Tag: Ubukungu

  • Ntibisanzwe, byakomeye umuntu uri kugura capati zirenza 5 ari gutabwa muri yombi, Inkuru irambuye #rwanda #RwOT

    Mu gihugu cya Uganda mu majyaruguru ya Moroto, abaturage ntibemerewe kugura capati zirenze eshanu mu gihe bikozwe baratabwa muri yombi.

    Impamvu nyamukuru biri gukumirwa ngo ni ubujura bumaze iminsi buvugwa bw'amatungo muri ako Karere, Abaturage babujijwe kugura capati zirenze 5 bitewe nuko bivugwa ko bagenda bakaziha abo bajura bivugwa ko baza banitwaje intwaro zirimo imbunda.

    Ikibazo cy'ubujura bw'amatungo muri aka karere ka Moroto, cyatangiye kugaragara mu ntangiriro z'uyu mwaka wa 2021, Ndetse bamwe bakaba baragiye bafatwa banafatanwa imbunda zigera kuri 58.

    BBC dukesha aya makuru ivuga ko Police ya Moroto ivuga ko yahisemo guca ku akavuyo k'abantu bagura capati zirenze 5 ngo kuko abenshi bazigurira kuzishyira aba bajura aho bihisha mu bisambu , ndetse Police ikaba yabikoze yizeye ko aba bajura nibamara kwicwa n'inzara kuko batakigemurirwa bizatuma bihutira kuva mu bwihisho.

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/20/ntibisanzwe-byakomeye-umuntu-uri-kugura-capati-zirenza-5-ari-gutabwa-muri-yombi-inkuru-irambuye/

  • Radio/Tv1 yasezereye abandi banyamakuru bayo bakomeye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Radiyo na Televiziyo 1 biravugwa ko yasezereye abandi banyamakuru batatu b'imena bitewe n'ikibazo cy'amikoro make cyatewe ingaruka z'icyorezo cya Covid-19.

    Igitangazamakuru Ukwezi dukesha aya makuru kuri uyu wa 19 Kanama 2021 cyatangaje ko abasezerewe ari: Callixte Ndagijimana, Gakayire Raymond na Kayitankore Dieudonné.

    Tariki ya 11 Mutarama 2021 ni bwo Radio/TV1 yasezereye abandi banyamakuru batatu: Kalinijabo Jean de Dieu, Nadine Umuhoza na Paruku Rene.

    Iki gitangazamakuru ubwo cyasezereraga aba banyamakuru kubera ingaruka za Covid-19 zagihungabanyije, cyari cyaramaze kwinjizamo abandi banyamakuru bakizamuka.

    Source : https://yegob.rw/radio-tv1-yasezereye-abandi-banyamakuru-bayo-bakomeye/

  • Umuyobozi wa Airtel yatsindiye igihembo cy’umuyobozi w’Umunyafurika w’umwaka – #rwanda #RwOT

    Ogunsanya asanzwe azwiho kuba indashyikirwa mu buyobozi kuko no mu 2020 yahawe igihembo cy’umwaka cyiswe ‘Africa Industry Personality of the Year’ ndetse ahabwa n’icy’Umuyobozi w’Umunyafurika mwiza mu bijyanye n’Ubucuruzi ‘African Business Leadership Awards 2020’.

    Ibihembo byatanzwe n’iki kinyamakuru byahawe abayobozi batandukanye mu byiciro 12 bitandukanye, aho Ogunsanya ariwe watsindiye igihembo nyamukuru cy’Umuyobozi w’Umunyafurika w’umwaka 2021, akurikirwa n’Umuyobozi wa Standard Bank Group ikorera muri Afurika y’Epfo, Simphiwe Tshabalala.

    Umuyobozi wa African Leadership Magazine, Dr Ken Giami, yashimiye abantu bose batsindiye ibi bihembo, avuga ko bigamije kwishimira intambwe imishinga y’ubucuruzi muri Afurika yagezeho mu gihe gikomeye cya Coronavirus cyateje ihungabana mu bukungu.

    Yakomeje agira ati “Abayobozi batsinze mu byiciro bitandukanye bagize uruhare rukomeye muri ibi byiza twishimira ni yo mpamvu bakwiriye ishimwe rikomeye.”

    Abayobozi batsinze bazashyikirizwa ibihembo byabo by’ishimwe mu nama ya Gatandatu y’ishoramari muri Afurika “Invest in Africa Summit” izaba hifashishijwe ikoranabuhanga ku wa 16 na 17 Nzeri 2021.

    Ogunsanya w’imyaka 55 asanzwe ari Umuyobozi wa Airtel yo muri Nigeria kuva mu 2012 ndetse azatangira imirimo yo kuyobora Airtel Africa Group ku itariki 1 Ukwakira 2021.

    Ni inzobere mu bijyanye n’icungamutungo, aho amaze imyaka irenga 30 akora imirimo itandukanye mu itumanaho, ubujyanama n’amabanki, ndetse yayoboye ibigo bikomeye nka Coca-Cola yo muri Ghana, iya Kenya ndetse n’iyo muri Nigeria.

    Airtel Africa azatangira kuyobora mu mezi abiri ari imbere ni ikigo gikomeye cy’itumanaho gikorera mu bihugu 14 byo muri Afurika harimo n’u Rwanda, cyakomotse kuri Bharti Airtel yo mu Buhinde, ubu gifite abakiliya barenga miliyoni 99 muri Afurika.

    Umuyobozi wa Airtel Africa Group, Segun Ogunsanya, yatsindiye igihembo cy’umuyobozi w’Umunyafurika w’Umwaka wa 2021

    source : https://ift.tt/3y4BrWy

  • Guverineri Gasana yatangije iyubakwa ry’imihanda ya kaburimbo mu Mujyi wa Kibungo – #rwanda #RwOT

    Ni ibikorwa yatangije ku mugaragarao kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Kanama 2021. Umujyi wa Kibungo uri mu mijyi ikuze cyane dore ko ari ho habaga Perefegiture ya Kibungo, gusa uri mu mijyi itarigeze ikura nko mu tundi turere kuko akenshi wagiye usubira inyuma.

    Ubwo Perezida Kagame yiyamamarizaga i Ngoma mu mwaka wa 2017 yabemereye ibikorwaremezo bitandukanye bigamije kuzamura uyu mujyi.

    Mu bikorwaremezo yabemereye byanamaze kuzura harimo stade, hotel nziza iri ku kigero cy’inyenyeri eshatu ndetse n’umuhanda wa kaburimbo ubahuza n’Akarere ka Bugesera ugakomeza mu ka Nyanza imirimo yo kuwubaka nayo irenda gutangira.

    Mu rwego rwo gukomeza kuzamura iterambere ry’aka Karere kuri ubu hatangijwe ibikorwa byo kubaka imihanda izenguruka Umujyi wa Kibungo ireshya na kilometero umunani n’igice n’ibindi bine n’igice bigizwe na kaburimbo yoroheje.

    Guverineri Gasana yavuze ko iki gikorwa cyo kubaka imihanda ya kaburimbo mu Mujyi wa Kibungo mu Karere ka Ngoma kije mu rwego rwo kuvugurura uyu mujyi no kuzamura akarere.

    Ati “Ni umuhanda uzageza mu Ukuboza warangiye, uzafasha mu kuzamura uyu mujyi mu buryo bw’imyubakire ndetse hari n’ibindi bikorwaremezo bigenderwaho birimo amashanyarazi, amazi n’ibindi byinshi biri gukorwa bizafasha mu kwihutisha iterambere.”

    Yashimiye Umukuru w’Igihugu wahaye aka karere bimwe mu bikorwaremezo birimo Stade, hotel nziza n’ibindi bikorwaremezo bitandukanye bifasha abaturage mu iterambere bikanazamura aka karere.

    Guverineri Gasana yasabye kandi abaturage bo muri uyu mujyi gufata neza ibikorwaremezo bari kugezwaho ngo kuko bizabafasha mu guhindura ubuzima bwabo.

    Ati “Icyo bivuze ku baturage rero ni uko ahantu hose hageze ibikorwaremezo byihutisha iterambere, ari ibintu biza ku isoko birimo ibikomoka ku buhinzi, ari ibintu by’ubucuruzi, ari n’imigenderanire kuva mu mirenge ubwo hagiyemo kaburimbo turabona bigiye kwihuta cyane.”

    Yasabye abaturage kubiha agaciro bagafata neza ibikorwaremezo bari kubakirwa bakumva ko ari ibyabo bakirinda kubyonona no kubyangiza, yavuze ko kandi ibikorwa byo kubaka uyu muhanda bizatanga akazi ku rubyiruko rwinshi n’abandi baturage bikabafasha mu iterambere.

    Nyiramana Béatrice utuye mu Mudugudu wa Kabeza mu Kagari ka Karenge mu Murenge wa Kibungo avuga ko imihanda ya kaburimbo iri kubakwa muri uyu mujyi niyuzura izabafasha mu kwihutisha iterambere, yavuze ko akenshi bahuraga n’ikibazo cy’ivumbi ryinshi mu gihe cy’izuba, urwondo rwinshi mu gihe cy’imvura ariko ngo nibamara gushyiramo kaburimbo bizabafasha.

    Iyi mihanda ya kaburimbo iri kubakwa na China Road and Bridge Corporation ikazuzura mu gihe cy’amezi icumi, iri kubakwa ku bufatanye bw’Akarere ka Ngoma n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi, RTDA.

    Guverineri Gasana yatangije iyubakwa ry’imihanda ya kaburimbo mu Mujyi wa Kibungo

    Iyi mihanda ya kaburimbo iri kubakwa izuzura mu gihe cy’amezi icumi

    source : https://ift.tt/2W1m7gJ

  • TV1 yongeye gusezerera Abanyamakuru 3 icya rimwe #rwanda #RwOT

    Abanyamakuru basezerewe kuri iyi nshuro ni Callixte Ndagijimana na Gakayire Raymond ndetse na Kayitankore Dieudonnée uzwi nka Dodos bari basanzwe bakora mu ishami ry’amakuru.

    Aba Banyamakuru batatu bose bari mu bantu ba mbere batangiye gukorera iki gitangazamakuru kibanda ku nkuru za rubanda.

    Nk’uko byatangajwe mu minsi yashize ubwo ubuyobozi bw’iki gitangazamakuru bwabasezereraga abandi bakozi, n’ubu ngo ni ukubera ikibazo cy’amikora akomeje kuba macye.

    Gusa bamwe mu basezerewe kuri iyi nshuro ntibemeranya n’ibi aho bavuga ko kiriya gitangazamakuru kitari kubura ubushobozi ahubwo ko umushoramari wacyo ashobora kuba ari kuyashora mu bindi bikorwa dore ko afite irindi shoramari ryinshi.

    Umuyobozi Mukuru w’Iki gitangazamakuru, Kakoza Nkuriza Charles uzwi nka KNC unasanzwe anafite ikipe y’Umupira w’Amaguru Gasogi United iri mu cyiciro cya mbere, akomeje kubaka ikipe ye dore ko kuri uyu wa Gatatu yanagaruye Umutoza Guy Bukasa wari wavuye muri iriya kipe akerekeza muri Rayon Sports.

    Mu ntangiro z’uyu mwaka, ubuyobozi bwa Radio&TV 1 bwari bwasezereye abandi banyamakuru batatu na bwo ngo kubera amikoro macye yatewe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 cyagiye kizahaza imikorere y’abikorera.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/TV1-yongeye-gusezerera-Abanyamakuru-3-icya-rimwe

  • Mc Brian yatanze mituweli ku baturage 250 i Nyagatare – #rwanda #RwOT

    Ni mu gikorwa cyabereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Uburasizuba. Kiri mu byo asanzwe by’urukundo akunze kwita ‘Giving Back to the Community’. Ni igikorwa cya gatanu bakoze mu myaka itanu ishize.

    Murekatete Juliet, Visi Meya Ushinzwe Imirebereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyagatare, yavuze ko ubwisungane mu kwivuza bwatanzwe na Mc Brian n’inshuti ze bugiye gufasha aba baturage bwahawe.

    Ubu bwisungane bufite agaciro k’ibihumbi 750 Frw.

    Ati “Ubu ntimugire ngo mwakoze ku gikorwa kimwe cyo kwivuza gusa. Ndangira ngo mbasobanurire ibikorwa birimo uko bingana. Bakoze ku buzima bwose. Umunyeshuri uri hano murimo murabona ko harimo abanyeshuri bambaye impuzamnkano, ubu ntabwo ashobora kurwara ngo areke kwivuza, niyivuza azajya no kwiga akurikirane amasomo neza. Ubwo mudufashije guhangana n’abana bata ishuri.”

    Murekatete yavuze ko abahawe mituweli batoranyijwe n’inzego zibishinzwe bagendeye ku baturage batari bagatanze ubwisungane mu kwivuza.

    Mc Brian aganira na IGIHE, yavuze ko ari umusanzu yatanze ari inshingano nk’umuturage ushaka ko igihugu cye gitera imbere.

    Ati “Ni ibikorwa nkora, kugira ngo nshimire Igihugu cyanjye amahirwe kimpa mu mwunga wanjye wo kuba MC. Kuko ibyiza ngeraho mbona ntabundi buryo nashimira Igihugu cyanjye uretse gutanga umusanzu wo gufasha abababaye.”

    Mu 2017, Mc Brian afatanyije n’inshuti be basangiye n’abana bo ku muhanda bashishikariza gusubira mu ishuri no mu miryango. Mu 2019, iri tsinda ryatanze ihene ku miryango yo mu karere ka Bugesera.

    Mu gihe cya Guma mu Rugo mu 2020, Mc Brian n’inshuti ze batanze ibiribwa ku miryango 10 itishoboye.

    Mc Brian yayoboye ibirori by’imikino ya Shampiyona Nyafurika ya Basketball (BAL) yabereye muri Kigali Arena, Tour du Rwanda inshuro eshatu n’andi marushanwa ategurwa na Ferwacy.

    Uyu musore yayoboye kandi Kigali Marathon, imikino yose ya Basketball yo mu Rwanda shampiyona n’andi marushanwa ya Basketball, imikino myinshi igiye itandukanye, ibitaramo bigiye bitandukanye harimo ibya Meddy, The Ben, Riderman, ubukangurambaga bwa Leta butandukanye n’ibindi.

    Aba baturage ni bamwe mu bari bataragira amahirwe yo kubona ubwisungane mu kwivuza

    Iki gikorwa abantu bakurikizaga amabwiriza yo kwirinda Coronavirus

    Imiryango 43 niyo yahawe ubu bufasha

    Mc Brian yiyemeje gukora ibikorwa nk’ibi ashaka kwitura ineza igihugu kubera amahirwe agenda abona mu buzima bwe

    Murekatete Juliet, Visi Meya Ushinzwe Imirebereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyagatare yashimiye ubufasha MC Brian na bagenzi be bahaye abaturage

    Nyuma y iki gikorwa abantu bacinye akadiho

    MC Brian amaze igihe kinini akora akazi k’ubushyushyarugamba

    source : https://ift.tt/3y0ACya

  • Abantu 17 bafashwe bacukura amabuye y’agaciro batabyemerewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iryo tsinda rigizwe n’abantu biyise “Abapari” bafatanwe ibiro 8.5 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti, bayacukuraga mu mirima y’abaturage iri hafi y’ibirombe by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bya Rutongo, mu Kagari ka Mugambazi, Umurenge wa Murambi no mu Kagari ka Kivugizi mu Murenge wa Masoro.

    Umuyobozi wa Polisi w’agateganyo mu Karere ka Rulindo, CIP Pacifique Semahame Gakwisi, yavuze ko abo bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bangirijwe imirima.

    Yagize ati “Polisi yakiriye amakuru ava mu baturage bavuga ko hari abantu bigabiza imirima yabo bagacukuramo amabuye y’agaciro babangiriza imirima yegereye ikirombe cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cya Rutongo. Tumaze kubona ayo makuru twateguye igikorwa cyo gufata abo bantu hafatwa 17 barimo kugabana amabuye bari bamaze gucukura muri iryo joro, bafatanwe ibiro 8 n’igice”.

    CIP Semahame yakomeje avuga ko abo bantu 17 bagize itsinda ryiyise Abapari, aba inshuro nyinshi baba bari mu bikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko.

    Yavuze ko abo bantu bangiza imirima y’abaturage n’ibindi bidukikije ndetse iyo bamenye ko hari umuturage wabibwiye Polisi bamugirira nabi. Ubwo bafatwaga bari bafite ibikoresho gakondo bifashisha mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

    CIP Semahame yibukije abaturage ko usibye kuba ibyo bikorwa byangiza imirima y’abaturage, ubundi bihabanye n’amategeko kuko bagomba gusaba ibyangombwa bibemerera gucukura amabuye y’agaciro.

    Ati “Kugira ngo ukucure amabuye y’agaciro ugomba kubanza gushaka ibyangombwa bitangwa n’inzego zibifitiye ububasha. Ibi biri mu rwego rwo kugira ngo hirinde ingaruka zose zaba igihe urimo gucukura amabuye kuko biriya bikorwa bikunze kubamo impanuka nyinshi. Uhabwa ibyangombwa hakagenzurwa ko ubishaka afite ubushobozi n’ibikoresho byo guckura amabuye y’agaciro”.

    Uwo muyobozi yashimiye abaturage batanze amakuru bigatuma bariya bantu bafatwa, yibutsa abakishora muri ibyo bikorwa ko Polisi y’u Rwanda itazahwema kubafata bagashyikirizwa ubutabera.

    Abafashwe ndetse n’ibyo bafatanwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Murambi kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko rigena ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri nimero 58/2018 ryo kuwa 13/08/2018, mu ngingo ya 54 ivuga ko umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucukuza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

    source : https://ift.tt/3mfEWaH

  • Inguzanyo zitishyurwa neza mu bigo by’imari zikomeje gutumbagira – #rwanda #RwOT

    Ubusanzwe Banki Nkuru y’u Rwanda itanga inama z’uko igipimo cy’inguzanyo zitishyurwa neza kitagomba kurenga 5%, bisobanuye ko mu gihe ibi bipimo byakomeza kuzamuka, bishobora kugira ingaruka zitari nziza ku rwego rw’amabanki muri rusange, ibyanagira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’u Rwanda muri rusange.

    Ku rundi ruhande, ibipimo by’inguzanyo zifite ibyago byo kwinjira mu cyiciro cy’izitishyurwa neza, bivuze ko zikeneye kwitabwaho by’umwihariko, cyarazamutse kiva kuri miliyari 157 Frw bingana na 6% by’inguzanyo zose mu mwaka ushize, kigera kuri miliyari 422 Frw, bingana na 13,2% by’inguzanyo zose muri Kamena uyu mwaka.

    Icyakora ibigo by’imari iciriritse byabashije kugabanya inguzanyo zitishyurwa neza, ziva ku kigero cya 12,8% mu mwaka ushize, zigera kuri 6,6% muri Kamena uyu mwaka, ahanini bitewe n’ubwiyongere bw’ibikorwa by’ubucuruzi buciriritse burimo ubushingiye ku buhinzi, bwakomeje gukora no mu bihe bya Guma mu Rugo.

    Inzego zagaragayemo ibibazo byo kwishyura inguzanyo ziganjemo amahoteli na restaurant, urwego rw’uburezi ndetse n’urwego rw’ubwikorezi, nk’uko Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yabitangaje.

    Izamuka ry’inguzanyo zitishyurwa neza ariko ntiriratangira kugira ingaruka zikomeye ku rwego rw’amabanki, kuko umutungo warwo wazamutseho 20%, ugera kuri miliyari 4.624 Frw muri Kamena uyu mwaka, uvuye kuri miliyari 3.353 Frw.

    Urwego rw’imari iciriritse narwo rwazamutseho 16,8% muri Kamena uyu mwaka, ugereranyije na 5,4% rwari rwazamutseho muri Kamena umwaka ushize. Uyu mutungo wavuye kuri miliyari 330 Frw ugera kuri 386 Frw.

    Igipimo cy’ubwihaze bw’imari shingiro y’urwego rw’imari mu Rwanda kiri hejuru, kuko kiri kuri 22,5% ku mabanki na 35% ku bigo by’imari iciriritse, hejuru y’igipimo cya 15% kigaragazwa nk’ikitagomba kugibwa munsi.

    Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje ko igipimo cy’inguzanyo zitishyurwa neza cyageze kuri 5.7% kivuye kuri 5.4% mu mwaka ushize

    source : https://ift.tt/2Uxf9iI

  • RwandAir igiye gutangira ingendo zijya Goma na Lubumbashi – #rwanda #RwOT

    Iyi nkuru nziza yatangajwe na RwandAir kuri uyu wa 18 Kanama 2021, aho ku ikubitiro ingendo zijya muri iyi mijyi ibiri zizajya ziba nibura buri cyumweru.

    Muri Werurwe 2019, ni bwo u Rwanda na RDC, byasinyanye amasezerano yo gufungurirana ikirere, byatumye RwandAir itangiza ingendo zerekeza i Kinshasa ndetse n’indege za Congo Airways bikaba uko mu kirere cy’u Rwanda.

    Muri Mata uwo mwaka, RwandAir yahise itangira gukora ingendo eshatu mu Cyumweru za Kigali-Kinshasa, aho kuri ubu ijya cyangwa ikava ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya N’Djili kiri i Kinshasa.

    Mu ruzinduko Perezida Paul Kagame aheruka kugirira muri Congo nyuma y’aho mugenzi we Félix Tshisekedi asuye u Rwanda ku wa 25 Kamena 2021, ibihugu byombi byasinyanye amasezerano atsura ubuhahirane arimo n’agena amahame yo gukuraho gusoresha kabiri ibicuruzwa byambukiranya imipaka.

    RDC ni igihugu gikorana ubucuruzi n’u Rwanda. Nta gushidikanya ko kongera ingendo za RwandAir, mu bice bitandukanye bya RDC bizongera ubuhahirane n’imigenderanire hagati y’ibihugu byombi bikagura n’urwego rw’ubucuruzi bubarurwa hagati yabyo.

    Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega, mu kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru cyabereye i Kinshasa, yasabye abaturage b’ibihugu byombi gukomeza gufatanya mu rugamba rw’iterambere.

    Ati “Ndashishikariza Abanyarwanda baba muri RDC kimwe n’Abanye-Congo bahisemo u Rwanda nk’igihugu cyabo cya kabiri, kubahiriza amategeko y’aho baba.”

    Ku bijyanye n’ubucuruzi, Karega yavuze ko u Rwanda rufite amahirwe menshi yabyazwa umusaruro n’Abanye-Congo, nko kuba ari inzira yakwifashishwa mu kwinjiza cyangwa kohereza mu mahanga ibicuruzwa binyuze ku cyambu cya Dar es Salaam na Mombasa.

    RwandAir igiye gutangira ingendo zijya mu Mijyi ya Goma na Lubumbashi

    source : https://ift.tt/3ss8aE4

  • Huye: Abaturage basaga 43% bagaragaje kutanyurwa na serivisi bahabwa na WASAC – #rwanda #RwOT

    Ubu bushakashatsi bwakorewe mu mirenge ine y’Akarere ka Huye yiganjemo umubare munini w’abafatabuguzi ba WASAC.

    Abatuye mu Mirenge ya Mukura, Ngoma, Huye na Mbazi yakorewemo ubushakashatsi barimo Rwagasana Stanislas na Mukabaganwa Vénelanda bagaragaje ko bemeranya n’ibyavuye muri ubu bushakashatsi.

    Mukabaganwa ati “Serivisi impamvu tuvuga ko ari mbi, ni uko nk’iyo itiyo y’amazi itobotse ukabahamagara batazira igihe kuko n’iminsi itatu cyangwa irenga ishobora gushira bataraza kuyisana. N’igiciro cy’amazi kiri hejuru, kandi ntituyabonera igihe, rimwe na rimwe akanaza arimo imyanda. Ubwo urumva umuntu aho yavuga ko ari nziza ahereye hehe?”

    Naho Rwagasana Stanislas we, avuga ko hari na bamwe mu bakozi ba WASAC bagira umuco mubi wo gutinza dosiye isaba guhabwa amazi mu rugo ku mufatabuguzi mushya.

    Ati “Usanga umuntu atanga dosiye isaba amazi mbere, ariko uje nyuma bakayimuha mbere y’uwayitanze mbere ugasanga rero ari serivisi mbi ari nayo dusaba ko bakwikosora.”

    Muri ubu bashakashatsi abaturage bagiye babazwa ibibazo birebana n’uko babona serivisi bahabwa na WASAC, ndetse nayo ihabwa umwanya muri ubushakashtsi kuko nayo yagiye yiha amanota.

    Ku kibazo kijyanye no kubura kw’amazi, abaturage bahaye WASAC amanota 6/10 angana na 60% naho WASAC ubwayo yiha amanota 7/10 angana na 70%.

    Ku kibazo kijyanye n’imitangire ya serivisi za WASAC mu gihe havutse ikibazo, abaturage bayihaye amanota 4/10 angana na 40%, nayo aba ari yo yiha.

    Ku kijyanye no kuba amafaranga y’ifatabuguzi ari hejuru, abaturage bahaye WASAC amanota 3/10 angana na 30%, yo ubwayo yiha amanota 8/10 angana na 80%.

    Iyi mibare yose iyo uyishyize ku ijanisha, usanga abaturage 43, 3% baranenze serivisi bahabwa na WASAC.

    Umukozi ushinzwe imirimo yo gukwirakwiza ibikorwa by’amazi muri Huye, Clement Ndayambaje, yavuze ko amanota bahawe n’abaturage abereka ko hari ibyo bagomba gukosora.

    Ati “Mu byo bagaragaje harimo nko kuba amazi atabageraho ku gihe. Aha hari imishinga migari igamije kongerera ubushobozi ibikorwa bikwirakwiza amazi. Ku kuba tutabonekera igihe ahavutse ikibazo, tuzabikosora ariko tunabasaba kujya bahamagara umurongo wacu wa 3535 utishyurwa kuko hari n’ubwo bashobora guhamagara abatari abakozi bacu kuko barahari benshi batwiyitirira.”

    Uyu muyobozi akomeza avuga ko ku biciro by’amazi byo bifite uko bishyirwaho, bityo inzego bireba zizakomeza kubiganiraho. Ku cyo gutinza dosiye zisaba guhabwa amazi kuri bamwe, yasobanuye ko uwabikora aba atabitumwe n’ubuyobozi ariko uwabikorerwa yajya yirebera n’Umuyobozi wa WASAC ishami rya Huye akamufasha.

    Umukozi ushinzwe ubuvugizi muri AMI, Mutaganda Fabien yavuze ko ubushakashatsi babukoze bifashishije icyitwa ikarita nsuzumamikorere, kandi babwitezeho impinduka nziza mu mitangire ya servisi.

    Ati” Icyo tubwitezeho, icya mbere bamenye amakuru. Yaba ay’aho bigenda neza n’aho bitagenda neza mu byo bakorera abaturage. Icya kabiri, sirivisi zizaba nziza bityo n’umuturage yishimire ibimukorerwa.”

    Leta y’u Rwanda ifite intego yo kuba yagejeje amazi meza kuri buri muturarwanda, bitarenze mu mwaka wa 2024.

    Abaturage basaga 43% bo mu Karere ka Huye bagaragaje ko hari igihe batabonera amazi ku gihe bikabasaba kujya ku mavomo rusange

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3CW9lR6