Tag: lifestyle

  • Musore, niba utiyizeye ku ikofi ntuzirushye utereta umukobwa nk'uyu. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abasore benshi usanga bipasa muremure mu gihe cyo gutereta inkumi, akenshi bakurikiye ubwiza bw'umukobwa nyamara ahenze ndetse akeneye ibyo umusore atabonera ubushozi,ibi bigatuma bamwe bagashaka kuba aka ya mvugo ngo ' umusore utirariye ntarongora inkumi'.

    Ibi tugiye kukwereka ushobora kubisuzugura bitewe nibyo ubayemo uyu munsi ariko niwegera abagabo benshi bazaguha ukuri gusesuye ndetse wige byinshi.

    Dore bamwe mu bakobwa udakwiye kwiteza mugihe utiyizeye ku ikofi muburyo buhagije.

    1.Umukobwa ukunda impano cyane

    Uyu impamvu udakwiye kumuzana nuko agatima ke gahira gakeneye kwakira atitaye ibyo yakira aho bivuye. Uyu numuzana agasanga ibyo ufite murugo byose nawe arabifite azakenera ibindi bishya kandi wowe udafitiye ubushobozi. Mu gihe rero uzaba udashoboye kumuha byose ashaka n'ubundi birangira asubiye hanze gushaka za mpano akeneye. Ukwiye kwitonda.

    2.Umukobwa ugira ubugambo bwinshi

    Nubwo bavuga ngo abagore bagira amagambo ariko burya sibose ndetse n'amagambo bagira ntahura. Hari bamwe bakunda ibihuha uko byaba bimeze kose mwene uyu rero bisaba ngo niba umuzanye ube ufite amafaranga kuburyo ujya kumutuza aha wenyine adahura n'abanyamagambo benshi.
    Nukubera iyo aba mu kajagari ahura n'abandi bagore buri munsi wisanga ugomba gukemura amatiku bitabaye ibyo birangira nawe umutwe bawumennye.

    3.Abakobwa bafite ikimero gikurura abagabo

    Umukobwa (umugore) ashobora kuba adafite isura ikurura abagabo ariko akaba afite imiterere ibakurura, mwene uyu uko asohotse azunguza ikibuno ku muhanda, abagabo benshi bava mubyabo, mwene uyu iyo umufite umutima wawe uhora uhagaze igihe cyose atari murugo, ibi rero bigora benshi kubana nabyo ndetse bikagera aho na wa mugore akakwinubira ko umufuhira bikabije kandi udafite ibyo akeneye byose.

    4.Umukobwa w'uburanga buhebuje cyane

    Igihe cyose uzanye umugore w'uburanga buhebuje kandi udafite amafaranga ahagije yo kumwitaho, uzamenye ko wikururiye indwara y'umutima. Uko ageze hanze abagabo bamukanuriye baramwifuza bikomeye ndetse abafite ku ikofi bagatangira gushaka kumuha ibyo adafite, uwo mugore nawe iyo adafite umutima ukomeye agatangira kwemera izo mpano uzamenye ko kakubayeho bamujyanye birangiye.

    Mwene aba bagore (abakobwa) bahora bakeneye byinshi bwo kwiyitaho nko gukomeza uruhu rwabo ngo rukomeze kubengerana mugihe udafite ibyo akeneye ntabwo azemera gusa nabi ahubwo azafata bimwe abagabo bo hanze bamuha.

    Source : https://yegob.rw/musore-niba-utiyizeye-ku-ikofi-ntuzirushye-utereta-umukobwa-nkuyu/

  • Ingeso zitari nziza zishobora gushyira iherezo ku rukundo rw'abashakanye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Dr. John Gottman ; umuhanga mu bijyanye n'umubano n'imiryango, mu bushakashatsi yakoze yagaragaje ko ku isi hose abashakanye bagera kuri 91 ku ijana (91%) mu myaka 40 baba bakeneye gatanya n'ubwo bose atari ko bayibona n'ubwo baba barashakanye bagaragaza ko bakundana. Mu bushakashatsi bwe yerekana impamvu zishobora kugeza abantu ku kumva ko batagishaka kubana bagahitamo gutandukana.

    1.Kubwirana ibyo bakoze mu busore bwabo

    Kubwira uwo mubana imico itari myiza waba waragiraga mutarabana si byiza kuko iyo ubimubwiye ntabyibagirwa ahubwo ahora akubonamo ya sura mbi, mwavugana nabi gato akagira ngo usubiye mu byo wahozemo rimwe na rimwe akanabigucyurira bikaba byateza amakimbirane mu rugo arimo no gutanduakana. Aha ariko bisaba kwitonda kuko mu gihe utekereza ko ashobora kuzamenya ayo mafuti wakoze mu buto bwawe, ibyiza ni uko wakwitanguranwa ukayamubwira ugahita utakamba ukamusaba imbabazi unamubwira ko wahindutse kandi ubyicuza, kuko ayamenye warayamuhishe yarushaho kubibona nabi.

    2.Kutajya inama mu rugo

    Iyo abantu babana batajya inama mu rugo rwabo ngo bafate ingamba zo kurwubaka rugakomera ahubwo ibyemezo byose bigafatwa n'umuntu umwe, usanga hari ubangamiwe bigasa nk'aho we ntacyo amaze mu rugo maze akaba yatekereza gutandukana n'uwo bashakanye kuko aba abona nta bufatanye buri mu rugo.

    3.Kumva amabwire

    Amagambo ashobora kwinjira mu rugo rw'abashakanye bakayaha umwanya ajya atuma umwe yumva azinutswe undi kubera ibyo abwirwa bitari byiza k'uwo babana.umuntu ukeneye kubakana n'uwo bashakanye kandi bakabana akaramata ntaba agomba kumva amabwire ngo ayahe agaciro.

    4.Guhorana intonganya

    Kutavugana neza mu rugo rw'abashakanye ni kimwe mu bituma umwe mu bashakanye afata icyemezo cyo gutana n'uwo babanaga kuko nta muntu wapfa kwihanganira mugenzi we babana mu rugo uhora avuga nabi kuko iyo abantu bashakanye, baba bakeneye kugira ibyishimo mu rugo rwabo. Iyo umwe mu bashakanye akomeje kwihanganira intonganya zihora mu rugo, igihe kiragera kwa kwihangana kugashira akumva batandukana.

    5.Kumena amabanga y'urugo

    Akenshi iyo umwe mu bashakanye agiye avuga mugenzi we cyangwa amena amabanga y'urugo ntibyorohera undi kubyihanganira kuko ahita yumva ko uwo yita ko bajya inama nta banga agira bigatuma yahitamo gutandukana nawe.

    6.Ibibazo byo mu buriri

    Iyo abantu babana ntibashimishanye uko bikwiye mu buriri abenshi ntibabasha kubyihanganira kuko ibyo byishimo biba biri mu nkingi urugo ruba rwubakiyeho, niyo mpamvu biba byiza kurushaho iyo buri wese mu bashakanye yuzuza inshingano zo mu buriri.

    Source : https://yegob.rw/ingeso-zitari-nziza-zishobora-gushyira-iherezo-ku-rukundo-rwabashakanye/

  • Reba ibanga rikomeye ryihishe mu gusomana ku munwa. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Byakunze kugaragazwa nka kimwe mu bimenyetso by'urukundo rukomeye hagati y'abakundana kuko bifatwa nk'ibidasanzwe. Ntibitangaje kuba uwo mukundana yakwemera kugusoma ku munwa nk'ikimeneyetso cy'urwo agufitiye cyangwa akabyanga ubishaka cyane ko no mu mico 168 ibarwa mu Isi, 46% ni yo ibyemera gusa.

    Abahanga mu by'imibereho ya muntu, imihindagurikire y'imico n'imibanire bemeza ko iminwa ari cyo gice kigaragaza cyane uko umuntu yiyumva by'umwihariho mu bijyanye n'imibonano mpuzabitsina, kidashobora guhishwa. Ibindi iyo yambaye imyenda irabikingiriza.

    Ibyo bituma iyo ari kumwe n'uwo afitiye amarangamutima ari yo akunze gukoresha, uko begerana umwe akarushaho gushaka gukoza iminwa ye ku y'undi bikarangira basomanye.

    Ni umwihariko ku bantu kuko nta zindi nyamaswa zibikora neza nkabo. Zo iyo zagiriranye amarangamutima hari ukuntu ziyegerezanya imwe igakurura impumuro y'indi ikoresheje amazuru gusa bikaba bihagije.

    Umwarimu muri Kaminuza ya Nevada, William Jankowiak, yabwiye BBC ko umuntu we adafite ububasha buhagije nk'ubw'inyamaswa bwamufasha gukurura ibyo byiyumviro bya mugenzi we, ikaba impamvu ituma iyo ashaka kubikurura amwegera bagasomana.

    Yakomeje agira ati 'Uko amwegera cyane ni ko arushaho gushaka kumusoma.'

    Jankowiak yasobanuye ko uko umuntu yambara imyenda myinshi bigira uruhare mu kuba uwo basomana yabishaka cyane. Ni mu gihe abari kumwe batambaye badakunze kugirirana irari ryo gusomana.

    Ati 'Itandukaniro ritangaje, wibutse ibyo navuze ukareba nk'abahigi n'abandi baba mu mashyamba batambara uzasanga badasomana.'

    Yavuze ko bituruka ku kuba ibice by'umubiri bigaragaza ibyiyumviro hafi ya byose biba biboneka, nyamara wakwambara hagasigara haboneka umunwa gusa.

    Hagaragazwa ko kuva mu myaka 3.500 ishize gusomana ku munwa byabagaho. Mu mico imwe n'imwe byagizwe ikizira ahandi bikemerwa bikazongera gucika bitewe n'abayoboye amatwara yaho.

    Source : https://yegob.rw/reba-ibanga-rikomeye-ryihishe-mu-gusomana-ku-munwa/

  • Igitekerezo: Ukuntu ababyeyi banezezwa n’uko abakobwa babo bakora ubukwe ariko badashaka ko bateretwa biratangaje! #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kugira ngo umukobwa n’umuhungu bagere aho bategura umushinga wo gushyingirwa bagasezerana kubana akaramata, mpamya ko ari urugendo runini cyane ndetse ntatinya ko ruhera kuri zero. Ariko ikigaragara ubanza ababyeyi baba bifuza ko abana babo cyane cyane ab’abakobwa baza bababwira gusa ko bafite ubukwe ariko batirigeze bakora urwo rugendo rwose.

    Muri urwo rugendo rwo kumenyana kugera aho bazagera aho bemezanya kubana akaramata, habamo gusohoka bagasangira, gusurana, kujyana hirya no hino, guhamagarana no kwandikirana kenshi n’ubundi buryo butandukanye bw’itumanaho. Ariko ibi byose ubona bibangamira ababyeyi benshi, ku buryo babifata nko kunanirana cyangwa kugira umuco mubi.

    Bamwe ndetse banarenga ko bibabangamiye gusa bucece bakanavuga, bamwe biyama umukobwa wabo ku byo bise gukururana n’abasore. Ndetse abenshi bakanumvisha umukobwa wabo ko uwo musore ari kumushuka agira ngo amwangirize ubuzima, abandi bakamwereka ko ntakindi uwo musore agendereye uretse kumutera inda. Abandi bagafatirwa imyanzuro ikomeye mu gihe bamenye ko bari kumwe n’uwo musore.

    Ibi nkunda kubyibazaho bikanyobera kandi mu gihe uwo mubyeyi aba yifuza ko umukobwa we azazana inkuru ibabwira ko ku tariki runaka afite ubukwe. Yego kugira impungenge ku mubyeyi birumvikana. Ariko na bwo sinabishyigikira bigeze aho, buri musore wese uvugishije umukobwa wawe uba wumva ikimugenza ari ukumugirira nabi, akenshi utanamuzi, rimwe na rimwe wanasanga akomoka mu muryango barera neza no kurusha uwanyu cyangwa kimwe n’uwanyu.

    Numva umukobwa utari umwana wujuje imyaka y’ubukure, cyangwa nidushaka dufate imyaka 21 kuko mu Rwanda ariyo amategeko yemerera umuntu kuba yashinga urugo. Ariko na bwo nibaza uwaba yifuza kuzashinga urugo ku myaka 21, ubwo yaba yaratangiye urwo rugendo rw’urukundo mu myaka 18 nibura cyangwa wenda 19.

    Yaba ari umuntu mukuru rero, ku buryo umubyeyi cyangwa umurezi yaba yaramaze kumutegura akamubwira uburyo bwiza umukobwa yakwitwara ageze mu gihe cyo kurambagizwa, bityo bimurinda impungenge nyinshi no guhagarika umutima mu gihe abonye umukobwa we ari kumwe n’umuhungu, kandi nyamara akaba ategereje ko azaza kumubwira ko afite ubukwe.

    Mu ntambwe zo kurambagizanya kugira ngo umukobwa n’umuhungu bagere mu gihe cyo kujyanana kwerekana mu miryango yombi, ni uko baba bageze kure mu rukundo rwabo. None se babyeyi mwaretse abana banyu bakubaka urukundo rwabo ko umunsi nugera bazabagaragariza aho bigeze!

    Ikindi ibi njyewe mbifata nk’ikimenyetso cy’intege nkeya cyangwa gutsindwa, ko umubyeyi aba ataraganirije umwana we ngo amutegure mu buzima buri imbere cyane ko aba abizi neza ko ari ibihe azageramo. Yego hari igihe ubona ko umwana yaba ari kumwe n’umuntu ubona inzira barimo atari nziza ukaba wamwereka ingaruka ukaba wanamubuza gukomeza. Ariko ntimukumve ko abasore bose ari ibiremwa bibi bigambiriye kugirira abakobwa nabi.

    Iki ni igitekerezo cy’umunyamakuru Mukazayire Immaculée Youyou

    source : https://ift.tt/3mjNYn3

  • Ibintu bitanu (5/10) bigaragaza ko umukobwa agukunda (IGICE CYA KABIRI) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hari n’uwo uzasanga akora uko ashoboye agakora ku muhungu cyangwa agahora ashaka kuba hafi y’aho umuhungu ari. Kandi n’ubwo atari we ufata iya mbere ngo akubwire ko yagukunze, agerageza kubikwereka ashyira ikiganza cye hafi y’icyawe kugira ngo nawe utinyuke ufate ikiganza cye. Iyo uri ikigwari ni hahandi usanga igitima kidundaguza wibaza uti se nimufata ikiganza akanyiyama!

    Niba umukobwa agukunda, iyo umwegereye cyangwa ukamufata ku rutugu cyangwa ku kuboko ntabwo aguhunga. Icyitonderwa! Nubona bimeze bityo, ntuzashyekerwe ngo urengere usange utangiye kumubuza uburyo, kuko ibintu bishobora kuguhindukana ukumirwa.

    2. Ntajya yibagirwa ibyo muganira

    Iyo umukobwa akunda umuhungu, usanga anezezwa no kumutega amatwi kandi akabyerekana agarura ibiganiro bagiranye mu minsi yatambutse; hari n’igihe agenda ashyiramo utugambo dusekeje agendeye ku bintu mwaganiriyeho bimwerekeyeho. N’utuntu tw’amafuti mwaganiriye usanga atuzirikana kuko iyo agukunda, ibyawe byose biramushishikaza.

    Ahora iteka atekereza kuri gahunda zawe. Niba se hari umukino ukomeye witegura, cyangwa se ufite akazi kihutirwa ugomba kurangiza ku gihe ntarengwa, ibyo byose arabizirikana kandi akibuka kukwifuriza gutsinda. Hari n’igihe yemera akirinda kukurogoya akaguha umwanya wo kwitegura neza.

    3. Uzamutungura kenshi arimo kukureba utabizi

    Iyo uri kumwe na bagenzi bawe, umukobwa ugukunda na we ari hafi aho, usanga anyuzamo akagutereraho akajisho mu buryo butunguranye, ibi kandi abikora azi neza ko wowe utaribumubone, kandi iyo muhuje amaso, ahita yirebera hirya hato utagira ngo ni wowe yarebaga, icyo gihe ukamenya ko yakwihebeye ariko bikamutera isoni kubishyira ku mugaragaro. Muri make iyo umukobwa akwemera, usanga aho uri hose yifuza kukureba, yaba abigambiriye cyangwa bikikora.

    4. Agushakira umwanya

    Ikimenyetso simusiga kikwereka ko umukobwa akwiyumvamo: Akora uko ashoboye akakubonera umwanya muri gahunda ze zihutirwa” nk’uko byemezwa na Margot Schulman, wanditse igitabo kitwa Choose Love: A Simple Path to Healthy, Joyful Relationships. Mu Kinyarwanda: Hitamo urukundo: Inzira yoroshye igana ku rukundo ruzira amakemwa.

    Kuba umukobwa akubonera umwanya muri gahunda ze, hari abantu babifata nk’ibisanzwe, nyamara ni bwo buryo bwa mbere mu bundi bwose bwerekana ko umukobwa akwiyumvamo.

    Indi mpuguke mu birebana n’umubano, Bonnie Winston nawe arabyemeza agira ati “Iyo umukobwa akubonera umwanya kenshi, ni ikimenyetso cy’uko agukunda, kwaba ari ukubonana imbonankubone, kuvugana kuri telefone, cyangwa mu butumwa bugufi kandi bushimishije. “Ese ubundi atagukunda, ibyo byose yaba abikorera iki?”

    5. Akora uko ashoboye ngo umenye ko nta wundi bakundana

    Igihe murimo kuganira, umukobwa wifuza ko mucudika ntagira isoni zo kukubwira ko nta nshuti y’umuhungu afite. Ariko ibyo byonyine ntibihagije, na we ugomba gukoresha uwo mwanya ukahava umenye ko agufitiye ubwuzu. Naramuka avuze ko akeneye umuntu umuherekeza mu birori runaka cyangwa gusohokana mugasangira, uzahite ufatiraho wigeragereze amahirwe kuko ni bwo buryo azaba abonye bwo kukwisanzuraho.

    Uwaba yaracikanywe, yasura umurongo wa KT Radio kuri youtube (https://www.youtube.com/channel/UCoTgDGyQpkDyL_eUKtt9q7g), aho mushobora gukurikira ibiganiro byinshi biba byaratambutse kuri KT Radio nka: Ubyumva ute, Inyanja twogamo, Nyiringanzo, Nyiringanzo, inama z’ubuzima n’ubumenyi rusange ndetse n’ibindi.

    source : https://ift.tt/3za6QIv

  • Dore ubundi buzima muri Kigali #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uyu aratera umuti inyanya ahinga
    Uyu aratera umuti inyanya ahinga

    Umudugudu wa Kanyinya mu Kagari ka Ruhango mu Murenge wa Gisozi w’Akarere ka Gasabo, uri ahegereye igishanga cya Nyabugogo bakunze kwita ku Isiyacyenda, bitewe no kugira abaturage bamwe bifata nk’abatuye ku yindi si kuko bicuruza cyangwa bakoresha ibiyobyabwenge.

    Muri rusange ariko umwihariko wa Kanyinya (Isiyacyenda), ni uko nta modoka cyangwa moto zigerayo, ubuzima bwaho bukaba buteye nk’ubwo mu cyaro kuko batunzwe n’ubuhinzi n’ubworozi.

    Ahinga imboga agahaza umuryango akanagurisha zikamwinjiriza
    Ahinga imboga agahaza umuryango akanagurisha zikamwinjiriza

    Hari abadashobora kubona ifunguro bakwiririrwa cyangwa bararira mu gihe baba batagiye kuvoma mu kabande, gutashya inkwi, guhinga, kwahira ubwatsi bw’amatungo cyangwa kujya kuyaragira.

    Uretse ibisheke usanga benshi bagenda bavovorera mu nzira, abatuye ku Isiyacyenda ntabwo bahaha imineke, imboga cyangwa ngo barye mushikaki (brochette) z’ihene bavuye kugura ahandi, kuko ibyinshi barabyifitiye.

    Ushaka gusura Isiyacyenda agenda ku manywa kugira ngo yirinde abambuzi bitwa Abamarine, akanyura mu Gatsata hafi yo ku magaraji akambuka igishanga cya Nyabugogo, agahingukira ku mirima y’ibisheke, imboga n’urutoki mbere yo kugera mu ngo z’abaturage ku musozi uhanamye wa Gisozi.

    Muri Kigali borora amatungo magufi
    Muri Kigali borora amatungo magufi

    Udukunda Angelique w’imyaka 50 watuye ku Isiyacyenda mu myaka 23 ishize, avuga ko atunzwe n’ubuhinzi bw’imboga bumuhesha ibyo bafungura mu rugo, ariko akabasha no gusagurira isoko, ndetse akaba ari n’umworozi w’amatungo magufi.

    Udukunda agira ati “Abafite ubushobozi borora amatungo nk’ihene, inkoko, inkwavu, bakanahinga urutoki rw’imineke aho ushobora kugura ine ku mafaranga 100, bayiranguza abazunguzayi, ariko n’ibishyimbo, ibigori n’ibisheke turabihinga, ndetse n’izo mboga ziboneka hafi bakazigurisha zikabaviramo umusaruro”.

    Uwitwa Musabyimana Pauline twasanze ahetse ipompo arimo gutera umuti wica udukoko mu murima w’inyanya, avuga ko ubuhinzi ari umwuga utanga umusaruro kurusha myinshi imenyerewe muri uyu Mujyi wa Kigali.

    Mu murima we w’intambwe 15 kuri 25 yahinzemo inyanya zimuhesha amafaranga arenze ibihumbi 150 mu mezi atatu zimara kugira ngo zere, umuntu akaba yabigereranya n’igihembo cy’amafaranga nibura 1,000 ku munsi kandi aba yavanyemo izo bafungura mu rugo.

    Hirya gato na ho ahafite akarima k’idodo ahora asaruramo buri cyumweru izo agurisha nyuma yo kugaburira abagize urugo rwe.

    Musabyimana agira ati “Nirirwa mu murima nta kandi kazi mfite, kandi muri dodo nsaruramo nibura amafaranga ibihumbi birindwi buri cyumweru mu gihe cy’amezi atatu, nkongera guhinga izindi ngategereza ko zera nyuma y’ukwezi kumwe. I Kigali turahinga, uwifuza akazi araza akirirwa ahinga kugera saa sita agacyura amafaranga 1,500Frw”.

    Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi MINAGRI ivuga ko mu bishanga by’i Kigali bitegereye imigezi minini abaturage bemerewe guhingamo, harimo icya Kabuye-Nyacyonga, Nyabugogo (mu gice cyo haruguru), UTEXRWA, Kami, Masaka na Nyandungu (kuva ruguru kugera kuri Hotel La Palisse).

    Umuyobozi mu Kigo giteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ushinzwe ishami rya Ruburizi, Norbert Sendege agira ati “Umusaruro w’imboga uva muri biriya bishanga (by’i Kigali) ushobora guhaza abatuye uyu mujyi ku rugero rwa 55-60%”.

    Hari ahameze nko mu cyaro
    Hari ahameze nko mu cyaro

    Sendege avuga ko hari amahirwe y’ishoramari mu by’imboga abaturage b’i Kigali batangiye kungukira ku bantu bava hanze y’Igihugu baje kubafasha guhinga ibyoherezwa mu mahanga, cyangwa ibigurishwa ku masoko y’i Kigali.

    source : https://ift.tt/3kc8CCN

  • Ibizakwereka ko uri mu rukundo rudashinga. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ikigaragaza urukundo rudafatika ni uko uyu munsi ruba rushyushye ariko umunsi ukurikiyeho ugasanga byahinduye isura ndetse rusa n'uratarigeze kubaho. Urukundo rudafatika kandi ni rwarundi rutabasha kwihanganira ibigeragezo. Ikindi kiruranga ni uko nta gitekerezo cyo gushinga urugo umusore n'inkumi bakundana baba bafite.

    Ibimenyetso biranga urukundo rudafatika :

    1.Ntiwizera umukunzi wawe/Ntumwiyumvamo

    Icyizere no kwiyumvanamo hagati y'abakundana n'ibintu by'ingenzi cyane mu rukundo. Kuba rero utazi neza niba umukunzi wawe agukunda by'ukuri, kuba utazi neza uko agufata, kuba ushidikanya niba ari wowe wenyine akunda, n'ibindi bisa nabyo bishobora kukwereka ko urukundo mukundana rudafashije.

    2.Nawe ubwawe ntuzi niba ukunda umukunzi wawe

    Hari igihe bibaho ko umusore cyangwa umukobwa yibaza niba amarangamutima agaragariza mugenzi we niba ari urukundo cyangwa ari agahararo bikamuyobera. Niba rero nawe ubwawe utazi ibyo urimo ni uko urukundo mukundana rudafatika.

    3.Nta bihe byiza mugirana

    Biragoye ko abantu bakundana urukundo rudafatika bagirana ibihe byiza . Aha ndashaka gusobanura byabihe bitibagirana, wicara ukibuka ukumva uhise ukumbura umukunzi wawe, byabihe bituma urukundo rwanyu rurushaho kugira ingufu.

    4.Ntahazaza

    Urukundo rufatika rugira icyerekezo n'intego. Abantu bakundana urukundo nyarukundo bagaragarizanya amarangamurima nta mbereka, hejuru y'uko bakundana, baba bafitanye ubushuti bufatika,…Mugihe mu rukundo rudafatika abakundana bagaragarizanya amarangamutima gake gashoboka , nta hazaza, nta ntego bafite cyangwa icyerekezo cy'urukundo rwabo.

    5.Guhora mushwana

    Kutumvikana mu rukundo cyangwa mu mubano ni ibintu bibaho kandi ntakabuza bigomba kubaho kuko ntabwo iteka abantu bahuza byose. Ikigaragaza ko muri mu rukundo nyarukundo ni uko iyo hari icyo mutumvikanyeho cyangwa hari aho mugonganye, mugira uko mukemura ibibazo vuba kandi mu mutuzo. Ariko niba wowe n'umukunzi wawe muhora mushwana bihoraho kandi bikagorana kwiyunga ni uko urukundo rwanyu rudafatika.

    Niba ufite umusore cyangwa umukobwa mukundana, uyu munsi urukundo rukaba rushyushye ariko ejo rukazima kandi iteka mugapfa udukosa duto , menya ko urukundo rwanyu ntaho rugana. Binabayeho mukabana, urugo rwanyu ntirwazamara kabiri cyangwa mukajya muhora mu ntonganya.

    6.Kuvugana gake/kubonana inshuro nke zishoboka

    Mu bintu biranga urukundo nyarukundo, kuvugana no kumenya uko mugenzi wawe ameze n'ingenzi. Mu ndimi z'amahanga nibyo bita communication. Niba rero mutagira igihe gihoraho cyo kuganira no kumenya amakuru ya buri umwe, urukundo rwanyu tangira urugireho amakenga. Ntiwambwira uburyo bwakwira cyangwa igihe runaka kigashira utazi amakuru n'uko umukunzi wawe amerewe ngo nurangiza unyemeze uburyo icyo murimo ari urukundo.

    Hambere iterambere ritaraza nibwo byagoranaga ariko nabwo abakundana bohererezanyaga amabaruwa cyangwa bagasurana uko babishobojwe. Kuri ubu communication yaroroshye kuburyo bitagoranye kurara umenye uko umukunzi yiriwe yemwe mukaba mwagirana n'ikiganiro n'ubwo mutandukanyijwe n'intera ndende. Niba biba rimwe na rimwe, harimo ikibazo.

    Source : https://yegob.rw/ibizakwereka-ko-uri-mu-rukundo-rudashinga/

  • Sobanukirwa igisobanuro cy’umunezero mu buzim… – #rwanda #RwOT

    Iminsi ibaye ibiri Rocky Kimomo arushinze, ibintu benshi batari bizera koko ko yaba yarabikoze, bitewe n’imvugo yari yarashyize muri rubanda ivuga ko nta gikwe nyamara kuwa 16 Kanama 2021 ibyasaga nk’ibidashoboka byabaye bisa nk'ibyabaye impamo.

    Ndetse, bamwe mu bantu banyuranye bamuvugiraho ko ibyo yavugaga bishobora kuba bizashoboka mu ijuru, kuko mu isi ho ubukwe buba bucyenewe. Umwe muri abo ni umuraperi Riderman.

    Yagize ati:”Nkurase amashimwe muntu wanjye, ubwo nta 'gikwe' tuzayiririmba mu ijuru kuko mu isi 'igikwe' ni ngombwa.” Maze nyirubwite Rocky amusubiza agira ati:”Umugore mwiza umuhabwa n’Imana muvandi.”

    Mu minota micye ishize, Rocky Kimomo akaba afashe umwanya atomora Ishimwe Carmene mu magambo akora ku mutima nyuma yo kumwambika impeta apfukamye, ibyo yumvaga mu buzima atakora akarengaho agakuramo n’inkweto.

    Maze agira ati:”Kugira ngo ubone umunezero wuzuye mu buzima, ni ngombwa kugira uwo muwusangira.” Maze yongeraho izina rya Carmene agaragaza ko ariwe yahisemo.

    Kugeza ubu, biragenda bigaragara ko koko Rocky Kimomo yaba yarakoze ubukwe, n'ubwo bitewe n'uko muri iyi minsi 'yaba ibihiye nibidahiye byose byabaye hahiye kandi hareke hashye'.

    Umwe mu babonye iyi foto, yagaragaje ko ubukwe bwa Rocky Kimomo ari ikinyoma cyambaye ubusa ati: 'Umugeni utambaye impeta y’ubukwe” kuko habaho iyo gusaba kubana n'iy'urudashira


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108726/sobanukirwa-igisobanuro-cyumunezero-mu-buzima-bwa-rocky-kimomo-binyuze-mu-mitoma-yateye-ca-108726.html

  • Umugeni wari wakodesheje imodoka y'akataraboneka ku munsi w'ubukwe bwe yamutengushye bikomeye #rwanda #RwOT

    Shenice w'imyaka 28 n'umuvandimwe we Siobhan Ellis w'imyaka 31 bahuriye n'uruva gusenya ubwo iyi modoka yo mu bwoko bwa Ford bari bakodesheje kugira ngo izabatware ku munsi w'ubukwe yabapfiragaho bigatuma basaba lifuti ba mukerarugendo bari bibereye muri Mercedes yabo.

    Shenice washyingiranwe n'umugabo we Sean w'imyaka 28 basezeraniye ahitwa Gloucester.

    Uyu mugeni yagize ati 'Cyari ikintu kigoye kumva ko cyabaho.Twari twiteguye kwerekeza Upton-on-Severn mu gitondo,turi mu modoka nziza cyane vintage Ford yagombaga kutugeza ku rusengero I Gloucester.

    Kubera ko twari mu modoka nziza cyane,cyahisemo kugenda mu muhanda udakunze gucamo abantu.Hadashize umwanya duhagurutse,twumvise urusaku rudasanzwe ku modoka yacu duhita twibaza tuti 'ibaze iramutse ikwamye.Yahise ihagarara yanga kugenda.Umushoferi yakoze ibishoboka byose kugira ngo igenda biranga.'

    Abari baherekeje uyu mugeni bari inyuma gato bababwiye ko bagomba kubanza kumutwara bakagaruka ariko ba mukerarugendo Matt na Michelle Moore bahise biyemeza gusubika gahunda barimo babanza kubageza ku rusengero.

    Uyu mugeni avuga ko yashimishijwe nuko atataye umutwe kubera ibyari bibaye ndetse ngo ntiyakererewe kugera mu bukwe bwe.



    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugeni-wari-wakodesheje-imodoka-y-akataraboneka-ku-munsi-w-ubukwe-bwe

  • Abasore gusa: Rekeraho gushaka urukundo uyu n… – #rwanda #RwOT

    Uko uzagenda ukura rero uzagenda wibanda ku bintu ubona ko bigufitiye akamaro cyane ndetse rimwe na rimwe ubiteho umwanya munini cyane. Uzagera igihe wumve utangiye gukunda cyangwa se utangiye gukenera gukundwa. Hari ubwo 'uzumva wanareka ibintu byose wakoraga ariko wiyegurire umutima w'umuntu ukunda cyane'. Gusa, urukundo siko ruhira bose ndetse n'abo ruhira, siko byose biba ari 'paradizo' igihe cyose. 

    Hari bamwe rero babona 'imbogamizi' zije bakaba bahitamo 'kuva mu rukundo' barimo bagatangira bundi bushya urundi rugendo rw'urukundo nyamara ntibamenye ko mu buzima ari ibintu bibaho. Ubuzima bugizwe n'ibyishimo ndetse n'umubabaro. Niko abatubanjirije babayeho, niko turi kubaho kandi ni nako n'abazadukurikira bazabaho. Abantu rero bakunda 'kuva mu rukundo' kubera uburyo banzwe cyangwa bababajwe, gusa sicyo cyakabaye igipimo cy'ukuri cyagatumye uva mu rukundo.

    Urukundo akenshi ruragutungura rukagusaba gufata igihe wiruka ndetse rukanga no kuza munzira yawe, rukanga kukwegera , mbese muri make rukaguhunga. Iyo bigenze gutyo rero abenshi babivamo bagakomeza ubuzima bwabo. Uyu mukobwa rero niba umufite, rekera aho gukomeza gushaka urukundo hirya yawe.

    Ahari wabaye umunyamahirwe akomeye , ufite umuntu ugukunda n'umutima we wose, ariko kubera ko ukiri umusore uri kumva ko ukeneye kugera hano na hariya, cyangwa urumva udakeneye kunaniza umutwe wawe, musore rekera aho kuko 'icyiza kiza rimwe'.

    Niba ushidikanya ko urukundo ufite ari urwa nyarwo cyangwa niba ukeneye gutekereza urukundo, soma iyi nkuru neza.

    1.Nta gutuza mugira mu rukundo rwanyu

    Buri mwanya muba mufite utuntu two kuvugana, mbese bisa n'aho mwifitemo rukuruzi. N'iyo mutuje, wowe ubwawe uba wumva hari ikibura, uba wumva udatuje neza. Buri kimwe kiba gitangaje, gisekeje iyo muri kumwe, kabone n'ubwo byaba bitanashishikaje.

    2.Mwembi mwumva ntakibazo mutewe no gusabana imbabazi mu gihe biri ngombwa.

    Ese ntuzi uburyo kugira ubwiyemezi bifatwa nk'ubutwari kuri bamwe nyamara ari ubugwari? Kubera ko rero uzi ko nta muntu w'intungane ubaho, iteka wumva kumusaba imbabazi ntacyo bigutwaye. Uzi neza ko icyubahiro kizatuma ubura uwo wakunze nta cyo kimaze. Niba ari uko wiyumva rero, uwo ni we.

    3.Ntabwo mugarura ibyashize

    4.Ufite byinshi bimukwibutsa

    Iteka wisanga uri kumutekereza cyane kabone n'ubwo mwaba mutari kumwe.

    5.Uzisanga wumva mwagumana igihe cyose ufite

    Uba wumva mwamarana igihe, yabaye uw'ingenzi kuri wowe.

    6.Umwitaho ndetse ukamuha umwanya wose.

    Iyo watangiye kwita ku muntu ni uko uba wumva udashaka ko umubano wanyu ugenda gutyo gusa, uba wumva ushaka guha umwanya urukundo mufitanye.

    7.Uhinduka umuntu mwiza ubitewe n'uko muri kumwe.

    Uhindura imico yawe, urahinduka nawe ukiyumvamo ko wabaye umwana mwiza. Uzi neza ko uyu muntu asobanuye byinshi kuri wowe.

    8.Muhana umwanya kuri buri muntu kuba we ubwe

    9.Muba mutangaje iyo muri kuganira kuhazaza hanyu

    Iyo mwembi mwicaye muri kuganira kuhazaza hanyu, muba mutangaje mureba cyane. Bigaragaza ko mwembi mwizerera mu mubano mufitanye.

    Inkomoko: Relrules

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108670/abasore-gusa-rekeraho-gushaka-urukundo-uyu-ni-uwa-nyawe-kuri-wowe-108670.html