Tag: news

  • Ally Niyonzima yaraye afashije Azam FC #rwanda #RwOT

    Azam FC ikinamo umunyarwanda Ally Niyonzima yaraye itsinze KMC ya Migi igitego 1-0 mu mukino wa gishuti.

    Ni umukino wabaye ku munsi w’ejo ku wa Kane ubera kuri Azam Complex saa 18:00′ zo mu Rwanda.

    Ni umukino Ally Niyonzima uheruka gusinyira iyi kipe yakinnye ndetse afasha ikipe ye kwitwara neza batsinda uyu mukino ku gitego 1-0 cyatsinzwe na Prince Dube umusore baheruka gusinyisha, ni ku mupira yari ahawe na Obrey Chirwa.

    Nyuma yo kongera amasezerano mu ikipe ye ya KMC, Mugiraneza Jean Baptiste na e yari mu kibuga afasha ikipe ye ariko ntibashobora kwitwara neza imbere ya Azam FC.

    Wari umukino wa gishuti mu rwego rwo gufasha amakipe yombi kwitegura shampiyona y’iki gihugu umwaka w’imikino 2020-2021 izatangira ku wa 6 Nzeri 2020.

    Azam FC itsinze KMC nyuma y’uko iheruka kunganya na Namungo kuri Azam FC Festival 2020 ibitego 2-2. KMC yo ku munsi wo ku wa Gatatu yatsinzwe na Simba SC 3-1.

    Ally Niyonzima yaraye atanze akazi gakomeye kuri KMC

    source http://isimbi.rw/siporo/article/ally-niyonzima-yaraye-afashije-azam-fc

  • Burundi: Leta ya evariste ndayishimiye irifuza ko impunzi ziva mu Rwanda byakorwa nkuko muri Tanzania bikorwa. #rwanda #RwOT

    Perezida w’Uburundi, Evariste Ndayishimire yakiriye abatahutse bava mu Rwanda ashimangira ko Uburundi nk’igihugu ari ubw’Abanyaburundi bose aho bari hose.

    Ku rubuga rwe rwa Twitter Perezida Ndayishimy yanditse:

    Ati: “Twishimiye abavandimwe bacu batashye bava mu buhungiro muri Mahama. Nibyishimo byinshi kumiryango yabo no muburundi. Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe kubatera inkunga mu byiciro byose mu gutaha kwabo. Turashishikariza abandi bashaka gusubira murugo, u Burundi ni ubwacu. Murakaza neza mu rugo! ” –

    Mu ijambo rye, Minisitiri Gervais Ndirakobuca yagize ati: “Guverinoma y’Uburundi yiteguye gukorana na UNHCR mu guha ikaze abashaka gutaha”. Minisitiri w’ubuzima Thaddée Ndikumana yabibukije ko serivisi yo kubyara no kwita ku buzima ku bana bari munsi y’imyaka 5 ari ubuntu.

    Umuvugizi wa Polisi y’igihugu cy’Uburundi, Peter Nkurikiriye, yatangarije itangazamakuru ko u Burundi bwifuza gutangira kwakira impunzi ziva mu Rwanda kabiri mu cyumweru, nk’uko ari ku mpunzi zituruka muri Tanzaniya

    The post Burundi: Leta ya evariste ndayishimiye irifuza ko impunzi ziva mu Rwanda byakorwa nkuko muri Tanzania bikorwa. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/burundi-leta-ya-evariste-ndayishimiye-irifuza-ko-impunzi-ziva-mu-rwanda-byakorwa-nkuko-muri-tanzania-bikorwa/

  • Rutahizamu w’Amavubi, Jacques Tuyisenge yarezwe muri FERWAFA #rwanda #RwOT

    Nyuma y’imyaka 6, Niyibishaka Abraham yandikiye FERWAFA ayisaba kumurenganura umwana we Ananias Munyemana akabona ubutabera kubera gukubitwa n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, Jacques Tuyisenge.

    Ni igikorwa cyabaye tariki 20 Mutarama 2020 kuri Stade Mumena ku mukino wari wahuje Police FC ari yo Jacques Tuyisenge yakiniraga na Esperance FC, ni umukino Police FC itsinze 2-1.

    Nyuma y’uyu mukino uyu rutahizamu wakiniraga Police FC icyo gihe, yaje kugenda asanga aho uyu mwana witwa Ananias wari mu batoraguraga imipira ku kibuga kuri uwo mukino(ball boys), aramukubita amuziza ko ngo yatinzaga umukino, umwana byaje kumuviramo uburwayi.

    Nk’uko bigaragara mu ibaruwa uyu mubyeyi yandikiye FERWAFA na yo ikayakira ku munsi w’ejo hashize tariki ya 27 Kanama, Niyibishaka Abraham yasabye FERWAFA kumukurikiranira ikirego yatanze muri FERWAFA 2014 ku ngoma ya Nzamwita Vincent De Gaulle asaba ko uyu mukinnyi amuvuriza umwana ariko ntibikorwe.

    Ubwo Jacques Tuyisene yakubitaga uyu mwana

    Muri iyi baruwa agaragaza ko ubwo yatangaga ikirego aho kugiikurikirana uwari perezida wa FERWAFA, Nzamwita Vincent De Gaulle yahise Afande Mayira Jean De Dieu wari umunyamabanga wa Police FC amubwira ko babareze, Mayira yahise amuhamagaza ku biro ya Polisi Kacyiru.

    Yagezeyo ngo babanza kumubwira nabi bamubaza impamvu yihutiye kujya muri FERWAFA atabahereyeho, gusa bamwijeje ko bazamufasha kuvuza umwana ariko ntibyakunda, ku munsi wakurikiyeho yatunguwe no kumva kuri Radio, Afande Mayira avuga ko batanze ibikenewe byose kugira ngo umwana avuzwe, yagerageje kujya kunyomaza iyi nkuru kuri iyo radio bamubwira ko bitashoboka ko byabagiraho inguraka, ajya ku y’indi Radio na bwo abwirwa ko bitashoboka.

    Uyu mubyeyi yaje gusanga ngo nta kindi gishoboka uretse gutegereza ingoma ya De Gaulle ikavaho akazasaba abazamusimbura kubikurikirana, ngo baje guhura n’ikibazo cy’uko uyu mukinnyi yahise ajya gukina hanze, ingoma ya De Gaulle ivaho akina hanze y’u Rwanda yanaza akaza aje mu ikipe y’igihugu bagasanga batatanga ikirego kuko byaba ari ukuvanga.

    Polisi yaje kumubuza gukubita umwana

    Akaba avuga ko nyuma yo kumenya ko yatandukanye n’ikipe ye yo muri Angola ndetse ubu akaba ari mu Rwanda, bifuza ko FERWAFA yabafasha gukemura iki kibazo bakabona ubutabera bakishyurwa amafaranga bavuje uyu mwana ndetse bagahabwa n’impozamarira kugira ngo bibere n’abandi isomo.

    Ashimangira ko kuva Jacques yakubita uyu mwana atigeze ashaka no kumenya uko umwana abayeho niba yaranakize, ngo aheruka amukubita gusa.

    Ibaruwa se w’umwana yandikiye FERWAFA

    source http://isimbi.rw/siporo/article/rutahizamu-w-amavubi-jacques-tuyisenge-yarezwe-muri-ferwafa

  • Arakumbuwe! Liliane Kabaganza yahishuye ibyo ahugiyemo n’agaseke ahishiye abakunzi be #rwanda #RwOT

    Liliane Kabaganza wamenyekanye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana nka: ‘Abiringiye Uwiteka’, ‘Yesu ndakwihaye’, ‘Yakoze imirimo’, ‘ Ejo ni heza n’izindi , ni umwe mu bagize uruhare rugaragara mu ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo mu bahanzi bo mu Rwanda. Muri iyi minsi uyu mubyeyi ntari kugaragara bituma buri wese ukurikiranira hafi ibikorwa bye yibaza ibyo ahugiyemo.

    Mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, Kabaganza yavuze ko asigaye atuye muri Kenya aho yagiye kubana n’abana be bato bigayo.

    Yagize ati “Nsigaye ntuye muri Kenya, abana banjye batatu niho bari kwiga. Nanze ko bibana hano biba ngombwa ko nza kubana nabo.”

    Kabaganza yavuze ko ubusanzwe ajya asimbuka agasura u Rwanda, icyakora ngo kubera icyorezo cya COVID-19 amaze igihe atahagera.

    Uyu mubyeyi wagiye muri Kenya mu 2018 yavuze ko nta kandi kazi ahakora uretse umurimo w’Imana.

    Kabaganza ahamya ko gukorera umuziki muri Kenya byabanje kumugora, gusa ubu agashimira Imana kuko amaze kumenyera. Aha niho ashingira ahamya ko abakunzi be bagomba kumwitegura kuko agiye gusohora ibihangano byiza.

    Yakomeje ati “Ntabwo biba byoroshye, byabanje kungora kuko nari umushyitsi mu gihugu ariko kugeza ubu namaze kumenyera ngiye kongera gusubira muri studio nkore indirimbo.”

    Kabaganza uhamya ko yasubukuye iby’umuziki yahishuye ko kugeza ubu yamaze kubona studio nziza y’Abanyarwanda yakoreramo umuziki ku buryo asanga yarasubijwe.

    Uyu muhanzikazi yavuze ko mu minsi iri imbere agiye gusohora indirimbo nshya yise “Igitondo” kandi yizeye ko abakunzi b’umuziki bazayikunda.

    Ati “Igitondo ni indirimbo narose ndabyuka ndayandika, ndabizi abantu bazayikunda rwose. Icyo nasaba abakunzi banjye ni uko bagenda bagakora Subscribe kuri Youtube yanjye Liliane Kabaganza Official ubundi bakazayibona mu ba mbere.”

    Ikiganiro na Liliane Kabaganza

    Daniel@Agakiza

    Source : Igihe

    source https://agakiza.org/Arakumbuwe-Liliane-Kabaganza-yahishuye-ibyo-ahugiyemo-n-agaseke-ahishiye.html

  • Ntibisanzwe Namibia Hari ubwoko bwakiriza abashyitsi kubaha abagore n’abakobwa bo kubaraza. #rwanda #RwOT

    Mu gihe twe dusanzwe tuzimanira abashyitsi batugendereye ibyo kurya cyangwa ibyo kunywa bumwe mu bwoko bwo muri Namibia butanga abagore babo nk’amazimano kubashyitsi babasuye.
    abagore n’abakobwa bo muri ubu bwoko barabimenyereye.

    Muri iki gikorwa cyo kuzimanira abagabo basuye urugo uru nuru muri Namibia ntago ibyo kuba umukobwa cyangwa umugore akuze babigenderaho apfa kuba gusa babona ko yamaze gupfundura amabere , bavugako iyo hagize igitero kiba kuri ubwo bwoko bwabo abagore n’abakobwa babo bajya ahagaragara bakarangaza ubundi bwoko bubateye.
    akanyamuneza kaba arikose ku mugabo wazimaniwe umugore yifuzaga.

    Abasobanukiwe neza ibyiyi migenzo yaya moko bemeza ko mu gihe inshuti cyangwa umushyitsi agiranye ibihe byiza n’umugore bikaba ngombwa ko bageza mu ijoro umugabo nyirurugo ajya kurara mu kindi cyumba iyo ntakindi cyumba gihari umugabo aba agomba kwemera akarara hanze.

    Gusa mu majyaruguru ya Namibia Hari ubwoko budakozwa ibyuyu muco, abo bita Ovahimba na Ovazimba Ni ubwoko bufata I bikorwa na bene wabo nka kirazira bo bavugako niyo isi yose yabagabaho ibitero ubutitsa ibabwira gushyira mu bikorwa uyu much wo kuzimana abagore n’abakobwa babo ku bashyitsi b’abagabo bo bakwemera bakabarimbura bagashiraho.

    Aha wakwibaza niba no mugihe umugore asuye urugo rurimo umugabo nawe bamuzimanira kuryamana n’umugabo nyirurugo ibi turakomeza kubikurikirana nihagira ikindi tubimenyaho tuzabibagezaho mu nkuru zacu zitaha.

    The post Ntibisanzwe Namibia Hari ubwoko bwakiriza abashyitsi kubaha abagore n’abakobwa bo kubaraza. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/ntibisanzwe-namibia-hari-ubwoko-bwakiriza-abashyitsi-kubaha-abagore-nabakobwa-bo-kubaraza/

  • Mwangwende abona Leta ikwiye guca inkoni izamba #rwanda #RwOT

    Myugariro wa APR FC, Imanishimwe Emmanuel[Mangwende] avuga ko Leta y’u Rwanda nk’uko ihora ishakira abanyarwanda ibyiza gusa, ikwiye no gutekereza uburyo bunoze kandi bwizewe n’imikino ikaba yafungurwa na bo bagasubira mu kazi.

    Uyu munsi amezi 5 n’iminsi 13 birashize ibikorwa bya ruhago mu Rwanda bihagaze kimwe n’indi mikino nka Volleyball, Basketball kubera icyorezo cya COVID-19 gihangayikishije Isi.

    Uko iminsi yagendaga ishira ni ko hagendaga hakazwa ingamba zo kwirinda, byatumye hari ibikorwa bimwe na bimwe bya siporo bifungurwa nka siporo zikorwa abantu bategeranye.

    Aganira n’ikinyamakuru ISIMBI, myugariro wa APR FC, Imanishimwe Emmanuel [Mangwende] avuga ko igihe kibaye kinini akazi kabo batagakora bityo ko niba bishoboka ubuyobozi bwareba n’uburyo imikino yafungurwa.

    Yagize ati“ni ubuzima umuntu amaze kumenyera wenda n’ubwo butandukanye n’ubwo twamenyereye nk’abakinnyi, umuntu arakomeza kwirinda yikoresha n’imyitozo, gusa nyine bibaye byiza leta yadufasha bishoka, ikareba niba hari uburyo twatangira byadufasha kuko igihe kiba gishize ni kinini, tubonye ikintu kidufasha tugatangira akazi kacu byaba ari byiza.”

    Ku kijyanye n’ikipe y’igihugu ifite imikino izaba mu ntangiriro z’Ugushyingo 2020 mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika, avuga ko bitewe n’igihe gishize itazaborohera.

    Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ riherutse gutangaza ingengabihe y’igihe umwaka w’imikino wa 2020-2021 uzatangirira, aho icyiciro cya mbere kizatangira mu mpera z’Ukwakira 2020, ibi ariko bikazagendana n’uburyo icyorezo kizaba kimeze n’ingamba Leta yashyizeho zo kwirinda.

    Mangwende ngo hagize igikorwa bakagarurwa mu kazi byaba ari byiza

    source http://isimbi.rw/siporo/article/mwangwende-abona-leta-ikwiye-guca-inkoni-izamba

  • Coronavirus: Ingendo mu modoka rusange zijya/ziva Kigali zahagaritswe, utubari twose turafunzwe, Gutaha mu rugo biba saa moya… #rwanda #RwOT

    Mu itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 26 Kanama 2020 iyobowe na Perezida Kagame, aho yabereye muri Village Urugwiro, bimwe mu byemezo bikaze byafashwe harimo; Kuba Buri wese ategetswe kuba yageze mu rugo saa moya, ingendo mu modoka rusange zihuza Kigali n’izindi ntara zirabujijwe, nta kabari na kamwe kemewe kaba n’ako muri Hotel…, ibyemezo bitangira kubahirizwa none kuwa 27 Kanama 2020.

    Dore amabwiriza yose y’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri;

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/coronavirus-ingendo-mu-modoka-rusange-zijya-ziva-kigali-zahagaritswe-utubari-twose-turafunzwe-gutaha-mu-rugo-biba-saa-moya/

  • Lionel Messi wisabiye kuva muri FC Barcelona arerekeza he? – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT

    Umunyabigwi muri ruhago kuri uyu mubumbe dutuyeho, Lionel Messi, yamenyesheje ubuyobozi bw’iyi kipe ko agomba kuyisohokamo muri iyi mpeshyi nyuma y’imyaka 19 yose amaze mu muryango mugari w’iyi kipe yatumye aba ikirangirire ku Isi, inzira ze zikaba zishobora kmwerekeza mu Bufaransa cyangwa mu Bwongereza.

    source https://rss.app/articles/862477a63bc37168a61ec4e0d85a68cbec5bb94447b309664e1fc4e5065d9ad01aefc1118b6523bcd771b1d68f171efb4b4fe54bc5c1c5e10cbd5fab3e2c65b34be16adb048db13d6a30c4c038c4866facb565e3fea712d0725ea85da11f1cc25a14a9ebff0a81

  • ACP Lynder Nkuranga wari mu bagore bakomeye kurusha abandi muri Polisi y’u Rwanda yazamuwe mu ntera #rwanda #RwOT

    Uyu mwanya yawusimbuyeho Rtd Colonel Kalibata Anaclet wawugiyeho mu kwezi k’Ukwakira 2018, avuye nabwo ku buyobozi bw’urwego rw’abinjira n’abasohoka mu gihugu.

    ACP Lynder Nkuranga niwe mugore wari ufite umwanya ukomeye mu buyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda kandi yagiye anakora imirimo itandukanye mu buyobozi bwa Polisi y’igihugu.

    ACP Lynder Nkuranga yamenyekanye cyane mu itangazamakuru mu mwaka wa 2017 ubwo yari umuvugizi wa Polisi wungirije ku rwego rw’igihugu, icyo gihe yari yungirije Theos Badege. Muri icyo gihe, Lynder Nkuranga yari afite ipeti rya Chief Superintendent.

    Aha Lynder Nkuranga yari afite ipeti rya Chief Superintendent ubwo yabaga Umuvugizi Wungirije wa Polisi ku rwego rw’igihugu

    Niwe mugore rukumbi wabaye umuvugizi wa Polisi ku rwego rw’igihugu, n’uyu mwanya w’umuvugizi wungirije nta wundi muntu wari wawuhabwa haba mbere ye na nyuma ye, umuvugizi wa Polisi ubundi ntakunze kugira umwungirije.

    Muri Mutarama 2018, ubwo Perezida Kagame yazamuraga mu ntera abofisiye ba Polisi y’u Rwanda, yanazamuye Lynder Nkuranga, hamwe n’abandi bagore bagenzi be babiri Rose Muhisoni na Teddy Ruyenzi, bose bahawe ipeti rya Assistant Commissioners of Police (ACP). Iri ni ipeti rya kane rikomeye mu gipolisi cy’u Rwanda.

    Aba bagore uko ari batatu banashyizwe mu myanya y’ubuyobozi bwa Polisi mu mashami atandukanye, ariko by’umwahariko ACP Lynder Nkuranga we yari umwe mu bagize ubuyobozi bukuru bwa Polisi buzwi nka Police Command, mu bapolisi bakuru babugize uko ari 36 akaba ari we mugore rukumbi wari urimo aho yari ashinzwe ibikorwa by’imikoranire n’izindi nzego (Commissioner for Cooperation and Protocol).

    Uretse uyu mwanya, ACP Lynder Nkuranga asanzwe ari n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Urwego rushinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (Executive Director for the Regional Center of Excellence on GBV)

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/ACP-Lynder-Nkuranga-wari-mu-bagore-bakomeye-kurusha-abandi-muri-Polisi-y-u-Rwanda-yazamuwe-mu-ntera

  • Assia yarakaye cyane, yirukanye Yaka Mwana burundi(VIDEO) #rwanda #RwOT

    Nyuma y’ibibazo byagiye bivugwa hagati ya Mutoni Assia na Yaka, Assia yafashe umwanzuro wo kwirukana uyu mugabo akaba atazongera kugaragara muri filime ya Gatanira.

    Kwirukana uyu mugabo, Assia avuga ko yabitewe n’amagambo Yaka akomeje kugenda atangaza mu bitangazamakuru amutuka, avuga ko atamuhemba, amwita umubeshyi n’ibindi.

    Reba ikiganiro na Assia

    source http://isimbi.rw/sinema/article/assia-yarakaye-cyane-yirukanye-yaka-mwana-burundi-video