ni abagore 120 bakorera mu isoko rya Rwesero mu Karere ka Nyamasheke n'abandi 120 bakorera mu isoko rya Kamembe mu Karere ka Rusizi, bakaba bahawe amafaranga buri wese ibihumbi 30 ku bufatanye bw'utwo turere n'umuryango ADP usanzwe ubafasha mu bikorwa byo kurerera abana babo mu marereo (ECD).

    Aba bagore bavuga ko kuva icyorezo cya Covid-19 cyaza mu Rwanda ubucuruzi bwabo bwagiye buhungabana cyane, kuburyo byabagizeho ingaruka zirimo bamwe guhagarika ubwo bucuruzi abandi igishoro kiba gicye.

    Clementine Dusenge asanzwe acuruza ibiryamirwa avuga ko kubera gahunda ya Guma mu Rugo yatumye bajya mu gihombo, kubera ko ibyo yacuruzaga byari byari byarahagaritswe, ariko amafaranga bamuhaye agiye kumufasha kongera igishiro.

    Ati 'Amafaranga arabura kubera gahunda za guma mu rugo, igishoro kikabura kubera umuntu adakora igihe kinini, abakiriya bakaza ari bacye kubera kubagabanya mu isoko kugira ngo twirinde covid-19. Aya mirongwitatu ni ukuyongera mu gishoro kuko hari igihe umuntu yaryaga ku gishoro.'

    Alphonsine Byukusenge acuruza ibiribwa birimo inyanya n'intoryi mu isoko yemeza ko kuba abonye aya mafaranga, hari icyo azongera mu bucuruzi bwe bwa buri munsi.

    Ati 'Ibase y'inyanya ni ibihumbi icumbi naho iy'intoryi ni ibihumbi birindwi, urumva ko niba nari nsigaranye cumi na bitanu ngiye kongeramo ibyo 30 maze nkashyiramo n'ibitunguru na karoti. Ni macye ntabwo iki gishoro kimpagije ariko n'agato kava ku iguye nta kintu nari mfite nyine.'

    Umukozi w'uyu muryango wa ADP, Aston Bitegetsimana avuga ko aba babyeyi batewe inkunga, ari abarerera mu irerero ryabo kugira ngo abana babo babone indyo yuzuye n'uburere buhagije.

    Ati 'Ni igikorwa cyo gufasha ababyeyi bafite abana muri ECD, bitewe nuko icyorezo cya Covid cyabagezeho bagahomba maze dutegura igikorwa cyo kubafasha kongera igishoro, kugira ngo byibuze umwana naza kuri ECD abone indyo yuzuye n'uburere bukwiriye. Ariko najya no mu rugo ya ndyo yongere ayisangeyo kuko umubyeyi we yabonye uburyo bwo kongera gucuruza neza.'

    Aya mafaranga bahawe bakaba basabwe kuyakoresha neza ntibayapfushe ubusa bayinezezamo nubwo atari inguzanyo bazishyura.

     Sitio NDOLI

    The post Nyamasheke-Rusizi: Abagore bakora ubucuruzi buciriritse bahawe amafaranga yo kuzahura ubucuruzi bwahungabanyijwe na Covid-19 appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/08/13/nyamasheke-rusizi-abagore-bakora-ubucuruzi-buciriritse-bahawe-amafaranga-yo-kuzahura-ubucuruzi-bwahungabanyijwe-na-covid-19/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=nyamasheke-rusizi-abagore-bakora-ubucuruzi-buciriritse-bahawe-amafaranga-yo-kuzahura-ubucuruzi-bwahungabanyijwe-na-covid-19

  • Uruganda rwa Skol rwafashije imiryango ikennye iruturiye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uruganda rwa Skol rwafashije imiryango ikennye iruturiye
    Uruganda rwa Skol rwafashije imiryango ikennye iruturiye

    Ibyo Uruganda rwa Skol rwabikoze mu rwego rwo kugira uruhare mu mibereho myiza y’abaturage baturanye na rwo batishoboye babishyurira ubwisungane mu kwivuza ‘Mitiweri’ mu mwaka wa 2021-2022.

    Buri mwaka, Sosiyete ya Skol yishyura ‘Mitiweri’ zigera ku 1.350, izishyurira imiryango ikennye idashobora kuziyishyurira no kubona serivisi z’ubuvuzi itabonye ubufasha.

    Ivan Wulffaert, Umuyobozi mukuru w’uruganda rwa Skol, yavuze ko urwo ruganda rutazanywe no gukorera amafaranga gusa ahubwo ngo rufasha no mu kuzamura imibereho myiza y’abaturanyi.

    Yagize ati “Skol ntabwo iri hano nka Sosiyete yaje gukorera amafaranga gusa, ahubwo ifite n’ inshingano zo kugira uruhare mu mibereho myiza y’abaturage. Kuva uru ruganda rwashingwa, rwakomeje gufasha no gushora imari mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage baturiye uruganda mu buryo butandukanye.

    Ati “Abasaga 60% by’abakozi b’uruganda ni abaruturiye, twatanze imyenda y’ishuri (uniforms) ku banyeshuri bo ku ishuri ribanza rya Nzove, twatanze umuceri uhabwa abantu bashonje muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19, n’ibindi. Twizera ko kugira ubuzima bwiza ari ikintu cy’ingenzi, kuko bituma abantu babasha gukora, bagatunga imiryango yabo, ndetse bakagira n’uruhare mu iterambere ry’igihugu”.


    source : https://ift.tt/3yIdcik

  • Muri Covid-19 ubucuruzi bwagabanutse ku rugero rwa 50% – IPAR #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri Covid-19 ubucuruzi bwagabanutse ku rugero rwa 50%
    Muri Covid-19 ubucuruzi bwagabanutse ku rugero rwa 50%

    IPAR ivuga ko ubwo bushakashatsi n’ubwo bwatangajweho igice cy’aho bugeze kugeza ubu, ngo buzakomeza gukorwa mu Rwanda hose mu gihe kingana n’amezi 36, kuva muri Kanama 2020 kugera muri Kanama 2023.

    Bukubiye mu nyigo eshatu zakozwe n’abashakashatsi ba IPAR, ari bo Dr Jean Baptiste Nsengiyumva, Dr Dickson Malunda hamwe na Ismael Byaruhanga.

    Dr Malunda avuga ko igihe u Rwanda rwari rumaze umwaka wose rwadutswemo n’icyorezo Covid-19, ubucuruzi bwari bumaze kugabanuka ku rugero rwa 50% muri rusange, ariko mu ntara zibasiwe cyane hakaza iy’Iburengerazuba iri ku rugero rwa 58%, iy’Amajyepfo ku rugero rwa 56% ndetse n’iy’Amajyaruguru ku rugero rwa 54%.

    Mu byiciro by’ubukungu byashegeshwe cyane, ku mwanya wa mbere haza serivisi zagize igihombo kingana na 41%, inganda zikaba zarahombye 33% ndetse n’ubuhinzi na bwo ngo bwahombye 33%.

    Dr Malunda yakomeje agaragaza ko hari ibigo by’abikorera byagerageje kuhanyanyaza ariko bigatakaza abakozi kubera kubura icyo bibahemba, ku buryo ahari abakozi 17 ubu ngo hasigaye 10 gusa.

    Mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri abakozi batakaje akazi bangana na 53%, mu buhinzi n’ubworozi hagiye abangana na 31% na ho mu nganda hagenda abangana na 27%.

    Akarere ka Huye ni ko kaza imbere mu kugira benshi batakaje imirimo ku rugero rwa 29%, kagakurikirwa n’aka Musanze katakaje abangana na 24% kubera serivisi z’ubukerarugendo zahagaze.

    Byinshi mu bigo kugeza ubu ngo ntabwo birabasha kubyuka cyangwa kuzahuka ngo bigere ku muvuduko byariho, kuko ibigera kuri 95% bitarahabwa ku gishoro cy’Ikigega cya Leta cyagenewe kunganira ubukungu bwazahajwe na Covid-19.

    Dr Ismael Byaruhanga na we yakomeje agaragaza imbogamizi ziri mu bucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga, avuga ko kuva ari cyo cyerekezo Leta iganamo hakenewe amavugurura y’uburyo ubu bucuruzi bukorwamo.

    Avuga ko serivisi z’ubwikorezi bw’ibintu cyane cyane ibijya n’ibiva mu mahanga zihenze cyane, ku buryo umuntu watumije umutwaro upima ibiro bitanu uvuye mu gihugu cy’u Bwongereza, ngo awishyurira amadolari ya Amerika 110 (ni amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 110).

    Uko ubukungu bwaguye
    Uko ubukungu bwaguye

    Ati “Usanga igiciro cyatanzwe mu kuzana ibyo bicuruzwa kiruse kure cyane icyatanzwe mu kubigura”.

    Dr Byaruhanga ajya inama y’uko Leta yakorana na Kompanyi y’indege z’u Rwanda (Rwandair) hamwe n’ibindi bigo mpuzamahanga bikora ubwikorezi, kugira ngo bijye gutumiza no kohereza ibintu mu mahanga birusheho guhenduka.

    Avuga kandi ko abaturage bakeneye ibikoresho nka telefone zigezweho (smart Phones), byazabafasha kugura no gucuruza hifashishijwe ikoranabuhanga, aho kugira ngo abantu bajye bajya kubyiganira mu masoko.

    Ibi kandi ngo byagombye kujyana n’uko igiciro cyo guhererekanya amafaranga hagati y’umuntu n’undi (umuguzi n’umucuruzi), byarushaho kugabanywa cyane, kuko ngo Abaturarwanda bahomba 7.1% by’inyungu yabo mu kugura no kugurisha hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa wa IPAR, Dr Kayitesi Eugenia, avuga ko ubu bushakashatsi babugejeje ku nzego za Leta zibishinzwe ndetse n’abandi bafatanyabikorwa, kugira ngo buzashingirweho mu gufata ibyemezo.

    Yagize ati “IPAR yo ikora ubushakashatsi ikabuha abafata ibyemezo kugira ngo babushingireho, twe ntidushyira mu bikorwa, Leta ni yo ibubona (ubushakashatsi) ikabukorera ubusesenguzi, igafata ibyemezo bibereye abaturage. Twatumiye abantu bose kugira ngo barebe ingaruka zatewe n’iki cyorezo, kugira ngo bafate ingamba muri iki gihe cya Corona na nyuma yaho”.

    Avuga ko hari inzego nyinshi zirebwa n’ubu bushakashatsi zirimo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, iy’Ubucuruzi, ishinzwe Ubuzima, Minisiteri y’Uburezi, ndetse na bamwe mu bafatanyabikorwa ba Leta.

    Guhererekanya amafaranga birahenze
    Guhererekanya amafaranga birahenze

    Mu cyumweru gishize Leta y’u Rwanda yatangaje ko yatanze impapuro z’agaciro (Eurobonds) ku bashoramari b’i Burayi, kugira ngo bayigurize Amadolari ya Amerika angana na miliyoni 620 (aragera kuri miliyari 620 z’Amafarangha y’u Rwanda).

    Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ivuga ko igice kimwe cy’ayo amafaranga kizishyura umwenda wari usigaye muri miliyoni 400 z’Amadolari yavuye kuri Eurobons zatanzwe muri 2013, asigaye akazashorwa mu bikorwa byo kuzahura ubukungu bwazahajwe na Covid-19.


    source : https://ift.tt/2XftocQ

  • UNDP yashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere ku Isi mu kwihutisha Iterambere ry’umuturage #rwanda #RwOT

    Ni icyegeranyo cyasohotse kuri uyu wa Kane tariki 12 Kanama 2021, imurikwa n’impuguke za UNDP zakoze ubu bushakashatsi ku iterambere rya muntu mu Rwanda.

    Ibikubiye muri iyi raporo bigaragaza ko ikizere cyo kubaho mu Rwanda ku bavuka no kuramba, gutangira amashuri no kuyakomeza, ibyinjizwa n’umuntu ku giti cye byikubye inshuro zirenga ebyiri bidasubira inyuma ugereranyije n’imyaka ya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere rya muntu UNDP mu Rwanda, Maxwell Gomera, avuga ko ibyafashije u Rwanda kugera kuri iyi ntambwe harimo gahunda za Girinka, Umuganda, VUP n’izindi.

    Ati 'U Rwanda rwageze aho rugeze ubu kubera kurangwa n’umwete, haba ku baturage no ku buyobozi baharanira kugerageza ibishoboka byose byafasha abantu. Ibi nibyo ikiremwamuntu gisabwa gukora iyo duhuye n’ibibazo dushaka ibisubizo.'

    Yakomeje agira ati 'Twifatanyije twagera kuri byinshi, iki cyegeranyo ku iterambere rya muntu kigaragaza umusaruro wa gahunda zitandukanye zahanzwe n’u Rwanda, ariko twarebye gahunda eshanu gusa zagize uruhare runini mu guteza imbere abatuye u Rwanda.'

    Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, nyuma yo kumurikirwa iyi raporo yavuze ko imbaraga zashyizwe mu guteza imbere abanyarwanda zitapfuye ubusa ahubwo zabyaye umusaruro.

    Yagize ati 'iyi raporo iragaragaza ko kuva mu 1990 kugeza 2019 igipimo gikomatanyije gipima iterambere ry’umuntu muri rusange harimo ubuzima, ubukungu, ikizere cyo kubaho, ubumenyi n’ibindi byose ubihurije hamwe byikubye kabiri ku Rwanda kandi nta gihugu kindi kiragera kuri icyo gipimo uwo muvuduko turi aba mbere. Ni ibintu bishimishije, bikanatanga imbaraga zo kwihuta muri gahunda ziri imbere harimo icyerekezo kigufi kizagera 2024 ndetse na gahunda y’igihe kirekire ya 2050.'

    Iki cyegeranyo cya UNDP gitegurwa harebwa ku ngingo z’itandukanye z’iterambere rya muntu harimo igipimo ku kizere cyo kubaho ku bavuka ndetse no kuramba, uburinganire, gutangira amashuri no kuyakomeza, umutungo winjizwa n’umuntu ku giti cye ndetse imiyoborere.

    Impuguke za UNDP zateguye iki cyegeranyo ku Rwanda zigaragaraza ko zagendeye kuri gahunda z’ingenzi eshanu ziteza imbere rya muntu harimo VUP, Girinka, Umuganda, ubwisungane mu ku ivuza ndetse n’imihigo.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/UNDP-yashyize-u-Rwanda-ku-mwanya-wa-mbere-ku-Isi-mu-kwihutisha-Iterambere-ry-umuturage

  • Ubuzima bwatangiye kugaruka: Amarangamutima y’ab’i Kigali ku munsi w’iyubahirizwa ry’ingamba nshya (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Hari hashize igihe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yemeza ko ingendo zibujijwe guhera saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba kugera saa Kumi za mu gitondo.

    Nyuma yo kugenzura imiterere ya Covid-19 mu Rwanda, Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 11 Kanama 2021, yanzuye ko ingendo zibujijwe guhera saa Mbili z’umugoroba kugera saa Kumi z’igitondo.

    Ibi byatumye kandi ibikorwa byemerewe gukomeza gukora bisabwa gufungwa saa Moya. Ku masaha abiri yongereweho, abashabitsi bakorera muri Kigali batangarije IGIHE ko ari ikintu gikomeye kandi ko kigiye gutuma bongera gukora batuje.

    Musoni Slyvin yavuze ko kongerwa kw’amasaha y’ingendo n’imirimo byamusubije agatima impembero.

    Yagize ati “Kongeraho aya masaha bigiye gutuma ibyo nakoraga byiyongera kandi nzajya nkora ntuje kuko mbere saa Kumi zageraga umuntu agatangira kurwana no gutaha kandi akazi gakunze kuboneka muri ayo masaha.”

    Yavuze ko kuri we abona ubuzima bwagarutse ariko agasaba bagenzi be kudateshuka ku ngamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 ngo hato bidasubira irudubi.

    Ati “Mu by’ukuri navuga ko ubuzima bwagarutse kandi rwose bwagarutse cyane. Icyo nasaba bagenzi banjye ni uko bakomeza guhangana n’icyorezo bitatuviramo gusubira kuri ya masaha cyangwa ngo tujye muri guma mu rugo.”

    Umucuruzi ukorera mu Isoko rya Nyabugongo wari muri Gare aho ategera imodoka, Uwimana Clarisse, yavuze ko kuri we amasaha abiri afite byinshi avuze cyane ko abakiriya bakunze kuboneka bavuye mu kazi.

    Ati “Nkatwe ducuruza ibiribwa, ubusanzwe tubona abakiriya ari uko abakozi bari gutaha mu masaha y’umugoroba. Ibi byadushimishije kubera ko ayo masaha agiye kudufasha kubona abakiriya tukongera kwiyubaka. Urebye ubuzima bwatangiye kugaruka kuko umuntu ari kubasha kubona icyashara.”

    Ku ruhande rw’abamotari bo basaga n’abagaragaza akababaro cyane ko muri ayo masaha byari bigoye kubona abagenzi.

    Ndayizeye Emmanuel yagize ati “Ni byo bongereye amasaha, ariko nawe urabibona ko nta bagenzi bahari. Ahubwo navuga ko byanatugoye cyane. Buriya twebwe ariya masaha ya mbere yaduhaga amafaranga menshi ariko ubu abantu bari kubona igihe cyo kwitegura bigatuma batega imodoka twebwe dusa n’abari kubihomberamo. Icyo nakubwira ni uko wenda bizagenda biza ariko abamotari tubona bizongera kuduhira ari uko turi amasaha yose.”

    -  Ntabyera ngo nde!

    Tariki ya 12 Kanama 2021 ni bwo amabwiriz mashya yatangiye kubahirizwa. Birumvikana ko umuntu watahaga saa Kumi n’ebyiri kumwongerera amasaha abiri byari kumufasha kwitegura neza akagerera mu rugo ku gihe.

    Ariko hari abantu ku munsi wa mbere bagaragaye barengeje amasaha ariko biganjemo abakoresha ibinyabiziga.

    Saa Mbili zuzuye, umunyamakuru wa IGIHE yari ageze i Remera ku Gisimenti. Mu muhanda wabonaga hari imodoka zitari nyinshi na moto mbarwa abagenda n’amaguru bo ntawe wari guca iryera.

    Inzego z’umutekano zari zabukereye bituma abantu barenze ku mabwiriza bahagarikwaga buri wese hakumvwa impamvu ye basanga yumvikana bakamureka agakomeza urugendo.

    Ibi ni nako byari bimeze mu Karere ka Kicukiro ahazwi nka Sonatube aho saa Mbili n’iminota mike, buri modoka yatambukaga yabanzagaguhagarikwa ngo uyitwaye abazwe impamvu zamuteye kurenga ku mabwiriza.

    Ingamba zafashwe ziri kubahirizwa mu gihugu hose uretse imirenge 10 yiganjemo iyo mu Ntara y’Amajyepfo yashyizwe muri guma mu rugo.

    Abacuruzi bo bishimiye igihe bongererewe ku masaha y’akazi n’icyo bafungiraho

    Abamotari bo bavuga ko ku munsi wa mbere bahahombeye

    Abapolisi bari babukereye ubwo saa Mbili zuzuraga batangiye kubaza abatawaye ibinyabiziga impamvu barengeje amasaha

    Abashabitsi bishimiye ko bongerewe amasaha yo gukora bemeza ko bishobora kubabera imbarutso yo kongera kuzahura ubukungu

    Abenshi bahisemo kwigendera n’amaguru kugira ngo bagere mu rugo hakiri kare

    Amarangamutima yari yose kubona abantu bongeye kugeza amasaha y’ijoro bari mu muhanda

    Benshi bishimiye ko bongerewe igihe bagaragaza ko bigiye kubafasha kujya bakora batuje

    Imodoka ni zo zari ziganje mu mihanda ubwo haburaga iminota mike ngo isaha ntarengwa z’ingendo zigere

    Ahagana saa Moya n’igice i Nyabugogo hari hakiri abantu bagendagenda

    Umuvundo w’imodoka n’abantu byagaragaye cyane mu masaha ya saa Moya

    Ishusho igaragaza Rond Point ya Sonatube uko yari imeze

    Mu mihanda ya Kicukiro, nta n’inyoni yarimo ubwo saa Mbili zuzuraga

    Kubona umugenzi ugenda n’amaguru hejuru ya Saa mbili byari kukugora cyane

    Amafoto: Igiribuntu Darcy


    source : https://ift.tt/3g1pdbj

  • Akarere ka Musanze kahawe ibikoresho bya miliyoni 55 Frw byifashishwa mu gupima inyubako – #rwanda #RwOT

    Ibi bikoresho birimo ibyifashishwa mu gupima ubukomere bw’ubutaka bugiye kubakwaho, ubw’ibyuma byifashishwa mu bwubatsi, ubw’imvange ya sima n’umucanga byakoreshejwe ndetse n’ibipima urusaku cyane cyane urw’indangururamajwi, ibinyabiziga n’izindi mashini, byose byatanzwe n’Umuryango w’Ubutwererane Mpuzamahanga wa Leta y’u Bubiligi, Enabel ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire n’imiturire RHA.

    Uwihirwe Roseline, umukozi wa Enabel, yavuze ko byatanzwe bigamije gufasha Akarere ka Musanze kurushaho kugenzura inyubako zihubakwa mbere y’uko zubakwa na mbere y’uko zikoreshwa.

    Yagize ati “Twatanze ibikoresho bitandukanye byifashishwa mu bugenzuzi bw’inyubako kuko hari ubwo zubakwaga zigahabwa ba nyirazo ariko ugasanga igenzura ritabayeho cyangwa rikagorana kugira ngo umenye niba ibyari biteganyijwe ari byo byakozwe, ibi rero bikunda no guteza impanuka ku myubakire kuko hari ubwo usanga ahubatswe hadakwiye cyangwa ibyakoreshejwe ari byo bidakwiye.”

    Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imyubakire n’Imiturire RHA, Rwigamba Vincent, yavuze ko ibi bikoresho bije kongera ubushobozi bw’ibyari bihari bike kandi ko bazabyifashisha no kongerera ubumenyi abakozi bo muri turere twabihawe.

    Yagize ati “Ubundi mbere y’uko batanga uruhushya rwo kubaka bagomba kubanza gusura bakareba ahazubakwa, muri ibi bikoresho harimo ibizabafasha kujya bareba ubutaka bugiye kubakwaho niba bukomeye ku buryo inyubako igiye kuhajya itazateza ikibazo. Hari n’ibigomba kwifashishwa mu gihe iri kubakwa harebwa niba na byo bikomenye.”

    “Hari n’igipima urusaku kuzadufasha kumenya ingano y’urusaku, ubundi abo muri one stop center bakubwiraga ngo muri gusakuza ariko ugasanga haribazwa ngo bashingiye kuki, ibi rero ni byo bigomba gukemuka. Akenshi hatangwaga ibikoresho bigahera mu makarito ariko ubu turi guhugura abazabikoresha ku buryo nta kibazo cyo kudakoreshwa kizagaragara.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere, Rucyahanampuhwe Andrew, yavuze ko kuba babonye ibikoresho bigezweho bizabafasha gutanga serivisi yihuse kandi inoze ku babagana nk’Akarere karimo umujyi wunganira uwa Kigali kandi ugenda utera imbere uko bwije n’uko bukeye.

    Yagize ati “Twari dufite icyuho mu bikoresho byaburaga muri One Stop Center y’Akarere n’ubumenyi mu kubikoresha, uyu munsi ni amahirwe kuko tubonye ibi bikoresho ariko tukaba tubonye n’abiteguye kuba badufasha mu kubikoresha. Abaturage bazarushaho kubona serivisi yihuse kandi inoze cyane cyane ko Musanze ari Umujyi uri gutera imbere umunsi ku wundi.”

    Ibikoresho biri gutangwa kuri iyi nshuro ni ibizifashishwa mu kugenzura inyubako n’urusaku byatwaye amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 167,bikazahabwa Uturere twa Musanze, Rubavu na Rwamagana.

    Ubuyoboiz bw’Akarere ka Musanze, ubwo bwashyikirizwaga ibikoresho byifashishwa mu gupima inyubako

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere, Rucyahanampuhwe Andrew, yavuze ko kuba babonye ibikoresho bigezweho bizabafasha gutanga serivisi yihuse

    source : https://ift.tt/3Ayl2vp