Tag: Trending

  • Uwo rushatse ruramusanga! Inkuru y’urukundo rwa Pasiteri Nyirishema na Fanny

    Inkuru y’urukundo rwa Nyirishema Gabriel na Numukobwa Epiphanie isobanura neza ibyanditse mu gika cyabanje kandi nuramuka uyikurikiye urakuramo isomo rikomeye n’ubwo ntazi neza uko iwawe bihagaze [Niba waramaze kurushinga].

    Aba bombi ni abakozi b’Imana mu Muryango w’Ivugabutumwa, Getsemani Ministries uherereye I Kabuga mu Murenge wa Rusororo, Akarere ka Gasabo ho mu Mujyi wa Kigali.

    Gukorera Imana kuri bo bias n’ibyabahuje ndetse bituma babana mu buryo busa nk’ibitangaza cyane ko iyo bakubwira inkuru y’uko bamenyanye, uko bemeranyije kubana ndetse n’aho bageze uyu munsi uhita ubona ibitakaza Imana ikora.

    Abanyamakuru ba UKWEZI, ryarabasuye rigirana ikiganiro mu buryo bw’amajwi n’amashusho n’uyu muryango utuye mu birometero bike cyane uvuye ahitwa Rugende ukazamuka werekeza I Ruhanga mu Kagari ka Ruhanga.

    Pasiteri Nyirishema avuga ko yabayeho mu buzima bubu ku buryo yageze aho akajya yambara ipantalo imwe nayo yahawe n’umuntu, abaho mu buzima acumbikiwe,mbese ari umukene utagira aho yikora gusa ku rundi ruhande ngo yumvaga aguwe neza.

    Yagize ati “Nari umuntu mu buzima uri hasi, mu gakiza kanjye nahisemo kugendera mu nzira yo gukiranuka. Nari umusore ufite akazi mfite ibintu ariko kubera inshuti nagiraga bigatuma mba mu byaha rero byansabye guhara byose njya gukorera Imana kugeza ubwo nagiye no kuba mu rusengero kubera kubura aho mba.

    Yakomeje agira ati “Nagiraga ipantalo imwe, ntabwo nari mfite aho mba kuko naryamaga kumanywa ijoro ryagera nkajya kurara mu rusengero.”

    Avuga ko yateguye ubukwe adafite amafaranga uretse impapuro zigaragaza ibizakenerwa mu bukwe ariko afite amafaranga 1000Frw gusa. Ubukwe bwabo bwabaye ku wa 10 Ukwakira 2010, mu mwaka bamenyaniyemo.

    Yagize ati “Tujya gukora ubukwe nta mafaranga nari mfite. Gusa niringiye icyanditswe kivuga ngo ‘andika iyerekwa ryawe’ nanjye nari narakoze urutonde rw’ibikenewe ariko nta buryo bwo kubigura nari mfite.

    “Muri make ikintu cyo kudafata icyemezo mu bijyanye no gushaka, wibuke ndacumbitse kandi nawe nta kintu yari afite ariko icyo twari dufite ni ukwizera n’amasezerano twahawe n’Imana.”

    Pasiteri Nyirishema avuga uburyo habura iminsi ibiri ngo itariki y’ubukwe igere aribwo yabonye umuntu umufasha gukodesha inzu nayo ayishyura amezi abiri ku buryo nyuma yo gukora ubukwe baje kuyirukanwamo ibintu birushaho kuba bibi.

    Pasiteri Numukobwa washakanye na Nyirishema afite ubuhamya bukomeye dore ko yabaye umubikira akaza kubivamo nyuma akanyura mu buzima bukomeye ndetse akaza no kuva iwabo aje gukorera ivugabutumwa mu Mujyi wa Kigali.

    Ni ubuzima butari bumworoheye nk’uko abivuga aho atangaza ko yabagaho mu buzima bwo gutunga inkweto imwe, ijipo imwe n’ishati imwe, ariko kuri we ngo ntacyo byari bimutwaye kuko icya mbere ari ugukiranuka.

    Pasiteri Numukobwa we avuga ko “Nk’uko uwo urukundo rushatse rumusanga, nanjye nari nicaye ntegereje hari ubuzima nari ndimo. Ntabwo nigeze nsaba umuntu uri hirya y’umuhamagaro ahubwo nashakaga umuntu uzanshyigikira.

    Inkuru y’urukundo rwa Pasiteri Numukobwa na Pasiteri Nyirishema ikubiye mu kiganiro kirambuye bagiranye na UKWEZI aho bavuze kuva ubwo bamenyaniye kugeza uyu munsi wa none aho babyiruye abana babiri b’abahungu.

    Uyu muryango kandi kubera kubaho mu kwizera no kubana neza kuri ubu batuye munzu nziza biyubakiye kandi bakomeje gukorera Imana nk’uko byari bimeze ubwo bari bakimenyana.

    Umva ikiganiro cyose hano.

    Baba barebana akana ko mu jisho iwabo mu rugo urukundo ni rwose

    Amafoto&Video: Kwizera Remmy Moses

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Abantu bashya barwaye Coronavirus babonetse i Rusizi barimo umumotari nibo bateje ikibazo

    Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yatangarije RBA ko impamvu hafashwe icyemezo cyo kudasububukura ingendo z’abamotari n’izihuza Intara n’Umujyi wa Kigali, byatewe no kuba hari ubwandu bushya bwagaragaye mu Karere ka Rusizi, aho hagaragaye abantu 5. Minisitiri Ngamije yavuze ko gusubukura ingendo bitari gukorwa hatabanje gusesengura neza kugira ngo harebwe ingamba zafatwa zatuma abantu batakwandura.

    Mu bantu batanu bagaragaye mu karere ka Rusizi harimo umumotari watwaraga ibicuruzwa muri ako karere, naho abandi bane bagaragaye ni abasanzwe batwara imodoka zikora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bagana i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

    Minisitiri Ngamije yavuze kandi ko abantu badakwiye kugira impungenge kuko inzego z’ubuzima zikomeje gukora ibishoboka byose, gusa abantu bose bakumva ko icyorezo kigihari mu gihugu ndetse no mu bihugu duturanye. Asaba ko bakomeza kwirinda mu buryo bushoboka bwose.

    Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Shyaka Anastase avuga ko atari ubwa mbere agace runaka kaba kagaragayemo abanduye, hagakorwa ibishoboka ngo bashakishwe. Avuga ko abantu bakwiye kubahiriza amabwiriza yashyizweho bakirinda gukora ingendo zitemewe.

    Mnisitiri Shyaka yavuze ko mu karere ka Rusizi by’umwihariko hagiye gushyirwa imbaraga mu kugabanya urujya n’uruza ruva cyangwa rujya muri aka karere kugira ngo hasuzumwe uko icyorezo gihagaze. Avuga kandi ko ingamba zo kwirinda zitareba aka karere gusa, ahubwo bireba igihugu cyose

    source https://webrwanda.com/

  • Abantu bashya barwaye Coronavirus babonetse i Rusizi barimo umumotari nibo bateje ikibazo

    Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yatangarije RBA ko impamvu hafashwe icyemezo cyo kudasububukura ingendo z’abamotari n’izihuza Intara n’Umujyi wa Kigali, byatewe no kuba hari ubwandu bushya bwagaragaye mu Karere ka Rusizi, aho hagaragaye abantu 5. Minisitiri Ngamije yavuze ko gusubukura ingendo bitari gukorwa hatabanje gusesengura neza kugira ngo harebwe ingamba zafatwa zatuma abantu batakwandura.

    Mu bantu batanu bagaragaye mu karere ka Rusizi harimo umumotari watwaraga ibicuruzwa muri ako karere, naho abandi bane bagaragaye ni abasanzwe batwara imodoka zikora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bagana i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

    Minisitiri Ngamije yavuze kandi ko abantu badakwiye kugira impungenge kuko inzego z’ubuzima zikomeje gukora ibishoboka byose, gusa abantu bose bakumva ko icyorezo kigihari mu gihugu ndetse no mu bihugu duturanye. Asaba ko bakomeza kwirinda mu buryo bushoboka bwose.

    Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Shyaka Anastase avuga ko atari ubwa mbere agace runaka kaba kagaragayemo abanduye, hagakorwa ibishoboka ngo bashakishwe. Avuga ko abantu bakwiye kubahiriza amabwiriza yashyizweho bakirinda gukora ingendo zitemewe.

    Mnisitiri Shyaka yavuze ko mu karere ka Rusizi by’umwihariko hagiye gushyirwa imbaraga mu kugabanya urujya n’uruza ruva cyangwa rujya muri aka karere kugira ngo hasuzumwe uko icyorezo gihagaze. Avuga kandi ko ingamba zo kwirinda zitareba aka karere gusa, ahubwo bireba igihugu cyose

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Umukinnyi Iradukunda Bertrand yakuze afata nk’icyitegererezo baje no gukinana

    Rutahizamu mushya w’ikipe ya Gasogi United, Iradukunda Jean Bertrand avuga ko umukinnyi yakuze afata nk’icyitegererezo ari Michel Rusheshangoga bakaba baraje no gukinana.

    Mu kiganiro n’ikinyamakuru ISIMBI, Bertrand yavuze ko umukinnyi yakuze afata nk’icyitegererezo cye ari Michel Rusheshangoga kuko yakuze ari we muntu abona azi umupira cyane ko bakuriye mu gace kamwe.

    Yagize ati“rero kuko nakuriye i Muhanga dukina umupira, umuntu nakuze mfata nk’icyitegererezo cyanjye ni Michel Rusheshangoga, yari mu bantu bakinnye imbere yanjye rero aho twari dutuye twese twaramwemeraga no ku ishuri bavugaga ko ari we mukinnyi uzi umupira.”

    Yakomeje avuga ko abantu badakwiye gutungurwa n’uko ari rutahizamu ariko umukinnyi afata nk’icyitegererezo akina mu bwugarizi ahazwi nko kuri 2 kuko uyu mukinnyi mbere yakinaga na we mu busatirizi.

    Yagize ati“oya Michel yahinduye umwanya, mbere yakinaga imbere kuri 7 na 11, yaje guhindura umwanya nyuma, ariko yari azi umupira buri wese yifuzaga kuba nka we.”

    Uyu mukinnyi yakuze afata nk’icyitegererezo baje no gukinana, bakinanye mu ikipe ya APR FC ndetse bakaba banakinana mu ikipe y’igihugu.

    Bertrand Michel yakuze afatiraho ikitegererezo barabanakinanye

    Michel Rusheshangoga ubu asigaye akinira AS Kigali, ni we mukinnyi Bertrand yakuze afatiraho ikitegererezo

    source https://webrwanda.com/

  • Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yiga ku ngamba zo kurwanya COVID19 –Amafoto

    Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Kamena 2020, nk’uko byari biherutse gutangazwa n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard mu mpera z’icyumweru gishize.

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ko “Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri igamije gusesengura ingamba zafashwe mu kurwanya ikwirakwira rya COVID19 no kuganira ku bihe biri imbere mu kurwanya iyi virusi.

    Mu byari biteganyijwe gusuzumwa muri iyi nama harimo kureba niba hasubukurwa ingendo zihuza Intara n’Umujyi wa Kigali ndetse na moto zitwara abagenzi.

    Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 18 Gicurasi 2020, yari yemeje ko ingendo zihuza intara n’Umujyi wa Kigali zongera gusubukurwa ku wa 1 Kamena ndetse ko ari nawo munsi moto zitwara abantu zagombaga kwemererwa kongera gukora.

    Gusa ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 31 Gicurasi 2020, itangazo ryo mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ryaje rivuga ko ibi byose bikubujijwe harategerezwa ibizava mu nama yo kuri uyu wa Kabiri.

    Iri tangazo ryavugaga ko impamvu ingendo zitahise zifungurwa tariki 1 Kamena nk’uko byari byaratangajwe ari uko hakozwe isesengura hagamijwe gukomeza kurinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID19 giterwa na Coronavirus, ingendo zihuza Intara n’Umujyi wa Kigali ndetse na moto zitwara abagenzi bagasanga bigomba kuba bifunzwe.

    Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yatangarije RBA ko impamvu hafashwe icyemezo cyo kudasububukura ingendo z’abamotari n’izihuza Intara n’Umujyi wa Kigali, byatewe no kuba hari ubwandu bushya bwagaragaye mu Karere ka Rusizi, aho hagaragaye abantu 5.

    Minisitiri Ngamije yavuze ko gusubukura ingendo bitari gukorwa hatabanje gusesengura neza kugira ngo harebwe ingamba zafatwa zatuma abantu batakwandura.

    source https://webrwanda.com/Perezida_Kagame_yayoboye_Inama_y’Abaminisitiri_yiga_ku_ngamba_zo_kurwanya_COVID19_–Amafoto_1591218532543339.html

  • Nyabihu: Abajura binjiye muri ADEPR Kora batwara ibikoresho by’urusengero

    Ubu bujura bwabaye mu rukerera rwo ku wa Mbere rushyika ku wa Kabiri tariki 2 Kamena 2020, aho bivugwa ko aba bajura baje bakinjira mu rusengero bagakuramo ibi bikoresho.

    ADEPR Paruwasi ya Kora iherereye mu Mudugudu wa Bugarama, Akagari ka Bukinanyana, mu Murenge wa Jenda ho mu Karere ka Nyabihu mu Ntara y’Iburengerazuba.

    Ubuyobozi bw’iyi paruwasi butangaza ko ibyibwe ari icyuma kivanga umuziki [Mixer] gifite agaciro k’ibihumbi 600Frw, printer ifite agaciro k’ibihumbi 200Frw ndetse na matera eshatu nini aho imwe igura ibihumbi 120Frw.

    Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI, Umushumba Mukuru w’iyi Paruwasi ya Kora, Pasiteri Dukuzumuremyi Joseph yavuze ko abatwaye ibi bikoresho bataramenyekana ariko Urwego Rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB rwatangiye gukora iperereza.

    Yakomeje agira ati “Abajura ngo baje mu ma samunani z’urukerera barabitwara ariko Umugenzacyaha yahageze afata ibimenyetso byose agira n’abo abaza harimo n’umuzamu ubwo natwe aratubaza turasobanura.”

    Pasiteri Dukuzumuremyi yavuze ko hari hari umuzamu, usanzwe ariko nawe avuga ko atazi uko ibi bikoresho byibwe.

    source https://webrwanda.com/Nyabihu:_Abajura_binjiye_muri_ADEPR_Kora_batwara_ibikoresho_by’urusengero_1591218532542708.html