Tag: news
-
Yamaze amezi abiri atavuga, ijwi rye rigaruka avuga nk’abanyamahanga #rwanda #RwOT
Emily Egan, umugore w’imyaka 31 wo mu Bwongereza yamaze amezi abiri ijwi rye ryaragiye atavuga, rigarutse riza imivugire (accent) yarahindutse ku buryo Icyongereza asigaye akivuga nk’icy’umuntu uturuka muri Pologne, ubundi akakivuga nk’uturuka mu Burusiya, mu Bufaransa cyangwa mu Butaliyani. -
Coronavirus: Abapfuye barenze ibihumbi bitanu mu munsi umwe, Brésil handura ibihumbi 40 #rwanda #RwOT
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, (OMS) ryatangaje ko kuri uyu wa Kabiri abishwe na Coronavirus ari 5412, Brésil ikomeza kuba igihugu cyugarijwe cyane ku Isi kuko mu masaha 24 gusa habonetse ubwandu bushya 40 131 abandi 1 364 barapfa. -
Trump yavuze ko urukuta yubatse ku mupaka na Mexique rwahagaritse Coronavirus #rwanda #RwOT
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yavuze ko urukuta rwubatswe ku mupaka ugabanya igihugu cye na Mexique rwahagaritse ubwinshi bw’abimukira binjiraga muri Amerika, rukanahagarika coronavirus. -
Nyaruguru: Hafashwe magendu y’ibiro 363 by’amabuye y’agaciro yakuwe mu gihugu cy’abaturanyi #rwanda #RwOT
Polisi ikorera mu karere ka Nyaruguru, kuwa Mbere tariki 22 Kamena 2020, yafashe abagabo babiri bafite magendu ibiro 363 by’amabuye y’agaciro. Abo ni Bizimana Celestin w’imyaka 32 na Bagayuwitunze w’imyaka 64. -
Ibyo wamenya kuri Kaspersky uzwi mu mutekano w’ikoranabuhanga #rwanda #RwOT
Tariki 4 Ukwakira 1965 nibwo Eugene Valentovich Kaspersy yabonye izuba i Novorossiysk mu cyahoze ari Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti (ni mu Burusiya bw’ubu). -
Kayonza: Abasore babiri bafatanwe urutambi bagiye gutwika umuryango urimo abakobwa banze ko baryamana #rwanda #RwOT
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Kamena 2020 mu Kagari ka Murundi mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza, hafatiwe abasore babiri bafite urutambi bagiye kurukoresha mu kwangiza umuryango urimo abakobwa babiri bavukana banze gusambana nabo. -
Igihugu cya Arabia Saoudite cyafashe icyemezo kibuza abanyamahanga kujya mu mutambagiro mutagatifu #rwanda #RwOT
Ubwami bw’Igihugu cya Arabia Saoudite bwatangaje ko abayoboke b’idini ya Isilamu bajyaga mu mutambagiro muri iki gihugu nta numwe uzemererwa kuwujyamo aturutse hanze kubwo kwirinda Covid-19. Abemerewe ni abanyagihugu n’abanyamahanga bari ku butaka bw’iki gihugu muri ibi bihe gusa.
Umubare muto w’abantu baba muri iki gihugu nibo uzemererwa kuwujyamo nk’uko byatangajwe mu itangazo ry’ubwami bw’iki gihugu. Abantu bagera kuri miliyoni ebyiri byari byitezwe ko bashobora kujya i Macca n’i Medina mu mpeshyi y’uyu mwaka mu mutambagiro mutagatifu uhuza abasilamu. Hari hamaze iminsi hari ubwoba ko uyu mutambagiro uzahagarikwa.
Mu bihe bisanzwe, uyu mutambagiro ni kimwe mu bintu bikomeye ku kirangaminsi cy’umwaka cy’abayisilamu. Gusa ubu abantu bacye bo mu bindi bihugu baba muri Arabia Saoudite nibo bazemerewa kuwukora.
Abategetsi bavuga ko ubu aribwo buryo bwonyine bazashobora kubahiriza amabwiriza abuza abantu kwegerana kugira ngo babarinde kwandura coronavirus.
Arabia Saoudite nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangza, imaze kugira abantu 161,005 banduye coronavirus na 1,307 yishe. Muri weekend ishize nibwo bahagaritse amategeko agumisha abantu mu ngo zabo (lockdowon).
Munyaneza Theogene / intyoza.com
-
Umukinnyi wa mbere ku Isi muri Tennis Novak Djokovic bamusanganye Covid-19 #rwanda #RwOT
Novak Djokovic umukinnyi uza ku mwanya wa mbere mu bakina Tennis ku isi yabaye undi mukinnyi w’uyu mukino basanzemo icyorezo cya coronavirus. Ni nyuma y’uko abandi bakinnyi Grigor Dimitrov, Borna Coric na Viktor Troicki nabo bakina Tennis bemeje ko babasanzemo iki cyorezo.
Djokovic w’imyaka 33 y’amavuko, aheruka gukina na mugenzi we Viktor Troicki nawe ukomoka muri Serbia, mu mikino yabereye i Belgrade. Ku rubuga rwa Novak Djokovic hashyizwe itangazo rivuga ko “nta bimenyetso by’iyi ndwara afite“.
Bikekwa ko Djokovic yanduriye mu mikino ya Tennis na Basketball yari imaze iminsi ibera i Belgrade. Amashusho yo kuri iyi mikino yo kuwa gatanu ushize yerekana abakinnyi barimo na Djokovic bakina kandi na Basketball.
Bamwe muri aba bakinnyi nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, ivuga ko ubu batangaje ko bagiye kujya mu kato iminsi 14, nubwo harimo abo bapimye bagasanga badafite Covid-19.
Amarushanwa ya Tennis ku rwego rw’isi biteganyijwe ko atangira tariki 14 z’ukwezi kwa munani 2020.
Irushanwa rya US Open rizatangira tariki 31 z’ukwezi kwa cyenda 2020 ariko nta bafana bari ku bibuga, gusa hari abakinnyi bagaragaje impungenge zo kujya i New York.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
source http://www.intyoza.com/umukinnyi-wa-mbere-ku-isi-muri-tennis-novak-djokovic-bamusanganye-covid-19/
-
Ubuzima bw’umuhanzi G-Stone watawe na Nyina akiri uruhinja – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT
Inganzo ya buri wese igira inkomoko! Ku muhanzi Maniraguha Leandre uzwi nka G-Stone, avuga ko ubuzima bw’ubupfubyi yakuriyemo bwatumye yiyemeza guhozwa n’umuziki kandi agaharanira gutanga ubutumwa bwubaka sosiyete. -
Bisa n’ibikomeye ariko tugomba kubikora – Haruna Niyonzima #rwanda #RwOT

Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ukinira Yanga muri Tanzania avuga ko ubu intego bafite ari ugusoza ku mwanya wa 2 muri shampiyona n’ubwo bisa n’ibikomeye ariko ngo bagomba kubikora kuko umwanya wa 3 atari wo bakeneye.
Kuba aba mbere bakegukana igikombe cya shampiyona byo bisa n’ibidashoboka kuko Simba SC ya mbere ibarusha amanota 19, ni mu gihe hasigaye imikino 8 ngo shampiyona isozwe.
Iyi kipe iri ku mwanya wa 3 aho irushwa na Azam FC ya 2 amanota 2, ikaba ivuga ko iri ku rugamba rwo gushaka uburyo yakuramo iyi kipe bagasoreza ku mwanya wa 2.
Aganira n’ibinyamakuru byo muri Tanzania yagize ati“dufite imikino ikomeye, amakipe menshi arimo kurwana cyane, ari hamwe umwana arira nyina ntiyumve, natwe gahunda zacu ntabwo tugomba gutsindwa mu mikino tuzakina. Ikintu cy’ingenzi ni ukubona amanota 3, bizadufasha kuza ku mwanya mwiza, ntidushaka gusoreza ku mwanya wa 3, turashaka uwa 2 n’ubwo bisa n’ibikomeye ariko tuzabikora.”
Mu gihe shampiyona ya Tanzania ibura imikino 8 ngo irangire, Simba SC iri ku mwanya wa 1 n’amanota 75, Azam FC ifte 58 mu ihe Yanga ifite 56.
Ku munsi w’ejo kuri Uwanja wa Taifa, Yanga izakira Namungo iri ku mwanya wa 4 n’amanota 54.
Haruna Niyonzima avuga ko bagomba kurwanira umwanya wa 2source http://isimbi.rw/siporo/article/bisa-n-ibikomeye-ariko-tugomba-kubikora-haruna-niyonzima