Tag: Trending

  • Ibyo Shaddyboo ashaka ko umukunzi we azajya amukorera – YEGOB #rwanda #RwOT

    Shaddyboo abinyujije kuri Twitter yatangaje ibyo ashaka ko boyfriend we agomba kuzajya amukorera.

    Yagize ati “ Ndashaka Bf, unkunda kuburyo umuntu wese wazajya amuhamagara yazajya abanza akavuga ngo : Hello ndi Bf wa ShaddyBoo, twagufasha iki ? “.

    Shaddyboo

    Source : https://yegob.rw/ibyo-shaddyboo-ashaka-ko-umukunzi-we-azajya-amukorera/

  • Gasabo: ‘Kurya Show’ mu byatumye abakobwa baterwa inda muri Guma mu Rugo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abakobwa batuye Akagari ka Bibare muri Kimironko barimo gusobanurirwa uko bakwiye kwirinda guterwa inda batifuza
    Abakobwa batuye Akagari ka Bibare muri Kimironko barimo gusobanurirwa uko bakwiye kwirinda guterwa inda batifuza

    Umuyobozi Nshingwabikorwa wungirije w’Akarere ka Gasabo, Mudaheranwa Regis, yabitangaje mu gusoza ubukangurambaga bwiswe “Operasiyo mu Mizi”, bari bamazemo ibyumweru bitatu bigisha abakobwa kwirinda gutwita batabigambiriye.

    Inyito “Operasiyo mu mizi,” Akarere ka Gasabo kayikomora mu biganiro Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiye agirana n’Urubyiruko, arubwira ko abato ari imizi y’igiti cyose (u Rwanda), kandi ko mu gihe imizi yatemwa icyo giti cyagira ibibazo bikomeye.

    “Operasiyo mu Mizi” bikaba bisobanura ibikorwa mu rubyiruko rw’abangavu, bigamije kururinda guterwa inda rutiteguye, kwirinda ibiyobyabwenge hamwe n’icuruzwa ry’abantu.

    Mudaheranwa avuga ko muri Guma mu Rugo (ya mbere) bibwiraga ko abana bari mu rugo kandi barinzwe, ariko ngo amashuri yarafunguwe abagera kuri 23 ntibashobora gusubira kwiga kuko bari batewe inda.

    Akomeza agira ati “Hari uwavaga i Rusizi ari mubyara w’umuntu cyangwa se wabo, akaza agatera umwana inda, ni muri cya gihe cya Guma mu Rugo, byarabaye ku Gisozi na Rutunga n’ubwo ari mu cyaro”.

    Abangavu bo muri GS Kimironko II barimo kubwira Ubuyobozi bw
    Abangavu bo muri GS Kimironko II barimo kubwira Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ko bamenye kwirinda inda zidateganyijwe

    Avuga ko ibindi byatumye abana bagira imyifatire ituma baterwa inda, ari amashusho y’ibyo bareba mu byuma by’ikoranabuhanga cyangwa mu gihe bagiye gusura abahungu n’abagabo mu macumbi, bakifotozanya (icyo bita kurya show), nyuma bakaryamana na bo.

    Uwitwa Miriam Mukaruziga w’imyaka 21 utuye mu Kagari ka Bibare mu Murenge wa Kimironko, ashimangira ko abatera inda abangavu baba babatumiye aho bacumbitse mu mahoteli n’ahandi, bakabanza kubashukisha uduhendabana.

    Mukaruziga yagize ati “Mu mahoteli bajya badutumira nyine tukajyayo ariko nkanjye uzi kuvuga ‘oya’, ndabahakanira nkabakuzaho burundu”.

    N’ubwo imibare y’abatewe inda muri 2020/2021 yagabanutse ikagera kuri 423 ivuye kuri 750 muri 2019/2020, ndetse n’abihutira kumenyesha Ubugenzacyaha ko bahohotewe bakaba bagenda biyongera, Abayobozi ba Gasabo bavuga ko kubona n’umwe wahohotewe ari amahano.

    Umuryango w’Ivugabutumwa mu Rwanda (AEE) ufatanya n’Akarere ka Gasabo muri ubu bukangurambaga, uvuga ko mu byumweru bitatu bishize wahuye n’abakobwa 27,118 bafite imyaka kuva ku 10-24, ubagaragariza uburyo bugarijwe n’ingaruka zo gutwita batabiteganyije.

    Umuyobozi wungirije w
    Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Gasabo, Mudaheranwa Regis avuga ko batishimiye imibare y’abangavu batewe inda muri uyu mwaka

    Umukozi wa AEE Rwanda Joseph Bigenimana avuga ko babigishije ibijyanye n’Ubuzima bw’imyororokere, ubumenyi mu buzima ndetse n’inyigisho zigamije kwiteza imbere, cyane cyane ibijyanye n’imyuga.

    AEE na Gasabo bavuga ko abakobwa barimo kugwa mu mutego wo guterwa inda batabizi, abenshi ari abafite imyaka y’ubukure kuva ku 10-17.

    Umuyobozi wungirije w’Inama y’Igihugu y’Abagore (CNF) mu Kagari ka Bibare, Mukeshimana Consolé avuga ko n’ubwo gahunda ya ‘Operasiyo mu Mizi’ irangiye ku rwego rw’akarere, muri ako kagari bagiye kuyikomeza kugira ngo kurinda abana babigire umuco.

    Akarere ka Gasabo kakoze ‘Operasiyo mu Mizi’ nyuma y’ubukangurambaga bwabanje bwiswe ‘Sigaho’, bwo bwasabaga abagabo n’abahungu kurekeraho guhohotera abangavu.

    Icyo gihe abakobwa bahohoterwaga bakabibwira Ubugenzacyaha ngo bari 23%, ariko gahunda ya “Sigaho” ngo yarangiye abatinyuka kuvuga ikibazo bagize bageze kuri 69%.

    source : https://ift.tt/2XOedrt

  • VIDEO : Abishimiye urupfu rwa Joe Habineza ni abagome wagira ngo baritswemo n’amashitani-Mugwiza yababaye #rwanda #RwOT

    Yabivuze mu kiganiro n’amashusho yagiranye na UKWEZI TV, aho yavuze ko atari aziranye na nyakwigendera uretse kumubona mu bitangazamakuru agaragaza ibitekerezo bye byari byiza.

    Uyu mugore ukunze kuvuga ibitekerezo bye yatuye, yavuze ko mu buzima busanzwe akunda Abanyarwanda ku buryo yababajwe n’urupfu rwa Joseph Habineza kuko atanamenye iby’uburwayi bwe.

    Ati 'Nakunze uburyo yari cool [aca bugufi], nkunda uburyo yasobanukirwaga ubuzima, nkunda uburyo yasobanukirwaga imibanire abantu bakagombye kugirana, nkunda uburyo yasubizanyaga n’abantu bamwifurizaga ibintu bibi.'

    Ambasaderi Joseph Habineza wamaze kuva mu mwuka w’abazima, yagiye agira imyanya ikomeye mu buyobozi bw’u Rwanda gusa rimwe na rimwe yakurwagaho mu buryo butunguranye.

    Gerry Mugwiza wagarutse kuri ibi byagiye bimubaho, avuga ko hari abishimiraga ko yakuwe mu mwanya runaka ariko ko ibyo nta bumuntu burimo kuko nta muntu ukwiye kwishimira ikibi cyabaye kuri mugenzi we.

    Anenga kandi abantu bishimiye ko Joseph Habineza yitabye Imana. Ati 'Wabanje ukamenya ko nawe ejobundi uzajyayo kandi ko ushobora kuzahurirayo na we yaramaze kuhamenyera wenda…Ntabwo kwishimira ko umuntu yapfuye ari byo.'

    Mugwiza avuga ko kuba Joseph Habineza yapfuye ku myaka 57 ari igihombo gikomeye ku gihugu kuko yari agifite imbaraga zo gukora ku buryo impamvu zo kubabazwa no kuba yapfuye zihari nyinshi.

    Gerry Mugwiza wagarutse ku bishimiye urupfu rwa Joseph Habineza biganjemo abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ngo bamuziza ko yakoranye n’Umuryango FPR-Inkotanyi.

    Ati 'Ariya ni amakosa ntajya mbasha kwihanganira nkumva ndihebye nkavuga nti ubu amaherezo ni ayahe, ese tuzahora muri ruri hasi ruri hejuru kugeza ryari.'

    Avuga ko abishimiye urupfu rwa Joseph Habineza nibura batababazwa no kuba Umunyafurika mugenzi wabo yitabye Imana kabone nubwo batababazwa no kuba ari Umunyarwanda basangiye igihugu cy’amavuko.

    IKIGANIRO CYOSE

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/VIDEO-Abishimiye-urupfu-rwa-Joe-Habineza-ni-abagome-wagira-ngo-baritswemo-n-amashitani-Mugwiza-yababaye

  • Rutsiro: Umugabo yagiye kwandikisha umwana yabyaranye n'umukobwa utarageza ku myaka y'ubukure ahita atabwa muri yombi #rwanda #RwOT

    Umugabo w'imyaka 25 wo mu Murenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana utaruzuza imyaka y'ubukure.

    Ibi byabaye ku wa 10 Kanama 2021, ubwo uyu mugabo yajyanaga n'uwo mwana w'umukobwa (babyaranye) ufite imyaka 17 kwandikisha uwo bibarutse bikagaragara ko yamuteye inda afite imyaka 16.

    Umuyobozi w'Umurenge wa Musasa, Uwamariya Clemence, yemereye IGIHE ko ayo makuru ari impamo kandi ko bahisemo gufata uwo mugabo kugira ngo umwana w'umukobwa wahohotewe akiri muto abone ubutabera.

    Ati 'Ayo makuru ni yo koko. Yagiye kwandikisha umwana dusanga yateye inda umwana w'umukobwa utarageza imyaka y'ubukure. Ubwo yahise ashyikirizwa urwego rw'ubugenzacyaha kugira ngo akurikiranwe. Kuba yarateye inda umwana utarageza imyaka y'ubukure nicyo cyaha yakoze.'

    Uwamariya yavuze ko kuba byarafashe igihe bitaramenyekana byatewe n'uko umuryango w'umukobwa n'umukobwa ubwe batigeze batanga amakuru ku wa muteye inda.

    Ati ' Uko bimeze ni uko n'ubundi iyo abana b'abakobwa babyaye ntabwo bahita bagaragaza uwabateye inda, ni rwo ruhare rwacu nk'ubuyobozi rwo gukora ubukangurambaga kugira ngo bagaragaze ababahohoteye. Uwo yarabajijwe arabyemera ni yo mpamvu yahise afatwa kuko yanabyemeraga.'

    Yasabye urubyiruko gukomeza kwitwararirika ndetse ababyeyi abasaba gutanga amakuru ku ihohoterwa rikorerwa abana b'abakobwa.

    Uyu mugabo w'imyaka 25 kuri ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Gihango.
    Icyaha cyo gusambanya umwana giteganywa n'ingingo ya 133, ivuga ko ugihamijwe n'urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25.

    Iyo gusambanya umwana byakorewe ku mwana uri munsi y'imyaka 14, igihano kiba igifungo cya burundu kandi kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/rutsiro-umugabo-yagiye-kwandikisha-umwana-yabyaranye-n-umukobwa-utarageza-ku

  • Rubavu : Yagiye gupakurura umucanga muri DRC agarukana imifuka 7 ya Caguwa afatirwa ku mupaka #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo yafashwe n’Abapolisi b’u Rwanda bo mu ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU) n’abo mu ishami rishinzwe umutekano wo ku mipaka (BSU) ku wa Gatanu tariki ya 20 Kanama 2021.

    Ndayizeye yafatanwe imifuka 7 irimo imyenda ya caguwa ya magendu ayikuye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Yafashwe yayihishe mu ikamyo inyuma ahapakirwa imizigo, iyi kamyo yari ivuye gupakurura umucanga muri Congo.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro babonye amakuru avuga ko Ndayizeye afite ibintu agiye kwinjiza mu Rwanda mu buryo wa magendu abikuye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

    Yagize ati 'Abapolisi bamenya ko iyo kamyo ivuye gupakurura umucanga muri Congo Ndayizeye yayipakiyemo imyenda ya caguwa idasoze. Iyo kamyo yaraje igera ku mupaka barayisaka, basabye Ndayizeye gufungura inyuma basanga harimo imifuka 7 y’imyenda ya caguwa.'

    Ndayizeye amaze gufatwa yavuze ko yari yahawe akazi n’uwitwa Patrick kugira ngo amushyire iyo myenda. CIP Karekezi yashimiye abaturage batanze amakuru yafashije inzego z’umutekano gutahura uwari ugiye kwinjiza magendu mu Rwanda. Yaburiye abantu ko ubucuruzi bwa magendu n’ibindi byaha byambukiranya umupaka ari icyaha, yabasabye kubyirinda bakajya bihutira gutanga amakuru hakiri kare kugira ngo hakumirwe ibyo byaha.

    Ndayizeye yashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo hakorwe iperereza, ni mu gihe imyenda yari afite yashyikirijwe ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’imisoro n’amahoro.

    ICYO AMATEGEKO AVUGA

    Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara. Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

    Umucuruzi ufatanwe magendu ategekwa gutanga amande angana na 100% by’umusoro yari anyereje kandi akaba yafungwa hagati y’amezi 6 n’imyaka ibiri.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Rubavu-Yagiye-gupakurura-umucanga-muri-DRC-agarukana-imifuka-7-ya-Caguwa-afatirwa-ku-mupaka

  • Rutsiro : Umugabo yagiye kwandikisha umwana ku Murenge ahita afungwa kuko yamubyaranye n’utaruzuza 18 #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo witwa Niyobuhungiro Félix yafashwe itariki 10 Kanama 2021 ubwo yajyaga kwandikisha umwana wavutse, barebye mu irangamimerere ubuyobozi busanga uwo babyaranye yaratewe inda atarageza imyaka y’ubukure.

    Amategeko y’u Rwanda agena ko ukoze imibonano mpuzabitsina n’umwana utaruzuza imyaka 18, aba amusambanyije ndetse ugakurikiranwa n’amategeko.

    Niyobuhungiro akurikiranyweho gutera inda umwana w’imyaka 16 agahita amugira umugore.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro, Uwamariya Clemence, avuga ko Niyobuhungiro yatawe muri yombi kubera gusambanya umwana akanamutera inda.

    Ati 'Afunzwe kubera ko yaje kwandikisha umwana kandi yarateye inda umwangavu utagejeje ku myaka y’ubukure'.

    Ubuyobozi bw’Umurenge wa Musasa buvuga ko umwana na nyina basubiye iwabo mu gihe amategeko agomba gukurikirana Niyobuhungiro, kuko yateye inda umukobwa ufite imyaka 16.

    Ikibazo cyo gusambanya no gutera inda abakobwa b’abangavu, kimaze igihe kivugwa mu Rwanda kandi bikagira ingaruka ku bana basambanywa harimo no gutwara inda z’imburagihe.

    Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko imibare y’abangavu baterwa inda z’imburagihe igenda izamuka uko imyaka ishira.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Rutsiro-Umugabo-yagiye-kwandikisha-umwana-ku-Murenge-ahita-afungwa-kuko-yamubyaranye-n-utaruzuza-18

  • Polisi yerekanye abantu 4 bari mu birori bya “Baby Shower” kwa Kimenyi Yves barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 #rwanda #RwOT

    Polisi yasabye batatu babura kureka gukomeza kwihisha, bakitaba bagahabwa ibihano nk'ibyo abandi bahawe.

    Abantu bane mu munani bagaragaye bari mu birori bya 'Baby shower' byabereye mu rugo kwa Kimenyi Yves na Muyango Claudine, batawe muri yombi mu gihe abandi 3 bagishakishwa ndetse basabwa kurekera aho kwihisha inzego zishinzwe umutekano.

    Kimenyi Yves na we uri mu batawe muri yombi yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe no kubona iwe habereye ibirori kuko batari babiteguje, icyakora yemeza ko ari amakosa bakoze kandi ayicuza.

    Yavuze ko ababajwe cyane no kuba aya makosa yarabayeho bikaba bitumye amaze iminsi afunze ndetse hakiyongeraho kugaragara imbere ya camera yambaye amapingu.

    Ati 'Birababaje, ndicuza kuba ndi hano gutya mumbona nakabaye hari ubundi butumwa ndi gutanga bwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.'

    Kimenyi Yves yasabye imbabazi Abanyarwanda n'abakunzi be by'umwihariko abizeza ko amakosa nk'ayo yaguyemo atazongera.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yabwiye itangazamakuru ko aba bantu bakoze amakosa yo kwica amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry'icyorezo cya Covid-19 bagategurira ibirori mu rugo kandi bitemewe.

    Yavuze ko abakurikiranwa ari abantu umunani ariko kugeza ubu hamaze gufatwa batanu bityo asaba abandi ko na bo bakwitaba bitabaye ngombwa ko Polisi ibashakisha.

    CP John Bosco Kabera yasabye urubyiruko kureka kugwa mu mitego yatuma bica amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.

    Kimenyi Yves yatawe muri yombi mu gihe ku wa 17 Kanama 2021 hasohotse amashusho agaragaza ibirori we n'umukunzi we Muyango Claudine bakorewe byo kwitegura kwakira imfura yabo.

    Source:IGIHE

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/polisi-yerekanye-abantu-4-bari-mu-birori-bya-baby-shower-kwa-kimenyi-yves

  • Christopher yahishuye uko KNC yamukubitiye urushyi mu modoka #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Muneza Christopher uzwi nka Christopher yavuze ko akiri muri Kina Music yakubiswe na nyiri Radio&TV1 ,Kakooza Nkuriza Charles uzwi cyane nka KNC amuziza kumusuhuza atamureba.

    Mu kiganiro uyu muhanzi yahaye ikinyamakuru ISIMBI dukesha iyi nkuru, Christopher yavuze ko atari azi KNC, yamusanganye na Patrick Nyamitari amushyiriye Flash, amusuhuza atamureba undi ahita amukubita urushyi.

    Ati 'KNC ambabarire nta kintu mpfa na we nta n'ubwo nari muzi, ubundi uko byagenze, nari nk'iri muri Kina Music hari ibibazo twari turimo gukemura hano UTC.

    Patrick Nyamitari yari yaragiye muri Tusker Project Fame, sinibuka ibintu ukuntu byagenze gusa ntabwo nari ntwaye imodoka yanjye nari ntwaye imodoka ya Clement, arampamagara ambwira ko hari flash iri mu modoka Patrick Nyamitari aje kuyifata aho nari ndi UTC, njya mu modoka njya gufata flash nyishyira Patrick Nyamitari.'

    'Nsanga ari kumwe n'umutipe w'umupapa ntazii, yambaye aga t-shirt k'icyatsi, ndaza nsuhuza uwo mutipe ariko mfite ibintu byinshi cyane byo kubwira Patrick Nyamitari, uburyo yaririmbye, noneho uwo mutipe musuhuza ntamureba, ewana yahise ankubita urushyi ku kaboko, ndumirwa.Akimara kunkubita, naramubwiye nti hari ukuntu ibi bintu wari kubimbwira nkakumva.Sinabigira birebire.Byarambabaje.'

    Yakomeje ati 'Nahise nsubira mu nama nsanga abandi,nonehoTom[Close] andebye abona habyimbye arambaza ubaye iki? Nti hari umutipe unkubise, ati tugende umunyereke, Tom na Clement baba barahagurutse ngo bagiye kureba umuntu ukubise umwana, tuba turagiye na TMC na Platini.Tom arambaza ngo ni inde, nti ni uriya wambaye t-shirt y'icyatsi, bati ni KNC ntumuzi, bahita bamubaza kuki ukubita umwana, aho niho yankoreye mu mutwe,avuga ati ” Ndabizi ko namukubise, nakongera nkanamukubita, noneho aba ankoze mu mutwe numva namurya igipfunsi, David Bayingana aramfata bahita banyinjiza mu modoka,bati “genda”.'

    Umuhanzi Christopher yahakanye ko atigeze akundana na Miss Akiwacu Colombe gusa ngo basanzwe ari inshuti cyane kugeza ubwo bananirwa guhakana ibyavugwaga hanze.

    Umuhanzi Muneza Christopher wari umaze umwaka adasohora indirimbo yashyize hanze iyitwa Mi Casa.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/umuziki/article/christopher-yahishuye-uko-knc-yamukubitiye-urushyi-mu-modoka

  • Uwamugezeho yamubereye umugisha; yaranzwe n’urukundo, umurava n’ubuhanga: Urwibutso ku bazi Amb. Habineza Joseph – #rwanda #RwOT

    Aya ni amagambo y’umuhanzi, umukinnyi wa filime, umusizi, umwanditsi w’ibitabo akaba n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yanditse kuri Twitter nyuma y’inkuru y’itabaruka rya Habineza Joseph wamamaye nka Joe.

    Amb Habineza Joseph ‘Joe’ wayoboye Minisiteri y’Urubyiruko, Siporo n’Umuco, akayisubiramo ari iya Siporo n’Umuco ndetse akaba Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, yatabarutse ku wa 20 Kanama 2021.

    Ni byo koko urugendo rwa muntu ku Isi ni rugufi ari na yo mpamvu uwarugenze neza, akarubanamo amahoro n’abo bari kumwe, akarangwa no gutunganira bose, iyo arusoje asiga inkuru nziza imusozi.

    Inkuru y’urupfu rwa Amb Habineza ‘Joe’ yashavuje benshi baba abo mu muryango we n’Abanyarwanda mu ngeri zose dore ko mu nshingano yakoze yaranzwe no gusabana na bose, abakomeye n’aboroheje.

    Kuri Minisitiri Bamporiki, Amb. Habineza yari umuntu usobanuye byinshi kuri we cyane ko nyuma yo kumenyana bahujwe n’akazi buri umwe yakoraga, bubatse ubucuti bugera no ku rwego rwo kuba abavandimwe.

    Mu kiganiro na IGIHE, Bamporiki yavuze ko umunsi yari amaze kurahirira inshingano arimo, yahamagaye Amb. Habineza baraganira, amubaza uko bigenda nk’umuntu wigeze kuzibamo.

    Ati “Ni minisitiri wanjye. Namumenye bwa mbere mukeneyeho ko ateza impano n’ubuhanzi bwanjye imbere, bijya bibaho ko umuntu ashobora kuba afite impano agashaka minisitiri ntamubone. Nagiye mushaka bwa mbere ndi kumwe n’Umunyamerika witwa Lee Isaac Chung tugiye gukora filime ya Munyurangabo.”

    Yakomeje agira ati “Joe yanejejwe no kubona umwana w’i Nyamasheke ari kumwe n’Umunyamerika bavuga ibya filime. Nyuma naje kumuhamagara kuri telefone yari yampaye mubwira ko ya filime yacu yabonye igihembo, aza kudufasha kubona ibyangombwa byo kujya muri Amerika gufata icyo gihembo. Bigaragaza uguca bugufi kwe.”

    Minisitiri Bamporiki yavuze ko na nyuma ibihangano byinshi yakoze, Amb. Habineza yagiye abishyigikira kandi akagira n’umwihariko wo kuba barabaye inshuti zikomeye yaba we ndetse n’abana be.

    Ati “Minisitiri Habineza, ntekereza ko ibintu bikomeye abantu bamwigiraho ni ukwiyoroshya. Izi nshingano tubamo hari ubwo usanga kenshi zikurikizwa n’ibindi bintu utibaza ngo biva hehe ariko ugasanga umuntu yahawe inshingano yishyira hejuru.”

    Yakomeje agira ati “Njye muzi nyine nk’umuntu wiyoroshya kandi wakoze mu gihe kigoye cyaba icy’umuco cyangwa siporo, agira umumaro cyane cyane muri siporo kubera ko dufite ibintu byinshi tumwibukiraho; yabashije kuzana ibyamamare by’abanyamahanga hano no kugerageza kubungabunga umuco mu gihe kitari cyoroshye.”

    Minisitiri Bamporiki avuga ko kwakira inkuru y’urupfu rwa Habineza Joe bigoranye ku muntu bari bamaze kubaka ubucuti.

    Yagize ati “Kumva ngo Habineza Joe yitabye Imana ku myaka mike, umuntu w’umunyarugwiro, umutaramyi, umunyagikundiro, umunyabigwi, umuntu wubatse izina rye […] ni ikintu utabona uko uhita uvuga.”

    Joseph Habineza ubwo yarahiriraga inshingano nka Minisitiri wa Siporo n’Umuco mu 2014

    Yavuze ko adashidikanya ko umutima wa Habineza Joe n’uburyo yabanaga n’abandi ari igihamya ko yicaye iburyo bw’Imana.

    Ati “Umutima we mwiza, impuhwe yagiraga, urukundo yagiraga, ubumuntu […] biratuma Imana twizera imuha Ijuru, natwe abizera tuzongere kumubona.”

    Umunyamakuru Karirima Aimable Ngarambe uhagarariye IGIHE i Burayi na Amerika yavuze ko aziranye na Amb. Joe Habineza kuva mu 1988.

    Muri icyo gihe bombi bakinanaga umukino w’intoki mu Ikipe ya Electrogaz Volleyball Club, ndetse ngo nyuma baje kongera gukinana mu 1994-95, muri Amasata Volleyball Club.

    Yavuze ko “Namumenye nk’umukinnyi mwiza ugendera ku kinyabupfura, uhorana umutima mwiza, kandi udashaka ko uwo bari kumwe agira irungu, agakunda guhora ashyenga, mbese yahoranaga urugwiro.”

    Yakomeje agira ati “Agakunda kugira ishyaka mu myitozo no mu mikino, bigakomeza no mu kazi yakoraga. Ndibuka ko yanze kwambara umwenda wa Electrogaz kuko wanditseho Pepsi Cola yari umuterankunga icyo gihe kugira ngo atanyuranya na Bralirwa yakoreraga, byerekana ubudahemuka yagiraga.”

    Karirima avuga ko ibi byose kandi byarangaga Habineza byanahuriranaga no kuba yari umuhanga cyane, ukunda abantu, urangwa n’ikinyabupfura no kwicisha bugufi.

    Abo mu myidagaduro bati ‘yari abisobanukiwe’

    Amb. Habineza Joseph yakoze mu myanya itandukanye by’umwihariko muri guverinoma yahawe kuyobora Minisiteri y’Urubyiruko, Siporo n’Umuco mu 2004.

    Mu 2008, igice cy’urubyiruko cyahawe minisiteri ukwayo ariko Habineza akomeza kuyobora iyiswe icyo gihe Minisiteri ya Siporo n’Umuco kugeza mu 2011. Aho yaje kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria na Ghana.

    Mu 2014, kandi yongeye kugirwa Minisitiri wa Siporo n’Umuco, aza gusimbuzwa mu 2015. Muri izi nshingano zose yakoraga zabaga zose zimuhuza n’urubyiruko by’umwihariko urubarizwa mu mikino n’imyidagaduro.

    Abahuye na we bamuzi nk’umuntu wabahaga ikaze, akumva ibitekerezo n’ubusabe bwabo kandi umunsi ku munsi agashaka ibisubizo ku bibazo bafite.

    Joseph Habineza ni umwe mu bayobozi bakundaga gusabana no kuganira n’urubyiruko cyane

    Ishimwe Dieudonné ukuriye Rwanda Inspiration Back Up itegura Miss Rwanda, ni umwe mu bahuye kenshi na Amb. Habineza ndetse amufiteho urwibutso rwo kuba yaramubereye umugisha.

    Ati “Namumenye agarutse kuba Minisitiri wa Siporo n’Umuco igihe twateguraga Miss Rwanda. Numvaga abantu bose bamukunze ariko ntaramenya uko bimeze, nyuma yaho rero twarakoranye, nza kubona uburyo ari umuntu wasabanaga n’abantu bose, akakira abantu bose.”

    Yakomeje agira ati “Ikindi kintu gikomeye ariko, yari umuhanga cyane yakundaga guhanga ibishya cyane. Ndibuka hari ibintu twajyaga tuvuga ngo ibi ntabwo twabishobora, akanga ati ’mwabikora, mugende mugerageze kandi muzabishobora’, kandi nyuma tukabikora bigakunda.”

    Ishimwe avuga ko mu by’ingenzi yibukira kuri Amb. Habineza harimo guca bugufi no kugirira akamaro umugezeho wese.

    Ati “Ni umuntu utaracaga ku ruhande, yakubwizaga ukuri. Kwitaba Imana kwe na n’ubu sindabyumva. Icyo nzi cyo ni kimwe, umuntu wese wabashije kumugeraho, yamubereye umugisha kandi aba n’isomo kuri we.”

    Yakomeje agira ati “Joe ntimwakwicarana iminota 10 nta somo uramukuraho, yageraga ku bato rero akatubwira ati ’iki kintu wagikora kandi wakigeraho’, ni umuntu utanga ubufasha aho bishoboka hose. Nongere mbisubiremo yari umuntu w’umuhanga. Ni bya bindi buri wese agira umunsi we, naboneraho n’umwanya wo kwihanganisha abana n’umuryango we wose.”

    Mushyoma Joseph [Boubou] uyobora East African Promoters (EAP) itegura ibitaramo birimo East African Party, Iwacu Muzika Festival n’ibindi yavuze ko Amb. Habineza yari umuntu wumva neza ibijyanye n’umuziki kandi agahora aharanira kuwuteza imbere.

    Ati “Murabizi kuva kera yari umugabo wabanye n’abahanzi cyane, yumvaga ibijyanye n’ubuhanzi n’ubugeni by’umwihariko, yarabyumvaga kandi ntiyasubizagayo umuntu umusanze, yakwakiraga neza cyane, agasabana akagira urugwiro.”

    Yakomeje agira ati “Yari umugabo wumvikana, wumva ibitekerezo byawe akabiha agaciro, akakugira inama. Kuri EAP by’umwihariko igihe yari Umuyobozi Mukuru wa Radiant, twarakoranye aba umwe mu bafatanyabikorwa, twazengurukanye igihugu cyose. Tubuze umuntu wumvaga ibyo dukora cyane.”

    Joseph Habineza abamuzi neza bavuga ko yari umuntu urangwa n’urugwiro

    Umuhanzi Mani Martin ni umwe mu bari mu ruhando rw’imyidagaduro n’uruganda rwa muzika muri rusange uzi neza Habineza Joe kuko mu bihe yatangiraga umuziki, byinshi Guverinoma y’u Rwanda yageneraga abahanzi mu kubafasha byanyuzwaga muri Minisiteri yari ayoboye.

    Mu kiganiro na IGIHE yagize ati “Kuri njye Joe Habineza yari umuntu w’indashyikirwa kandi bitamubuza gushyikirana na bose. Yagize uruhare runini mu rugendo rwa muzika yanjye ubwanjye no muri muzika Nyarwanda mu gihe turimo.”

    Mani Martin mu 2011, ubwo yatangiraga itsinda rimufasha kuririmba rya Kesho Band, hari benshi bumvaga bitazashoboka ko mu Rwanda umuhanzi yaririmba umuziki wa ‘Live’, ibintu abantu bari basanzwe bamenyereye mu nsengero no mu tubari gusa.

    Icyo gihe uyu muhanzi yegereye Joe Habineza, aramuganiriza amubwira uburyo yumva ashaka gukora umuziki w’umwimerere ukajya ucuranwa mu bitaramo byo mu Rwanda ariko kuri Mani Martin ngo ntiyari afite icyizere ko bizashoboka.

    Ati “Yampaye ubutumwa bukomeye bwanyongereye ingufu zo kudacika intege. Navuga ko yagize uruhare runini mu kuba mbasha gukora muzika uko nyikora ubu.”

    Yakomeje agira ati “Yarambwiye ngo ‘ikintu cyose tuzi cyashinze imizi kikarema impinduka cyatangijwe n’umuntu umwe wagize igitekerezo maze akifatanya na bake babyumvaga abandi bakazakurikira nyuma’.”

    Mani Martin avuga ko kugeza ubu iyo arebye imbaraga zaje gushyirwa mu gucuranga umuziki w’umwimerere [Live Performance] ahita yibuka amagambo yabwiwe na Joe mu myaka myinshi ishize.

    Ati “Kuri njye tubuze umuntu w’ingirakamaro.”

    Abo ku mbuga nkoranyambaga bashenguwe n’itabaruka ry’inshuti yabo ‘Joe’

    Mu batanze ubutumwa bwihanganisha umuryango wa Habineza harimo abantu ku giti cyabo, ibigo bitandukanye by’umwihariko ibishamikiye kuri Minisiteri ya Siporo, nyakwigendera yigeze kuyobora.

    Ambasade y’u Budage mu Rwanda yagize iti “Ruhukira mu mahoro Joe. Uzakumburwa. Byari iby’agaciro gukorana nawe by’umwihariko muri siporo. Twihanganishije umuryango n’abo asize.”

    RIP Joe – you will be missed. It was a pleasure and honor to work with you in particular in sports 🙏🙏🙏
    Condolences to the family and loved ones left behind. https://t.co/5TG7vXK7oq

    — German Embassy Kigali (@GermanyinRwanda) August 20, 2021

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier yagize ati “Mbabajwe n’itabaruka rya Joe Habineza, Roho yawe iruhukire mu mahoro y’iteka. Abanyamuryango ba Siporo bazahora bakwibuka.”

    Sadenned by the pass away of Joe Habineza,
    May Your Soul Rest In Eternal Peace. The Sport family will always remember you. pic.twitter.com/tShvbtU6oi

    — SHEMA – M. Didier (@SMDidier1) August 20, 2021

    Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru, FERWAFA, Nizeyimana Olivier yagize ati “Njyewe na buri munyamuryango wa FERWAFA, ababajwe n’itabaruka ry’uwahoze ari Minisitiri wa Siporo Amb Joseph Habineza.”

    Yakomeje agira ati “Abakunzi b’umupira w’amaguru bifatanyije n’umuryango we muri ibi bihe bikomeye. Ruhuka neza Joe.”

    FERWAFA President @CafuOli and everyone at FERWAFA is saddened by the passing of former Sports Minister, Amb Joseph HABINEZA.

    The football fraternity stands with his family in these despairing times.

    Rest well Joe. pic.twitter.com/cb8cdewKys

    — Rwanda FA (@FERWAFA) August 20, 2021

    Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, Mufulukye Fred yagize ati “Nihanganishije Umuryango wa Joe Habineza. Tuzahora tuzirikana ukwiyoroshya kwawe. Roho nziza yawe izahora mu mitima yacu. Uruhukire mu mahoro Joe.”

    Heartfelt condolences to Joe Habineza’s family. We will always treasure the memories of your simplicity and warmth. Your gentle soul will always be in our hearts. RIP Joe pic.twitter.com/b58hUrBWpd

    — Fred Mufulukye (@Fredrwanda) August 20, 2021

    Inkuru bifitanye isano: Amb Joseph Habineza wabaye Minisitiri yitabye Imana

    REST IN PEACE Amb. Habineza Joseph “Joe”, former Rwanda Sports Minister

    We appreciate your support on Tour du Rwanda. #RIPJOE pic.twitter.com/bPRXAfkrUj

    — Tour du Rwanda 🇷🇼🚴🏾 (@tour_du_Rwanda) August 20, 2021

    The Rwanda Cycling Federation is saddened by the death of former Sports Minister Habineza Joseph “Joe”.

    The photos are during the cocktail with HE Paul Kagame after the Tour du Rwanda 2014 triumph.#RIPJOE pic.twitter.com/3YKFdjWMPx

    — Rwanda Cycling Federation (FERWACY) (@cyclingrwanda) August 20, 2021

    RIP Joe! Sincere condolences to his family, friends and sport family in general.😭😭😭 pic.twitter.com/golCn9ilOq

    — Aimable Bayingana🇷🇼 (@Aima_Bayingana) August 20, 2021

    Igendere Nshuti yanjye nzagukumbura. Ndumva bingoye kubyakira. pic.twitter.com/o9SBrL9SYP

    — KARANGWASewase🇷🇼 (@KARANGWASewase) August 20, 2021

    At #RwandaVolleyball Family we are saddened by the passing of Hon. Joseph HABINEZA.
    His legacy in #Volleyball will stay forever.
    Our thoughts and prayers are with his family.
    RIP Joe! pic.twitter.com/5wYOlx1xNt

    — FRVB | RWANDA VOLLEYBALL FEDERATION (@RwandaVolleybal) August 20, 2021

    RIP Joe 💔 condolences to the family.

    — TOM CLOSE (@tomclosetweets) August 20, 2021

    I was 19 when i received my first ever TIP as a DJ. It was from this man.😔. pic.twitter.com/zV1kWxTi9y

    — DJ Pius (@DeejayPius) August 20, 2021

    Ambasaderi Joseph Habineza wabaye Minisitiri wa siporo n’urubyiruko mu Rwanda yitabye Imana azize uburwayi.

    Yabanje kujya kwivuriza muri Nigeria ahava akomereza i Nairobi muri Kenya ari naho yaguye. pic.twitter.com/WEvWriYY4G

    — IGIHE (@IGIHE) August 20, 2021

    Ambasaderi Habineza Joseph yasize urwibutso rutazasibangana mu bo yabanye na bo udasize n’abanyamakuru bagiranye ibiganiro bitandukanye. Aha yari muri Village Urugwiro aganira n’itangazamakuru

    source : https://ift.tt/3gmqY2L

  • Abafana b’umupira w’amaguru bemerewe kugaruka ku kibuga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gihe amwe mu ma Federasiyo arimo iya Volleyball ndetse n’iya Basketball zamaze guhabwa uburenganzira bwo kwinjiza abafana ku mikino mpuzamahanga bitegura mu minsi iri imbere, ubu no mu mupira w’amaguru bamaze guhabwa uburenganzira.

    Abafana b
    Abafana b’Amavubi bemerewe kuzareba umukino uzayahuza na Kenya

    Ubu burenganzira Ferwafa yamaze guhabwa na Minisiteri ya Siporo, ni ubwo kwemerera abafana kureba umukino uzahuza ikipe y’igihugu y’u Rwanda ndetse na Kenya mu gushaka itike y’igikombe kizabera muri Qatar.

    Mu kiganiro cy’imikino cya Televiziyo Rwanda cyabaye kuri uyu wa Gatanu,Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa, yatangaje ko Ferwafa yasabye ko abafana bakwemererwa kugaruka ku kibuga kandi bamaze kubaha ubwo burenganzira.

    Yagize ati “Twatangiye kwakira ubusabe bwa za federasiyo, na federasiyo y’umupira w’amaguru (FERWAFA) na bo twabonye ubusabe bwaho hirya y’ejo, tubwigaho. Inama twabagiriye cyangwa se igisubizo twari twabahaye ni uko abafana bazaba bahari ariko ingamba twashyizeho ni izituma Abanyarwanda tubarinda, umutekano wabo cyane cyane n’ubuzima bwabo.”

    Amavubi agiye kongera gukinira imbere y
    Amavubi agiye kongera gukinira imbere y’abafana

    Minisitiri Munyangaju kandi yavuze ko hari ibikiri gusuzumwa kugira ngo ingamba zo kwirinda COVID-19 zizakurikizwe

    Yakomeje agira ati “Icyo tutararangiza kwigaho dufatanyije hamwe, iby’ibanze byaremewe, ariko tugomba gushyiraho izo ngamba tuziganiriye na bo, zo kumenya ngo harajyamo abafana bangana gute? Ese Stade yakira abantu bangana gute? Ese barakoresha ubuhe buryo kuko urugero nko muri Arena [ya Kigali], barakoresha e-ticketing [kugura amatike hakoreshejwe ikoranabuhanga];”

    “Ese noneho kuri stade tuzakoresha ubwo buryo? Niba buhari abe ari bwo dukoresha kugira ngo dushyireho ingamba zose zishobora gutuma nta muntu ushobora kwandurira kuri stade cyangwa abe yahagirira ikibazo. Kuba ufite urukingo ntibivuze ko utarwara, ntibivuze ko utakwanduza.”

    Kugeza ubu amakuru aturuka muri Ferwafa avuga ko kugeza ubu nyuma yo guhabwa uburenganzira bwo kwakira abafana icyakurikiyeho ari ukubimenyesha FIFA nayo ikazaba uburenganzira bwa nyuma kuko ari yo itegura iyi mikino


    source : https://ift.tt/383XItk