Avugira i Genève mu Busuwisi ejo ku wa gatanu, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yavuze ko icyorezo cy’ibicurane cyiswe ‘Spanish flu’ cyo mu mwaka wa 1918 cyatwaye imyaka ibiri ngo kirangire.
Ariko yongeyeho ko iterambere mu ikoranabuhanga ririho muri iki gihe rishobora gufasha isi guhagarika iki cyorezo cya coronavirus “mu gihe gito kurushaho”.
Yagize ati : “Birumvikana ko kubera kugerwaho cyane n’ikoranabuhanga [mu bantu], virusi [nayo] igira amahirwe arushijeho yo gukwirakwira”.
“Ariko nanone, dufite n’ikoranabuhanga ryo kuyihagarika, ndetse n’ubumenyi bwo kuyihagarika”.
Yashimangiye ko ari ngombwa ko habaho “ubumwe mu gihugu” n’”ubufatanye ku isi”.
Icyorezo cy’ibicurane cyo mu mwaka wa 1918 cyahitanye abantu bagera kuri miliyoni 50 ku isi.
Kugeza ubu ku isi coronavirus imaze kwica abantu bagera hafi ku 800,000, naho abarenga miliyoni 22,9 barayanduye, nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.
Dr Tedros yanasubije ikibazo kijyanye na ruswa ivugwa mu bikoresho byambarwa n’abaganga mu kubarinda iki cyorezo, bizwi nka ‘personal protective equipment’ (PPE).
Yagize ati : “Ruswa iyo ari yo yose ntiyemewe”.
“Ariko, ruswa ijyanye na PPE… kuri jye mu by’ukuri ni ubwicanyi. Kuko mu gihe abaganga badafite PPE, twaba turi gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Kandi ibyo nabyo bishyira mu kaga ubuzima bw’abantu bitaho”.
Abantu babarirwa mu bihumbi baraye bigabije imihanda yo mu murwa mukuru Bamako wa Mali kuri uyu wa 21 Kanama 2020, bishimira ihirikwa ku butegetsi rya Ibrahim Boubacar Keïta.
Abayoboye iyo ‘coup d’État’, ku wa kabiri tariki 18 Kanama 2020, bataye muri yombi Perezida Keïta bamutegeka kwegura ku butegetsi, igikorwa amahanga yamaganye. Ariko Perezida Keïta yari amaze igihe yamaganwa n’abaturage mu myigaragambyo na mbere yuko ahirikwa, ndetse benshi muri Mali barabyishimiye.
Abantu babarirwa mu bihumbi bateraniye mu gace k’i Bamako kitiriwe ubwigenge, bavuza za ‘vuvuzela’, benshi bavuga ko ari “intsinzi” kuri uwo wari perezida. Ibiro ntaramakuru AFP byasubiyemo amagambo ya Mariam Cissé, ushyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi, agira ati: “Ibyishimo byandenze, twatsinze. Twaje hano gushimira abaturage bose ba Mali kuko ni intsinzi y’abaturage”.
Ousmane Diallo, wahoze ari umusirikare, yagize ati: “IBK [Ibrahim Boubacar Keïta] yatsinzwe. Abaturage batsinze”. Ariko, yaburiye agira ati: “Ubu abasirikare ntibakwiye kuba batekereza ko bashobora kuguma ku butegetsi”.
Ababarirwa mu bihumbi bigabije imihanda y’i Bamako bishimira ihirikwa ry’ubutegetsi.
Abategetsi b’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Afurika basabye ko Bwana Keïta asubizwa ku butegetsi, ndetse umuryango w’abibumbye (ONU/UN) usaba ko abategetsi bafunzwe barekurwa.
Ariko abasirikare bayoboye ihirikwa rye bavuga ko bari kugirana ibiganiro n’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ku gushyiraho perezida w’inzibacyuho, ushobora kuba ari umusivile cyangwa umusirikare.
Mu butayu bwo mu majyaruguru ya Mali hari imitwe myinshi y’intagondwa zigendera ku mahame akaze ya kisilamu, kandi hari ubwoba ko ishobora kungukira muri iri hirikwa ry’ubutegetsi, igafatirana iki gihe ikongera ibikorwa byo guhungabanya umutekano.
Iyo mitwe y’intagondwa yarabikoze mbere, ubwo igisirikare cyigaruriraga ubutegetsi mu mwaka wa 2012. Abayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi ku wa kabiri bizeje gukurikiza amasezerano mpuzamahanga ajyanye no kurwanya izo ntagondwa.
Abasirikare b’Ubufaransa, abo mu bihugu bimwe by’Afurika n’aba ONU bose hamwe babarirwa mu bihumbi, basanzwe bari muri Mali aho barwanya izo ntagondwa.
Bwana Keïta ari hehe?
Benshi bavuze ko iryo hirikwa ry’ubutegetsi ari “intsinzi”.
Ubutumwa bwa ONU muri Mali buvuga ko itsinda ryabwo rishinzwe uburenganzira bwa muntu ryamusuye, ndetse n’abandi bategetsi bafunzwe n’abahiritse ubutegetsi muri iki cyumweru.
Mu mwaka wa 2018 Ibrahim Boubacar Keïta yatsinze amatora kuri manda ya kabiri.
ONU ivuga ko bagifungiye mu kigo cya gisirikare cya Kati, kiri hanze y’umurwa mukuru Bamako, aho ihirikwa ry’ubutegetsi ryatangiriye. Ariko ONU nta yandi makuru yatanze. Igisirikare cya Mali kivuga ko babiri muri abo bafunze bamaze kurekurwa. Abo ni minisitiri w’imari ndetse n’uwari umunyamabanga wihariye w’uwo wahoze ari perezida. Cyongeyeho ko abandi 17 bagifunze.
Ni bande bayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi?
Col Assimi Goita w’imyaka 37 y’amavuko, yitangaje ko ari we mukuru w’agatsiko gashya ka gisirikare kafashe ubutegetsi kiyise ko ari akanama kagamije umukiro wa rubanda, Comité National pour le Salut du Peuple (CNSP).
Col Goita nkuko BBC ibitangaza, yari umukuru w’abasirikare kabuhariwe (special forces) ba Mali. Mu 2015, yayoboye ibikorwa bya gisirikare byo kurwanya intagondwa zari zateye kuri hoteli ya Radisson Blu i Bamako.
Col Assimi Goita yakoze amahugurwa ya gisirikare muri Amerika, Ubufaransa no mu Budage.
Amakuru avuga ko Col Assimi Goita yahawe amahugurwa ya gisirikare mu Bufaransa, mu Budage, na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ndetse yagiye mu butumwa bwa ONU bwo kubungabunga amahoro i Darfour muri Sudan.
Abandi bari mu bagize ako kanama ka gisirikare barimo Col Malick Diaw, ari na we visi perezida w’akanama CNSP. Harimo kandi na Col Ismaël Wagué, wungirije umugaba mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere.
Nyuma y’uko Sarpong ageze mu gihugu cya Tanzania gukinira ikipe ya Yanga, umuyobozi wa GSM yavuze ko basigaje abakinnyi 2 gusa bazaturuka hanze y’iki guhugu bakaba batarimo Rutanga Eric.
Mu mpera za Gicurasi 2020 ni bwo uyu musore ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira yasinyiye Police FC amasezerano y’imyaka 2, bitunguranye muri Kamena bivugwa ko yamaze kwerekeza muri Yanga.
Ku munsi w’ejo ni bwo iyi kipe yakiriye Michael Sarpong yageze muri iki gihugu aho agiye gukinira iyi kipe mu gihe cy’imyaka 2.
Aganira n’itangazamakuru, umuyobozi wa GSM, Kompanyi itera inkunga iyi kipe inayifasha mu byo kugura abakinnyi, Eng. Hersi Said yashimiye abafana uburyo bakomeje gufasha ikipe mu kwiyubaka.
Yagize ati“ndabashimira uburyo bukomeje kudufasha, dukomeje kwiyubaka, uyu munsi nk’uko mubibona twazanye undi rutahizamu Sarpong ukomoka muri Ghana ariko yakinaga mu Rwanda, twishimiye ko turi kumwe na we mu gihe cy’imyaka 2.”
Yakomeje avuga ko batarava ku isoko, basigaje kwakira abakinnyi babiri gusa bazava hanze y’igihugu, gusa muri abo bakinnyi ntibarimoRutanga Eric uheretse gutangaza ko atazi aho ahagaze, ni nyuma y’uko byavuzwe ko yamaze kugurwa n’iyi kipe.
Yagize ati“ubu dusigaje abakinnyi babiri bataragera hano mu gihugu, dufite umukinnyi wo hagati ndetse na rutahizamu bataragera hano, umutoza na we tumutegereje ku wa Mbere Imana n’ibishaka.”
Amakuru avuga ko nyuma yo gusinyisha myugariro wa Tanzania Prisons, Yassin Mustapha bivugwa ko ari yo mpamvu Yanga yahise ikura amaso kuri Rutanga Eric.
African leaders have strongly condemned the Tuesday military coup in Mali during which President Ibrahim Boubacar Keita was seized by mutinying soldiers.
The leaders who included Kenyan President Uhuru Kenyatta and his counterparts from South Africa, DR Congo, Rwanda and Mozambique among others also demanded the immediate release of Keita.
In a statement issued in Nairobi on Friday after a virtual meeting on Thursday evening, the leaders also called for the immediate release of senior members of his administration, among them the country’s Prime Minister Boubou Cisse.
Kenyatta urged for a “speedy, peaceful and democratic” resolution of the crisis while South African President Cyril Ramaphosa called for dialogue to restore peace and stability in the West African country.
President Felix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo (DR Congo) rallied African countries to take a firm position on the matter saying the coup was “dangerous for democracy in Africa”.
Keita resigned on Wednesday after being detained in a coup launched by mutinous troops. Meanwhile, the leaders who spoke during the virtual meeting of the African Union Bureau also discussed the continental response to the COVID-19 pandemic.
The meeting was also attended by representatives of Regional Economic Communities (RECs), African special envoys on COVID-19 and the Director of Africa CDC John Nkengasong.
During the meeting, President Kenyatta said Africa needs to elevate its global partnerships in the search for a COVID-19 vaccine so as to “ensure that African countries are not further marginalized but are positioned to be among the first line of beneficiaries, once a breakthrough is made.”
He commended the special envoys for their efforts in helping the continent deal with the health and socioeconomic impacts of COVID-19.
“The economic challenges we face require concerted multilateral effort, such as prioritizing debt cancellation and Bretton Woods led relief package that do not exacerbate emerging local challenges,” he said.
In his report, Nkengasong informed the leaders that despite crossing the one million mark of COVID-19 infections, Africa had in the last two weeks witnessed a 37 percent reduction in reported daily infections.
Nkengasong said seven COVID-19 vaccine trials were nearing World Health Organization (WHO) approval.
Four African countries among them Kenya are participating in the clinical trials for these vaccines.
He said Africa targets to vaccinate 60 percent of her population at an estimated cost of 10 to 15 billion U.S. dollars once the COVID-19 vaccine becomes available.
Bahavu Jeannette wamenyekanye nka Diane ubwo yakinaga muri filime y’uruhererekne ya City Maid, yavuze ko impamvu umukunzi we, Ndayikingurukiye Fleury[Legend] atapfukamye agiye kwamwambika impeta ya fiançailles(Gutera ivi) ari uko abizi neza ko byari ku mubabaza.
Gutera ivi ni ibintu bigezweho mu rubyiruko, cyane ku bantu bafatwa nk’aho basobanutse, kuko ni igikorwa gifatwa nk’ubusirimu, hari n’abakobwa bavuga ko umusore adateye ivi amusaba ko bazabana, ubundi buryo bwose yabikoramo atabyemera.
Nyamara n’ubwo Bahavu Jeannette ari umuntu uzwi cyane mu ruganda rwa Sinema nyarwanda, n’umukunzi we Legend akaba ari umuntu uzwi cyane mu gufata no gutunganya amashusho, si ko byagenze mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 17 Nyakanga 2020 ubwo yasabaga uyu mukobwa kuzamubera mama w’abana be.
Bari ahantu hateguye neza, ndetse handitse amagambo agira ati“Will You Marry Me?”, ubundi amwambika impeta atiriwe apfukama.
Mu kiganiro n’ikinyamakuru ISIMBI, Bahavu Jeannette yavuze ko impamvu Legend atateye ivi yari abizi neza ko byari kumubabaza bitewe n’ibiganiro bagiye bagirana kuri iki gikorwa cyo gutera ivi.
Yagize ati“impamvu atigeze apfukama ngira ngo ni uko na mbere hose twarabiganiraga, urabona hari ukuntu mubona nk’amafoto mugatangira kuyavugaho, muti kuki yapfukamye, kuki byagenze kuriya. Njye mba numva ari n’ikintu cyambabaza kuncira bugufi, mbifata nk’aho naba ndi ikigirwa mana, “
“Nakuze numva bavuga ngo nta y’indi Mana nzapfukamira, noneho gupfukama ntabwo nagushyize mu gihano, ntabwo ndabyumva neza ariko wenda nzabyumva, numve impamvu abantu bapfukama.”
Aba bombi bakaba barafashe umwanzuro wo kuzabana nyuma y’imyaka irenga 3 bakundana. Diane avuga ko yifuza kuzabyara abana 3 Imana n’ibishaka.
Uku niko Legend yasabye Diane ko yazamubera umugore
Ronald Koeman w’imyaka 57 watozaga ikipe y’igihu y’A Bahorandi, niwe ubaye umutoza mushya wa FC Barcelona nyuma yo gusezerera Quique Setién mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Passengers using public transport buses within the capital Kigali have been fleeced billions of francs worth of internet they pay for but cannot connect to and doesn’t exist in these buses.
In a one-year-long investigation, Taarifa team has boarded nearly all city buses belonging to three transport companies and the findings indicate a carefully woven massive and powerful financial fraud cartel.
In November 2015, Rwanda public transport system introduced an innovation that leaped the country into a digital era- passengers started using a contactless smart card to pay for their trips across Kigali city.
The country has been fast-tracking its adoption of a cashless economy.
AC Group, a local technology company specializing in smart transport solutions partnered with the government and city bus operators and introduced a cashless payment solution for city commuters. This service was named Tap & Go.
For the past five years since the introduction of Tap&Go, the AC Group has so far managed to connect 2 million customers into its database and works with three bus operating agencies.
According to the group, Tap&Go cards are used on all public buses in Kigali to pay for transport fare.
Commuters buy the cards from agents, load it with money, tap it on the card reader at the bus entrance, and are allowed into the bus.
Meanwhile, under this new innovation, all three bus agencies were required to be fitted with WiFi that passengers would connect to with their smartphones and laptops or any other gadgets that require the internet as they enjoy their ride.
AC Group statistics indicate they started with a deal of connecting 450 buses by fitting them with routers that would ensure the sharing of the internet within the buses.
Vianney Mugabo, the acting mayor of City of Kigali in 2016 (L), Former ICT Minister Philbert Nsengimana (C) and Patrick Yoon, the Olleh Rwanda Network chief executive, cut a ribbon at Kigali City Park to launch the Smart Kigali 4G Internet connectivity for public buses in February 2016
The company’s CEO, Patrick Buchana told Taarifa in an exclusive interview that currently, they connect “over 100,000 passengers with some routes are having more and others less,” although AC Group’s website says 300,000.
For the past one year, Taarifa has been investigating this Tap&Go and Bus WiFi connectivity services.
During this period, our team has commuted on nearly all routes of the city road network but the findings are very mind-boggling.
Both Rwanda Utilities Regulatory Authority (RURA) and AC Group confirmed to Taarifa that every time a passenger taps their at least Rwf10 is deducted from their total journey fare to pay for the internet.
For example, if a passenger is boarding from Kimironko heading to downtown Nyabugogo and pays Rwf270, it should be noted that the internet fee is included.
With 300,000 daily connections, the AC Group fetches Rwf3 million daily from passengers in about 450 buses. This means the company can rake in a monthly Rwf90, 000,000, and annual Rwf 1,080,000,000.
This service has been part of the passengers’ expected package for over three years. That means according to AC Group’s numbers, Kigali commuters have paid about Rwf3.24 billion in three years.
However, during this year-long investigation, Taarifa has also discovered that not all 450 buses are connected to the internet daily.
Notably, not all passengers use smartphones. In Rwanda, only 20% of the population own smartphones. The largest majority of the commuters don’t spend the Rwf10 deducted from their fare.
Only about 80 buses have been at most supplying internet to passengers. As of today, there is no bus that is connected to any form of internet.
Holders of Tap&Go cards are candidates of an unavoidable yet mysterious technical trap. To acquire this card, you go to any agent mostly found within bus terminals or bus stops.
The card costs Rwf500 but you have to pay an extra Rwf500 to be added on the card, a minimum although a card can have about Rwf2000 balance at one point.
There are those passengers that load more money probably to take them through the whole month.
However, when you lose this card, there is no way you can claim the balance on it because the card is not registered to the owner.
Over hundreds of millions of unclaimed cash is lost annually in this manner because there is no proof of card ownership (look out for Taarifa’s investigation into this matter next week).
Last year, RURA said it had recorded a large number of complaints from people who had lost the card or stolen – and the cash as well.
Patrick Buchana the CEO AC Group told Taarifa in an exclusive interview on August 1, “Balance on Tap&Go cards doesn’t belong to bus companies.
Bus companies don’t care if the internet is provided or not because the revenues belong to AC Group.
Money is kept in an escrow account and there are rules governing escrow accounts which we follow.”
Taarifa asked Buchana; who has oversight on this money? He said; “No one [based on] escrow rules, only when a client taps at any payment point does claim their share. There is a technology system for that.”
About the controversial availability of internet on buses, the group CEO says the internet is working at 85% uptime [as of last week…that was in July] which is good for a mobile router serving in a harsh environment.
“Please go test it for yourself and if it is below, this can be a need to us to address,” he challenged Taarifa.
We have asked passengers and bus drivers. “Zero, no internet,” says Annet Mutesi from Kimironko.
“We have been telling our bosses that the buses are not connected, but they don’t tell us why,” says one of the drivers on the Kicukiro-Nyarugenge route.
“There is no internet, it is a scam,” says one Muhire, a passenger from Remera.
However, one passenger from Masaka told us that there was some internet in the first months when the service introduced, but she says the internet was too slow and couldn’t even send a WhatsApp message.
“After a few months, there was no more internet at all since then. Never,” she says, laughing sarcastically.
Who is responsible for helping commuters recover these billions of francs that were taken? Will these billions be returned to the public who received no service?
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Haruna Niyonzima avuga ko mbere y’uko Mugiraneza Jean Baptsite [Migi] asezera mu ikipe y’igihugu ari we yabanje kubibwira, gusa ntabwo yemera ko cyari cyo gihe cye cyo gusezera.
Tariki ya 13 Kanama 2020 ni bwo Mugiraneza Jean Baptiste uzwi nka Migi, nyuma y’imyaka 14 yasezeye mu ikipe y’igihugu kuko yumvaga ibyo yagombaga gutanga yamaze kubitanga.
Mu kiganiro na B&B FM, kapiteni w’ikipe y’igihugu Haruna Niyonzima yavuze ko mbere y’uko Migi afata umwanzuro wo gusezera mu ikipe y’igihugu yabanje kubimubwira ariko bitari cyo gihe cyo gusezera.
Yagize ati“Ninjye yabibwiye mbere kuko n’ubundi ni inshuti yanjye, ni umuntu tuganira ibintu byinshi cyane ariko buriya afite impamvu ze ntaribuze kuvuga ashobora no kuba yarazivugiye ku giti cye ariko ku bwanjye ntabwo byemera 100%, Migi ntabwo yari ageze igihe cyo kuba yasezera mu ikipe y’igihugu.”
Yakomeje avuga ko Migi yasezeye bitewe n’abanyarwanda birirwaga bamusazisha ngo arashaje, aho we abona ko gusaza atari ikibazo ahubwo ikibazo ari ibyo yaba atanga.
Ati“ndabikomoza ku banyarwanda, kuko njye ndi umunyarwanda, ibi bintu abantu batubwira, umutwe wanjye si wo wa Migi uburyo tuzaganira ibintu uko nzabifata siko Migi azabifata, ibi bintu bavuga ngo abantu ni abasaza, barashaje ntacyo bivuze, muri ruhago ntaho biba bihuriye, ubushobozi bwawe ni byo bya mbere.”
Yahamije ko Migi yasezeye kubera umujinya n’agasuzuuro.
Yakomeje avuga ko abakeka ko impamvu badasezera ari amafaranga bakuramo atari byo kuko ubu mu ikipe y’igihugu nta n’amafaranga menshi arimo ugereranyije na mbere kuko mbere kwinjira mu mwiherero w’ikipe y’igihugu byari 1000$, mu gihe ubu bisigaye ari 500$.