Ifoto ya mbere ya Lionel Messi mu mwambaro wa Visit Rwanda
Nyuma y’imyaka 21 mu ikipe ya FC Barcelone, umukinnyi Lionel Messi ubu yamaze kuba umukinnyi wa Paris Saint-Germain aho yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri ndetse n’undi umwe ushobora kwiyongeraho.
Nyuma y’iminsi ibiri ategerejwe i Paris, ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 10 Kanama 2021 ahagana saa cyenda ni bwo rutahizamu ukomoka muri Argentine yari amaze gusesekara i Paris aho yakiriwe n’amagana y’abafana, abanza gufata umwanya wo kubasuhuza.
Nyuma yaho Lionel Messi yaje guhita ajya gukora ikizamini cy’ubuzima mu bitaro by’Abanyamerika byitwa Neuilly-sur-Seine, nyuma ikipe ya Paris Saint-Germain iza guhita itangaza ko ari umukinnyi wayo mushya uzajya yambara nimero 30.
Lionel Messi agera i Paris
Akora ikizamini cy’ubuzima
Lionel Messi azambara no 30 muri Paris Saint-Germain, ari na yo yahereyeho mu ikipe ya FC Barcelone
Rutahizamu w’umunya-Argentine wakiniraga ikipe ya FC Barcelona muri Espagne, Lionel Messi ntazakomezanya n’iyi kipe bitewe n’imiterere y’amategeko mashya agenga shampiyona y’iki gihugu yashyizeho amafaranga ntarengwa ku mishahara y’amakipe (financial and structural obstacles).
Ikipe ya FC Barcelona ibinyujije mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo yatangaje ko yaba Messi ndetse na FC Barcelona bari bamaze kumvikana ku ngingo yo kongera amasezerano ariko bagongwa n’ingingo zamwe mu mategeko ya shampiyona y’iki gihugu ibasaba kugira amafaranga batarenza, ahanini yashyizweho bitewe n’ibihe Isi irimo bya Coronavirus, akaba ari mu rwego rwo kwirinda gusesagura.
Yagize iti 'Nubwo FC Barcelona na Lionel Messi bari bamaze kumvikana kandi impande zombi zishaka gusinya amasezerano mashya, ibi ntibyaba bitewe n’inzitizi z’amafaranga kubera imiterere y’amategeko ya shampiyona (Spanish Liga regulations).'
'Kubera ibyo, Messi ntabwo azaguma muri FC Barcelona. Impande zombi zibabajwe n’uko ibyifuzo by’umukinnyi n’ikipe bitabashije kugerwaho. FC Barcelona irashimira cyane uyu mukinnyi uruhare yagize mu kuzamura iyi kipe kandi imwifuriza ahazaza heza mu buzima bwe bwite ndetse no mu mwuga we.'
Lionel Messi w’imyaka 34, yari amaze imyaka 21 muri iyi kipe kuko yayigezemo mu 2000 mu bana kugeza azamuwe mu ikipe nkuru muri 2003.
Amasezerano ye na FC Barcelona yarangiye tariki ya 30 Kamena 2021, bakaba bari bamaze igihe baganira ngo barebe ko yakongera amasezerano kugera n’aho yari yemeye ko umushahara we ugabanywamo 2 ugererenyije n’ayo yari asanzwe ahembwa ariko nabwo ntibyahura n’imiterere mishya y’ingengo y’imishahara igenga La Liga.
Muri FC Barcelona y’abana yayikiniye imikino 32 ayitsindira ibitego 11, ikipe nkuru yayikiniye imikino 520 ayitsindira ibitego 474.
Uyu rutahizamu ufite Ballon d’Or 6, byavuzwe ko ashobora kwerekeza mu ikipe ya Paris Saint Germain mu Bufaransa agasangayo Neymar bahoze bakinana, cyangwa akaba yajya mu Bwongereza muri Manchester City.
Inkuru z'ibinyamakuru bikomeye ku isi ,zatangaje ko abandura Covid-19 barakingiwe bakomeje kuba benshi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku buryo buteye inkeke.
Washington Post yo muri America yemeza neza ko abantu bakingiwe inkingo zose zisabwa n'amategeko aribo bahangayikishije cyane kurusha abatarakingirwa, kuko aba bakingiwe ngo aribo bafite uruhare runini mu gukwirakwiza icyorezo. Aya makuru yatangajwe nibi binyamakuru bikomeye ku isi kandi, bemeza ko nabo bayakuye mu mibare mishya y'ikigo cya America gishinzwe kurwanya indwara z'ibyorezo CDC ndetse bikaba biteganyijwe ko azashyirwa ahagaragara kuri uyu wa gatanu nk'uko NCB NEWS yabyanditse.
Kuri ubu muri America gusa bari kurwana n'ubwandu bukomeje kwiyongera cyane bushya ndetse igikomeye muribyo nuko abagera kuri 80% byabandura bose basanganwa ubwandu bwa Delta. Muri America abantu barenga miliyoni 178 bamaze guterwa urukingo byibuze rumwe ndetse miliyoni 155 muribo bangana na 60% by'abanyamerika bose, bamaze gufata inkingo zose, ibi rero ngo bifite uruhare runini mu gukwirakwiza ubwandu bushya.
Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James na Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddyboo n'abandi bari kumwe, bafatiwe mu karere ka Rutsiro barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Amakuru dukesha RBA avuga ko King James na Shaddyboo bavuze ko barenze ku mabwiriza baje mu bikorwa by'ubucuruzi muri aka karere. Gusa Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, CIP Karekezi Bonaventure avuga ko bafashwe bari mu nzu imwe ya Maison de Passage bari mu busabane banywa inzoga.
NEW YORK — The US Centers for Disease Control and Prevention said last week it is withdrawing the Emergency Use Authorization for its test for the detection of SARS-CoV-2 while recommending that clinical labs that had been using its test transition to a test that can differentiate the coronavirus from influenza viruses.
Meanwhile, The US Food and Drug Administration has revoked Emergency Use Authorizations for SARS-CoV-2 tests from three other companies.
In a notice, the CDC said it was withdrawing its CDC 2019 Novel Coronavirus Real-Time RT-PCR Diagnostic Panel, which was the first test to receive an EUA for detecting SARS-CoV-2, after Dec. 31, 2021. It was providing advanced notice of its plans so that clinical labs would have enough time to choose another test.
Additionally, CDC encouraged the labs to choose a multiplexed test that can be used to detect and differentiate SARS-CoV-2 from influenza viruses. Such tests began hitting the market last fall but had limited use because of a flu season that was almost non-existent. With much of the global economy reopened and more lax social distancing practices, however, some experts are expecting a busier upcoming flu season, potentially making such multiplexed tests valuable tools.
In the meantime, the FDA revoked EUAs for SARS-CoV-2 tests developed by Gravity Diagnostics, Curative, and BioFire Diagnostics.
The Gravity COVID-19 Assay, which is designed to detect the SARS-CoV-2 N gene, first received FDA EUA in June 2020. The FDA said last week that Gravity had requested that the EUA be revoked since it is no longer using the assay at its clinical lab after transitioning to another test.
In November, Covington, Kentucky-based Gravity received FDA EUA for a test that detects the SARS-CoV-2 N, ORF1ab, and S genes.
The Curative SARS-Cov-2 Assay — formerly the Curative-Korva SARS-Cov-2 Assay — was authorized by the FDA in April 2020. Early this year, however, the agency issued an alert warning patients and healthcare providers about the risk of false negatives with the test.
At the time, San Dimas, California-based Curative — which acquired the test’s codeveloper KorvaLabs in mid-2020 — disagreed that the test had performance issues. However, last week the FDA revoked the test’s EUA at the request of the company, which said it was transitioning away from using the test at its lab.
The BioFire Respiratory Panel 2.1 received EUA from the FDA in May 2020. About a year later, the Salt Lake City-based company secured de novo clearance for the test, resulting in the FDA revoking the EUA.
Juno Kizigenza aherutse guteguza abakunzi be indirimbo nshya yifashisha ifoto itaravuzweho rumwe. Yabikoze nk'ibisanzwe aho umuhanzi ugiye gushyira hanze indirimbo nshya abanza gusohora integuza yayo ari nako byagenze kuri uyu muhanzi washyize ifoto ateguza abakunzi be indirimbo ye izasohoko ku itariki 30 Nyakanga 2021, gusa ikaba yaravugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bamushinja kwica umuco nyarwanda, abandi bagaragaza ko nta wukwiriye kumutera ibuye.
Mu guteguza iyo ndirimbo ye, Juno Kizigenza yakoresheje ifoto imugaragaza ahetse umukobwa kuri moto – uwo mukobwa akaba yari yambaye gusa ikariso n’akenda gakingira amabere. Itako rye ryose riba rigaragara. Abantu benshi bayisamiye hejuru nk'ibisanzwe abakunda umuziki wa Juno Kizigenza bamwe bati ‘ahubwo uri gutinda’, abandi bati ‘iyo ndirimbo irarenze’.
Mu bantu batishimiye iyi foto harimo n’umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu uzwi nka Oswakim wa Radio& Tv10, wagaragaje ko Juno Kizigenza yishe umuco nyarwanda. Ibi byatumye uyu munyamakuru yiyambaza abantu batandukanye barimo na Hon. Bamporiki Edouard Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco.
Oswakim yabanje kuyereka mugenzi we nawe w'umunyamakuru Ndahiro Valens Papy amubaza niba abo ari kubona ku ifoto ari abahanzi nyarwanda, ati “Aba ni abahanzi nyarwanda Ndahiro Papy? Ni nde na nde se?” Ndahiro Papy ataragira icyo asubiza ku kibazo yari abajijwe, Oswakim yahise yiyambaza (Tag) Minisitiri Bamporiki agira ati “Uku ni ko gutera imbere k’umuco?.'
Ku Cyumweru nibwo, hatangajwe ko, utubari n'utubyiniro byongeye gukomorerwa nubwo icyorezo cya Koronavirusi kicyibasiriye abatuye iki gihugu.Byari ibyishimo bidasanzwe ku baturage batuye iki gihugu ubwo utubari n'utubyiniro byongeraga gufungurwa, utubari hafi ya twose two mu mujyi wa Londre twari twuzuye abantu baje kwinezeza abandi batonze imirongo bashaka kwinjira ndetse hari naho amatike yo kwinjira yari yamaze gushira.Ubwongereza ni kimwe mu bihugu byambere ku isi byakuyeho ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya Koronavirusi harimo kwambara agapfuka munwa no guhana intera hagati y'umuntu nundi.
Nubwo ibi byakuweho, guverinoma y'Ubwongereza iherutse gutangazako abantu badakwiye kwirara kuko icyorezo kigihari muri iki gihugu. Bamwe mubaharanira uburenganzira bwa muntu mu Bwongereza bamaganye iki cyemezo cyo kongera gufunura utubari bavugako bishobora gushyira ubuzima bw'abantu mukaga kubera kudohoka ku mabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.
Kuri iki Cyumweru tariki 27 Kamena 2021 ubwo abapolisi bajyaga gufata abakristu barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 ubwo bari mu misa muri Santarari Gatulika ya Muko mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, babarwanyije hitabazwa abasirikare.
Bari mu gitambo cya misa cy'isakaramentu ryatangiye saa munani zuzuye ariko riza gukomwa mu nkokora n'inzego z'ubuyobozi bw'Umurenge wa Muko na Polisi y'u Rwanda ikorera muri uyu Murenge.
Ubwo Polisi yageraga kuri Santarari Gatolika ya Muko ibyari isakaramentu byahinduye isura kuko Abakiristu ndetse n'abaturage bahagurukiye rimwe bitambika Polisi na yo ikizwa n'amaguru hitabazwa Abasirikare maze bahosha ibyasaga n'imyigaragambyo.
Abaturage banze kuva iruhande rwa Santarari mpaka barekuye abaturage bose bari muri Kiliziya.
Habayeho ubwumvikane ku mpande zombi maze Abayobozi ba Kiliziya Gatolika 7 bari muri uwo muhango barimo na Padiri waturutse kuri (Cathedrale ya Ruhengeri) n'umuyobozi wa Santarari ya Muko burizwa imodoka bajyanwa muri Stade Ubworoherane mu Mujyi wa Musanze.
Aba bayobozi batwawe hitabajwe inzego za Gisirikare kuko Polisi n'ubuyobozi bw'Umurenge wa Muko bwasaga n'ubwananiwe iyi Operasiyo yitambitswe n'abaturage.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Muko, Murekatete Triphase yavuze ko ibyabaye bitari imyigaragambyo nk'uko byafashwe na benshi ahubwo ari abaturage bashatse gutambamira inzego z'umutekano n'ubuyobozi bw'Umurenge ariko byahise bikemurwa.
Nyuma bariya bantu baje kurekurwa ari uko batanze amande y'ibihumbi 11 Frw kuri buri muntu naho santarari ya Muko icibwa 150 000 Frw.
Matt Hancock yeguye ku mwanya wa Minisitiri w'ubuzima w'Ubwongereza nyuma yuko arenze ku ibwiriza ryo kutegerana agasomana n'umukozi bakoranaga.
Mu ibaruwa yandikiye Minisitiri w'intebe, yavuze ko guverinoma 'igomba kubwiza ukuri abantu bigomwe byinshi cyane muri iki cyorezo igihe tubatengushye'. Minisitiri w'intebe Boris Johnson yavuze ko 'ababajwe' no kwakira ubwo bwegure.
Sajid Javid ni we wemejwe nka Minisitiri w'ubuzima mushya, nkuko ibiro bya Minisitiri w'intebe byabivuze.
Bwana Hancock nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, yeguye nyuma yuko amafoto abonetse amwerekana ari kumwe na Gina Coladangelo, bivugwa ko yafashwe ku itariki ya 6 y'ukwezi kwa gatanu.
Yari amaze igihe yotswa igitutu ngo yegure, nyuma yuko ikinyamakuru The Sun gitangaje amafoto ye na Madamu Coladangelo â” buri umwe muri bo arubatse kandi afite abana batatu â” barimo basomana. Icyo kinyamakuru cyavuze ko ayo mafoto yafatiwe muri minisiteri y'ubuzima.
Abadepite bo mu ishyaka arimo rya Conservative riri ku butegetsi mu Bwongereza, cyo kimwe n'abo mu ishyaka ritavuga rumwe n'ubutegetsi rya Labour, ndetse n'itsinda ry'imiryango yapfushije abayo bazize Covid-19, bari basabye ko yirukanwa.
Umunyamakuru wa BBC Laura Kuenssberg ukurikiranira hafi inkuru za politiki, avuga ko ibiro bya Minisitiri w'intebe w'Ubwongereza â” bizwi nka No 10 Downing Street â” byashimangiye ko Bwana Hancock ari we ubwe wafashe icyemezo cyo kwegura, ko atabihatiwe na Minisitiri w'intebe.
Uyu munyamakuru avuga ko na Madamu Coladangelo na we yeguye ku mwanya w'ubuyobozi udafata ibyemezo yari ariho muri minisiteri y'ubuzima.
Muri videwo yashyize kuri Twitter, Bwana Hancock yagize ati:' Nagiye kureba minisitiri w'intebe kugira ngo negure ku mwanya wa minisitiri w'ubuzimaâ¦,Ndumva kwigomwa gukomeye buri muntu wese muri iki gihugu yagize, mwagize, kandi abo muri twebwe bashyiraho aya mabwiriza bagomba kuyubahiriza kandi ni yo mpamvu ngomba kwegura'.
Mu ibaruwa y'ubwegure bwe, Bwana Hancock yongeye kuvuga ko asaba imbabazi kubera 'kurenga ku ibwiriza' ndetse asaba imbabazi n'umuryango we n'inshuti kubera 'kubashyira muri ibi'.
Mu kumusubiza, Minisitiri w'intebe yavuze ko Bwana Hancock 'ukwiye kwegura ufite ishema ryinshi ry'akazi wakoze â” atari gusa mu guhangana n'icyorezo, ahubwo na mbere yuko Covid-19 itugeraho'.
Yongeyeho ati: 'Ndagushimiye ku bufasha bwawe kandi nemera ko umusanzu wawe mu gukorera abaturage utarangiriye aha'.
Umukuru w'ishyaka ritavuga rumwe n'ubutegetsi rya Labour, Sir Keir Starmer, yanditse kuri Twitter ati: 'Matt Hancock yakoze igikwiye kuba yeguye. Ariko Boris Johnson yagakwiye kuba yari yaramwirukanye'.
Hari haranagaragajwe impungenge ku buryo Madamu Coladangelo yahawemo ako kazi mu kwezi kwa cyenda mu 2020, uyu akaba ari inshuti ya Bwana Hancock kuva mu gihe bombi bigaga kuri Kaminuza ya Oxford.
Matt Hancock yeguye ku mwanya wa Minisitiri w'ubuzima nyuma yuko amafoto amugaragaje asomana na Gina Coladangelo (ibumoso).
Umuvugizi wa No 10 yashimangiye ko 'uburyo buboneye' bwakurikijwe mu kumuha ako kazi, ariko yanga kugira ibirenzeho atangaza.