The public health response to the new coronavirus continues to evolve rapidly, with states shutting down schools, restaurants, bars, vacation places, and even elections. At the same time, the nation’s capacity to test individuals continues to steadily ramp up. This has led some people asking, “Why don’t we do what South Korea does and just test anyone?”



Ku wa gatandatu, tariki ya 4 Nyakanga, Kanye West yatangaje ko yiyamamariza kuba perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika akazahangana na Perezida Donald Trump na Joe Biden. Ati: “Tugomba noneho kumenya amasezerano ya Amerika twizeye Imana, duhuza icyerekezo cyacu kandi twubaka ejo hazaza. Ndimo kwiyamamariza kuba perezida wa Amerika!


Irene Uwoya [Oprah], wahoze ari umugore wa nyakwigendera Ndikumana Hamadi Katauti wakiniraga Amavubi, avuga ko abantu muri iyi bamubangamiye cyane kuri murandasi bitewe n’amagambo amukomeretsa bakomeje kumubwira.
Ibi yabitanaje ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru IJUMAA cyo muri Tanzania, aho uyu mukinnyi wa filime muri Tanzania avuga ko bantu muri iyi minsi bamutangaza cyane kuko ngo hari abatuma abaha agaciro bitewe n’amagambo ababaje bakomeza kumubwira.
Yagize ati“abantu benshi muri iyi minsi barambabaza pe! Baba bavuga ngo mfite amagambo menshi. Ukuri ni bo banyigishije kuvuga kuko nta myitwarire yo kuvuga ku bantu nagiraga, bahora bankurikirana kuko bazi ubwoko bwanjye, uko nteye ko nibamvuga ntari buceceke. Birambabaza cyane mu nukuri.”
Irene Uwoya akaba avuga ko yafashe umwanzuro wo kutazigira ikintu na kimwe yongera kuvuga, n’ubwo yajyaga avuga bitewe n’uko yacokojwe, ariko ngo uko byaba bimeze kose ubu yafashwe umwmanzuro wo kwicecekera.

Bruce Melody ni umwe mu bahanzi nyarwanda bakomeye cyane kandi bakunzwe n’abantu batari bake muri iki gihe, uyu musore rero kimwe mu bintu bituma abafana bamukunda akaba ari udukoryo dukunze ku muranga cyane cyane muri interview zitandukanye agenda akora.
Ku munsi w’ejo ubwo yaganiraga na Isibo Tv, Umunyamakuru wayo ariwe Irene ikaba yaramubajije ikibazo gikakaye ku mukobwa wigeze kumushinja ku mutera inda mu mwaka wa 2015 ndetse amubaza niba hari amakuru afite ku mwana uwo mukobwa yamushinjaga ko ari se.

Mu kumusubiza, Bruce akaba yabanje atumiza list y’abanyamakuru akorana nabo nuko maze Irene agira ubwoba aziko agiye guhita amumerera nabi cyane, gusa List ihageze Bruce akaba yayifashe areba aho Irene yanditse n’amafaranga ahembwa maze asaba ko yakongezwa ibihumbi 50 (50 000Frw) ku mushahara we.
Hagti aho Bruce akaba yemeza ko uwo mukobwa yamubeshye ndetse ko yamusabye ko bakora ibizamini byo kwa muganga bizwi nka DNA Test maze uwo mukobwa akanga.
Miss Kayibanda Mutesi Aurore ni umwe muri Ba Miss Rwanda beza u Rwanda rwagize ndetse abenshi banavuga ko uyu mukobwa ariwe Miss w’ibihe byose babihereye ku bwiza bw’uyu mukobwa. Kuri ubu Miss Aurore ntakibarizwa i Rwanda asigaye yibera muri leta zunze ubumwe za Amerika. Hano twabakusanyirije amafoto 10 agaragaza ubwiza bw’uyu Nyampinga wambitswe ikamba ry’ubwiza, ubwenge n’umuco nyarwanda mu mwaka wa 2012.









Bimaze kuba nk’akamenyero ko Abanyarwanda bamaze kugira ubushobozi bw’amafaranga, mu bitekerezo byabo hahita hazamo no kubaka inzu zo guturamo.
Abahanzi iyo baririmba turanezerwa cyane, abakinnyi batsinda ibitego tugafatikanya kubyishimira (celebration), nyamara ntitumenye aho ibi byamamare dukunda bitaha.
Muri iyi nkuru, turakugezaho amafoto y’inyubako za bamwe mu bakinnyi mu mikino itandukanye, baba abakina hano mu Rwanda n’abakina hanze yarwo, ndetse n’amafoto y’inzu za bamwe mu bahanzi (abaririmbyi) b’Abanyarwanda.
Inyinshi muri izo nyubako ntizubatse mu mujyi wa Kigali, bivuze koi bi byamamare bidakunda gutura rwagati mu mujyi, ahubwo byahisemo kwiturira mu nkengero cyangwa mu yindi mijyi yunganira uwa Kigali.
Abakinnyi
1. Umunyezamu Ndayishimiye Jean Luc (Bakame)
Iyi ni yo nzu Bakame n’umuryango we babamo
Uyu mugabo ukinira ikipe ya AS Kigali nk’umunyezamu, ari mu bakinnyi bafite inzu z’akataraboneka.
Kwa Bakame
Bakame kandi ni n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, akaba yaranakiniye andi makipe ya hano mu Rwanda nka Rayon Sports, APR FC, n’andi.
2. Haruna Niyonzima
Inyubako ya Haruna Niyonzima
Haruna Niyonzima, ubusanzwe ni muramu wa Bakame, kuko Bakame yashakanye na mushiki wa Haruna.
Aba bombi batuye mu gace kamwe, ndetse inzu zabo ziregeranye. Haruna ubu akinira ikipe ya AS Kigali nk’umukinnyi ukina hagati. Ni umukinnyi kandi w’ikipe y’igihugu Amavubi, ndetse akanayibera kapiteni (captain).
Kwa Haruna Niyonzima
Ni umwe mu bakinnyi bafatiye runini ikipe y’igihugu Amavubi. Na we yamaze kuzuza inzu ye nziza hafi y’iya muramu we Bakame.
3. Hakizimana Muhadjiri
Inyubako ya Muhadjiri Hakizimana
Hakizimana Muhadjiri, ubusanzwe we avukana na Haruna Niyonzima. Birumvikana ubwo na we ni muramu wa Bakame.
Muhadjiri ubu umukinnyi mpuzamahanga, ukinira ikipe ya Emirates Football Club yo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu.
Kwa Muhadjiri
Uyu rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, na we afite inyubako y’akataraboneka hafi y’aho mukuru we Haruna Niyonzima na muramu we Bakame bubatse.
4. Bizimana Djihad
Inzu ya Djihad Bizimana
Bizimana Djihad, ni umukinnyi mpuzamahanga ukina mu bataha izamu mu ikipe ya Waasland-Beveren yo mu gihugu cy’u Bubiligi, yagiyemo avuye muri APR FC.
Ubusanzwe ni mwishywa wa Haruna Niyonzima na Hakizimana Muhadjiri, kuko aba ba bamubereye ba nyirarume kuko bavukana na nyina umubyara.
Uyu musore ukinira n’ikipe y’igihugu Amavubi, na we afite inzu y’agatangaza hafi y’aho babyara be (Haruna na Muhadjiri) ndetse na muramu we Bakame bubatse.
5. Jacques Tuyisenge
Inzu ya Jacques Tuyisenge
Uyu rutahizamu w’ikipe ya Petro Atletico de Luanda muri Angola, na we ni umwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru bamaze kuzuza inzu z’akataraboneka hano mu Rwanda.
Tuyisenge ni n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi.
6. Areruya Joseph
Inyubako ya Areruya Joseph
Areruya Joseph ni umukinnyi w’umukino w’amagare wabigize umwuga. Yegukanye Tour du Rwanda yo muri 2017.
Uretse gutwara Tour du Rwanda 2017, yatwaye Tour de l’Espoir 2018, na La Tropicale Amissa Bongo 2018, bimuhesha amahirwe yo kwerekeza mu ikipe ya Delko Marseille Province yo mu Bufaransa.
Uyu musore na we ni umwe mu bakinnyi bafite inyubako nziza hano mu Rwanda.
Abahanzi (Abaririmbyi)
1. Ama G The Black
Kwa Ama G The Black
Ama G The Black, ni umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bamaze kwiyubakira inzu zigezweho.
Uyu mugabo aririmba injyana ya Hip Hop, akaba umwe mu bahanzi bakunzwe hano mu Rwanda.
2. Butera Knowless na Ishimwe Clement
Kwa Ishimwe Clement na Butera Knowless
Uyu muryango w’abahanzi (umuririmbyi n’utunganya imiziki- producer), na wo utaha mu nyubako nziza cyane.
3. Platini (Dream Boys)
Inyubako ya Platini wo muri Dream Boys
Nemeye Platini ubarizwa mu itsinda rya Dream Boys, na we ni umwe mu bafite inzu nziza. N’ubwo itaruzura neza, ariko bigaragarira amaso ko izaba ari inzu y’igitangaza.
4. TMC (Dream Boys)
Inyubako ya TMC
Mujyanama Claude uzwi nka TMC, na we abarizwa mu itsinda rya Dream Boys, akaba na we ari umwe mu bahanzi bafite inzu nziza.
Inzu ye yegeranye neza n’iya mugenzi we babana mu itsinda rya Dream Boys
5. Tom Close
Kwa Tom Close
Dr. Muyombo Thomas uzwi ku izina rya Tom Close muri muzika, na we ni umwe mu bahanzi bafite inzu nziza.
SOURCE: KIGALITODAY
http://dlvr.it/RZxd5N