Tag: Imikino

  • Ibitangaje ku musore wakiniye Ikipe y'Igihugu ya Basketball wakoze ku mutima Shaddyboo #rwanda #RwOT

    Shadyboo yakozwe ku mutima cyane n'umukinnyi w'Amavubi ya Basketball witwa Wiliams Robeyns .Uyu Mukinnyi yakunzwe na benshi bitewe n'uburyo yitwaye neza mu kibuga ndetse akanaba n'umukinnyi w'umukino wo ku munsi w'ejo ubwo Ikipe y'igihugu cy'u Rwanda yakinaga na DRC.

    Williams Robeyns ni umusore wavutse kuya 23 Gashyantare 1996.Se umubyara n'Umubiligi naho nyina akaba ari umuyarwandakazi.Williams akina nk'uwabigize umwuga(Professional) mu ikipe ya Liege Basketball mu gihugu cy'Ububiligi.

    Muri uyu mukino William Robeyns wakiniye u Rwanda umukino bwa mbere, yatsinze amanota 23 mu gihe Maxi Munanga Shamba wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatsinze 22.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/ibitangaje-ku-musore-wakiniye-ikipe-y-igihugu-ya-basketball-wakoze-ku-mutima

  • Emerera ubushake bw’Imana #rwanda #RwOT

    Ubwami bwawe buze, Ibyo ushaka bibeho mu isi, Nk’uko biba mu ijuru. (Matayo 6:10)

    Bibiliya iduhishurira ko Imana itajya irwanya ubushake bwayo: ihamagarira abantu kubwubahiriza mu mudendezo. Kubw’ibyo, umuntu wese akeneye kubyibwira ubwe, kuruta uko Imana ibimubwira: “Nahisemo gukora ubushake bwawe kugira ngo ibyo ushaka bibeho.”

    Imana itwereka, binyuze mu ngero nyinshi zo muri Bibiliya, ko inzitizi zikomeye zibuza abantu kugera ku bushake bwayo ari ukwikunda, ubwibone, urwikekwe n’inzangano umuntu agaragaza.

    Imana yamenyesheje Adamu na Eva ubushake bwayo, ariko ntibayumvira. Imana yavuganye na Kayini imumenyesha ubushake bwayo: “Kunesha icyaha.” Ariko Kayini ntiyumviye iyi nama. Ni kangahe muri Bibiliya hari aho abantu batumviye ubushake bw’Imana! Kumenya no kwemera ubushake bw’Imana ni ikibazo cya buri munsi kuri twe abizera.

    Amasengesho menshi dusenga ntabwo ari yo kandi ntazigera asubizwa, kuko ari kure y’ubushake bw Imana, nkuko Yakobo abitwibutsa: “Murasaba, ariko ntimuhabwa , kuko musaba nabi, kugira ngo uhaze ibyo ukeneye. Ibyifuzo” (Yakobo) 4.3). Ijambo “irari” rishobora gusimburwa n “ibyifuzo”. Icyo dushaka ntabwo buri gihe aricyo Imana ishaka. Pawulo yasenze asaba gukira, ariko igisubizo cy’Imana cyari kinyuranye na byo: “Ubuntu bwanjye burahagije kuri wowe, kuko imbaraga zanjye zujujwe mu ntege nke” (2 Abakorinto 12: 8-9).

    Kuba twifuza ubuzima, gukira, iyo turwaye, ni bisanzwe. Iki cyifuzo kiremewe. Ariko, ubushake bw’Imana bushobora kuba ahandi hatari gukira. Mu buryo nk’ubwo, Petero yumvise Yesu amubwira ko umunsi umwe agomba kujya aho adashaka. “Ni ukuri, ni ukuri, ndakubwira yuko ukiri umusore wikenyezaga ukajya aho ushaka hose, ariko nusaza uzarambura amaboko undi agukenyeze, akujyane aho udashaka.'” (Yohana 21.18).

    Ntawe ukunda imibabaro. Ariko rimwe na rimwe Imana itwemerera gufata inzira nk’iyi. “Ibyo ushaka bibeho” Mu bihe nk’ibi bisobanura kwakira imibabaro. Yesu ubwe avuga ko yasenze avuga ngo byose bibe uko Imana ishaka mu gikombe giteye ubwoba, isengesho rye ryaremewe, icyakora ryibandaga ku bushake bwa Data: Ati 'Aba, Data, byose biragushobokera, undenze iki gikombe, ariko bye kuba uko jyeweho nshaka, ahubwo bibe uko wowe ushaka”(Mariko 14:36).

    Niba Yesu agomba kuba yarahuye n’iki kintu ntabone ibyo yashakaga ni cyo Se yashakaga, tuzarushaho kuba twe ubwacu kandi akenshi tugomba gusubiramo, “Ibyo ushaka bibeho.”

    Source: www.topchretien.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Emerera-ubushake-bw-Imana.html

  • Musanze FC yasinyishije Nshimiyimana Imran wakiniraga Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Imran Nshimiyimana wari umaze imyaka ibiri akinira ikipe ya Rayon Sports,yamaze gusinya amasezerano y'imyaka 2 muri Musanze FC aho yahise anahabwa igitambaro cy'ubukapiteni.

    Nyuma yo kugirana ibiganiro kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24 Kanama 2021, Nshimiyimana yumvikanye n'ubuyobozi bwa Musanze FC, yemera gusinya amasezerano y'imyaka ibiri.

    Kuri uyu wa Gatatu Nshimiyimana Imran yerekanwe nk'umukinnyi mushya wa Musanze FC uzajya wambara nimero eshanu ndetse amafoto yashyizwe hanze yagaragaje ari gusinya amasezerano.

    Nshimiyimana Imran yakiniye amakipe atandukanye nka AS Kigali,Police FC yakiniye imyaka itanu mbere yo kugurwa na APR FC, yavuyemo ajya muri Rayon Sports mu 2019.Yatangiye guhamagarwa mu Ikipe y'Igihugu mu 2012.


    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/musanze-fc-yasinyishije-nshimiyimana-imran-wakiniraga-rayon-sports

  • Nshimiyimana Imran wakiniraga Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma y’imyaka ibiri yari amaze akinira ikipe ya Rayon Sports, Nshimiyimana Imran yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Musanze.

    Yahawe na numero 5 yakunze kwambara mu makipe yanyuzemo
    Yahawe na numero 5 yakunze kwambara mu makipe yanyuzemo

    Nshimiyimana Imran werekeje muri Rayon Sports nyuma y’aho ikipe ya APR FC yari imaze gusezerera abakinnyi 17, ni umukinnyi usanzwe ukina mu kibuga hagati ariko afasha ba myugariro, ni umwe mu bakinnyi ikipe ya Musanze ihereyeho yiyubaka muri uyu mwaka w’imikino.

    Usibye APR FC na Rayon Sports, Nshimiyimana Imran yakiniye amakipe yandi hano mu Rwanda arimo ikipe ya AS Kigali, Police FC, ndetse akaba amaze igihe kinini akinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi.


    source : https://ift.tt/3mrcGls

  • Imran wakiniye APR na Rayon yasinye muri Musanze FC #rwanda #RwOT

    Imran Nshimiyimana usanzwe ari umukinnyi wo hagati, kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Kanama ni bwo yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Musanze F.

    Imran Nshimiyimana ujya anahamagarwa mu ikipe y’Igihugu Amavubi, giye muri Musanze FC avuye muri Rayon Sports yari amazemo imyaka ibiri.

    Yari yaragiye muri Rayon Sports muri 2019 ubwo APR FC yasezereraga abakinnyi 16 icya rimwe ubwo iyi kipe yari yitwaye nabi mu mwaka w’imikino wa 2018-2019.

    Nshimiyimana Imran ugiye muri Musanze FC, yakiniye kandi ikipe ya AS Kigali iri mu makipe ahagaze neza muri iyi minsi.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/Imran-wakiniye-APR-na-Rayon-yasinye-muri-Musanze-FC

  • Impinduka ku rugendo rw’Amavubi muri Maroc #rwanda #RwOT

    Urugendo rw’ikipe y’igihugu y’u Rwanda yagombaga guhaguruka mu Rwanda ku wa Gatandatu yerekeza muri Maroc gukina na Mali, rwimuriwe ku Cyumweru.

    Amavubi afite umukino wa mbere w’itsinda E na Mali mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022, aho umukino uzabera muri Maroc tariki ya 1 Nzeri 2021.

    U Rwanda rukomeje imyitozo rwitegura uyu mukino ndetse n’uw’umunsi wa 2 bazakinamo na Kenya tariki ya 5 Nzeri.

    Iyi kipe ikaba yagombaga guhaguruka mu Rwanda ku wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama ariko urugendo rukaba rwahindutse bakabaza bazahaguruka bukeye bwaho ku Cyumweru tariki 29 Kanama 2021.

    Bamwe mu bakinnyi bakina hanze bamaze kuhagera nka Buhake Twizere Clement ukina muri Norway, Kalisa Jamil na Nsengiyumva Isaac bakina muri Uganda, Emery Mvuyekure wa Tusker muri Kenya yaraye ahageze.

    Meddie Kagere wa Simba SC ategerejwe mu Rwanda uyu munsi, Nirisarike Salomon we azagera mu Rwanda ku munsi w’ejo ku wa Kane.

    Rwatubyaye Abdul ukinira FK Shkupi muri Macedonia y’Amajyaruguru, Manzi Thierry ukinira Dila Gori FC muri Georgia , Mukunzi Yannick ukina muri Sandvikens IF muri Suède na Imanishimwe Emmanuel wa FAR Rabat muri Maroc, Rwatubyaye Abdul ukinira FK Shkupi muri Macedonia y’Amajyaruguru, Manzi Thierry ukinira Dila Gori FC muri Georgia , Mukunzi Yannick ukina muri Sandvikens IF muri Suède na Imanishimwe Emmanuel wa FAR Rabat muri Maroc, Ngwabije Bryan Clovis wa SC Lyon mu Bufaransa bose bazahurira n’Amavubi muri Maroc.

    Urugendo rw’Amavubi rwashyizwe ku Cyumweru

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/impinduka-ku-rugendo-rw-amavubi-muri-maroc

  • Tanzania: Haji Sande Manara wari umuvugizi wa Simba SC yagizwe umuvugizi wa Yanga Africans. #rwanda #RwOT

    Uwahoze ari umuvugizi wa Simba sc , Haji Manara yatunguye abatari bake bakurikirana umupira w'amaguru ubwo yerekezaga muri mukeba ukomeye wiyikipe Yanga FC nkumuvugizi wayo mushya. Ibi bibaye mugihe hashize iminsi mike uyu mugabo atangaje ko yeguye kumwamya w'ubuvugizi bwa Simba Sports Club nyuma yo kutumvikana nubuyobozi bukuru bwiyi kipe harimo umuyobozi mukuru wayo Mohamed […]

    The post Tanzania: Haji Sande Manara wari umuvugizi wa Simba SC yagizwe umuvugizi wa Yanga Africans. appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2021/08/25/tanzania-haji-sande-manara-wari-umuvugizi-wa-simba-sc-yagizwe-umuvugizi-wa-yanga-africans/

  • Afrobasket: Imbere ya Perezida Kagame, u Rwan… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa kabiri tariki 24 nibwo hatangiraga imikino ya Afrobasket iri kubera muri Kigali Arena aho kuri uyu munsi hari hateganyijwe imikino igera kuri ine. Umukino wafunguye wahuje ikipe ya Tunisia yatsinze Guinee amanota 82 kuri 46, hakurikiraho umukino wa Central Republic yatsinzwemo na Egypt amanota 50 kuri 43.


    Umukuru w’igihugu yarebye umukino w’ u Rwanda 

    U Rwanda na DR Congo bahise bamanuka mu kibuga aho umukino warangiye u Rwanda rutsinze DR Congo amanota 82 kuri 68. Agace ka mbere karangiye ari amanota 24 kuri 15, agace ka kabiri kaba 19 kuri 19, agace ka 3 karangira ari 14 kuri 21, agace kane karangira ari 25 kuri 13 ya RD Congo.


    Abafana bari bagarutse ku kibuga

    Umukino usoza umunsi wa mbere urahuza Cape Verde na Angola ziri mu itsinda rimwe n’ u Rwanda. U Rwanda ruzasubira mu kibuga kuri uyu wa Kane bakina na Angola ku isaha ya Sakumi n’ebyiri.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108894/afrobasket-imbere-ya-perezida-kagame-u-rwanda-rwafunguye-rutsinda-dr-congo-82-68-108894.html

  • #Afrobasket: U Rwanda rwihanije RDC imbere ya Perezida Kagame [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Muri uyu mukino witabiriwe na Perezida Kagame,u Rwanda rwayoboye umukino mu duce 2 twa mbere ariko aka 3 kabaye nk'akarugora gato kugeza ubwo mu gace ka nyuma rwitwaye neza cyane.

    Mu gace ka mbere,u Rwanda rwatsinze amanota 24 kuri 15 ya RDC,agace ka 2 amakipe anganya amanota 19-19,aka gatatu RDC yatsinze u Rwanda amanota 21 kuri 14 mu gihe aka nyuma u Rwanda rwihagazeho rutsinda 25-13.

    Robeyns Williams, umubiligi ufite ubwenegihugu bw'u Rwanda n'umubyeyi umwe w'umunyarwandakazi, niwe utsinze amanota menshi, 23pts, ari nawe utsinze menshi muri uyu mukino.Kenneth Gasana yatsinze 16.Ndizeye yatsinze 15.

    Ni ubwa mbere Williams, wabaye MVP kuri uyu mukino, ahamagawe mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda.

    Undi watsinze amanota menshi ni Maxi Munanga Shamba wa DR Congo utsinze amanota 22.

    U Rwanda ruri mu itsinda A hamwe na Angola na Cap Verde.Rutegereje gutsinda umukino ukurikiyeho rugakomeza.

    Mu mukino wa mbere wo mu itsinda Bitsinda,Tunisia ifite igikombe giheruka, yatsinze Guinea amanota 82-46 .Misiri yatsinze amanota 72 kuri 56 ya Centrafrique.

    Itsinda B rigizwe na Tunisia, Centrafrique, Misiri na Guinea mu gihe irya C rigizwe na Nigeria, Côte d'Ivoire, Kenya na Mali.

    Itsinda rya nyuma ririmo Sénégal, Cameroun, Sudani y'Epfo igiye gukina iki gikombe bwa mbere ndetse na Uganda.

    Imikino y'amatsinda y'iri rushanwa izakinwa kuva kuri uyu wa Kabiri kugeza kugeza ku Cyumweru, tariki ya 29 Kanama 2021, ndetse buri munsi hazajya haba imikino ine.

    Kigali Arena isanzwe yakira abafana ibihumbi 10 bicaye neza, kubera ingamba n'amabwiriza yo kwirinda COVID-19, kuri ubu yemerewe kwakira abantu 5000 gusa.

    Imikino y'amatsinda nirangira ku wa 29 Kanama, amakipe ane ya mbere mu matsinda azagera muri ¼ mu gihe aya kabiri n'aya gatatu mu matsinda, azahatanira imyanye ine ya nyuma iyajyana muri ¼. Azasoza ari aya nyuma mu itsinda, azahita asezererwa.






    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/afrobasket-u-rwanda-rwihanije-rdc-imbere-ya-perezida-kagame-amafoto