Tag: Trending

  • Umuhanzi Jay Polly yitabye Imana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Jay Polly aha yari muri studio kuri KT Radio

    Jay Polly aha yari muri studio kuri KT Radio

    Jay Polly yari afungiye muri Gereza ya Mageragere akurikiranyweho ibyaha birimo ibyerekeranye n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Mu masaha ya nijoro ngo nibwo yarembye, ajyanwa kwa muganga ariko aza guhita ashiramo umwuka.

    Iyi nkuru turacyayikurikirana….

    source : https://ift.tt/3kL9H4H

  • Hamenyekane igihe Jay Polly azaburanishirizwa – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w'umuraperi Jay Polly uregwa gukoresha ibiyobyabwenge byamaze gutangazwa ko azasubira imbere y'ubutabera mu ntangiro za Ukuboza 2021 mugihe yari yarakatiwe iminsi 30.

    Taliki ya 11 Kamena 2021 nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwashimangiye icyemezo cy'Urukiko rw'Ibanze rwa Gasabo cyo gufunga Jay Polly n'abo bareganwa iminsi 30 y'agateganyo mu gihe hari hagikusanywa ibimenyetso.

    Mu bafunganywe na Jay Polly harimo Iyamuremye Jean Clément(Murumuna we), Shemusa Mutabonwa na Hatunga Fidèle Benedicto uvuga ko ari Umunyamerika ukomoka muri Tanzania.

    Biteganyijwe ko uyu muraperi n'abo bareganwa bazasubizwa imbere y'Urukiko ku wa 2 Ukuboza 2021, aho azaba aburana mu mizi urubanza.

    Abaregwa bose bahakana icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge usibye Iyamuremye wemera ko yajyanye urumogi mu rugo rwa Jay Polly.

    Source : https://yegob.rw/hamenyekane-igihe-jay-polly-azaburanishirizwa/

  • Abatalibani bishimiye intsinzi batwara amasanduku ariho amabendera y'Ubushinwa,Ubufaransa n'Amerika #rwanda #RwOT

    Aba batalibani bakoreye ikiriyo ibi bihugu nko kwerekana ko begukanye intsinzi nyuma yo guhirikwa ku butegetsi muri za 90.

    Gusubira ku butegetsi kw'Abatalibani nyuma y'imyaka 20 bari mu ntambara kwatumye bamwe mu baturage b'iki gihugu bagira ubwoba batangira guhunga.

    Abatalibani bari bikoreye amasanduku ariho amabendera ya US,Ubushinwa na Amerika ndetse n'irya NATO,bazenguruka umujyi Khost bafite n'amabendera yabo.

    Amafoto yagaragaje Abatalibani bifotoje bari mu ndege zatawe ndetse bazengurutse imijyi itandukanye babyina intsinzi.

    Perezida Biden yohereje ingabo hafi 6000 gufata ikibuga cy'indege kugira ngo zihagararire ibikorwa byo guhungisha Abanyamerika n'abandi banyamahanga, hamwe n'abanya Afghanistan bakoranye n'ingabo mpuzamahanga.

    Abantu ibihumbi n'ibihumbi bisutse ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Kabul bashaka kurira indege zarimo zihungisha abantu.

    Mu ijambo ry'ejo ku wa kabiri, Perezida Biden yashimiye ingabo kuri iki gikorwa cyo guhungisha abantu benshi mu gihe gito, ahita yemera ko azakomeza gahunda yo gucyura Abanyamerika bakiri muri Afghanistan bifuza kuvayo- bose hamwe bakaba basaga 200.

    Umukuru w'igihugu cya Amerika yashyigikiye yivuye inyuma icyemezo cye cyo gucyura ingabo.

    Biden yagize ati: “Ntabwo nari gukomeza intambara itarangira. Intambara muri Afghanistan ubu irarangiye”.

    Avuga ko Amerika itari ikeneye ingabo muri kiriya gihugu kugira ngo yirwanirire.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/abatalibani-bishimiye-intsinzi-batwara-amasanduku-ariho-amabendera-y-ubushinwa

  • Ikibazo cy’Umushinwa wakubise Umunyarwanda yamutunnye ku musaraba cyahagurukije inzego n’u Bushinwa #rwanda #RwOT

    Aya mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, yagaragazaga umugabo w’umunyamahanga akubitisha umuturage umugozi mu gihe uwakibitwaga yari azirikiye ku giti gikoze nk’umusaraba.

    Ubwo bamwe bagira icyo bavuga kuri ariya mashusho, Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Col Jeannot Ruhunga yatangaje ko hari abantu babiri batawe muri yombi barimo n’uriya wakubitaga umuturage.

    Col Jeannot Ruhunga yavuze ko ko bariya bantu bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita n’iyicarubozo aho byatangajwe ko bafungiye kuri station ya Polisi ya Ruhango mu Karere ka Rutsiro.

    Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, yagize icyo ivuga kuri kiriya kibazo aho yatangaje ko ishyigikiye ko amategeko y’u Rwanda yubahirizwa ndetse ko bazafatanya mu gutuma habaho ubutabera kuri kiriya kibazo.

    Itangazo ry’Umuvugizi wa Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, yatangaje ko bazafatanya n’inzego z’ubutabera mu Rwanda mu gukora iperereza kuri kiriya kibazo kugira ngo hatangwe ubutabera bunyuze mu mucyo.

    Iri tangazo kandi ryibusta ibigo by’Abashinwa bikorera mu Rwanda kimwe n’abaturage ba kiriya gihugu bari mu Rwanda kubahiriza amategeko n’amabwiriza by’iki gihugu.

    Rigakomeza rigira riti 'Mu gihe hari ufashwe akora ibinyuranyije n’amategeko agomba gushyikirizwa Polisi byihuse aho kugira ngo ikibazo gikemurwe mu buryo budakurikije amategeko.'

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera mu kiganiro yagiranye na Radi&TV 1 yavuze ko ntakintu icyo ari cyo cyose cyatuma umuntu akubitwa muri buriya buryo.

    Yagize ati 'Yaba yakwibye, yaba yagututse, yaba yakwiciye umuntu, nta tegeko nta n’ibwiriza na rimwe riguha uburenganzira bwo gukora ibintu nka biriya byakorwaga abantu bose bareba.'

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Ikibazo-cy-Umushinwa-wakubise-Umunyarwanda-yamutunnye-ku-musaraba-cyahagurukije-inzego-n-u-Bushinwa

  • Rutsiro: umushinwa akubita abantu abaziritse ku misaraba. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Rutsiro haravugwa umushinwa wakuye abantu mu karere ka Nyamasheke maze akajya abakubita abahambiriye ku biti bimeze nkimisaraba.

    Nk'uko amashusho ya BTN ,twabashije kubona abigaragaza,uyu mushinwa yakubitaga umuturage yamuhambiriye ku giti ,undi nawe w'umunyarwanda amuhatira gusubiza ibyo bamubazaga, ndetse no kubyemera agasaba imbabazi ,ari nako akubitwa asaba imbabazi ati 'sinzongera', uyu mushinwa nawe yari ifite ikintu kiboshye nk'ikiziriko agikubitisha uyu waruryamye hasi amaboko ye aboheye inyuma.

    Source : https://yegob.rw/rutsiro-umushinwa-akubita-abantu-abaziritse-ku-misaraba/

  • Umugore wo muri Nouvelle-Zélande/ New Zealand yishwe n'urukingo rwa Pfizer #rwanda #RwOT

    Igihugu cya Nouvelle-Zélande/ New Zealand cyatangaje umuntu wa mbere cyemeza ko yapfuye biturutse ku rukingo rwa Covid-19 yatewe.

    Itsinda ryigenga ry'abahanga bakurikiranira hafi ibijyanye n'umutekano w'inkingo riviga ko urupfu rw'uyu mugore 'rushobora' kuba rwavuye ku ndwara ya myocardite/myocarditis, indwara y'ubushe bw'umutsi w'umutima.

    Iri tsinda nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza rivuga kandi ko hari ibindi bibazo by'ubuzima bishobora kuba 'byatumye uru rukingo rugira ingaruka mbi'.

    Abagenzuzi b'I Bulayi bavuga ko myocardite/myocarditis ari ingaruka 'zidakunze kugaragara' kandi ko inyungu z'uru rukingo zisumba cyane ingaruka mbi zishobora kubaho.

    Hagati aho, impamvu nyamukuru y'uru rupfu ntiramenyekana. Ariko, itsinda ukurikiranira hafi ibijyanye n'inkingo za Covid (Covid-19 Vaccine Independent Safety Monitoring Board) rivuga ko myocardite/myocarditis 'ishobora kuba yatewe n'uru rukingo'.

    Mu itangazo iri tsinda ryasohoye, rivuga ko ari rwo rupfu rwa mbere muri Nouvelle-Zélande rufitanye isano n'urukingo Pfizer rwa Covid-19.

    Iri tangazo rikomeza riti: 'N'aho ikigo gishinzwe gukurikiranira hafi ingaruka mbi z'inkingo (Centre for Adverse Reactions Monitoring) kimaze kubona andi makuru y'umuntu wapfuye hahise imisi akingiwe, nta na hamwe izi mpfu zifitanye isano n'urukingo'.

    Urupfu rw'uyu mugore rurimo gukorwaho amaperereza yimbitse, ushinzwe kuyakora akaba yiteguye gutanga icyegeranyo. Abategetsi nta yandi makuru baratanga, harimo n'imyaka y'uyu mugore.

    Ikigo gishinzwe imiti cy'u Bulayi (European Medicines Agency, EMA) kivuga ko ingaruka za myocardite/myocarditis ziturutse ku nkingo za Covid za Pfizer na Moderna, 'zidakunze kuboneka', kikongera ho ko zikunze kugaragara cyane cyane ku bagabo bakiri bato.

    Nk'urugero, Ubwongereza buvuga ko bwabonye abantu 195 bahuye n'icyo kibazo cya myocardite/myocarditis mu bantu batewe urukingo rwa Pfizer, iyi mibare ikaba iri ku rugero rwa 5/1.000.000.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/umugore-wo-muri-nouvelle-zelande-new-zealand-yishwe-nurukingo-rwa-pfizer/

  • Agirwa Minisitiri hari ku isabukuru ya mama – Umuhungu wa Joe Habineza yahishuye iminsi ya nyuma ya se #rwanda #RwOT

    Jean Michel Habineza akaba umuhungu w’imfura wa Amb. Habineza Joseph uheruka kwitaba Imana, yavuze ko mu minsi ye ya nyuma ikintu yavuga ari ubukwe bw’umuhungu we Cedric agiye adatashye.

    Amb. Habineza Joseph wabaye Amabasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, akaba Minisitiri w’urubyiruko, Umuco na Siporo yitabye Imana tariki ya 20 Kanama 2021 aguye muri Kenya aho yari yagiye kwivuza, hari nyuma yo kuva muri Nigeria.

    Uyu munsi nibwo habaye umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma aho yahise ajya gusyingurwa i Rusororo.

    Umuhango wo kumusezeraho wabereye mu rugo iwe aho yari atuye witabirwa n’abo mu muryango we, inshuti n’abo bakoranye mu nzego za leta barimo Perezida Sena Dr Augustin Iyamuremye, Bernard Makuza wabaye Minisitiri w’Intebe n’abandi.

    Umuhungu we w’imfura, Jean Michel Habineza wavuze mu izina ry’abana ba Habineza Joseph, yavuze ko atazabigirwa umunsi wa mbere se yinjira muri politike agirwa Minisitiri, ngo hari ku isaburuku ya nyina aho batunguwe n’iyi nkuru.

    Ati 'Papa yagiye muri politike 2004, hari ku isabukuru ya mama, twari twicaye turimo kwishimira isabukuru ya mama, tubona mu makuru ngo Minisitiri w’Urubyiruko, Umuco na Siporo, Joseph Habineza.'

    Yakomeje avuga ko byabatunguye ndetse bakagira ubwoba ariko nyuma y’iminsi mike batangiye kubimenyera ndetse na se (Joseph Habineza) atangira kuba we uko yari asanzwe.

    Agaruka ku buzima bwa se yavuze ko yari umuntu wicisha bugufi kandi akabana na buri wese, ngo ni umuntu utarihaga agaciro.

    Ati 'Mu mwanya aho nyumbakumi aba nk’umwami cyangwa akaba nk’Imana, Papa yari umuntu wiyoroshya(humble) yitabaga telefoni yose, yitabaga tuvugane, akibata (078830), akitaba abantu bose ariko n’ikindi yafataga abantu bose neza.'

    'Ntabwo we ubwe yajyaga yiha agaciro, yajyaga akunda kuvuga ngo akazi kawe uzagahe agaciro ariko wowe ntuzakihe.'

    Yavuze ko kandi yababajwe n’uko azaba atari mu bukwe bw’umuhungu we, akaba murumuna wa Jean Michel Habineza kandi ari cyo kintu yavugaga cyane mu minsi ye ya nyuma.

    Ati 'Ikintu gikomeye nuko atazaba ari mu bukwe bwa Cedric. Birambabaza cyane yari abwishimiye cyane! Hari inshuti ye bari kumwe muri Nigeria yavuze ngo mu bintu yavugaga mu minsi ye ya nyuma bwari ubukwe bwa Cedric. Birababaje ko ataza ahari.'

    Ibindi yahishuye kuri se ni uko yari umuntu ukunda gukererwa cyane, gusa na none ngo azakumbura ukuntu yari azi kubara inkuru, ngo aho yabaga ari nta rungu, yaraganiraga cyane.

    Habineza Joseph yitabye Imana afite imyaka 57, asize umugore n’abana 4, abahungu batatu n’umukobwa umwe, akaba ari abana b’impanga aho yabyaye impanga inshuro 2.

    Tariki ya 13 Kanama 2021 yari yizihije isabukuru y’imyaka 33 amaranye n’umugore we barushinze.

    Joseph Habineza yakoreye uruganda rwa Heineken i Kinshasa 1994-1998, ndetse aza no kuba umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga muri Heineken muri Nigeria mu 1998-2000.

    Muri Nzeri 2004-Gashyantare 2011 yabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, mu 2011- 2014 agirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria.

    Muri Nyakanga 2014 yaje kongera kugirwa Minisitiri wa Siporo ariko ntiyatizeho kuko muri Gashyantare 2015 yaje gusimbuzwa Uwacu Julienne.

    Mu mpera za 2019 yahise afungura uruganda rukora amakaroni yitiriye izina rye, aho zitwaga ‘Pasta Joe.

    Muri 2019 yagize Muyobozi Mukuru w’ikigo gishya Radiant Yacu Ltd.

    Jean Michel Habineza ngo yababajwe n’uko atazataha ububwe bwa murumuna we witwa Cedric kandi ari kimwe mu bintu yashakaga

    Yasezeweho bwa nyuma

    Yagiye gushyingurwa i Rusororo

    Umuhango wo kumusezerano witabiriwe n’abayobozi batandukanye

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/agirwa-minisitiri-hari-ku-isabukuru-ya-mama-umuhungu-wa-joe-habineza-yahishuye-iminsi-ya-nyuma-ya-se

  • Kigali: Ubukwe bwasubikiwe mu rusengero, Minisitiri Busingye yizeza ubutabera muri iki kibazo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi byabereye mu rusengero rwa EAR Paruwasi ya Gikondo Diyoseze ya Kigali, mu ma saa munani z’amanywa.

    Paruwasi ya Gikondo yiteguraga gusezeranya Niyonsaba Innocent na Tuyisabe Berthe babarizwa muri EAR Diyoseze ya Gahini ubukidikoni bwa Rukomo Paruwasi ya Gishuro.

    Mu gihe Pasiteri yiteguraga gusezeranya aba bageni, hinjiye umubyeyi ufite abana batatu arira afata mu mashati Niyonsaba Innocent ndetse n’abana bararira bituma Pasiteri agirana ibiganiro mu muhezo n’abageni bagiye gusezerana ndetse n’uwo mubyeyi birangira hafashwe umwanzuro wo gusubika igikorwa cyo kubasezeranya.

    Inkuru ya Afrimax ivuga ko Dukuzumuremyi Janvière ari we mubyeyi wumvikanye arira avuga ko yabyaranye na Niyonsaba Innocent abana batanu harimo impanga inshuro ebyiri, akaba batatu abarera wenyine mu gihe abandi ngo se yabamwimye.

    Mu marira menshi, yumvikanye asaba indezo y’abana afite batatu ariko akanahabwa abandi babiri b’abahungu se afite.

    Ati “Twashakanye mu buryo butemewe n’amategeko, yansize mfite inda nkuru ya gatatu, njya iwabo nahamaze amezi 2 maze kubyara. Bambwiye ko batabasha kuntunga n’abana bambwira ko ngomba kujya iwacu, bamperekeje saa cyenda z’ijoro mpeka umwana umwe undi mufashe mu ntoki, ntega imodoka njya iwacu.”

    Dukuzumuremyi avuga ko atabashije kuguma iwabo, ahubwo yahisemo kujya kwikodeshereza kugira ngo abashe kurera abana be.

    Avuga ko yahamagaraga umugabo we ntamwitabe yanamwitaba akamubwira nabi ku buryo nta kintu na kimwe yamufashije mu buzima.

    Avuga ko abayeho nabi kugera aho asiga akingiranye abana be mu nzu kuko atabasha kubajyana aho aba yagiye guca inshuro.

    Yagize ati “Jyewe mba mu icumbi, kubona icyo kurya cy’abana birangora ubwo nsiga abatoya mfite mbakingiranye mu nzu, bakajya birirwa munsi y’urugi, abanyamuhanda bakabashungera, abafotora bagafotora, abana birirwa munsi y’urugi barira.”

    Yavuze ko gusiga akingiranye abana mu nzu ari ukubura uko yabigenza kuko nanone atakura mukuru wabo mu ishuri kugira ngo asigarane barumuna be.

    Yavuze ko icyamuzanye ari ukubaza se w’abana imibereho yabo ndetse no kumuha abana be babiri yamwimye we n’umuryango we.

    Arifuza ko inzego zirenganura abana zamufasha abana be bagahabwa uburenganzira ndetse akanahabwa abana be akabirerera.

    Ati “Bamfashe abana banjye baboneke ni cyo nifuza n’Igihugu cyose kibimenye kimpeshe abana banjye kandi baharanire n’uburenganzira bw’aba bana, kubaho kwabo, kwiga kwabo n’aho kubaho kwabo ntaho mfite.”

    Yakomeje agira ati “Sinibaza niba Igihugu gishyigikira ibi bintu, umugabo ungana kuriya, ufite amaboko mazima, agomba kubyara abana bakaba mayibobo mu gihugu. Mana niba dufite amategeko aturengera muri iki gihugu, Mana, amategeko arengere abana banjye.”

    Dukuzumuremyi avuga ko ikimubabaza cyane ari uko abana yamwimye na we atabarera ahubwo barerwa n’iwabo, ibintu avuga ko ari ukumwima uburenganzira ku bana be ku buryo batanamusura cyangwa na we ngo yemererwe kubasura.

    Pasiteri Kanana Cedric muri Paruwasi ya Gikondo muri Diyoseze ya Kigali ari na we wagombaga gusezeranya aba bageni, avuga ko nk’uko bijya bibaho, uwo mushumba akaba yari yatiye urusengero rwa EAR Gikondo ngo aze kuhasezeranyiriza abo bageni kuko bari kuzatura i Kigali akaba ari na ho bari gukoreshereza imihango y’ubukwe.

    Umushumba wa EAR/Gishuro yari yasobanuye ko barangiwe inshuro 3 muri iyo Paruwasi kandi bakaba barashyingiwe mu murenge, uwo mushumba asaba ko bamufasha bakamusezeranyiriza abo bageni kuko yari yagize impamvu zitunguranye zituma atahibera ubwe.

    Avuga ko bafashe umwanzuro wo gusubika ubukwe abo bantu bafitanye ibibazo bakabanza bakabikemura.

    Yagize ati “Twe nk’abatiwe urusengero, ntabwo dushobora gusezeranya no kujya mu bindi bintu byose kandi bafite aho bakomoka na Pasiteri wabo. Umwanzuro uzaturuka kuri Pasiteri wabo kuko ari we ubazi uzi n’ikibazo bafite.”

    Yakomeje agira ati “Twe rero, twanzuye ko tutabasezeranya mu gihe twumvise ibi bibazo bihari kandi tutabifitiye uburenganzira, bafite Pasiteri wabo.”

    Yanahishuye ko mu biganiro bagiranye na bo ngo umugabo yemeye ko afitanye na Dukuzumuremyi abana batanu, umugore na we akavuga ko se ntacyo abafasha bityo akifuza ko ikibazo cy’indezo n’uko bazabaho cyabanza gukemuka hanyuma bagasezeranywa.

    Yavuze ko igihe hazabonekera inyandiko igaragaza ko uburenganzira bw’abana n’ibindi byose byabonetse ko bahita babasezeranya.

    Bangiwe gusezerana imbere y’Imana mu gihe bivugwa ko bari barasezeranye imbere y’amategeko, dore ko hari amashusho yagaragaye bari mu birori byo kwiyakira ndetse bari no mu munezero nk’abantu bagiye kubana.

    Mu bagarutse kuri iki kibazo ku mbuga nkoranyambaga harimo uwitwa Sylvie Nsanga wanenze umugabo uvugwaho guta urugo, agatwara abana ndetse akajya gusezerana n’undi mugore.

    Sylvie Nsanga ukunze kugaragara ku mbuga nkoranyambaga aharanira uburenganzira bw’abagore n’abakobwa yasabye ko uburenganzira bw’uyu mugore n’ubw’abana be bwubahirizwa, asaba inzego zitandukanye zirimo iz’ubutabera, iz’umutekano, iz’uburinganire n’iterambere ry’umuryango gukurikirana iki kibazo.

    Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, ni umwe mu banditse basubiza kuri Twitter ko iki kibazo kirimo gukurikiranwa kandi ko ubutabera buzatangwa.

    source : https://ift.tt/3sZhEad

  • Kigali: Umugore yishe ubukwe bw'uwari umugabo we wamutanye abana 3 agashaka kwishakira undi mugore #rwanda #RwOT

    Ubukwe bwabereye mu karere ka Kicukiro mu Murenge wa Gikondo buri kuvugwa cyane hirya no hino nyuma y'aho umukwe yatanye umugore wa mbere abana batanu hanyuma uyu mugore wareraga abana wenyine yiyemeza kugera aho bwabereye arabuzambya.

    Ubwo Dukuzumuremyi Janvière yamenyaga amakuru ko umugabo we babyaranye abana batanu maze akamuta agiye gusezerana n'undi mugore mu rusengero,yahise ava mu murima aho yari ari guhinga vuba na bwangu, ahita yitegura ndetse ategura n'abana be kugira ngo ajye kureba niba inkuru yari amaze kwakira ari impamo.

    Umugore akinjira mu rusengero, yasanze pasiteri amaze guhagurutsa abageni ndetse igikorwa cyo kubashyingira kigiye gutangira.

    Acyinjira,yahise ajya imbere aho umukwe n'umugeni bari bahagaze bitegura gusezerana ahita afata amashingu uyu mugabo wamutaye,umudiyakoni aje kumubuza avugira hejuru “Mumbabarire dufitanye ikibazo ntacyo mvugana namwe.”

    Bagerageje kumusohora no kumwinginga ngo bakemura ikibazo gihari arabyanga,yicara hasi ararira ndetse n'abana be yazanye bararira,ibyari ugusezerana birazamba.

    Mu marira n'agahinda kenshi,uyu mugore yagaragaje uko umugabo we yaramutanye abana akaba agiye kubaka urundi rugo nyamara abo yabyaranye n'uyu mugore atamenya uko biriwe n'uko baramutse.

    Nkuko amashusho ya Afrimax TV yari ihari yabyerekanye,Janvière yavugaga ko atari bwemere ko umugabo we asezerana badakemuye ikibazo n'abapasiteri bakamusaba ko yaza bakagikemura ariko akavuga ati “Nawe naze.”

    Byabaye ngombwa ko iki gikorwa kiba gisubitswe, abapasiteri bafata umukwe n'umugeni we ndetse n'uyu mubyeyi wari wazanye n'abana be, bajya kwiherera bonyine kugira ngo iki kibazo bagihe umurongo.

    Byahinduye isura ubwo uyu mugore n'abana batatu binjiraga mu cyumba cy'umwiherero ariko mu kanya gato,uyu mubyeyi uvuga ko yareraga abana wenyine asohoka ndetse arira cyane, agaragaza ko atari kunyurwa n'uburyo ikibazo cye bari kugikemuramo.

    Yashimangiye ko icyo ashaka atari isezerano ry'umugabo wamutanye abana batanu, ahubwo akeneye kubona abana be babiri umugabo yatwaye ndetse akabamwimaho uburenganzira, hanyuma agafata inshingano z'abana be nka papa wabo wababyaye.

    Bitewe n'uburyo uyu mubyeyi yagaragazaga uburyo iki kibazo kiri gukemurwamo, hitabajwe inzego z'umutekano ndetse bidatinze zihita zihasesekara, zigerageza guhuza impande zombi.

    N'ubwo bitari byoroshye, basabye umuryango w'umugabo kubahiriza uburenganzira bw'umubyeyi ku bana be, ndetse akajya ababona igihe cyose abashakiye.

    Mu marira menshi, uyu mubyeyi agaragaza ko ikifuzo cye gikomeye ari ukubona uburenganzira ku bana be umugabo we yatwaye iwabo, ndetse bakabamuha akabirerera kuko abana be batagomba kurerwa nk'imfubyi kandi bagifite ababyeyi bose.

    Mu kiganiro yagiranye n'Ikinyamakuru InyaRwanda,uyu mugore yemeje ko ibyabaye ari impamo ndetse atari kera kuko 'byabaye kuwa gatandatu w'icyumweru gishize,ndetse, anavuga ko icyo akeneye ku mugabo we ari abana babiri b'impanga yamutwaye ndetse bakanashaka uburyo aba bana babyaranye bazabaho.

    Yagize ati: 'Yego iyo nkuru yabaye nimugoroba nta n'ubwo ari kera, byarangiye batabasezeranyije barabirukana mu rusengero, bababwira yuko tuzabanza gukemura ibibazo dufitanye ubwo nyine birangira bupfuye nange ndataha.

    Njyewe icyo nari nkeneye si isezerano. Njyewe umugabo twarabanye ariko tubana mu buryo butemewe n'amategeko, ariko mu gihe ashaka gushaka undi njyewe ntarasezeranye nawe ni uburenganzira bwe, ariko yagombaga kubanza kubahiriza uburenganzira bw'abana yabyaye. Kuko abana batanu ni umuzigo ni umuryango ukomeye ku buryo atansigira inshingano zabo njyenyine ngo nzishobore'.

    Yakomeje ati: 'Ikintu njyewe namushakagaho ni uko ampa abana batanu banjye afite kuko bose bavuka munda imwe ya se na nyina, yamara kubampa ubundi bakangenera n'uko bagomba kubaho n'aho kuba, n'ikizabatunga. Bakamenya niba bagomba kubishyurira ishuri, ibigenerwa umwana byose bakabikora.''

    Uyu mubyeyi yavuze ko hashize imyaka ibiri uyu mugabo amutaye, ndetse amujyanye abana b'impanga yari yaribarutse ku nshuro ya mbere kuko yibarutse impanga inshuro ebyiri.

    Yagize ati: 'Hashize imyaka ibiri antaye, yajyanye bariya bana b'impanga ambwira ko bagiye gusura iwabo ubwo rero inda yansiganye nayo yavuyemo impanga zikurikira izindi yajyanye.''

    Uyu mugore yabwiye InyaRwanda ko abana kugeza na n'ubu atarababona ariko akibategereje, ndetse yakorerwa ubuvugizi kugira ngo ababone ndetse amenyerwe n'uko babaho, naho ubundi ngo ibyo kujya kubana n'undi mugore ni uburenganzira bwe.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/kigali-umugore-yishe-ubukwe-bw-uwari-umugabo-we-wamutanye-abana-5-agashaka

  • Ndatsinze negukanye Umuringa Isezerano Igor… – #rwanda #RwOT

    Mu kanya gato ubwo yashyiraga hanze amafoto y’iminsi ibiri y’amateka mu buzima bwe, avuze ibigwi umukunzi we anagaragaza ko yishimye bikomeye ndetse abonye 'umuringa' we.

    Igor Mabano yagize ati: “Mbonye Umwamikazi nakunze , ndatsinze negukanye Umuringa. Ni igihe kitari gito nkutegereje Nyamibwa yanjye, none wa munsi narotaga urageze, mbonye urubavu rwanjye nari narabuze.”

    Akomeza yerekana ko n'ubwo yategereje igihe kirekire, 'rwa rwandiko yandikiye amashuka mu ndirimbo yitwa gutyo rutari urw'ubusa ndetse yuzuye rwose' ati: “Ubu nduzuye, ndanyuzwe, ntazindi Mpaka. Maze rero Rukundo rwanjye nkuhaye ubuzima bwose nsigaje ino.”

    Yongeraho ati: 'Ikindi kandi, ubu kuva none ndakomerezaho, ntuzicwa n'irungu ibyo ndabirahiye. Nzakuririmbira izitarahimbwa, nkucurangire urwo nkukunda unyurwe, NONE N'EJO IBE ARI NJYE NAWE Nyamibwa yizihiye urugo.”

    Igor Mabano yambitse impeta umukunzi we, amusaba ko bazabana, mu mezi abiri ashize. Kuwa 27 Kanama 2021, nibwo basezeranye imbere y’amategeko, nyuma kuwa 28 Kanama mu birori byitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye, arasaba anakwa umukunzi we.

    Mu bari bamuherecyeje, harimo Ishimwe Clement nyiri Inzu y’umuziki ya Kina Music uyu muhanzi Igor abarizwamo. Mu bamuherekeje kandi, harimo Yvan Buravan, Andy Bumuntu na Nel Ngabo mu babashije kugaragara mu mafoto yashyizwe hanze kugera ubu.Igor Mabano arebana akana ko mujisho n’'umuringa' we Umuryango mushya wa Igor Mabano na Marraine na Parrain wari wabaye Ishimwe ClementIgor Mabano n’umugore we imbere y’amategeko, yamaze no gusaba akanakwa umwamikazi w’umutima we Igor Mabano ukiri muto mu myaka, nyamara mu myidagaduro ishingiye ku muziki, amaze kwandika izina rikomeye yaba mu gukoresha ibicurangisho no mu kuririmba. Aha yarahiriraga kubana n’umugore weUmugore wa Igor Mabano mu mategeko arahirira kubana n’umugabo we ubuziraherezo.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109003/ndatsinze-negukanye-umuringa-isezerano-igor-mabano-yahaye-umukunzi-we-amafoto-109003.html