Tag: Trending

  • Covid-19: Abantu 24 bafatanywe n'umusore wabatumiye mu birori ngo abereke umukunzi – #rwanda #RwOT

    Abo bantu bose bafashwe, bari bitabiriye ubutumire bw'umusore washakaga kubereka umukobwa bendaga kurushingana.Bageze mu resitora barizihirwa bararya, baranywa, barenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 ari bwo bafatwaga na Polisi ihawe amakuru n'abaturage ko hari abantu bashobora kuba bari mu birori bitemewe.

    Umuhuzabikorwa bya Polisi n'abaturage mu Ntara y'Amajyaruguru, CIP Alex Ndayisenga, yasabye abaturage kutirara na gato kuko Covid-19 igihari kandi uko kwirara biyiha icyuho cyo gukomeza gukwirakwira muri benshi.

    Yagize ati”Polisi irasaba abaturage gukomeza kwirinda Covid-19 bubahiriza amabwiriza kuko igihari kandi uko birara ni ko bayiha icyuho no kwanduzanya hagati yabo. Polisi iributsa ko ubusabane n'ibirori bibera mu ngo bibujijwe.'

    Abafashwe bose uko ari 24 bahise bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza ngo bigishwe banacibwe amande yagenwe n'Inama Njyanama ariko bazarekurwa ari uko bamaze gupimwa Covid-19.

    Umuyobozi w'Akarere ka Musanze Nuwumuremyi Jeannine asaba abaturage gukomeza kwirinda kuko Covid-19 ihari kandi yandura igahitana n'ubuzima bwa bamwe kandi ko bazakomeza kugenzura no guhana abarenga nkana kuri ayo mabwiriza.

    Yagize ati”Nibyo muri iyi minsi turagenda tubona imibare y'abandura yiyongera ariko ubona ko bituruka ku bantu bari kudohoka ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.Tumaze igihe kirenga umwaka duhanganye n'iki cyorezo kandi kiracyahari, tuzakomeza gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ryayo n'abayarengaho bahanwe nk'uko byemejwe n'Inama Njyanama y'Akarere”

    Akarere ka Musanze ni kamwe mu tumaze iminsi tugaragaza izamuka rikabije ry'imibare y'abandura Covid-19 kuko kuva uku kwezi kwa gatandatu kwatangira hamaze kwandura abantu 80 mu gihe 78 banduye muri iki cyumweru gishize gusa bigaragara ku muri icyo cyumweru handuaraga abarenga 11 ku munsi.

    Bamwe mu bafashwe bari mu birori barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/covid-19-abantu-24-bafatanywe-n-umusore-wabatumiye-mu-birori-ngo-abereke

  • Impamvu kureba prono no kw’ikinisha ari bibi #Rwanda #RwOT

    Kureba prono, bigakurikirwa no kw’ikikinisha burya ni bibi birutwa no gushaka uwo mubikorana bikagira inzira. Burya iyo urebye prono bikagutera ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina warangiza ukikinisha dore ibyo uba uri kwangiza mu bwonko bwawe :

    Mu busanzwe :

    Icyambere, mu busanzwe umubiri ufata umubonano mpuzagitsina nk’imenyetso cy’iterambere muri societe, mu bukungu no mu buhangage umugabo aba agezeho. Bivuze ko iyo ukoranye icyo gikorwa n’umugore umubiri wawe wo w’umva ko uhembwe ku bw’icyiza runaka wagezeho, akaba ariyo mpamvu ubashije no gushimwa n’umugore akaguha umubiri we. Iki nicyo gisobanuro umubiri wawe wumva iyo ukoze umubonano mpuzagitsina ukarangiza.

    Ku beshya ubwonko bwawe birawangiza

    Akenshi usanga abagore n’abakobwa bakina muri za firime z’urukozasoni aba ari beza bihambaye bagakora n’ibirenze cyane maze binarenze ibyo abagore basanzwe bakorera abagabo mu buzima busanzwe. 

    Iyo rero urebye ishusho rya bene uwo mukobwa ukikinisha , uba ubwiye umubiri wawe ko wabaye indashikirwa cyane mu bagabo, akaba ari wowe wegukanye uwo mukobwa. Ibi bitera ingaruka zikurikira :

    – Ubwonko buhita bugabanya ubushake bwo gukora cyane, kuko uba w’umva ko wamaze gutera imbere. Bikautera ubunebwe

    – Ubwonko buhita bw’umva ko undi mukobwa uwari wese uri munsi y’uwo ubonye muri ayo mashusho atari mu rwego rwawe adakwiriye no kugushimisha.

    – Ubwonko bugashaka ibirenze ibyo wabonye muri ayo mashusho, kugirango bubashe kw’ihaza. Uri umugabo wubatse rero niho usanga umugore wawe atakiguhagije wamubona igitsina n’ikinabashe guhaguruka, cyeretse utekereje kuri ya mashusho warebye. Mu byukuri ukora igikorwa cy’abashakanye utekereza undi mugore, umugore wawe akabibona neza kandi ko umutima wawe utari kumwe nawe. 

    – Ubaye ukiri umusore utarashaka, gutereta birakunanira kuko ubwonko bw’umva ko uko ubona abagore beza mu buryo bworoshye utavunitse ari nako mu buzima busanzwe bigomba kugenda. Ugasanga ushimishwa n’indaya kurusha abakobwa.

    Izi ni ingaruka zimwe zikwiriye kw’irindwa n’igitsina gabo kuko ari cyo cy’ugarijwe cyane n’icyorezo cy’amashusho y’urukozasoni. Mu gusoza icyo twababwira, nyamuneka aho kugirango urebe ayo mashusho w’ikinishe wajya hanze ukajya gutereta ukareba ko baguha.

    Sangiza iyi nkuru uwo w’umva ko yagirira akamaro.

    Source : God For a better life

  • Nta hantu na hamwe muri bibiriya habuza umugabo kugira abagore barenze umwe #Rwanda #RwOT

     

    Iki ni ikibazo aba christo benshi bakunda kwiyibazaho. Ni ryari urushako rwategetswe ko rugomba kuba hagati y’umugabo n’umugore umwe gusa? Ibi naho bigaragara muri bibiriya, ahubwo uherereye mu gitabo cya genese, ubwo cain umwana wa adamu na eva yafataga abagore babiri, ndetese na Mose watanze Amategeko icumi y’imana, yarafite abagore babiri. uwaciye agahigo yari Salomon, wari ufite abagore barenga 700, n’abandi bo kuruhande bagera kuri 500. 

    Hari n’ingero nyinshi mu byanditse aho Imana isezeranira abami b’israel kuzabaha abagore benshi. Ese byagenze gute ngo, abantu cyane cyane igitsina gore cyumva ko umugabo agomba kuba w’umugore umwe gusa? Aho usanga mu bihugu byinshi ari icyaha gihanirwa n’ amategeko , ko umugabo yagira umugore wa kabiri cyangwa uwa gatatu? Aho byaba byaraturutse hose nabwo byaturutse muri Bibiriya. 

    Icyaha cy’ubusambanyi kivugwa mu mategeko icumi y’imana nabwo ari icyimande zombi. Kuko, icyo cyaha kibaho gusa iyo umugabo asambanyije umugore w’undi mugabo (Umugore uri marier).  

    Mu isezerano rishya, Yesu ategeka umugabo gukunda umugore we, n’umugore k’ubaha umugabo we. Bivuze ko igihe umugabo abanye n’umugore umwe gusa aba ari ikimenyetso cy’urukundo amukoreye nabwo biba ari uburenganzira. Binavuze ko igihe cyose umugore yateshuka ku nshingano zo kubaha umugabo we, umugabo aba yemerewe gushaka undi mugore. 

    Sibyo se?

    Source : google.com

  • Ibimenyetso simusiga bigaragaza umugore uca inyuma umugabo we #Rwanda #RwOT

    Muri ibi bihe, hari kuvugwa ibibazo byinshi mu miryango hagati y’abashakanye. Ubushakashatsi bukomeje gukorwa bugaragaza ko , umutungo no gucana inyuma bikomeje kuza ku isonga mu bitera ibibazo mu ngo. Nk’umuntu washakanye bisaba kumenya ibimenyetso bigaragazwa n’ uwo mubana uguca inyuma byagufasha kumenya uko w’itwara icyo gukora n’icyo kwitondera. Turaza kubigeraho byose nyuma y’iyi nkuru. 

    Ubushakashatsi kandi bwagaragaje ko abagore bazi guhisha cyane guca inyuma kwabo kurusha abagabo. Iyo uri umugabo ukabona umugore wawe y’itwaye mu buryo bukurikira uzamenye udashidikanyije ko aguca inyuma :

    1. Ahora terefoni ye yagabanyije amajwi (Silencieux)

    Ni ubona umugore wawe terefoni ye ihora muri silencieux, yakuyemo amajwi ujye umenya ko hari umuhamagara aba adashaka ko bizaba uhari.

    2. Kudashaka gutera akabariro n’inzitwazo z’uburwayi.

    Ni ubona umugore wawe ahora yitwaza ububabare bw’umubiri ni mutere akabariro uzamenye neza ko aguca inyuma. Akenshi abagore bitwaza kubabara umugongo, n’ibindi akanga ko mukora igikorwa cy’abashakanye kuko aba yamaze kuguca inyuma.

    3. Gushaka kumenya aho uherereye

    Umugore uca inyuma umugabo we, akunda kumuhamagara amubaza aho aherereye; Ibi umugabo hari igihe abifata nk ikimenyetso cyo kumwiyitaho nyamara aba agirango utaza kumufata ari kumwe n’uwo agucana inyuma. Itondere ikibazo : “Cheri uri hehe?”

    4. Inzitwazo zo gusohoka no gutinda hanze

    Umugore uca inyuma umugabo we, akunda gushaka inzitwazo zituma asohoka agatinda hanze; Urugero inshuro yajyaga gusenga , kuri gym, zikiyongera n’amasaha ahamara nayo akiyongera niba afite akazi agataha atinze cyane 

    5. Agushinja kumuca inyuma

    Ibi birasanzwe cyane ku munyacyaha gushinja uwo yakoreye icyaha icyo cyaha. Umugore uca inyuma umugabo we amuhoza ku nkeke z’uko umugabo amuca inyuma kandi ari we ubikora. Ubu ni uburyo bwo kw’iruhura umutima, avuga ngo n’ubwo mbikora nawe arabikora

    6. Yanga umuryango abaturanyi n’inshuti z’umugabo we

    Umugore uca inyuma umugabo nabwo akunda abaturanyi, inshuti z’umugabo we, ndetse n’umuryango w’umugabo we. Kuko abayicyeka ko azafatwa nabo bakaba babibwira umugabo bakamusebya. 

     7. Hari ahantu aba adashaka kujya mu mujyi nk’ama restaurant amwe n’amwe

    Umugore uca inyuma umugabo we usanga hari nk’ahantu aba adashaka gukandagira nk’iyo mwasohotse. Ibi akenshi abiterwa no kwanga kuhahurira n’uwo ba sambana cyangwa abandi bazi ibyo akora. Ashobora kwanga kujya muri restaurant y’ igeze gusohokaniramo n ‘uwo basambana ngo batamubona ari kumwe n ‘ umugabo we w’ukuri bikaba ikibazo.

    8.  Iyo muteye akabariro usanga akoze ikintu atarigeze akora mu buzima bwe

    Iyo ubonye umugore wawe atangiye kuzana ibikorwa bidasanzwe utazi aho akuye mu buriri uzamenye ko “kakubayeho”. Ashobora gutangira kunyonga muburyo atari asanzwe akunyongeramo mbere. Akagusaba ko umurigata mu myanya y’ibanga utarigeze ubimukorera; cyangwa we akabigukorera yari yarabyanze mbere. Ushobora kuryoherwa cyane bikakurangaza, ariko urarye uri menge!

    9. Avuga ko atishimye n’asobanure impamvu

    Umugore uhorana umushiha akagaragaza kutishimira imibanire yanyu akenshi ni uko aba afite ukundi agereranya urukundo rwanyu, n’urwo abonera hanze y’urushako.

    10. Arakazwa n’ubusa

    Icyo ukoze cyose arakurakarira

    11. Ahamagarwa na numero zitazwi


    12. Asigaye y’iyitaho birenze uko yarasanzwe


    13. Akugurira impano zihenze n’umenye aho yakuye amafaranga


    Abantu bose bakunda impano, gusa n’ubona umugore wawe akuguriye isaha ya zahabu itavanze utazi aho amafaranga yayakuye uzitonde cyane. Ibi abaca inyuma abo basezeranye babikora ari nku buryo bwo kw’iruhura umutima.

    14. Yanduye indwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina

    Iki ni ikimenyetso cyacyuma simusiga. Iyo ubunye umugore wawe yanduye indwara utazi yandurira mu mibonano mpuzabitsina, uzi neza ko utigeze umuca inyuma cyangwa wowe itaragufata, numenye aho yayikuye, nawe urabyumva nyine.

    Ni iki cyakorwa n’umugabo ubonye ibi bimenyetso bigaragaye ku mugore we? 

    Ugomba gushaka ibimenyetso simusiga. Shaka aba gufasha kumenya amakuru yose yuzuye. Cyane ukamenya uwo agucana inyuma uwo ari we, n’uburyo n’igihe bahurira.

    Ni iki umugabo atagomba gukora, mu gihe acyetse ko umugore we amuca inyuma?

    Mu gihe utara bona ibimenyetso, nabwo ugomba kumutonganya, kucyecyera, kuko ibi nacyo bitanga arushaho gusanga uwo basambana, bikagabanya amahirwa ko urukundo rwanyu rwagaruka, bigahungabanya umuryango na societe. Banza ushakishe ibimenyetso byose.

    Ni iki umugabo y’akora amaze kubona ikimenyetso ko umugore we yasambanye hanze?

    Ubushakashatsi bwagaragaje ko 80% by’ingo zigaragayemo umugore uciye inyuma umugabo, zihita zitandukanya. 15% gusa nizo zibasha gusubirana. Umaze ku bona ibimenyetso wabanza ugahamagara inshuti, umuryango , abanya madini cyangwa abayobozi ikibazo ukagishira hanze n’umugore wawe ahari. bakabagira inama, akabazwa icyamuteye gukosa hagamijwe kureba niba kugumana bigishoboka. Wagira Imana ukisanga muri 15% babasha kongera kubana.

    Ni iki umugabo atagomba gukora amaze kubona ikimenyetso ko umugore we yasambanye hanze?

    Icyo utagomba gukora ni ugushaka kumuhima nawe ukajya gusambana hanze, mukabaho muri ubwo buzima bwo gucana inyuma. Ibyo ni bibi, kuko nakindi byabaviramo usibye kwanduzanya indwara no kubyara abana hanze badafite imiryango bikagira ingaruka mbi ku gihugu na societe.

    Source : bestlifeonline.com

  • Abigaragambya basaga 100,000 bazindukiye mu mihanda ya Montreal Muri Canada bamagana gahunda za Guma Murugo #Rwanda #RwOT

     Abigaragambya basaga 100,000 bazindukiye mu mihanda ya Montreal Muri Canada bamagana gahunda za Guma Murugo, n’ ingamba zo gukumira Covid19

    Soure : Youtube.com

  • Kwangizwa kw’ ibidukikije bitewe n udufukamunwa bikomeje gufata indi ntera #Rwanda #RwOT

     

    Large amounts of discarded PPE found polluting the planet, harming sea and wild life

    According to the report, volunteers through the International Coastal Cleanup network collected 107,219 items of PPE from July to December 2020–although experts believe that number is “a vast undercount.”

    Large amounts of discarded PPE found polluting the planet, harming sea and wild life

    Katie Daviscourt
    Katie Daviscourt Seattle, WA

    The Ocean Conservancy released a shocking report Tuesday that details the amount of pollution harming Oregon’s waterways from PPE that individuals use to combat the novel coronavirus.

    ADVERTISEMENT
    This photo shows a crab swimming out at sea entangled in a mask.

    Although the CDC recommended the use of PPE to help prevent the spread of COVID-19, the reported data reveals a brewing crisis as masks, gloves, face shield, and sanitary wipes create hazardous environments for sea-life and land-life.

    According to the report, volunteers through the International Coastal Cleanup network collected 107,219 items of PPE from July to December 2020–although experts believe that number is “a vast undercount.”

    ADVERTISEMENT
    This photo shows a mask wrapped around a fish, causing it harm as it failed to remove the mask on its’ own.

    On the west coast alone, more than 5,000 pieces of PPE were reported by 13,000 volunteers in the last six months of 2020, according to the senior director of Ocean Conservancy’s Trash Free Seas Program Nicholas Mallos.

    Volunteers recorded the data on the Conservancy’s Clean Swell app under the category ‘PPE,’ although these numbers don’t include the first six months of 2020 where data was being recorded under ‘personal hygiene.’

    ADVERTISEMENT
    This photo shows a mask wrapped around a seaguls feet, preventing it from flying.

    “Notably, the amount of personal hygiene litter recorded in the app between January and July 2020 was three times higher than what was recorded in that same time period for each of the previous three years,” said Mallos in an email.

    The Chief Executive Officer of Solve Oregon, Kris Carico, confirmed the vast increase in litter from PPE materials.

  • Ese Abagore bakwiriye kwemerera abagabo babo kureba prono aho kubaca inyuma? #Rwanda #Rwot

    Ubu bushakashatsi bwakozwe na kaminuza ya Oxford mu bwongereza bwagaragaje ko Abagabo bareba prono cyangwa filime z’urukozasoni, byibuze gatatu mu cyumweru nibagira ubushake bwo guca inyuma abo bashakanye bitewe n’uko baba bameze kw’imaramo ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina, kuko mu gihe bareba prono abenshi muri bo, birangira bikinishije bakabasha kurangiza.

    Mu gihe akenshi mu ngo usanga umugore agira impamvu nyinshi zitandukanye zatuma atagira ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina nko kujya mu mihango, cyangwa izindi mpamvu, ugasanga umugabo aboneraho urwitwazo rwo kujya gushaka ahandi abicyemurana bikaba byatera amakimbirane muri urwo rugo mugihe umugore yamucyekera cyangwa akumufata ari muri icyo cyaha.

    Ubu bushakashatsi, bwanagaragaje ko , umugabo ureba bene izo firime, iyo agiye kubikorana n umugore we atinda kurangiza bircyo umugore akarushaho kuryoherwa bitewe n’uko abenshi muri bo (abagore), banga umugabo urangiza vuba. 

    Gusa n’ubwo ubu bushakashatsi bw’ibanda cyane cyane ku byiza bishobora guturuka mu kureba izo filime, nabwo twakwirengagiza ibibi by’izo filime cyane cyane ingaruka mbi zigira kubazikinamo, harimo nko guhabwa ibiyobyabwenge, gukuramo inda, kwiyahura, kandi rimwe na rimwe hagakoreshamo abana batarakwiza imyaka y’ubukure bikunzwe kuvugwa kenshi kuri internet. Ibi Bikwiye kwamaganirwa kure no kurwanywa ahashoboka hose.

    Izo ngaruka mbi zivuyemo; mwebwe mubyumva gute? Ese umugabo akwiye kureba izo firime aho guca umugore we inyuma?

    Source : Oxford University Sexual Health and Sexual Behavior https://oxfordre.com/psychology/view/10.1093/acrefore/9780190236557.001.0001/acrefore-9780190236557-e-704

  • MenEngage yamaganye abavuga ko abagore n’abakobwa barwanya ikandamizwa ari ‘ibishegabo’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu nkuru ya Kigali Today igira iti “Abakobwa bo muri MenEngage barashaka abagabo batazabavunisha imirimo y’urugo”, bamwe mu basomyi bayo bayitanzeho ibitekerezo bamagana iyo myumvire MenEngage ije kwigisha mu Rwanda.

    Harimo n’abakomeje kuvuga ko abo bakobwa n’abagore bitwa “Feminists” ari ‘ibishegabo’, ndetse ko baje kwica umuco karande uhesha umugabo ubutware kuva umuntu yaremwa kugeza ubu.

    Uwiyita Williams agira ati Bazigishe abakobwa no gutereta abahungu, babarambagize, bafate irembo, basabe banakwe aho ngaho imyumvire izahura, …Biragoye guhindura uko Imana yaremye abantu,…buri wese akora icyo yaremewe gukora, c’est la loi de la nature(ni itegeko rya kamere) ntabwo mwabihindura”

    Uwiyita Leki na we akomeza avuga ko MenEngage yahugura abantu cyangwa itabahugura, umugore ngo ‘azakomeza yitwe umugore, ntacyo bizafasha usibye gusenyuka burundu kw’ingo’.

    Uwiyita Iddy na we yarasetse cyane ati”Hhhhhhh abo bakobwa ni ibishegabo pe! None se ubwo abakobwa na bo bazajya bakwa abagabo???? Mbese gutanga inkwano! Niba barabuze abagabo nibareke koshya abandi!!!”

    Fidèle Rutayisire, umwe mu bagize ihuriro MenEngage akaba anayoboye Umuryango RWAMREC w’abagabo baharanira uburinganire bw’umugore n’umugabo no kurwanya ihohoterwa, avuga ko ibi bitekerezo hamwe n’ibindi nkabyo, bitemewe kuko bitesha agaciro umugore.

    Rutayisire Fidèle, Umuyobozi Nshingwabikorwa wa RWAMREC aramagana abantu bakoresha izina igishegabo bavuga umugore cyangwa umukobwa uharanira uburenganzira bwe
    Rutayisire Fidèle, Umuyobozi Nshingwabikorwa wa RWAMREC aramagana abantu bakoresha izina igishegabo bavuga umugore cyangwa umukobwa uharanira uburenganzira bwe

    Rutayisire yagize ati “Iryo jambo rifite ubusobanuro bubi, ntabwo ari byo(ntibikwiye), iyo urebye neza umuntu bita igishegabo ni uba yaramenye uburenganzira bwe, arimo guharanira impinduka”.

    Uyu muyobozi wa RWAMREC avuga ko kuvuga ko umuntu ari igishegabo ari ukumutuka, ahubwo abantu ngo bagakwiriye kumva ko umugore yakandamijwe kuva kera.

    Ntabwo yemeranywa na Bibiliya, aho avuga ko yanditswe n’Abayahudi badaha agaciro abagore n’abana mu muco wabo.

    Rutayisire yaganiriye n’Itangazamakuru mu gihe i Kigali hari hateraniye inama mpuzamahanga yiswe ‘MenEngage Symposium’, yahuje abantu barenga ibihumbi 100 bo hirya no hino ku isi hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Rutayisire avuga ko iyo nama yashyizeho icyo bita “Kigali Declaration(Amasezerano ya Kigali) agamije kuzakorera ubuvugizi abagore n’abakobwa mu miryango mpuzamahanga irimo uw’Abibumbye(UN), Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) n’indi, kugira ngo abagabo batangire gutekereza gusangira ubutegetsi n’abagore.

    Uwase Aisha avuga ko bagiye kwigisha abahungu n
    Uwase Aisha avuga ko bagiye kwigisha abahungu n’abakobwa kuzakura bafite kubahana no gufashanya

    Umwari witwa Uwase Aisha, wo muri MeEngage na we akomeza avuga ko mu rwego rwo kwirinda ko abantu bazakomeza kubagiraho imyumvire idakwiye, bagiye kujya kwigisha urubyiruko rw’Abanyarwanda gucika ku mvugo n’imikorere ishyira umugore hasi y’umugabo.

    Biteganyijwe ko ubu bukangurambaga buzakorerwa ahahurira abantu benshi nko mu mashuri no ku biro by’inzego z’ibanze mu gihe cy’amezi umunani ari imbere guhera muri uku kwezi k’Ugushyingo 2020.

    Inama mpuzamahanga yigaga ku buringanire bw
    Inama mpuzamahanga yigaga ku buringanire bw’abagore n’abagabo yanzuye ko ibiganiro bigiye kubera mu bihugu bitandukanye byo ku isi kugera muri Kamena 2021

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/menengage-yamaganye-abavuga-ko-abagore-n-abakobwa-barwanya-ikandamizwa-ari-ibishegabo

  • Bwa mbere Prince Harry yahawe akazi muri sosiyete yigenga 😂😂 #Rwanda #RwOT

    Igikomangoma Harry cyabonye akazi mu Kigo cyigenga mu Kibaya cya Silicon Valley cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika gifatwa nk’umurwa mukuru wa Sosiyete ziganjemo iz’ikoranabuhanga zikomeye ku Isi, giherereye muri Leta ya California.

    Prince Harry uheruka kuva mu Bwongereza ndetse akareka inshingano yari afite i bwami, yahawe akazi na sosiyete y’i San Francisco muri California muri Amerika.

    Azajya akora muri iyi sosiyete yitwa BetterUp Inc nka Chief Impact Officer [CIO], aho azaba afite inshingano zirimo izijyanye n’ibikorwa by’ubugiraneza, gutanga ubufasha ku byemezo bijyanye n’ibicuruzwa no gutanga inama ku bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe. Harry yari asanzwe yarakoranye n’ibigo byita ku bafite uburwayi bwo mu mutwe.

    Sosiyete ya BetterUp Inc, Prince Harry agiye gukorera isanzwe itanga serivisi zirimo gutoza abantu bya kinyamwuga, gutanga inama z’ibijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe n’ibindi.

    Prince Harry cyangwa se The Duke of Sussex, yavuze ko yizeye ko azashobora gukora ibintu bizatanga impinduka n’ingaruka nziza kuri sosiyete.

    Ni ubwa mbere Prince Harry yahawe umwanya muri sosiyete yigenga nyuma yaho umwaka ushize yaretse inshingano yari afite mu bwami bw’u Bwongereza we n’umugore we Meghan Markle basinye kujya kuba muri Amerika.

    Mu minsi ishize Harry na Meghan Markle basinye amasezerano yo kujya bakorana na Spotify ndetse na Netflix.

    Kuva yava i Bwami mu mwaka ushize ni bwo Prince Harry yahawe umwanya muri sosiyete yigenga

    Prince Harry na Meghan baherutse gusinya amasezerano na sosiyete zirimo Spotify na Netflix ngo bazajye bakorana
  • AMAFOTO : Ingabire Grace ufite impano yo kubyina yegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2021 #rwanda #RwOT

    Ku isaha ya saa tanu z’ijoro n’iminota 46′ Ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021 ryambitswe Ingabire Grace winjiye mu irushanwa ahagarariye Umujyi wa Kigali.

    Igisonga cya Mbere yabaye Akaliza Amanda [Nimero 01] wari uhagarariye Umujyi wa Kigali naho Igisonga cya kabiri yabaye Umutoni Witness [Nimero 28] wari uhagarariye Umujyi wa Kigali.

    Ingabire Grace (No.7) yari ahagarariye Umujyi wa Kigali. Afite imyaka 25 y’amavuko, afite impamyabushobozi ya Kaminuza mu kubyina, akanibanda cyane ku masomo ya Globalization, Philosophy & Psychology.

    Uyu mukobwa yambitswe ikamba asimbura Nishimwe Naomie wari umaze umyaka aryambitswe. Yegukanye ikamba mu birori byabereye muri Intare Conference Arena kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Werurwe 2021. Ni nyuma y’urugendo rwatangiye kuva mu Ukuboza 2020 hashakishwamo Miss Rwanda 2021.

    Irushanwa rya Miss Rwanda ryiyandikishijwemo abakobwa 413. Bakuwemo 37 bahagararira Intara n’Umujyi wa Kigali, hanyuma hatorwa 20 bajya mu mwiherero. 20 bakuwemo 10 bagera mu cyiciro cya nyuma. Hatowe kandi batatu bavuyemo Nyampinga w’u Rwanda. Ubwiza bwahawe amanota 30%, Umuco 30% naho Ubwenge bwahawe amanota 40%.

    Agnes Mukazibera wari ukuriye Akanama Nkemurampaka yashimye buri mukobwa witabiriye Miss Rwanda, abateye inkunga n’abandi bose bagize uruhare mu migendekere myiza y’iki gikorwa. Yasabye abantu batandukanye kuzafasha aba bakobwa gushyira mu bikorwa imishinga yabo.

    Ikamba ry’umukobwa wabaniye neza abandi [Miss Congeniality] ryegukanwwe na Gaju Evelyne [Nimero 5] ; yahawe 1,800,000 Frw yatanzwe na Petersbakers. Ikamba ry’umukobwa uberwa n’amafoto [Miss Photegenic] ryegukanwe na Uwase Phiona [Nimero 35].

    Ikamba ry’umukobwa wagaragaje impano yihariye [Talent Winner] ryegukanwe na Umutoniwase Sandrine ; yahembwe miliyoni 1 800 000 Frw no kwigira ubuntu muri Kaminuza.

    Ikamba rya Nyampinga w’Umurage [Miss Heritage] ryegukanwe na Ishimwe Sonia. Yahembwe 1 800 000 Frw no kwiga muri Kaminuza ya Kigali.

    Ikamba ry’umukobwa ukunzwe ryegukanwe na Kayirebwa Marie Paul [Yagaragaye mu ndirimbo ‘Ikinyafu’ ya Bruce Melodie], yahembwe 1 800 000 Frw yatanzwe na MTN.

    Musana Teta Hense yegukanye ikamba ry’umukobwa ufite umushinga mwiza [Most Innovative Project] yahembwe miliyoni 6 Frw no gufashwa na Banki ya Kigali.

    Uwase Phionah yabaye Miss Photogenic ahembwa 1 800 000 Frw na Diamond Smile Dental Clinic.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/AMAFOTO-Ingabire-Grace-ufite-impano-yo-kubyina-yegukanye-ikamba-rya-Miss-Rwanda-2021