Tag: Trending

  • Ibintu 7 ugomba kwirinda nyuma yo kurya – #rwanda #RwOT

    Ibyo ugomba kwirinda nyuma yo kurya

    1.Irinde koga nyuma yo kurya

    Iyo ukimara kurya, igogorwa rikenera imbaraga zihagije ndetse n'amaraso aba atembera mu bice by'urwungano ngogozi.

    Iyo woze, cyane cyane amazi ashyushye, amaraso atemberera mu bice by'inyuma (ahagana ku ruhu) mu rwego rwo kugabanya ubushyuhe, bityo igogorwa rikagenda nabi.

    Ugomba gutegereza byibuze iminota 30 nyuma yo kurya, ukabona koga.

    2.Irinde kunywa icyayi gishyushye

    Icyayi kibonekamo ibinyabutabire byitwa tannin, bishobora kubuza proteyine wariye kwinjira mu mubiri. Iyo unyweye icyayi nyuma yo kurya, bishobora kubuza kandi umubiri kwinjiza ubutare (iron/fer) bityo ukaba wagira ikibazo cyo kugira ubutare bucye mu maraso (anemia)

    3.Gukora siporo

    Umubiri ukenera umwanya uhagije wo gukora igogorwa ry'ibyo wariye mbere yo gukora imyitozo ngorora mubiri kabone naho byaba ari ukugenda (walking). Iyo ukoze siporo ukimara kurya, igogorwa rigenda nabi, bikaba byatera gutumba inda, kugaruka kw'aside yo mu gifu, kuruka ndetse no kubuza umubiri kwinjiza intungamubiri.

    Ni ngombwa gutegereza byibuze amasaha macye nyuma yo kurya, ukabona gukora sport.

    4.Kuryama ukimara kurya

    Kuryama ukimara kurya bishobora gutera ibibazo bitandukanye mu gifu. Ibikunze kugaragara ni ugutumba, kumva ibintu bivuga mu nda cyangwa se no gusinzira nabi.

    Ni byiza gutegereza byibuze amasaha 2 nyuma yo kurya, ukabona kuryama.

    5.Kwirinda kunywa amazi akonje

    Amazi akonje abangamira bikomeye ndetse agacamo hagati igogorwa cyangwa se icagagurwa ry'ibyo uba wariye, bihinduka uduce duto dushobora kwinjira mu maraso (intungamubiri) kugira ngo bijye gutunga ingirangingo n'uturemangingo dutandukanye.

    Niba ufite inyota mu gihe uri kurya, wanywa amazi ashyushye (y'akazuyazi) kuko yo afasha mu igogorwa.

    6.Kunywa itabi

    Hari abantu bakunda itabi, yamara kurya akumva ashatse kurenzaho itabi. Ibi ni amakosa akomeye, kuko iyo unyweye itabi ukimara kurya, nicotine iboneka mu itabi ihura n'umwuka wa oxygen uba ukenewe ari mwinshi nyuma yo kurya. Bikaba byakora uburozi bukomeye kurusha mu bihe bisanzwe, ari nabwo buvamo kanseri zitandukanye.

    7.Kurya imbuto ukimara kurya

    Bimenyerewe mu mico itandukanye, ko barya imbuto bakimara kurya. Nyamara nubwo bikorwa na benshi, ntibikuraho ko ari ikosa. Imbuto zikenera enzymes (ibi ni ibinyabutabire byitabazwa mu igogorwa) zazo zihariye, iyo uziriye ukimara kurya, bitera igifu kutabasha gukamura neza intungamubiri mubyo uba wariye.

    Ni byiza kurya imbuto igihe mu gifu nta kindi kintu kirimo, nibwo intungamubiri zinjira neza.

    Src:www.healthline.com

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108734/ibintu-7-ugomba-kwirinda-nyuma-yo-kurya-108734.html

  • Abantu babiri bakurikiranyweho gutangaza amakuru y’ibihuha #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Polisi yagaragaje ubutumwa uwitwa Chris Adams yashyize ku mbuga nkoranyambaga avuga ko hari mugenzi we wafashwe na Polisi amaze kugura agapfukamunwa arimo kukambara ngo agasimbuze akandi.

    Polisi ngo yafashe uwo muntu imujyana kuri sitade, abajije impamvu arenganye, umupolisi ngo amubwira ko impamvu amurenganyije ari uko ngo yashakaga kumutura ibibazo yakuye mu rugo.

    Uwo muntu witwa Chris Adams mu butumwa bwe, yibaza niba abaturage bakwiye kuzira ibibazo byo hanze y’akazi.

    Icyakora Polisi y’u Rwanda yagaragaje ko ibi ari ibihuha, yibutsa abaturarwanda bose ko ari icyaha gihanirwa n’amategeko gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse Polisi isaba abantu kubyirinda.

    Mwiriwe,

    Twafashe Nsabimana Alphonse na Kwizera Adams bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga.

    Tuributsa abaturarwanda bose ko ari icyaha gihanirwa n’amategeko gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse tubasaba kubyirinda…. pic.twitter.com/tH8OqqCqpy

    — Rwanda National Police (@Rwandapolice) August 18, 2021

    source : https://ift.tt/3AS4NcI

  • Pariki y’ubukerarugendo ya Nyandungu igiye gutahwa ku mugaragaro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Pariki ya Nyandungu ubu yaruzuye, igiye gutangira gufungurwa ku mugaragaro
    Pariki ya Nyandungu ubu yaruzuye, igiye gutangira gufungurwa ku mugaragaro

    Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’ibidukikije (REMA) butangaza ko gahunda yo gutaha iyo Pariki irimo gutegurwa.

    Kabera Juliet, Umuyobozi mukuru wa REMA ati “Kubaka Pariki byararangiye, ubu turimo gutegura igikorwa cyo kuyitaha ku mugaragaro”.

    Itariki nyayo yo gutaha iyo Pariki, cyangwa se igihe abantu bazatangirira kuyisura, ntibiratangazwa.

    Umushinga wo gutunganya iyo Pariki watewe inkunga n’ikigega cy’u Rwanda cyo kwita ku bidukikije ‘FONERWA’, aho umushinga watwaye agera kuri Miliyari 5.4 z’Amahanga y’u Rwanda.

    Umushinga wo gutunganya Pariki ya Nyandungu wabayeho guhera mu 2015, ariko utangira gushyirwa mu bikorwa mu 2016.

    Ibikorwa byo gutunganya iyo Pariki byagombaga gukorwa mu byiciro bibiri, ariko byose bikaba byarangiye mu 2020.

    Gusa REMA ivuga ko habayeho gukererwa k’uwo mushinga, kuko byasabye kongera kuwiga ndetse no guhindura Rwiyemezamirimo, ariko ubu umushinga wararangiye, kandi n’abantu bagiye kujya basura ibyiza bigize iyo Pariki.

    Abashinzwe ibyo kwita ku bidukikije, bashimye cyane uwo mushinga, bavuga ko ufasha mu kubungabunga ibidukikije mu Mujyi ukura vuba nka Kigali.

    Nkuranga Egide, umwe mu bantu bita ku bidukikije ati” Kubaka Pariki ibungabunga ibidukikije ‘eco-park’ mu Mujyi wa Kigali byari ngombwa, bitewe n’iterambere ryawo ryihuta”.

    Yongeyeho ko uretse kuba iyo Pariki yigisha abaturage kurinda ibidukikije, izaba yiyongereye ku byiza nyaburanga bisurwa n’abakerarugendo muri Kigali.

    Nkuranga ati “Imijyi myinshi iteye imbere, igira ubukerarugendo bushingiye ku bidukikije ‘eco-tourism’, ibi byerekana uko igihugu cyacu cyateye imbere mu bukerarugendo ndetse no mu kwita ku bidukikije.

    Biteganyijwe ko iyo Pariki nitangira gukora, izajya ibyara inyungu zigera no ku baturage bayituriye.

    Iyo Pariki nifungura kandi, abantu bayisuye bazajya babona ibyiza bitandukanye, kandi hazaba harimo na Interineti ‘Wi-fi’, ndetse na za camera zifasha mu gucunga umutekano muri iyo Pariki, nk’uko byatangarijwe The New Times.

    REMA itangaza ko uretse iyo Pariki ya Nyandungu imaze gutunganywa, hari n’ibindi bishanga bizatunganywa muri Kigali.

    Kabera Juliet ati “Umushinga wo gutunganya ibishanga ntuzarangirira ku gishanga cya Nyandungu gusa, tuzakomereza no ku bindi bishanga”.

    source : https://ift.tt/37Xh4Ag

  • Afghanistan:Abatalibani bafashe umurwa mukuru Kabul,Perezida arahunga #rwanda #RwOT

    Umuvugizi w'aba Taliban yabwiye umunyamakuru wa BBC Yalda Hakim ko “nta kwihorera kuzabaho” ku baturage ba Afghanistan.

    Suhail Shaheen yabwiye BBC ati: “Dusezeranyije abaturage ba Afghanistan, by'umwihariko abo mu mujyi wa Kabul, ko imitungo yabo, ubuzima bwabo biri mu mutekano – nta kwihorera kuzabaho ku muntu uwo ari we wese”.

    “Turi abakozi ba rubanda n'ab'iki gihugu”.

    “Ubutegetsi bwacu bwategetse ingabo zacu kuguma ku irembo rya Kabul – kutinjira mu mujyi. Dutegereje guhererekanya ubutegetsi mu mahoro”.

    Amakuru avuga ko Perezida Ashraf Ghani yahunze igihugu, mu gihe aba Taliban bageze i Kabul.Abatalibani bahise basaba guhererekanya ubutegetsi mu mahoro.

    Ibiro ntaramakuru Reuters bisubiramo amagambo y'umutegetsi wo hejuru muri minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu avuga ko yerekeje mu gihugu cya Tajikistan bahana imbibi.

    Umuvugizi w'aba Taliban yanavuze ko Abanya-Afghanistan bose bazagira uruhare muri leta ya kisilamu – bivuze ko Abanya-Afghanistan batari aba Taliban na bo bazayishyirwamo. Yanasezeranyije ko bazubahiriza uburenganzira bw'abagore n'ubw'itangazamakuru.

    Mbere ubwo aba Taliban bari ku butegetsi muri Afghanistan, hagati ya 1996 na 2001, bakoreshaga ubwoko bw'amategeko ya Sharia burimo no kwicisha amabuye uwafashwe asambana, guca ibiganza abahamwe no kwiba, ndetse no kubuza abakobwa kwiga kurenza bafite imyaka 12.

    Umuvugizi w'aba Taliban yavuze ko abagore bazemererwa kuva mu ngo bo ubwabo kandi ko bazakomeza kwiga no kujya ku kazi.

    Ariko ibyo bitandukanye n'amakuru arimo kuva mu bindi bice by'igihugu byigaruriwe n'aba Taliban. Mu mujyi wa Kandahar, abagore bakora muri banki babwiwe ko akazi kabo ubu kagiye kujya gakorwa na benewabo (abo bafitanye isano) b'abagabo.

    Mu tundi turere, hari amakuru ko abagore batarimo kwemererwa kugira aho bajya bonyine ndetse bagahatirwa kwambara imyitandiro ibapfuka hose.

    Umuvugizi w'aba Taliban yongeyeho ko ibitangazamakuru bizemererwa kunenga mu bwisanzure ibitagenda, ariko ntibijye mu “kwica umuntu ahagaze”, cyangwa guharabika, (ibizwi nka 'character assassination').

    Mbere yaho kuri iki cyumweru, aba Taliban basohoye itangazo bavuga ko inshingano ku mutekano w'uyu mujyi zigifitwe na leta ya Afghanistan kugeza muri aka kanya, rishimangira ko ibiganiro ku guhererekanya ubutegetsi mu mahoro bikomeje.

    Rikomeza rishishikariza Abanya-Afghanistan kuguma mu gihugu, rivuga ko aba Taliban bashaka ko abaturage “b'ingeri zose bibona mu butegetsi buri imbere bwa kisilamu bwa leta yubahiriza inshingano yo gukorera bose kandi ibereye bose”.

    Ariko hari amakuru avuga ko i Kabul humvikanye urusaku rw'amasasu kandi ko aba Taliban babonetse mu mihanda bafite amabendera.

    Ibyatangajwe n'aba Taliban kuri iki cyumweru bisa nk'ibigamije kumara impungenge amahanga.

    Ku wa gatandatu, mu ijambo rye rya mbere yagejeje ku gihugu kuva aba Taliban bakungikanya ibitero, Perezida Ashraf Ghani yavuze ko igihugu kiri “mu byago bikomeye”.

    Yongeyeho ko hari gufatwa ingamba zo kuvugurura inzego z'umutekano za Afghanistan.

    Ariko amakuru yose kugeza ubu avuga ko aba Taliban – intagondwa zigendera ku mahame akaze yiyitirira Islam – nta kibazo gikomeye bahuye na cyo ubwo batangiraga kugenda berekeza i Kabul.

    'Guhererekanya ubutegetsi mu mahoro'

    Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu wa Afghanistan uriho muri iki gihe yagaragaye muri videwo, yatangajwe n'igitangazamakuru Tolo TV cyo muri iki gihugu, avuga ko hazabaho “guhererekanya ubutegetsi mu mahoro” na leta y'inzibacyuho (imfatakibanza mu Kirundi). Yavuze ko Kabul itazagabwaho igitero.

    Ibiro ntaramakuru Associated Press – bisubiramo amagambo y'umutegetsi wo muri Afghanistan – byatangaje ko abari mu biganiro b'aba Taliban berekeje ku ngoro ya perezida gutegura “ihererekanya” ry'ubutegetsi.

    Umunyamakuru wa BBC uri i Kabul avuga ko amaduka n'amasoko menshi yafunze kuri iki cyumweru, kandi ko abantu bamwe barimo kuvuga ko “nta kindi gihe bigeze bahangayika cyane nk'ubu”.

    Ibiro bimwe bya leta na byo byafunze, hamwe na hamwe abasirikare n'abapolisi bata uburinzi bwabo.

    Kugera i Kabul bibaye hashize amasaha aba Taliban bigaruriye umujyi wa Jalalabad mu burasirazuba – nta kurwana kubayeho.

    Uku gutsinsurwa kwihuse kw'ingabo za leta ya Afghanistan kwatumye Perezida Ghani akomeza kotswa igitutu ngo yegure.

    Amerika yakajije ibikorwa byo guhungisha abakozi b'ambasade yayo i Kabul, aho yohereje abasirikare 5,000 bo gufasha.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/afghanistan-abatalibani-bafashe-umurwa-mukuru-kabul-bahita-basaba-ikintu

  • Afghanistan:Abatalibani bagose umurwa mukuru wa Kabul #rwanda #RwOT

    Ibintu birimo guhinduka mu buryo bwihuse i Kabul kuri iki cyumweru.

    Aba Taliban basohoye itangazo bavuga ko bategetse abarwanyi babo kuguma ku bice byinjira muri Kabul – bavuga ko hari ibyago bishobora kuvuka ku baturage b'abasivile batuyeyo mu buryo bw'ubucucike.

    Iryo tangazo rivuga ko inshingano ku mutekano w'uyu mujyi zigifitwe na leta ya Afghanistan kugeza muri aka kanya, rigashimangira ko ibiganiro ku guhererekanya ubutegetsi mu mahoro bikomeje.

    Rikomeza rishishikariza Abanya-Afghanistan kuguma mu gihugu, rivuga ko aba Taliban bashaka ko abaturage “b'ingeri zose bibona mu butegetsi buri imbere bwa kisilamu bwa leta yubahiriza inshingano yo gukorera bose kandi ibereye bose”.

    Ariko amakuru ava i Kabul aravuga ko humvikanye urusaku rw'amasasu kandi ko aba Taliban babonetse mu mihanda bafite amabendera.

    Hagati aho, Perezida wa Afghanistan Ashraf Ghani ari mu biganiro by'igitaraganya n'intumwa y'Amerika Zalmay Khalilzad n'abandi bategetsi bo hejuru bo muryango w'ubwirinzi bw'Uburayi n'Amerika (OTAN/NATO), nkuko amakuru abivuga.

    Ku wa gatandatu, mu ijambo rye rya mbere yagejeje ku gihugu kuva aba Taliban bakungikanya ibitero, Bwana Ghani yavuze ko igihugu kiri “mu byago bikomeye”.

    Yongeyeho ko hari gufatwa ingamba zo kuvugurura inzego z'umutekano za Afghanistan.

    Ariko amakuru yose kugeza ubu avuga ko aba Taliban – intagondwa zigendera ku mahame akaze yiyitirira Islam – nta kibazo gikomeye bahuye na cyo ubwo batangiraga kugenda berekeza i Kabul.

    'Guhererekanya ubutegetsi mu mahoro'

    Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu wa Afghanistan uriho muri iki gihe yagaragaye muri videwo, yatangajwe n'igitangazamakuru Tolo TV cyo muri iki gihugu, avuga ko hazabaho “guhererekanya ubutegetsi mu mahoro” na leta y'inzibacyuho (imfatakibanza mu Kirundi). Yavuze ko Kabul itazagabwaho igitero.

    Ibiro ntaramakuru Associated Press – bisubiramo amagambo y'umutegetsi wo muri Afghanistan – byatangaje ko abari mu biganiro b'aba Taliban barimo kwerekeza ku ngoro ya perezida gutegura “ihererekanya” ry'ubutegetsi.

    Umunyamakuru wa BBC uri i Kabul avuga ko amaduka n'amasoko menshi yafunze kuri iki cyumweru, kandi ko abantu bamwe barimo kuvuga ko “nta kindi gihe bigeze bahangayika cyane nk'ubu”.

    Ibiro bimwe bya leta na byo byafunze, hamwe na hamwe abasirikare n'abapolisi bata uburinzi bwabo.

    Kugera ku marembo ya Kabul bibaye hashize amasaha aba Taliban bigaruriye umujyi wa Jalalabad mu burasirazuba – nta kurwana kubayeho.

    Uku gutsinsurwa kwihuse kw'ingabo za leta ya Afghanistan kwatumye Perezida Ghani akomeza kotswa igitutu ngo yegure.

    Amerika yakajije ibikorwa byo guhungisha abakozi b'ambasade yayo i Kabul, aho yohereje abasirikare 5,000 bo gufasha.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/afghanistan-abatalibani-bari-hafi-gufata-umurwa-mukuru-wa-kabul

  • Contrat y’igihe gito mu rushako, igisubizo ku bibazo byugarije ingo mu Rwanda? – #rwanda #RwOT

    Irankunda, umusore w’imyaka 27 aherutse kubwira IGIHE ko akurikije ibibazo abona mu ngo z’abashakanye muri iyi minsi, adateganya gushaka umugore keretse naramuka abonye ubundi buryo butari ukubana akaramata n’uwo bazaba bashimanye.

    Uyu musore ari mu gihiriri cy’abandi bakunze gutanga ibitekerezo aho babonye inkuru ya za gatanya, dore ko no mu Rwanda zikomeje kwiyongera. Imibare iheruruka mu 2019, igaragaza ko uwo mwaka ingo zisaga 9000 zatandukanye.

    Ubwo bwoba bwa gatanya ziyongera, amakimbirane yo mu miryango n’ibindi, bwatumye Irankunda atakereza ku kuzabana n’umukobwa uzemera ko basezerana kubana mu gihe cy’imyaka runaka (Bizwi nka Contrat y’igihe gito), yashira bagatandukana cyangwa bakiyongeza.

    Ubu buryo buzwi nka ‘Renewable Marriage Contract’ bumeze nka ryabara ry’umuyaga, rivugwa ariko ritagaragara. Mu myaka isaga ijana ishize byagiye bisabwa ku isi hose, ariko nta Leta n’imwe yigeze yemera kwigerekaho urwo rusyo.

    Mu Rwanda abagiye gusezerana haba mu mategeko no mu madini, bemeranya kubana akaramata, ni ukuvuga kubana ubuzima bwose. Icyo amategeko arusha amadini, ateganya n’uburyo abashakanye bashobora gutana mu gihe hari ibyo batumvikanyeho, ari byo byitwa gatanya.

    Renewable Marriage Contract, ni uburyo bwavuzwe bwa mbere mu Ugushyingo 1891, buvugwa n’umwongereza Havelock Ellis. Uyu mugabo yashakanye n’umukobwa wari umwanditsi w’ibitabo, Edith Lees.

    Bamaze kubana, basanze umugabo atajya agira ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina na ho umugore yikundira kuryamana n’abo bahuje igitsina.

    Nubwo gutandukana mu buryo bw’amategeko byashobokaga, barabanye kugeza ubwo Lees yapfaga mu 1916. Mu 1916, Ellis yazanye igitekerezo cy’uburyo bushya bw’ishyingirwa yise ubw’igerageza, aho abantu bakundana bashobora kubanza kugerageza bakabana nk’umugabo n’umugore mu gihe runaka ariko bakabyemeza imbere y’amategeko kugira ngo hatagira serivisi bimwa nk’abashakanye.

    Yavuze ko muri icyo gihe, bakumvikana uko bakoresha imitungo yabo, bagakora imibonano mpuzabitsina ariko bagafata imiti yo kuboneza urubyaro igihe bihaye cyashira bagatandukana cyangwa bakiyongeza.

    Nyuma ya Ellis hari abandi bashakashatsi nka E. D. Cope, wavuze ko byajya biba byiza abagiye kubana babanje gusinya kubana imyaka itanu, ishobora kongeraho indi icumi cyangwa 15 bakabona gusezerana kubana burundu.

    Hashize igihe contrats z’igihe gito mu rushako zisabwa ariko nta gihugu kigeze kibyemeza

    Mu 1966, Umunyamerika Margaret Mead na we yavuze ko hakwirye kubaho uburyo bwo kubana ku banyeshuri biga muri Kaminuza aho ababihisemo bashobora kwemeranya kubana mu gihe runaka bakiri kwiga, iryo sezerano rigata agaciro bakirangiza kwiga. Mu gihe baba bashaka gukomeza kubana, bagasezerana bya burundu.

    Kuva ubwo mu Nteko zishinga Amategeko z’ibihugu bitandukanye icyo cyifuzo cyo gusezerana by’igihe gito cyagiye gitangwa ariko nta na hamwe byigeze byemerwa.

    Mu 1971 cyatanzwe na Lena King Lee muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu 2007, umunyamategeko wo mu Budage na we yongeye kubisaba, Mu 2010, muri Phillipines ihuriro riharanira uburenganzira bw’abagore ryasabye ko habaho kontaro y’imyaka icumi ku bashakanye, byongera gusabwa mu mujyi wa Mexico mu 2011.

    Abashyigikiye ubu buryo, bavuga ko uretse kugabanya ibibazo mu miryango n’amakimbirane, ari n’ibintu byafasha mu kugabanya imanza za gatanya mu nkiko, amafaranga yakoreshwaga muri ibyo akajya mu bindi.

    Ababishyigikiye kandi bavuga ko ubwo buryo bwafasha abashakanye kubanza kumenyana neza kuko akenshi ibibazo byinshi mu ngo bigaragara hashize imyaka mike babanye.

    Urubyiruko rurabishaka, MIGEPROF ibitera utwatsi

    Mugabo (izina ryahinduwe), yasezeranye n’umukunzi we mu 2013, nyuma y’imyaka itatu bari bamaze barambagizanya. Uyu mugabo wakoraga mu nzego z’umutekano ari n’umurokore, yumvaga ko ubuzima bwe bwose buzaba ari umunezero n’umugore we wari ufite umuryango wishoboye.

    Ibyari ibyishimo byatangiye kubaba bibi ku munsi wa mbere, ubwo bamwe mu bo ku ruhande rw’umukobwa bangaga gutaha ubukwe.

    Umugore yaje guhinduka cyane, ahanini bitewe n’uko umwe mu babyeyi be atifuzaga uwo musore gusa banga kubabuza kubana ngo batagaragara nabi mu rusengero.

    Mugabo yaje kuganira byimbitse n’umugore we, umugore abwira umugabo ko yamwibeshyeho kuko atari we Imana yamugeneye.

    Mumbabarire kuko inkuru yabo ni ndende, gusa yasorejwe mu rukiko bahawe gatanya, ubu Mugabo aheruka umwana we w’umuhungu mu myaka itatu ishize kuko nyina atakimwemerera kujya kumureba.

    Mu kiganiro na IGIHE, Mugabo yavuze ko iyo haza kubaho uburyo bwo kubanza kumenya neza umukunzi we batarasezerana burundu mu mategeko, hari ibyo yanyuzemo byinshi atari kunyuramo.

    Ati “Mbona byagira umumaro, niba koko umuntu mwasezerana ko muzabana imyaka ibiri yashira mwabona biri kugenda neza mukongerho indi ibiri cyangwa itanu mubyumvikanyeho, ku giti cyanyu byaba byiza.

    Irankunda nubwo atarashyingirwa, na we yemeza ko habaye hari uburyo bundi bw’isezerano butari burundu, byagira icyo bigabanya ku bibazo biri mu miryango.

    Ati “Iyo urebye ukuntu ingo z’ubu zisigaye zimeze, ntabwo nasezerana n’umuntu iteka ryose. Njye umugore nzashaka tuzagira kontaro y’umwaka tubane tutarabyara, umwaka nushira tubasha kumvikana tuzakomezanye. Nushira byaranze, tubivemo aho kugira ngo tuzananiranwe tujye no muri gatanya.”

    Nubwo bamwe babyifuza, kuba hari henshi byagiye bitangwa nk’ibyifuzo ntibishyirwe mu bikorwa hari impamvu.

    Umunyamategeko Bayingana Janvier yabwiye IGIHE ko ibihugu byose usanga bishingiye ku miryango, ku buryo koroshya amategeko ajyanye n’imibanire byagira ingaruka cyane.

    Ati “Itegeko Nshinga n’andi mategeko agaragaza ko umuryango ari wo shingiro ry’umuryango nyarwanda. Ntabwo igihugu cyabaho kidafite umuryango w’ibanze, ni nk’ubuzima bw’igihugu.”

    Yavuze ko impamvu bigoye ko amategeko atahindurwa ngo abantu bemererwe kubana imyaka runaka bashaka, ari ingaruka bishobora kugira ku bazabakomokaho.

    Ati “Ntabwo amasezerano y’ubushyingiranwe afite kamere nk’amasezerano asanzwe. Nk’amasezerano y’akazi ahuza umukozi n’umukoresha, bashobora kuyashyiraho iherezo igihe babishakiye, kubera ko hari ihame ry’uko amasezerano agira ingaruka ku bayagiranye.”

    “Abashakanye bo, iyo bamaze kwinjira mu masezerano babyara abana kandi abo bantu bakaba bafite uburenganzira. Uburere n’uburenganzira bw’abana bwahazaharira kandi n’umuco na wo uri mu bibungabungwa, igisubizo numva kitari mu masezerano ahubwo kiri mu bindi bintu.”

    Yakomeje agira ati “Kubera iki umuntu akeneye kujya kubana ateganya ko bazatandukana? Byaba bije gusenya aho kubaka. Kubana nyine ni ukugira ibyo wigomwa ukagira ibyo wunguka. Abo bake byananiye amategeko afite inzira yateganyije.”

    Depite Izabiriza Marie Médiatrice yabwiye IGIHE ko gushyingirwa ari umushinga wo kwitondera, uwugiyemo akaba azi neza uko azawitwaramo

    Ati “Marriage ni umushinga ugomba kubanza kwigwaho nk’uko wajya mu yindi mishinga ukumva uzunguka, numva rero no kubana mbere na mbere wumva ko bizaguhira. Iyo bitagenze neza nk’uko wabyifuzaga, amategeko yacu atanga umurongo ko habaho kwiyunga byakanga hakabaho gatanya.”

    “Akamaro ko kubana kw’abashakanye mu buryo burambye bifasha mu kurinda uburenganzira bw’umwana bwo kurerwa n’ababyeyi bombi kandi bari kumwe. Mu muco wacu kandi kumva ko ababyeyi b’umuntu batandukanye, bibabaza ababakomokaho”.

    Depite Izabiriza asanga kwemera contrats z’igihe gito byagira uruhare mu gusenya umuryango

    Depite Izabiriza yavuze ko n’ubundi abagiye kubana babanza kurambagizanya, bityo uwo mwanya ari wo wafatwa nk’uwo kugerageza, wabona bitazakunda ukabivamo.

    Ati “Ubu buryo bwo kubana hagendewe ku myaka runaka ni bubi kuko bwatera ibibazo mu muryango.”

    Prof Bayisenge Jeannette, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango aherutse kubwira IGIHE ko nka Leta igamije kubaka umuryango, itashyiraho uburyo bugamije kuwusenya.

    Ati “Twe tugamije kubaka umuryango ukomeye kandi utekanye, kuko cyane cyane tureba no ku bana kuko mushobora kumvikana ngo murabana imyaka ibiri, muri aho hagati nimubyara nimutandukana wenda mwatekereje, uwo mwana azabaho gute? Ishusho uzaba uhaye umwana y’umuryango uzashinga ni iyihe?”

    Minisitiri Bayisenge yavuze ko abagiye kurushinga ari ngombwa kubanza kubitekerezaho, bakabikora babyiyemeje.

    Ati “Injira mu rugo wumva ko ruzaramba, unakore ibishoboka kugira ngo rurambe, nibyanga ubwo nyine bizaba byanze, ariko winjiyemo ufite intego yo kurukorera ngo rurambe.”

    Me Bayingana na we yavuze ko igihugu kiramutse gishyigikiye ubwo buryo bwo kubana by’igihe gito, cyaba gishaka kwisenya no gusenya ejo hazaza.

    Ati “Hari abandi bantu ayo masezerano yagiraho ingaruka by’umwihariko abana, ubwo iyo byagize ingaruka ku bana, biba byagize ingaruka muri rusange no ku gihugu.”

    Mu gihe abashakanye baba batandukanye barabyaye harimo umwe muri bo utishoboye, Bayingana yavuze ko byagaruka bikaba umutwaro kuri Leta kuko ba bana ari Leta yabitaho.

    Nubwo kubana by’igihe runaka bitemewe, mu bihugu bitandukanye hari uburyo abantu babana batarasezeranye buzwi nka cohabitation, urebye mu Rwanda ni nko gukocora. Icyakora ubu buryo ntibwemerwa mu mategeko, gusa abana bavutse bahabwa uburenganzira bwose bugenwa n’amategeko.

    Mu gihe abashakanye gutyo batandukanye, ntacyo babaza amategeko kuko nta sezerano rizwi baba bagiranye.

    Minisitiri Prof Bayisenge Jeannette yavuze ko urubyiruko rukwiriye kubana rwabitekerejeho neza

    source : https://ift.tt/3CNKiQ0

  • RDF 'yiteguye guhashya” Islamic State n'igihe yakwibasira u Rwanda – Umuvuguzi w'ingabo z'u Rwanda #rwanda #RwOT

    Kuri Internet icengezamatwara rishya rya IS kuri Africa muri iki cyumweru ryise u Rwanda “igihugu cy'umwanzi cy'abakirisitu, kirimo guhohotera abaturage b'abasilamu”.

    Ibyo babishingiye ku bikorwa ingabo z'u Rwanda ziri gufashamo iza Mozambique guhashya inyeshyamba bivugwa ko zikorana na IS mu ntara ya Cabo Delgado ya Mozambique.

    Nyuma y'iyo nkuru, ku mbuga nkoranyambaga hari Abanyarwanda bagaragaje impungenge z'ibikorwa by'iterabwoba bishobora gukorwa n'uwo mutwe mu kwihimura.

    Abandi bagaragaza ko bizeye ubushobozi bw'ingabo z'u Rwanda mu kubirwanya.

    Col Ronald Rwivanga, umuvugizi w'ingabo, mu butumwa bwanditse yabwiye BBC ko guhangana n'ibikorwa bya IS n'igihe byakwibasira u Rwanda ari “ikintu twiteguye gukemura”.

    Col Rwivanga yagize ati: “Birumvikana. Ni gute twaba twiteguye kohereza ingabo mu yandi mahanga mu gihe tudashoboye kwirinda [ubwacu]. Ntibyaba byumvikana.”

    Mu ntangiriro z'ukwezi gushize, u Rwanda rwohereje abasirikare n'abapolisi 1,000 muri Mozambique, mu cyumweru gishize hoherejweyo abandi.

    Ingabo za Mozambique zifashijwe n'iz'u Rwanda zimaze kwisubiza uturere twinshi tw'intara ya Cabo Delgado twari twarigaruriwe n'inyeshyamba zo muri iki gihugu.

    Guverineri w'intara ya Cabo Delgado yerekanywe na televiziyo y'u Rwanda [yoherejeyo abanyamakuru] agaruka muri iyi ntara ejo kuwa kane “nyuma y'imyaka ibiri yarahahunze”.

    Ingabo za Mozambique n'iz'u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro aho zasubije ubutegetsi bwa leta, mu gihe zitegura ibitero byo gukurikirana abarwanyi aho bahungiye, nk'uko umuvugizi w'ingabo za Mozambique aheruka kubitangaza.

    Ntihazwi neza iherezo ry'iyi ntambara, mu kwezi gushize Col Rwivanga yabwiye BBC ko 'mission' y'ingabo z'u Rwanda idafite igihe runaka izamara, yagize ati: “Tuzabanza turangize akazi tubone kugaruka mu rugo.”

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/rdf-yiteguye-guhashya-islamic-state-n-igihe-yakwibasira-u-rwanda-umuvuguzi-w

  • 'Uko bigenda kose ndava hano ukimpaye nutakimpa ndakuvana mu kazi kanjye.' – Umwe mu bakozi batswe ruswa y'igitsina n'umuyobozi wabo yavuze uko yabakaga #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bakobwa bakora muri kompanyi icunga umutekano izwi nka High Sec ku bitaro bya Gisenyi mu Karere ka Rubavu, basobanuye uburyo uwari umuyobozi wabo witwa Habimana Emmanuel yabakaga ruswa y'igitsina.

    Bamwe muri aba bakobwa, bavuga ko binjiye mu kazi babanje kwakwa ruswa y'igitsina mu gihe abandi bavuga ko hari abo yakaga iyo ruswa kugira ngo bahembwe.

    Umwe muri bo avuga ko ubusanzwe atuye mu bice bya Mahoko ariko ko uriya wari umuyobozi wabo yakunze kumusirisirimbaho amusaba ko baryamana kugira ngo azamwimurire hafi y'iwabo.

    Ati 'Yaraje arambwira ngo ntabwo ngomba kumuha kugira ngo anjyane hafi y'iwacu, nkavuga se ndaguha iki, akambwira ngo si igitsina se hari icyo utumva.'

    Ngo yamwizeje ko azamuha ariko akomeza kumurerega, ubundi aramunaniza amujyana ahantu hatandukanye ngo ashaka kumuhana ndetse biza no kumara amezi atatu adahembwa kimwe na bagenzi be baje kuganira bagasanga bose bahuriye ku kuba baranze ko baryamana.

    Undi mukobwa wari na mushya muri ako kazi na we ngo yamwatse ibihumbi 25 Frw by'impuzankano ndetse ngo aranayatanga ariko ngo akimara gutaha ahita amuhamagara amubwira ko akenewe ku kazi ariko ngo yasanze ari agatego.

    Ati 'Mpageze mbona ntakintu kizima ari kumbwira ahubwo akambwira ngo mwegere akajya mu bintu byo gukarisa, ari kumbwira ngo nimwegere musome…'

    Ngo yahise amubwira ko hari umumotari umuzanye kandi agomba kumusubizayo aramwemerera ariko amubwira ko mu gitondo cya kare agomba kuza kumuha ariko nabwo ntibyaba ariko aza kumuha nyirantarengwa ko bagomba kuryamana.

    Uyu mukobwa uvuga ko yumvaga atatakaza akazi, avuga ko yaje akabiganirizaho bagenzi be bakumvikana uburyo bazamufatisha ari na bwo yahitaga agenda akamwizeza ko azamuha.

    Ngo ku Cyumweru yaje kumukura ku kazi amujyana mu nzu yabagamo ariko asiga abibwiye umuyobozi, bakigerayo ngo bahita biyambura ariko bagiye kugera ku gikorwa nyirizina wa muyobozi aba arahageze.

    Avuga ko uwo muyobozi yababwiye ko batabajyana mu buyobozi bwisumbuyeho ahubwo ko bashakaga guca ku ngeso uwo mugabo.

    Ngo bwakeye ababwira ko agiye kubirukana ari na bwo bahise biyambaza Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB rugahita rumuta muri yombi.

    Undi mugore na we uvuga ko uriya muyobozi wabo yabarembeje abasaba ko baryamana, yavuze ko hari igihe imvura yaguye akajya kugama mu nzu ye agezeyo agatangira kumukorakora ariko icyo gihe ngo ntacyabaye.

    Ikindi gihe ngo yamusanze aho yakoreraga 'arambwira ngo noneho uyu munsi uko bigenda kose ndava hano ukimpaye nutakimpa ndakuvana mu kazi kanjye.'

    Uyu mugore uvuga ko na we yamaze igihe kinini adahembwa, avuga ko abandi bakobwa bemeye kuryamana na we, bo bahembwa.

    Nikuze Josiane usanzwe ari umugore w'uriya mugabo, avuga ko yatewe impungenge n'ibirego bishinjwa umugabo we kuko yari amaze igihe igitsina cye kidafata umurego ndetse ko banabishwaniye bigatuma ata urugo.

    Uyu mugore avuga ko umugabo we yagambaniwe n'umukuriye muri iriya Kompanyi icunga umutekano mu buryo bwigenga.

    Ivomo: Ukwezi

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/12/uko-bigenda-kose-ndava-hano-ukimpaye-nutakimpa-ndakuvana-mu-kazi-kanjye-umwe-mu-bakozi-batswe-ruswa-yigitsina-numuyobozi-wabo-yavuze-uko-yabakaga/

  • Rwanda: Umugabo n'umugore bapfiriye rimwe mu gitanda uruhinja rurarokoka (Inkuru irambuye) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Rutsiro, umwana w'uruhinja yarokotse inkuba yakubise ababyeyi be bombi bari bari kumwe mu buriri bagahita bitaba Imana.

    Amakuru dukesha iSano avuga ko iriya nkuba yakubise ahagana mu ma saa yine zo mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru tariki 08 Kanama 2021. Muhawenimana Samuel w'imyaka 27 n'umugore we Nyiramasengesho Verene w'imyaka 25 bakubitiwe n'inkuba mu nzu iherereye mu mudugudu wa Gisunzu. Aba bombi bari baryamanye n'umwana wabo w'imyaka 2 ariko we ntabwo yigeze yitaba Imana ubwo iriya nkuba yakubitaga Se na Nyina.

    Source : https://yegob.rw/rwanda-umugabo-numugore-bapfiriye-rimwe-mu-gitanda-uruhinja-rurarokoka-inkuru-irambuye/

  • #VisitRwanda: Amafoto ya mbere ya Lionel Messi muri Paris Saint-Germain #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ifoto ya mbere ya Lionel Messi mu mwambaro wa Visit Rwanda
    Ifoto ya mbere ya Lionel Messi mu mwambaro wa Visit Rwanda

    Nyuma y’imyaka 21 mu ikipe ya FC Barcelone, umukinnyi Lionel Messi ubu yamaze kuba umukinnyi wa Paris Saint-Germain aho yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri ndetse n’undi umwe ushobora kwiyongeraho.

    Nyuma y’iminsi ibiri ategerejwe i Paris, ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 10 Kanama 2021 ahagana saa cyenda ni bwo rutahizamu ukomoka muri Argentine yari amaze gusesekara i Paris aho yakiriwe n’amagana y’abafana, abanza gufata umwanya wo kubasuhuza.

    Nyuma yaho Lionel Messi yaje guhita ajya gukora ikizamini cy’ubuzima mu bitaro by’Abanyamerika byitwa Neuilly-sur-Seine, nyuma ikipe ya Paris Saint-Germain iza guhita itangaza ko ari umukinnyi wayo mushya uzajya yambara nimero 30.

    Lionel Messi agera i Paris

    Akora ikizamini cy’ubuzima

    Lionel Messi azambara no 30 muri Paris Saint-Germain, ari na yo yahereyeho mu ikipe ya FC Barcelone

    Amafoto: Getty Images/Paris Saint-Germain

    source : https://ift.tt/3s5RvpV