Skip to content

Webrwanda Backend

    • Sample Page

Tag: Trending

  • Coronavirus – DR Congo: Bagiye mu mihanda bishimira ikurwaho ry’ibihe bidasanzwe #Rwanda #RwOT

    RDC : Scènes de liesse au siège du MLC à Kinshasa après l ...

    Amatsinda y’abantu muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo yaraye yigabije imihanda yo mu murwa mukuru Kinshasa, mu kwishimira ko Perezida Félix Tshisekedi atangaje ko igihe cy’amezi ane cy’ibihe bidasanzwe kirangiye.


    Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo y’igihugu, Perezida Tshisekedi yanatangaje ingengabihe y’ukuntu ibikorwa by’ubukungu bizagenda bisubira mu buryo gahoro gahoro, harimo no gufungura amabanki, amaduka, za ‘restaurants’ n’utubari, guhera kuri uyu wa gatatu.
    Gutwara abantu n’ibintu, guhurira ahantu ha rusange, inama n’ibikorwa by’iminsi mikuru nabyo byahawe uruhushya.
    Amashuri, za kaminuza n’ibindi bigo by’uburezi byatangajwe ko bizafungura imiryango ku itariki ya gatatu y’ukwezi gutaha kwa munani.
    Ni mu gihe insengero, ibibuga by’imikino, ibibuga by’indege n’imipaka ihuza DR Congo n’ibindi bihugu byo bizafungurwa ku itariki ya 15 y’ukwa munani.

    Ibihe bidasanzwe muri DR Congo byari byashyizweho ku itariki ya 24 y’ukwezi kwa gatatu ubwo umubare w’abanduye wari urimo kwiyongera bikomeye.
    Mu mibare yatangajwe y’ubwandu bushya yo mu byumweru bibiri bishize, hagaragaye igabanuka ry’abandura iki cyorezo muri iki gihugu.
    Kugeza ubu muri DR Congo hamaze gutangazwa abantu 8,543 banduye Covid-19, muri bo 196 yarabishe, nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins ibigaragaza.
    Iyi virusi imaze kugera mu ntara 14 muri 26 zigize DR Congo (intara 25 n’umujyi wa Kinshasa nawo ufatwa nk’intara), kuva ku itariki ya 10 y’ukwa gatatu ubwo umurwayi wa mbere yatangazwaga.
    Perezida Tshisekedi yavuze ko ingamba zo kwirinda coronavirus – zirimo nko guhana intera hagati y’umuntu n’undi ndetse no kwambara agapfukamunwa mu gihe uri ahari abandi bantu – zikomeje.

    Source : BBC

    July 24, 2020
  • Who do you think would make a better candidate for the democratic party? Ye vs Joe Online Poll #RwOT #Rwanda

    In this twitter poll, Who do you think would make a better candidate for the democratic party?

    Kanye West vs Donald Trump vs Joe Biden: Rapper to run for US ...

    Ye or Joe?

    — webrwanda (@webrwanda) July 24, 2020

    July 24, 2020
  • Perezida Donald Trump Yashishikarije abatuye isi kw’ambara agafukamunwa #RwOT #Rwanda

    Source Twitter

    Ibi yabitangarije kuri Twitter aho yavuze ati :

    Image

    We are United in our effort to defeat the Invisible China Virus, and many people say that it is Patriotic to wear a face mask when you can’t socially distance. There is nobody more Patriotic than me, your favorite President! pic.twitter.com/iQOd1whktN

    — Donald J. Trump (@realDonaldTrump) July 20, 2020

    July 20, 2020
  • NAPO has endorsed President Trump in his reelection campaign #RwOT #Rwanda

    Image

    July 16, 2020
  • Ibishusho bya Bikira Mariya byatwitse kandi byangiza i Boston na New York #RwOT #Rwanda

    The vandalised statue of the Virgin Mary outside the Saint Peter's Parish church in Dorchester, Boston: (NBC10)

    Mu mpera z’icyumweru gishize, amashusho abiri ya Bikira Mariya yangijwe i Boston na New York.

    Ku wa gatandatu, abayobozi barimo gukora iperereza ku byabereye hanze y’itorero rya Paruwasi ya Mutagatifu Petero i Dorchester, i Boston, ku wa gatandatu n’ishuri ryitegura rya Cathedrale na Seminari i Elmhurst, Queens, New York, ku wa gatanu.

    Ku mugoroba wo ku wa gatandatu, abapolisi bahamagariwe mu rusengero rwa Paruwasi ya Mutagatifu Petero nyuma y’indabyo za pulasitike zashyizwe kuri iki gishushanyo.

    Iki gishushanyo cyangiritse ku bimenyetso byo gutwika mu maso, ku biganza no ku biganza, kandi Padiri John Currie, akaba ari umushumba w’iryo torero, yavuze ko uko yitwaye aya makuru ari “agahinda. . Ishusho yacu y’umudamu wacu ni ingenzi kuri twe mu kwizera kwacu. ”

    Pasiteri yabwiye CBS Boston ko umuntu wangije iki gishushanyo “bigaragara ko ari umuntu wahungabanye, umuntu ufite ibibazo byinshi, n’umutima ufite ibibazo.”

    Source : Yahoo news

    July 14, 2020
  • Ubutumwa bwa Melania Trump Umugore wa Perezida Donald Trump Mu kw’irinda COVID-19 #RwOT #Rwanda

    61 Hot Pictures Of Melania Trump Will Make Your Life Great ...

    Ubutumwa bwa Melania Trump Umugore wa Perezida Donald Trump Mu kw’irinda COVID-19 #RwOT #Rwanda

    A reminder of some practical ways to keep our families safe and healthy. pic.twitter.com/vLWGMLgXFD

    — Melania Trump (@FLOTUS) April 28, 2020

    July 14, 2020
  • 14 juillet – Incident pendant la Marseillaise, des ballons et une banderole se sont envolés depuis un immeuble contre le Président Macron – #Rwanda #RwOT

    Une cérémonie du 14 juillet version Covid, honneur aux armées et aux soignants
    14 juillet – Incident pendant la Marseillaise, des ballons et une banderole se sont envolés depuis un immeuble contre le Président Macron – #Rwanda #RwOT

    Incident pendant la Marseillaise, des ballons et une banderole se sont envolés depuis un immeuble contre le Président. “L’économie nous coûte la vie” et “derrière les hommages Macron asphyxie l’hôpital”.

    close
    volume_off
     

    July 14, 2020
  • Perezida wa Mali yokejwe igitutu n’abigaragambya asesa urukiko rw’Itegeko Nshinga #rwanda #RwOT

    By Umwanditsi
    Ibrahim Boubacar Keita, Perezida w’Igihugu cya Mali kuri uyu wa Gatandatu Tariki 11 Nyakanga 2020 yaraye atangaje iseswa ry’urukiko rw’Itegeko Nshinga. Arabikora mu rwego rwo kugerageza guhosha imidugararo/imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Nyakanga 2020 ikicirwamo abantu bane. Ni imyigaragambyo ishyigikiwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.
    Perezida Keita, yavuze ko atazihanganira urugomo nk’urwo. Urwo rukiko rumaze igihe ari rwo ntandaro yo kutavuga rumwe nyuma yaho mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka wa 2020 ruteshereje agaciro ibyavuye mu matora y’abadepite.
    Hakomeje kwiyongera umubare w’abasaba ko Perezida Keita yegura ku butegetsi. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, ntabwo bishimiye uko akomeje kwitwara mu guhangana n’ikibazo cy’umutekano mucye uterwa n’imitwe y’intagondwa zigendera ku mahame akaze y’idini ya kisilamu, ubukungu bujegajega ndetse n’ayo matora ataravuzweho rumwe.
    Urugaga rushya rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ruyobowe n’umukuru wo mu idini ya isilamu, Imam Mahmoud Dicko, muri iki cyumweru rwavuze ko rwaretse ubusabe bwarwo bwuko Perezida Keita yegura ku butegetsi.
    Ariko urwo rugaga ruracyashimangira ko hakorwa andi mavugurura, nyuma yo kwanga ibyo Perezida Keita yemeye birimo no gushyiraho leta y’ubumwe.
    Imyigaragambyo yarakomeje ejo ku wa gatandatu mu murwa mukuru Bamako.
    Ni iki gishyashya muri Mali?
    Mu ijambo yavugiye kuri televiziyo y’igihugu ejo kuwa Gatandatu nimugoroba nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, Perezida Keita yagize ati: “Nafashe icyemezo cyo gukuraho impushya z’akazi ku bari basigaye bagize urukiko rw’itegekonshinga”.
    Akomeza ati “ Iri seswa ry’urukiko rizatuma mu cyumweru gitaha dushobora gusaba abategetsi bireba kugena abarugize bashyashya kugira ngo urwo rukiko ruvuguruye rushobore kudufasha byihuse mu kubonera ibisubizo ibibazo byatewe n’amatora y’abadepite”.
    Abategetsi bavuga ko abantu bane ari bo bapfiriye mu myigaragambyo mu murwa mukuru Bamako ku wa gatanu.
    Avuga mbere yaho kuri uwo munsi w’ejo ku wa gatandatu, Minisitiri w’intebe Boubou Cissé yavuze ko we na perezida biteguye ko habaho ibiganiro ndetse asezeranya ko “vuba cyane” agiye gushyiraho leta ihuriwemo na bose.
    Yabwiye radio mpuzamahanga y’Ubufaransa (RFI) ati: “Nzashyiraho leta ifite intego yo gukorana n’uwo ari we wese mu gucyemura imbogamizi ziriho muri iki gihe”.
    Ariko ibyo byabaye mu gihe urugaga rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi rwavuze ko inzego z’umutekano zafunze babiri mu bayoboye imyigaragambyo ari bo Choguel Kokalla Maïga na Mountaga Tall.
    Issa Kaou Djim, undi mukuru w’abigaragambya, we yatawe muri yombi ku wa gatanu.
    Ikindi, Nouhoum Togo, umuvugizi w’urwo rugaga, yavuze ko inzego z’umutekano “zaje zitera kandi zisahura ibiro bikuru byacu”.
    Ku mugoroba w’ejo ku wa gatandatu, abanyamakuru bavugaga ko umurwa mukuru Bamako urimo ubushyamirane, abigaragambya bafunze imihanda myinshi. Ariko umubare w’abitabiriye imyigaragambyo y’ejo wari muto ugereranyije n’abitabiriye iyo ku wa gatanu, yari yatumye radio na televiziyo by’igihugu bihagarika gukora.
    Kuki aba bantu bari kwigaragambya?
    Iyi ni imyigaragambyo ya gatatu ibayeho kuva mu kwezi gushize kwa gatandatu. Imyigaragambyo yatangiye nyuma yaho urugaga rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi rwangiye ibyemewe na Perezida Keita bigamije gusoza amakimbirane muri politike yatewe n’amatora y’abadepite ataravuzweho rumwe yabaye mu kwezi kwa gatatu.
    Muri iki cyumweru, urwo rugaga rwatangaje ko rwaretse ubusabe bwuko Perezida Keita yegura ku butegetsi. Ariko ntibyarubujije gutumiza iyi myigaragambyo kuko ruvuga ko rushaka ko habaho andi mavugurura.
    Mu mwaka wa 2018, Keita yatsindiye manda ya kabiri y’imyaka itanu, ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bakomeje kutamworohera kubera kwiyongera k’urugomo rukorwa n’imitwe y’intagondwa zigendera ku mahame akaze y’idini ya kisilamu ndetse n’ubukungu bwazahaye.
    Munyaneza Theogene / intyoza.com
    July 13, 2020
  • Israhel/Coronavirus: Ibihumbi by’abigaragambya bakamejeje bashinja Leta kubabeshya #rwanda #RwOT

    By Umwanditsi
    Abanya-Israel babarirwa mu bihumbi bigabije imihanda mu myigaragambyo mu murwa mukuru Tel Aviv kuri uyu wa 11 Nyakanga 2020. Baramagana Leta bavuga ko yababeshya imfashanyo mu gihe cya gahunda ya“ Guma mu rugo”. Bavuga ko bari mu mibereho mibi iterwa n’ingaruka zikomeye z’ubukungu bwifashe nabi zatewe n’uburyo bubi Leta iri guhanganamo n’iki cyorezo cya coronavirus.
    Agace ka Rabin Square rwagati muri Tel Aviv kari kakubise kuzuye abigaragambya biganjemo urubyiruko bambaye udupfukamunwa, ariko badakurikiza amabwiriza yo guhana intera.
    Bavuga ko ingurane y’amafaranga Leta yaberemeye muri ibi bihe badakora kubera ingamba zo kwirinda coronavirus yatinze kubageraho. Iyo myigaragambyo y’ejo ku wa gatandatu yateguwe n’abakora ubucuruzi buciriritse, abikoresha ku giti cyabo ndetse n’amatsinda y’abahanzi.
    Benshi mu banya-Israhel nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, bari kugirwaho ingaruka zikomeye kubera ubukungu bwifashe nabi muri iki gihe. Ndetse barakajwe n’ingamba zo kurwanya coronavirus zatumye uburyo bakuragaho imibereho buhagarara. Bavuga ko amafaranga y’ingoboka bemerewe na Leta batarayahabwa.
    Benshi muri Israel bari kugirwaho ingaruka no kuba ubukungu bwifashe nabi.
    Mu gihe abakozi bakorera umushahara hari ubufasha babona ku kazi muri iki gihe badakora, abikoresha ku giti cyabo bo bavuga ko benshi muri bo bamaze amezi bategereje imfashanyo Leta yabasezeranyije.
    Michal Gaist-Casif, visi-perezida muri kompanyi ikora ibyo gutanga indangururamajwi n’urumuri mu bitaramo, yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ati: “Nkoresha abakozi 40 badafite ahandi bakura imibereho, nta mafaranga ariho. Ducyeneye ko Leta imenamo amafaranga kugeza twongeye gusubira mu bihe bisanzwe [by’imikorere]”.
    Akomeza ati: “Tumaze igihe tudakora guhera hagati mu kwezi kwa gatatu kugeza mu kwa kane, ukwa gatanu, ukwa gatandatu n’ukwa karindwi, kandi ukwa munani gusa nk’ukuzatubera akaga”.
    “Ubushomeri bwariyongereye”
    Ku wa gatanu tariki 10 Nyakanga 2020, Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu yagiranye inama n’impirimbanyi baganira ku byo binubira. Ibiro bya Bwana Netanyahu byasubiyemo amagambo ye ababwira ati: “Tuzasohoza ibyo twiyemeje birimo no kwihutisha kuriha aka kanya ibyo dushaka kubaha”.
    Abigaragambya bavuga ko ingurane Leta yabemereye, muri iki gihe badakora kubera coronavirus, ikomeje gutinda kubageraho.
    Hagati mu kwezi kwa gatatu, Israel yashyizeho ingamba zikaze za “Guma mu rugo”, ariko mu mpera y’ukwezi kwa gatanu itangira kuzikuraho. Ubushomeri bwarazamutse bugera ku kigero cya 21%.
    Iki gihugu cyagize ukwiyongera gukomeye k’ubwandu bwa coronavirus, ku wa gatanu habonetse abanduye bashya bagera hafi ku 1,500. Kugeza ubu, abantu barenga 38,000 ni bo bamaze gutangazwa ko banduye coronavirus muri Israel, muri bo 358 yarabishe naho abarenga 18,000 barayikize nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.
    Munyaneza Theogene / intyoza.com
    July 13, 2020
  • Nyuma ya Wema Sepetu, Zari yavuze ihohoterwa ryo mu rugo yakorerwaga #rwanda #RwOT

    Zari Hassan, umuherwekazi w’umugande uba muri Afurika y’Epfo yavuze ko yakorewe ihohoterwa rikorerwa mu ngo kuko yajyaga akubitwa.

    Zari ni umugore w’abana w’abatanu harimo abahungu 3 yabyaranye na Ivan Semwanga witabye Imana muri 2017 bari baranashakanye ndetse n’abandi 2 yabyaranye n’umuhanzi Diamond Platnumz babanaga nk’umugore n’umugabo bakaza gutandukana muri 2018.

    N’ubwo yavuze ko yakorerwaga ihohoterwa ntabwo yigeze yerura avuge uwamukoreye ihohoterwa hagati y’aba bagabo uko ari 2 cyane ko bose yabanye nabo nk’umugore n’umugabo.

    Abinyijije kuri Instagram ye, Zari yavuze ko yahohoterwa ku mubiri ndetse ko byasabye ubutwari bwinshi kugira ngo abirenge.

    Yavuze kandi ko yumvaga ko naramuka atandukanye n’umugabo nta muntu uzamwemera, agirwa inama yo gukomeza kwishima mu mitungo bafite ko wenda igihe kizagera bigahinduka.

    Yagize ati“kenshi nabazwaga impamvu nshaka gusiga imitungo yose nkagenda kandi hari abandi bagore bayikeneye. Niswe igicucu. Ariko ntabwo bari bazi ibirimo kubera inyuma y’amarido. Nkibaza igihe ibi byose bizarangirira, ese ni uwuhe mwanya mwiza wo kuvuga ko bihagije? Nta gihe nyacyo, reka mbabwire byose ni wowe ubitangira.”

    Akomeza avuga ko impamvu benshi bahohoterwa bagaceceka ari uko baba bafite ubwoba bw’uko bari bufatwe cyane ko bamwe baba ari ibyamamare.

    Yagize ati“bisaba imbaraga nyinshi kuvuga ngo ‘ibi birahagije’. Nari nkwiye gutegereza ntavuze ikintu? Tuba dufite ubwoba by’umwihariko icyo abantu bazavuga, wenda bazancira urubanza ko ari njye wabyizaniye kuko twari dufite umubano mwiza. Icyo imiryango yacu izavuga. Ndi icyamamare bizazana icyasha ku izina ryanjye n’ibindi. ”

    Zari avuga ko n’ubwo baceceka bibwira ko bizarangira bidashobora kurangira kandi uko umugore yaba ameze kose yaba ari mwiza cyangwa mubi adakwiye guhohoterwa.

    Zari atangaje ibi nyuma y’abandi bakobwa batandukanye baherutse kuvuga ko ihohoterwa bagiye bakorerwa, abo barimo umukunzi w’umuhanzi Davido, Chioma Avril Rowland. Si uyu gusa kuko na Wema Sepetu na we aherutse gutangaza ukuntu yahohoterwaga n’umuhanzi Diamond Platnumz bakundanaga, uyu muhanzi kandi akaba ari umwe mu babanye na Zari Hassan nk’umugore n’umugabo.

    Zari Hassan yavuze ko ari umutangabuhamya w’ihohoterwa rikorerwa mu ngo

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/nyuma-ya-wema-sepetu-zari-yavuze-ihohoterwa-ryo-mu-rugo-yakorerwaga

    July 12, 2020
←Previous Page
1 … 21 22 23 24 25 … 31
Next Page→

Webrwanda Backend

Webrwanda Backend

  • Blog
  • About
  • FAQs
  • Authors
  • Events
  • Shop
  • Patterns
  • Themes

Twenty Twenty-Five

Designed with WordPress