Tag: Ubukungu

  • Igitangaza Knowless yari yararikiye abantu kirangiye kibaye ubucuruzi bw’amafunguro #rwanda #RwOT

    Ku munsi w’ejo hashize tariki 31 Kanama 2021, Butera Knowless yari yararikiye abantu kwitega itangazo ridasanzwe ku isaha ya saa tanu zo kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Nzeri 2021.

    Benshi mu bamukurikira bari batangiye kwibaza byinshi barimo n’uwaketse ko uriya Muhanzikazi na we agiye gusinya amasezerano y’akayabo nk’uko byagenze kuri Bruce Melodie mu minsi ishize.

    Umwe witwa Karex wahise agira icyo avuga kuri buriya butumwa burarika bwa Knowless, yari yagize ati 'Wowe ugiye gusinyira Miliyari 2.'

    Butera Knowless na we yahise amusubiza agira ati 'Njye mfite agaciro karenze ayo muvandimwe.'

    Nk’uko yari yabirarikiye abantu, ku isaaha y’isaa tanu zo kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Nzeri 2021, Knowless yagaragaje ako gashya yari afite abantu ko ari ukwamamaza urubuga rwifashishwa mu gutumiza amafunguro hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.

    Mu butumwa buherekejwe n’ifoto ari kwakira aamafunguro, yagize ati 'Nishimiye kubatangariza ko ubu gahunda ari A2B Rwanda.'

    Uyu muhazi yahise akomeza ashishikariza buri wese kumanura application kugira ngo 'ubashe gutuma amafunguro n’ibindi bitandukanye wifuza babikugeze ho mu gihe gito cyane.'

    Hari abahise batangira kwibaza niba uru rubuga ari ishoramari rye bwite cyangwa ari akazi ku kuryamamaza gusa kugeza ubu ayo makuru ntaramenyekana.

    Bruce Melodie uherutse guca agahigo ko gusinya amasezerano y’amafaranga menshi mu bahanzi nyarwanda aho yasinye amasezerano ya Miliyari 1 Frw, na we ni ay’ikigo gicuruza ibiribwa.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/Igitangaza-Knowless-yari-yararikiye-abantu-kirangiye-kibaye-ubucuruzi-bw-amafunguro

  • I Kigali habereye impanuka ikomeye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu gicuku cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Kanama 2021, saa munani z'ijoro, ku Gisozi mu Karere ka Gasabo hepfo gato y'Ibiro by'Umurenge wa Gisozi, habereye impanuka y'ikamyo yari itwaye ibiti, yagwiriye inzu z'umucuruzi witwa Yvonne Mukeshimana iramuhitana.
    Inzu z'uwo mucuruzi zari ahitwa kuri Beretware, mu ikorosi riri hepfo y'Umurenge wa Gisozi, zasenyutse burundu.

    Iyo mpanuka yanahitanye umuzamu wa Mukeshimana witwa Nkurikiyimfura Jean de Dieu, ikomeretse n'abana be babiri ari bo Munyaneza Jean de Dieu hamwe na Munyaneza Jean D'Amour nkuko tubikesha BTN.

    Ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka yikoreye ibiti ifite icyapa(plaque) RAC 562 Z. Abaturage bayibonye bavuga ko shoferi hamwe n'abandi bantu babiri bari kumwe na bo bakomeretse bikomeye.
    Mugisha n'abandi babonye iyi mpanuka ikimara kuba basaba ko umuhanda wa Beretware washyirwamo ibituma abatwara ibinyabiziga bagabanya umuvuduko.

    Source : https://yegob.rw/i-kigali-habereye-impanuka-ikomeye/

  • Mutesi Jolly yatangaje akayabo n'imodoka ihenze cyane bizahabwa uzegukana Miss East Africa2021 #rwanda #RwOT

    Nyampinga w'u Rwanda 2016,Mutesi Jolly,umwe mu bategura irushanwa rya Miss East Africa 2021 yatangaje ko uzaritsinda azahembwa imodoka ya Nissan ya miliyoni 44 frw, n'umushahara wa miliyoni 1.5 ku kwezi.

    Kuri uyu wa Kabiri,tariki 31 Kanama 2021 nibwo hatangajwe ibihembo bizahabwa umukobwa uzahiga abandi mu irushanwa rya Miss East Africa 2021 n'ibisonga bye.

    Iri rushanwa ryari rimaze igihe ryarahagaze rigarukanye imbaraga nyuma y'uko Miss Rwanda 2016 Mutesi Jolly agizwe Visi Perezida waryo.

    Uyu mukobwa umaze amezi abiri muri Tanzania mu bikorwa byo kuritegura afatanyije n'abaritangije yahishuye ibihembo bihambaye uzaryegukana azahabwa mu kiganiro n'itangazamakuru

    Byemejwe ko igisonga cya mbere kizatwara miliyoni 5 frw, icya kabiri miliyoni 3frw.

    Iri rushanwa rizitabirwa n'ibihugu 16 byo muri Afurika y'u Burasirazuba rikazabera muri Tanzania guhera mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/mutesi-jolly-yatangaje-akayabo-n-imodoka-ihenze-cyane-bizahabwa-uzegukana-miss

  • MTN yakiriye Umuyobozi Mushya wInama yUbuyo… – #rwanda #RwOT

    Bwana  Mbundu agiye kuri uyu mwanya asimbura Madamu Evelyn Rutagwenda wasoje inshingano ze yaramazeho imyaka 4. Mbundu ahawe izi nshingano muri MTN Rwanda mu bunararibonye bukomeye afite nk'uwashinze MFK Group ikompanyi yishoramari.

    Mu mwakira no guha ikaze Umuyobozi w’Inama y’Ubuyobozi, Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda Mitwa Ng'ambi yagize ati: 'Dutewe umunezero udasanzwe no gutorwa ndetse no kwimikwa kwa Bwana Mbundu mu nama y'ubuyobozi yacu kandi akaba ari nawe ugiye kuyiyobora.'

    Akomeza agira ati: 'Agiye muri uyu mwanya yuje ubunararibonye mu bucuruzi dutegereje kwakira inama ze zijyanye n'ubunararibonye afite. Amateka ye mu ishoramari azagira uruhare rukomeye mu ishyirwa mu bikorwa ry'integanyabikorwa y'umwaka wa 2025 nk'abayoboye ibikorwa by'itumanaho mu Rwanda.'

    Mbundu kandi yayoboye Inama z'Ubuyobozi zinyuranye zirimo nkiy'Urugaga rw'Abikorera mu Rwanda (PSF) kimwe n’iya EABC (East Africa Business), MBEA, yanabaye umuyobozi wungirije wa 'Fine Coffee Association'.

    Faustin Mbundu nawe yagize icyo avuga ku nshingano yashyizwemo ati: 'Ni iby'icyubahiro kwinjira mu nama y'ubuyobozi ya MTN Rwanda, muri iyi myaka 23 MTN Rwanda imaze ikora kandi muri iki gihe hakomeje imirimo kandi yo gushyira mu bikorwa integanyabikorwa ya 2025.'

    Yongeraho ati: 'Kandi yatangiye gutanga umusaruro mu buryo bugaragara ntegereje kusa ikivi cya Madamu Evelyn Rutagwenda hamwe n'abayobozi bakuru bandi bagize inama y'ubuyobozi kimwe n'intego ya MTN kugira ngo mbashe gutuma buri umwe aryoherwa n'akamaro k'isi igezweho kandi ihuriye hamwe.'

    Mu gusoza, Ng'ambi yashimye byimazeyo Umuyobozi ucyuye igihe, Rutagwenda agira ati: 'Madamu Evelyn Rutagwenda yagize uruhare rukomeye mu ntsinzi twagezeho mu myaka ine ishize. Ntabwo nasoza nterekanye ko umuhate, inama n'ubundi bufasha yakomeje gutanga bwaguye imyaka ku yindi ubucuruzi bwacu bwose.'

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109069/mtn-yakiriye-umuyobozi-mushya-winama-yubuyobozi-bwana-faustin-mbundu-109069.html

  • Faustin Mbundu yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi ya MTN Rwanda – #rwanda #RwOT

    Mbundu ni umugabo ufite uburambe buhagije mu bijyanye n’ubucuruzi aho amaze imyaka icyenda ayoboye ikigo cya MFK Group gikora mu bijyanye n’ishoramari ritandukanye.

    Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mitwa Ng’ambi, yavuze ko ubunararibonye bwa Mbundu buzafasha ikigo ayoboye gukomeza gutera imbere.

    Yagize ati “Dushimishijwe cyane no kwakira Faustin Mbundu mu Nama y’Ubutegetsi yacu, ndetse no kuba yatorewe kuyiyobora. Azanye ubunararibonye buhagije mu bijyanye n’ubucuruzi, natwe twiteguye kwakira inama ze, ndetse no kubyaza umusaruro ubunararibonye bwe. Ubunaribonye bwe mu bijyanye no kwihangira umurimo buzadufasha cyane mu gushyira mu bikorwa intego zacu mu 2025, mu rugendo rwo kwifashisha ikoranabuhanga mu iterambere ry’u Rwanda.”

    Ku ruhande rwa Mbundu, yavuze ko yishimiye kwinjira mu Nama y’Ubutegetsi ya MTN Rwanda.

    Yagize ati “Nshimishijwe no kuba ninjiye mu Nama y’Ubutegetsi ya MTN Rwanda, mu gihe ikigo kimaze imyaka 23, ndetse cyanamaze gushyiraho intego zizagera mu 2025, zanatangiye gutanga umusaruro ushimishije.”

    Uyu muyobozi kandi yavuze ko yiteguye gukomereza aho abamubanjirije bari bageze, ikintu yahuriyeho n’Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, na we washimiye umurava n’umuhate waranze ubuyobozi bw’Inama y’Ubutegetsi bucyuye igihe.

    Mbundu afite Impamyabumenyi mu bijyanye n’Ubucuruzi yakuye muri Kaminuza ya Makelele muri Uganda, ndetse akaba yaragize uruhare mu guhanga ibigo bitandukanye bikora ubucuruzi mu bijyanye no kohereza ibicuruzwa mu mahanga, ubukerarugendo, uburezi, ubujyanama mu bucuruzi, imikino n’ibindi bitandukanye.

    Faustin Mbundu yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi ya MTN Rwanda

    source : https://ift.tt/2WEaoEN

  • Konti idakatwa buri kwezi no kohereza amafaranga mu Rwanda nta kiguzi: Impinduka muri BK Diaspora Banking – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi, yavuze ko iyi serivisi izajya yemerera Umunyarwanda utuye hanze kwaka inguzanyo, kugura imigabane ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda ndetse no kubitsa mu madorali.

    Avuga impamvu BK yahisemo korohereza Abanyarwanda baba hanze, yagize ati “Twashakaga kubaha uburyo bushya bworoshye kandi buhendutse bwo kohereza amafaranga mu Rwanda no kuhashora imari kuko turabizi ko benshi baba bashaka kugira ibikorwa bitandukanye mu Rwanda.”

    “Twashakaga ko na bo baba bamwe mu bagira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda.”

    Undi mwihariko w’iyi serivisi ni uko hashyizweho ishami rishinzwe aba Diaspora ribaha ubujyanama ku bijyanye na serivisi zose za banki n’ishoramari.

    Dr Karusisi yakomeje avuga ko Umunyarwanda wagiye hanze ariko asanzwe afite konti mu Rwanda ashobora guhinduza akagira iy’Abanyarwanda bo muri Diaspora igihe afite icyemezo kibyerekana, kugira ngo na we agerweho n’ibyo byiza bigenewe abatuye hanze.

    Ibyo byiza birimo gufunguza konti ku buntu [ku basanzwe batayigira] kandi idakatwa amafaranga ya buri kwezi, kubitsaho amafaranga ayo ari yo yose yaba Amanyarwanda, Amadorali ya Amerika, Amadorali ya Canada, Amafaranga akoreshwa mu busuwisi (CHF), Amayero cyangwa Amapawundi, kuyohereza mu Rwanda nta kiguzi ndetse no kubikuza amafaranga ashobora kugera ku madorali ya Amerika 5000 badakaswe.

    Umuyobozi Mukuru wa BK, Dr Karusisi yavuze kandi ko nta mpungenge bakwiriye kugira ku bigendanye n’umutekano w’amafaranga yabo cyane ko hari itsinda rishinzwe gukurikirana konti z’Abanyarwanda batuye hanze no kubafasha kuri serivisi zose bakeneye.

    Ati “Turashaka ko abakiliya bagirira icyizere BK nka Banki ishobora kubafasha kuzigama no gushora imari ariko na none bakagirira icyizere igihugu kuko amafaranga yabo azaba afite umutekano muri BK no mu gihugu […] turashaka ko bumva ko bakora imishinga mu Rwanda kandi ikunguka.”

    Serivisi za Diaspora Banking muri BK zizajya ziha inyungu kugeza kuri 12% buri mwaka, umuntu ufite konti yo kubitsa mu gihe cyemeranyijwe kuva ku kwezi kumwe kugera ku myaka itanu guhera k’ufite 300.000 Frw. Mu gihe ufite iyi konti mu madorali akabitsa ahereye ku 50.000$ kuzamura azajya ahabwa inyungu kugeza kuri 1.5% buri mwaka.

    Izi serivisi kandi zizajya ziha inyungu ya 8% ku mwaka, umuntu ufite konti yo kwizigamira iri mu mafaranga y’u Rwanda.

    Abanyarwanda baba hanze kandi bazajya babasha kwaka inguzanyo mu madorali ndetse no mu Manyarwanda, bakayihabwa vuba bitabaye ngombwa ko bategereza igihe kirekire ndetse ikishyurwa mu gihe kigeze ku myaka 20.

    Ibisabwa mu gufungura konti

    Kugira ngo ubashe gufunguza iyi konti, ujya ku rubuga rwa www.bk.rw/Diaspora, ukamanura [download] inyandiko iriho, ukayuzuza, ukayijyana kwa noteri kuri Ambasade y’u Rwanda hamwe na fotokopi y’irangamuntu n’ifoto ngufi hanyuma ukabyohereza kuri email ya [email protected]

    Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi yavuze ko ubu Umunyarwanda utuye hanze yoroherwa no kwaka inguzanyo no kugura imigabane ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3yu7fEP

  • Gaz methane n’indi myuka iri mu Kivu; Igisasu cyahinduwe umusemburo w’iterambere – #rwanda #RwOT

    Ku muntu ukirebeye hejuru, nko muri hoteli zigikikije, biroroshye kubona ubwiza bwacyo, kuko gifite amazi asa neza, kikagira ibirwa byinshi bitamirije amashyamba ndetse kikaba gituje kidakunze kugira imihengeri.

    Igipimo cy’ubushyuhe mu Kiyaga cya Kivu ni indi ngingo ikunze gukurura abantu, kuko gikunze kuba kuri dogere 24 Celsius, aho amazi ataba akonje cyane cyangwa ngo ashyuhe cyane, bikorohereza abifuza kuyakoreramo imikino nko koga.

    Byongeye kandi, bitewe n’uko iki Kiyaga gikikijwe n’amashyamba ari ku misozi ikizengurutse, bituma kiba n’igicumbi cy’ubwoko butandukanye bw’inyoni, mu gihe amazi yacyo atabamo inyamaswa nk’ingona n’imvubu zishobora gukumira abifuza gusura iki Kiyaga.

    Ubwiza bw’Ikiyaga cya Kivu ntibushidikanywaho, kuko kigizwe n’ibirwa byinshi bitamirije amashyamba atuma bigaragara neza

    Zahabu icunzwe neza, igisasu kirimbuzi gicokojwe

    Nubwo Ikiyaga cya Kivu gifite ibyiza byinshi ku muntu ukirebeye inyuma, imbere mu ndiba yacyo ntabwo ibintu ari shyashya. Gifite ubujyakuzimu bwa metero 480 aho kiri ku mwanya wa cyenda mu biyaga bifite ubujyakuzimu burebure ku Isi.

    Nubwo bimeze gutya ariko, Ikiyaga cya Kivu, ni intaho y’ubwoko 28 bw’amafi, umubare muto ugereranyije n’ingano yacyo, cyangwa ibindi biyaga bituranye na cyo birimo nk’icya Tanganyika gifite ubwoko bw’amafi burenga 400.

    Imwe mu mpamvu nyamukuru zituma Kivu itaba ubuturo bwishimirwa n’amafi, ni uko ubuzima mu ndiba y’iki Kiyaga budashoboka, kuko hataba umwuka wa Oxygène usanzwe ari moteri y’ubuzima. Uyu mwuka ugarukira muri metero 60 gusa ujya mu bujyakuzimu bw’i Kivu, ubundi munsi yaho hakiganza umwuka nka Dioxyde de carbone (CO2), Gaz methane ndetse n’indi myuka itandukanye.

    Bitekerezwa ko Ikiyaga cya Kivu kimaze imyaka irenga miliyoni eshanu, aho kimaze gukusanya Gaz methane ingana na metero kibe miliyari 65 ndetse na metero kibe miliyari 300 z’umwuka wa CO2.

    Iyi myuka yombi n’indi itandukanye irimo sulfure d’hydrogène (H2S), ituma Ikiyaga cya Kivu kiza muri bitatu ku Isi bifite ubushobozi bwo guteza ibyago bishobora guhitana ubuzima bw’abantu, mu gihe habaho impamvu yatuma iyo myuka yivumbagatanya, ikaba yava munsi y’ikiyaga ikazamuka.

    Nk’umwuka wa CO2 watuma abantu badahumeka, mu gihe Gaz methane ishobora guteza inkongi zikomeye z’umuriro.

    Ibi si inkuru mbarirano kuko ibi byago byabaye mu 1984, ubwo abaturage 37 baturiye Ikiyaga cya Manoun kiri hafi y’uruhererekane rw’ibirunga bine ruzwi nka Oku muri Cameroun, bitabaga Imana mu buryo ‘bwasobanuwe na bamwe muri ibyo bihe nk’ibitero by’iterabwoba.’

    Nyuma y’imyaka ibiri, abandi baturage barenga 1700 bari batuye mu birometero 25 uvuye ku Kiyaga cya Nyos kiri muri rwa ruhererekane rw’ibirunga muri Cameroun, nabo bitabye Imana, bapfa urupfu rujya gusa nk’urw’abapfiriye hafi y’Ikiyaga cya Monoun, dore ko byombi binaturanye.

    Ibi byahagurukije abashakashatsi batandukanye ku rwego rw’Isi, babanje gukeka ko izi mpanuka ziri guterwa n’iruka ry’ibirunga bikikije ibyo biyaga riri kubera munsi y’ubutaka, uretse ko amakuru yavanywe mu bushakashatsi yavuguruje ibyo bitekerezo.

    Nyuma byaje gutangazwa ko intandaro y’izi mpanuka zombi ari ukwivumbagatanya k’umwuka wa CO2 wari munsi y’ibiyaga byombi, aho wakomeje kwiyongera mu gihe cy’imyaka myinshi, kugeza ubwo ugize ikiwukoma, gishobora kuba inkangu, umutingito, imvura nyinshi n’ibindi bitandukanye, bigatuma uzamuka.

    Nko ku mpanuka y’Ikiyaga cya Nyos, uyu mwuka wa CO2 usanzwe uhumanye, wageze mu birometero 25 uvuye ku Kiyaga, maze kuko ufite uburemere buruta ubwa Oxygene dusanzwe duhumeka, ukomeza kuba munsi yayo mu gihe gito, mu kirere kiri hafi y’abantu bituma bawuhumeka, ari na cyo cyaje kubahitana.

    Imiterere y’Ikiyaga cya Kivu na yo imeze neza nk’ibiyaga bya Nyos na Manoun byo muri Cameroun, kuko iki Kiyaga na cyo kibitse umwuka mwinshi wa CO2, ujya kungana na 2% by’ingano ya CO2 yoherezwa mu kirere iturutse ku Isi buri mwaka.

    Ubusanzwe CO2 igera mu ndiba y’ikiyaga binyuze mu buryo burimo amazi aturuka mu nda y’Isi akaba yakwinjira munsi y’ikiyaga, kandi aya mazi akaba akunze kuba arimo ingano nyinshi ya CO2 ndetse yifitemo umunyu mwinshi, ari na yo impamvu aguma mu ndiba y’ikiyaga aho kuzamuka.

    Hari kandi kuba ibikoma by’ikirunga bishobora kuva mu Kirunga bikajya mu ndiba y’ikiyaga, noneho bikahamara imyaka myinshi, maze uruhurirane rwabyo ndetse no kubora kw’ibindi bintu biri mu ndiba y’ikiyaga, byose bikazabyara gaz methane nyuma y’imyaka myinshi. Imiterere y’ubukonje iba munsi y’ibiyaga, ituma kwivanga kw’amazi ndetse n’iyo myuka byoroha.

    Igiteye impungenge ni uko ingano ya CO2 na Gaz methane igenda yiyongera mu Kivu, kuko hari ubushakashatsi bwagaragaje ko ingano yayo yiyongereyeho 30% mu myaka 30 ishize. Ni mu gihe kandi hari ubushakashatsi bwerekanye ko ubuzima bwigeze kuzimira hafi y’Ikiyaga cya Kivu, bigakekwa ko icyo gihe bishobora kuba byaratewe n’ubwiyongere bukabije bwa CO2 mu kirere nyuma y’uko yari imaze kuzamuka iva mu Kiyaga cya Kivu.

    Ku rundi ruhande, abahanga mu bijyanye n’ubutabire bagaragaje ko nubwo nta mitingito n’ibindi byatuma CO2 iva mu Kiyaga cya Kivu mu buryo butunguranye, iba igomba n’ubundi kuzavamo mu gihe kiri hagati y’imyaka 800 na 1000, ari na yo mpamvu ibikorwa byo gutangira kwitegura icyo gikorwa no gushaka uburyo cyaburizwamo ari ingenzi cyane.

    Ikiyaga cya Kivu gikorerwamo uburobyi icyakora ntigikunze kugira amafi menshi kuko mu ndiba yacyo hari umwuka wa CO2 na gaz methane bishobora kugira ingaruka ku binyabuzima

    Icyafatwaga nk’igisasu mu Kivu cyatangiye kubyazwa umusaruro

    Ntabwo ari ibanga ko Ikiyaga cya Kivu ari kimwe mu biyaga bishobora guteza ibyago bikomeye ku bagituriye, ndetse bamwe ntibatinya kucyita ’Ikiyaga cy’Urupfu’, bitewe n’uburemere bw’ibyago gishobora guteza mu gihe cyaba kititaweho.

    Ibi ni byo byatumye ibihugu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bisangiye iki Kiyaga, bigirana amasezerano akubiyemo n’uburyo bwo kubyaza umusaruro ingano iri hejuru ya gaz methane iri mu Kivu, aho kurindira ko izagira ikiyikoma igaturika, ikaba yakwica abantu ikanangiza ibikorwa bitandukanye.

    Ibi bijyana n’uko iki Kiyaga gifite ibyago byinshi byo kuba cyagira izindi mpanuka, na cyane ko kiri mu birometero birindwi gusa uvuye ku Kirunga cya Nyiragongo, kandi iki Kirunga kikaba kigifite ubushobozi bwo kuruka.

    Ku rundi ruhande, bijyanye n’uko iki Kiyaga kiri ahantu hagenda hasaduka, byitezwe ko imitingito ikomoka kuri iryo saduka ry’ubutaka, ishobora kugira uruhare mu kongera ibyago byo kuba gaz methane na CO2 biri mu Kivu bishobora guhungabana.

    Mu gihe iri turika ryabaho, ryagira ingaruka ziteye ubwoba kuko Ikiyaga cya Kivu gituriwe n’abarenga miliyoni ebyiri ku ruhande rwa Congo n’u Rwanda, ariko ubwinshi bwa CO2 ndetse gaz methane iri muri iki Kiyaga bukaba bushobora gutuma ingaruka zigera kure cyane, kuko mu Kiyaga cya Nyos havuyemo metero kibe miliyoni 80 za CO2 zageze mu birometero 25 uvuye ku Kiyaga, ubwo wakwibaza uko byagenda mu gihe mu Kivu haba impanuka imeze gutya, kandi cyo kibitse metero kibe miliyari 300 za CO2.

    Bumwe mu buryo bwo kwirinda izi ngaruka zose ni ukubyaza umusaruro gaz methane iri mu Kivu, dore ko isanzwe yifashishwa mu bikorwa birimo gutanga umuriro w’amashanyarazi.

    Inyingo zagaragaje ko mu Kiyaga cya Kivu harimo gaz methane ihagije ku buryo ishobora kuryara amashanyarazi angana na megawatt zishobora kugera kuri 700 ku mwaka mu gihe cy’imyaka irenga 50 iri imbere.

    Uretse umuriro w’amashanyarazi, iyi gaz yanakoreshwa mu bindi bikorwa bikenerwamo gaz birimo nko guteka, kuba yakoreshwa mu bikorwa by’ubwikorezi, inganda n’ibindi bitandukanye.

    Kuva mu 2011, u Rwanda rwatangiye ubufatanye n’ikigo cy’Abongereza kizwi nka Contour Global, mu rwego rwo kugira ngo herebwe uburyo gaz methane yabyazwa umusaruro muri ibi bihe, aho kuzarindira ko iteza ibyago.

    Impande zombi zimaze kugera kuri byinshi, na cyane ko igice kimwe cy’umushinga cyatangiye gutanga umusaruro, aho kugera mu ntangiriro z’umwaka ushize, 30% by’umuriro wakoreshwaga mu Rwanda waturukaga kuri uyu mushinga wiswe ‘Kivuwatt’.

    Kuri ubu uyu mushinga uri gutanga amashanyarazi arenga megawatt 25, ariko nuramuka wuzuye uzatangira gutanga megawatt 100. Umushinga wo kuvana gaz methane mu kiyaga ikabyazwamo amashanyarazi nta handi hantu wari warigeze ukorerwa ku Isi, ari na yo mpamvu uyu mushinga watinze kuko watwaye imyaka irindwi yose.

    Kugira ngo gaz ikurwe mu mazi, hoherezwa amatiyo maremare mu ndiba y’Ikiyaga muri metero zishobora kugera kuri 350 nk’uko bimeze mu Kivu, ubundi akanyuramo amazi avanze na gaz methane na CO2. Nibura buri saha, metero kibe ibihumbi 20 bya gaz methane birazamurwa bigatunganywa.

    Mu kuzamurwa, aya mazi ayungururwa inshuro ebyiri, bwa mbere bikabera munsi y’amazi ariko mu buryo bworoheje, ubundi akongera kuyungururwa ageze mu bitembo biri hejuru y’amazi ari naho gaz methane itandukanyirizwa n’amazi ndetse na CO2.

    Iyi gaz methane ihita yoherezwa ku ruganda ruri mu birometero 13 ku nkombe z’amazi, inyuze mu matiyo yabugenewe, ubundi igatunganywa neza, igakorwamo amashanyarazi ashyirwa ku muyoboro mugari w’igihugu. Amazi na CO2 byasigaye bisubizwa mu Kiyaga cya Kivu.

    Uretse umushinga wa Kivuwatt, hari n’undi mushinga w’ikigo cya Shema Power Lake Kivu cyashoye miliyoni 400$, kigamije kuzabyaza umusaruro gaz methane yo mu Kivu umuriro ungana na megawatt 75.

    Ku rundi ruhande, ikigo cya Gasmeth Energy nacyo cyashoye miliyoni 400$ aho byitezwe ko mu mwaka utaha kizatangira kubyaza umusaruro gaz methane, ku buryo ishobora gukoreshwa mu bikorwa byo guteka n’ibindi birimo iby’ubwikorezi.

    Mu gihe imishinga yose igamije kubyaza umusaruro gaz methane yo mu Kiyaga cya Kivu yatanga umusaruro witezwe, iyi gaz ishobora kuzaba igize ibirenze kimwe cya kabiri cy’amashanyarazi u Rwanda ruzaba rukoresha mu mwaka wa 2024, agomba kuba agera kuri megawatt 556, aho Abanyarwanda bose bazaba bagerwaho n’amashanyarazi, bavuye kuri 63% kugera muri Gicurasi uyu mwaka.

    Leta ikeneye amafaranga arenga miliyari 600 Frw kugira ngo izashyire mu bikorwa imishinga igamije kugeza amashanyarazi ku baturage bose mu 2024.

    Umushinga wa Kivuwatt witezweho kuzatanga megawatt 100 numara kuzura

    Abaturage barenga miliyoni ebyiri baturiye Ikiyaga cya Kivu, bituma ibikorwa byo kwirinda iturika rya gaz methane ikirimo birushaho gukenerwa cyane

    Ikiyaga cya Kivu kimaze imyaka irenga miliyoni eshanu

    source : https://ift.tt/38pApdw

  • Rubavu: Abasabwe umusoro ku butaka butagombye gusorerwa bahumurijwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nzabonimpa Deogratias, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, yabwiye Kigali Today ko abafite ibyo byangombwa by’ubutaka bagomba kubikosoza kandi imisoro baciwe ntibazayitanga.

    Yagize “Abahinze icyayi mu gishanga nta misoro y’ubutaka bishyura, na cyane ko ibishanga ari ibya Leta. uwaba yarahawe icyangombwa muri icyo gishanga mu ibarura rusange iryo ni ikosa, arasabwa kugarura icyangombwa kugira ngo iyo misoro ihanagurwe”.

    Uretse abaturage bahinga icyayi mu mirenge ya Nyundo na Nyamyumba mu Karere ka Rubavu babigaragaje, hari abandi baturage na bo bafite ikibazo cy’ibyangombwa by’ubutaka bifite inyito itandukanye n’imikoreshereze y’igishushanyombonera, basabwa kubikosoza.

    Nzabonimpa avuga ko abaturage bafite ibyo byangombwa batazacibwa amafaranga yo kubihindura cyangwa kwishyura serivisi mu guhinduza, kuko amakosa yakozwe n’ibiro by’ubutaka.

    Abaturage bahinga icyayi mu Mirenge ya Nyundo na Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bari bagaragarije ikibazo cyabo Kigali Today mu nkuru yatambutse tariki 27 Kanama 2021.

    Abaturage bavugaga ko basabwe kwishyura imisoro y’ubutaka bwa Leta buhinzeho icyayi mu bishanga, bakifuza ko iyo misoro yakurwaho kuko igihe icyo ari cyo cyose Leta yashaka ubwo butaka bayibusubiza.

    Kuva umwaka wa 2021 watangira, abahinzi b’icyayi mu Karere ka Rubavu batangiye guhamagarwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA, kibasaba kwishyura ibirarane by’imisoro y’ubutaka bafite.

    Bamwe bari babwiwe ko bafite umwenda w’umusoro urenga miliyoni ebyiri, abandi eshatu, mu gihe hari n’abavuga ko imisoro basabwa iruta kure imitungo batunze.

    Hitimana Gregoire ni umuhinzi w’icyayi mu Murenge wa Nyundo, akaba yarasabwe kwishyura umusoro wa miliyoni n’igice, ariko hajyaho ubukererwe umwenda ukaba miliyoni ebyiri zirenga.

    Hitimana yabwiye Kigali Today ko harimo abo byagizeho ingaruka harimo n’indwara ziterwa no guhangayika nk’imitima.

    Iki kibazo cy’umusoro wakwa abahinzi b’icyayi mu Karere ka Rubavu, abahinzi bafite icyayi mu karere ka Rutsiro bo bavuga ko ntacyo bafite, Hitimana avuga ko nyirabayazana ari ababaruye ubutaka.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye abaturage bafite ibyangombwa by’ubutaka birimo amakosa kubijyana ku karere cyangwa ku mirenge kugira ngo bizakosorwe, na ho abadafite ibyangombwa by’ubutaka buri mu gishanga bamenyeshwa ko ntabyo bakeneye kuko ibishanga ari ibya Leta.

    Gusa bamwe mu baturage bavuga ko icyayi cyatewe hagati ya 1964 na 1972 nta tegeko rigenga imikorehereze y’ibishanga ryari rihari. Bamwe bavuga ko ubutaka Leta yita ubwayo babukomora ku murage w’ababyeyi babo abandi bakaba barabuguze.

    source : https://ift.tt/38m00Ej

  • Nyaruguru: Kwegerezwa amazi n’ibindi bikorwa byatumye baca ukubiri n’indwara ziterwa n’umwanda – #rwanda #RwOT

    Abo baturage bahawe umuyoboro w’amazi wa kilometero 3,8 ugeza amazi ku ngo zisaga 100 zituwe n’abaturage bagera ku bihumbi 15 no ku Kigo Nderabuzima cya Nyamyumba ndetse no ku mashuri ahari.

    Bamwe muri abo baturage bavuga ko amazi ari kimwe mu by’ibanze bari bakeneye.

    Mukahigiro Césarie ati “Aya mazi twayabonye tubabaye kuko twavomaga amazi y’ibinamba, n’amatungo akajyamo ugasanga amazi asa nabi imvura yaba yaguye ugasanga tuvomye ibyondo. Ndashima leta y’ubumwe ituzanira abaterankunga nka MABAWA bikaba byarahinduye byinshi ku isuku ntabwo tukirwara indwara zituruka ku isuku nke.”

    Mugenzi we witwa Nkurunziza Geoffrey avuga ko yari amaze imyaka irenga 70 iwe mu rugo bakoresha amazi mabi y’ibinamba.

    Ati “Ibintu ndabona bigenda biba byiza, tumaze imyaka 72 dukoresha amazi atari meza y’ibinamba. Leta yazanye abaterankunga badushyiriraho ivomero bashyiraho umuyoboro uyatwara mu giturage ababishoboye bakayakurura bayashyira mu nzu. Muri rusange turashima ubuyobozi.”

    Uwo muyoboro w’amazi n’iriba rusange abo baturage babyubakiwe n’Umuryango MABAWA ukaba ari umufatanyabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru.

    Umuyobozi wa MABAWA mu Rwanda, Gashagaza Léon, avuga ko hari impinduka zigaragara muri aka gace nyuma y’uko ibi bikorwa bihageze.

    Ati “Byatumye abaturage bazamura imibereho, twazanye amazi, ubuyobozi bubazanira umuriro. Hari inzu twabubakiye tubaha inka, kuri ubu umuturage arahinga akihaza mu biribwa agasagurira n’amasoko.”

    Umuyobozi wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage mu Karere ka Nyaruguru, Kayitesi Colette, yavuze ko uwo muryango ukomeje kubafasha mu bikorwa biteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

    Muri ibyo bikorwa harimo koroza inka imiryango itishoboye, kubabumbira hamwe mu matsinda no kububakira amacumbi. Mu bubakiwe ku ikubitiro harimo n’abasigajwe inyuma n’amateka.

    Ati “Uyu muryango waradufashije cyane kuko imibereho y’abaturage muri uyu murenge yateye imbere. Abahawe amazi n’ibindi bikorwa bibateza imbere turabasaba kubifata neza no kubibyaza umusaruro kugira ngo bakomeza kubaho neza.”

    Mu bindi bikorwa byegerejwe abaturage muri uwo murenge harimo kuborohereza ingendo bakoraga bajya kwivuza kuko ku Kigo Nderabuzima cya Nyamyumba bahashyize imashini ifasha mu buvuzi bw’amenyo n’iyifashishwa mu gupima ababyeyi batwite.

    Ibyo byatumye nk’abajyaga mu Karere ka Nyamagabe kuhashakira izo serivisi z’ubuzima bahinira bugufi.

    Umuryango MABAWA umaze imyaka 12 ufatanya na leta mu guhindura ubuzima bw’abatuye mu Murenge wa Mata, aho uri ubu nibura imiryango 1200 yamaze gutera intambwe mu iterambere binyuze muri mishinga yabegerejwe.

    Nyuma yo kwegerezwa amazi meza bamwe bayagejeje mu ngo zabo

    Rimwe mu mavomero rusange ribagezaho amazi meza bubakiwe mu Kagari ka Murambi

    Inka bahawe na zo ziri mu byabafashije mu iterambere ry’imibereho

    Inyubako za Laboratwari bubakiwe ku Kigo Nderabuzima cya Nyamyumba

    Abahawe inka bemeza ko imibereho yabo yahindutse myiza

    Bateye inkunga na serivisi z’ubuzima ku Kigo Nderabuzima cya Nyamyumba mu Murenge wa Mata

    Imwe mu mashini batanze ku Kigo Nderabuzima cya Nyamyumba

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3yp74ud

  • Rubavu: Ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko basabwe gushyira mu bikorwa gahunda ya ‘EBM kuri bose’ – #rwanda #RwOT

    Ibi byagarutsweho ku wa 28 Kanama ubwo Komiseri Mukuru wa RRA, Bizimana Ruganintwali Pascal yagiranaga ibiganiro na ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko bo mu Ntara y’Iburengerazuba biganjemo abo mu Karere ka Rubavu.

    Ibi biganiro byibanze cyane kuri gahunda ya EBM kuri bose ndetse no kurwanya magendu.

    Bizimana Ruganintwali Pascal yasabye inzego zitandukanye ubufatanye mu gushyira mu bikorwa iyi gahunda no gushyira imbaraga mu kurwanya magendu bahereye mu rubyiruko kuko ari rwo mbaraga z’igihugu. Yashimye urubyiruko rufite ubushake bwo kubahiriza inshingano zo gusora.

    Nyuma yo kumva ibyiza byinshi EBM izabafasha mu bucuruzi bwabo, uru rubyiruko ruri mu bucuruzi rwaretse Komiseri Mukuru wa RRA ko hari imbogamizi zitandukanye zirubuza gukoresha neza rugifite.

    Bagaragaje ko bakigorwa no kuba hari ubwo barangura ku bantu batagira EBM bo bagacuruza batanze fagitire za EBM bikabagora kuba babasha gusora imisoro ku nyungu kuko baba batagaragaza ibyo bacuruje aho byaguriwe.

    Urimubenshi Aimable ufite Supermarket i Karongi yagize ati “Turifuza ko EBM yaba kuri bose, kubera ko iyo itari kuri bose tugorwa no gusora.”

    Munyemana Etienne yavuze ko we na bagenzi be bakorana muri koperative icuruza imyaka iyikuye muri Repubulika Iharanira Demokaras ya Congo, bagorwa no kuba babona fagitire ya EBM muri iki gihugu, bigatuma nabo batabasha kugaragaza uko baranguye.

    Ati “Twebwe ducuruza imyaka tuyivanye mu gihugu cy’abaturanyi cya Congo, biratugora cyane kubona fagitire ya EBM turangura kuko ibicuruzwa byambuka bisorewe mu izina rya Koperative, ubundi buri wese akajya acuruza ibye.”

    Ni ikibazo bose bahuriyeho na Niyomugabo Jean de Dieu utunganya ibikomoka ku byuma, ariko akemeza ko ikoreshwa rya EBM nabo bagiye kurikangurira abo barangura nabo.

    Ati “Twebwe dutunganya ibikomoka ku byuma bitagikoreshwa ariko twagorwaga no kuba abo tugurira batagira EBM ariko kuri ubu tugiye gukangurira ni abandi kuzikoresha kugira ngo tworoherwe no gusora.”

    Komiseri Wungirije akaba n’Umuvugizi muri RRA, Uwitonze Jean Paulin yavuze ko bagiye gukemura ibibazo byagaragajwe n’abacuruzi birimo n’uko bamwe batarabona EBM.

    Ati “Twasabye abacuruzi kubona za nyemezabwishyu za EBM bose n’abatari muri TVA kandi twazanye gahunda nyinshi ariko batubwiye imbogamizi nyinshi nk’abavuze ko bavana ibicuruzwa muri Congo bagakora imenyekanisha ariko hari n’abavuze ko batigeze bazibona kuva mu kwezi kwa mbere ariko twabasabye ko bakomeza kubika inyemezabwishyu z’impapuro.”

    Mu ntara y’Iburengerazuba habarurwa abacuruzi basaga 3,434 bafite Imashini za EBM ariko abazikoresha uko bikwiriye ni 2,744 bivuze ko bakiri ku kigero cya 80%.

    Urubyiruko rwo mu Karere ka Rubavu rwikorera rwasabye Komiseri Mukuru wa RRA gufashwa guhabwa EBM

    Komiseri Mukuru wa RRA, Bizimana Ruganintwali Pascal yasabye uru rubyiruko kumva ko gukoresha EBM mu bucuruzi bwarwo ari inshingano

    Urubyiruko rwihangiye imirimo ruvuga ko rugiye kugira uruhare mu bukangurambaga bw’Imikoreshereze ya EBM

    Nkubito Malki ni umwe muri ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko bagaragaje ko bagifite imbogamizi mu ikoreshwa rya EBM

    source : https://ift.tt/3Bn9lYW