

Umunyarwandakazi Supersexy ni umwe mu banyarwandakazi bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga byumwihariko ku rubuga rwa instagram.









Ku wa gatandatu, tariki ya 4 Nyakanga, Kanye West yatangaje ko yiyamamariza kuba perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika akazahangana na Perezida Donald Trump na Joe Biden. Ati: “Tugomba noneho kumenya amasezerano ya Amerika twizeye Imana, duhuza icyerekezo cyacu kandi twubaka ejo hazaza. Ndimo kwiyamamariza kuba perezida wa Amerika!

Ubwo yakoraga igitaramo ‘Inganzo yaratabaye’, igitaramo cyabaga ku nshuro ya kabiri, Jules Sentore yaje gutungurwa n’umuhanzi Clarisse Karasira bafatanyije muri iki gitaramo amuha impano.
Inganzo yaratabaye ni igitaramo Jules Sentore yiyemeje kujya akora buri tariki ya 4 Nyakanga, ubu kikaba cyaraye kibaye ku nshuro ya kabiri.
Iki gitaramo cyanyuze kuri televiziyo Rwanda, bakaba bacurangiwe na Kesho Band.
Clarisse Karasira wabanje ku rubyiniro, yaririmbye indirimbo 2. Yahise atungura uyu muhanzi amubwira ko afite impano yifuza kumuha mu rwego rwo kumushimira ko yakomeye ku muco nyarwanda binyuze mu bihangano bye.
Yavuze ko iyi mpano amuhaye yari ayimaranye umwaka kuko yari kuyimuha umwaka ushize ariko igitaramo ntiyakibonekamo.
Yagize ati“ umwaka ushize mu gitaramo cya mbere cya Sentore nari nzi ko ndi bugeyo, nashakaga kumushimira ariko nza kurwara, hari impano nari namugeneye kandi n’ubu ngifite. Ni umwe mu rubyiruko rwaharaniye gukomera ku muco cyane bigafasha n’abandi. Ndashaka kukwereka ko ibyo ukora bidukomeza cyane.”
Iyi mpano yageneye Jules Sentore akaba ari ifoto yanditseho amagambo agira ati“ ni ukukwibutsa ko inganzo yawe ikomeje injishi z’umuco wacu, ikubaka benshi, turagushyigikiye.”
source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/clarisse-karasira-yahaye-impano-jules-sentore-amaranye-umwaka

Irene Uwoya [Oprah], wahoze ari umugore wa nyakwigendera Ndikumana Hamadi Katauti wakiniraga Amavubi, avuga ko abantu muri iyi bamubangamiye cyane kuri murandasi bitewe n’amagambo amukomeretsa bakomeje kumubwira.
Ibi yabitanaje ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru IJUMAA cyo muri Tanzania, aho uyu mukinnyi wa filime muri Tanzania avuga ko bantu muri iyi minsi bamutangaza cyane kuko ngo hari abatuma abaha agaciro bitewe n’amagambo ababaje bakomeza kumubwira.
Yagize ati“abantu benshi muri iyi minsi barambabaza pe! Baba bavuga ngo mfite amagambo menshi. Ukuri ni bo banyigishije kuvuga kuko nta myitwarire yo kuvuga ku bantu nagiraga, bahora bankurikirana kuko bazi ubwoko bwanjye, uko nteye ko nibamvuga ntari buceceke. Birambabaza cyane mu nukuri.”
Irene Uwoya akaba avuga ko yafashe umwanzuro wo kutazigira ikintu na kimwe yongera kuvuga, n’ubwo yajyaga avuga bitewe n’uko yacokojwe, ariko ngo uko byaba bimeze kose ubu yafashwe umwmanzuro wo kwicecekera.
Miss Kayibanda Mutesi Aurore ni umwe muri Ba Miss Rwanda beza u Rwanda rwagize ndetse abenshi banavuga ko uyu mukobwa ariwe Miss w’ibihe byose babihereye ku bwiza bw’uyu mukobwa. Kuri ubu Miss Aurore ntakibarizwa i Rwanda asigaye yibera muri leta zunze ubumwe za Amerika. Hano twabakusanyirije amafoto 10 agaragaza ubwiza bw’uyu Nyampinga wambitswe ikamba ry’ubwiza, ubwenge n’umuco nyarwanda mu mwaka wa 2012.








