Tag: Iyobokamana
-
Ukwiye kumenya Imana mu rundi rwego-Pst Desire Habyarimana #rwanda #RwOT
Iyicara kuri ya ntebe iravuga iti”Dore byose ndabihindura bishya.” Kandi iti”Andika kuko ayo magambo ari ayo kwizerwa n’ay’ukuri.” Ibyahishuwe 21:5
Iyo urebye abantu benshi ubona batazi Imana bakorera, ntibazi Imana basenga. Nubwo baba bafite insengero bise amazina meza, ariko iyo urebye ayo mazina n’ibikorerwa muri izo nsengero ubona bidahuye, ariko kwitwa izina ryiza ntibivuga ko wamenye neza icyubahiro cy’Imana.
Iyicara kuri ya ntebe rero ni Imana ishobora byose, ni Imana iri hejuru y’amajuru, ni Imana Itagereranywa. Mose yari ayizi ku rundi rwego rwisumbuyeho kuko nta n’urangiza kuyimenya, ayivugaho ibintu byinshi mu Gutegeka kwa kabiri ngo” Ni Imana nya Mana, ni Imana ishyizwe hejuru, ni Imana itita ku cyubabiro cy’umuntu, ni Imana idahongerwa,… Yayivuzeho ibintu bikomeye, kuko yasaga nk’aho ayizi.
Mose ngo igihe yamenye ko ari umuheburayo, byatumye ahitamo gusuzuguranwa n’ingabo z’Imana, ngo abirutisha ubutunzi bwose bw’abanyegiputa n’ubundi bwose bwahishwe. Yaje guhunga ava muri Egiputa ajya kuragira intama imyaka 40, abana n’Imana ariko atarayimenya. Umunsi umwe rero ngo yiyumvamo kwerekeza intama ze hirya y’ubutayu abona igihuru kirimo kwaka ariko kidakongoka. Ngo atambikishwa no kureba icyo gitangaza, ngo ahageze yumva aratangaye!
Imana iyo ishaka kukwiyereka ishobora kukwiyerekera mu bintu bisa nk’aho bitari bikomeye ariko ifite uwo mugambi wo kukwiyereka. Mu zina rya Yesu Kristo Imana ikore ku maso yawe, ikangure ubwenge bwawe uyimenye kuko kuyimenya kwawe harimo inyungu nyinshi. Iyicara kuri ya ntebe, ntabwo wayubaha utabanje kuyimenya.
Mose ngo yegereye aho hafi ijwi riramubwira ngo” Kuramo inkweto zawe kuko aho uhagaze ari ahera!” Igihe cyose iyo wegereye Imana uhita ubona ko wanduye! Nubona umuntu akora ibyaha akiyongeza ibindi, uzamenye ko mu by’ukuri atarayimenya kuko Bibiliya iravuga ngo”Uwabyawe n’Imana ntabwo akora icyaha, ukora icyaha ni uwa Satani”. Iyo umuntu atarakizwa, ukora icyaha ukakigambirira: Ukazagera no ku gikorwa ukagikora, ariko uwabyawe n’Imana , Imana tangira kurwanya umugambi w’icyaha kera kitari cyaba.
Ugambirira gukora icyaha uwo ntazi Imana, uzi Imana ntabwo yakora ibisa bityo kuko aba azi icyubahiro cy’Imana. Mose Imana yamweretse ibimenyetso bikomeye imutuma muri Egiputa, ahaguruka azi Imana atari iyo yabwiwe, cyangwa yigishijwe.
Abantu benshi bazi Imana bigishijwe, abandi bayizi mu mutwe no mu nyuguti, babisoma muri Bibiliya ariko mu buzima bwabo ugasanga nta Mana ibamo, imibereho yabo ntisa n’iy’umuntu uzi Imana.
Mose yaje gukura Abisiraheli muri Egiputa, bambuka inyanja itukura mu buryo bukomeye murabizi. Bagera mu butayu, aho nshaka kwibandaho ni aho Imana yamubwiye ngo “Hari ahantu bugufi bwanjye mu rutare rusatuye ” Aho hantu yamwiyerekeye mu rundi rwego rukomeye. Imana iramwihishurira ahava ayimenye mu rundi rwego.
Hari abibaza mu minsi 40 icyo Mose yamaraga ku musozi?
Mwibuke ko Mose ari we wanditse Itangiriro, Kuva, Abalewi, Kubara, ndetse no Gutegeka kwa Kabiri. Iyo usomye nk’Itangiriro ubona ari itangira ry’Ibintu byose kandi byabaye Mose adahari hari hashize nk’imyaka igihumbi na magana… Mose atarabaho! Ariko Imana yayimenye mu rundi rwego muri iyo minsi 40, Imana irarondogora ivuga akarimurori!
Iyo umuntu abaye hafi y’Imana akayimenya, ishobora kumubwira ibyo itabwiye abandi, ishobora kumuteza intambwe abandi bantu batateye bitewe n’uko yageze hafi yayo. Uwo muntu ashobora guhishurirwa ibyo abandi batahishuriwe, bitewe nuko yabaye hafi y’Imana. Mose Imana iramubwira: Ku munsi wa mbere nakoze iki, hakurikiraho iki,… Imana iramubwiraa… Mose arangije yandika ibitabo!
Wowe kumenya Imana kwawe ni ugufata Bibiliya ukayikuraho umukungugu, ugaterana ku cyumweru gusa, kumenya Imana kwawe kugarukira muri korari gusa,… mbese kumenya Imana kwawe bigarukira mu mwanya muto.
Ndakwifuriza kumenya Imana, ukayihishirirwa mu rundi rwego nibwo uzakora ibijyanye n’umugambi wayo igufiteho mu isi.
Inyigisho yateguwe, ikanatambutswa na Pasiteri Desire Habyarimana kuri Agakiza Tv
Source : https://agakiza.org/Ukwiye-kumenya-Imana-mu-rundi-rwego-Pst-Desire-Habyarimana.html
-
Ntacyo tuzireguza! Ibyo dufite Imana izatubaza uko twabikoresheje. #rwanda #RwOT
Mu buzima inshuro nyinshi abenshi muri twe tuba dusa nk’aho ntashimwe dufite ku Mana, yewe tukanibwira ko kuyihimbaza bitadukundira mu gihe hari ibitagenze neza nk’uko tubyifuza. Ariko Bibiliya iravuga iti “mu bibaho byose muhore mushima, kuko ari byo Imana ibashakaho muri Kristo Yesu. 1Abatesaloniki 5:18
Uyu mukobwa ukiri muto we yavutse atagira amaguru n’amaboko, nyamara yafashe ikemezo kiza cy’uko atazigera akerezwa n’ibyo adafite ahubwo ko agomba gukoresha ibyo afite mu kwamamaza Ubwami bw’Imana. Ubu ayobora kuramya no guhimbaza mu rusengero rwabo.

Harya wowe ibyo wahawe ubikoresha uko bikwiriye? Nubwo tuba twifuza ibirenze ibyo dufite, ntekereza ko Imana itakora ikosa ryo kuduha ibindi mu gihe na bike yaduhaye byatunaniye kubikiranukamo. Ubanza ahari Imana yarumiwe, iyo irebye ubutunzi buri muri twe twaniniwe guhishurirwa ngo tubukoreshe mu Bwami bwayo, ndetse no mu kutubeshaho mu buzima bwacu bwa buri munsi.
Witegereza ko Imana iguha ibirenze ibyo ufite ngo ubone gukora, ahubwo byaza umusaruro ibyo ufite none. Ntimwibuka ko Mose Umuntu w’Imana itamuhaye indi nkoni, ahubwo yakoresheje iyo yari aragije imyaka 40 ikajya gukura Abisiraheli muri Egiputa?
Yesu arabasubiza ati”Uyu nta cyaha yakoze cyangwa ababyeyi be, ahubwo ni ukugira ngo imirimo y’Imana yerekanirwe muri we. Yohana 9:3
Uko umeze(Uko waremwe), aho wavutse, imibereho yawe, bishobora kuba ari ukugira ngo imirimo y’Imana yerekanirwe muri wowe!
Ntabwo Imana irindiriye ko ubanza kugira ibyamirengekuntenyo ngo ubone gutera inkunga umurimo wayo, gufasha abakene n’imfubyi, gutanga amaturo,… Imana ikeneye ko ukoresha ibyo ufite ubu. Ntibisaba kuba ufite amashuri menshi ya tewolojiya ngo ubwirize ubutumwa bwiza nubwo nayo ari meza, ahubwo nawe watuma benshi bahindukirira Kristo Yesu binyuze no mu mbuto wera aho utuye. Yewe, ntibyanagukundira ko ukora ingendo nk’iz’Intumwa Pawulo, icyakora na terefone(Watsap)yawe yakubera umufasha mu Ivugabutumwa.
Imbogamizi si uko ufite ibiryo bikeya kuko ibyaguhaza uri umwe muri na babiri mwahembuka, kandi ikibazo si n’uko inzu yawe atari nini cyane ngo ubone gucumbikira uwameneshejwe ahubwo umurikiwe n’ijambo ry’Imana wasobanukirwa icyo umunyarwanda yavuze ngo”Ahatari umwaga uruhu rw’urukwavu rwisasira batanu ” Ntabwo Imana ishaka ko usenga ayo udashobora, ariko basi wenda gerageza no kwita kwiherezo ryawe ubabazwe n’ubugingo bwawe.
Tugana ku gusubika reka twibukiranye icyo Imana yabajije wa muntu wayo. Uwiteka aramubaza ati”Icyo ufite mu ntoki ni iki?” Aramusubiza ati”Ni inkoni.” Kuva 4:2
Si ngiye kurondogora muzi uko Mose yakoresheje icyo yari afite mu ntoki, kikaba kimwe mu bitangaza byatumye ubwoko bw’Imana buvanwa mu miborogo n’iminiho bari bamazemo imyaka 430.
Hanyuma se wowe icyo ufite mu ntoki ni iki? Kubw’inyungu z’Ubwami bw’Imana ukwiye kubyaza umusaruro ibyo ufite, kuko nta bishya bidasanzwe uzaremerwa ngo ubone gukora. Yesu akugirire neza kandi Umwuka Wera aguhishurire ubutunzi bukurimo kuko ntacyo wazabona wireguza kuri urya munsi, mu gihe Imana yo ibona ko yaguhaye byose.
Source : https://agakiza.org/Ntacyo-tuzireguza-Ibyo-dufite-Imana-izatubaza-uko-twabikoresheje.html
-
Kubera iki Yesu azatwara itorero aryibye nk’umujura? -Pst Desire Habyarimana #rwanda #RwOT
“kuko ubwanyu muzi neza yuko umunsi w’Umwami wacu uzaza nk’uko umujura aza nijoro. Ubwo bazaba bavuga bati”Ni amahoro nta kibi kiriho”, ni bwo kurimbuka kuzabatungura nk’uko ibise bitungura umugore utwite, kandi ntibazabasha kubikira na hato.” 1 Abatesaloniki 5:2:3. “Dore nzaza nk’umujura. Hahirwa uba maso akarinda imyenda ye, kugira ngo atagenda yambaye ubusa bakareba isoni z’ubwambure bwe.” Ibyahishuwe 16:15
Nasobanukiwe impamvu Yesu azatwara itorero ameze nk’uryibye! Yesu ntazagaruka ku isi, azaza nk’umujura yibe itorero. Bizaba byagenze bite? Isi izaba irimo kuribyigiramo ahantu, kuburyo benda nko kurifata azahita aryiba aritware!
Mwibuke ko Yesu asengera abigishwa yagize ati” Mu isi muri n’umubabaro, ahubwo muhumure njye nanesheje isi “. Azaducungura tugeze ahantu…,mbese azadutwara tubikeneye, apana ibi by’abantu birirwa baririmba ibiryo, ubuhanuzi bujya muri Amerika,…
Itorero rizaba rigeze ahantu sisiteme yaribyize benda nko kurifata Yesu ahite aritwara! Rero igihe itorero tuzaba tuvuye mu isi, azadutwara tumerewe nabi.
Aho ni ku ruhande rw’itorero, ariko ubu sisiteme y’isi irimo irabyiga itorero kugera aho ryibura! Tekinoloji n’ibindi byose bihari ntugire ngo hari ikindi bigamije, byose bihiga itorero, biganisha ku kwiyerekana kwa Antikiristo. Biganisha ko Antikirisito barimo kumutegurira mu buryo bw’idini rimwe, isoko rimwe, ibintu byose bikorwa mu buryo bumwe nta muntu uzaba afite aho abihungira!
Abadukurikiye munyumve neza, ntabwo Antikirisito arigaragaza ahubwo barimo baramutegurira ku kigero azigaragaza ntawe uvuga ngo ‘Haya!’ kuko bazaba baratumenyereje: Ibintu byose bikorwa kimwe muri sisiteme, biri ku murongo ku buryo itorero ari ryo rizasigara risigaranye akajagari! Kuko ibindi byo bizaba byubatse mu buryo bwizewe, nta hantu wabicikira.
Ariko ndagira ngo mbwire abadukurikiye ngo” Muhumure, uko Imana yumvise gutaka kw’Abisiraheli ikumva umuniho wabo ikabatwara ikabakuru muri Egiputa, ni nako izadukura mu isi! Umushinga wa Yesu ntabwo uhomba, amaraso yamennye aracyayakurikirana.
Pasiteri Desire Habyarimana mu nyigisho zihuza gucungurwa kw’Abisiraheli n’ukw’itorero kuri Agakiza Tv
Source : https://agakiza.org/Kubera-iki-Yesu-azatwara-itorero-aryibye-nk-umujura-Pst-Desire-Habyarimana.html
-
Kigali: Ubukwe bupfiriye mu rusengero! abagen… – #rwanda #RwOT
Hari mu kazuba ko mu museso, ubwo Dukuzumuremyi Janvière yakiraga telephone imubwira ko umugabo we babyaranye abana batanu umaze igihe yaramutaye, agiye gusezerana n'undi mugore mu rusengero.
Ako kanya akibyumva yahise ava mu murima aho yari ari guhinga vuba na bwangu, ahita yitegura ndetse ategura n'abana be kugira ngo ajye kureba niba inkuru yari amaze kwakira ari impamo.
Mu buryo budasanzwe kandi buri wese wari uhari, bose bakubitswe n'inkuba bagwa mu kantu. Nta n'umwe wiyumvishaga ibiri kuba ubwo uyu mubyeyi yasangaga umugabo we babyaranye abana batanu, ari gusezerana n'undi mugore mu rusengero rw'abangilikani, Paruwasi ya Gikondo mu mujyi wa Kigali.
![]()
Ubwo abageni binjiraga mu rusengero rw’abangirikani
Umugore akinjira mu rusengero, yasanze pasiteri amaze guhagurutsa abageni ndetse igikorwa cyo kubashyingira kigiye gutangira. N'agahinda kenshi ndetse n'amarira ashoka, yagaragaje agahinda atewe n'umugabo we ko kuba yaramutanye urugo, akaba agiye kubaka urundi rugo nyamara abo yabyaranye n'uyu mugore atamenya uko biriwe n'uko baramutse.
Mu majwi ya Janvière yumvikanaga afata uyu wari umugabo we mu makoti, ndetse arira cyane avuga ko ibi bigomba gukemurwa na RIB.
Byabaye ngombwa ko iki gikorwa kiba gisubitswe, abapasiteri bafata umukwe n'umugeni we ndetse n'uyu mubyeyi wari wazanye n'abana be, bajya kwiherera bonyine kugira ngo iki kibazo bagihe umurongo.
![]()
Byahinduye isura ubwo uyu mugore n’abana batatu binjiraga
Muri uku kwiherera ntibyamaze umwanya kuko uyu mubyeyi yahise asohoka ndetse arira cyane, agaragaza ko atari kunyurwa n'uburyo ikibazo cye bari kugikemuramo. Yashimangiye ko icyo ashaka atari isezerano ry'umugabo wamutanye abana batanu, ahubwo akeneye kubona abana be babiri umugabo yatwaye ndetse akabamwimaho uburenganzira, hanyuma agafata inshingano z'abana be nka papa wabo wababyaye.
Bitewe n'uburyo uyu mubyeyi yagaragazaga uburyo iki kibazo kiri gukemurwamo, hitabajwe inzego z'umutekano ndetse bidatinze zihita zihasesekara, zigerageza guhuza impande zombi. N'ubwo bitari byoroshye, basabye umuryango w'umugabo kubahiriza uburenganzira bw'umubyeyi kubana be, ndetse akajya ababona igihe cyose abashakiye.
![]()
Mu marira menshi, uyu mubyeyi agaragaza ko ikifuzo cye gikomeye ari ukubona uburenganzira ku bana be umugabo we yatwaye iwabo, ndetse bakabamuha akabirerera kuko abana be batagomba kurerwa nk'imfubyi kandi bagifite ababyeyi bose.
Mu kiganiro na InyaRwanda, yavuze ko ibyabaye ari impamo ndetse atari kera kuko 'byabaye ku munsi w'ejo hashize kuwa gatandatu'. Â Ndetse, anavuga ko icyo akeneye ku mugabo we ari abana babiri b'impanga yamutwaye ndetse bakanakemura uburyo bwo kubaho kw'aba bana babyaranye.
![]()
Yagize ati: 'Yego iyo nkuru yabaye nimugoroba nta n'ubwo ari kera, byarangiye batabasezeranyije barabirukana mu rusengero, bababwira yuko tuzabanza gukemura ibibazo dufitanye ubwo nyine birangira bupfuye nange ndataha'.
Yakomeje agira ati: 'Njyewe icyo narinkeneye si isezerano. Njyewe umugabo twarabanye ariko tubana mu buryo butemewe n'amategeko, ariko mu gihe ashaka gushaka undi njyewe ntarasezeranye nawe ni uburenganzira bwe, ariko yagombaga kubanza kubahiriza uburenganzira bw'abana yabyaye. Kuko abana batanu ni umuzigo ni umuryango ukomeye ku buryo atansigira inshingano zabo njyenyine ngo nzishobore'.
![]()
Ati: 'Ikintu njyewe namushakagaho ni uko ampa abana batanu banjye afite kuko bose bavuka munda imwe ya se na nyina, Â yamara kubampa ubundi bakangenera n'uko bagomba kubaho n'aho kuba, n’ikizabatunga. Bakamenya niba bagomba kubishyurira ishuri, ibigenerwa umwana byose bakabikora.”
Uyu mubyeyi yavuze ko hashize imyaka ibiri uyu mugabo abataye, ndetse amujyanye abana b’impanga yari yaribarutse ku nshuro ya mbere kuko yibarutse impanga inshuro ebyiri.
![]()
Abana b’impanga umugabo yamutanye
Yagize ati: 'Hashize imyaka ibiri antaye, yajyanye bariya bana b'impanga ambwira ko bagiye gusura iwabo ubwo rero inda yansiganye nayo yavuyemo impanga zikurikira izindi yajyanye.''
Uyu mugore yabwiye InyaRwanda ko abana kugeza na n'ubu atarababona ariko akibategereje, ndetse yakorerwa ubuvugizi kugira ngo abana be ababone ndetse amenyerwe n'uko babaho, naho ubundi ibyo kujya kubana n’undi mugore ni uburenganzira bwe.
REBA UBURYO UMUGORE YARWANYE N’UMUGENI MU RUSENGERO, KURI AFRIMAX TV
-
Ba nyirinsengero zitarafungurwa bakomeje gusaba ko nabo bakomorerwa. #rwanda #RwOT
Insengero zimaze igihe kingana n’umwaka n’igice, abazisengeragamo n’abayobozi bazo barasaba inzego zibishinzwe ko hakorwa igenzurwa ryimbitse maze izujuje ibyo zasabwe nazo zikaba zakomorerwa kubera ko ngo ibyo hari aho bitarakorwa.
Icyakora kuri iyi ngingo urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB, ruvuga ko insengero zitaruzuza ibirebana no guhangana na COVID 19, izo ngo nta nagahunda yo kuzifungura iriho.
Nkuko babitangarije Radio Rwanda, aba bayobozi n’abayoboke babo mu byifuzo byabo ikigarukwaho ni uko bafungurirwa insengero, dore ko hari n’abavuga ko batazi impamvu badafungurirwa kandi ibisabwa byose harimo n’ibijyanye no guhangana na COVID 19 byose byarakozwe. Bati”
Ibyo twamenyeshewe ko bisabwa twarabyubahirije, kuko murabona urukarabiro hariya hanze ruriho za robine ushyiraho intoki amazi akizana. Murabona intebe twagerageje kuzigabanya mu rusengero dushyiramo ntera, murabona ko hagati y’umuntu n’undi harimo hafi metero ebyiri.”
“Urabona yuko hashize umwaka n’amezi ajya kuba nka 7-8 tudasenga, tukumva yuko rero natwe twafungurirwa kuko n’izindi nsengero iyo tugiyemo tubona ko nta kintu zirushije uru rwacu, ni nayo mpamvu tunabyibazaho. Ahubwo wenda tukavuga tuti ese, abashinzwe kuba badufungurira ni iki cyakorwa ngo babe badufubgurira! “
Undi yagize ati” Nibyo dukeneye cyane yuko dufungurirwa, abizera b’itorero bakomeza gusengera mu ngo nabo bibaza impamvu badafungurirwa! Ntibayizi(impamvu badafungurirwa). Ariko mu bigaragara abizera baritanze bakora ibishoboka byose, icyo twari dukeneye ni uko natwe twafungurirwa.”
Umukuru w’urwego rw’imiyoborere RGB Usther Kayitesi avuga ko amabwiriza yo kwirinda COVID19 yaje yiyongera ku yandi yari asanzwe ajyendanye n’isuku n’umutekano mu nsengero, bikaba biri mu byatumye gahunda yo gufungura insengero itihuta.
Ati” Ntabwo bishoboka ko bafungurirwa batujuje ibisabwa ari mu rwego rw’amategeko, ari no mu rwego rw’ubuzima! Ariko urusengero ruba rutujuje ibisabwa, ntabwo aba ari urusengero. Ngira ngo mvuge ntya”Ibyo byo nta wategereza gufungurirwa urusengero atujuje ibisabwa! Ahubwo uwujuje ibisabwa birumvikana ko agomba gusaba twese tukareba aho icyorezo kituganisha abantu bagashobora guhura.
Uko insengero zifungurwa ni nako abantu bashobora guhura, kandi mu by’ukuri turabizi ko bifite icyo bimariye abemera benshi.”
Kugeza ubu nta mibare ihamye itangwa y’insengero zimaze gukomorerwa, icyakora RGB ivuga ko mu mujyi wa Kigali hamaze gufungurwa hejuru ya 70%, ni mu gihe mu ntara ho hamaze gufungurwa hagati ya 30% na 50%. RGB igatanga ikizere ko gahunda yo gukingira abaturarwanda benshi izasiga nyinshi mu nsengero zifunguwe, nk’uko n’izindi serivise zizafungurwa.
Source : https://agakiza.org/Ba-nyirinsengero-zitarafungurwa-bakomeje-gusaba-ko-nabo-bakomorerwa.html
-
Icyo Imana yakuvuzeho kiruta icyo amateka yamaze kukwandikaho -Dominic Ashimwe #rwanda #RwOT
Yesu Ashimwe benedata dusangiye gucungurwa muri Kristo Yesu! Amateka ya buri muntu ntacyo ya yahinduraho kuko ntiyayasibanganya nubwo yaba ari mabi gute! (Mu mateka ntibeditinga-Pst Desire niko yavuze). Nubwo bimeze bityo ariko, umuramyi, umuhanzi akaba n’umuririmbyi w’izihimbaza Imana, Ashimwe Dominic agaragaza ko nitudacika intege tuzagera ku cyo Imana yadusezeranyije. Kuko ntibeshya! Dominic ati”
Hari icyo Imana yakuvuzeho mbere yuko ubaho, hari icyo Imana yibwira ku mibereho yawe ni yo mpamvu igusaba guhora imbere yayo, kugira ngo uhishurirwe urutonde rw’ibyiza igufiteye byose. Kwegera Imana niko kwiza kuri njye nawe.
Ndakwifuruza ubuzima bwiza bwuzuye imbaraga zo guhangana n’ibikurwanya, ibigoye inzozi zawe, umuhamagaro wawe, ndetse n’ubuzima bwawe.
Icyo Imana yakuvuzeho kiruta icyo amateka yamaze kukwandikaho! Kiruta ibyo abantu bavuga, kiruta ibyo Satani avuga. Nudacika intege uzagera ku cyo Imana yagusezeranyije. Kuko ntibeshya!
Umusanzu wawe uroroshye, ni ugusangiza abandi ubu butumwa bwiza bw’ihumure.”
Dominic Ashimwe niwe wasangije ubu butumwa, by’umwihariko ku bamukurikira kuri Instagram.
Fungura hano urebe indirimbo: Ndacyagukunda-Dominic Ashimwe
-
IBYAKOZWE N'INTUMWA EP#34: Byinshi kuri Gen Innocent KABANDANA ukuriye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Mozambike #rwanda #RwOT
IKIGANIRO IBYAKOZWE N'INTUMWA EP#34 kigaruka kuri Gen Innocent KABANDANA ukuriye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Mozambike mu ntambara ya Cabo Delgado! Ese ko bishoboka cyane ko RDF izatsinda Urugamba, Mozambike yo izabasha gutsinda Intambara, hari gukorwa iki ngo abaturage ba Delgado batazasigara nk'abanya Afganisitani bari bariringiye Amerika yaje igatsinda urugamba ariko Abatalibani ubu akaba aribo batsinze Intambara?
IBYAKOZWE N'INTUMWA EP#35: Gen Innocent KABANDANA uyoboye ingabo za RDF muri Mozambike ni muntu ki?
-
Ese twasobanukiwe intego y’Ibyanditswe byera? None kuki hari abifashisha Bibiliya mu gukora ibyaha? #rwanda #RwOT
Urubuga Bibleanswer.org rugaragaza ko Bibiliya ari cyo gitabo kimaze guca agahigo ku Isi mu gusomwa n’abantu benshi kandi akaba ari nacyo kimaze kugurishwa cyane kuko kugeza ubu kopi miliyari eshanu za Bibiliya zimaze kugurishwa.
Kopi miliyoni 100 zigurishwa buri mwaka, ni ukuvuga ko 273,972 zigurishwa ku munsi, kopi 11,415 zigurishwa ku isaha, kopi 190 zigurishwa ku munota naho kopi 3 za Bibiliya ziba zigurishijwe ku isegonda rimwe.
Urubuga rwitwa Christiantoday.com rwo rugaragaza ko 40% y’abasomyi ba Bibiliya bemeza ko ari igitabo cyazanye impinduka nziza mu buzima bwabo, 30% bemeza ko Bibiliya iramutse igizwe igitabo gishingirwaho mu kuyobora sosiyete iyo ari yo yose habamo impinduka nziza kurushaho.
Inyigo kandi yagaragaje ko 45% by’abakunda gusoma Bibiliya ari abagabo naho 59% ni abagore, 69% by’abakunda gusoma ni abafite hejuru y’imyaka 65 naho 39% ni abafite hasi y’imyaka 44 y’ubukure.
Wikipedia igaragaza ko mu mwaka wa 2020, umubare w’abatuye Isi kugeza ubu basaga miliyari 7.8 naho umubare w’abafite imyemerere ya Gikirisito ni miliyari 2.3. Umubare wa kopi za Bibiliya umaze kugurishwa ungana na 64% by’umubare w’abatuye Isi, ukaba ungana na 209% by’umubare w’abakirisito batuye Isi kuri ubu.
Dushingiye ku mibare yerekanywe mu bushakashatsi bwatangajwe n’imbuga zitandukanye tubonye hejuru, biragaragara ko Bibiliya ari igitabo gisomwa n’abantu benshi ku Isi, igitabo gifitiwe icyizere, igitabo gisomwa kandi kigakoreshwa n’abantu b’ingeri zose baba abafite imyizerere ya Gikirisito, abatayifite yewe n’abatemera Imana babona Bibiliya nk’igitabo cy’ubuhanga.
Kubera uku kwizerwa no gukundwa no gukoreshwa n’umubare w’abantu benshi, rimwe na rimwe Bibiliya ikoreshwa n’abantu mu nyungu zabo bwite nko muri politiki no mu buriganya butandukanye, ariko ibi bihabanye n’ukuri kwanditse muri yo ari nayo mpamvu abakora ibi baba biciriyeho iteka ryo kurimbuka ndetse bakarimbukana n’abizera ubwo buriganya.
“Umenye ko mu minsi y’imperuka hazaza ibihe birushya, kuko abantu bazaba bikunda, bakunda impiya, birarira, bibona, batukana, batumvira ababyeyi babo, indashima, batari abera, badakunda n’ababo, batuzura, babeshyerana, batirinda, bagira urugomo, badakunda ibyiza, bagambana, ibyigenge, bikakaza, bakunda ibibanezeza aho gukunda Imana, bafite ishusho yo kwera ariko bahakana imbaraga zako. Abameze batyo ujye ubatera umugongo.” (2 Timoteyo 3:1-5)
Uyu munsi usanga imitwe myinshi y’iterabwoba nka: Lord Resistance Army, Anti-Baraka n’iyindi, abanyepolitiki benshi bakangurira abantu gukora ibikorwa by’urugomo, abakora ibikorwa by’ubwambuzi bushukana, abakora ubusambanyi n’ibindi bikorwa by’ubujyahabi n’ubuhenebere bifashisha Bibiliya bashaka kwerekana ko ibyo bari gukora bashyigikiwe n’Imana cyangwa biri mu bushake bw’Imana. Ariko kuba umuntu afite Bibiliya cyangwa azi imirongo ya Bibiliya mu mutwe, ntibisobanura ko uwo muntu ari uw’Imana cyangwa ko ibyo akora yabitumwe kandi bishyigikiwe n’Imana.
Pawulo yandikira Timoteyo yamusabye kwirinda bene aba bantu bakoresha bibiliya mu bikorwa by’ubujyahabi n’ubuhenebere agira ati 'Bafite ishusho yo kwera ariko bahakana imbaraga zako. Abameze batyo ujye ubatera umugongo.” 2 Timoteyo 3:5
Mu mwaka wa 2020 mu bushakashatsi bwashyizwe hanze n’urubuga rwa thebibleanswer.org, hagaragajwe ko ubwo icyorezo cya COVID-19 cyari cyugarije abatuye Isi yose, byagaragaye ko hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Youversion Bible app, abantu bagera kuri miliyoni 600 basomye Bibiliya kandi by’umwihariko basoma umurongo wo muri Yesaya 41:10 ugira uti “Ntutinye kuko ndi kumwe nawe, ntukihebe kuko ndi Imana yawe. Nzajya ngukomeza, ni koko nzajya ngutabara kandi nzajya nkuramiza ukuboko kw’iburyo, ari ko gukiranuka kwanjye.”
Ibi bigaragaza ko hari abasoma Bibiliya gusa mu gihe cy’amage cyangwa bakayifata nk’igitabo bakoresha ngo barwanye amarangamutima yabo, cyangwa bakoresha nk’ikibamara ubwoba nyamara ubuzima babayemo atari ubuzima bushingiye ku kuri kuw’ijambo ry’Imana. Ariko ntabwo Bibiliya ibereyeho gushimashima amarangamutima yacu. Cyangwa nk’igikoresho cyo gukoresha ngo kitumare ubwoba maze dukore ibikorwa by’urugomo, ubwiyahuzi n’ubutagondwa kuko abakora ibimeze bityo bitwaje Bibiliya bibajyana mu rupfu.
Pawulo yandikiye itorero ry’i Korinto aribwira ko inyuguti yica aho umwuka agahesha ubugingo.
Yagize ati 'Ni yo yatubashishije kuba ababwiriza b’isezerano rishya batari ab’inyuguti, ahubwo ni ab’umwuka kuko inyuguti yicisha, naho umwuka uhesha ubugingo.” (2 Abakorinto 3:6)
Biratangaza kubona abantu bayobya, bemera kwishora mu bikorwa by’urugomo, ubwicanyi, kwiyahura, kwigomeka ngo ni uko uwabashishikarije gukora ibyo yabikoze yitwaje cyangwa yifashishije Bibiliya.
Pawulo yasobanuye Bibiliya icyo aricyo n’impamvu Imana yayihaye abantu bayo agira ati “Ibyanditswe byera byose byahumetswe n’Imana kandi bigira umumaro wo kwigisha umuntu no kumwemeza ibyaha bye no kumutunganya no kumuhanira gukiranuka kugira ngo umuntu w’Imana abe ashyitse, afite ibimukwiriye byose ngo akore imirimo myiza yose.” (2 Timoteyo 3:15;17)
Icya mbere Pawulo yavuze ni uko ibyanditswe byera byose (ibyanditse muri Bibiliya) byahumetswe n’Imana. Icya kabiri yerekanye impamvu n’umumaro byo gukoresha ibyo byanditswe byera (Bibiliya) ari zo Kwigisha umuntu, kwemeza umuntu ibyaha bye, gutunganya umuntu no kumuhanira gukiranuka. Icya gatatu yerekanye umusaruro utangwa no gukoresha ibyanditswe byera ariwo”kugira ngo umuntu w’Imana abe ashyitse afite ibimukwiriye byose ngo akore imirimo myiza yose”.
Igihe cyose uzabona umuntu ukoresha Bibiliya atari ukugira ngo akwigishe, akwereke iby’ibyaha byawe, agutunganye, kandi aguhanire gukiranuka rwose kugira ngo ube umuntu w’Imana ushyitse rwose kandi ufite ibigukwiriye byose ngo ukore imirimo myiza yose, uzamenye ko uyu muntu atari mu bushake bw’Imana kandi uzasobanukirwe nuko nubwo afite ishusho yo kwera ariko ahakana imbaraga zako, umeze utyo ujye umutera umugongo.
Ubuntu bw’Umwami wacu Yesu Kirisito bubane namwe mwese! Yari mwene so Urinzwenimana Mike
Source: Igihe.com
Source : https://agakiza.org/Ese-twasobanukiwe-intego-y-Ibyanditswe-byera-None-kuki-hari-abifashisha.html
-
Ibitaravuzwe kuri Niyomwungere, ’umunyabitangaza’ wagejeje ’umutama’ Rusesabagina i Kigali – #rwanda #RwOT
Ibijyanye na “Operation” byo byaravuzwe cyane, Bishop Niyomwungere Constantin asobanura neza uko “nk’umukozi w’Imana” yemeye kwitandukanya n’ikibi agashyikiriza inzego z’umutekano “umutama” akaba n’inshuti ye “Paul” nyuma yo kubona amarira yateye mu mitima ya benshi.
Ntabwo ari benshi bari bamuzi mbere ndetse n’izina rye ryandikwaga nabi bamwe bati yitwa Niyomwungeri abandi bati ni Niyomwungere.
N’ubu hari ibintu byinshi abantu batamumenyeho, byamuvuzweho ndetse bikimuvugwaho. Ikizwi na buri wese ni uko yamenyekaniye cyane mu Karere ka Muhanga, mu Murenge wa Nyamabuye ahazwi nko mu Ruvumera, aho afite itorero yashinze rizwi nka Goshen Holy Church.
Twaganiriye na bamwe mu bamuzi, babanye na we, basenganye na we cyangwa se abo yasengeye. Ubuhamya bwabo kuri we buratangaje.
Kimwe n’abandi bakozi b’Imana benshi muri iki gihe, Niyomwungere ngo ni umuntu wakundaga kwambara neza, akagira n’abantu bamugenda iruhande bameze nk’abarinzi gusa mu itorero babitaga abashinzwe “protocole” y’umukozi w’Imana.
Mu baturage, abo bantu ngo bari abarinzi be bacunga ko isaha yambaraga “ihenze” nta muntu uyimwambura nubwo ari ibintu utabonera gihamya.
Umwe mu bantu bo mu gace karimo uru rusengero rwe yabwiye IGIHE ati “Nigeze kumva bavuga ngo yatwaye umugore w’abandi ariko niba ari inkuru sinzi gusa ni abaturage bakunda kubivuga.” ku rundi ruhande hari undi watwongoreye atubwira ko “uyu mugore w’abana babiri yari yaratandukanye n’umugabo we”, aza kubengukwa n’uyu mukozi w’Imana nyuma.
Niyomwungere ni mwene Nzubugize François na Iyamuremye Beathe. Yabonye izuba ku wa 17 Kamena 1976. Nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside yakorerwaga Abatutsi, bivugwa ko Niyomwungere kimwe n’abandi Banyarwanda yatashye mu gihugu aturutse i Burundi kuko se yari yarahungiyeyo mu 1959.
Mu 1994 akigera mu Rwanda ngo yatuye i Gitarama (Muhanga y’uyu munsi). Abamuzi barimo n’umushoferi wamutwaye imyaka irenga ibiri bavuga ko itorero rye ryashinzwe ahagana mu 2002.
Iri torero ngo ryatangiye nta bayoboke rifite, ku buryo abantu ba mbere bakoraga umurimo w’Imana barimo abari za mayibobo i Muhanga yigishije bagahinduka.
Hatangwa ingero z’abantu babaye abapasiteri nk’uwitwa Felix uherutse kwitaba Imana n’undi witwa Theo ukiri mu murimo muri iki gihe. Barafatanyije, bakora umurimo ukomeye barigisha muri Muhanga benshi barafashwa.
Iyo yasengaga, ngo hari abantu bahungabanaga bafashwe n’imyuka mibi, bakajyanwa imbere ariko akabakiza mu buryo budasanzwe. Umwe mu bari mu rusengero Niyomwungere ari kwigisha yagize ati “Icyo gihe nari ndimo, aravuga ngo hari abazimu bicwa n’inkweto. Umuntu umwe ajya imbere, akora ku nkweto ye, niko Pasiteri yamubwiye.”
Niyongana Gustave wari umushoferi wa Niyomwungere, yabwiye IGIHE ko yahuye n’uyu mugabo mu 2008 amukuye mu kinamba aho yakoraga akazi ko koza imodoka aramwikundira ahitamo kumugira umushoferi.
Yahoze muri ADEPR
Niyongana yavuze ko yamenye Niyomwungere asengera muri ADEPR- Gahogo, ariko nyuma aza gushinga itorero rye, ahanini ngo biturutse ku bibazo yagiranye n’abandi bapasiteri.
Ati “Wenda sinasengeye muri ADEPR ariko nari nturiye aho yasengeraga, yari pasiteri, kugira ngo ajye kwimuka yitandukanyije na yo, nyuma yo kugirana amakimbirane n’abandi bapasiteri kubera ubushobozi bwe bwo kuba yasengera abantu bagakira, baramwanga, baramurwanya, bukeye arabasezerera arimuka. Yari afite abakirisitu bamukunda cyane.”
Uyu mugabo yemeza ko Niyomwungere afite ubushobozi bwo gukora ibitangaza kuko hari n’ibyo yakoze yirebera.
Ati “Ikintu muziho yasengeraga abantu, agasengera abafite ubumuga bakagenda, umurwayi agakira n’umuntu ufite ikibazo, iwe nta mahoro, akaba yagenda akamusengera icyo kibazo cye kikarangira […] igitangaza muziho ni uko yasengeye umuntu ufite imbago agahaguruka akazita, akagenda mbirora n’amaso yanjye.”
Ibitangaza bya Niyomwungere bihamywa kandi n’umwe mu basengera mu idini rye witwa Ugirumurengera Augustin, uvuga ko yamukirije umugore uburwayi yari amaranye igihe ndetse guhera uwo munsi afata umwanzuro wo kwinjira muri iri torero.
Ati “Nasengeraga mu Bahamya ba Yehova, nza kurwaza umugore imyaka itatu ari CHUK, nza kumva ko muri Goshen Holy Church basenga umuntu agatabarwa, mpageze uko babimbwiye ni ko nabibonye.”
Ugirumurengera avuga ko umugore we yaje gukira ubu burwayi nyuma yo gusengerwa na Niyomwungere Constantin.
Akenshi ngo inyigisho ze yazivaganga no gukangurira abakirisitu kwitabira gahunda za Leta zitandukanye zirimo mituweri na Ndi Umunyarwanda.
Mu baganiriye na IGIHE bose nta n’umwe uzi aho uyu mugabo atuye kuko bamwe bavuga ko urugo rwe ruri mu karere ka Muhanga ahazwi nko ku Kagitarama, mu gihe abandi bavuga ko ruri i Ruli mu Murenge wa Shyogwe na wo ubarizwa muri aka Karere, gusa we yabwiye Urukiko ko aba muri Komini Forest mu Mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi ariko agera mu Rwanda ku mpamvu z’akazi.
Bigizwemo uruhare na Niyomwungere Constantin, Rusesabagina na bagenzi be bagejejwe imbere y’ubutabera kuri ubu hakaba hategerejwe isomwa ry’urubanza rwabo tariki 20 Nzeri 2021.
Abazi Niyomwungere Constantin washinje Rusesabagina bavuga ko yahoze muri ADEPR aza kuyivamo
source : https://ift.tt/3zvg1Du





