Tag: Ubukungu

  • Ingaruka za Covid-19 ku bukungu ntizizatuma cyamunara ziyongera? Guverineri wa BNR yabisobanuye – #rwanda #RwOT

    Mu ntangiriro za Kanama 2021 nibwo byamenyekanye ko The Mirror na Villa Portofino, hoteli ebyiri ziri mu zikunzwe n’abatari bake mu Mujyi wa Kigali zigiye gutezwa cyamunara.

    Ishyirwa mu cyamunara ry’izi hoteli ryagarutsweho na benshi ndetse bamwe batangira kugaragaza ko zaba zigiye kugurishwa biturutse ku bibazo by’ubukungu zahuye na byo kubera ibihe bya COVID-19.

    Mu kiganiro Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, yagiranye na The New Times, yavuze ko izi hoteli zitashyizwe mu cyamunara kubera ibihombo zatewe na COVID-19, ko ahubwo zari zifite ibibazo guhera mu myaka itanu ishize kandi ko ntako batagerageje ngo bikemuke.

    Ati “Ni ikibazo kuba iyi mitungo igiye gutezwa cyamunara, ariko iyi ni imishinga yari ifite ibibazo byo guhera mu myaka itanu ishize, banki zafashe umwanya wo kugerageza gukorana n’abazishinzwe ngo hashakwe igisubizo giturutse mu bwumvikane, ibintu byanatwaye n’umwanya.”

    Yakomeje avuga ko ibyo abantu bakeka ko banki zihutira guteza imitungo cyamunara atari byo kuko zagize umwanya uhagije wo kuganira na ba nyir’izi hoteli.

    Ati “Uretse ibyo abantu batekereza ko banki zihutira guteza cyamunara imitungo, zafashe umwanya uhagije wo gukorana na ba nyir’imitungo kugira ngo hashakwe igisubizo gikwiye, byafashe igihe kugira ngo bafate umwanzuro ku gisubizo cy’iki kibazo.”

    Rwangombwa yavuze ko nta kibazo kizabaho cy’imitungo myinshi igurishwa mu cyamunara biturutse ku bihombo ba nyirayo batewe na COVID-19.

    The Mirror Hotel ni imwe muri hoteli zikomeye muri Kigali, iri ku rwego rw’inyenyeri enye, iherereye i Remera muri metero 20 uvuye kuri rond-point yo ku Gisimenti, ku muhanda ujya mu Giporoso.

    Itangazo rihamagarira abantu kugura mu cyamunara The Mirror Hotel ryavugaga ko izagurishwa ku wa 16 Kanama 2021, ku gaciro k’asaga miliyari 3.9 Frw. Iyi tariki ni na yo yagombaga kugurishwaho Villa Portofino Hotel iherereye i Nyarutarama.

    BNR iherutse kugaragaza ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2021, umubare w’inguzanyo zitishyurwa neza wazamutse ku kigero cya 26% zigera kuri miliyari 178 Frw.

    Ibi byaturutse ku kuba ubushobozi bwo kwishyura imyenda bwarahungabanyijwe na COVID-19. Iki kibazo cyagaragaye cyane mu bafite amahoteli, restaurants, abari mu burezi no mu rwego rw’ubwikorezi.

    Gusa Guverinoma yashyizeho Ikigega Nzahurabukungu ku ikubitiro gishyirwamo miliyari 100 Frw kugira ngo gifashe izi nzego. Ayo mafaranga yaje kongerwa agera kuri miliyari 350 Frw. Urwego rw’ubukerarugendo ni rwo rwagenewe menshi, abafite hoteli bafashwa kuvugurura inguzanyo bari bafite muri banki.

    Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, yatangaje ko nta mitungo myinshi izagurishwa mu cyamunara kubera ibihombo biturutse kuri COVID-19

    source : https://ift.tt/3y7fAOl

  • MTN Rwanda yahawe igihe ntarengwa cyo gukemura ibibazo bya réseau mbi na internet igenda gake – #rwanda #RwOT

    Nk’uko bigaragazwa n’umwanzuro wa RURA washyizwe hanze ku wa 19 Kanama 2021, MTN Rwanda igomba kuba yakemuye mu gihugu hose ibibazo byose bya réseau mbi birimo guhamagara bidakunda, guhamagara bigacika ndetse no guhamagara ntiwumvikane n’uwo uhamagaye bitarenze ku wa 30 Ugushyingo 2021.

    RURA yagaragaje ko mu Mujyi wa Kigali ho iki kibazo kigomba kuba cyakemuwe bitarenze ku wa 29 Ukwakira 2021. Uretse ibijyanye no guhamagara no kwitaba, MTN Rwanda kandi yasabwe kubahiriza ibijyanye n’amabwiriza agena ubwiza bwa internet ihabwa abakiliya.

    Muri uyu mwanzuro RURA yagaragaje ko yafashe iki cyemezo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’abayobozi ba MTN Rwanda ku wa 23 Nyakanga 2021, bikagaragara ko hari icyuho mu ishyirwa mu bikorwa bya gahunda zigamije gukemura ibi bibazo.

    Iri tangazo rikomeza rigira riti “Mu gihe iki gihe ntarengwa kitubahirijwe, hahita hafatwa ibindi bihano byisumbuyeho birimo ibijyanye n’amande.”

    MTN Rwanda kandi yagaragarijwe ko yananiwe kubahiriza igihe ntarengwa yari yahawe bwa mbere ngo ibe yakemuye ibi bibazo, haba mu Mujyi wa Kigali no mu bindi bice bisigaye by’igihugu.

    Ikibazo cya réseau mbi na internet igenda gake cyakunze kugaragazwa n’abakiliya ba MTN Rwanda mu bihe bitandukanye, ndetse muri Kamena 2021 iki kigo cyasohoye itangazo rivuga ko “mu rwego rwo gukomeza gutanga serivisi nziza, cyanogeje zimwe muri serivisi gitanga, hashyirwaho iminara 40 mishya.”

    MTN Rwanda yatangaje ko mu gukemura iki kibazo hibanzwe cyane ku Karere ka Gasabo kuko ari ko kari kugarijwe cyane.

    Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri MTN Rwanda, Gakwerere Eugene, icyo gihe yatangaje ko mu rwego rwo gukemura iki kibazo burundu hari n’indi minara 27 igiye gushyirwa hirya no hino bitarenze Kanama kugira ngo abakiliya bayo barenga miliyoni esheshatu bagerweho na serivisi nziza kandi zinoze.

    MTN Rwanda yahawe igihe ntarengwa cyo gukemura ibibazo bya réseau mbi na internet igenda gake

    source : https://ift.tt/3zbkQ4W

  • Ibyiciro bishya by’ubudehe bigiye gutangazwa – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro yahaye The New Times yasobanuye ko ibisabwa byose ngo Abaturarwanda bashyirwe mu byiciro bitanu (A,B,C,D,E) byarangiye, hakaba hari kugenzurwa ko nta makosa yaba arimo mbere y’uko bimurikwa bigatangira kugenderwaho.

    Yagize ati “Uburyo bwo kubashyira mu byiciro bwararangiye. Ndatekereza ko igihe cy’Umushyikirano mu Ukuboza uyu mwaka, ibi byiciro bizaba bihari hitegurwa ko bigenderwaho. Turimo kugenzura ko bitunganye kandi biboneye kurusha ibisanzweho gusa. ”

    Huss yasobanuye ko ibikigenzurwa ari amabwiriza agena ibyo buri cyiciro kizemererwa n’igihe kizaba kibyemerewe. Azahita ashyikirizwa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu abe ari we uyashyiraho umukono.

    Icyo ibyiciro bishya byitezweho

    Ibyiciro by’ubudehe bigenderwaho kugeza ubu ni bine. Icya mbere n’icya kabiri bifatwa nk’iby’abatishoboye, mu cya gatatu hari abishoboye ariko batari ku rwego ruhanitse, mu gihe icya kane ari icy’abakire bafite amikoro ahambaye.

    Byashyirwagaho n’inteko z’abaturage, aho babazaga abaturanyi bakavuga icyiciro runaka ashyirwamo bijyanye n’uko bamuzi.

    Ibyo ariko byakunze kunengwa kutanyura mu mucyo bitewe n’uko hari abatangaga ruswa bagashyirwa mu byiciro badakwiriye. Nk’urugero uwagombaga kujya mu cya kane agashyirwa mu cya gatatu, uwo mu cya gatatu agashyirwa mu cya mbere.

    Byabuzaga amahirwe abakwiriye kujya muri iyo myanya hakabaho akarengane gashingiye ku byo bagenerwa bitabageragaho.

    Mu ikorwa ry’ibyiciro bishya hashyizweho amabwiriza ngenderwaho ashingiye ku ngano y’umutungo Umuturarwanda afite n’ayo yinjiza.

    Icyiciro A

    Kizabamo ingo zirimo umukuru w’umuryango cyangwa umufasha we winjiza 600.000 Frw kuzamura buri kwezi cyangwa afite ubutaka bugeze kuri hegitari 10 mu cyaro na hegitari imwe mu mujyi.

    Ashobora kuba ari umukozi uhembwa cyangwa ari uwikorera ariko ibikorwa bye bishobora kumwinjiriza ayo mafaranga.

    Umushahara cyangwa umutungo w’urugo uherwaho ni igiteranyo cy’uw’umukuru w’urugo n’uwo bashakanye. Urugo rwujuje kimwe muri ibyo ruzisanga muri iki.

    Icyiciro B

    Kizabarizwamo ingo zinjiza hagati ya 65.000 Frw na 600.000 Frw buri kwezi, binyuze mu buryo bumwe n’ubwasobanuwe hejuru.

    Hazanashyirwamo izifite ubutaka kuva kuri hegitari imwe ariko zitageze ku 10 mu cyaro, na metero kare kuva kuri 300 ariko zitarengeje hegitari imwe mu mujyi.

    Icyiciro C

    Iki kizabamo ingo zinjiza hagati ya 45.000 Frw na 65.000 Frw ku kwezi mu buryo bumwe n’ubwavuzwe hejuru.

    Hazanabarizwamo izifite ubutaka kuva ku gice cya hegitari ariko butagera kuri hegitari imwe mu cyaro, n’uburi hagati ya metero kare 100 na metero kare 300 mu mujyi.

    Icyiciro D

    Cyashyizwemo ingo zinjiza munsi ya 45.000 Frw ku kwezi, binyuze mu buryo bumwe n’ubwasobanuwe hejuru.

    Izifite ubutaka butagera ku gice cya hegitari cyangwa ntabwo zigira mu cyaro, n’izifite uburi munsi ya metero kare 100 n’izitagira na buke mu mujyi zizabarizwamo.

    Icyiciro E

    Ni umwihariko w’ingo z’abatabasha gukora kubera imyaka, ubumuga bukabije cyangwa indwara zidakira, bakaba nta n’imitungo bafite cyangwa ahandi bakura ibyo bakenera mu mibereho yabo.

    Hazashyirwamo urugo rukuriwe n’urengeje imyaka 65 cyangwa uwo bashakanye ayifite.

    Harimo urukuriwe n’ufite ubumuga bukabije cyangwa uwo bashakanye abufite, hakabamo n’urukuriwe n’ufite uburwayi bwo mu mutwe.

    Hazaba hanarimo uruyobowe n’abana bakiri mu ishuri badafite ikindi bakuraho ikibatunga. Aba ari uwiga kandi adafite akandi kazi cyangwa ibiraka ndetse ntihitabwa ku myaka.

    Kurihira umunyeshuri kaminuza hashingiwe ku cyiciro bizahagarara

    Mu byiciro byari bisanzweho umunyeshuri wo mu muryango ubarizwa mu cya mbere n’icya kabiri yahabwaga amahirwe menshi yo kwishyurirwa Kaminuza na Leta kurusha uwo mu cya gatatu, uwo mu cya kane we bikaba bidashoboka.

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), Nyinawagaga Claudine Marie Solange, yatangaje ko ibyo bizahagarara ibyiciro bishya nibitangira kugenderwaho.

    Ati “Serivisi zirimo kwishyurirwa kaminuza, kwivuza indwara zihenze cyane nko kuvoma amazi uwarwaye impyiko ntibizagendera ku byiciro by’ubudehe.”

    Kwishyurirwa kaminuza na Leta bizajya bishingira ku manota umunyeshuri yagize aho kuba icyiciro abarizwamo, ibyo benshi bashimangira ko bizatuma iyo serivisi ihabwa abayikwiye.

    Ubwo ibi byiciro byatangiraga gushyirwaho mu mpera za 2020, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko “bitabereyeho gufasha abakene ahubwo ari ugufasha igenamigambi”.

    Nyinawagaga yakomeje asobanura ko bizajya bigenderwaho muri gahunda za Leta zifasha abaturage guhindura imibereho yabo bigobotora ubukene. Izo zirimo Girinka, VUP ifasha abatishoboye kwinjiza amafaranga buri kwezi ndetse n’ubufasha bw’ako kanya ku bageze mu za bukuru.

    Byari biteganyijwe ko guhera muri Mutarama 2021, Abanyarwanda baba bari muri ibyo byiciro bishya bisimbura ibyashyizweho mu 2016/2017.

    Nyinawagaga yavuze ko iyo ntego yakomwe mu nkokora na COVID-19 aho mu bihe bitandukanye hashyizweho za Guma mu Rugo bigatuma mu Ukuboza hagera ingo zimaze gushyirwamo ari 40% gusa.

    Yavuze ko ubu 99% zashyizwemo, izitarimo akaba ari inshya zigenda zishingwa ubu.

    Mu ntangiriro z’umwaka utaha ni bwo ibyo byiciro bizatangira kugenderwaho. Byitezweho kuzakemura ibibazo by’akarengane kabonekaga mu ikorwa ry’ibyabanje kubera ahanini ruswa yatangirwagamo benshi bashaka kuzabona serivisi byabazitiraga guhabwa.

    Imiryango itegamiye kuri Leta, abanyamadini ndetse n’abikorera na bo bagomba kuzajya bagendera ku mabwiriza azaba abigenga mu gihe batanga ubufasha.

    Gahunda ya Girinka na VUP zizagendera ku byiciro by’ubudehe bishya

    source : https://ift.tt/3gJ5r4P

  • Kigali: Ibibazo muri koperative y’abacuruza ibikoresho by’ubwubatsi bikomeje kuba agatereranzamba – #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Kanama 2021, abanyamuryango ba COPCOM bari babukereye mu matora yo guhindura ubuyobozi bwari bumaze imyaka itanu buyobora kuko hashakwaga amaraso mashya yo guhangana n’ibibazo biyirimo.

    Ni amatora yabanjirijwe no gusomerwa raporo y’ubugenzuzi yakozwe n’IKigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative mu Rwanda (RCA), igaragaza ko hari inenge zabonetse mu mikorere ya komite icyuye igihe zijyanye n’iyubakwa n’itangwa ry’ibibanza byo gukoreramo (hangard).

    Raporo yagaragaje ko hangard zubatswe zigatangwa na komite nyobozi ariko bitagiweho inama n’abanyamuryango cyane ko hari n’abazifuzaga ariko ntibazibona. Ibi ni byo byabaye intandaro yo kutumvikana kuko zahawe abatari abanyamuryango.

    Abari bahagarariye RCA, basabye ko itangwa ry’izo hangard ryakongera kwigwaho neza kandi mu buryo bwumvikanyweho ariko umunyamuryango akaba ari we ubona amahirwe ya mbere.

    Nk’uko byari biteganyijwe hagomba gukorwa amatora yo gusimbuza ubuyobozi bwari buriho kuko manda yabwo yarangiye. Iki gikorwa cyayobowe n’Umukozi w’Akarere ka Gasabo ushinzwe iterambere ry’amakoperative, Hakizimana Emmanuel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisozi, Musasangohe Providence ndetse n’abakozi ba RCA babiri barimo Kayiranga Edouard na Nyirandagirwa Francine.

    Nyuma yo gutora abayobozi batatu barimo Perezida, Visi Perezida na Umwanditsi, byaje kugaragara ko mu matora habayeho uburiganya ku watorewe kuba Perezida, Maniriho Blaise kuko yari yarabaye muri komite ngenzuzi icyuye igihe bituma abakozi ba RCA bavuga ko bihabanye n’itegeko rigenga amakoperative rivuguruye, amatora barayasesa.

    Abari baje gutora bari bizeye kubona ubuyobozi bushya bugiye guhangana n’ibibazo bikiri muri iyi koperative yigeze kugwa mu gihombo cy’amafaranga asaga miliyari, ntabwo banyuzwe n’ibikorwa byabaye aho bamwe batungaga agatoki abakozi ba RCA.

    Ruzamba Oden yavuze ko akurikije uko amatora yari ari kugenda yabonaga ko hari abifuza kuyobora kandi bashobora kwica imigendekere y’amatora.

    Ati “Hari abantu bari bari mu buyobozi bwa mbere bwanadushyize mu bibazo, uko bigaragara ni uko na bo bongeye kugaruka bameze nk’aho bari gukora gushaka amajwi ku bantu babo bazanye. Bamwe mu bakozi ba RCA hari igihe ubona ko bagira amarangamutima. Icyo twifuza ni ugukomeza kubaka koperative. ”

    Kabera Rachel we yagaragaje ko Umuyobozi mukuru wa RCA, yari akwiye kuza kwifatanya na bo mu matora kugira ngo ibyo bibazo bikemuke kandi bari bamwitezeho byinshi.

    Ati “Twagize ikibazo ko inama ebyiri zose zasubitswe Umuyobozi mukuru atagaragaye aha hantu, iyi ya gatatu na yo ntiyagaragaye kandi twari tumuteze amaso tuzi ko atakwemera ko COPCOM yakongera kujya mu cyerekezo kibi. Ntabwo tuzi hagati aho igihari cyatumye ataza kugaragara mu kibazo cya COPCOM kandi ifite ibibazo bigaragara n’amaso by’imicungire mibi yabayeho.”

    Umuyobozi Mukuru wa RCA, Prof. Harerimana Jean Bosco utari witabiriye aya matora gusa wahabwaga amakuru y’uburyo ari kugenda, yavuze ko bagiye gukora ibishoboka byose koperative ikabona ubuyobozi bushya.

    Ati “Icyaje kugarara muri ayo matora ni uko hari bamwe mu bayobozi bari bamaze gutorwa ariko batemerewe kubera itegeko tugenderaho nk’amakoperative. Basaba rero ko dutora abandi ngira ngo ni cyo cyateye ikibazo bituma amatora asa n’aho atarangiye. Nka RCA tuzatumiza andi amatora ashyira iherezo kuri icyo kibazo.”

    Yavuze ko ahanini kutumvikana biterwa n’imicungire mibi yaranzwe muri Koperative COPCOM bitewe na bamwe bifuza gukingira ikibaba abandi ku makosa bakoze ariko yemeza ko bazakomeza kubikurikirana.

    Abagize Koperative bamaze kubona amatora asheshwe bahise basohokera rimwe aho amatora yaberaga bajujura ko bitanyuze mu mucyo banga kongera gutora abandi abayobozi.

    Koperative COPCOM igizwe n’abanyamuryango 321, umugabane shingiro ni miliyoni 6 Frw ikaba ifite umutungo ungana na miliyari hafi 8 Frw.

    Abanyamuryango ba Koperative basohotse amatora atarangiye nyuma yo kubwirwa ko asheshwe

    Kayiranga Edouard, umwe mu bakozi ba RCA bari bayiharagariye muri aya matora

    Izi hangard ni zo zatangije umwuka utari mwiza hagati y’abanyamuryango n’abayobozi

    source : https://ift.tt/3gqpyV8

  • Imihanda mishya ya kaburimbo ifite urumuri yirukanye abajura mu mujyi wa Musanze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage barishimira imihanda ya kaburimbo
    Abaturage barishimira imihanda ya kaburimbo

    Abo baturage bavuga ko mbere y’uko Akarere kubaka imihanda hirya no hino mu ma karitsiye agize umujyi wa Musanze, ngo baruhutse urugomo bajyaga bakorerwa n’insoresore zibambura telefoni, amafaranga n’ibindi, kubera imihanda mibi kandi itagira urumuri.

    Ni nyuma y’uko muri uyu mwaka, Akarere ka Musanze kubatse imihanda ya kaburimbo ireshya na Kilometero 6 na metero 400 muri uwo mujyi no mu nkengero zawo, inashyirwaho amatara manini ayimurikira, aho abaturage bemeza ko ayo matara abaha umutekano bari barabuze mu myaka ishize.

    Imihanda inyuranye mu mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo
    Imihanda inyuranye mu mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo

    Ndayambaje JMV, umwe muri abo baturage ati “Iyi mihanda ya kaburimbo, icyo itumariye n’uko yaciye abajura mu muhanda badufataga ku gakanu bakatwambura, urabona ko aya matara arara yaka, ariko mbere byamaraga kugera saa kumi n’ebyiri umuntu akagenda afite ubwoba aho abajura bazaga bakagutera kaci bakakwambura byose”.

    Arongera ati “Iyi mihanda bashyizemo kaburimbo n’aya matara amurika, umuntu akaba ameze nk’ugenda ku manywa, yaduhaye umutekano usesuye rwose ntawe ugitaha ahangayitse. Gusa hari utundi duce tutarakorwa iyo ruguru mu byaro, na ho bahadukoreye byadufasha kuko ni ho ibisambo byimukiye”.

    Ibyo byishimo arabihurizaho n’uwitwa Hakizimana Jean Damascène ugira ati “Mbere y’uko uyu muhanda ukorwa kuwunyuramo byari ikibazo, byari ibinogo gusa, icya kabiri nta matara twari dufite kuri uyu muhanda, ntako tutari twaragize tuyasaba ariko aho bayaduhereye ni uburyohe”.

    Bavuga ko amafaranga bakoreraga ku munsi yiyongereye
    Bavuga ko amafaranga bakoreraga ku munsi yiyongereye

    Arongera ati “Nta muntu watinyukaga kunyura muri uyu muhanda ari umwe, amabandi yose y’umujyi yarazamukaga akaza kuhategera abantu, cyane cyane abagore bakamburwa amasakoshi, amatelefoni, ariko aho hakorewe hagashyirwa amatara ibintu ni amahoro, umujura iyo aje kukwambura aturuka imbere wamubonye”.

    Ntaganda Théoneste ati “Ak’abajura kamaze gushoboka pe! N’ubigerageje arafatwa kuko aya matara uburyo atumurikira, murabobona namwe wagira ngo ni ku manywa y’ihangu, kandi n’imigenderanire yarushijeho kugenda neza. Ubuhahirane mu mujyi buroroha ndetse n’akavumbi kabaye amateka, ibyiza by’iyi mihanda ntiwabivuga ngo ubirangize, ni byinshi cyane”.

    Hirya no hino no mu ma karitsiye hamaze gushyirwa imihanda ya kaburimbo
    Hirya no hino no mu ma karitsiye hamaze gushyirwa imihanda ya kaburimbo

    Uretse icyo kibazo iyo mihanda yakemuye cy’urumuri, abakoresha iyo mihanda umunsi ku wundi, cyane cyane abanyonzi n’abamotari, baremeza ko byarushijeho kunoza akazi kabo aho n’amafaranga bakoreraga atandukanye na yo babona nyuma y’uko imihanda yubatswe igashyirwamo kaburimbo.

    Habumuremyi Céléstin ukora akazi ko gutwara abantu yifashishije igare, ati “Iyi mihanda iratworohereza cyane, kunyuza igare mu bitaka ntibyari byoroshye n’ibinogo ndetse n’ivumbi. Turashimira Leta yashyizemo kaburimbo, ku munsi nakoreraga amafaranga atarenze 2000, ariko ubu nkorera 4000, hari n’ubwo ntahanye ibihumbi bitanu”.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga ko kubaka iyo mihanda bikomeje kuzamura iterambere ry’akarere, aho byorohereje ubukerarugendo, binarushaho gushyira igishushanyo mbonera cy’umujyi mu ngiro, nk’uko Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Andrew Rucyahana Mpuhwe yabitangarije Kigali Today.

    Yagize ati “Ibilometero bitandatu n’ibice bine by’imihanda ya kaburimbi byubatswe mu myaka hafi ibiri ishize, byahinduye ibintu byinshi cyane, birimo ukoroshya imigendekere n’imihahiranire hagati mu ma karitsiye, no kongera uburyo tugomba gushyira mu ngiro igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Musanze”.

    Arongera ati “Iyo mihanda ituma n’abaturage bagira icyizere cy’uko ibyo bakora birushaho kugira agaciro, hari byinshi tuyitezeho cyane cyane guteza imbere abashoramari na ba mukerarugendo. Nk’umujyi ubereye ba mukerarugendo bashobora kugenda amasaha 24, murabona ko imihanda yose yakozwe yagiye ishyirwaho amatara, ku buryo ugenda mu mujyi wa Musanze, bimuha umutekano ku buryo yawugendamo amasaha 24/24”.

    Abo baturage baravuga ko n’ubwo byatangiye hari ibibazo by’ingurane ku hubatswe iyo mihanda, ubu ngo byamaze gukemuka, ndetse ngo hari n’abashatse kwimurwa kubera ko begereye umuhanda cyane, basaba ko icyo kibazo cyo kuba begereye imihanda kitababangamiye, hafatwa icyemezo cyo kubareka bakomeza gutura.

    source : https://ift.tt/2XQff6j

  • BK yashyizeho uburyo bwo kwiyandikisha kuri Internet Banking hakoreshejwe ikoranabuhanga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri ubu, Banki ya Kigali ikaba yarorohereje abayigana kwiyandikisha kuri serivisi ya Internet Banking binyuze m’uburyo bw’iyakure, aho umukiliya ashobora gusaba gukoresha iyi serivisi atarinze agera kuri banki ngo yuzuze impapuro zisaba guhabwa iyi serivisi, ahubwo ubwe ku giti cye akaba yakoresha telefoni cyangwa mudasobwa mu kwiyandikisha kuri iyi serivisi.

    Umuyobozi ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Banki ya Kigali, Audrey Kazera yasobanuriye Kigali Today ibijyanye n’ubushobozi abakiliya bahawe bwo kwiyandikisha kuri serivisi ya Internet Banking. “Ivugurura rya serivisi ya Internet Banking rikubiyemo no guhesha abakiliya ubushobozi bwo kwiyandikisha kuri iyi serivisi batarinze batugana ku amashami yacu twizera ko rizafasha abakiliya kugera kuri serivisi za banki bakenera bitabagoye. Ubu abakiliya basanzwe ndetse nab’ibigo binini bashobora kunyura ku urubuga rwacu kuri https://bk.rw/online-services/apply-for-internet-banking bakabasha kwiyandikisha mu gihe gito cyane”.

    Uretse aka gashya ko kwiyandikisha kuri serivisi ya Internet Banking mu buryo bw’iyakure, Banki ya Kigali kandi yavuguruye iyi serivisi hongerwamo izindi serivisi zitezwe kuzafasha abayikoresha.

    Asobanura ku ivugurura ry’iyi serivisi, Audrey Kazera yagize ati “Urubuga rwacu ruvuguruye rwa Internet Banking rwazanye izindi serivisi zirimo ubushobozi ku abakiliya bwo kugura amadovize no kwishyura abantu benshi icyarimwe. Twongereye kandi umutekano w’ibikorwa byose abakiliya bakorera kuri iyi serivisi binyuze ku bushobozi bwa “TOTP (Time-based One-Time Password). Abakiliya bacu b’ibigo binini nabo ntibahejwe kuko bashobora gukoresha iyi serivisi ya Internet Banking nshya. Mu gihe kitarambiranye, tuzongeraho serivisi yo kohereza amafaranga mu mahanga.”

    Yakomeje asobanura bimwe mu byiza byiyongereye kuri iyi serivisi avuga ko ifasha abayobozi b’ibigo kwishyura imishahara y’abakozi icyarimwe hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga. Ku bafite ibigo cyangwa amasosiyete, ubu buryo buha uburenganzira ubuyobozi bw’ikigo runaka kwemeza amafaranga ava kuri konti, kandi bakagira n’uburenganzira bwo kubona ibikorerwa kuri konti z’ikigo bayobora.

    Abakiliya bifuza gukoresha iyi serivisi, barakangurirwa kwiyandikisha banyuze kuri https://bk.rw/online-services/apply-for-internet-banking, uburyo bashyiriweho bwo kwiyandikisha batarinze bagana amashami ya BK, bityo bakagera kuri serivisi za banki bifuza badatakaje igihe.

    source : https://ift.tt/3B4tcfm

  • Gisagara: Imiryango 16 imaze igihe mu bukene yagaragaje ko igiye kubukurwamo n’inka yahawe – #rwanda #RwOT

    Abatuye mu mirenge ya Gikonko, Mamba na Musha babivuze ubwo imiryango 16 yahabwaga inka kugira ngo ibashe kubona ifumbire n’amata yo kunywa.

    Ni inka bahawe n’itorero ADEPR Paruwasi ya Gikonko, Umudugudu wa Gahabwa mu gushyigikira gahunda ya Girinka Munyarwanda.

    Bamwe mu bagize imiryango yahawe inka bavuze ko bagiye kuzifata neza kugira ngo zibakure mu bukene bamazemo igihe kirekire.

    Mukeshimana Philomène ati “Mba mu cyiciro cya kabiri cy’ubudehe; iyi nka bayimpaye nyikeneye kuko nzabona ifumbire yo guhingisha n’amata yo kunywa. Iyi nka ngiye kuyifata neza inkure mu cyiciro cya kabiri nibura njye mu cya gatatu kuko ntabwo nakomeza guke kanandi mfite inka.”

    Niyonsenga Donatha na we yavuze ko yahingaga ntiyeze kubera kutagira ifumbire kuko kuva mu 2018 yashinga urugo, nta nka yigeze yorora.

    Ati “Rwose ntuye ahantu hatera ariko nahoranaga icyifuzo cyo kubona inka, none ndayibonye kubera ubuyobozi bwiza. Nzayifata neza kuko nyitezeho kunkura mu bukene.”

    Umuyobozi w’umushinga watanze izo nka uterwa inkunga na Compassion International, Nyirandagijimana Marie Josée, yavuze ko bahisemo guha inka imiryango ikennye kuko babonye ko ari itungo rizayifasha kuva mu bukene.

    Ati “Ni igikorwa twakoze tugamije gufasha abaturage batuye mu mirenge dukoreramo kuva mu bukene kuko bari baragaragaje ko bazikeneye kugira ngo babone amata n’ifumbire.

    Yakomeje avuga ko usibye izi nka 16 batanze, mu bihe bishize boroje abaturage izindi nka 11, inkoko 295, ihene 482 n’ingurube 195.

    Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Gisagara, Gasengayire Clémence, yashimiye ADEPR uruhare igira mu guteza imbere abaturage.

    Ati “Turabashimira ku bw’ibikorwa mukora bigamije gukura abaturage mu bukene. Abahawe inka turabasaba kuzifata neza kugira ngo imibereho yabo ihinduke myiza.”

    Akarere ka Gisagara kihaye umuhigo w’uko mu Ukuboza 2022 buri rugo ruzaba rworoye inka kuko basanze ari itungo rifasha umuryango gutera imbere ukava mu cyiciro kimwe ukajya mu kindi. Ni gahunda aka karere kazafatanya n’abaturage bako ndetse n’abafatanyabikorwa kugira ngo igerweho.

    Kugeza ubu abaturage bose boroye inka muri aka karere barenga 45,813 bangana na 52%.

    Bahawe inka z’imbyeyi kandi zose zifite ubwishingizi

    Inka bahawe bazitezeho kubakura mu bukene

    Gasengayire yasabye abahawe inka kuzifata neza kugira ngo zibakure mu bukene

    Umuyobozi w’umushinga watanze izo nka uterwa inkunga na Compassion International, Nyirandagijimana Marie Josée, yavuze ko bahisemo guha inka imiryango ikennye kuko babonye ko ari itungo rizayifasha kuva mu bukene

    Bahawe inka z’imbyeyi kandi zose zifite ubwishingizi

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3B1OhHb

  • Bugesera: Batangiye gusoroma ku mbuto zeze mu butaka bwatanzwe na Perezida Kagame – #rwanda #RwOT

    Ubu butaka babwerewe muri Rwanda Day yabereye i Toronto muri 2013 ubwo bagaragarizaga Umukuru w’Igihugu ko bakeneye aho bagurira ibikorwa by’Umuryango ‘Shelter Them Batarure’ wita ku bikorwa bizamura imibereho myiza y’abaturage.

    Mu 2015 ni bwo aba bavandimwe baba muri Canada, baje guhabwa ubutaka bungana na hegitare 2.5 mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyarugenge, Akagari ka Kabuye. Igice kimwe cyubatswemo Ikigo Mbonezamikurire, ikindi kigenerwa amacumbi y’abatishoboye mu gihe hari n’igikorerwamo ubuhinzi.

    Umuyobozi wa Shelter Them Batarure, Jules Higiro, yabwiye IGIHE ko bakimara guhabwa ubu butaka baganiriye n’abaturage bo muri uwo murenge kugira ngo barebere hamwe igikwiye gukorwa.

    Ati “Ubwo butaka abaturage basabye icyo bashaka ko tuhashyira. Mbere hari abana bigiraga hanze cyangwa mu rugo rw’umuturage, dusanga bakeneye ishuri. Ubwo ni cyo cya mbere twabanje gushyiraho.”

    Yavuze ko kugeza ubu Ikigo Mbonezamikurire gifite abana 87 bagabanyijwe mu matsinda hagendewe ku myaka bafite bahigishirizwa bahabwa ibyo bakeneye byose.

    Ati “Batoranywa bijyanye n’ibyiciro by’ubudehe kandi bikorwa na Komite y’Umudugudu. Ni ukuvuga ngo ni abakene batabasha kubona amafaranga yo kujyana abana babo mu mashuri y’incuke. Iyo bageze hariya rero tubaha byose, birimo impuzankano, imyenda n’inkweto, ibikoresho by’ishuri ndetse n’amafunguro.”

    Hari kandi ibindi bikorwa byakozwe byo kubakira abantu 11 zatujwemo abaturage Shelter Them Batarure yakodesherezaga mu Mujyi wa Kigali.

    Higiro yagaragaje ko uretse kwigisha abana hari na gahunda yo kwigisha ababyeyi buri cyumweru mu rwego rwo kubafasha kubongerera ubumenyi bubakangurira kwita ku bana babo.

    Abaturage bafite abana muri iki kigo bagaragaza ko iri shuri ryababereye igisubizo kuko batabashaga kubona uko babajyana mu mashuri y’incuke.

    Nyiranzajyirwanda Jacqueline yavuze ko ubumenyi abana bahabwa bubafasha nubwo bamaze igihe gito batangiye.

    Muhimpundu Christine yavuze ko kuba umwana we ari guhabwa uburere bwiza afite icyizere ko na we bizamugirira umumaro we ubwe ndetse n’abandi muri rusange.

    Josephine Murphy Bukuru ashimira cyane guverinoma y’u Rwanda yabahaye ubutaka bakoreraho ibikorwa byabo bemeza ko bazakomeza kwagura ibikorwa byo guteza imbere imibereho y’abaturage.

    Ati “Dushimira cyane guverinoma y’u Rwanda by’umwihariko Perezida Paul Kagame waduhaye ubutaka abinyujije mu Kigo RDB. Byadufashije kubaka u Rwanda twita ku miryango yo mu karere ka Bugesera. Hashize umwaka twubatsemo inzu eshanu zatujwemo imiryango itishoboye. Turashimira kandi Abanyarwanda bose bakomeje kwifatanya natwe mu kubaka igihugu cyacu.”

    Mu rwego rwo kuzamura n’imibereho myiza y’abaturage kandi ubutaka bwasigaye butubatswemo, babugeneye abatishoboye babukoreraho ubuhinzi binyuze mu makoperative ngo babashe kwiteza imbere.

    Aba bana bafite ibikorwaremezo bibafasha kuruhuka no kwidagadura

    Ikigo Mbonezamikurire begerejwe cyafashije abana bo mu miryango ikennye batashoboraga kubona uko biga mu mashuri y’incuke

    Mu byo abana bagenerwa harimo n’amafunguro igihe bari ku ishuri

    Inzu zatujwemo abari basanzwe bakodesherezwa mu Mujyi wa Kigali

    Uretse Ikigo Mbonezamikurire y’abana bato hari n’abubakiwe inzu zo kubamo kuko batagiraga aho kuba

    source : https://ift.tt/3j4Kzq0

  • Muhanga: Abahawe amashanyarazi ya Nyabarongo barifuza ko yakongererwa ingufu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuriro uva ku rugomero rwa Nyabarongo wageze ku batuye akagari ka Rwigerero, gusa bifuza ko wakongerwa ingufu
    Umuriro uva ku rugomero rwa Nyabarongo wageze ku batuye akagari ka Rwigerero, gusa bifuza ko wakongerwa ingufu

    Ababonye ayo mashayanyarazi bavuga ko n’ubwo bacana bagakorera ahabona bakaba baraciye ukubiri n’imyotsi y’udutadowa, banayabyaza umusaruro mu ishoramari nko kwigurira ibyuma bisya bakabasha kwinjiza amafaranga abaturage na bo bakabona iyo serivisi hafi.

    Umwe mu bacururiza ku gasante ka Rwigerero ucuruza ifu y’ubugari avuga ko nyuma yo kubona ayo mashanyarazi bategereje igihe kirekire bayumva ahandi, ubu bungutse igihe bakoreshaga bajya gushesha imyumbati kure kandi bakishyura ikiguzi cya mazutu ikoresha ibyuma.

    Agira ati “Ubu dufite inyungu nyinshi kuko yaba twebwe abacuruzi twahembaga abajya gushesha, ubwo ni na ko tuzamura ibiciro ku bakiriya bacu bikaba byatuma tutanagurisha neza n’uguze akagura ahenzwe bitewe no kutagira amashanyarazi ariko ubu cyarakemutse”.

    Yongeraho ati “Inyungu ya mbere ni uko tutagikora ingendo ndende tujya gushesha, ubu ikilo kimwe ni 250frw twongeragaho igihembo cya 20frw, twazana ifu tukagurisha 400frw. Ariko ubu turagurisha 350frw twarungutse n’abaturage barungutse, amasaha yo gukora na yo yariyongereye”.

    Icyakora abavuga ko iyo icyuma yisya cyatse usanga amatara y’abaturage ataka neza ahubwo ahumbaguza bakifuza ko ingufu zayo zakongerwa kugira ngo nihagira n’uzana ibikoresho byo kwagura ishoramari abashe gukora.

    Nzambaza Florent ufite icyuma gishya avuga ko mbere y’uko umuriro ugera mu kagari ka Rwigerero mu Murenge wa Mushishiro bakoraga urugendo rwa kilometero ebyiri, bari mu icuraburindi, abana biga nabi, ariko ibyo byabaye amateka kuko byose byakemuwe no kubona amashanyarazi.

    Avuga ko gukoresha mazutu byongeraga ikiguzi cyo gushesha kuko iyo bakoreshaga nk’iy’ibihumbi 30 ku kwezi, ubu bakaba bakoresha iy’ibihumbi bitarenze 10frw, abakaba bifuza ko ingufu z’umuriro ukiri muke zakongerwa.

    Agira ati “Tugira impungenge z’uko tuzanye irindi shoramari ryo kubaza no gusudira bitashoboka kuko umuriro utongerewe, iyo twakije icyuma kimwe amatara arahumbaguza bongeye ingufu z’amashanyarazi bya byiza kurushaho”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko ubu umuriro uri kwegerezwa ahari ibikorwa remezo n’inyubako za Leta nko ku masoko, inyubako z’utugari n’imirenge, ndetse no kuwugeza mu baturage batari bawufite.

    Abacuruza ifu y
    Abacuruza ifu y’ubugari bavuga ko bagabanyije ibiciro kubera ko amashanyarazi yabagezeho

    Avuga ko ku murenge wa Mushishiro mu kagari ka Rwigerero amashanyarazi yahageze aturutse ku rugomero rwa Nyabarongo, kandi ko niba hari ingufu nke hagiye gushakwa uko zakongerwa kuko icya mbere ari ukuba uhagera.

    Agira ati “Umurenge wa Mushishiro uhagaze neza mu kugira umubare w’abagerwaho n’amashanyarazi kubera ruriya rugomero rwa Nyabarongo, nicyo kihitirwaga kuwuhageza naho kuba hagaragara ikibazo cy’ibikoresho bidatanga muriro uhagije ibyo byakurikinarwa na byo bigasimbuzwa icy’ingenzi ni ukuba icyo gikorwa remezo kihagera”.

    Kayitare avuga ko nibura ingo hafi 50% zifite umuriro w’amashanyarazi, harimo n’imirenge ikibona ayo mashanyarazi mu mirenge itayagiraga namba nk’uwa Kibangu.


    source : https://ift.tt/3sAKNbv

  • Canal+ yagaruye poromosiyo ‘Kuri Foot Turayob… – #rwanda #RwOT

    Iyi poromosiyo izamara iminsi 22, igamije guha amahirwe abakunzi ba ruhago ndetse n'abanyarwanda muri rusange amahirwe yo gutunga ibikoresho bya Canal+ ndetse no kubona abonema ku giciro gito  cyane. 

    Muri iyi poromosiyo ku mafaranga ibihumbi cumi na bitanu (15,000FRW), urahabwa ibikoresho birimo dekoderi ya HD, igisahani, telekomande ndetse na abonema ya Ikaze, ibi bikaba bivuze ko bivuye ku mafaranga ibihumbi makumyabiri (20,000Frw) byaguraga mbere. 

    Ubusanzwe Canal+ igira abonema 4 zigurwa buri kwezi zirimo;  Ikaze igura 5,000FRW, Zamuka igura 10,000FRW, Zamuka na Siporo igura 20,000FRW ndetse na UBUKI igura 30,000FRW ukareba amashene yose ya Canal+.  

    Ushaka kudacikanwa n'iyi poromosiyo gana umucuruzi wemewe wa Canal+, cyangwa ugane amabutike ya Canal+ aherereye muri isoko rya Nyarugenge, Ku gisimenti iruhande rwo kwa Lando cyangwa se Kicukiro centre ahateganye na IPRC. 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108775/canal-yagaruye-poromosiyo-kuri-foot-turayoboye-izamara-iminsi-22-108775.html