Tag: Trending

  • Videwo Yerekana Umukobwa Yakubiswe nabagore , bamutegeka kubasoma ibirenge #RwOT #Rwanda #CORONIL

    Iyi videwo yerekana umukobwa afashwe umusatsi mugihe abandi bagore babiri bari bamukubise
    urushyi mumaso no mumutwe hagati, bamusaba ko yasoma kimwe mubirenge byabo.

    Mu maso h’umukobwa bigaragara ko yakubiswe cyane, bikagaragaza ko gukubitwa nabyo byabaye mbere yuko amashusho atangira gufatwa

    Source : Twitter.com

  • Trump yise Coronavirus “Kung flu” ashaka kuninura u Bushinwa #RwOT #Rwanda #SEVENTEEN_LeftnRight


    Perezida Donald Trump yise Coronavirus “Kung flu”, izina rishya yayihaye
     ashaka kumvikanisha ko ari virus yakomotse mu Bushinwa, imvugo ikomeje 
    kunengwa n’abantu benshi ko ihembera ibikorwa by’ivangura.
    Icyorezo cya Coronavirus kimaze guhitana abantu bagera ku bihumbi 119 muri Leta 
    Zunze Ubumwe za Amerika. Mu bikorwa bya mbere kuva aho iki cyorezo cyibasiye
     igihugu cye byo kwiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora 
    ateganyijwe mu Ugushyingo, byabereye mu Mujyi wa Tusla muri leta ya Oklahoma, 
    ababishinzwe batanze udupfukamunwa mu bantu bari bitabiriye ariko bake nibo 
    batwambaye.
    Trump yanenzwe ku bwo guhuriza abantu benshi hamwe muri stade ku buryo bishobora
     gukwirakwiza Coronavirus. Yavuze ko impungenge zagizwe kuri iki gikorwa zari 
    zikwiye kuba zaranagizwe ku myigaragambyo yadutse mu gihugu mu minsi 
    ishize yamagana ubugizi bwa nabi bwa polisi kuko ngo nayo yahuruzaga abantu 
    benshi.
    Ati “Ntushobora kubumva bavuga ngo ntabwo bambaye udupfukamunwa.”
    Ni mu gihe ubushakashatsi bwakunze kugaragaza ko haba hari amahirwe menshi 
    kuba abantu bari ahantu hamwe hafunganye bashobora kwandura Coronavirus kurusha 
    abari hanze.
    Trump yakomeje avuga ku ijambo Covid-19, risobanura Coronavirus Disease 2019, 
    rikoreshwa nk’impine y’agakoko gatera iyi ndwara ka SARS-CoV-2. Yavuze ko ari 
    izina ryahawe iyi virus rigakwira ku Isi hose mu kwirinda kuyita virus y’Abashinwa.
    Ati “Ni icyorezo gifite amazina menshi, gifite amazina menshi kurusha ibindi 
    byorezo mu mateka. Nacyita Kung Flu. Natanga amazina 19 atandukanye.”
    Kung Flu, izina rishya Trump yahaye Covid-19, rininura u Bushinwa busanzwe 
    bufite imirwano ishingiye kuri gakondo yitwa Kung fu.

    source : igihe.com

  • KIMENYI YVESS YAHAYE UMUKUNZI WE IMPANO MUYANGO CLOUDINE IBYISHIMO BYAMURENZE:AMAFOTO>>> #rwanda #RwOT

    Couple ya Miss Muyango Claudine na Kimenyi Yves iri muri couple zigezweho muri Showbiz Nyarwanda muri iki gihe, iyi couple rero ikaba idahwema kugaragaza ko urukundo rwabo ruhagaze bwuma doreko kuri ubu banibanira mu nzu imwe nk’umugore n’umugabo.
    Uyu munsi rero Muyango akaba yirirwanye ibyishimo bisanzwe abitewe n’impano Kimenyi yamuguriye.
    Nkuko bigaragara muri video yasangije abafana be kuri Snapchat, Muyango akaba yaguriwe n’umukunzi we amapantalo atandukanye. Iyi impano ikaba yamushimishije cyane nkuko yakomeje kugenda abigaragaza kuri snapchat.
    POSTED BY KABANDA JOSEPH KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV
  • Insengero zahawe icyizere cyo gukomorerwa mu minsi 15 iri imbere

    Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ku wa Kabiri tariki 16 Kamena 2020, yahaye icyizere insengero cyo kongera gufungura mu minsi 15 iri imbere, nyuma y’amezi atatu zidasengerwamo kubera ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus.
  • Coronavirus: Ibikorwa by’ubukerarugendo no gushyingirwa mu nsengero byakomorewe

    Inama y’Abaminisitiri yafashe ingamba zinyuranye zigamije gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus zirimo ko ibikorwa by’ubukerarugendo bisubukurwa ndetse imihango yo gushyingirwa mu nsengero ikaba yemewe ariko ikitabirwa n’abantu batarenze 30.
  • Menya impamvu abagabo batinya kurongora abagore beza ariko bakishimira gusambana nabo:INKURU

    Mu by’ukuri iyo urebye impande n’impande uhasanga abakobwa beza (basa neza banateye neza urebeye inyuma (Physical appearance)), bamwe muri bo babifata nk’umugisha bagize bakanashimira Imana yabaremye basa neza nkuko babyifuza bakaba abantu b’ibitangaza muri sosiyete bahiga abandi mu bwiza. Gusa ni ibintu bigaragararira abantu bose ko abagore beza bakunze kubura abagabo.

    Bimaze kumenyerwa ko abagabo bakundana n’abagore beza bagakunda gusohokana, gutembereana, bagasura inshuti bari kumwe ariko ugasanga umubano wabo ushingiye kugirana ibihe byiza gusa ntibabe babarongora ngo babe ba mama wabana babo

    Ushobora kwemeranya nanjye cyangwa ntitwemeranye ariko nzi neza ko waba warabonye umusore cyangwa umugabo wakundanye n’umukobwa mwiza igihe kirekire, umukobwa akizerako ariwe bazabana, ariko ku buryo butunguranye umukobwa wa musore bari bamaze igihe bakundana ashakanye nundi kandi utari mwiza nkawe (ku isura no mu miterere igaragara inyuma).

    Ibi bikunda gusigira ibikomere byinshi abakobwa, abandi bagahitamo kuzibukira kubaho bakabaho ntanshuti, abandi bakaguma gukunda bakabifata nkaho nta bukwe bukibaho.

    Ubushakashatsi bwerekana ko abagabo cyangwa abasore bahitamo gukundana n’abakobwa beza cyane igihe kinini bakabakoza icyo bashaka cyose ariko nyuma bakabata bakishakira abandi. Binavugwa ko iyi myumvire itari ku bagabo gusa kuko n’abakobwa beza cyane bazi kandi bizera ko abagore beza bakunda kubata bakajya kubana n’abandi.

    Iyo bije ku mubano w’abasore n’inkumi, akenshi umukobwa ashaka umusore mwiza ushinguuye kandi ukurura abakobwa . Umukobwa iyo mukunda kugirana amakimbirane haba muvugana cyangwa mu butumwa bugufi, mu busanzwe bigargarira abakobwa ko muri mu kuryoshya gusa ariko ntibizera ko muzigera mubana aho abakobwa bavugako iyo mukundanye igihe kinini ari ukuryoshya gusa mu gihe bo baba bashaka abo babana, bakarambirwa bagatandukana nabo bakundana bagahitamo kwigendera bagashaka ababakunda bakabafasha.

    Iyi myitwarire ntabwo abakobwa bakunda kuyakira kubera ko abasore usanga babifata ukundi, abagabo bemera ko aribo bagomba kuba aba mbere mu gufasha abagore ariko abagore bafata iyambere mu gufasha abagabo, bikaba bibi cyane iyo umukobwa ari mwiza cyane abandi bamufata nkaho azajya yifuzwa n’abandi bagabo.

    Kugira ngo wumve ibintu neza abagore bagaragara kandi bateye neza ntabwo ariko baba bari, mu busanzwe umugabo uwari we wese, aba yabakunda ariko iyo ubegereye ukabamenya neza usanga ari agahinda gusa bagatinya kubana nabo, yamara gugasobanukirwa ko ubwiza babuvanye mu mavuta n’imyambaro bambara atari ubwiza nyakuri, akenshi ubwiza bagaragaza ko burahenze, abagabo benshi badafite umutungo ufatika barabatinya bagahitamo kudakundana nabo bagahita bigendera batinya ko bazabakenesha , nubwo ubwoba baba bafite rimwe na rimwe buba budafite ishingiro.

    Bivugwa ko abagore beza bashora menshi kugira ngo base neza kandi bakabikora ashaka guhisha aho batari beza, abagabo benshi bakundanye nabo nyuma bakabata babajijwe impamvu bavuzeko kugendana nabo, kubabona, gukorana imibonano mpuzabitsina bumva bameze neza cyane iyo bari kubonwa nabagenzi babo, ariko kubana nabo nk’umugore n’umugabo bumva badatekekanye, bagatanga ingero bati, “Niba umugore wawe umugabo ufite amafaranga amwifuje mwabana igihe kingana gute? Wahora wishimanye nawe? Nzabasha kumutunga?” Ababajijwe bose bavuze ko abagore beza bahenda udafite amafaranga utabasha kumutunga.

    Abagore beza nabo bizerako abagabo bake batunze aba bagore bavugako bakoresha amafaranga menshi cyane , kuko bene abo bagore bakenera impano, gusohokera ahantu hahenze, impano zihenze, niba ushaka kumutungura ukabikora ubatungurisha impano zihenze bisaba kwikora ku ikofi ngo uhore umunezeza.

    Niba ushaka ko mujyana gufata ifunguro ugomba kumujyana ahantu hahenze kandi hahurirwa nabantu benshi kandi ukamubaza aho yifuza kujya akihitiramo, ugasanga ibyo ubazwa birahenze, bagasobanura ko abasore iyo bakundanye naba bakobwa beza bisa no gutakaza amafaranga bigatuma bacika intege gukangana cyangwa ngo babane nabo.

    Abandi basobanura ko abagore beza baba bashaka umwana umwe cyangwa babairi kugira ngo batazataka imiterere yabo mu gihe abagabo bo baba bashaka abana berenze babiri, binavugwa ko abagore beza ubumenyi bwabo mu guteka ari bucye

    Utitaye no kuri ibi, mukuri usanga abagabo badakunda kubana n’abakobwa bazwi cyane, usanga abasore nta nyota bafitiye abantu bazwi, bakurura abagabo benshi, iyo abasore bashaka abagore bo kurushinga bareba imyitwarire hamwe n’ibindi bitagaragarira inyuma aribyo akundindira uwo mukobwa.

    Inkuru yanditswe na Dr. Chris Mauki kuri Bongo5 ivuga ko akenshi usanga abagabo badakururwa n’abagore bashaka kurebwa igihe cyose, bashaka kumenyekana cyane iyo bari mu bantu benshi, icyo abagabo baba bashaka n’umugore uba wishimye mu rugo , wumva, wajya inama n’uwo bashakanye, washobora guha uburere bwiza abo azabyara, agashimisha abana be n’umuryango we atari uhora yita ku ngoyi n’inzara ze.

    Ujya utungurwa nuko abantu babana n’ubumuga bashyingira buri munsi, bagashyingiranywa n’abakobwa beza, kuki udashyingirwa? N’ubwo bashyingirwa buri munsi, urukundo rugomba kuvomerewa, byaba none cyangwa ejo, adadshyingiwe none bazashyingirwa ejo cyangwa batandukane ejo bongere bashyingirwe

    Ucyeka ko abagabo bashyingiranywa n’abagore batazi icyo bashaka, uzatungurwa nubwo ntacyo atakubwira ko azakurongora, nubwo yiteguye gukundana nawe, ntimuzabana,

    Inama ku bakobwa bagenzi banjye muhindure imyitwarire, imbaraga mukoresha muconga inzara n’ingoyi muzikoreshe muhindura imico n’imyitwarire

    Posted by uwineza vanessa kuri Rwandapaparazzi.rw/tv

     2 total views,  2 views today

    The post Menya impamvu abagabo batinya kurongora abagore beza ariko bakishimira gusambana nabo:INKURU appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/16/menya-impamvu-abagabo-batinya-kurongora-abagore-beza-ariko-bakishimira-gusambana-naboinkuru/

  • Amakuru Adafite Ivumbi,Uwo Shaddy boo yahaye urukundo yakundaga Meddy Saleh Nguyuuu:AMAFOTO>>

    Mu minsi ishize nibwo Shaddyboo abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram yasabye abafana be kumubaza ibibazo byose bifuza ndetse nawe avuga ko nta kabuza yiteguye kubasubiza. Umwe mu bafana be yamubajije abantu 5 akunda kurusha abandi mu buzima bwe, niho yavuzemo umuhanzi Shaffy, uyu akaba ari umusore w’umunyarwanda ubu muri leta zunze ubumwe za Amerika.

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW.RW/TV

     60 total views,  60 views today

    The post Amakuru Adafite Ivumbi,Uwo Shaddy boo yahaye urukundo yakundaga Meddy Saleh Nguyuuu:AMAFOTO>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/16/amakuru-adafite-ivumbiuwo-shaddy-boo-yahaye-urukundo-yakundaga-meddy-saleh-nguyuuuamafoto/

  • Perezida Kagame yategetse ko amabendera y’u Rwanda yururutswa bakunamira Nkurunziza

    Birakorwa uhereye none tariki 13 Kamena 2020 kugeza igihe Pierre Nkurunziza azashyingurirwa. Itariki Perezida Nkurunziza azashyingurirwaho ntabwo iratangazwa.

    Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta nawe yaraye atangaje atangaje ko guhera uyu munsi tariki 13 Kamena 2020 amabendera yose ya Kenya, iry’umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’amabendera ya Kenya ari muri za Ambasade zayo yururutswa mu rwego rwo kunamira Perezida Nkurunziza.

    Perezida Kagame yagize ati “Dukomeze kwifatanya n’Abarundi bose, n’umuryango wa Nyakwigendera muri ibi bihe bitoroshye”.

    Perezida Nkurunziza yapfuye tariki 9 Kamena 2020. Guverinoma y’ u Burundi itangaza ko yazize indwara y’umutima.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/Perezida-Kagame-yategetse-ko-amabendera-y-u-Rwanda-yururutswa-bakunamira-Nkurunziza

  • Dosiye ya Minisitiri Evode Uwizeyimana yarashyinguwe, iya Munyakazi ikomeje gukorwaho iperereza

    Ibi byatangajwe n’umuvugizi w’ ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda, Nkusi Faustin aho yavuze ko Evode n’umugore yakubitiye mu ruhame biyunze.

    Nkusi yatangarije Royal Fm dukesha iyo nkuru ko hakurikijwe amategeko impande zombi zahisemo kumvikana kandi nta ntambwe n’imwe yirengagijwe mu byo itegeko riteganya.

    Agira ati “Dosiye twayifatiye icyemezo byararangiye. Impande zombi nk’uko biteganywa n’ingingo ya 24 y’itegeko imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha….Evode n’uwari bahohotewe bahisemo kumvikana… ibyo byarakozwe bamaze kumvikana…..bimaze gukorwa nta kindi twari gukora uretse ko twafashe icyemezo cyo kuba tuyishyinguye kuko ibyo ng’ibyo byubahirijwe.”
    Evode Uwizeyimana yeguye ku mwanya w’ Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko mu kwa kabiri uyu mwaka, nyuma y’iminsi itatu avuzweho guhohotera umugore wari mu kazi ko gusaka abinjira mu nyubako ya Grande Pension Plaza mu mujyi wa Kigali.
    Ku bijyanye na dosiye ya Dr Isaac Munyakazi wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Nkusi avuga ko igikurikiranwa, bakaba bakomeje iperereza ryabo.
    Dr Munyakazi ashinjwa kuba yarakiriye ruswa y’ibihumbi 500, agakura ishuri mu mwanya yo hejuru ya 100, akarishyira mu mashuri mu mashuri 10 ya mbere mu gihugu.
    Ishuri Petit Seminaire Saint Jean Paul II rifite gihamya ko ryariganyijwe rikurwa mu bigo 10 bya mbere mu Rwanda, ariko ishuri ryakuwe mu bigo byo hejuru ya 100 kigashyirwa mu 10 bya mbere ntabwo kiramenyekana.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Dosiye-ya-Minisitiri-Evode-Uwizeyimana-yarapfundikiwe-iya-Munyakazi-ikomeje-gukorwaho-iperereza

  • Yamakuru acukumbuye turayazanye umugabo Gitifu yasambanyirizaga Umugore Dore ibyo yavuze bikomeye:INKURU

    Umugabo ufite umugore ukora mu biro by’umurenge wa Nyamirambo yavuze ko uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu murenge yamusambanyirizaga umukozi, avuga ko iki kibazo yakigejeje ku nzego bireba ndetse ko afite ibimenyetso by’ibyo avuga.

    Uyu mugabo avuga ko ikibazo yakigejeje ku buyobozi bw’akarere ka Nyarugenge ndetse agaha n’ibimenyetso. Mutuyimana Gabriel wari Umunyababanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamirambo yamaze gusezera kuri uyu mwanya avuga ko asezeye ku mpamvu ze bwite.

    Ku mbuga nkoranyambaga muri iyi minsi hari gukwirakwira ijwi bivugwa ko ari irya Mutuyimana ari gutereta umugore w’uyu mugabo, amwiginga ngo amuhe umwanya basambane ni uko atabivuga mu buryo bweruye.

    Uwasambanyirizwaga umugore ikifuzo cye ni uko Mutuyimana Gabriel yakurikiranwa n’amategeko kuko gusezera ku kazi bidahagije kuko ashobora kuba yaragasezeye kubera isoni, ati “Isoni si igihano”.

    Uyu mugabo avuga ko akomeje kubana n’umugore we kuko ngo ntabwo yakwanga umugore we kuko ngo ibigaragara umugore yashutswe n’umuyobozi we.

    Akomeza avuga ko kuri ubu agendana ubwoba akeka ko Mutuyimana Gabriel ashobora kumugirira nabi.

    Uyu mugabo avuga ko umugore akira kumenya ko ikibazo cyamenyekanye yahunze urugo ariko Umuyoboz Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge afasha uyu muryango, bituma uyu mugabo ababarira uyu mugore, aramuhamagara amusaba kugaruka mu rugo.

    Ati “Kubera izo nama nagiriwe, ninjye wamuhamagaye nti ngwino unsabe imbabazi nguhe imbabazi, aratinyuka”.

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     146 total views,  146 views today

    The post Yamakuru acukumbuye turayazanye umugabo Gitifu yasambanyirizaga Umugore Dore ibyo yavuze bikomeye:INKURU appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/10/yamakuru-acukumbuye-turayazanye-umugabo-gitifu-yasambanyirizaga-umugore-dore-ibyo-yavuze-bikomeyeinkuru/