Tag: Imyidagaduro

  • Miss barakwibye, bagufashe ku ngufu ?-Abarimo Jolly babajije Naomie icyamubayeho cyatumye yandikira RIB #rwanda #RwOT

    Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Miss Nishimwe Naomie yagize ati 'Mwaramutse RIB, mwareba mu butumwa bw’ibanga bwanyu [DMs].'

    Bamwe mu bakurikira uyu munyarwandakazi wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2020, bahise bibaza ikimubayeho gitumye yandikira RIB.

    Muri bo harimo Miss Mutesi Jolly, wabaye nk’utungurwa agira ati 'Ehhh miss, barakwibye ????' Undi amusubiza agira ati 'Reka.'

    Naho uwiyita Igikoma cya Mukaru we ati 'Miss bagufashe kungufu.'

    Nyuma yo gusaba RIB kureba muri DMs zayo, Miss Nishimwe Naomie kandi yahise anasaba Urwego rw’Umuvunyi na rwo kureba muri buriya butumwa.

    Ibi byatumye bamwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, bajya mu rujijo ku kiri gutuma Miss Naomie yandikira izi nzego ziri mu zikomeye mu bijyanye n’ubugenzacyaha no kurwanya akarenga azisaba kureba ubutumwa bw’ibanga yazandikiye.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/Miss-barakwibye-bagufashe-ku-ngufu-Abarimo-Jolly-babajije-Naomie-icyamubayeho-cyatumye-yandikira-RIB

  • Super Manager yashimye Imana yamugize icyamam… – #rwanda #RwOT

    Super Manager ni umuhanzi akaba n’umushabitsi mu buryo bunyuranye, umaze kwamamara cyane mu Rwanda. Uyu muhanzi uzwi no mu byo kugurisha abakinnyi, ibiganiro agenda atanga kuri Youtube byamutumbagirije ubwamamare, agira igikundiro gihambaye muri rubanda. 

    Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com , yasobanuye ukuntu kuva mu bwana bwe yifuzaga kuzaba icyamamare, kugeza ubu Imana ikaba yaramufashije kugera ku nzozi ze. Mu ishimwe ryinshi yagize ati: “Mana Nyagasani, Mana mbikubwiye nkiriho ndagushimira, ntacyo wanyimye, nifuje kuba umu star guhera cyera”.

    Super Manager yashimye Imana abivanye ku mutima 

    Yakomeje agira ati: “Ntacyo nshinja Imana.  Guhera cyera ndi umwana mutoya nkubagana ndi mu wa gatatu niga Rurenge, Rukira, tukiva Tanzaniya duhunguka, aho nigaga Rurenge mu mwaka wa gatatu najyaga numva nifuza kuzaba icyamamare. Nabonaga umuntu wamamaye nkamureba nkavuga nti Mana nzaba icyamamare? Ariko ndashima Imana ko inzozi zanjye zabaye impamo”.

    Ibi byose nibyo byatumye ashima Imana, maze anagira inama urubyiruko nk'uko yiyita ikitegererezo cyarwo. Mu nama yatanze ahanini yasabye urubyiruko kubaha Imana, gukora ndetse no kwirinda ibishuko. Yagize ati: “Twirinde gushaka gukira vuba, twirinde gushukwa. Naravuze ngo 'From Zero to Hero' natangiriye ku busa! Iyo ukora urihangana, iyo uri umushomeri ukihangana, ariko ukirinda ibiyobyabwenge, ugasenga Imana ariko ukanashakisha”.

    Yakomeje agira ati: “Ugashyira Imana imbere ariko ukirinda kujya mu bintu byakwicira ubuzima byanicira ubuzima abandi, cyangwa se byahungabanya umutekano w’igihugu. Igihe ushutswe, dore ko urubyiruko rwinshi barufatira ku bukene hakaba ukubwira ngo ndaguha miliyoni ebyiri, ngo hariya ngo ni ibintu byoroshye gusa, ngo hari uzafata igisasu agatera hariya, ariko mu byukuri nta mugambi mubi ujya urama, Imana ntishyigikira ibintu bibi”.

    Yahishuye ko yifuje kuba icyamamare akiri muto yiga mu mwaka wa 3 w’amashuri abanza

    Yakomeje asaba urubyiruko kwirinda gushukwa kubera ko ubutoya ari ishoramari, abibutsa ko iyo ushutswe ugafatwa uba wangije ahazaza hawe ukisanga muri gereza, kandi wenda ejo nawe Imana yari kukwibuka.

    Yakomeje avuga ko kugira izina, kuba icyamamare nk'uko yabyifuzaga maze Imana ikamufasha kubigeraho, aribyo byamuhesheje amakontaro y’amafaranga menshi akaba ambasaderi w’amakompanyi akomeye. Mu minsi yashize yasinyiye miliyoni 200 Frw n’uruganda rwa Esperanza, nyuma yaho agirana andi masezerano na Magazine Sport Class n’ibindi bigo umuntu atakwirwa arondora, birimo icy'abanye-Turikiya  “POWERFIX” cyubatse Kigali Arena, giherutse kumuha miliyoni 25 Frw.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110206/super-manager-yashimye-imana-yamugize-icyamamare-anagira-inama-ikomeye-urubyiruko-110206.html

  • Mushambokazi witabiriye Miss Rwanda 2018 yaso… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kane tariki 7 Ukwakira 2021, Mushambokazi uherutse kurushinga, yasobanuye birambuye igitabo yanditse asoza Kaminuza mu gihe cy'imyaka itatu yari ishize akurikirana amasomo ye.

    Uyu mugore yigaga ibijyanye no kumenyekanisha ibicuruzwa no kubishakira abaguzi (Marketing), mu Ishami ry'Ubukungu n'Ubushoramari (Business Management and Economic).

    Yabwiye INYARWANDA, ko yishimiye intambwe yateye mu buzima bwe. Ati 'Bisobanuye ikintu kinini kuri njye, kuko ni bimwe mu bintu byinshi nashakaga kugeraho mu buzima.'

    Avuga ko yanditse igitabo kivuga 'Ku ruhare rwo kwita ku muguzi mu kumugeza ku byifuzo no kunyurwa kwe muri za banki.'

    Mushambokazi asoje amasomo ya Kaminuza nyuma y'uko tariki 5 Kamena 2021, yakoze ubukwe n'umukunzi we Mbonyumuvunyi Karim, mu birori byabereye muri Kigali Serena Hotel. Bahamije isezerano ryabo imbere y'Imana tariki 30 Mutarama 2021.

    Mu 2018, ni bwo Jordan Mushambokazi yitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda ahagarariye Intara y'Amajyepfo, abasha kugera muri 20 bitabiriye umwiherero ariko ntiyagira igihembo na kimwe yegukana.

    Mushambokazi yasoje amasomo muri Kaminuza ya Kigali (UoK)
    Mushambokazi yavuze ko yasingiriye zimwe mu nzozi yifuzaga kurotora mu buzima bwe

    Mushambokazi yavuze ko yanditse igitabo 'ku ruhare rwo kwita ku mukiriya mu kumugeza ku byifuzo no kunyurwa kwe muri za banki'

    Mushambokazi aherutse kurushinga n'umukunzi we Karim


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110219/mushambokazi-witabiriye-miss-rwanda-2018-yasoje-amasomo-ya-kaminuza-110219.html

  • Umukobwa witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda yasezeranye n'umukunzi we. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mukangwije Rosine wegukanye ikamba rya Miss Elegancy 2018 yasezeranye imbere y'amategeko n'umusore witwa Chris bamaze igihe kinini bari mu rukundo.

    Uyu mukobwa yasezeranye kuri uyu wa Kane, tariki 7 Ukwakira 2021. Tariki 11 Nzeri 2021, ni bwo uyu mukobwa yambitswe impeta y'urukundo mu birori byabereye muri Great Hotel iherereye mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali.

    Mukangwije w'imyaka 21 yambitswe ikamba rya Miss Elegancy Rwanda muri Nzeri 2018. Yaryambuwe tariki 21 Kamena 2019 ashinjwa n'abayobozi b'irushanwa imyitwarire idahwitse bakubiye mu birego bisaga 13 bamuregaga.

    Source : https://yegob.rw/umukobwa-witabiriye-irushanwa-rya-miss-rwanda-yasezeranye-numukunzi-we/

  • Kayesu Shalon yaba yarabaye imbarutso yo kong… – #rwanda #RwOT

    Si rimwe si kabiri abahanzi nyarwanda bashoboraga gukorana indirimbo n'abahanzi bo hanze y'u Rwanda, ariko kuva bakiva gukora iyo ndirimbo byasaga n'ibirangiriye aho, nyamara umuhanzi nyarwanda yikokoye ngo akore indirimbo nziza izashimisha abanyarwanda.

    Byumvikanye kenshi ku bahanzi nyarwanda tutari bugarukeho, bitewe n'uko bumvikanaga bavuga ko abahanzi bo hanze biyemera cyane bagira bati'' nyuma yo gukorana indirimbo nahise mubura nta n'ubwo yigeze ayishyira kumbuga nkoranyambaga ze kandi naramwishuye.''

    Abahanzi Nyarwanda babonye ko ibyo bari kuririmba bidakenewe ku isoko?

    Birumvikana ndetse bikavugika neza iyo uri kuvuga ku muziki nyarwanda iyo uri kumva indirimbo yasohotse, umuproducer wayitunganyije, uwafashe amashusho yayo ndetse n'abagize uruhare kugira ngo umuhanzi ase neza barimo uwateye ibirungo ndetse n'uwambitse umuhanzi ugahita ubara agaciro k'iyo ndirimbo.

    Byari bigoye kubona indirimbo nyarwanda isohotse amateleviziyo mpuzamahanga akayisamira hejuru, ndetse abakora kuri ayo mateleviziyo akifuza gukorana ibiganiro n'abahanzi nyarwanda.

    Ushobora kwibaza iki kibazo narindi kwibaza mu gihe nakoraga iyi nkuru, gusa byose bigendanye n'ibitekerezo ndetse n'uburyo naganiriye n'abantu bakurikirana cyane imyidagaduro, mbona ukuntu abantu bari gufata urukundo rwa Kayesu Sharon na Ykee Benda wo mu gihugu cya Uganda.

    Ykee Benda ni umuhanzi mukuru ndetse umenyereye ikibuga cy'imyidagaduro muri Afurika, ku buryo ashobora gukora igisabwa cyose kugira ngo umuziki we ugere ku isi yose ndetse unumvikane mu Rwanda nk'uko byahoze mbere, ubwo yasohoraga indirimbo nka Munakampala, Superman, Famer remix n'izindi.

    Album ya Ykee Benda yitwa 'Kirabo' iherutse gusohoka yaba ariyo mbarutso y'urukundo rwe na Shalon?

    Ukwezi kuruzuye neza umuhanzi Ykee Benda ashyize hanze Album yise 'Kirabo', ihuriweho n'abahanzi batandukanye barimo n'abo mu Rwanda b'ibyamamare, harimo Uncle Austin ukunzwe ndetse unamaze imyaka myinshi mu muziki, na Yvan Buravan udashidikanywaho bitewe n'ijwi rye.

    Mu by'ukuri iyi Album ntabwo yarebwe ndetse ntiyumvishwe cyane bitewe n'urwego uyu muhanzi ariho, unagendeye no ku baturage batuye igihugu cya Uganda kuko bakubye u Rwanda hafi inshuro enye z'abaturage.

    Iyi Album indirimbo iriho yitwa 'Obangaina' imaze ukwezi n'umunsi umwe, niyo yarebwe cyane kuko yarebwe n'abarenga ibihumbi 57 (amajwi), naho amashusho yayo umuhanzi Ykee Benda aherutse gusohora amaze kurebwa n'ibihumbi birenga 567.

    Iyi niyo ndirimbo ubona ko yarebwe cyane, naho izindi ziri ku ijanisha ku bantu batageze no ku bihumbi bitanu bagiye bareba buri imwe ugereranyije kuko hari iyarebwe n'ibihumbi bitatu, bibiri, bitanu gusa hari n'izabarengeje.

    Iyi Album mu by'ukuri ntabwo yumvishwe cyane mu Rwanda, n'ubwo uyu muhanzi kuri iyi Album yakoreshejeho abahanzi nyarwanda ndetse banakunzwe kandi bafite amajwi aremereye cyane, mu ruganda rw'imyidagaduro yo mu Rwanda.

    Ibi byose mu mboni z'abakurikiranira hafi imyidagaduro yo mu Rwanda, bavuga ko iyi yaba ariyo mpamvu Ykee Benda yegereye Kayesu Shalon nk'umukobwa ugezweho mu Rwanda, kugira ngo akomeze avugwe bitinde.

    Ntibyaba ari igitangaza cyane kuko 'Gutwika' ni ibintu bigezweho cyane, ndetse bitewe n'uko igihangano kiba cyavunnye umuhanzi aba akwiye gukora igishoboka cyose, kugira ngo icyo gihangano kimucururize.

    Mu kiganiro kirambuye, umwe mu bajyanama bareberera inyungu z'abahanzi mu Rwanda [utifuje ko amazina ye ajya ahagaragara] yagiranye na InyaRwanda, hari aho yagarutse ku rukundo rwa Ykee Benda na Shalon nk'imwe mu nkuru iri kuvugwa cyane mu bitangazamakuru amwenyura cyane.

    Yagize ati: 'Ahahaha ubundi ibi nibyo dukeneye mu muziki wacu, ku buryo ukorana igihangano n'umuhanzi wo hanze ugahita ushaka n'umuntu ugezweho muri icyo gihugu uratuma uvugwa, naho ubundi urukundo rwe na Shalon ntarwo mbona, kuko Ykee Benda arakuze kandi afite n'umwana.'

    Byatangiye gute?

    Shalon yagiye kuri konti ye ya instagram, maze ashyiraho ifoto yakuye mu kiganiro yagiranye n'umuhanzi Ykee Benda imbonankubone (Live), maze ayiherekeresha indirimbo ya Ollie na Aleesia yitwa 'Better with you' , yuzuyemo amagambo meza y'urukundo ushobora kubwira umukunzi wawe.

    Nyuma y'ayo magambo, uyu mukobwa kandi yashyize kuri iyo foto imitima ibiri ndetse n'akarabo k'iroza gafite igisobanuro cy'urukundo, ndetse ushobora koherereza umuntu wihebeye kakamunyura.

    Mu gushaka amakuru kubyerekeye urukundo rwa Shalon na Ykee Benda, Mu kiganiro kigufi Shalon yagiranye na InyaRwanda, ntiyigeze yemeza aya makuru cyangwa ngo ayahakane, gusa yavuze ko ari kuri telephone nayivaho aradutangariza byinshi kuby'ayo makuru.

    Ubutumwa bwa Steve, umujyanama wa Ykee Benda

    Nyuma yo gutegereza igihe yaduhaye kugira ngo tumenye ko koko niba yaba ari mu rukundo na Ykee Benda, Shalon yemereye kuvugana n'umunyamakuru ariko amaze kumva ibyo abazwa ntiyigeze yemera aya makuru cyangwa ngo ayahakane.

    Mu gukomeza gushaka amakuru, Inyarwanda yagiranye ikiganiro n'umujyanama w'umuhanzi Ykee Benda, Steve ahamya ko koko Ykee Benda ari mu rukundo n'uyu mukobwa, n'ubwo wumvaga ko agikeneye kumenya amakuru menshi kuri we.

    Yagize ati: 'Nibyo Shazz na Ykee Benda bamaze igihe bakundana, ndetse ndibaza wabonye ko nawe yashyize hanze ifoto yerekana ko atewe ishema n'urukundo rwabo bombi.''

    Mu bigaragarira amaso, Shalon ni umukobwa w'ikimero gitangaje ndetse uburanga bwe burangaza benshi, bitewe n'amafoto ye ndetse n'amashusho akunda kunyuza kuri konti ye ya instagram, agakurura abatari bake bikaba aribyo byaba byarakuruye n'umuhanzi Ykee Benda wisanze mu rukundo na Shalon.

    KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO YKEE BENDA YAKORANYE NA UNCLE AUSTIN

    KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO YA YKEE BENDA NA BURAVAN

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110179/kayesu-shalon-yaba-yarabaye-imbarutso-yo-kongera-kuvugwa-kwa-ykee-benda-mu-rwanda-110179.html

  • Meddy yakoreye ijoro Umunyamakuru Julius ChiTa n'umugore we – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru Jules William Niyitegeka wamamaye ku izina rya Julius ChiTa akaba aherutse gukorana ubukwe na Yvette Batamuliza, yerekanye ukuntu we n'umugore we bari baryohewe maze iyo foto ayiherekesha indirimbo ya Meddy yise ” Queen Of Sheba “.

    Ni ifoto ChiTa yashyize hanze abinyujije kuri story ya instagram ye. Iyo foto ni iyi ikurikira :

    Source : https://yegob.rw/meddy-yakoreye-ijoro-umunyamakuru-julius-chita-numugore-we/

  • Bulldogg yavuze ibintu akundira Mutesi Jolly maze Jolly nawe aramusubiza – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Bulldogg aherutse kugirana ikiganiro na ISIMBI TV aho yavuze ko akunda Mutesi Jolly kubera ko akotana kugirango agere ku iterambere kandi akarigeraho.

    Nyuma y'aya magambo Bulldogg yatangaje, Miss Mutesi Jolly nawe ntabwo yaripfanye kuko amaze kubona aya mashusho ya Bulldogg mu kiganiro yagiranye na Isimbi Tv, Miss Mutesi Jolly abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yahise atangaza amagambo agira ati ” Nanjye umusaza ndamwera ,he's good at his game #kemotherapy “.

    Nanjye umusaza ndamwera ,he's good at his game #kemotherapy https://t.co/wzQ8inIsCU

    — Jolly Mutesi. #TeamPK (@JollyMutesi) October 6, 2021

    Mutesi Jolly
    Bulldogg

     

    Source : https://yegob.rw/bulldogg-yavuze-ibintu-akundira-mutesi-jolly-maze-jolly-nawe-aramusubiza/

  • ShaddyBoo yabwiye abafana be ko batamufite batasinzira. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Shaddyboo yabwiye abafana be abafitiye akamaro gakomeye ngo kuko iyo adapostinze bamwe barara bakanuye ntibasinzire.Abinyujije ku ruta rwe rwa Twiiter, Shaddy Boo yanditse ubutuma yivuga ibigwi ndetse anabagaragariza ko ari umwe mu batuma benshi babona ibitotsi mu gihe hari ubutumwa runaka yatambukije ku nkuta ze.

    Yagize ati:' Ninjye gishuko cyanyu, iyo nta postinze bamwe barara bakanuye'.

    Ubu butumwa Shaddy boo yabuherekezanyije aka Emoj kariho udutima, bigaragaza ko akunda urwego ariho mu gususurutsa benshi.Uyu mugore amenyereweho gutera urwenya rwa hato na hato imbere y'abakunzi be, nabo bakagenda bamusubiza baciye ahabugenewe, ubishimye akabimugaragariza n'utabyishimiye agahagarara ku ruhande rwe.

    Benshi mu basomye ubu butumwa bwe, nabo bakomerejeho baramutakagiza bamwita umugore w'igikundiro, ariko mu buzima impande ni ebyirihari abamwise umwirasi abandi bati ubwo 'umaze kubyimba'.

    Ninjye gishuko cyanyu , iyo ntapostinze bamwe barara bakanuye.
    😘

    — Shaddyboo (@shaddyboo__92) October 5, 2021

    Source : https://yegob.rw/shaddyboo-yabwiye-abafana-be-ko-batamufite-batasinzira/

  • Sharon yateye imitoma mc buryohe mu kiganiro takeover – YEGOB #rwanda #RwOT

    Sharon uzwi kw'izina rya shazz akoresha kuri social media aterese mc buryohe turumirwa .

    Umunyamakuru wa isibo tv umunyerewe mu kiganiro takeover akorana na bianca ndetse na dj diallow mu kiganiro takeover bagira agace bakinamo umukino t or d.

    kuruyu munsi batumiye Sharon bamuha umukino wo gutereta mc buryohe nibwo yaje gutereta mc buryohe birangira yemeye gusa wari umukino .

    Sharon amaze iminsi avugwa mu rukundo na ykee benda aho bamubajije kuri aya makuru avuga ko ntacyo atangaza kuri ayo makuru.

    Source : https://yegob.rw/sharon-aterese-mc-buryohe-turumirwa/

  • Ibyo Ndanda yavuze ku mwana yabyaranye na Anita . – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa kabiri tariki 05 Ukwakira 2021 nibwo umwana w'umuhungu wa Ndanda na Anita Pendo witwa Gisa Ryan agize isabukuru y'amavuko y'imyaka itatu.Mu bamwifurije isabukuru nziza harimo na Se umubyara ,Ndanda Alphonse.

    Ndanda wabaye umunyezamu w'amakipe akomeye nka Rayon Sport na As Kigali yifashishije urukuta rwe rwa Instagram na we yagaragarije umwana we urukundo rwinshi , yashyizeho amafoto ye n'uyu mwana we w'ubuheta maze yongeraho amagambo agira ati:' Isabukuru nziza Boss wanjye, kura ujyejuru muhungu wanjye Ryan ,papa wawe aragukunda cyane'

     

    Twibutse ko Ndanda yabyaranye na Anita Pendo abana babiri b'abahungu kuri ubu akaba yaramaze gutandukana na we aho yitegura gushyingiranwa nundi mukobwa banasezeranye imbere y'amategeko kubana nk'umugore n'umugabo.

    Source : https://yegob.rw/ibyo-ndanda-yavuze-ku-mwana-yabyaranye-na-anita/