Tag: Imikino

  • Manchester City yandagaje Arsenal ihita iba iya nyuma muri Premier League #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Arsenal yatsinzwe umukino wa 3 wikurikiranya muri Premier League y'uyu mwaka na Manchester City ibitego 5-0 bituma iba iya nyuma ku rutonde n'umwenda w'ibitego 8 cyane ko nta nota n'igitego irabona.

    Ibitego bya Ilkay Gundogan, Gabriel Jesus, Rodri n'ibindi 2 bya Ferran Torres nibyo byahaye intsinzi City mu gihe Arsenal yarangije umukino ari abakinnyi 10 nyuma y'aho Granit Xhaka aherewe ikarita y'umutuku ku munota wa 35.

    Gundogan niwe wafunguye amazamu ku munota wa 7 w'umukino bituma Arsenal yari yabanje mu kibuga ba myugariro 5 ifungura barayinyagira karahava.

    Ferran Torres yahise ashyiramo igitego cya kabiri ku munota wa 12 hanyuma kuwa 43 Gabriel Jesus umaze gutanga imipira 3 ivamo ibitego atsinda igitego cya 3,kikaba icya kabiri muri shampiyona.

    Mu gice cya kabiri,City yashyizemo igitego cya 4 ku munota wa 53 gitsinzwe na Rodrigo hanyuma kuwa 84 Ferran Torres ashyiramo icya 5.

    Arsenal ntiyigeze itera mu izamu ndetse kuva umukino utangiye kugeza urangiye yarushwaga bigaragara na Manchester City.

    Umukino warangiye City ifite 81 mu kuyobora umupira mu gihe Arsenal yari ifite 19.Arsenal ntiyabashije gutera mu izamu ndetse umupira yagerageje ugaca hanze n'umwe.

    Abafana ba Arsenal bari ku kibuga Etihad Stadium bisohokeye n'igice cya 1 kitararangira bagaragaza agahinda batewe n'uyu mukino.Iyi ni inshuro ya 9 yikurikiranya City itsinze Arsenal muri Premier League..

    Benshi mu bakunzi ba ruhago bavuga ko kuba Arsenal itaratsinda umukino n'umwe muri 3 imaze gukinwa muri Premier League ari urwego ruri hasi rw'umutoza Arteta ndetse no kugura abakinnyi bari ku rwego rwo hasi ugereranyije nabo ikipe ikeneye.

    Arsenal niyo kipe imaze gutanga amafaranga menshi ku isoko ryo kugura abakinnyi ariko nta mukinnyi n'umwe wayizamurira urwego yaguze.

    Arsenal yri 19 mbere y'uyu mukino ibanjirije Norwich yari yaratsinzwe ibitego byinshi kuyirusha ariko kugeza ubu iri ku mwanya wa nyuma ndetse shampiyona ihagaze yahita imanuka.

    Kuva Arsenal yabaho nibwo yamara imikino 3 ibanza itsindwa ndetse itabashije kwinjiza igitego.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/manchester-city-yandagaje-arsenal-ihita-iba-iya-nyuma-muri-premier-league

  • Ni nde wafashije Cristiano waburaga amasaha m… – #rwanda #RwOT

    Ku wa Gatanu tariki ya 27 Kanama 2021, ni bwo Manchester United yemeje ko yageze ku masezerano yo kongera kugura Cristiano avuye muri Juventus. 

    United yemeye gutanga Miliyoni 12.8 z’amapawundi (agera kuri miliyari 17 mu mafaranga y’u Rwanda) kuri uyu rutahizamu w’Umunya-Portugal w’imyaka 36.

    Ayo masezerano akaba acyeneye kubamo ingingo zihariye, ibijyanye na ‘visa’ no gukorerwa ikizamini cy’ubuzima. 

    Mu gihe cye cya mbere muri iyi kipe, Cristiano yatsinze ibitego 118 mu mikino 292, mbere yuko yerekeza muri Real Madrid mu 2009.

    Mu itangazo Manchester United yagize iti: “Buri muntu wese mu ikipe afite amashyushyu yo kongera guha ikaze Cristiano muri Manchester”.

    Avuga ku kugaruka kwa Cristiano, Ferdinand yagize ati: “Sir Alex yabigizemo uruhare rukomeye. Nta kuntu Cristiano yari kuza muri Manchester United atabivuganyeho na Sir Alex. Ni uko bimeze nta kundi”.

    Ferdinand yongeyeho ati: “Gukurikiranirwa hafi kw’ikipe, gukurikiranirwa hafi kw’abandi bakinnyi – ntabwo wabona amagambo wavugamo icyo bigiye gukora ku bakinnyi n’abafana”.

    “Muri uyu mwaka azagutsindira ibitego biri hagati ya 25 na 30. Ibyo ni byo akora – mu mwaka ushize yarushije ibitego Romelu Lukaku muri Serie A, ariko icyo ashobora gukora kuri Mason Greenwood, Marcus Rashford na Jadon Sancho cyonyine kirahagije ngo abe uwo kuzana”.

    “Azabereka icyo bivuze kuba umunyamwuga wo mu rwego rwa mbere, igihangange cya nyacyo no guhorana ishyaka [ryo gutsinda] umunsi ku munsi”.

    Mu myaka itanu yakiniye Manchester United, Cristiano yayifashije kwegukana ibikombe 9, birimo bitatu bya shampiyona y'u Bwongereza ndetse n'igikombe kiruita ibindio I Burayi cya Champions League.

    Akinira Manchester United mu 2008, nibwo bwa mbere Cristiano yegukanye Ballon d'Or mu mateka, yanabimburiye izindi Enye zayikurikiye nyuma.

    Mu mikino 292 Cristiano yakiniye Man.United, yayitsindiye ibitego 118.

    Cristiano yasubiye muri Manchester United nyuma y’imyaka 12

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108978/ni-nde-wafashije-cristiano-waburaga-amasaha-macye-agasinyira-mucyeba-gusubira-muri-manches-108978.html

  • Mashami Vincent yavuze ku bakinnyi babiri baturutse muri Uganda batazakina umukino wa Mali #rwanda #RwOT

    Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Mashami Vincent yavuze ko abakinnyi b’abanyarwanda bakina muri Uganda bahamagawe bwa mbere, ari abakinnyi beza yashimye urwego rwabo ariko akaba atazabakoresha ku mukino wa Mali bitewe n’uko batarabona ibyangombwa.

    Nsengiyumva Isaac wa Express na Kalisa Jamil wa Vipers nibo bakinnyi bakina muri Uganda bahamagawe bwa mbere mu Mavubi arimo yitegura imikino y’ijonjora ry’igikombe cy’Isi cya 2022.

    Mashami Vincent avuga ko yashimye urwego bariho ndetse ko nibamara kubona ibyangombwa bazafasha byinshi.

    Ati 'Ni abakinnyi beza, ni abakinnyi beza, kuva umunsi wa mbere bahageze, imyitozo ya mbere bakoze burya umuntu uzi umupira uhita umubona, uburyo bahise bisanga mu bandi bigaragaza uko bameze, amaso araduha bagenzi babo barabyibonera, ni abakinnyi beza.'

    'Nibamara kubona ibyangombwa byose, kuko ubu niyo gahunda igezweho yo gukurikirana ibyangombwa byabo kandi ngira ngo birimo kugenda neza kugeza kuri aka kanya, twarabashimye nibamara kwinjira mu bandi hari icyo bazatwongerera kinini.'

    Yakomeje avuga igihe aba bakinnyi bazabonera ibyangombwa maze bagatangira gukinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda.

    Ati 'Nibyo navugaga, ba Isaac baracyari mu nzira zo kubona ibyangombwa, ibya Isaac(Nsengiyumva) byo bigeze nko kuri 95% kuko yamaze kubona indangamuntu hasigaye passport, Kalisa we hari ibikibura kugira ngo atangire inzira zo gushaka ibyangombwa. '

    Tariki ya 1 Nzeri u Rwanda ruzakina na Mali muri Maroc mu mukino wo mu itsinda E mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar, tariki ya 5 Nzeri azakina na Kenya i Kigali ni na wo mukino aba bakinnyi bashobora kuzakina.

    Kalisa Jamil wa Vipers

    Nsengiyumva Isaac wa Express

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/mashami-vincent-yavuze-ku-bakinnyi-babiri-baturutse-muri-uganda-batazakina-umukino-wa-mali

  • Uwafashije Manchester United kwisubiza Cristiano Ronaldo yamenyekanye #rwanda #RwOT

    Ku wa gatanu ni bwo Manchester United yemeje ko yageze ku masezerano yo kongera kugura Cristiano avuye muri Juventus.

    United yemeye gutanga miliyoni 12.8 z'amapawundi (agera kuri miliyari 17 mu mafaranga y'u Rwanda) kuri uyu rutahizamu w'Umunya-Portugal w'imyaka 36.

    Ayo masezerano akaba acyeneye kubamo ingingo zihariye, ibijyanye na 'visa' no gukorerwa ikizamini cy'ubuzima.

    Mu gihe cye cya mbere muri iyi kipe, Cristiano yatsinze ibitego 118 mu mikino 292, mbere yuko yerekeza muri Real Madrid mu 2009.

    Mu itangazo, United yagize iti: “Buri muntu wese mu ikipe afite amashyushyu yo kongera guha ikaze Cristiano muri Manchester”.

    Avuga ku kugaruka kwa Cristiano, Ferdinand yagize ati: “Sir Alex yabigizemo uruhare rukomeye. Nta kuntu Cristiano yari kuza muri Manchester United atabivuganyeho na Sir Alex. Ni uko bimeze nta kundi”.

    Ferdinand yongeyeho ati: “Gukurikiranirwa hafi kw'ikipe, gukurikiranirwa hafi kw'abandi bakinnyi – ntabwo wabona amagambo wavugamo icyo bigiye gukora ku bakinnyi n'abafana”.

    “Muri uyu mwaka azagutsindira ibitego biri hagati ya 25 na 30. Ibyo ni byo akora – mu mwaka ushize yarushije ibitego Romelu Lukaku muri Serie A, ariko icyo ashobora gukora kuri Mason Greenwood, Marcus Rashford na Jadon Sancho cyonyine kirahagije ngo abe uwo kuzana”.

    “Azabereka icyo bivuze kuba umunyamwuga wo mu rwego rwa mbere, igihangange cya nyacyo no guhorana ishyaka [ryo gutsinda] umunsi ku munsi”.

    Avugira mu kiganiro BBC Radio 5 Live, Michael Owen na we wakiniye United yongeyeho ati: “Manchester United icyeneye rutahizamu wo hagati ushobora gutsinda ibitego birenga 25 ku mwaka; hashize igihe uwo nta we bafite”.

    “Ntabwo [Cristiano] aje guhumuriza abafana, azakina mu mikino yose ikomeye. Rwose aracyifitemo umwaka cyangwa ibiri yindi aho ashobora gutsinda ibitego birenga 20”.

    “Ashoboye gutsinda ibitego 30 muri uyu mwaka byandenga nkabura icyo mvuga, ariko nta kintu na kimwe navuga ko kidashoboka kuri we, n'ubu”.

    Owen Hargreaves, mu 2008 wegukanye Champions League ari kumwe na Cristiano, yagize ati:

    “Ndibuka umunsi wanjye wa mbere nitoza hamwe na we. Yabaga uwa mbere ku kugera ku kibuga cy'imyitozo, umuntu wa mbere wageraga mu bwogero bwa barafu n'umuntu wa mbere wageraga muri gym [ahakorerwa imyitozo ngororangingo]”.

    “Mwibuka akora imyitozo yo kugarama uhagurutsa igihimba [sit-ups] yasoza akicara akavuga ati: 'Mu mpera y'uyu mwaka ngiye kuba umukinnyi wa mbere w'intyoza ku isi'. Kandi yaramubaye.

    “Ubwitange bwe ku kazi ke bungana n'impano ye, bikaba ari ikintu kidasanzwe”.

    “Buri wese atekereza ko icyo aba ashaka cyonyine ari ukwishyira imbere we gusa, ariko ashaka gutsinda. Agarutse muri United gutsinda kandi ni yo mpamvu ntekereza ko nk'uwo gutanga urugero kuri aba basore bo muri United, ari we ukwiriye kandi bizanogera amaso kubireba”.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/uwafashije-manchester-united-kwisubiza-cristiano-ronaldo-yamenyekanye

  • FERWAFA yatangaje impamvu Rafael York atazakina umukino wa Mali #rwanda #RwOT

    Umukinnyi Rafael York uvuka kuri nyina w'umunyarwandakazi na se ukomoka muri Angola,ukinira ikipe ya Eskilstuna mu cyiciro cya kabiri muri Sweden,ntabwo azakina umukino w'amajonjora yo gushaka itike y'igikombe cy'isi cya 2022 kubera ikibazo cy'ibyangombwa nkuko FERWAFA yabitangaje.

    Uyu mukinnyi benshi mu bakunzi ba ruhago bari bategereje kubona bwa mbere mu ikipe y'igihugu “AMAVUBI”,ntiyabonetse mu rutonde Mashami Vincent rw'abakinnyi 23 azifashisha ku mikino ya Mali na Kenya mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

    Icyakora,Umuvugizi wa FERWAFA wungirije, Jules Karangwa yatangaje ko uyu mukinnyi azaza ariko atazakina umukino wa Mali kubera ko atarabona ibyangombwa byuzuye bimwemerera gukinira Amavubi birimo na Passport y'u Rwanda.

    Ati “Rafael York arahari gusa bitewe n'uko ku mukino wa Mali ibyangombwa bisabwa kugira ngo umukinnyi akine umukino(eligible to play) bizaba bitaraboneka nka passport yatanzwe n'urwego rubishinzwe mu gihugu atayifite, birasaba ko ahura n'abandi muri Maroc hanyuma bakamufotora ndetse bakanafata n'ibikumwe bye nk'uko bisanzwe, hanyuma agahita akina umukino wa Kenya.”

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru nibwo Mashami Vincent n'abakinnyi yatoranyije bahaguruka mu Rwanda berekeza Agadir muri Maroc ahazakinirwa umukino wa Mali tariki ya 1 Nzeri, ni mu gihe umukino wa Kenya uzaba tariki ya 5 Nzeri mu Rwanda.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/ferwafa-yatangaje-impamvu-rafael-york-atazakina-umukino-wa-mali

  • #AfroBasket2021: Senegal yabaye ikipe ya mbere itsinze amanota 100 (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu muri Kigali Arena hakomezaga imikino ya AfroBasket 2021 yari igeze ku munsi wayo wa kane, aho mu mikino ine yakinwe uwahuje Senegal na Sudani y’Amajepfo ari wow a mbere ubonetsemo intsinzi y’amanota 100.

    Uko imikino yagenze

    Uganda yihereranye Cameroun yugarijwe na COVID-19

    Ni umukino watangiye utinzeho iminota 30, aho wagombaga gutangira ariko utangira Saa SIta zuzuye ariko utangira Saa Sita n’igice, ibi bikaba byatewe n’uko iyi kipe baheruka gusangamo abakinnyi banduye COVID-19, uyu munsi nyuma yo kongera gupimwa hakaba hari hagitegerejwe ibisubizo.

    Ibi byatumye Cameroun ikina ifite abakinnyi icyenda gusa mu gihe ubusanzwe andi makipe aba afite abakinnyi 12. Umukino waje kurangira Uganda ari yo yegukanye intsinzi ku manota 80 kuri 66.

    Umukino wa kabiri wakurikiyeho wahuje ikipe ya Nigeria na Kenya, umukino warangiye Kenya itsinzwe na Nigeria ku manota 71 kuri 55. Umukino wa gatatu, ikipe ya Cote d’Ivoire yihereranye Mali iyitsinda amanota 90 kuri 67.

    Umukino wasoje iyo kuri uyu wa Gatanu, ni uwatangiye Saa tatu z’ijor wahuje Sudani y’Amajyepfo yakinaga na Senegal yari ifite abafana benshi. Uyu mukino waje kurangira Senegal itsinze ku manota 104 kuri 75 ya Sudani y’Amajyepfo.

    Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu

    12h00: Egypt vs Guinea

    15h00: Congo DR vs Angola

    18h00: Rwanda vs Cape Verde

    21h00: Tunisia vs Central African Rep.

    source : https://ift.tt/3mGE4My

  • Mashami Vincent yatangaje 23 b' Amavubi bazacakirana na Mali na Kenya. #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Kanama 2021, umutoza w'ikipe y'igihugu Mashami Vincent nibwo yatangaje urutonde rw'abakinyi bazahura na Mali ndetse na Kenya mu mikino y'amajonjora yo gushakisha itike yo kwerekeza mu gikombe cy'Isi kizabera muri Qatar umwaka 2022.

    Nk' uko amakuru abivuga, uretse rutahizamu Kevin Monnet Packet utaritabiriye ubutumire, abandi bakinnyi bose bagaragara kuri uru rutonde batageze mu gihugu ngo bakore umwiherero na bagenzi babo, bazahurira muri Maroke, bakomerezeho bakina n'ikipe y'igihugu ya Mali.

    Abakinnyi barimo NGWABIJE Bryan Clovis, MANZI Thierry, RWATUBYAYE Abdul, RAFAEL York, MUKUNZI Yannick, BIZIMANA Djihad baturuka ku mugabane w'i Burayi bazifashishwa harimo abazahurira n'Ikipe y'Igihugu muri Maroc kuko bafite imikino mu makipe basanzwe bakinira, bakiyongeraho IMANISHIMWE Emmanuel usanzwe akina muri Maroc.

    ABAKINNYI BAZIFASHISHWA KU MIKINO YA MALI NA KENYA

    ABANYEZAMU

    MVUYEKURE Emery
    BUHAKE Twizere Clément
    NDAYISHIMIYE Eric

    AB'INYUMA

    FITINA Omborenga
    RUKUNDO Denis
    RUTANGA Eric
    IMANISHIMWE Emmanuel
    RWATUBYAYE Abdul
    MANZI Thierry
    NIRISARIKE Salomon
    NGWABIJE Bryan Clovis
    BAYISENGE Emery

    ABO HAGATI

    BIZIMANA Djihad
    TWIZERIMANA Martin Fabrice
    MUHIRE Kévin
    MUKUNZI Yannick
    NIYONZIMA Olivier
    NIYONZIMA Haruna

    AB'IMBERE

    KAGERE Medie
    TUYISENGE Jacques
    BYIRINGIRO Lague
    TWIZERIMANA Onesme
    HAKIZIMANA Muhadjir.

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/28/mashami-vincent-yatangaje-23-b-amavubi-bazacakirana-na-mali-na-kenya/

  • Amavu n’amavuko y’ikipe y’igihugu, amwe mu mateka yayo, inkomoko y’izina 'Amavubi’ rikomeje kubabaza benshi #rwanda #RwOT

    Harabura iminsi mike ngo Amavubi atangire urugamba rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022, gusa uwavuga ko abakunzi bayo bishimye muri iyi minsi, yaba abeshye icya Semuhanuka. Benshi banyotewe no kuyibona itsinda umusubirizo, uyu munsi tugiye gusubiza amaso inyuma turebe bimwe mu bihe by’ingenzi by’ikipe y’igihugu ndetse n’aho izina ‘Amavubi’ ryakomotse.

    Igihugu cyabonye Ubwigenge tariki ya 1 Nyakanga 1962. Ishiyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda 'FERWAFA’ ryashyizwe mu 1972. Ryaje kwemezwa nk’umunyamuryango w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi 'FIFA’ ndetse n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika 'CAF’ mu 1976.

    Umukino wa mbere uzwi n’aya mashyirahamwe u Rwanda rwawukinnye tariki ya 29 Kamena 1976 aho rwatsinzwe n’u Burundi 6-2 mu mukino wabereye muri Gabon.

    Ntabwo byoroshye kuba wabona amateka y’ikipe y’igihugu Amavubi, muri iyi nkuru ISIMBI yagerageje guhuza bimwe mu byanditswe biri mu bubiko ndetse inavugana n’umwe mu bakiniye ikipe y’igihugu bwa mbere, tugiye kubagezaho amavu n’amavuko y’Amavubi ndetse na bimwe mu bigwi byayo.

    Bwa mbere ikipe y’igihugu ihamagarwa byari mu 1964 ariko byari ugukora imyitozo gusa, harimo abakinnyi nka Butare, Hardi, Kamatari, Rutanga Pierre, Nshimyumurwa Denis.

    Yongeye guhamagarwa mu 1970, irimo abakinnyi nka Runyinya, Mbaraga, Nshimyumurwa, Donat, Kamatari, Ngezi, nabwo byari ugukora imyitozo gusa.

    Nk’ibisanzwe usanga amakipe y’ibihugu aba afite andi mazina azwiho(nicknames), akenshi agenda yisanisha n’imyamaswa z’inkazi mu kugaragaza ubukana bw’ikipe yabo, inyamaswa zifite icyo zisobanuye mu muco wabo cyangwa ikindi kintu gifite ubusobanuro cyane kuri icyo gihugu, nka Uganda yitwa 'Uganda Cranes(Imisambi ya Uganda)’ iyo urebye mu ibendera ry’iki gihugu harimo umusambi, Tanzania ni 'Taifa Stars(Inyenyeri z’igihugu)’ Cote d’Ivoire yitwa 'Les Éléphants
    (Inzovu)’ n’andi menshi.

    U Rwanda rwahisemo kwitwa Amavubi, agakoko gato k’inigwa habiri ariko kagira ubukana, akenshi ubwumva iyo kakudwinze.

    Iyo ubajije abantu ntabwo bakubwira umwaka nyirizina, ikipe y’igihugu yahawe akabyiniriro k’Amavubi, izina ryafashe kugeza n’uyu munsi.

    Kanamugire Aloys wakiniye ikipe y’igihugu yahamagawe bwa mbere igiye gukina amarushanwa mu 1976, yabwiye ISIMBI ko nabo batazi aho icyo gitekerezo cyavuye ariko icyo gihe babwiwe na Minisiteri ko batanze itangazo mu baturage ngo batange izina ryakwitwa ikipe y’igihugu, bagatoranyamo Amavubi.

    Yagize ati 'mu by’ukuri kuvuga ngo iryo zina ryavuye he kuko icyo gihe nanjye nari nk’iri umukinnyi, ariko ibyo nagiye numva ntangiye gukora muri iyo Minisiteri, ni itangazo ryatanzwe mu baturage bavuga ngo buri wese arebe izina yakwita ikipe y’igihugu, batanze amazina menshi ariko nyuma yaho bemeza ko ikipe izitwa Amavubi, bambwiye ko uwaritanze impamvu yarihisemo ari uko Amavubi adwinga ntashireyo, aradwinga agashira ariko ejo hakaza andi nayo akadwinga. Icyo nicyo gisobanuro bampaye.'

    Amavubi 1978: Abahagaze uhereye ibumoso, Dusange Jean Pierre, Mugemana, Kassim, Dr Ndagijimana Emmanuel, Bayingana, Ntacyabukura Sabbit, Rugirangoga na Runuya. Abicaye ni; Kirenga Louis, Minani, Habantake, Alfred, Kamali, Enos Gatari, Kanamugire Aloys na Baruwani Suedi

    Bwa mbere ikipe y’igihugu yahamagawe igiye gukina amarushanwa hari mu 1976, yari igiye gukina amarushanwa yo muri Afurika yo hagati(central African football competition) ryabereye muri Gabon, yatozwaga n’umudage Otto Pifster, bamwe mu bakinnyi bahamagawe icyo barimo Bapfakurera Alfred, Kamatali, Ndiramiye Gabon, Antoine wa Nyanza, Karenzi, Aloys Kanamugire, Deo Kanamugire, Nshimyumurwa, Rutanga, Nyinyoli, Donat, Mike, Jumapili, Barabwiriza Runyinya n’abandi.

    Iri rushanwa ni naryo rigaruka mu bihe bibi u Rwanda rwatsinzwemo ibitego byinshi mu mateka yayo, uretse kuba baratsinzwe n’u Burundi 6-2 mu mukino wabo wa mbere, batsinzwe na Cameroun 5 — 0, tariki ya 7 Nyakanga 1976, rutsindwa na DR Congo icyo gihe yari Zaire, hari tariki ya 12 Nyakanga 1976.

    Ibi byiyongera ku bitego 5-0 Amavubi yatsinzwe na Tunisia tariki ya 10 Mata 1983 mu gushaka itike y’igikombe cy’AfurikaTunisia.

    Kubera Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, u Rwanda rwisanze mu bihe bitatumaga rwashyira umutima kuri ruhago, ndetse na nyuma ya Jenoside byafashe imyaka kugira ngo rwisuganye ari nacyo gihe Imisambi ya Uganda yayadonze inshuro 5 zose nta rubori rw’Ivubi rwabashije kuyihamya, hari tariki ya 1 Kanama 1998.

    Mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cyo mu 1998 u Rwanda rwakuwemo na Tunisia mu ijonjora rya mbere, icya 2002 rwakuwemo Cote d’Ivoire mu ijonjora rya mbere.

    Bimwe mu bihe byiza bitibagirana u Rwanda rwagize, harimo kuba Rwanda B yaregukanye irushanwa rihuza ibihugu byo ku karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati(CECAFA) mu 1999, hari nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Kenya ibitego 3-1 bya Ndindiri Mugaruka, Nshizirungu Hubert Bebe na Ndizeye ni mu gihe Kenya yatsindiwe na Kimuyu.

    Icyo gihe u Rwanda rwari rufitemo amakipe 2, Rwanda A na Rwanda B, impamvu ni uko igihugu cyabaga cyakiriye cyahabwaga amahirwe yo kugiramo amakipe 2.

    Rwanda B yegukanye CECAFA: Uhereye iburyo abahagaze, umunyezamu Ishimwe Claude, Batu Jean, Ndindiri Mugaruka na Gishweka Faustin. abapfukamye ni; Sibo Abdul, Munyaneza Djuma, Habimana Sostene, abicaye; Rusanganwa Fredy Ntare, Hassan, Nshizirungu Hubert Bebe na Muronda Jean Pierre.

    Igitego cy’umutwe cya Jimmy Gatete ku mupira wari uvuye kuri Ntaganda Elias, cyahesheje u Rwanda intsinzi imbere ya Ghana kuri Stade Amahoro tariki ya 6 Nyakanta 2003 ndetse ruhita rubona itike y’igikombe cy’Afurika cya 2004 cyabereye muri Tunisia, akaba ari nacyo gikombe rukumbi u Rwanda rwitabiriye, ndetse benshi bakurikirana umupira w’amaguru bemeza ko ari byo byishimo bikomeye cyangwa intsinzi ikomeye Amavubi yagize.

    Muri iki gikombe cy’Afurika ntabwo u Rwanda rwabashije kurenga itsinda A rwari rwisanzemo, rwasoje ku mwanya wa 3 n’amanota 5, nyuma ya Guinea ya kabiri yari ifite 5, Tunisia yari ifite 7 ni mu gihe DR Congo yasoje n’ubusa iri ku mwanya wa nyuma.

    U Rwanda rwatangiye rutsindwa na Tunisia 2-1 Ziad Jaziri ku munota wa 27 na Francileudo dos Santos ku munota wa 57 nibo batsindiye Tunisia ni mu gihe u Rwanda rwatsindiwe na Joao Rafael Elias ku munota wa 32.

    Umukino wa kabiri rwanganyije na Guinea 1-1, Karim Kamanzi ni we watsindiye Amavubi ku munota wa 93 yishyura igitego cya Aboubacar Titi Camara wari watsinze ku munota wa 49.

    Amavubi yasoje itsinda atsinda DR Congo igitego 1-0 cya Said Abed Makasi ku munota wa 74.

    Mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2006, Amavubi yatsinze Namibia mu ijonjora rya mbere ariko isoza ku mwanya wa nyuma mu cyiciro cya 2 inyuma ya Angola, Nigeria, Gabon, Zimbabwe na Algeria.

    Ibitego byinshi Amavubi yatsinze mu mateka yayo hari tariki ya 13 Ukuboza 2007 Dar es Salaam muri CECAFA ubwo batsindaga Djibouti 9-0, Karekezi Olivier yatsinzemo 2, Ahmed Abdi yitsinze igitego, Kamana Bokota Labama atsinda 3, Roger Tuyisenge atsinda 1, Elias Uzamukunda atsindamo kimwe na Hegman Ngomirakiza na we yatsinze 1.

    Tariki ya 10 Nzeri 2019 Amavubi yatsinze Seychelles 7-0 mu mu ijonjora ry’ibanze ryo guashaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022, Jacques Tuyisenge na Meddie Kagere buri umwe yatsinze 2, Djihad Bizimana, Yannick Mukunzi na Hakizimana Muhadjiri buri umwe atsinda 1.

    Amavubi yakinnye igikombe cy’Afurika cya 2004, iyi yakinnye umukino ufungura na Tunisia. Uhereye ibumoso abahagaze ni; Nkunzingoma Ramazan (goalkeeper), Bizagwira Leandre, Ndikumana Kataut, Said Abed, Karekezi Olivier na Nshimiyimana Eric. Abicaye ni; Ntaganda Elias, Nshimiyimana Canisius, Mbonabucya Desire, Manamana na Sibomana Abdul

    Uretse igikombe cya CECAFA cyo mu 1999 Rwanda B yegukanye, Amavubi amaze kugera ku mukino wa nyuma wa CECAFA inshuro 5 zose ariko ntarabasha kwegukana iki gikombe, aho muri 2003 igikombe cyabereye muri Sudani, Amavubi yatsinzwe na Uganda ku mukino wa nyuma 2-0, 2005 cyabereye mu Rwanda, Amavubi atsindwa na Ethiopia ku mukino wa nyuma 1-0, 2007 cyabereye muri Tanzania maze u Rwanda rutsindwa na Ethiopia ku mukino wa nyuma kuri penaliti 4-2, ni nyuma y’uko bari banganyije 2-2.

    2009 Amavubi yongeye gutsindirwa ku mukino wa nyuma na Uganda 2-0, igikombe cyabereye muri Kenya, 2011 ku nshuro ya 3 Uganda yatsindiye Amavubi ku mukino wa nyuma wa CECAFA, amakipe yombi yanganyije 2-2 aho ibitego by’Amavubi byombi byatsinzwe na Kagere Meddie, bageze muri penaliti Uganda itsinda 3-2, yari yabereye muri Tanzania, 2015 yabereye Ethiopia, Uganda n’Amavubi nizo zageze ku mukino wa nyuma nabwo Uganda itwara igikombe itsinze 1-0.

    Umusaruro w’ikipe y’igihugu Amavubi ntabwo ari mwiza ugereranyije n’ibihugu by’ibituranyi nka DR Congo yegukanye igikombe cy’Afurika cyo mu 1974 ndetse kujya muri iki gikombe yabigize akamenyerero.

    Uganda yasoje ku mwanya wa kabiri mu gikombe cy’Afurika cyo mu 1978 ndetse kwitabira igikombe cy’Afurika kuri yo si inkuru, biba inkuru iyo itagiyeyo. Hari u Burundi, Tanzania ndetse na Kenya nazo zisa nk’aho zirimo kugenda zisiga u Rwanda.

    Ibi akenshi iyo urebye usanga bishingira ku kuba nta gahunda ihamye ihari yo gutegura ndetse no kwimakaza umuco w’iterambere rya ruhago rishingiye ku bana cyane ko igihe bateguwe batanze umusaruro nk’aho 2011 bitabiriye igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 muri Mexique.

    Muri 2014 u Rwanda rubuze itike y’igikombe cy’Afurika cya 2015 nyuma yo gutsinda Congo Brazaville ariko bagasanga Daddy Birori hari andi mazina akiniraho muri Congo, u Rwanda rwacitse ku muco wo guha abakinnyi baturuka mu bindi bihugu ubwenegihugu ngo bakinire u Rwanda, aho n’umukuru w’igihugu, Perezida Kagame yigeze kubigarukaho avuga ko kugura abakinnyi ubazana mu ikipe y’igihugu uretse no mu Rwanda nta n’ahandi byigeze biba igisubizo bityo ko bikwiye guhinduka ahubwo hagashyirwa imbaraga mu gutegura.

    Perezida Kagame ni kenshi yagiye agaragaza ko ashyigikiye y’igihugu Amavubi ariko yo ikamutenguha, kugeza aho yanasabye ko gukina babireka bakajya bakurikirana iby’aho babizi.

    Kuva mu 1930 igikombe cy’Isi kibaye bwa mbere kugeza mu 1994 Amavubi ntabwo yigeze yitabira iki gikombe, 1998, 2002 na 2006 yaviriyemo mu ijonjora ry’ibanze, 2010 yageze mu ijonjora rya nyuma ariko ntiyahirwa, 2014 yarenze ijonjora ry’ibanze gusa, 2018 ntiyakinnye ijonjora ry’ibanze ariko yaviriyemo mu cyiciro gikurikiyeho ikuwemo na Libya ku bitego 4-1.

    Mu gikombe cy’Afurika cyatangiye mu 1957, Amavubi yatangiye gushaka itike yacyo mu 1982 aho yaviriyemo mu ijonjora kimwe no mu 1984. Yongeye kugaruka mu 2000 aviramo nabwo mu ijonjora kimwe no mu 2002. 2004 Amavubi yabonye itike y’igikombe cy’Afurika, kimwe rukumbi yitabiriye, kuva icyo gihe kugeza ku gikombe cy’Afurika cya 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022 ntabwo Amavubi arongera kubona itike yacyo, uretse icya 2015 yari yabonye itike ariko agakurwamo kubera umukinnyi(Daddy Birori) wakiniraga ku byangombwa bitandukanye.

    Amateka agaragaza ko Haruna Niyonzima ari we mu mukinnyi umaze gukinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda imikino myinshi y’amarushanwa nta ya gishuti irimo, aho kuva muri 2006 ahamagawe bwa mbere kugeza uyu munsi amaze gukina imikino 105, muri yo mikino ari kumwe n’Amavubi batsinze imikino 33, banganya 25 batsindwa 47, binjije ibitego 102 binjizwa 125, muri ibyo bitego afitemo 6 aho aheruka gutsinda igitego tariki ya 26 Ugushyingo 2012 muri CECAFA yabereye Uganda, u Rwanda rutsinda Malawi 2-0, harimo igitego cye, akaba ari ku mpuzandengo ya 43.33%.

    Hagiyemo n’imikino ya gishuti Karekezi Olivier ni we ufite imikino myinshi aho afite 134 mu gihe Haruna ari 133 nk’uko ububiko bw’umwe mu banyamakuru b’imikino mu Rwanda, Nkusi Denis uzwi nka Mtangazaji bubigagaragaza

    Ububiko bw’uyu munyamakuru kandi bugaragaza ko, Karekezi ari we watsindiye Amavubi ibitego aho yayitsindiye ibitego byinshi ni Olivier Karekezi watsinze ibitego 38 mu mikino 134 yayikiniye.

    Haruna Niyonzima ni we umaze gukinira Amavubi imikino myinshi

    Olivier Karekezi ni we watsindiye Amavubi ibitego byinshi

    Umusaruro w’Amavubi muri iyi minsi ntumeze neza

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/amavu-n-amavuko-y-ikipe-y-igihugu-amwe-mu-mateka-yayo-inkomoko-y-izina-amavubi-rikomeje-kubabaza-benshi

  • Hasobanuwe ikabazo cyatumye Rafael York atazakina umukino wa Mali #rwanda #RwOT

    Umukinnyi Rafael York wa Eskilstuna mu cyiciro cya kabiri muri Sweden ntabwo azakina umukino wa Mali kubera ko atarabona ibyangombwa byuzuye bimwemerera gukinira u Rwanda.

    Ku munsi w’ejo hashize nibwo Mashami Vincent yatangaje abakinnyi 23 azifashisha ku mikino ya Mali na Kenya mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru nibwo Mashami Vincent n’abakinnyi yatoranyije bahaguruka mu Rwanda berekeza Agadir muri Maroc ahazakinirwa umukino wa Mali tariki ya 1 Nzeri, ni mu gihe umukino wa Kenya uzaba tariki ya 5 Nzeri mu Rwanda.

    Benshi bahise batungurwa no kutabonaho Rafael York utarakinira u Rwanda umukino n’umwe ahahise hibazwa niba yaba yanze kwitabira ubutumire bw’Amavubi.

    Umuvugizi wa FERWAFA wungirije, Jules Karangwa yavuze ko uyu mukinnyi azaza ariko atazakina umukino wa Mali kubera ko atarabona ibyangombwa byuzuye bimwemerera gukinira Amavubi birimo na Passport y’u Rwanda.

    Ati “Rafael York arahari gusa bitewe n’uko ku mukino wa Mali ibyangombwa bisabwa kugira ngo umukinnyi akine umukino(eligible to play) bizaba bitaraboneka nka passport yatanzwe n’urwego rubishinzwe mu gihugu atayifite, birasaba ko ahura n’abandi muri Maroc hanyuma bakamufotora ndetse bakanafata n’ibikumwe bye nk’uko bisanzwe, hanyuma agahita akina umukino wa Kenya.”

    Biteganyijwe ko uyu mukinnyi no kwinjira mu gihugu cya Maroc azinjirira kuri passport ya Sweden cyane ko yo badasaba visa bitewe n’ubwumvikane bw’ibihugu byombi(Maroc na Sweden), nyuma nibwo hazahita hihutishwa gahunda yo kumushakira ibyangombwa nk’umunyaranda atangire gukinira Amavubi mu buryo bweruye.

    Rafael York uvuka kuri nyina w’umunyarwandakazi na se ukomoka muri Angola, niyitabira ubu butumire bizaba ari ubwa mbere aje kuko ubushize ahamagarwa ntiyaje kubera ko yari yanduye icyorezo Coronavirus.

    Rafael York ntazakina umukino wa Mali

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/hasobanuwe-ikabazo-cyatumye-rafael-york-atazakina-umukino-wa-mali

  • Umutoza w'Ikipe y'Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw'abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali #rwanda #RwOT

    Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi igiye kwerekeza mu gihugu cya Maroc mu mujyi wa Agadir aho izakinira umukino wa mbere n'Ikipe y'Igihugu ya Mali mu majonjora yo gushaka itike y'Igikombe cy'isi kizabera muri Qatar 2022.

    Amavubi azahaguruka I Kigali mu gicuku cyo ku wa 29 Kanama 2021 I saa saba z'ijoro. Ikipe y'Igihugu izakinira na Mali mu gihugu cya Maroc kubera ko nta kibuga na kimwe cyo muri Mali cyahawe uburenganzira bwo gukinirwaho imikino ya ''FIFA World Cup Qatar 2022 Qualifiers.''

    Umutoza w'Ikipe y'Igihugu bwana MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw'abakinnyi 23 azifashisha muri uwo mukino kimwe n'umukino u Rwanda ruzakiramo igihugu cya Kenya ku wa 5 Nzeri 2021 kuri Stade ya Kigali.

    Abakinnyi barimo NGWABIJE Bryan Clovis, MANZI Thierry, RWATUBYAYE Abdul, RAFAEL York, MUKUNZI Yannick, BIZIMANA Djihad baturuka ku mugabane w'iburayi bazifashishwa harimo abazahurira n'Ikipe y'Igihugu muri Maroc kuko bafite imikino mu makipe basanzwe bakinira. Aba biyongeraho IMANISHIMWE Emmanuel usanzwe akina muri icyo gihugu cya Maroc.

    Ikipe y'igihugu Amavubi Stars izakina na Mali ku wa gatatu tariki ya 1 Nzeri 2021 I saa mbiri za Kigali, nyuma y'uwo mukino Ikipe y'Igihugu izakira Kenya mu mukino w'umunsi wa kabiri mu itsinda E uzabera kuri Stade ya Kigali.

    Abakinnyi bazifashishwa ku mukino wa Mali:

    ABANYEZAMU
    MVUYEKURE Emery
    BUHAKE Twizere Clément
    NDAYISHIMIYE Eric

    AB'INYUMA
    FITINA Omborenga
    RUKUNDO Denis
    RUTANGA Eric
    IMANISHIMWE Emmanuel
    RWATUBYAYE Abdul
    MANZI Thierry
    NIRISARIKE Salomon
    NGWABIJE Bryan Clovis
    BAYISENGE Emery

    ABO HAGATI
    BIZIMANA Djihad
    TWIZERIMANA Martin Fabrice
    MUHIRE Kévin
    MUKUNZI Yannick
    NIYONZIMA Olivier
    NIYONZIMA Haruna
    RAFAEL York

    AB'IMBERE
    KAGERE Medie
    TUYISENGE Jacques
    BYIRINGIRO Lague
    TWIZERIMANA Onesme
    HAKIZIMANA Muhadjir

    The post Umutoza w'Ikipe y'Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw'abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/umutoza-wikipe-yigihugu-mashami-vincent-yatangaje-urutonde-rwabakinnyi-23-azifashisha-mu-mukino-wa-mali/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=umutoza-wikipe-yigihugu-mashami-vincent-yatangaje-urutonde-rwabakinnyi-23-azifashisha-mu-mukino-wa-mali