Tag: Imyidagaduro

  • Rwanda Influencer Awards: Ibyamamare 50 binji… – #rwanda #RwOT

    Guhera kuri uyu wa Kane tariki 18 Ugushyingo 2021, ushobora gutangira guha amahirwe uwo ushaka ko azegukana igihembo bitewe n'icyiciro ahatanyemo.

    Rwanda Influencer Awards ni byo bihembo rukumbi bizaba bigaragaramo ibyamamare mu ngeri zitandukanye mu Rwanda. Bizatangwa ku wa 18 Ukuboza 2021.

    Iyo urebye ibyiciro byateganijwe ubona neza ko ibi bihembo bizahuriza hamwe ibyamamare mu gukoresha imbuga nkoranyambaga (Social media influencers), ibyamamare mu itangazamakuru (Journalist influencers), ibyamamare mu muziki, sinema, mu gutegura ibiganiro, mu myambarire ndetse no mu bwiza.

    Mu Rwanda hagiye hagaragara ibihembo mu muziki, sinema n'ibindi ariko ni bwo hagiye gutangwa ibihembo bigaragaramo abantu bo muri ibyo byiciro icyarimwe.


    Ushobora gutora kuri Inyarwanda.com ukoresheje Mobile Money, Airtel Money, Visa Card na Master Card

    Ibyiciro bihatanye muri Rwanda Influencer Awards 2021:

    1. Ibyamamare mu gukoresha imbuga nkoranyambaga [Social media influencers]

    Mbabazi Shadia (Shaddyboo), Bugingo Bonny (Junior Giti), Rukundo Patrick (Patycope), Uwase Claudine Muyango, Kubwimana Dominique, Pamela Mudakikwa, Richard Kwizera na Ishimwe Claude.

    2. Ibyamamare mu itangazamakuru [Journalist influencers]

    Luckman Nzeyimana, Angelbert Mutabaruka, Anita Pendo, Phill Peter na Ingabire Egidie Bibio, Oswakim Mutuyeyezu, Butera Sandrine Isheja, Aissa Cyiza, Anne Nimwiza na Sam Karenzi.

    3. Ibyamamare mu muzika, urwenya na cinema [Art and Creative Influencers]

    Mugisha Emmanuel [Clapton], Kamirindi Joshua, Nkusi Arthur, Rusine Patrick, Japhet&Etienne bazwi muri Bigomba Guhinduka.

    Clarisse Karasira, Mico the Best, Butera Knowless, Aline Gahongayire na Bruce Melody, Niyitegeka Gratien [Papa Sava], Benimana Ramadhan [Bamenya], Usanase Bahavu Jannet, Bazongere Rosine na Ndayizeye Emmanuel [Nick dimpoz].

    4.Ibyamamare mu gutegura ibiganiro [Content Producer Influencers]

    Murungi Sabin [Isimbi], Nyarwaya [Yago], Rose Nishimwe, Dashim [Dash Dash] na Irene Murindahabi

    5.Ibyamamare mu myambarire ndetse no mu bwiza [Lifestyle Models]

    Turahirwa Moses [Moshions], Niyitanga Olivier [Tanga Design], Izere Laurien, The Mackenzie [Zoë], Joyce Designer, Miss Mutesi Jolly, Vanessa Raïssa Uwase [Hermajesty_vanessa], Miss Nishimwe Naomie, Umukundwa Clemence na Ishimwe Winnie Nicole.

    Kalisa Christian usanzwe ari 'Creative Producer' muri KCN LTD iri gutegura iki gukorwa, aherutse kubwira INYARWANDA ko iki gikorwa bagitekereje bashaka gushimira abagira uruhare mu myidagaduro.

    Ati 'Aba-influencers ni abantu bagira uruhare rukomeye mu kumenya ibibera hirya no hino ku isi, ni abantu bakoreshwa mu kumenyekanisha ibikorwa bitandukanye by'umwihariko aho imbuga nkoranyambaga zatereye imbere. Ni abantu basusurutsa ababakurikira. Turashaka kubibashimira no kubashyigikira.

    Muri ibi bihembo hazabamo ibirori byiswe 'We share party' aho byitezwe ko abazabyitabira bazabanza gutambuka ku itapi itukura (Rea Carpet) bagafata ifoto cyangwa bakabanza kuganira n'itangazamakuru.

    Ubundi ijambo 'Share' rikunda gukoreshwa n'abakoresha imbuga nkoranyambaga iyo bashaka gusangiza ubutumwa bwabo, ari nayo mpamvu ibirori babyitiriye iri jambo. 

    KANDA HANO UBASHE GUTORA UWO USHYIGIKIYE


    Mbabazi Shadia [Shaddy Boo] 


    Fiona Rutagengwa Kamikazi


    Bugingo Bonny [Junior Giti]



    Rukundo Patrick [Patycope]


    Uwase Claudine Muyango


    Kubwimana Dominique

    Pamela Mudakikwa

    Richard Kwizera


    Ishimwe Claude 



    Bayingana David


    Luckman Nzeyimana


    Angelbert Mutabaruka


    Anita Pendo
     

    Phill Peter


    Ingabire Egidie Bibio


    Oswakim Mutuyeyezu

    Butera Sandrine Isheja


    Aissa Cyiza

    Anne Nimwiza


    Sam Karenzi


    Mugisha Emmanuel [Clapton]



    Kamirindi Joshua


    Nkusi Arthur


    Rusine Patrick


    Japhet&Etienne [Bigomba Guhinduka]


    Clarisse Karasira


    Mico the Best


    Butera Knowless
     

    Aline Gahongayire


    Bruce Melody



    Niyitegeka Gratien [Papa Sava]

    Benimana Ramadhan [Bamenya]

    Usanase Bahavu Jannet


    Bazongere Rosine

     

    Ndayizeye Emmanuel [Nick dimpoz]


    Murungi Sabin [Isimbi]


    Nyarwaya [Yago]


    Rose Nishimwe


    Dushimana JD Dashim [Dash Dash]


    Irene Murindahabi

    Turahirwa Moses [Moshions]


    Niyitanga Olivier [Tanga Design]


    Izere Laurien

    The Mackenzie [Zoë]

    Joyce Designer


    Miss Mutesi Jolly

    Vanessa Raïssa Uwase [Hermajesty_vanessa]


    Miss Nishimwe Naomie


    Umukundwa Clemence

    Ishimwe Winnie Nicole

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/111572/rwanda-influencer-awards-ibyamamare-50-binjiye-mu-cyiciro-cyamatora-binyuze-kuri-inyarwand-111572.html

  • Meddy yifashishije amashusho ya Mimi maze amutera umutoma ukomeye (video) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Ngabo Medard uzwi cyane ku izina rya Meddy abinyujije kuri story ya instagram ye yashyize hanze amashusho akurikira ya Mimi maze ayaherekesha amagambo y'imitoma.

    Nyuma yuko Meddy ashyize kuri story ya instagram ye aya mashusho, yayaherekesheje amagambo agira ati ” You stole my heart young Lady 🤍 @itsmimiali “.

    Source : https://yegob.rw/meddy-yifashishije-amashusho-ya-mimi-maze-amutera-umutoma-ukomeye-video/

  • Breaking news: Sam Karenzi wari umunyamabanga wa Bugesera FC areguye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru akaba n'umunyamabanga mukuru w'ikipe ya Bugesera Fc amaze gutangaza ko yeguye kuri uyu mwanya.Mu ibaruwa ye yo kwegura Sam Karenzi yatangaje ko yeguye ku mpamvu ze bwite kandi ko azakomeza gufasha iyi kipe mu gihe cyose imukeneye.

    Source : https://yegob.rw/breaking-news-sam-karenzi-wari-umunyamabanga-wa-bugesera-fc-areguye/

  • Platini na Producer Element berekeje muri Nigeria, Dj Brianne arabasangayo #rwanda #RwOT

    Umuhanzi nyarwanda, Nemeye Platini yerekeje muri Nigeria mu bihembo bya Afrima, akaba yagiye aherekejwe na Dj Brianne ndetse na Producer Element n’ababyinnyi 4.

    Platini uretse kuba ari umuhanzi uzaririmba mu muhango wo gutanga ibi bihembo, ni umwe mu bahataniye ibihembo aho ari mu cyiciro cya 'Best Artist, Duo or Group in African Contemporary’, indirimbo ye 'Atansiyo’ ikaba ihatanye n’izindi nka; Fada ya Sooking, Ngayi ya Borgia ft. Jack Inga na Running to You ya Chike ft. Simi.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko uyu muhanzi we yamaze guhaguruka mu Rwanda aho yajyanye na Producer Element, ni mu gihe Dj Brianne we n’ababyinnyi bane baza guhaguruka mu Rwanda ku isaha ya saa 12h zo mu Rwanda, ni mu gihe bagomba kuba bageze ku kibuga cy’indege saa 11h.

    Uretse Platini, undi muhanzi nyarwanda, Meddy ahatanye mu cyiciro cyitwa 'Best East Africa Male Artist’ aho indirimbo ye 'My Vow’ ihatanye n’izindi zirimo; Waah ya Diamond na Koffi Olomide, Weekend ya Eddy Kenzo, Proud of you ya Darassa na Ali Kiba, Attitude ya Harmonize na Awilo Longomba, Kelebe ya Rayvanny na Inno’s B kimwe n’izindi.

    Ibi bihembo biteganyijwe kuzatangwa tariki ya 21 Ugushyingo muri Convention center, Eko Hotels mu mujyi wa Lagos muri Nigeria, bizaba byabanjirijwe na 'African Music Business Summit’ izaba tariki ya 19 Ugushyingo.

    Platini na Element bo bamaze kujya muri Nigeria

    Dj Brianne arajyana na we arabasangayo

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/platini-na-producer-element-berekeje-muri-nigeria-dj-brianne-arabasangayo

  • Umuhanzikazi Lady Gaga yatamajwe bikomeye n'ikanzu ye bamufotora agaragaza imyanya y'ibanga ye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Lady Gaga aheritse gutamazwa n'ikanzu yari yambaye aho yari mu kiganiro n'itangazamakuru, nyuma aganira na NBC aganira n'umunyamakuru Stephen Colbert. Muri uko kuganira byagaragaraga ko Gaga yambaye neza ikanzu y'umukara.

    Ubwo ikiganiro cyarangiraga, bagiye hanze kwifotoza. Lady Gaga yafashe amafoto atandukanye hanze ya Studio ya NBC, yaje gufata ikanzu nabi umuyaga urayigurukana umwambura ubusa imbere ya Camera amafoto arakomeza arafatwa bisanzwe.

    Ibi byerekana ko umuntu agomba kwambara umwenda utamutamaza igihe runaka cyane ku bakobwa bambara imyenda irekuye migufi cyangwa isatuye bitangaje, aho bashobora kwambara ubusa ku karubanda kubera umuyaga cyangwa ikindi kintu cyabitera.

    Source : https://yegob.rw/umuhanzikazi-lady-gaga-yatamajwe-bikomeye-nikanzu-ye-bamufotora-agaragaza-imyanya-yibanga-ye/

  • Ikibatsi cy'urukundo hagati y'umunyamakuru Yago n'inkumi yitabiriye Miss Rwanda – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ugushyingo 2021 nibwo umunyamakurukazi Umutoni Josiane ukorera kuri Tv10 yizihije isabukuru ye y'amavuko.

    Umunyamakuru Yago bigeze gukorana kuri Tv10 by'umwihariko mu kiganiro THE TURN UP SHOW ni umwe mu bamwifurije isabukuru nziza. Yago abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram yashyize hanze ifoto ya Josiane maze ayiherekesha amagambi agira ati ” More life boo @josiane_umutoni 🎂 Ryoherwa❤️”.

    Nyuma yuko Yago atangaje aya magambo, Josiane yahise amusubiza mu magambo agira ati ” Thank you Boo @yagoforreal❤️”. Bamwe mu bakurikirana Yago babonye aya magambo yanditse bagiye bibaza niba nta kanunu k'urukundi kaba kihishe inyuma y'aya magambo maze Yago araruca ararumira ntiyagira ibyo abasubiza.

    Josiane Umutoni ni umwe mu bakobwa bitabiriye Miss Rwanda mu mwaka wa 2017.

    Josiane yagize isabukuru kuri uyu wa 16 Ugushyingo

    Source : https://yegob.rw/ikibatsi-cyurukundo-hagati-yumunyamakuru-yago-ninkumi-yitabiriye-miss-rwanda/

  • Umunyarwenya Eric Omondi yateje impagarara muri Kenya (video) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kuva mu cyumweru gishize umunyarwenya Eric Omondi yakomeje kumvikana avuga ko mu gihe abanyamategeko batahindura itegeko rigenga imiziki muri Kenya azigaragambiriza ku nteko ishinga amategeko.

    Umunsi yari yatanze wa nyuma wari uyu munsi tariki 16 ugushyingo wo kuba iri tegeko ryashizweho bitabaye ibyo agahagurutsa imyigaragambyo karahabutaka igana ku nteko ishinga amategeko ya Kenya yari buterane uyu munsi ku wa kabiri.

    Eric Omondi yavugaga ko arambiwe agasuzuguro gakorerwa abahanzi bo muri Kenya kandi ko niba abahanzi bakuru mu muziki badashaka ko bihinduka abahanzi bashya bazabikora.

    Nyuma yuko Eric Omondi avuze  ko akeneye ko ibitangazamakuru byose muri Kenya bizajya bicuranga imiziki y'abahanzi b'abanyakenya byibuze ku kigero cya 75% , abahanzi barimo Bahati , Bienaime  wo muri Sauti Sol na Khaligraph Jones bari mu bakomeye muri Kenya bakomeje kwamaganira kure ibyo Eric omondi ashaka.

    Ni mu gihe ku rundi ruhande abahanzi bakomeye mu karere ka afurika y'iburasirazuba nka Jose Chameleon bo bamaze kwemeza ko bashyigikiye uyu munyarwenya uri kurwanirira umuziki wa Kenya.

    Eric Omondi kuri uyu munsi yaje kugezwa kuri station ya police nubwo nyuma baje ku mufungura aho kugeza aka kanya ari hanze.

    Source : https://yegob.rw/umunyarwenya-eric-omondi-yateje-impagarara-muri-kenya-video/

  • Anne Kansiime n'umugabo we baherutse kubyarana bagiye gukora ubukwe bw'agahebuzo. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Amakuru yatangajwe n'ikinyamakuru bliz.co.ug cyandikirwa muri uganda, aravuga ko umunyarwenya Anne Kansiime n'umugabo we baherutse kubyarana imfura yabo bagiye gukora ubukwe bw'agatangaza ndetse imyiteguro ikaba igeze kure. Iki kinyamakuru cyakomeje kivuga ko ubu bukwe buzabimburirwa n'umuhango wo kwerekana mu muryango umukunzi we Skylanta, baherutse kubyarana umwana w'umuhungu bise Selassie Ataho .

    Aya makuru agiye hanze nyuma y'ibihuha byavuzwe ko muri weekend Anne Kansiime yagiye kugura impeta z'ubukwe kubera ahanini amafoto ye yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga.

    Source : https://yegob.rw/anne-kansiime-numugabo-we-baherutse-kubyarana-bagiye-gukora-ubukwe-bwagahebuzo/

  • Umunyamideli w'Umunyarwanda Yakoze Imyenda Igura Miliyoni 3 (Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyamideli umenyerewe hano mu Rwanda no hanze mugukora imyenda myiza ikorewe hano mu Rwanda (Made In Rwanda) witwa Moses Twahirwa yakoze imyenda yihagazeho kuko harimo umwe ugura agera kuri miliyoni 3 z'amafaranga yu Rwanda.

    Moses ufite Inzu itunganya imideli imaze kubaka izina mu Rwanda no hanze yarwo, Moshions, yashyize hanze imyambaro mishya yiswe 'Imandwa Collection SS 22', ishishikariza abantu kwiyakira bakemera kuba abo bari bo, aho guhindura imiterere yabo.

    Abinyujije kurubuga rwa twitter, uwitwa Musoke yatangajeko umwe mu myenda yakozwe na Moses muri Imandwa collection wawubona kuri Miliyoni 3 z'amanyarwanda kandi nabwo akaba ari kuri promotion.

    Uyu mwambaro kugirango uwutahane bigusaba amafaranga atari munsi ya miliyoni 3

    Source : https://yegob.rw/umunyamideli-wumunyarwanda-yakoze-imyenda-igura-miliyoni-3/

  • Mu byishimo byinshi Ndimbati yerekanye nyirakuru (ifoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa filime nyarwanda Uwihoreye Jean Bosco Mustafa uzwi nka Ndimbati muri filime y'uruhererekane ya Papa Sava,  City Maid yerekanye nyirakuru we maze anamubwira ko amukunda cyane.

    Ni ifoto uyu mugabo yashyize kuri Instagram ye ari kumwe n'uwo mucekuru ,avuga ko amwishimira ndetse akaba amukunda cyane.Abafana be bakaba bashimishijwe n'iyo photo maze bamubwira ko ahirwa we ugifite nyirakuru.

    Source : https://yegob.rw/mu-byishimo-byinshi-ndimbati-yerekanye-nyirakuru-ifoto/