Tag: Ubukungu

  • Abacuruzi batumiza ibintu mu mahanga bakomeje kwijujutira ibiciro byazamutse kubera icyorezo cya Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’Ihuriro ry’Abanyarwanda batumiza ibicuruzwa mu mahanga buvuga ko ibiciro byo kuzana ibicuruzwa mu mahanga byiyongereyeho nibura 10% kubera icyorezo cya Covid-19.

    Urugaga rw’Abikorera, PSF, na rwo ruvuga ko ruzi iki kibazo ndetse hakomeje ibiganiro n’aba bacuruzi kugira ngo hashakwe ibisubizo.

    Umuvugizi wa PSF, Ntagengerwa Théoneste yabwiye New Times ati “Ubu turi kugerageza kwagura amasoko tuzanaho ibicuruzwa, ubu turi gushishikariza abacuruzi gushaka andi masoko yo mu Karere, Turikiya, u Buhinde no mu Misiri.”

    Yakomeje agira ati “Twanabashishikarije kubaka uburyo bwo kugirana amasezerano n’abaranguza ibicuruzwa kubera ko ubu buryo bushobora kubafasha kubona ibicuruzwa batabashije kujya muri ibyo bihugu birimo.”

    Byinshi mu bicuruzwa bizanwa mu Rwanda bituruka mu bihugu nk’u Bushinwa gusa ngo kuri ubu bitewe n’uko uburyo bwo kujya muri kiriya gihugu kuzana ibyo bintu hari imbogamizi z’uko kubitumiza wabanje kubyishyura ‘Online’ bihenda cyane.

    Umuyobozi Wungirije w’Ihuriro ry’Abarangura ibicuruzwa mu mahanga, Aphrodis Mpayimana yagize ati “Abenshi mu bacuruzi bajya mu Bushinwa, iyo uri hariya ugira amahirwe yo guciririkanwa ariko ubu ngubu ugomba kugura ibicuruzwa ku giciro cyashyizweho kandi kiba gihenze cyane.”

    Mpayimana avuga kandi ko kubera icyorezo cya Covid-19, hari nyinshii mu nganda zahagaritse imirimo yazo ku buryo kuri ubu zidafite ibicuruzwa bihagije byo gushyira ku masoko, bigatuma bike bihari biba bihenze cyane.

    Yatanze ingero z’inkweto, amavuta yo gutekesha, ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ibindi.

    Ku rundi ruhande ariko PSF ivuga ko bakwiye gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga [E-Commerce] kuko ari uburyo bwihuta kandi bworoshye ndetse bukaba bufasha mu kurinda ibyago bishobora kubera mu ngendo by’umwihariko muri ibi bihe byo guhangana n’icyorezo cya Covid-19.

    Uburyo bwo kujya kuzana ibicuruzwa mu bihugu nk’u Bushinwa busigaye bugoye cyane

  • Kwandikwa ku isoko ry’imari n’imigabane, kugabanya ibiciro: Rwandair igiye guhindura isura y’ubwikorezi muri Afurika – #rwanda #RwOT

    Icyakora, ni ibikorwa byagiye bikomwa mu nkokora n’ibibazo bitandukanye birimo ihangana rikomeye mu rwego rw’ingendo zo mu kirere n’ihungabana ryatewe n’icyorezo cya Covid-19.

    Amafaranga akoreshwa kugira ngo iki kigo gikomeze ibikorwa byacyo, aturuka mu ngengo y’imari y’u Rwanda, ndetse nko mu ngengo y’imari y’umwaka ushize, Leta yari yashoyemo miliyari 145 Frw.

    Nubwo ibijyanye n’ingendo z’indege byakomwe mu nkokora muri iyi minsi, RwandAir ni ishoramari Leta idashobora kureka kuko rifasha ubukungu cyane. Nk’igihugu kidakora ku nyanja, RwandAir igira uruhare rufatika mu koroshya ingendo z’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo mu buryo bwihuse.

    Iki kigo kandi ni ingenzi mu gufasha ba mukerarugendo kugera mu Rwanda, ari na yo mpamvu mbere y’icyorezo cya Covid-19, ubukerarugendo bwari bumaze kugera ku mwanya wa mbere mu nzego zinjiriza igihugu amadovize menshi.

    Mu rwego rwo kucyongerera ubushobozi, Leta y’u Rwanda yatangiye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cya Qatar Airways, kiri ku mwanya wa mbere ku Isi mu bigo bitanga serivisi nziza zo gutwara abantu mu kirere.

    Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, yabwiye CNBC ko ibiganiro byo guhuza ibi bigo byombi birimbanyije ku buryo Qatar Airways izahabwa imigabane ingana na 49% muri RwandAir.

    Yagize ati “Turacyari mu nzira zo kurangiza ibiganiro by’ubufatanye, aho Qatar Airways izafata 49% by’imigabane ya RwandAir, ibyo ntabwo biremezwa neza ariko turacyabiganiraho.”

    Hejuru y’icyorezo cya Covid-19, indi mpamvu ikomeye yari yadindije ibiganiro ku mpande zombi, ni uko Leta y’u Rwanda yari yabanje kumvikana na Qatar Airways ku bijyanye n’ikibuga cy’indege cya Bugesera, kandi amasezerano hagati y’impande zombi akaba yaramaze gusinywa, igikurikiyeho akaba ari amasezerano hagati y’ibigo by’indege by’ibihugu byombi.

    Ati “Ni urugendo rurerure, twari turajwe ishinga no kubanza kurangiza amasezerano yo kubaka ikibuga cy’indege, kandi twarayarangije ndetse imirimo yo kubaka irakomeje, aho Qatar ifite 60% by’ikibuga cy’indege cya Bugesera. Ubwo rero twarangije amasezerano areba ikibuga cy’indege, ubu turi gushyira imbaraga mu [kunoza amasezerano] hagati y’ibigo by’indege byombi. Byatindijwe n’icyorezo cya Covid-19 ariko ibiganiro birakomeje kandi biri kugenda neza.”

    Amakuru avuga ko imirimo yo kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera igeze hejuru ya 35% nyuma y’aho igishushanyo mbonera kivuguruye kibonekeye. Iki kibuga gifite agaciro ka miliyari 1.3$, kikazubakwa mu bice bibiri, byose bizarangira gifite ubushobozi bwo kwakira abantu miliyoni 14 ku mwaka, ibikigira kimwe mu bibuga by’indege binini mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

    Ni ubufatanye buzahindura ubwikorezi muri Afurika

    Muri Gashyantare 2020, ubwo Al Baker, Umuyobozi Mukuru wa Qatar Airways yatangazaga imikoranire mishya hagati ya RwandAir n’ikigo ayoboye, yatanze impamvu zatumye bashima imikoranire na RwandAir, avuga ko ‘ahantu igihugu kiri, umutekano n’uburyo cyorohereza ishoramari’, ari bimwe mu byabakuruye.

    Ku rundi ruhande ariko, Qatar Airways yanakuruwe cyane n’imbaraga Leta ishora muri RwandAir ‘ifatwa nka kimwe mu bigo biri gukurana ingoga ku Mugabane wa Afurika’.

    Nko mu 2013, RwandAir yatwaye abagenzi ibihumbi 408, baza kugera ku bihumbi 885 mu 2017 ndetse bikavugwa mbere ya Covid-19, iki kigo cyatwaraga abagenzi bakabakaba miliyoni ku mwaka. Ibijyanye n’amafaranga yinjira na yo yarazamutse kuko yavuye kuri miliyoni 91.6$ mu 2013, akagera kuri miliyoni 221.6$ mu 2018.

    Bitandukanye n’ibindi bigo bikora ubwikorezi bwo mu kirere ku Mugabane wa Afurika no hanze yayo, isoko ry’ibanze rya RwandAir, ni Afurika nyirizina. Mu byerekezo 26 bya RwandAir, bitandatu byonyine nibyo byerekeza mu mijyi iri hanze ya Afurika birimo icya Londres, Bruxelles, Tel Aviv, Dubai, Mumbai na Guangzhou mu Bushinwa.

    Nk’uko bigaragara, RwandAir ishyize imbaraga cyane mu kongera ibikorwa byayo ku isoko rya Afurika, ndetse Makolo yavuze ko iri soko rifite amahirwe menshi y’iterambere.

    Isoko rya Afurika ni isoko ritanga icyizere cyane mu bijyanye n’ingendo zo mu kirere, kuko mbere y’umwaduko wa Covid-19, ryari ryitezweho kujya rizamuka ku kigero cya 5.9% buri mwaka mu myaka 20 iri imbere.

    Nubwo bimeze bitya ariko, Qatar Airways ntabwo yakunze kwita cyane ku isoko rya Afurika, kuko mu ngendo zirenga 170 ikora, 20 gusa nizo zerekeza muri Afurika, enye muri zo zikerekeza muri Afurika y’Iburasirazuba.

    Ni mu gihe ibigo nka Turkish Airways bihanganye na Qatar Airways, bimaze gukuba gatatu umubare w’ibyerekezo bikoreramo ingendo muri Afurika, aho byavuye kuri 18 bikaba bimaze kugera kuri 56 mu myaka 10 ishize.

    Mu kiganiro aherutse kugira na Simple Flying muri Gicurasi, Al Baker yavuze ko Afurika ari isoko Qatar Airways iri kurebaho cyane, anaca amarenga ko ari imwe mu mpamvu bahisemo gukorana na RwandAir.

    Ati “Afurika ni wo mugabane ufite icyuho kinini mu bwikorezi bwo mu kirere, ndetse n’ibigo bihakorera bitanga serivisi mbi. Akazi kanjye ni ukubaka ikibuga cy’indege kigezweho ndetse no gufatanya na RwandAir maze tukabaha serivisi nziza zimeze nk’izo dutanga muri Qatar Airways.”

    Andi makuru avuga ko mu gihe impande zombi zakwemeranya amasezerano y’imikoranire, Qatar Airways ishobora guha cyangwa gukodesha indege kuri RwandAir, ibintu byazamura ubushobozi bwa RwandAir cyane kuko byakemura ikibazo cy’indege nke RwandAir ifite, aho itunze indege 12 gusa.

    Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo yavuze ko Afurika ari umugabane ufite amahirwe menshi mu bijyanye n’ishoramari mu by’ingendo z’indege

    Ubu buke bw’indege nibwo bwari bwatumye mu 2018, RwandAir yiyemeza kujya mu ikodesha-gurisha ry’indege enye zirimo ebyiri zo mu bwoko bwa Boeing 737 MAX zari butangwe n’ikigo cya LAC ndetse n’izindi ebyiri zo mu bwoko bwa Airbus A330neos zagombaga gutangwa n’ikigo cya SMBC Aviation Capital gicuruza kikanakodesha indege.

    Mu mwaka ushize ariko, nibwo RwandAir yatangaje ko iby’ayo masezerano byahagaritswe, bitewe n’uko mu biganiro byari kuba hagati ya RwandAir na Qatar Airways, byari bikubiyemo n’uburyo icyo kigo cyakodesha indege kuri RwandAir, nk’uko Umuyobozi Mukuru wayo, Yvonne Makolo, yabitangarije Flight Global.

    Ku rundi ruhande ariko Makolo yavuze ko RwandAir iticuza icyo cyemezo yafashe cyo kureka kugura izo ndege, kuko n’ubundi icyorezo cya Covid-19 cyagabanyije ibikorwa by’ingendo zo mu kirere, ku buryo nka RwandAir iri gukora ku bushobozi buri munsi ya 50% by’ubwo yakoreragaho mbere ya Covid-19.

    Yagize ati “Kubera impamvu zitandukanye, byabaye ngombwa ko duhagarika ibikorwa byo kugura indege twateganyije, kandi ni ibintu byiza kuko zakabaye ziparitse muri ibi bihe bya Covid-19, ariko turi gushyira imbaraga mu kongera gukuza ibikorwa byacu, rero ingendo nizongera gufungura mu buryo bwuzuye, tuzareba niba dushobora kongera kugura izindi ndege, bishingiye ku buryo isoko rizaba riteye.”

    Andi makuru ariko yemeza ko icyemezo cya RwandAir cyo guhagarika igurwa ry’izo ndege, gishobora kuba gifitanye isano n’amasezerano ari kuganirwaho hagati y’impande zombi, cyane ko na Qatar Airways ifite indege 235, isanzwe ikora ibi bikorwa byo gutiza indege, ndetse yewe ikigo cya Air Italy cyari gisanzwe gikoresha indege za Qatar Airways kikaba giherutse gufunga imiryango, kuko hari indege nyinshi zo gukodesha ibindi bigo.

    Birumvikana ko mu gihe amasezerano ku mpande zombi yakwemeranywaho, byagira inyungu kuri buri umwe kuko Qatar Airways yabyaza umusaruro indege ifite zitabyazwa umusaruro mu buryo bwuzuye, mu gihe RwandAir yabona indege ikeneye mu rugendo rwo kwagukira mu bindi bice by’Isi.

    Ikindi gishobora guhindura ibintu ni uko imikoranire y’ibigo byombi ishobora gufasha RwandAir kugabanya ibiciro by’itike z’indege zayo, bikiyongeraho ko ari kimwe mu bigo bizwiho gutanga serivisi nziza, byose bikaba bishobora kuba imbogamizi ku bigo bikora ingendo zo mu Karere ka Afurika y’Iburasizuba. Ibi byose bije byiyongera ku kibuga cy’indege kigezweho, ndetse n’umubare w’indege za RwandAir wariyongereye, nta kabuza ko byatanga ihangana rikomeye ku bigo bisanzwe bitwara abantu n’ibintu mu kirere.

    RwandAir yari isanzwe ifite umugambi wo gukuba kabiri indege zayo mu myaka itanu iri imbere.

    Ni ryari RwandAir izatangira kunguka?

    Yvonne Makolo yavuze ko nubwo RwandAir itaratangira kunguka, hari icyizere ko ibi bizagerwaho kuko isoko rya Afurika riri kwaguka cyane.

    Yagize ati “Mfite icyizere cyinshi cyane, isoko rya Afurika ntabwo rirabyazwa umusaruro neza, kandi ntekereza ko nubwo hari ibigo bindi bitwara abantu mu ndege, turacyafite imijyi myinshi itagira ingendo ziyihuza. Mu by’ukuri hari amahirwe menshi.”

    Yongeyeho ko ubwiyongere bw’ubucuruzi buturutse mu masezerano y’isoko rusange rya Afurika, ari indi ntambwe izaganisha ikigo ayoboye mu kubona inyungu.

    Ati “Imbogamizi muri Afurika ni imbogamizi y’ibiciro biri hejuru mu gukora ibikorwa byacu, ariko ntekereza ko kubera ibiganiro biri kuba hagati y’ibihugu bitandukanye, ibi biciro bishobora kuzamanuka, cyane cyane ku bijyanye n’imisoro, ibijyanye no kongera amavuta mu ndege aho hari itandukaniro rinini ku biciro byo ku Mugabane wa Afurika ugereranyije n’indi migabane, rero nizera ko ibintu bizahinduka. Mfitiye icyizere isoko rusange rya Afurika, kuko rizongera ubucuruzi hagati y’ibihugu, kandi ibyo bikazongera ingendo z’abantu n’ibintu muri Afurika.”

    RwandAir ku isoko ry’imari n’imigabane?

    Makolo yavuze ko mu myaka iri imbere, RwandAir ishobora kuziyandikisha ku isoko ry’imari n’imigabane, ariko avuga ko atari ibintu byakorwa uyu munsi binajyanye n’ibihe bikomeye urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere buri gucamo.

    Ati “Icyo si icyemezo nafata, ni ikintu abafatanyabikorwa bacu bazafataho icyemezo. Ndizera ko ari ibintu bishoboka mu gihe kiri imbere, wenda ubu si igihe cyiza bitewe n’ibihe urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere rurimo, ariko mu bihe biri imbere ni ibintu bishoboka.”

    Uyu muyobozi kandi yavuze ko kuri ubu ibihugu bidakwiye gusaba abantu kwikingiza kugira ngo babone kongera gukora ingendo zo mu kirere, bitewe n’uko ibihugu byose, cyane cyane ibyo muri Afurika, bitabonye uko bitanga inkingo zihagije.

    Ati “Sintekereza ko ari igikwiye gushingirwaho mu gusubukura ingendo, cyane cyane bijyanye n’uburyo Umugabane wa Afurika watanze inkingo nke, ziri munsi ya 2% by’abawutuye, ariko ntekereza ko ibihugu bishobora gufungura kandi mu buryo budakwirakwiza icyorezo, binyuze mu kwemerera abaturage bikingije ariko bakanemerera abandi baturage bafite icyangombwa cy’uko nta bwandu bwa Covid-19 bafite.”

    Yakomeje agira ati “ Ibi byarakozwe mu Rwanda kandi bitanga umusaruro mwiza, rero sintekereza ko icyangombwa cy’uko umuntu yakingiwe ari cyo cyonyine gikwiye kwemerera abantu gusubukura ingendo.”

    RwandAir isanzwe ikorera ingendo mu byerekezo 26 ariko mu ntangiriro z’uyu mwaka iki kigo cyatanze impapuro zisaba guhabwa uburenganzira bwo gukora ingendo ziva Kigali, zikanyura i Accra muri Ghana, mbere yo kwerekeza i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    RwandAir yitezweho kuba imwe muri sosiyete z’indege zitanga icyizere mu myaka iri imbere

  • Urusenda rwumye ruturutse mu Rwanda rwatangiye kugurishwa mu Bushinwa – #rwanda #RwOT

    Ku ikubitiro muri iki gihugu hagejejwe nibura ibiro 200 by’urusenda rwumye byakiriwe ku wa Gatatu w’iki cyumweru, mu gikorwa gisa n’igerageza.

    Iyi gahunda igezweho nyuma y’amasezerano, Umunyarwanda akaba na rwiyemezamirimo w’umuhinzi, Diego Twahirwa ashyize umukono ku masezerano n’ikigo cyo mu Bushinwa GK International.

    Aya masezerano agena ko u Rwanda ruzajya rwohereza toni ibihumbi 50 by’urusenda rwumye buri mwaka, mu gihe cy’imyaka itanu nk’uko inkuru ya New Times ibivuga.

    Umuyobozi wa GK International yavuze ko urusenda rwumye bakiriye ruzacuruzwa ku baguzi n’inganda zitunganya ibiribwa mu buryo bumeze nk’igerageza mu gihe Twahirwa we yavuze ko umusaruro mwinshi uzoherezwa ku ya 9 Kanama.

    Abakurikirana iby’ubucuruzi ndengamipaka bavuga ko aya ari andi mahirwe akomeye ku Rwanda mu bijyanye no kwagura isoko ryoherezwaho urusenda.

    Twahirwa Diego yatangiye kohereza urusenda rwumye mu Bushinwa

  • Huye: Abaturage bagaragaje imbogamizi zituma banga kwizigamira muri 'Ejo Heza' #rwanda #RwOT

    Ni mu gihe ubuyobozi bw' akarere bwo buvuga ko abaturage bakwiye kugira umuco wo kwizigama bakagana iyi gahunda kuko hari n'uburyo bwateganijwe bwo kuguza binyuze muri gahunda ya ejo heza. (by Iradukunda Yves)

    Iyo uganiriye na bamwe mu baturage hirya no hino mu bice by'igihugu bakubwira ko gahunda ya Ejo heza ari nziza kuko kwizigama bigirira akamaro nyirabyo mu gihe runaka.

    Gusa ahari bamwe na bamwe bo bavuga ko bitewe n'ubushobozi bwabo bucye ndetse no kudasobanukirwa neza imikorere y'iyi gahunda, ukongeraho no kuba batazi igihe inyungu yayo izabagarukira hari abahitamo kutayitabira bagasaba ko babisobanurirwa urwo rujijo bafite rugashira.

    Umwe yagize ati'ejo heza ntayo nzi ariko bayimbwiye nayimenya.kuko ntamuhuza dufite uduhagararira gahunda ya ejo heza ,turayumva ariko ntayo turajyamo.'

    Aba baturage bakomeza bavuga ko kuba batayibamo biterwa n'ubushobozi buke bafite aho bagira bati' kujya muri ejo heza bisaba ko umuntu aba yifite ku gafaranga ,umuntu aba yagiye ku ndege hakaba nubwo ukabura, ntabwo waba ubonye Magana atanu(500 FRW)ngo ubure kuyagura ubugari bw'abana ngo uyajyane muri ejo heza'.

    Sibyo gusa kandi kuko bakomeza bavuga ko badashobora kuyikemuza tumwe mu tubazo bahura natwo twaburimunsi,nkuko bakomeza babyivugira bati ' nanone umuntu ntagira ikibazo ngo y'amafaranga ayaguze abe yamukemurira ibibazo ahuye nabyo byakokanya.'

    Umuyobozi w'akarere ka Huye Ange Sebutege avuga ko gahunda ya Ejo heza ari nziza kuri buri wese, akanavuga kandi ko hari uburyo umuturage ashobora gusabamo inguzanyo mu gihe ahuye n'ikibazo cyihutirwa ndetse akanashikariza abaturage kwitabira iyi gahunda kuko ari imwe muzizabafasha mu gihe kiri imbere haba kuri bo ndetse n'imiryango yabo.

    Yagize ati 'Gahunda ya ejo heza ni ugutekereza ko muri ubwo bushobozi buke umuntu agenda abona ,mu gihe buzaba butakibasha kuboneka cyangwa mu gihe umuntu atazaba abasha gukora azabaho gute?,kandi iyi gahunda ntikuraho n'izindi abaturage bahura nazo zo kwizigama nk'ibimina, amatsinda kuko ariyo yabafasha gukemura ibyo bibazo bya hato na hato.

    Ikindi, umusanzu yatanze urunguka ,hari nubwo iyo babikeneye amafaranga ashobora kuyasabiraho inguzanyo ,kuyasaba agirango akemure n'ibindi bibazo afite ariko ibyo byose bigakorwa binyuze muri cya cyigega cya Ejo heza. kuzigama ntabwo aricyo wasaguye ahubwo nicyo wigomwe kugirango. kizagufashe mugihe kiri imbere.'

    Kwizigamira binyuze muri Gahunda ya Ejo Heza ni gahunda yashizweho na Leta y'u Rwanda mu mwaka wa 2018 igamije kuzamura igipimo cy'ubwiteganyirize mu gihugu no kuzamura ubukungu bwacyo. Iyi gahunda ikaba ireba buri muturarwanda wese yaba uhembwa umushahara wa Leta, uwikorera ndetse n'abana bari munsi y'imyaka 16 bakazigamirwa kuri konti bashyiriweho n'ababyeyi cyangwa se abishingizi babo.

    Inkuru ya IRADUKUNDA YVES

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/huye-abaturage-bakanguriwe-kwizigamira-muri

  • Impuguke mu bukungu zirasaba u Rwanda gukoresha neza inguzanyo rufata #rwanda #RwOT

    Impuguke mu bukungu zisanga u Rwanda rukwiye gushyira imbaraga mu gukoresha neza inguzanyo rwaka kugira ngo rutazananirwa kuzishyura mu bihe biri imbere.

    Ni mugihe  Leta y'u Rwanda yashyize ku isoko ry'i Burayi impampuro z'agaciro (Eurobonds) ziyihesha umwenda wa miliyoni $620.

    Impampuro z'agaciro (Eurobonds) U Rwanda rwashyize  isoko ry'iburayi  ,uziguze abagurije Leta.

    Dr. Uzziel NDAGIJIMANA ministiri w'imari  arabisobanura agira ati  'Izo mpapuro rero ziba zifite agaciro, kuko uziguze aba agurije Leta ku nyungu yumvikanyweho no mu gihe cyumvikanyweho.'

    Izi mpampuro z'agaciro Leta y'u Rwanda yashyize ku Isoko ry'iburayi zayihesheje umwenda wa miliyoni $620 uzishyurwa mu myaka 10.

    Ni ku nshuro ya kabiri leta igurishije izi mpapuro kuri iri soko ry'abashoramari Iburayi, nyuma y'izo mu 2013 zayihesheje umwenda wa miliyoni $400 ugomba kwishyurwa bitarenze 2023.

    Uyu mwenda wa miliyoni $620 u Rwanda rwabonye, igice cyawo kizafasha kwishyura umwenda wa 2013.

    Flash.rw yabijije abasesessngura iby'ubukungu icyo bisobanuye kuba u Rwanda rwafashe umwenda rugamije kwishyura undi maze Teddy KABERUKA, impuguke mubukungu asubiza agira ati 'Niko byagenze, leta y'U Rwanda muri 2013, yagiye ku isoko mpuzamahanga  kubera ko yari icyeneye amadorali yo gukora imishinga minini yari ifite, ariyo Convention Center, Rwandair. Muri 2023 rero kubera ko ayo mafaranga yafashwe  ntabwo leta ifite amafaranga yo guhita iyishyura  ngo ivane mu isanduko yayo ihite.'

    Kaberuka akomeje agira ati ' Kubera ko  imishinga yakozwe  ntabwo ari ya mishinga ihise igarura amafaranga. Iyo bigenze gutyo rero igihugu gishyiraho ubundi buryo bwatuma  yabasha kwishyura iyo myenda.'

    Ikindi gice cy'umwenda wa miliyoni 620 z'amadorai u Rwanda ruvuga ko ruzayakoresha mu mishinga yihutirwa yo kuzahura ubukungu bwagushijwe n'icyorezo cya Covid-19.

    Hashize igihe Abanyarwanda bamwe bagaragaza impungenge z'ahazaza batewe n'izamuka ry'urugero rw'imyenda leta ifata.

    Ni impungenge abasesengura ib'Ubukungu bavuga ko zifite ishingiro ku ruhande rumwe ariko ku rundi ruhande ngo kuba abashoramari bakomeje kugirira  ikizere u Rwanda, abaturage ngo nta mpunge bakiwiye kugira.

    Icyakora ngo amafaranga y'inguzanyo igihuhugu cyafashe adakoreshejwe neza cyazagwa mu mutego wo kunanirwa kwishyura.

    Kaberuka arakomeza agira ati ' Ku ruhande rumwe ni impungenge zifite ishingiro kubera ko iyo tuvuze umwenda, tuba tuvuze umutwaro abaturage bagomba  kwikorera kugira ngo bawishyure kuko uwo mwenda uzishyurwa n'imisoro, n'amafaranga aturuka mu gihugu. Uko byagenda kose aba ari umutwaro.'

    Yunzemo agira ati ' Ariko ku rundi ruhande abantu ntibabitinye  cyane kubera ko  kuba abashoramari ubwabo barafashe amafaranga yabo  bakizera ubukungu. Abashoramari burya ku isoko mpuzamahanga bafite abasesenguzi babakorera inyigo bakavuga bati iyi leta iragana he? Uko bigenda kose igihugu iyo gifashe umwenda kigomba kwitwararika ku buryo ya mafaranga icyo yafatiwe gishyirwa mu bikorwa kikabyarira inyungu abaturage.'

    Guverineri wa Banki Nkuru y'u Rwanda John RWANGOMBWA  arizeza abaturage ko igihugu kitazananirwa kwishyura imyenda.

    Rwangombwa yagize ati 'Hari imibare ikoreshwa mpuzamahanga mu kureba ko umwenda w'igihugu urawuremereye ntabwo uzashobora kukwishyura. Kureba ko umwenda utazakuremerera bakoresha, umwenda ku bukungu bw'igihugu ntiyakagombye kurenga 55% nk'uko Minisitiri(Minisitiri Uzziel) yabivuze.Umwaka wa 2020 twari tugeze kuri 32.7%.'

    Impampuro z'agaciro u Rwanda rwatanze ku isoko ry'i Burayi zakuruye abashoramari bakubye hafi gatatu umwenda leta yashakaga, bageza kuri miliyari $1.6.

    Ikigega mpuzamahanga cy'imari, FMI/IMF, kivuga ko ubukungu bw'u Rwanda bwitezwe kuzamuka kuri 5.1% mu 2021, mu gihe bwasubiye inyuma kuri 3.4% mu 2020 kubera ingaruka z'icyorezo cya Covid-19.

    Daniel Hakizimana

    The post Impuguke mu bukungu zirasaba u Rwanda gukoresha neza inguzanyo rufata appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/08/05/impuguke-mu-bukungu-zirasaba-u-rwanda-gukoresha-neza-inguzanyo-rufata/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=impuguke-mu-bukungu-zirasaba-u-rwanda-gukoresha-neza-inguzanyo-rufata

  • Amafaranga u Rwanda rwakuye muri ‘Eurobonds’ azishyurwa n’abafite akazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Banki Nkuru y
    Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR)

    Ku wa mbere w’iki cyumweru Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi(MINECOFIN) yatangaje ko abashoramari b’i Burayi bahaye u Rwanda umwenda ukomoka kuri ‘Eurobonds’ ungana n’amadolari ya Amerika miliyoni 620 (ahwanye n’amanyarwanda miliyari 620).

    Impapuro zitwa ‘bonds’ ni amasezerano y’icyizere Leta itanga ku bashoramari bayihaye umwenda (mu mafaranga y’amahanga), bakazishyurwa hiyongereyeho inyungu mu gihe kirekire kirenga imyaka 10.

    Umwenda u Rwanda rwavanye ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’i Burayi ubaye uwa kabiri, kuko hari uwo rwahawe mu mwaka wa 2013 wanganaga na miliyoni 400 z’Amadolari ya Amerika (ni hafi miliyari 400 z’Amafaranga y’u Rwanda).

    MINECOFIN na BNR bivuga ko amenshi muri ayo mafaranga u Rwanda rwahawe azishyura uwo mwenda wa Eurobonds wa mbere, asigaye akazifashishwa mu kuzahura ubukungu bwazahajwe na Covid-19.

    Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa yabisobanuye kuri Televiziyo Rwanda, ko amafaranga yavuye muri ‘Eurobonds’ za mbere yakoreshejwe mu kubaka Convention Center, kugura indege za Rwandair ndetse no kubaka urugomero rw’amashanyarazi kuri Nyabarongo.

    Avuga ko ibikorwa nk’ibi hamwe n’ibindi biba byarubatswe mu mafaranga y’inguzanyo Leta igenda isaba, bitanga imirimo ku bantu benshi, bamara guhembwa hakavamo imisoro yo kwishyura wa mwenda.

    Yagize ati “Wowe wabonye akazi, wungukiye muri wa mwenda Leta yafashe, wowe wabonye ubucuruzi bushingiye kuri Nyabarongo yaguhaye amashanyarazi, uragira icyo ugarura muri Leta nk’umusoro, kugira ngo Leta ishobore kwishyura wa mwenda, ntabwo wavuga ngo ‘turafata ‘Convention Center’ cyangwa Nyabarongo, oya!”

    Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana na we yakomeje avuga ko buri gicuruzwa cyose kiguzwe, hagomba kuvaho umusoro wagenewe kwishyura umwenda Leta yafashe.

    Yongeyeho ko mu Ngengo y’Imari ya Leta ya buri mwaka no mu bwizigame bugenda bukorwa, haba harimo amafaranga yagenewe kwishyura umwenda igihugu kigenda gifata.

    Dr Ndagijimana yagize ati “Tuba dufite gahunda y’amafaranga yishyurwa, igihe yishyurirwa, buri muntu watugurije wese igihe azishyurirwa, mu kwezi runaka amafaranga aya n’aya, burya amafaranga aba ateganyijwe mu Ngengo y’Imari, ntawe u Rwanda rujya rugirana na we ikibazo cyo kwishyura imyenda”.

    Dr Ndagijimana avuga ko uretse Eurobonds hari n’indi myenda u Rwanda rwafashe mu bihugu bitandukanye, mu mabanki n’ibigega mpuzamahanga ndetse no mu bashoramari b’imbere mu gihugu.

    Buri gihembwe u Rwanda rutanga impapuro mpeshwamwenda ku bashoramari b’imbere mu gihugu, zifite agaciro ka miliyari z’Amanyarwanda zibarirwa hagati ya 15-20 kuva mu mwaka wa 2014 kugeza ubu.

    MINECOFIN ivuga ko impapuro z’agaciro nshya u Rwanda rwatanze i Burayi zitabiriwe n’abashoramari benshi, ku buryo ayo bashakaga gutanga yikubye hafi inshuro eshatu ayo Leta yifuzaga, kuko bagejeje kuri miliyari imwe na miliyoni 600 z’amadolari ya Amerika.

    MINECOFIN ikavuga ko ibi byerekana icyizere abashoramari bo ku isi bafitiye ubukungu bw’u Rwanda, buvugwaho kuba bwarazamukaga ku rugero rwa 7.8% buri mwaka mbere y’icyorezo cya Covid-19.


  • U Rwanda rwabonye umwenda wa miliyoni 620$ aturutse mu mpapuro mpeshamwenda – #rwanda #RwOT

    Abashoramari bakomeje kugaragaza inyota yo kugura impapuro mpeshamwenda z’u Rwanda, kuko zakuruye ishoramari rya miliyari 1,6$, bigatuma inyungu igera kuri 5,5% mu myaka 10 zizamara.

    Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, yatangaje ko kuba abashoramari benshi bifuzaga kugura impapuro mpeshamwenda z’u Rwanda, byerekana icyizere ubukungu bw’igihugu bufitiwe ku ruhango mpuzamahanga.

    Ati “U Rwanda ruzwiho kuba rwarashyizeho ingamba zatumye ubukungu bw’igihugu butera imbere, ishoramari rikiyongera, amafaranga y’imyenda agakoreshwa neza ndetse [u Rwanda] rukaba rufite amahirwe menshi y’uko ubukungu buzazahuka vuba nyuma y’icyorezo cya Covid-19.”

    U Rwanda ruherutse guhabwa inota rya ’B+’ n’Ikigo cya Fitch Ratings, rigaragaza ko ubukungu bwarwo buhagaze neza ku buryo igihugu gifite ubushobozi bwo kwishyura umwenda gifite.

    Hafi kimwe cya kabiri cy’aya mafaranga, azakoreshwa mu kwishyura undi mwenda wa miliyoni 400$ Leta yari yarafashe muri Gicurasi 2013 nabwo binyuze mu kugurisha impapuro mpeshamwenda ku isoko mpuzamahanga, igihe cyo kuwishyura kikaba kizarangira mu 2023.

    Uwo mwenda wari washowe mu bikorwa byo kwagura RwandAir ndetse no gusoza inyubako ya Kigali Convention Centre.

    Andi mafaranga asigaye azakoreshwa mu guteza imbere urwego rw’ubuzima, kurwanya ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe, kurengera ibidukikije no guteza imbere ubuhinzi mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibyoherezwa mu mahanga.

    Ifoto igaragaza icyicaro gikuru cya Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR

  • Nyamagabe: BNR yatangiye gushumbusha abaturage bibiwe asaga miliyoni 90 Frw mu Murenge Sacco – #rwanda #RwOT

    Mu 2015 ni bwo abaturage bagera 1168 bo mu Murenge wa Nkomane baburiye amafaranga yabo muri iyo Sacco, ubuyobozi bwayo bushinjwa kuyanyereza ndetse na bamwe mu bari abayobozi bayo bahamwa n’icyo cyaha mu rukiko barafungwa.

    Nubwo abari bakurikiranyweho kunyereza ayo mafaranga bafunzwe, icyo gihe abaturage ntibayasubijwe. Byatumye iki kibazo kigezwa kuri BNR, ifata umwanzuro wo kuyabasubiza.

    Bamwe mu baturage batangiye kuyahabwa bavuga ko ari ikimenyetso kigaragaza ko Leta y’u Rwanda yita ku baturage bayo hagamijwe kubatera imbaraga mu bikorwa by’iterambere bakora.

    Bizimana Emmanuel wari warahaburiye amafaranga y’u Rwanda agera ku bihumbi 400 yagize ati “Muri icyo gihe nateganyaga kugura imbuto, igihombo nagize ni uko ntahise nyigura biba ngombwa ko mbanza kujya gushakisha aho nakura andi mafaranga. Kuba bayadusubije nabonye ko kubitsa muri Sacco bifite ubwishingizi.”

    Simpunga Célestin we avuga ko yahuye n’igihombo cyo kubura amafaranga yo gukoresha mu cyayi no guhemba abakozi, ariko akemeza ko kuri ubu abonye ko mu Rwanda hari imiyoborere myiza.

    Ati “Ikindi ni uko twabonye ko ubuyobozi bwitaye ku baturage babwo kuko uko twatakaga batubwiraga ko twihangana ko bagiye kureba icyakorwa tukabona amafaranga yacu.”

    Abamaze kuyahabwa bavuga ko bishimiye ko bagiye gukomeza gahunda zabo z’iterambere ziganjemo ubuhinzi, ubworozi n’ubucuruzi.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkomane, Irakuzwa Aimé Patrick yavuze ko bagiye kongera ubufatanye hagati y’ubuyobozi na Sacco kugira ngo ibyabaye bitazongera.

    Ati “Ubona ko habayeho uburangare bw’inzego zitandukanye, noneho ubu twebwe nk’ubuyobozi bw’umurenge n’akarere n’izindi nzego, cyane cyane Sacco tuyiba hafi umunsi ku munsi tukamenya imikorere yayo kuko usanga ubuyobozi bwa Sacco bushobora gukingira ikibaba bamwe mu bafashe inguzanyo ntibishyure ku gihe. Turabaha icyizere ko bitazongera kuko turi hafi twarakangutse.”

    Umuyobozi muri BNR ushinzwe ibigo by’imari biciriritse, Mushimirwa Clarisse, avugana na RBA yavuze ko gusubiza abo baturage amafaranga yibiwe muri Sacco ari gahunda Leta yafashe mu rwego rwo gukomeza kuba hafi y’abaturage.

    Ati “Mu gihe rero habayeho imicungire mibi ntabwo Leta irebera ngo Abanyarwanda babure amafaranga yabo, ni yo mpamvu Leta y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo gufasha Sacco zahuye n’ibibazo nk’ibyo ngibyo kugira ngo bakomeze basigasire umuco wo kuzigama ariko nanone ntabwo bikuraho gukurkirana abagize uruhare muri iyo micungire mibi.”

    Mushimirwa yasabye abaturage gukomeza kugirira icyizere za Sacco no gukorana nazo neza babitsa kandi banasaba inguzanyo.

    Abayobozi ba ‘Turwambuke Nkomane Sacco’ bakurikiranweho kurigisa ayo mafaranga y’abaturage ni uwari umucungamutungo n’umucungamari.

    Kugeza ubu uwari umucungamutungo yahamijwe icyaha akatirwa igifungo cy’imyaka itanu akaba atarakirangiza naho uwari umucungamari we yari yarakatiwe imyaka itatu akaba yararangije igihano cye.

    Kugeza ubu Turwambuke Nkomane Sacco ifite abanyamuryango basaga 5900, abari bibwe amafaranga yabo ni 1168 naho abamaze kuyasubizwa ni 547.

    BNR yatangiye kwishyura abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe bibiwe asaga miliyoni 90 Frw mu Murenge Sacco

    [email protected]


  • U Rwanda na RDC byahuje imbaraga mu kurwanya ubucuruzi bwa zahabu bukorwa n’imitwe yitwaje intwaro – #rwanda #RwOT

    Aya masezerano y’ubufatanye yashyizweho umukono ku wa 26 Kamena 2021, ubwo Perezida Kagame yasozaga uruzinduko rw’umunsi umwe yagiriraga mu Mujyi wa Goma muri RDC.

    Ni uruzinduko rwaje rukurikirana urundi mugenzi we wa Congo, Félix Antoine Tshisekedi yagiriye mu Rwanda ku munsi wari wabanje.

    Amakuru dukesha Radio-Canada, avuga ko ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amasezerano ku kunoza ubucuruzi bwa zahabu yashyizweho umukono na Société Aurifère du Kivu et du Maniema (Sakima S.A), mu gihe uruhande rw’u Rwanda rwari ruhagarariwe na Dither Ltd.

    Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa RDC yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa ko aya masezerano agena ko hazabaho ubufatanye mu bijyanye no gushyiraho uburyo bwo gucukura no gucuruza Zahabu binyuze mu mucyo.

    Ati ”Hazabaho ugufatanya hagati y’ibi bigo bibiri, aho bizagenzura urugendo rwose kuva mu gucukura bizakorwa na Sakima kugeza mu gutunganya bizakorwa na Dither SA.”

    Yakomeje avuga ko aya masezerano y’ubufatanye kandi azakumira imitwe yitwaje intwaro yagaragaraga muri ubu bucuruzi bwa Zahabu.

    Ati “Imitwe yitwaje intwaro yakoreshaga Zahabu mu kubona amafaranga ayifasha mu ntambara ntabwo izaba ikibashije gucukura cyangwa ngo igurishe ku masoko mpuzamahanga.”

    Raporo yakozwe kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu 2020, igashyikirizwa Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano, yagaragaje ko kimwe mu bibazo bituma umutekano muri icyo gihugu utaboneka, ari imitwe y’iterabwoba n’inyeshyamba zikorera mu Burasirazuba bwa Congo, kandi zose zigatungwa n’amabuye y’agaciro zicuruza mu bihugu by’amahanga.

    Bibarwa ko Uburasirazuba bwa Congo bukoreramo imitwe y’inyeshyamba irenga 130, yose ivuga ko ifite impamvu z’intambara imbere muri RDC ndetse no mu bihugu icyenda bihana imbibi nayo.

    Ubucukuzi bwa Zahabu no kuyitunganya ni rumwe mu rwego ruri gutera imbere cyane mu Rwanda, aho imibare yo mu Ugushyingo 2020 ya Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yagaragaje ko umusaruro wavuye muri zahabu, wazamutseho 754,6%.

    Imibare y’Ikigo cy’u Budage gishinzwe Umutungo Kamere yerekana ko buri mwaka RDC itanga umusaruro wa Zahabu ubarirwa hagati ya toni 14 na 20 ku mwaka, zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 543$ na miliyoni 812$. Nubwo bimeze gutya ariko ubucukuzi bwa Zahabu n’andi mabuye y’agaciro muri iki gihugu bwakunze kurangwa n’akavuyo ahanini biturutse ku bibazo by’umutekano muke.

    Raporo y’Ikigo IMPACT gikora mu bucuruzi bwa zahabu mu Karere, iheruka kugaragaza ko u Rwanda mu 2014 rwatangaje ko rwavanye miliyoni 8,1$ mu “yandi mabuye y’agaciro” yoherejwe mu mahanga arimo na zahabu, yaje kugera kuri miliyoni 80,06$ mu 2016.

    Igenzura ryakozwe n’Ikigo cy’Abanyamerika ku musaruro wa zahabu mu Rwanda ryagaragaje ko wari 160 kg mu 2014 na 319 kg mu 2015. Naho itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziheruka kuvuga ko u Rwanda rwohereje mu mahanga 2163 kg bya zahabu mu 2018.

    Iterambere ry’ubucuruzi bwa Zahabu ryatangiye kugaragara cyane mu 2019 ubwo mu Rwanda hatangizwaga uruganda rutunganya zahabu ruzwi nka Aldango Ltd., rugaragaza ko rufite ubushobozi bwo gutunganya 220 kg ku munsi na toni esheshatu ku kwezi.

    U Rwanda na RDC byahuje imbaraga mu kurwanya ubucuruzi bwa zahabu bukorwa n’imitwe yitwaje intwaro

  • Inzara ishobora guhitana abantu benshi kurusha Coronavirus #rwanda #RwOT

    By igihe

    Inzara iturutse ku ngaruka zatewe n’icyorezo cya Coronavirus, ishobora kwica abantu benshi kurusha abazahitanwa n’iki cyorezo nk’uko byatangajwe n’Umuryango Mpuzamahanga uharanira ibikorwa by’iterambere, Oxfam.