Tag: news
-
Danny Vumbi na Bruce Melodie bahuriye mu ndirimbo ivuga umusore ukunda umukobwa kugera ashatse kwiyahura #rwanda #RwOT
Danny Vumbi uri kwitegura kumurikira abakunzi be album ye yise ‘Inkuru Nziza’ yashyize hanze indirimbo nshya yahuriyemo na Bruce Melodie igaragaza umusore ukunda umukobwa kugeza aho amukangisha ko namwanga aziyahura. -
Abapolisi barenga 1300 basoje amasomo y’ibanze abinjiza mu kazi #rwanda #RwOT
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Kamena mu murenge wa Gishari mu karere ka Rwamagana ahaherereye ishuri rya Polisi ritanga amahugurwa ku bapolisi (PTS-Gishari), hasorejwe amasomo y’ibanze ahabwa abapolisi bashya bato binjiye mu kazi. -
Abarudi bahagarikiwe VISA yo kujya muri Amerika mu gihe kitazwi #rwanda #RwOT
Amerika yafashe icyemezo cyo guhagarika gutanga visa ku Barundi bose uretse izihabwa aba dipolomate, n’abakozi bakorera imiryango mpuzamahanga, bazazihabwa ari uko babanje kwerekana ko bagiye ku mpamvu z’akazi.
Mu itangazo ryashizwe ahagaragara kuri uyu wa 19 Kamena 2020 na Minisiteri ishinzwe umutekano wa Amerika, yavuze ko icyo cyemezo cyatangiye gushyirwa mu bikorwa kuwa 12 Kamena 2020.
Amerika, ivuga ko ari ingingo yafashe kubera ko Uburundi bwanze kwakira Abarundi birukanywe ku butaka bwayo. Leta y’Amerika ivuga ko yasabye inshuro nyinhsi Uburundi kwakira abo banyagihugu, ibinyujije mu nzego zo hejuru, ariko Uburundi ntibwigeze busubiza amabaruwa yose bwandikiwe.
Ijwi ry’Amerika dukesha iyi nkuru, ryagerageje gucengera mu bari muri Leta mu Burundi ngo ryumve ingano y’Abarundi birukanywe ariko abakunze gutanga amakuru bavuze ko ntabo bazi. Abo mu ishami ry’igifaransa kw’Ijwi ry’Amerika nabo banyuze kuhagarariye Amerika I Bujumbura hagamijwe kumenya icyo Leta ivuga kuri iyo ngingo, ariko bageze ubwo bandika inkuru ntacyo abategetsi b’Uburundi baratangariza ambassade.
Leta ya Amerika, itangaza ko iyi ngingo yo gukuraho VISA ku barundi izagumaho kugeza igihe Uburundi bwemeye kwakira abanyagihugu babwo yirukanye. Iyi ngingo ishyizwe ahabona nyuma y’aho ejo ku wa kane tariki 18 Kamena 2020, Amerika yari yatangaje ko yifuza ko imigenderanire hagati y’icyo gihugu n’Uburundi iba myiza nyuma y’irahira ry’umukuru w’igihugu mushyashya, Evariste Ndayishimiye.
Amategeko y’Amerika, avuga ko icyo gihugu kiramutse hari umunyagihugu ukomoka ahandi cyirukanye, gifite amezi atandatu akaba yasubijwe igihugu akomokamo. Bitari ibyo, uwirukanwe ahabwa uburengazira bwo gukomeza kuba muri Amerika mu mudendezo wose.
Bamwe mu Barundi baba ku butaka bw’Amerika, bakunze kumvikana inyuma y’imvururu zo mu 2015, basaba ubutegetsi bw’Amerika kwima ubuhungiro imiryango y’abategetsi bamwe bamwe, babagiriza kuba “bemeza ko ata mutekano muke wigeze urangwa mu Burundi kuva mu 2015”.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
source http://www.intyoza.com/abarudi-bahagarikiwe-visa-yo-kujya-muri-amerika-mu-gihe-kitazwi/
-
Rutanga Eric yerekeje muri Yanga SC nyuma y’ibyumweru bitatu asinyiye Police FC #rwanda #RwOT
Myugariro w’inyuma ku ruhande rw’ibumoso, Rutanga Eric, waherukaga gusinyira Police FC, yamaze kwerekeza muri Yanga SC yo muri Tanzania ku masezerano y’imyaka ibiri. -
Abanyarwanda 3 bakina muri Zambia bashobora gutandukana n’ikipe bakinaraga #rwanda #RwOT

Abakinnyi batatu b’abanyarwanda bakinira ikipe ya Buildcon FC muri Zambia, nta gihindutse bose baratandukana n’iyi kipe nyuma y’uyu mwaka w’imikino, ni nyuma y’uko muri iki gihugu bafashe umwanzuro wo kugabanya umubare w’abanyamahanga muri shampiyona.
Abo ni umunyezamu Bashunga Abouba usigaje umwaka w’amasezerano muri iyi kipe, Biramahire Abbedy urimo gusoza amasezerano ye na Usengimana Fustin we wasoje amasezerano ndetse akaba ari no mu Rwanda.
Usengimana Faustin aherutse gutangariza ISIMBi ko n’ubwo yasoje amasezerano ye muri iyi kipe yatangiye ibiganiro kugira ngo babe bamwongerera amasezerano, gusa hahise haza itegeko ry’uko muri iyi shampiyona itarashyiragaho umubare w’abanyamahanga, guhera umwaka utaha hazajya hakoreshwa batanu gusa.
Aba bakinnyi nta gihindutse bakaba bagomba gutandukana n’iyi kipe nyuma y’uko shampiyona isojwe n’ubwo yasubitswe kubera icyorezo cya COVID-19, ikaba izasubukurwa muri Nyakanga 2020.
Biteganyijwe ko Biramahire Abbedy uzaba usoje amasezerano ye atazongererwa andi, Usengimana Faustin we yamaze kugera mu Rwanda aho bivugwa ko yanatangiye ibiganiro na Rayon Sports.
Umunyezamu Bashunga Abouba usigaranye umwaka umwe muri iyi kipe, aherutse kubwira ISIMBI ko ataramenya ni ba azatandukana n’iyi kipe, gusa ngo birashoboka kuko bafashe umwanzuro wo kugabanya umubare w’abanyamahanga, gusa ngo n’iyo batandukana nta gahunda yo kugaruka mu Rwanda kuko afite andi makipe amwifuza.
Usengimana we yageze mu Rwanda
Bashunga Abouba asigaje umwaka muri iyi Buildcon FC
Biramahire Abbedy ari gusoza amasezerano yesource http://isimbi.rw/siporo/abanyarwanda-3-bakina-muri-zambia-bashobora-gutandukana-n-ikipe-bakinaraga
-
B&B FM Umwezi, Radiyo nshya mu Rwanda izavuga siporo ku kigero cya 80% #rwanda #RwOT
Kuva mu 2004, mu Rwanda habaye impinduramatwara mu itangazamakuru yatumye havuka radiyo nyinshi zigenga, televiziyo ndetse n’itangazamakuru rikorera kuri internet, bifasha abaturage kubona amahitamo menshi dore ko kuva mu 1961 bari bazi Radiyo Rwanda gusa. -
Rayon Sports yasinyishije umwishywa wa Emmanuel Adebayor #rwanda #RwOT
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko bwamaze gusinyisha rutahizamu w’Umunya-Togo, Alex Harlley, akaba ari mwishywa wa Emmanuel Adebayor wabaye umukinnyi ukomeye i Burayi.source https://igihe.com/imikino/football/article/rayon-sports-yasinyishije-umwishywa-wa-emmanuel-adebayor
-
Umwalimu muri Kaminuza y’u Rwanda yinjiye mu muziki uhimbaza Imana #rwanda #RwOT
Dr. Habyarimana Deogratias, umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda no mu zindi zo Mu Rwanda no mu mahanga, yinjiye mu muziki nyuma y’igihe kinini yari amaze atanga amasomo ajyanye na muzika ari mu mujyo wa Kiliziya Gatolika. -
Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego cy’umukozi washinjaga RURA kwirukanwa bitubahirije amategeko #rwanda #RwOT
Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba kuri uyu wa Kane tariki 18 Kamena rwatesheje agaciro ubusabe bw’Umunyarwanda wareze Urwego rushinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), wavugaga ko yahagaritswe akanirukanwa ku kazi binyuranyije n’amategeko. -
Simba SC ishobora kwegukana Michael Sarpong #rwanda #RwOT
Simba SC iri ku mwanya wa mbere muri Shampiyona ya Tanzania ni yo ishobora kwegukana rutahizamu w’Umunya-Ghana, Michael Sarpong, uheruka kwirukanwa na Rayon Sports.source https://igihe.com/imikino/football/article/simba-sc-ishobora-kwegukana-michael-sarpong