Tag: Trending

  • Ntitwakwemera ko intego z’Iterambere rirambye ziburizwamo na COVID-19 – Perezida Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko ihagarikwa ry’ibikorwa hafi ya byose muri uyu mwaka wa 2020 kubera kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo Covid-19, ryashubije inyuma izamuka ry’ubukungu bw’isi na SDGs by’umwihariko kugera munsi ya 0%.

    Ubukungu bw’u Rwanda bwari bugeze ku rugero rw’8% mu kuzamuka buri mwaka, bwahise bumanuka kugera munsi ya 2% nyuma ya gahunda ya guma mu rugo.

    Umuryango w’Abibumbye(UN) wahise ushyiraho ibiganiro mu matsinda bihuza ibihugu n’imiryango mpuzamahanga, kugira ngo basuzume uburyo ubukungu bwakongera kuzahuka nyuma y’igihombo cyatewe na Covid-19, u Rwanda rukaba rwaragiye mu itsinda riyoboye ibiganiro hamwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU), u Bwongereza na Fiji.

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kuba muri iri tsinda rifata imyanzuro ihwanye neza neza n’intego z’iterambere rirambye.

    Yagize ati “Gahunda ya 2030(SDGs) ishobora kutagerwaho, ariko ibi ntibivuzeko twakwemera ejo hazaza haciriritse. Dushobora kubaka ibikomeye kandi byiza mu gihe haba hakoreshejwe uburyo bushya bujyanye n’ibibazo bidutegereje”

    “Ibi bisobanura ko hagomba kubaho imyumvire yo gushyira mu bikorwa aho gukomeza gukorera mu buryo busanzweho”.

    Perezida Kagame yasobanuye imyanzuro ine yafatiwe mu itsinda, ikaba igomba kugenderwaho kugira ngo muri 2030 hazagaragazwe umusaruro uhwanye n’uw’Intego z’Iterambere rirambye hamwe n’Amasezero y’i Paris mu Bufaransa yasinywe muri 2016 hagamijwe guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.

    Umwanzuro wa mbere ujyanye no uguteza imbere uburyo bwo kwishakamo ubushobozi bwo gushyigikira gahunda z’Igihugu ziteza imbere ubuvuzi kuri bose, uwa kabiri ukaba uwo gukoresha ikoranabuhanga mu guteza imbere ibikorwa by’ubukungu n’uburezi, hashakwa ibikoresho byabugenewe ndetse na murandasi yihuta.

    Umwanzuro wa gatatu ujyanye n’iterambere ridaheza kandi rikozwe mu mucyo, cyane cyane hagatekerezwa ku bagore n’urubyiruko, uwa kane ukaba uwo kutagira icyiciro cy’abantu basigara inyuma hakoreshejwe uburyo buzamura abafite intege nke.

    Perezida Kagame avuga ko gahunda zijyanye n’imari ari ngombwa cyane kandi imibare y’umusaruro bitanga ikagaragazwa binyuze mu mucyo.

    Asoza agira ati “ntitwakwemera ko gahunda z’Iterambere rirambye ziburizwamo n’icyorezo Covid-19 cyangwa indi kidobya itari yitezwe, reka dukomeze intego”.

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/ntitwakwemera-ko-intego-z-iterambere-rirambye-ziburizwamo-na-covid-19-perezida-kagame

  • Elon Musk says he won’t take Covid vaccine and calls Bill Gates a ‘knucklehead’ #Rwanda #RwOT

     

    Elon Musk book cover, (Shutterstock).

    SpaceX and Tesla’s odd-ball boss Elon Musk said that he nor his family will take the

     Coronavirus vaccine on the New York Times’ “Sway” opinion podcast, the New York Post

     reports.

    “I’m not at risk, neither are my kids,” the eccentric entrepreneur, who is not a stranger to

     making controversial statements, said to host Kara Swisher on Monday’s edition of the 

    podcast.

    Musk also bashed the United Kingdom’s nationwide lockdown measures as a “no-win 

    situation” amid soaring virus cases in the U.K., adding that it has “diminished my faith 

    in humanity.”

    He then suggested that, as a more targeted alternative, “anyone who is at risk” should be

     “quarantined until the storm passes.” This earned him a swift rebuke from Swisher, with 

    her citing the number of lives that could potentially be lost if such a limited lockdown were

     implemented.

    “Everybody dies,” Elon Musk

    “Everybody dies,” he remarked.

    The 49-year-old billionaire has made similar comments regarding the pandemic in the past. 

    He has previously called the lockdowns of various countries, especially the U.S.’s, 

    “unethical” and “de facto house arrest,” RT reports.

    While on the podcast, Musk took the time to point out that his commercial space company 

    SpaceX “didn’t skip a day” throughout the pandemic’s duration in order to highlight how, 

    in his mind, the quarantines were illogical. He further justified continuing to run SpaceX, 

    saying, “We had national security clearance because we were doing national security work,”

     and that, “We sent astronauts to the Space Station and back.”

    During the latter part of the podcast, Musk stirred even more controversy by calling

     Bill Gates a “knucklehead.” This follows the Microsoft founder’s previous criticism 

    of Musk’s skepticism toward the virus.

    “Gates said something about me not knowing what I was doing,” the Boring Company 

    chief told Swisher. Then, in reference to Tesla manufacturing equipment for the German 

    biopharmaceutical firm CureVac, he added, “It’s like, ‘Hey, knucklehead, we actually 

    make the vaccine machines for CureVac, that company you’re invested in.’”

    This is in response to a specific CNBC interview in July that Gates participated in. 

    In the aforementioned interview, Gates said he hoped that Musk “doesn’t confuse

     areas he’s not involved with” following his claim that the Tesla CEO had very little 

    knowledge about vaccines.

    As the global death toll from the Coronavirus surpasses 1 million, according to

     Johns Hopkins University, it is still uncertain when there will be a working vaccine. 

    Most experts estimate that a vaccine will likely become widely available by mid-2021,

     the BBC recently reported. Scientists are aiming to develop a vaccine within the span 

    of a few months, while vaccines tend to take years—even decades—to develop, 

    according to the same article.

    source : https://saraacarter.com/elon-musk-says-he-wont-take-covid-vaccine-and-calls-bill-gates-a-knucklehead/

  • Ubukwe bw’ibyishimo n’amarira kuri Claudine na Eugene ufite uburwayi bw’amayobera – AMAFOTO #rwanda #RwOT

    Uburwayi bwa Eugene bwazahaje ubuzima bwe bwose

    Karekezi Bernard nawe afite uburwayi nk’ubwa mukuru we

    By’umwihariko kuri Munyentwari Eugene, ari nawe ufite uburwayi bukabije ugereranyije na murumuna we, yagerageje kwivuza mu bitaro bitandukanye mu Rwanda ariko ubushobozi buba imbogamizi arataha akomeza kubana n’ubu burwayi. Akato yakuze ahura nako katumye yumva ko nta mukobwa wazamwemerera ko banana, kuko benshi bamuhaga akato bakanamunena cyane.

    Ubu Eugene afite umugore umukunda, gusobanura urwo amukunda biramurenga akarira

    Igihe cyaje kugera amenyana na Mukandayisenga Claudine wamubereye inshuti nziza bakajya bahuzwa n’amasengesho, ubucuti bwabo buza kuvamo urukundo rutangaje kuko uyu mukunzi we yagiye abuzwa kenshi n’abantu batandukanye barimo n’abayobozi b’inzego z’ibanze batifuzaga ko yashakana na Munyentwari, bavuga ko batifuza kubona uwo muntu urwaye ibyo bita ibibembe.

    REBA VIDEO IBIGARAGAZA BYOSE HANO :

    Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nzeri 2020 ariko, intego y’urukundo rwabo bayigezeho kuko barahiye imbere y’amategeko mu murenge wa Gatore, basezerana kwibanira ubudatana. Munyentwari yageze aho asobanura iby’ubuzima bwe n’urukundo akundwa na Claudine wamwakiriye uko ari, kwihangana biranga amarira arashoka, bizamura amarangamutima y’ikiniga ku batashye ubu bukwe.

    Munyentwari Eugene na Mukandayisenga Claudine basezeranye kuzibanira akaramata

    Munyentwari Eugene na murumuna we Karekezi Bernard, basaba Leta n’abandi bafite umutima utabara kuba babagaboka bakabasha kubona ubuvuzi kuko ubu burwayi bwabangirije ubuzima cyane. Banasaba kandi ko uwagira umutima w’impuhwe yabafasha no mu mibereho itaboroheye. Uramutse ushaka kubafasha wahamagara Eugene kuri 0780467610

    REBA VIDEO IBIGARAGAZA BYOSE HANO :

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/Ubukwe-bw-ibyishimo-n-amarira-kuri-Claudine-na-Eugene-ufite-uburwayi-bw-amayobera-AMAFOTO

  • Charly Jordan Complains about being “stuck” in Rwanda after testing “false positive” for CV19 [UPDATED] #RwOT #Rwanda

    Charly Jordan on Twitter: "Car selfies have the best ...

    Charly Jordan Complains about being “stuck” in Rwanda after testing positive for CV19 #RwOT #Rwanda 

    Source : twitter.com

    In her latest video, she claims that she got her test results and they were a false “positive”

  • 77 Arrested For Praying From Swamp #rwanda #RwOT

     By Staff Writer (taarifa)


    Police has arrested a congregation of 77 people that were found praying from an inhabited plain between Gisagara and Huye districts.

    The congregation claimed they had gathered in the area to pray for Rwanda against the Covid-19 pandemic. However, the group was not observing measures for preventing the spread of Covid-19.

    Mushimiyimana Berithe the Executive Secretary for Bweya cell, Ndora Sector in Gisagara district said they got a tip off that dozens of people had gathered in this marshland praying without observing anti Covid-19 procedures.

    A joint operation was conducted on Saturday and all 77 people including youths and elders were arrested. Of these arrested, 76 belong to ADEPR religious group while 1 is from the seventh day Adventist faith.

    The culprits may be fined Rwf5000 each. Police and authorities gathered all the suspects and sensitised them on the covid-19 pandemic.

    On Saturday, Rwanda reported that total infections had reached a total of 4,349 cases across the country. Deaths are 18, recovered cases are 2199 while active cases are 2132.

  • The US will not join the WHO-linked global effort to develop a COVID-19 vaccine, WaPo reports #Rwanda #RwOT

    A Timeline Of Coronavirus Comments From President Trump ...

    The White House confirmed that it will not join a global effort to develop, manufacture and equitably distribute a COVID-19 vaccine, The Washington Post reports, in part because of the World Health Organization’s involvement. President Trump has criticized the organization over what he calls a “China-centric” approach to the pandemic.

    Source : Twitter
  • Ngoma: Polisi yarashe umusore wafatiwe mu kabari yarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 akayirwanya

    Polisi yarashe uwashakaga gutoroka ahita apfa, mugenzi we aratoroka -  Kigali Today

     Ibi byabaye mu ijoro ryakeye ryo ku itariki 30 Kanama 2020 ahagana saa 20h30 z’ijoro mu Murenge wa Zaza mu Kagari ka Nyagasozi.

    Amakuru avuga ko uyu musore kimwe n’abandi benshi basanzwe mu rugo rw’umuturage yarahahinduye akabari, nuko mu gihe babasohoragayo we afata amacupa ashaka kuyakoresha arwanya inzego z’umutekano.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Zaza, Singirankabo Jean Claude yabwiye IGIHE ko uyu musore yari asanzwe yarananiranye atega abaturage mu muhanda akabambura abandi akabakubita, nijoro ngo bamusanga mu kabari ashaka gukubita icupa umupolisi.

    Yagize ati “Ni umuturage w’umusore wari warananiranye, yarwanyije inzego z’umutekano, hari ahantu bari barimo kunywera bamusohoye ashaka kuzana amacupa ngo ayakubite komanda mu mutwe, byabaye nka saa 20h30 z’ijoro.”

    Gitifu Singirankabo yakomeje avuga ko uyu musore yari asanzwe yarananiranye ari igihazi, aho yirirwaga akubita abaturage abandi akabambura ibyabo. Yasabye abanyarwanda gukomeza kubahiriza amabwiriza yashyizweho na leta yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

    Kuri ubu umurambo wa nyakwigendera wajyanwe mu bitaro bya Kibungo mbere yuko ushyingurwa.

    Source : igihe.com