Tag: Ubukungu

  • Nyagatare: Abasore babiri bahaye abaturage amazi meza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kayitare Fred ni umunyeshuri muri kaminuza muri Leta zunze ubumwe za Amerika naho Mwesige Thomas nibwo agisoza kaminuza, bombi bakaba bari mu kigero cy’imyaka 25 y’amavuko.

    Mwesige Thomas avuga ko kuva kera bari bafite igitekerezo cyo kugeza amazi meza mu gace bakomokamo ariko bakomeza kubura ubushobozi.

    Ati “Ni ahantu twavukiye, dukoresha amazi y’amadamu (Valley dams), twagize igitekerezo kuva kera ariko nyine amikoro arabura turabyihorera gusa mu mitwe yacu igitekerezo kigumamo kuko aka gace amazi yaho ni ingume.”

    Avuga ko Kayitare Fred aho yiga muri Amerika bakomeje kujya babiganiraho, yiyemeza kukigeza ku nshuti ze aho yiga na bo bemera gutera inkunga igitekerezo cye.

    Mwesige ngo yagishije inama ubuyobozi bumuhuza na WASAC, bakora inyigo ndetse bemera no kubafasha.

    Agira ati “Yaje kumpamagara ambwira ko yabonye abadutera inkunga ansaba gukora ibishoboka amazi meza akagera mu mudugudu wacu, WASAC yaradufashije cyane, intego tuyigezeho.”

    Kugira ngo amazi abashe kugera mu midugudu ya Akayange ka mbere na Akayange ka kabiri, habanje kubakwa ikigega i Nyamirama cya meterokibe 30.

    Kuri uwo muyoboro bakoze wa metero 2,680 hashyizweho amavomo abiri, rimwe mu mudugudu wa Akayange ka mbere irindi muri Akayange ka kabiri.

    Umusaza Mudasinda Appolinaire avuga ko yanejejwe cyane n’igikorwa aba basore bakoze ndetse yemeza ko biteguye gufata neza amazi babahaye.

    Kayitare Fred aracyari ku ishuri muri Amerika, Mwesige Thomas ni uyu uhagaze i bumoso wenyine
    Kayitare Fred aracyari ku ishuri muri Amerika, Mwesige Thomas ni uyu uhagaze i bumoso wenyine

    Ati “Hashize amezi atandatu bafunze nayikondo twari dufite ngo amazi yayo arashyushye, ubu twakoreshaga ayo mu madamu. Rwose igikorwa cy’aba bana bacu babitekereje, ntitwabona ibintu biturutse ku bana bacu na Leta yacu ngo tubifate nabi, ntidushobora, twaba dukoze icyaha kandi turi abakirisitu, turi abantu bashima ababakoreye ibyiza.”

    Ibikorwa bijyanye no guha abaturage b’imidugudu ya Akayange ka mbere n’aka kabiri ku ntera ya metero 2,680 n’ikigega cya meterokibe 30 byatwaye amafaranga y’u Rwanda miliyoni 29.


    source : https://ift.tt/2WyMASZ

  • Abikorera bo Ntara y’Uburengerazuba biyemeje kuzamura imisoro batanga binyuze mu ikoreshwa rya EBM – #rwanda #RwOT

    Ibi byagaragajwe kuri uyu wa 27 Kanama 2021, mu nama yahuje izi mpande zose, nyuma y’uruzinduko rw’akazi Komiseri Mukuru wa RRA ari kugirira mu Karere ka Rubavu ku mipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Ni uruzinduko rwari rugamije kureba uko ubucuruzi bukorwa n’uko ibicuruzwa byambukiranye ibi bihugu byombi bisora.

    Muri iyi nama Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro n’abikorera bemeranyijwe kongera ubukangurambaga mu ikoreshwa rya EBM mu rwego rwo kongera imisoro igihugu cyinjiza.

    Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Uburengerazuba, Hitayezu Dirigeant yavuze ko bakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19 ariko yizeza ko biturutse ku mishinga bafite mu turere bazazamura umubare w’abasora amafaranga akiyongera.

    Ati’’Mbere y’icyorezo cya Covid-19 ibintu byari bimeze neza ariko nubwo cyadukomye mu nkokora ubu hari imishinga ikomeye mu turere tugize Intara y’Iburengerazuba yitezweho kuzazamura imibare y’abasora harimo gare n’amasoko atandukanye bigiye kubakwa mu turere twose’’.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imari n’iterembere ry’ubukungu, Nzabonimpa Déogratias, yavuze ko nyuma y’ibiganiro bagiranye na RRA bagiye gushyira imbaraga mu mikoranire n’inzego zose mu kuzamura umubare w’abakoresha inyemezabwishyu z’ikoranabuhanga.

    Ati’’Byerekanwe ko hari aho gukoresha EBM bikiri hasi mu bucuruzi bwambukiranya imipaka no mu bucukuzi ariko nk’uko twabivuze tugiye kuzamura ubukangurambaga, hagiye gushyirwaho n’amatsinda azaba ayobowe n’abikorera bakarebera hamwe ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro uko abacuruzi bose bahabwa EBM kandi banahugurwe kuyikoresha nk’uko byagenwe’’.

    Uwitonze Jean Paulin, Komiseri Wungirije akaba n’Umuvugizi muri RRA yavuze ko bagiye gukemura ibibazo byagaragajwe n’abacuruzi birimo n’uko bamwe batarabona EBM.

    Ati’’Twasabye abacuruzi kubona za nyemezabwishyu za EBM bose n’abatari muri TVA kandi twazanye gahunda nyinshi ariko batubwiye imbogamizi nyinshi nk’abavuze ko bavana ibicuruzwa muri Congo bagakora imenyekanisha ariko hari n’abavuze ko batigeze bazibona kuva mu kwezi kwa mbere ariko twabasabye ko bakomeza kubika inyemezabwishyu z’impapuro kimwe n’abakora mu bucukuzi bwa kariyeri ko baba bazishyize muri ’system’ mu kwezi kwa 12’’.

    Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatandatu abayobozi ba RRA bagirana ibiganiro byihariye n’abasoreshwa bacirirtse bo mu turere twa Rubavu, Nyabihu, Rutsiro, Ngororero na Karongi, aho bazaganira na none ku ikoreshwa rya EBM no kurwanya ubucuruzi bwa magendu.

    Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, Bizimana Ruganintwali Pascal n’itsinda bari kumwe bagize umwanya wo gusura imipaka ihuza u Rwanda na RDC

    Komiseri Mukuru wa RRA asobanurirwa ishusho y’ubucuruzi bukorerwa kuri iyi mipaka

    Komiseri w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro yasuye ibice bitandukanye ku mupaka munini ‘Grande Barrière’

    Komiseri wa RRA yakiriwe n’abashinzwe abinjira n’abasohoka mu gihugu ku mupaka wa la Corniche

    Umupaka munini ucaho imodoka zisaga 200 mu gihe mbere ya Covid-19 zarengaga 2000

    Yasuye ububiko bw’ibicuruzwa byoherezwa RDC

    Akarere ka Rubavu kashimiwe kugira umubare munini w’abakoresha EBM gasabwa kongera n’abambukiranya umupaka

    Iyi nama yitabiriwe n’abacuruzi batandukanye bo mu Ntara y’Uburengerazuba
    JPEG - 153.1 kb
    Bizimana Ruganintwali Pascal Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro yasabye ko abacuruzi bose bakoresha EBM kubera amafaranga gihomba

    source : https://ift.tt/3kuljcs

  • Gashyantare 2022 izasiga Gaz Methane yo mu Kivu itanga amashanyarazi – #rwanda #RwOT

    Ku ikubitiro megawatt 15 nizo zizatangwa n’uruganda ruri kuhubakwa ariko uko ruzagenda rwagurwa, bizarangira rufite ubushobozi bwo gutanga izigera kuri 56.

    Ubu impombo zizakira gaz zubatswe imusozi, hanyuma mu bilometero bitanu ujya hagati mu kiyaga hashyizwe ibitembo binini mu mazi hejuru yabyo hamanikwa utumenyetso dutukura, tuburira abashobora kuba babyangiza banyuze inzira y’amazi nk’ubwato.

    Ibyo bitembo bizahuzwa n’andi matiyo azamanurwa hasi mu mazi mu bujyakuzimu bwa metero zisaga 350 kuko ikiyaga cya Kivu gifite metero zisaga 500 z’ubujyakuzimu, akaba ariho bizakurura Gaz Methane bikayivangura n’amazi.

    Uyu mushinga wose wo kubyaza Gaz Methane amashanyarazi witezweho gutanga megawati 56, uzubakwa mu byiciro bine bizatwara asaga miliyoni 400 z’amadorali ya Amerika.

    Mu gihe uyu mushinga uzaba ugeze ku musozo, bizakemura ikibazo cy’umuriro muke n’ibura ryawo rya hato na hato. Mu duce twegereye uru ruganda, nta kibazo cy’amashanyarazi make kizongera kuhagaragara kuko ubundi ayahakoreshwaga yavaga i Karongi na Musanze.

    Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr. Ron Adam, ku wa Gatanu tariki ya 27 Kanama yasuye Sosiyete eshatu zo muri Israel ziri kugira uruhare mu iyubakwa ry’uyu mushinga, areba aho imirimo igeze.

    Today I visited the Methane Gas electricity production site KIVU56 Gas in Gisenyi. Impressive infrastructure project to produce 56MW under the umbrella of SPLK and implementation by 3 Israeli companies : A.S Bidud, Galil Engineering Group and Sea Tech. @RwandaInfra @reg_rwanda pic.twitter.com/JeCFoI7ACg

    — Dr. Ron Adam (@AmbRonAdam) August 27, 2021

    Byari biteganyijwe ko muri uyu mwaka aribwo aya mashanyarazi agomba kuba yabonetse gusa imirimo yagiye idindira, igihe ntarengwa cyashyizweho ni mu ntangiriro za 2022.


    source : https://ift.tt/2WyijDy

  • Ngororero: Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro bitemewe n’amategeko – #rwanda #RwOT

    Bafatiwe mu Karere ka Ngororero, Umurenge wa Gatumba, Akagari ka Bijyojyo, Umudugudu wa Kavumu, bafatanwe ibitiyo 10 n’amajerikani abiri bifashishaga mu gushaka yo mabuye y’agaciro.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko gufatwa kw’abo bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bavuga ko hari abantu bangiza ibidukikije mu mugezi bigatuma imirima yabo itembanwa n’isuri.

    CIP Karekezi yagize ati” Bariya bantu iyo barimo gushaka amabuye muri uriya mugezi hari ukuntu bagomera amazi bakayayobya, banarimbura imigano yatewe ku nkombe z’imigezi bagashakamo amabuye y’agaciro. Ibi byose nibyo bituma iyo imvura iguye haba isuri igateza inkangu ikanatembana imirima y’abaturage, abaturage baje kutugezaho icyo kibazo twihutira kubikurkirana nibwo hafashwe bariya bane.”

    CIP Karekezi yakomeje avuga ko usibye no kuba bangiza ibidukikije, bariya bantu bakora ibitemewe n’amategeko. Abaturage bagirwa inama yo kwisunga ba rwiyemezamirimo bafite ibyagombwa bakabaha akazi cyangwa nabo bakibumbira hamwe mu mashyirahamwe bagasaba ibyangombwa bibemerera gucukura amabuye y’agaciro.

    At “Buriya bucukuzi bunyuranijwe n’amategeko buhombya igihugu ndetse na ba rwiyemezamirimo kuko ababukora nta misoro bishyura. Tubagira inama yo gushaka ibyangombwa bibemerera gucukura amabuye y’agaciro cyangwa bakajya gusaba akazi mu sosiyete abifitiye ibyangombwa.”

    CIP Karekezi yakomeje avuga ko buriya bucukuzi bwa rwihishwa buhitana ubuzima bw’abababukora cyangwa bakahakura ubumuga. Muri Nyakanga uyu mwaka hari abaturage 5 bo mu Murenge wa Ndaro nawo wegeranye n’uwa Gatumba bagwiriwe n’ikirombe bitaba Imana biturutse ku kuba barimo gucukura rwihishwa.

    Bane bafashwe ndetse n’ibyo bafatanwe birimo ibitiyo 10, amajerikani 2 ’amatiyo 2 manini bifashisha bayobya amazi bashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gatumba kugira ngo hakorwe iperereza.

    Bahise bashyikirizwa RIB ngo hakorwe iperereza ku byaha bashinjwa

    source : https://ift.tt/3Dg1Apg

  • Hatangijwe gahunda y’urwuri rw’icyitegererezo Iburasirazuba yitezweho kongera umukamo – #rwanda #RwOT

    Ni gahunda yitezweho kuzamura umukamo ukava kuri Litiro ibihumbi 160 ziboneka muri iyi Ntara ku munsi mu gihe cy’imvura, zikikuba inshuro nyinshi kuko mu mwaka utaha mu Karere ka Nyagatare hazuzura uruganda rutunganya amata y’ifu, nibura ku munsi ruzajya rukenera amata litiro ibihumbi 500 ku munsi

    Kuri uyu wa Kane nibwo abagize komisiyo ihuriweho n’inzego zitandukanye, iyobowe na Guverineri Gasana Emmanuel ishinzwe gukurikirana uruhererekane nyongeragaciro mu bworozi muri iyi Ntara basuye urwuri rw’icyitegererezo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare.

    Ni urwuri rw’icyitegererezo rwujuje ibisabwa byose, ku buryo rwabera abandi borozi urugero mu gukorera inzuri no gukora ubworozi bw’umwuga.

    Uyu mworozi afite amazi mu rwuri rwe, agahinga kuri 30% ibisigazwa akabihunika akabigaburira inka mu gihe cy’impeshyi, ibi bituma inka mu rwuri rwe ikamwa litiro ziri hagati ya 20 na 30 ku munsi.

    Nkundimana Christophe ushinzwe kureberera uru rwuri, yavuze ko hakorerwamo ubuhinzi n’ubworozi, ubuhinzi bukorerwamo bukaba bufasha mu kunganira ubwatsi bukunze kuba ingume mu gihe cy’izuba.

    Ati “ Nkuko habaho ibihe by’imvura n’ibihe by’izuba, natwe niko tugendana n’ibyo bihe, igihe cy’imvura izi nka zirarisha zamara kurisha duhumuje tukaziha n’inyongera kugira ngo umukamo ukomeze kuba mwiza ariko iyo tugeze mu gihe cy’izuba ntabwo zirisha ahubwo tuziha ibisigazwa by’imyaka tuba twarahunitse.”

    Nkundimana yakomeje avuga ko bafite amazi menshi mu rwuri yifashishwa mu guha inka amazi mu gihe zirisha, ibi ngo bifasha mu kongera umukamo.

    Nyuma yo gusura uyu mworozi, abagize iyi Komisiyo bakoranye inama hagamijwe kurebera hamwe imbogamizi zikigaragra mu bworozi n’icyakorwa ngo ziveho.

    Umuyobozi Mukuru Wungirije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Uwituze Solange, yavuze ko muri iyi Ntara ndetse no mu Ntara y’Iburengerazuba ariho hari inzuri nyinshi, bityo ko kugira ngo umusaruro mwinshi kandi mwiza ukenewe uboneke, bisaba ko aborozi borora by’umwuga.

    Ati “ Impamvu twaje kureba urugero rw’ibishoboka hano ni uko mu zindi Ntara abororera mu biraro twamaze gushyiraho akarima k’icyitegererezo ko kaba ari gato kagenewe kwereka umworozi ubwatsi bwiza yatera kuri wa muringoti akabasha kuzamura umukamo, Iburasirazuba ho rero bo bafite aho bororera aho inka zigenda zitari mu biraro, wareba ugasanga bafite umukamo muke ugereranyije n’inka bafite.”

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel yavuze ko kubona umukamo uhagije bisaba ko abaturage borora kinyamwuga.

    Ati “ Hari kubakwa uruganda ruzajya rufata litiro z’amata ibihumbi 500 ku munsi ariko kugeza uyu munsi iyo imvura yaguye ntabwo turenza litiro ibihumbi 160, hari icyo bidusaba rero kugira ngo tubone uwo musaruro dusabwa, biradusaba korora kinyamwuga, tworore mu buryo bw’ubucuruzi, niba ari uburyo bwo korora inka z’inyama hari icyo bidusaba niba ari ukorora dushaka amata hari icyo bidusaba.”

    Guverineri Gasana yavuze ko hari gahunda y’urwuri rw’icyiregererezo muri buri Murenge ndetse no kwegereza aborozi imbuto y’ubwatsi buhunikwa buhabwa amatungo mu gihe cy’izuba, ikazashyirwa ku mirenge guhera mu kwezi kwa Nzeri 2021.

    Yavuze ko basaba aborozi gukoresha 30% y’urwuri mu guhinga ibihingwa bashobora no kubonaho ibisigazwa baha imyaka bigafasha mu kongera umukamo ukenewe muri iyi Ntara.

    Intara y’Iburasirazuba ibarizwamo inzuri ziri ku buso bwa hegitari ibihumbi 100 zikabarizwamo inka zirenga ibihumbi 450 zitanga umukamo wa litiro ibihumbi 160 ku munsi mu gihe cy’imvura.

    Guverineri Gasana yavuze ko urwuri rw’icyitegererezo ruzafasha mu kwihutisha umukamo no kureberwaho n’abandi

    Abayobozi batandukanye barebeye hamwe ibyakorwa kugira ngo umukamo wiyongere

    source : https://ift.tt/3ks0a2l

  • Abacururiza mu isoko rya Ngororero babangamiwe no gufungirwa umuriro mu buryo budasobanutse – #rwanda #RwOT

    Umwaka urashize iri soko rikoreramo abasaga 300 ribayemo ubujura bw’ibikoresho by’umuriro w’amashanyarazi, bwakozwe n’abantu bataramenyekana.

    Ubwo bujura bukimara kuba byatumye abareberera iri soko bakuramo insinga z’amashyanyarazi, abarikoreramo basigara mu icuraburindi kandi nabo batazi uko ubwo bujura bwakozwe.

    Bamwe mu bacuruzi baganiriye na Radio1, bayibwiye ko babangamiwe no kuba nta muriro bafite kuko bituma baba mu icuraburindi ndetse abacuruza ibiribwa bagahomba kuko frigo zidakora.

    Umucuruzi w’inyama yagize ati “Tugera nka saa Kumi n’ebyiri tukabura aho tuzishyira tukazicyura, tukajya kuzibika mu rugo, kuko nta muriro tuba dufite ngo dushyire muri frigo zigapfa.”

    Abandi bacuruzi bavuga ko babangamiwe no kutagira amatara bituma bacururiza mu mwijima ndetse batabona naho bacomeka telefoni zabo.

    Umwe ati “Biratubangamiye, hari ubwo umukiliya ashobora kuza gucomeka telefoni twamubwira ko nta muriro dufite agasubira inyuma akigendera.”

    Undi ati “Hari ubwo imvura igwa bwagoroba bikazana umwijima, saa Kumi n’Ebyiri nta muntu waza kugurira aha.”

    Aba bacuruzi bose baravuga ko batakabaye bazizwa ubujura batagizemo uruhare kandi iri soko rifite abaricungira umutekano bakabaye babibazwa, barasaba ko umuriro wagarurwa bikaborohereza ubucuruzi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Ndayambaje Godefroid, yavuze ko bitarenze uyu mwaka umuriro uzaba wasubijwemo ariko abacuruzi bakwiye kugira uruhare mu kuwurinda.

    Yagize ati “Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari turongera tuwugarure na REG irabidufasha, twarabiganiriye umuriro usubiremo. Uruhare rw’abacuruzi turarukeneye.”

    Kuba ubujura bwarakozwe mu isoko bagakuraho umuriro wose byateje bamwe mu bacuruzi igihombo gikomeye.

    Umujyi wa Ngororero ari na wo wubatsemo isoko

    source : https://ift.tt/3DxW6qe

  • Rubavu: Abahinzi b’icyayi barasaba gukurirwaho imisoro bakwa ku butaka butari ubwabo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Basaba gukurirwaho umusoro w
    Basaba gukurirwaho umusoro w’ubutaka bwo mu bishanga kuko ari ubwa Leta

    Kuva uyu mwaka wa 2021 watangira, abahinzi b’icyayi mu Karere ka Rubavu batangiye guhamagarwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA, kibasaba kwishyura ibirarane by’imisoro y’ubutaka bafite.

    Bamwe babwiwe ko bafite umwenda w’umusoro urenga miliyoni ebyiri, abandi eshatu, mu gihe hari n’abavuga ko imisoro basabwa iruta kure imitungo batunze.

    Hitimana Gregoire ni umuhinzi w’icyayi mu Murenge wa Nyundo akaba yarasabwe kwishyura umusoro wa miliyoni n’igice, ariko hajyaho ubukererwa umwenda ukaba miliyoni ebyiri zirenga.

    Agira ati “Iby’umusoro nabimenye tariki 26 Kmena 2021, ubwo nahamagawe n’umukozi wa RRA ambaza ibirarane by’umusoro mfite, mubwira ko nta birarane by’imisoro uretse akabanza gato kandi ntabirarane mfite. Yatangiye kubwira ibibanza mfite ntarasorera muhakanira ko ntabyo, ansaba kujya ku murenge bakamfasha, nibwo nagezeyo batangira kubwira ubutaka budasoreye, nsanga ni aho duhinga icyayi”.

    Hitimana avuga ko ubutaka asabwa gutangira umusoro ari ubuteyeho icyiyi kandi bukaba buri mu gishanga, ibintu avuga ko binyuranye n’amategeko avuga ko ibishanga ari ibya Leta.

    Agira ati “Ibyayi ni ibyacu, imbuto ni iyacu, ariko ubutaka ni ubwa Leta, igihe yashakira ibonye umushoramari urenze icyayi yahasubirana. Ntitwiyumvisha ukuntu dusabwa gusorera ubutaka butari ubwacu kuko n’umubitsi w’impapuro yatubwiye ko kuduha ibyangombwa byo mu gishanga habaye kwibeshya ndetse bamwe muri twe ntabyo bahawe”.

    Iki kibazo cy’umusoro wakwa abahinzi b’icyayi mu Karere ka Rubavu, abahinzi bafite icyayi mu karere ka Rutsiro bo bavuga ko ntacyo bafite, Hitimana avuga ko nyirabayazana ari ababaruye ubutaka.

    Ati “Ababaruye ubutaka ni bo bakoze amakosa, kuko ubwo nari ku Murenge wa Kanama bambwiye ibibanza ngomba gusorera nkasanga byanditsweho inganda, ubukerarugendo ahandi ubukungu aho kwandika ko ari ubutaka bukorerwaho ubuhinzi”.

    Nsengimana Jonathan, umucungamutungo wa Koperative y’abahinzi b’icyayi cya Pfunda, avuga ko icyo kibazo bagishyikirijwe n’abanyamuryango kandi bagikoreye ubuvugizi ku karere binyuze mu nama njyanama.

    Agira ati “Twakiriye ikibazo cy’abahinzi b’icyayi kandi tubona ko amakosa yakozwe mu gihe cyo kwandika ubutaka, aho ubuhinzeho icyayi bwagiye bwandikwaho ubukerarugendo, inganda n’ubukungu bituma RRA ibubarira imisoro iri hejuru. Gusa iki kibazo twakibonye mu Karere ka Rubavu kuko muri Rutsiro tuhafite abahinzi b’icyiyi ariko bo nta kibazo bafite”.

    Umwanzuro w’inama njyanama y’Akarere ka Rubavu yateranye tariki 29 Kamena 2021 yasabye ubuyobozi bw’ako karere gukosora amakosa yakozwe n’ibiro by’ubutaka ku nyito yahawe imikoreshereze y’ubutaka itajyanye n’igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka mu Karere ka Rubavu, aho ibyangombwa by’ubutaka bwanditsweho ubukerarugendo, inganda, n’ibindi mu by’ukuri ari ubutaka bwagenewe ubuhinzi.

    Inama njyanama yasabye ko abaturage bafite ibyangombwa biriho amakosa bigomba gukosorwa kandi abaturage ntibagire andi mafaranga bacibwa, kuko amakosa yakozwe n’ibiro by’ubutaka.

    Umwanzuro ugira uti “Mu gihe cy’umwaka umwe uhereye igihe umwanzuro ufatiwe, ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bukemure ibibazo byose by’abaturage bafite ibyangombwa by’ubutaka byahawe inyito itandukanye n’igishushanyo mbonera, bubarinda guhora basiragira mu buyobozi kandi bakabikora nta kiguzi cya serivisi basabwe, ndetse bakurirweho imisoro yose yabanditsweho mu gihe ubutaka bwabo bwahawe inyito y’imikoreshereze yabwo itajyanye n’igishushanyo mbonera”.

    Kigali Today yamenye ko abaturage barenga 200 bafite iki kibazo, n’ubwo bandikiye inzego zitandukanye ngo iyi misoro ntirakurwaho, bakavuga ko aho gutanga iyi misoro bareka guhinga icyayi kuko amwe mu mafaranga bishyuzwa ku mwaka batayasoroma mu cyayi mu mwaka, ibintu bavuga ko baba bakorera mu gihombo.


    source : https://ift.tt/3yklQlZ

  • Ibishingwe nibitangira kugurwa hari abiyemeje kujya babicunga cyane ngo abandi batabyiba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT


    Gusa abasesengura iby’iyi gahunda basanga ikigoranye gushyirwa mu bikorwa, bitewe n’uko hari ibishingwe byinshi kugeza ubu bidashobora kugira ikindi kintu cy’agaciro byakorwamo.

    Ku wa Kabiri w’iki cyumweru Minisiteri y’Ibidukikije yatangije umushinga w’imyaka itatu uzashorwamo amayero miliyoni enye (ararenga miliyari enye z’amanyarwanda), ukaba ugamije gutunganya ibishingwe biva mu Mujyi wa Kigali bigakorwamo ibindi bintu by’agaciro aho kumenwa ku kimoteri cy’i Nduba.

    Biteganyijwe ko abikorera bazateza imbere uyu mushinga bagomba kujya batanga amafaranga ku baturage babahaye ibishingwe, aho kugira ngo abantu bajye bishyura abatwara ibishingwe nk’uko bisanzwe.

    Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya yagize ati “Twifuza ko n’abaturage bacu baba bamwe mu bikorera, bakajya batandukanya(bavangura) imyanda iva mu ngo zabo, tuzagera n’aho, aho kwishyura ngo badutwarire imyanda ahubwo bazajya batwishyura kugira ngo badutwarire imyanda, kuko tuzajya tuba tubahaye imari, utanze imari rero ugomba kuyibyaza umusaruro ugaruka mu rugo”.

    Umuturage witwa Bandora utuye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo yumvise iby’uyu mushinga, avuga ko mu gihe ibishingwe byatangira kugurishwa, nta kongera kubimena cyangwa kubitereka ahabonetse hose.

    Bandora yagize ati “Ukurikije ubukene abantu bafite, agafuka k’ibishingwe wajya ukaraza mu mbere, hariya muri ‘salon’ kuko ukarekeye hanze bakiba, ariko uzi amafaranga agura ikiro cy’ibirayi wowe!”

    Ku rundi ruhande ariko abakozi n’abayobozi b’ibigo bitwara ibishingwe baganiriye na Kigali Today, bavuga ko batarasobanukirwa neza uburyo uyu mushinga uzashyirwa mu bikorwa.

    Umwe mu bakozi ba Koperative Indatwa Gitega IGC (wanze ko amazina ye atangazwa) avuga ko yabyumvise, ariko ngo nta cyo barasobanurirwa ku bijyanye n’uwo mushinga ugamije kwishyura abaturage aho kubishyuza mu gihe batanze ibishingwe.

    Yagize ati “Narabyumvise ariko ntabwo twari twabisobanukirwa neza, ariko dufite aho tubarwa haba muri REMA, mu Mujyi wa Kigali na RURA, byanze bikunze bazadutumira mu nama batubwire ibigezweho tubifatire umurongo”.

    Umuyobozi w’Ikigo COOPED na cyo gitwara ibishingwe kikanatunganya bimwe muri byo hakavamo ibindi bintu bifite umumaro, Buregeya Paulin we avuga ko ibishingwe abaturage bashobora kuba bakwishyurwa atari byose nk’uko babikeka.

    Buregeya avuga ko imyanda ibora (ikomoka ku biribwa n’ibyatsi) n’ubwo we ayitaba mu kimoteri ikavamo ifumbire, ngo nta muntu wayigura keretse kuyitangira ubuntu.

    Avuga ko kugurisha imyanda itabora nk’ikomoka ku myenda yashaje, imifariso, inkweto, pamperisi, ibikapu, ibikinisho n’ibindi, atari ibya hafi kuko kugeza ubu nta kintu kiraboneka umuntu yabikoresha.

    Buregera yakomeje agira ati “Ntiwibeshye ko uzagurisha ibishishwa by’ibitoki cyangwa iby’amashu, uzagurisha ibyuma, pulasitiki (wabanje kuyisukura neza) cyangwa izi ‘emballage’ bapfunyikamo imigati”.

    Ibigo bitwara ibishingwe bivuga ko hagikenewe gutegura abaturage, kugira ngo bamenye uburyo bashobora kuvangura imyanda bafite mu ngo zabo ndetse n’igihe gahunda yo kuyigura izatangira gukurikizwa.

    source : https://ift.tt/2UPgtgU

  • Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi wa Banki y’Ishoramari y’u Burayi – #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yageze mu Budage kuri uyu wa 26 Kanama 2021, aho yitabiriye iyi nama izwi nka izwi nka ‘G20 Compact with Africa (CwA)’, ihuriza hamwe abayobozi b’ibihugu bya Afurika, ibigize G20, abashoramari, abacuruzi n’abandi bafatanyabikorwa.

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye, barimo Perezida wa Sénégal, Macky Sall; Umuyobozi w’Umuryango kENUP Foundation ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Uruganda Siemens South Africa, Sabine Dall’Omo.

    Mu bandi baganiriye n’Umukuru w’Igihugu harimo Werner Hoyer, wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Budage ushinzwe u Burayi, kuri ubu akaba ari Perezida wa Banki y’Ishoramari y’u Burayi kuva mu 2012.

    EIB ibinyujije kuri Twitter yagize iti “Perezida Werner Hoyer yahuye, anaganira na Perezida Kagame i Berlin.”

    EIB isanzwe ikorana n’u Rwanda kuva mu 2000, mu mishinga itandukanye igamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no kuzamura ubukungu by’umwihariko binyuze mu nguzanyo n’inkunga iyi banki igenda itera u Rwanda.

    Mu 2018, EIB yasinyanye n’u Rwanda amasezerano y’inguzanyo ya miliyari 46,8 Frw, agamije kwifashisha mu mushinga wo kubaka uruganda rutunganya amazi mabi mu Mujyi wa Kigali.

    Ubwo hasinywaga ayo masezerano, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, yatangaje ko iyi nguzanyo izakoreshwa mu cyiciro cya mbere cy’uyu mushinga kizatwara miliyoni 96 z’amadolari ya Amerika, ukaba witezweho gusigasira ubuzima bwiza no kubungabunga ibidukikije.

    Iti “Kigali ni umwe mu mijyi ya Afurika irimo gutera imbere cyane, gushora imari mu mishinga y’amazi n’isukura ni ingenzi mu kongera ubuzima bwiza no kugabanya ibihumanya.”

    Icyo gihe Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya EIB muri Afurika, Aziya na Amerika y’Amajyepfo, Maria Shaw-Barragan, yavuze ko umushinga wo gutunganya amazi mabi muri Kigali uzagirira akamaro benshi cyane, bakagira ubuzima bwiza kandi ukagabanya amazi ahumanye ajya mu migezi akabangamira ibinyabuzima biyibamo.

    Yakomeje avuga ko aya masezerano azatanga umusanzu mu ntego z’iterambere rirambye, zirebana n’ubuzima, imibereho myiza, imijyi imeze neza n’amazi meza n’isukura.

    Yagize ati “Uyu mushinga urakora no ku ihindagurika ry’ikirere, uzatuma habaho igabanuka ry’imyuka ihumanya ikirere. Ni ikintu cyiza ku Isi yose kuko dusangiye ikirere, mureke dushyire hamwe kugira ngo ugere ku ntego yawo.”

    Banki y’Ishoramari y’u Burayi, European Investment Bank (EIB), iteganya kandi gufasha Umuryango kENUP Foundation, mu gutera inkunga ibikorwa byo gukorera inkingo mu bihugu byo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

    Mu minsi ishize, Holm Keller, Umuyobozi Mukuru w’Umuryango kENUP Foundation, utera inkunga ibikorwa birimo ubushakashatsi no guhanga ibishya mu rwego rw’ubuzima, yagiriye uruzinduko i Kigali rutegura gutangira gukorera inkingo n’imiti mu Rwanda.

    Icyo gihe Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yabwiye IGIHE ko bagiranye ibiganiro biganisha ku kureba uko mu Rwanda hatangira gukorerwa inkingo, kureba ibisabwa n’uburyo byakorwamo.

    Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Werner Hoyer uyobora Banki y’Ishoramari y’Abanyaburayi

    source : https://ift.tt/38eMAd2

  • MTN Rwanda yatanze inkunga ya mudasobwa 200 z… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Kanama 2021, MTN Rwanda yashyize umukono ku masezerano y'imikoranire na Rwanda TVET Board [Icyigo cy'Igihugu gishinzwe guteze imbere imyuga n'ubumenyingiro]. Uyu muhango wabereye mu karere ka Nyanza, ku ishuri rya Nyanza TVET School ryahise rinahabwa mudasobwa 20 muri 200 MTN yatanze, zigomba kuzasaranganywa mu mashuri y'imyuga n'ubumenyingiro hirya no hino mu gihigu.

    Mukarubega Zulphat [chairperson wa MTN foundation] waruhagarariye iyi sosiyete y'itumanaho ya mbere mu Rwanda muri uyu muhango, nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y'imikoranire na Rwanda TVET Board, yasobanuye icyabateye gutekereza kuri iki gikorwa cy'ubufasha.

    Mukaburega Zulphat

    Yagize ati: 'Nk'uko mubizi MTN ni ikompanyi icuruza, ariko yashyizeho MTN foundation kugira ngo ifashe muri gahunda za Leta, kugira ngo noneho igere ku ntego yayo. Ni muri urwo rwego rero mubona twaje hano mu rwego rwo kumurika mudasobwa zigera kuri 200 twatanze mu bigo bya TVET'. Yakomeje avuga ko iki kigo cya Nyanza TVET School ari cyo kibaye icya mbare mu guhabwa mudasobwa. Yongeyeho ko bazakomeza no mu bindi bigo bigera ku icumi, batanga za mudasobwa.

    Yasobanuye impamvu batekereje gutanga ubufasha mu bijyanye n'uburezi maze abisobanura muri ubu buryo ati: 'Nk'uko mubizi nta terambere ryagerwaho bitanyuze mu burezi, cyane cyane noneho mu mashuri y'imyuga. Ni muri urwo rwego rero twatanze izi mudasobwa'.

    Yashimangiye ko ari 'mu rwego rwo kunganira Leta kuko izo itanga ziba zidahagije ku banyarwanda biga'. Yasabye aba banyeshuri n'ikigo muri rusange kuzifata neza kugira ngo zizanakoreshwe na barumuna babo. Izi mudasobwa zizatangwa mu bigo 10, ziba ziherekejwe na Internet imara umwaka nayo yishyurwa na MTN Rwanda.

    Mu gutanga izi mudasobwa yavuze ko bagendeye ku bigo bifite aho zishobora kujya, mbese bifite 'salle' ku buryo izi mudasobwa ziba zifite umutekano uhagije. Yashimangiye ko izi mudasobwa na internet byose hamwe bizatwara arenga miliyoni 150 Frw.

    Paul Umukunzi, umuyobozi mukuru w'Ikigo cy' Igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n'ubumenyingiro, yavuze ko izi mudasobwa MTN yatanze zizafasha abanyeshuri kubona amasomo yo hirya no hino. Yagize ati: 'Aho isi igeze uyu munsi, kwiga hatarimo ikoranabuhanga ntabwo bigishoboka, tugendeye no ku masomo twigishijwe na covid-19, ubuzima bwarahindutse kandi kwiga bigomba gukomeza'.

    Paul Mukunzi umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro 

    Yakomeje agira ati: 'Kuba hari ikoranabuhanga ni intambwe ikomeye cyane, ikindi noneho uko ikoranabuhanga rigenda rihinduka no ku isi hose, imyigishirize yose y'imyuga n'ubumenyingiro isigaye inyura mu ikoranabuhanga, tukaba twizera ko rero aba bana bagiye kujya bakoresha izi mudasobwa. Amarembo arabafunguriye bashobora kubona amasomo aturutse hirya no hino ku isi, binyuze muri izi mudasobwa bahawe kandi noneho n'abarimu bagakora ubushakashatsi kugira ngo biyungure ubumenyi bakomeze kwigisha aba bana neza'.

    Bamwe mu banyeshuri bagiranye ikiganiro na Inyarwanda.com bunze mu rye bavuga ko izi mudasobwa zizabafasha kunoza amasomo yabo bagakora n'ubucukumbuzi, bahereye kubyo bahawe na mwarimu bikabafasha kwiyongereraho n'ibindi.

    Ngabonziza Germain uyobora Nyanza TVT School yavuze ko izi mudasobwa bahawe zije zikenewe ati: 'Ni igikorwa kiza, kuko baduhaye mudasobwa dukeneye ugereranije n'umubare w'abanyeshuri dufite. Dufite abanyeshuri 638 iyo ugereranije mudasobwa twari dufite 80 ntago byahuraga! Kuba rero baduhaye mudasobwa 20 ukongeraho internet y'ubuntu mu gihe cy'umwaka, ubona ari igikorwa kiza cyane cyane kidufasha mu myigire n'imyigishirize hifashishijwe ikoranabuhanga'.

    Ngabonziza Germain

    Yakomeje ashimangira ko izi mudasobwa bahawe bazazibyaza umusaruro, cyane cyane mu kuzamura ireme ry'uburezi mu ikoranabunga no gushyiraho gahunda yo gushaka udushya, n'ibindi bikorwa bitandukanye bituma umunyeshuri wize muri icyi kigo azajya ahava afite ubumenyi buhagije mu ikoranabuhanga.

    Ubwo bafunguraga ku mugaragaro ahashyizwe  mudasobwa 20 

    Abanyeshuri bavuze ko zizabafasha gukora ubucukumbuzi mu masomo yabo

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108929/mtn-rwanda-yatanze-inkunga-ya-mudasobwa-200-zatwaye-miliyoni-100-mu-mashuri-yimyuga-nubume-108929.html